Blog

  • Urutonde rw’abakinnyi Rayon Sports yemeza ko bari kumwe mu mwaka utaha w’imikino #rwanda #RwOT

    Rayon Sports imaze iminsi mu bibazo, benshi mu bakunzi bayo bibaza ahazaza hayo dore ko na bamwe mu bari abakinnyi bayo bagendaga bayisohokamo umunsi ku munsi bitewe n’ibibazo bitandukanye, abarangije amasezerano ntibongerwe andi, abagifite amasezerano ariko bakayivamo bitewe n’impamvu zitandukanye.

    N’ubwo yagiye itakaza abakinnyi batandukanye, nayo yagiye isinyisha abandi, gusa bamwe mu bakunzi b’iyi kipe bakavuga ko abakinnyi itakaje ntaho bahuriye n’abo irimo gusinyisha.

    Mu bakinnyi ifite hari bamwe bakiyishyuza amafaranga baguzwe batabonye, iyi kipe na yo ikaba ibyemera ariko bakaba bizeye ko byose bizakemukira mu mwiherero uzabahuza n’abakinnyi mu mpera z’iki cyumweru.

    Nyuma y’uko hagiye havugwa byinshi, bamwe bakemeza ko ubu Rayon Sports nta bakinnyi ifite, umuvugizi w’iyi kipe aganira na B&B FM yatangaje urutonde rw’abakinnyi 29 b’iyi kipe bafite kugeza uyu munsi kongeraho 10 bazamuwe mu irerero, yanahishuye ko basigaje kugura abandi nka 3.

    Dore urutonde rw’abakinnyi Rayon Sports yemeza ko ifite kugeza uyu munsi

    Abanyezamu: Kwizera Olivier, Hakizimana Adolphe na Nsengiyumva Emmanuel(Biganza)

    Ba myugariro: Rugwiro Herve©, Habimana Hussein(ibiganiro ntibirarangira), Ndizeye Samuel, Iradukunda Axel, Kayumba Soter, Habineza Olivier, Uwiringiyimana Christophe, Mujyanama Fidele na Niyibizi Emmanuel,

    Abakina hagati: Niyomwungeri Mike, Niyonkuru Sadjati, Nizeyimana Mirafa, Nshimiyimana Amran, Sekamana Maxime, Ciza Hussein Mugabo, Nishimwe Blaise, Omar Sidibe na Tumushime Altijan

    Ba rutahizamu: Drissa Dagnogo, Arthur Philpe, Issa Bigirimana, Mugisha Gilbert, Nihoreho Arsene, Alex Nyarko Harley, Manace Mutatu na Sugira Ernest(ibiganiro biracyakomeje)

    Umwaka utaha Rayon Sports izaba irimo abakinnyi bakiri bato

    source http://isimbi.rw/siporo/article/urutonde-rw-abakinnyi-rayon-sports-yemeza-ko-bari-kumwe-mu-mwaka-utaha-w-imikino

  • Dosiye y’abakobwa bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni yashyikirijwe Ubushinjacyaha #rwanda #RwOT

    Aba bakobwa bari mu kigero cy’imyaka 18 na 27 y’amavuko batawe muri yombi mu mpera za Nyakanga ndetse baza kwerekwa itangazamakuru ku wa 31 Nyakanga 2020.

    Ubwo berekwaga itangazamakuru umwe muri aba bakobwa yavuze ko ibyo bakoze babikoreshejwe no gusinda, ariko asobanura ko mu gitondo inzoga zibashizemo bakiriwe n’amashusho yabo agaragaza ubwambure bagwa mu kantu.

    Uwo mwana w’umukobwa yavuze ko babikoze batazi ingaruka bizagira, kandi ngo bari basinze batanazi ko bihanwa n’amategeko.

    Aba bose icyo gihe bemeraga icyaha bakoze ariko bagasaba imbabazi imiryango yabo, abanyarwanda ndetse n’ubuyobozi muri rusange.

    Dosiye y’aba bakobwa yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha aho yatanzwe ku wa 4 Kanama 2020.

    Umuvuzi wa RIB w’umusigire Dr Murangira Thierry yabwiye UKWEZI ko iyo dosiye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha kugira ngo burebe niba buzaregera urukiko cyangwa bugatesha agaciro iki kirego.

