Blog

  • Ese wabwirwa niki ko umukobwa agukunda byukuri, Dore bimwe mu bimenyetso. #rwanda #RwOT

    Muri iyi minsi biragoye kuba umuntu yamenya ko mugenzi we amukunda byukuri, ahanini bitewe nuko kutizerana ndetse no gucana inyuma bimaze gufata indi ntera, byagera kubigitsina gore bikaba akarusho uretse ko n’abigitsina gabo nabo atari shyashya.

    Uyu munsi Ijabiro.com twabateguriye ibimenyetso byakwereka ko umukobwa cyangwa umugore mukundana ko agukunda by’ukuri.

    Nkuko tubikesha ikinyamakuru cya popsugar.com kivuga ko gikurikije ibyo abagabo bakunze guhurizaho ku bimenyetso bagaragarizwa n’abakunzi babo, cyasanze umukobwa ukunda umugose cyangwa umugabo arangwa n’ibi bikurikira.

    • Ntagusaba ibyo udafite: ni gacye uzabona umukobwa ukundana n’umuhungu ngo areke kujya amusaba amafaranga yaburi kanya, rimwe na rimwe adacyenewe cyane, cyangwa se abona utanabifite, rimwe na rimwe iyo unabibuze cyangwa ukabimwima bibaviramo gutandukana, gusa umukobwa ugukunda byukuri yirinda kuba yagusaba ibintu ahubwo akajya akugira inama yuko bicye ufite wabibyaza ibindi.
    • Arakubaha akanakubahisha: Umukobwa ukunda umusore by’ukuri aramwubaha ndetse akanamwubahisha muri bagenzi be ndetse no muri rubanda, bitandukanye n’ibyateye ubungubu aho usanga umukobwa iyo atari kumwe n’umusore bakundana agenda amutaranga mu nshuti ze avuga intenge ze cyangwa amakosa ye.
    • Akugirana Inama: Mu buzima tubamo bwa buri munsi dukenera inama z’abantu batandukanye byagera ku nama zuwo mukundana bikaba akarusho, gusa muri iyi minsi usanga abakobwa badakunze kugira inama zubaka abo bakundana nabo, zirimo izijyanye no kwiteganyiriza kuburyo bazabana hari icyo bafite (Umutungo), ahubwo ugasanga abakobwa bashishikariza abasore bakundana kubasohokana ahantu hahenze ndetse no kubaha ibya mirenge.
    • Ntago agufuhira:Ni kenshi uzumva abantu bavuga ko umukobwa utagufuhira aba atagukunda, nyama uko ni ukwibeshya kubera ko umuntu ugukunda ntago agufuhira, bitewe nuko aba yiyizeye ko ari wowe akunda gusa, bitandukanye n’ibyateye ubungubu usanga umukobwa afuhira umusore, akamubuza amahoro ngo aganira n’abandi bakobwa, kandi ugasanga abo bakobwa nta bintu bikomeye baba baganira.

    Igitangaje ni uko umukobwa ugukunda ashobora kukwemerera mugakora byose by’urukundo ariko agatinya ko mwahuza igitsina.

    Ibi abagabo barabyanga ugasanga bavuga ko aba afite abandi aryamana nabo, nyama burya uwo mukobwa abikora atari ukukwanga cyangwa afite ahandi abikora, ahubwo ari ukugira ngo umubano wanyu ubashe kuramba ndetse unakomere, dore ko n’umunyarwanda yavuze ko agapfundikiye gatera amatsiko rero iyo muryamanye mutarabana ushobora kumuhaga bikakuviramo kureka kumushaka.

    Rero aba yanga ko urukundo rwanyu rwakwicwa no gupfundura agaseke hakiri kare harimo nuko ushobora kumutera inda itateganyijwe, bikunda kuviramo abasore kwanga abana ndetse n’urukundo rugahita rucyendera.