    Ingingo ya 34 y’Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga ivuga ko umuntu ushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa aba akoze icyaha.

    Ubihamijwe n’Urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu ya 1.000.000 Frw ariko atarenze miliyoni eshatu.

    Reba hano video y’aba bakobwa ubwo berekwaga itangazamakuru

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Dosiye-y-abakobwa-bakurikiranyweho-gukwirakwiza-amashusho-y-urukozasoni-ku-mbuga-nkoranyambaga-yashyikirijwe-Ubushinjacyaha

  • Mubuhinde umukambwe wimyaka 128 aracyari Imanzi #rwanda #RwOT

    Swami Sivananda kuri ubu afite imyaka 128. Yavutse ku ya 8 Kanama 1892, bihuye na pasiporo ye. ubu arasaba Guinness World Records kugirango agenzure ibyo avuga.


    Nk’uko raporo nshya ibivuga, abashinzwe pasiporo mu Buhinde bemeje imyaka ya Sivananda.

    Swami Sivananda agaragaza urufunguzo rw’ubuzima bwe burebure yavuze ko atigeze arya ibiryo byiza kandi ko atigeze na rimwe mu buzima bwe aryamana n’umugore cyangwa NGO babe bagirana ubundi bucuti bwihariye.

    Umusaza w’imyaka 128 yagize ati: “Mbaho ubuzima bworoshye kandi bufite gahunda. Ndya byoroshye, gusa ibiryo bitetse nta mavuta cyangwa ibirungo”.

    Sivananda yagize ati: “Nirinze gufata amata cyangwa imbuto kuko numva ari ibiryo byiza. Mu bwana bwanjye, naryamye iminsi myinshi mu nda harimo ubusa ”. Swami ati.

    Umuntu ushaje ku isi yagize ati: “icyo namenye ni uko ikintu cy’ingenzi ari ubuzima. Umuntu ashobora gutsinda ikintu icyo ari cyo cyose akoresheje uburere ningeso gusa nanone ukabifashwamo n’ibiryo urya, imyitozo ngororamubiri ukora nuko utekereza. ”

    Swami Sivananda yavuze ko yavukiye mu muryango ukennye ababyeyi be bapfuye afite imyaka itandatu, yavukiye mu Buhinde bwabayeho mu gihe cyabakoloni nta mashanyarazi, imodoka cyangwa telefone avuga ko adashishikajwe n’ibishya,ikoranabuhanga kandi ahitamo kuba wenyine.

    Umugabo ushaje cyane usaba kwerekana ko kimwe mubyingenzi mubuzima ari uguhuza ibyo ukeneye.

    Yavuze ati: “Kugenzura ibyo ukeneye ni uko inyungu nyinshi mu buzima. Ndetse nabayeho igihe kirekire kuko ibintu bifatika bitanshimisha. ”

    The post Mubuhinde umukambwe wimyaka 128 aracyari Imanzi appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/mubuhinde-umukambwe-wimyaka-128-aracyari-imanzi/

  • First Lady Jeannette Kagame Seen Enjoying Her New Treasure #rwanda #RwOT

    Some say grandchildren fill a space in your heart that you never knew was empty and others argue that it’s one of the reasons they are called ‘grand’.

    A photo of First Lady Mrs Jeanette Kagame has appeared on social media while cuddling her first granddaughter, deeply immersed in love and motherly feelings.

    It vividly appears that the granddaughter is a complete bargain and the First Lady seems like she is getting abundant pleasure from what looks like an emotional connection captured in the photo.

    Comments of love, support and admiration have began trickling in on the photo circulating on social media.

    “A Thing of beauty! This picture captures the saying : “abuzukuru baryoha kurusha abana wabyaye,” said one of the commentators, loosely translated as “grandchildren are sweeter than your own children.”

    The First Family was blessed with a bouncing baby girl three weeks ago by the first daughter Ange Kagame.

    President Kagame then said that the birth of the granddaughter brought so much joy to the family, “…we are happy and officially grandparents. What a joy,” President Kagame twitted.

    “First time is even more exciting,” he said.

    Last year Ange Kagame tied the knot with Bertrand Ndengeyingoma. The two have brought joy and happiness to the first family.