    Usibye ibimenyetso twabonye haruguru, wowe ubona ari bihe bimenyetso byerekana ko umukobwa akunda umuhungu? waduha igitekerezo ndetse n’inyunganizi yawe unyuze muri comments.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Ese wabwirwa niki ko umukobwa agukunda byukuri, Dore bimwe mu bimenyetso. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

    source https://ingingo.com/ese-wabwirwa-niki-ko-umukobwa-agukunda-byukuri-dore-bimwe-mu-bimenyetso/inkuru-zurukundo/3105/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ese-wabwirwa-niki-ko-umukobwa-agukunda-byukuri-dore-bimwe-mu-bimenyetso

  • Ibibanza 10 byiza bigurishwa i Nyamata kuri 2.500.000 #rwanda #RwOT

    Ibibanza 10 byiza biri ahantu haze, inyamata aho bita kuri Arete,
    buri kibanza gifite15/20 ,
    buri kibanza gifite icyangombwa cyacyo cyihariye,
    buri kibanza kiragurishwa 2,500,000 frw negociable.

    kubindi bisobanuro mwahamaga 0784247588

    source http://www.ukwezi.rw/gura/article/Ibibanza-10-byiza-bigurishwa-i-Nyamata-kuri-2-500-000

  • Amwe mu mafunguro abantu batitaho kandi afitiye akamaro kanini umubiri #rwanda #RwOT

    Ugiye kubarura abantu barya imbuto, imboga rwatsi, banywa amazi, usanga ari bake cyane ku buryo usanga hari n’ababyirengagiza nkana. Nyamara, ubushakashatsi bugaragaza ko ari ingenzi mu buzima bwa muntu.
  • Perezida Kagame agiye kugirana ikiganiro na RBA #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru azagirana ikiganiro n’Ikigo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), kizagaruka ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’igihugu muri rusange.
  • Silvio Berlusconi yajyanywe mu bitaro nyuma yo kwandura Coronavirus #rwanda #RwOT

    Silvio Berlusconi wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani ari mu bitaro mu mujyi wa Milan, aho arimo kwitabwaho nyuma y’uko bamusanzemo Coronavirus.
  • Adrien Misigaro yasubije Neg G umushinja kubifotorezaho Iwawa ntasohoze ibyo yemeye #rwanda #RwOT

    Muri Werurwe 2019 Adrien Misigaro yasuye abari kugororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa, yari ajyanwe no kubabwira ubutumwa bwiza bw’Imana no kubafasha kureka ibiyobyabwenge.
  • Lionel Messi yafatiye Fc Barcelona umwanzuro w’ubugome nyuma yo kwemera kuyigumamo, Ese nuruhe ruhande rwatsinze, niki kigiye kuba? #rwanda #RwOT

    Abanyamakuru ba Sky Sports News Kaveh Solhekol na Dharmesh Sheth bagiye impaka zo kumenya niba Barcelona ari yo yatsinze nyuma yuko Lionel Messi yiyemeje kuguma muri iyi kipe, Ese koko niko bimeze cyangwa Messi yabikoze ngo abahime?

    Icyemezo cya “ubugome” cya Lionel Messi cyo kuguma muri Barcelona cyateje akajagari ku isi – ariko nyuma y’ibyumweru bibiri by’akajagari, ni uruhe ruhande rwatsinze?

    Mu cyumweru gishize, Messi yari yamenyesheje iyi kipe ko yifuza kuyivamo abinyujije ku nyandiko yemewe, yanze no kwitabira imyitozo inshuro 5 yo kwitegura Shampiyona , aha iyi myitozo ikaba yari iyobowe na  Ronald Koeman.

    Cyakora , Uyu Messi yemeye kuguma muri Barcelona muri shampiyona itaha , nyuma yo kugaragaza amaranga mutima ye. Yavuze ko azakomeza gakina nyuma y’ibimeze nk’ikinamico amazemo iminsi kubera ubwumvikane bucye afitanye niyi kipe amazemo ubuzima bwe bwose.

    Messi yizeraga ko amasezerano ye amwemerera kuba yava muri iyi kipe muri iyi mpeshyi, ariko Fc Barcelona na La Liga bo bashimangirako ingingo nyayo aruko niba ashaka kuhava hagomba kwishyurwa akayabo ka miliyoni 700€ kandi yose.

    Ibyo bibaza ikibazo: ninde wavuye muri iyi saga(ibibazo) muburyo bwiza?

    Abanyamakuru ba Sky Sports News Kaveh Solhekol na Dharmesh Sheth bakurikiranye iyi nkuru yo kugenda kwe kuva ubwo amakuru yavaga kuri Messi ubwe.