    Rwandans in various social media platforms are also celebrating the First Grandchild and the fact that the President is now a grandfather.

    Surely, it is believed, that two of the most satisfying experiences in life must be those of being a grandchild or a grandparent.

    Being a mother is a great feeling but being a grandma is the world. Congs to my @FirstLadyRwanda 🇷🇼 wish you all the joy and God’s protection to have many more grand children of all your children. Stay blessed. https://t.co/7ulHimA5zK

    — Arthur M.T (@arthmanzi) August 11, 2020

    source https://taarifa.rw/first-lady-jeannette-kagame-seen-enjoying-her-new-treasure/

  • Itariki n’aho umwiherero w’abakinnyi n’ubuyobozi bwa Rayon Sports uzabera #rwanda #RwOT

    Mu mpera z’iki cyumweru hateganyijwe umwiherero w’abakinnyi n’ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports mu rwego rwo kwigira hamwe ibibazo bimaze iminsi muri iyi kipe.

    Mu minsi yashize ni bwo ISIMBI yabagejeho inkuru y’uko Rayon Sports izakora umwiherero n’abakinnyi mu rwego rwo kuganira n’abakinnyi hategurwa umwaka w’imikino utaha, gusa umuvugizi w’iyi kipe yavugaga ko bataramenya aho umwierero uzabera.

    Uyu mwiherero uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama 2020 guhera ku isaha ya saa 9h, ubuyobozi bukazamarana umunsi n’abakinnyi biga kuri buri ngingo abakinnyi bibazaho ndetse banabereka umurongo ngenderwaho bagiye gukurikiza umwaka utaha w’imikino.

    Uyu mwiherero biteganyijwe ko uzabera Honey in Honey ku Ruyenzi. Bamwe mu bakinnyi ISIMBI yagerageje kuvugisha bayemereye ko bamaze gutumirwa babwirwa iby’uyu mwiherero.

    Abakinnyi ba Rayon Sports bagiye gukora umwiherero

    source http://isimbi.rw/siporo/article/itariki-n-aho-umwiherero-w-abakinnyi-n-ubuyobozi-bwa-rayon-sports-uzabera

  • Perezida Putine w’Uburusiya yatangaje ku mugaragaro ko bavumbuye urukingo rwa Coronavirus #rwanda #RwOT

    Igihugu cy’Uburusiya cyatangaje kuri uyu wa 11 Kanama 2020 ko kibaye icya mbere mu gushyira hanze urukingo rwa Coronavirus, buvuga ko ruzatangira gutangwa mu kwezi gutaha. Perezida Vladimir Putine niwe watangaje iyi nkuru ubwo yari mu nama yagiranye n’abagize Leta ye yanyuzwaga kuri Televiziyo y’Igihugu.

    Perezida Putine yemeje ko urwo rukingo rukora neza kandi ko rwageragejwe mu buryo bwose bwa ngombwa, rukemezwa ko ari nta makemwa. Yavuze ko umukobwa we ari mu barugeragerejweho akagira umuriro mucye mu mubiri we ariko umunsi ukurikiyeho bigashira. Perezida Putin yavuze ko Uburusiya bugiye gutangira gukora uru rukingo mu bwinshi.

    Ubutegetsi bwo mu Burusiya nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, bwavuze ko urwo rukingo rwavumbuwe n’ikigo Gamaleya cy’i Moscow ruzabanza gutangwa ku bakozi bo mu buvuzi, abalimu n’abandi bakora akazi gatuma bashobora kwandura vuba.

    Minisitiri w’intebe wungirije w’Uburusiya, Tatyana Golikova yavuze ko gukingira abaganga bishobora gutangira mu kwezi gutaha kwa Nzeli uyu mwaka wa 2020.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezida-putine-wuburusiya-yatangaje-ku-mugaragaro-ko-bavumbuye-urukingo-rwa-coronavirus/

  • RIB iri gushakisha Zirikana Daniel ukekwaho kwica umugore we #rwanda #RwOT

    Itangazo ryo kurangisha umuntu wese wabona Zirikana ryashyizwe ahagaragara ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2020.

    Uwamubona yakwihutira gutanga amakuru y’aho aherereye kuri Sitasiyo ya RIB cyangwa Polisi imwegereye.