    Abanyamakurua ba Sky Sports Dharmesh Sheth na Kaveh Solhekol

    Kaveh ati Messi yasubijwe hasi!

    “Iyi ni Barcelona 1, Lionel Messi 0. Ibyo avuga byose, byabaye ngombwa ko asubira inyuma. Yashakaga kugenda  ku mategeko ye kandi yagerageje gukuramo byihuse kuri Barcelona hamwe n’iyi ngingo mu masezerano ye bivuze ko ashobora kugenda kubuntu.Uburyo bwose wabireba, perezida wa Barcelona niwe watsinze iki cyiciro.

    “Ntekereza ko yagerageje amahirwe yo kuva muri Barcelona ku buntu kandi ntibyagenze neza. Iyo bigeze aho, byose ni amafaranga. Messi  yumvaga adakomeye bihagije cyangwa ngo yumve ko  ijana ku ijana afite ikizere gihagije muri we ngo abe yajyana urubanza mu nkiko. “

    Dharmesh: Barcelona izahomba amafaranga yo kumufuka wabo.

    “Njye simbyemera. Sintekerezako ari Barcelona yatsinze kubijyanye n’iki kibazo. Yes nibyo koko baramugumanye, ariko nanone bari bamukeneyeho amafaranga. Ubu noneho bafite Messi utanabishimiye. Ikizaba ubu ni uko Messi azagumaho asigaye mu masezerano ye kandi Barcelona nta faranga na rimwe izabona mu gihe iyo haba amasezerano yashoboraga kuba  byari kuba bitandukanye.”

    “Twaganiriye ku kuba Messi ategereje kugenda niba byaba ari imbaraga zo gukina cyangwa ari ibyemezo bya Football , Ese Mri Barcelona n’ahantu heza wakwifuza kuguma ushaka gutwara Champions League cyangwa n’izina gusa? Messi we ntabyiyumvisha nagato.”

    Josep Maria Bartomeu Perzida wa Barcelona.

    “Birantangaje nk’imwe munzira wakwita iyamahoro kandi nyamara niyo ryaba ari ishyaka ritabibara nk’insinzi kuri bo. Inkiko nizo zari gucyemura ibi byose , ariko Messi nk’intwari yanze kujya kuburana n’ikipe y’ubuzima bwe.”

    “Urubanza rw’urukiko ntirwasozwa mbere yuko idirishya ryo kwimura rifunga(Transfer) kburyo twaba twarangije kuruhande turiho. Messi ntaho yagiye ndetse na Barcelona nta mafaranga yabonye. Uko Messi ashaka kugenda mu buryo bwiza , ninako Barcelona yifuza miliyoni 700 z’amayero cyangwa andi mafaranga ya Transiferi (Kwimura).”

    “Haba Messi haba Barcelona ntanumwe wabonye icyo yashakaga.”

    Ese haba hagiye gukurikiraho iki?

    Umuhanga usobanukiwe ibya Football Alvalo Montero yagize icyo abivugaho ati:” “Ndatekereza ko Messi azagerageza gukora ibishoboka byose ngo ibintu bisubire mu buryo, kuko tugomba kwibuka urugamba rwa Messi mu byumweru bike bishize ahanganye na Bartomeu n’abagize inama y’ubutegetsi, ariko ntabwo ari ikipe n’abafana.”

    “Ikintu kingenzi yavuze nuko atifuza kugenda mu buryo butari bwiza ameze nkuhanganye n’ikipe amaranye nayo imyaka 20 mu mahoro, njye nubwo buryombibonamo, Messi yabikoze mu mahoro kandi ndatekerezako azanabigaragaza mu kibuga La Liga nigaruka.”

    “Ndatekerezako imbere muri Nou Camp, Messi ari ingenzi cyane, kandi igihe azatsinda igitego agakina neza nk’uko bisanzwe , abafana ba Barcelona bazamubabarira. Ubu uramutse ugiye mu muhanda ukabaza abantu , wasanga 90-95 kw’ijana bose bashyigikiye Messi kurusha Bartomeu.”

    “Abafana ba Barcelona ntacyo bizaba bibatwaye igihe Messi  azaba yatangiye gukina kandi akanatsinda nk’ibisanzwe.”

    “Ndatekereza ko Messi bizamworohera kuguma muri Barcelona igihe Bartomeu azaba atagihari, umubano wabo ntago byoroshye kuwukosora. Aramutse agiye nyuma ya tariki 15 werurwe amatora agiye kuba, igihe hazaba hari umu perezida mushya , reka tuvugeko ari Joan Laporta ufitanye umubano uhambaye na Messi, uburyo buzaba bwinshi, ahubwo bizaterwa n’ejo hazaza ha Barca n’ubuyobozi bwayo.”

    Share on:

    WhatsApp

    The post Lionel Messi yafatiye Fc Barcelona umwanzuro w’ubugome nyuma yo kwemera kuyigumamo, Ese nuruhe ruhande rwatsinze, niki kigiye kuba? first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

    source https://ingingo.com/lionel-messi-yafatiye-fc-barcelona-umwanzuro-wubugome-nyuma-yo-kwemera-kuyigumamo-ese-nuruhe-ruhande-rwatsinze-niki-kigiye-kuba/sport/3099/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=lionel-messi-yafatiye-fc-barcelona-umwanzuro-wubugome-nyuma-yo-kwemera-kuyigumamo-ese-nuruhe-ruhande-rwatsinze-niki-kigiye-kuba

  • Uturere tw’imijyi mu myanya ya nyuma mu kwishyura mituweli #rwanda #RwOT

    Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, cyatangaje ko nyuma y’amezi arengaho gato abiri, umubare w’abanyarwanda bangana na 75.4% bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza, Mituweli, muri uyu mwaka wa 2020/21.
  • Manzi Djimmy André yashinze Académie izafasha Amavubi kubona abakinnyi bakina hanze #rwanda #RwOT

    Manzi Djimmy André ubusanzwe ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashinze ishuri ry’umupira w’amaguru ku ntego yo kunganira ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, aho ateganya kuzajya ajyana abakinnyi bato i Burayi no muri Amerika kugira ngo bagere ku rwego rwo gukinira igihugu cyabo.
  • Kwita Izina to be held on World Gorilla Day #rwanda #RwOT

    The 16th Kwita Izina will be held under the theme “Conservation and Sustainable Tourism – A Foundation for Future Generations”.

    This year, 24 baby gorillas that call Rwanda’s Volcanoes National Park home will be named by the Volcanoes National Park staff – the frontliners of conservation who protect and care for them every day.

    They will include the park rangers, guides, wardens, trackers and veterinary doctors, among others.

    World Gorilla Day marks the day that renowned gorilla conservationist Dian Fossey established the Karisoke Research Center in Rwanda in 1967. It is a day that encourages people around the globe to join conservation efforts to protect gorillas in the wild.

    This year’s virtual event will feature updates from the field on how rangers, vets and researchers work everyday to protect gorillas and a handover ceremony of the community project RDB embarked on to improve access to potable water for the communities living around Nyungwe National Park.

    The community project is part of the Tourism Revenue Share Programme, in which 10% of total tourism park revenues are invested back into communities, contributing to the development of communities living adjacent to Rwanda’s national parks.

    Additionally, this year, RDB is working with conservation and private sector partners to organise the Conversation on Conservation, a virtual session that will bring together scholars, researchers, conservationists, policy makers and the private sector to discuss, debate and find solutions to today’s conservation challenges.

    Speaking during her remarks at a virtual press conference held on 4 September, RDB Chief Tourism Officer, Belise Kariza noted: “Having Kwita Izina virtually this year gives us the opportunity to celebrate those who are at the forefront of protecting the endangered mountain gorillas and share Rwanda’s conservation success with Rwandans. We hope to inspire everyone to visit our beautiful country and experience the wonder of trekking to see the mountain gorillas in their natural habitat. Rwanda is open for tourism, and the sector underpins so much of our conservation work. That’s why we are proud of the impact of sustainable tourism on our national development and environmental protection efforts.”

    The practice of giving a name to a newborn baby, known as ‘Kwita Izina’, has been part of Rwandan culture for centuries. The name attributed to a baby gorilla plays a significant role in the ongoing programme of monitoring each individual gorilla in its family group and habitat.

    The Rwanda Development Board has announced that the 16th Kwita Izina Gorilla Naming Ceremony will be held virtually on World Gorilla Day, on 24 September 2020.

    IGIHE

    source https://en.igihe.com/news/article/kwita-izina-to-be-held-on-world-gorilla-day