    Wanahamagara ku murongo wa RIB utishyurwa 166 cg uwa Polisi 112.
    http://dlvr.it/RdT3mJ

  • Ni ukwitegura kuko Kristo ari bugufi- Danny Mutabazi mu ndirimbo nshya #rwanda #RwOT

    Ni indirimbo yise ‘Amarira y’ibyishimo’ yakozwe mu mwaka ushize mu buryo bw’amajwi ariko kuri ubu uyu muhanzi yashyize hanze amashusho yayo.

    Igice kinini cy’amashusho y’indirimbo ‘Amarira y’ibyishimo’ cyafatiwe mu gitaramo cya Danny Mutabazi yamurikiyemo alubumu ye ya mbere yise ‘Calvary’. Iki gitaramo cyabaye 02 Kamena 2019.

    Mu kiganiro na UKWEZI yavuze ko muri rusange ubutumwa buri muri iyi ndirimbo bwibutsa abantu ko Kristo ari hafi kugaruka ari nayo mpamvu basabwa guhora biteguye.

    Yagize ati “Ni ukubwira abantu kuba maso no kwitegura kuko Kristo ari bugufi.”

    Reba amashusho y’indirimbo ya Danny Mutabazi

    Ni indirimbo iri kuri alubumu ye ya kabiri, yayiririmbye mu gitaramo cya cyo kumurika alubumu ye ya mbere ariko ntabwo yari iri kuri iyo alubumu.

    Danny Mutabazi yaherukaga gushyira hanze indirimbo yise ‘Impamba y’Urugendo’, ashimira abakunze b’ibihangano bye bakomeje kumushyigikira.

    Danny Mutabazi ni Umuramyi ubivanga n’ivugabutumwa mu Itorero rya Pantekote mu Rwanda [ADEPR], Paruwasi ya Gasave, yatangiye kuririmba muri korali z’abana mu 2004

    Reba amashusho y’indirimbo ya Danny Mutabazi
    http://dlvr.it/RdT3mV

  • Umuhemu indirimbo ya Daddy v yibanda kubuhemu bukorwa murukundo. #rwanda #RwOT

    Muvunyi jean bosco Victor wamenyekanye ku izina rya Daddy v Ni umwe mubasore bakizamuka batanga ikizere ku iterambere ry’umuziki nyarwanda, agaruka kucyatumye ahitamo gukoresha Daddy v nk’izina ry’ubuhanzi avugako yarikuye Aho yigaga amashuri yisumbuye Aho yari umwe mubabyeyi muri famille zihuza abanyeshuri.

    Daddy v amaze gugshyira hanze indirimbo zose hamwe Umunani(8) gusa we avugako izamenyekanye cyane Ari enye(4) kuko arizo akenshi zagiye zikunda gukinwa kumaradiyo na television bya hano mu Rwanda.

    Indirimbo UMUHEMU ije ikurikira indi yitwa Oriana aheruka gukorana na Mc Tino wahoze ubarizwa mu itsinda rya TBB,

    agaruka ku ndirimbo UMUHEMU yakozwe na Heavy kick kuva muri Kigali record amashusho agakorwa na producer Mussan ewan avugako ari indirimbo yamugoye mu ikorwa ryayo kuko yatangiye gukorwa mu mpera z’umwaka ushize wa 2019 ibi bikaba aribyo byatumye abanza gushyira hanze “Oriana” yarimaze kurangira yongeraho ko COVID-19 iri mu byadindije ikorwa ry’indirimbo Umuhemu.

    Asoza ikiganiro yagiranye na kasukumedia.com Yashimiye byimazeyo abanyarwanda muri rusange uko bakomeje kumwereka urukundo no kumushyigikira ababwirako nubwo hakirimo ibibazo bya COVID-19 bitazababuza gukora umuziki Kandi mwiza anashimiea n’itangazamakuru muri rusange.

    Kanda hano wumve unatunge indirimbo UMUHEMU ya Daddy v

    The post Umuhemu indirimbo ya Daddy v yibanda kubuhemu bukorwa murukundo. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umuhemu-indirimbo-ya-daddy-v-yibanda-kubuhemu-bukorwa-murukundo/