Blog

  • Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyasubukuye imirimo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

     By Editor

    Polisi kandi yasobanuye ko abantu bari barishyuye ndetse bakanahabwa gahunda (rendez-vous) yo gusuzumisha ibinyabiziga byabo mbere y’uko ikigo gisubika imirimo muri Werurwe 2020, ari bo bazahabwa amahirwe ya mbere, kandi ntibazishyuzwa bushya.


  • Umukobwa w' imyaka 19 yafashwe ku ngufu n' umushoferi wa ambulance mu gihe yaragiye mu bitaro kwivuza Covid_19 #rwanda #RwOT

    Biravugwa ko umukobwa w'imyaka 19 yafashwe ku ngufu n'umushoferi utwara abarwayi (ambulance) ubwo yamujyanaga mu bitaro nyuma yo gupimwa COVID-19.

    Bivugwa ko uyu mwana w'ingimbi yatewe n'umugabo uzwi ku izina rya V Noufal w'imyaka 29, ubwo yari mu nzira yerekeza mu kigo cy'ubuvuzi cya mbere cya Covid_19 mu karere Kerala, mu Buhinde, mu ijoro ryo ku wa gatandatu, tariki ya 5 Nzeri.

    Ku cyumweru, tariki ya 6 Nzeri, Noufal yatawe muri yombi, nyuma yuko uwahohotewe abwiye abakozi b'ibitaro ibyabaye bivugwa ko yageraga i Pandalam.

    Nyuma yo gufatwa kwe, Polisi yavuze ko atabonye icyemezo cy'icyemezo cy'agateganyo mbere yo kwinjira nk'umushoferi.

    Minisitiri w'ubuzima KK Shailaja yavuze ko ibyabaye ari 'ubumuntu' yongeraho ati 'ntibyari bikwiye kubaho.'

    Umukozi w'ishami ry'ubuzima yabwiye The Indian Express ko ubusanzwe umushoferi yoherezwa wenyine mu gace runaka kugira ngo ajyane abarwayi kugira ngo bagabanye ingaruka z'abakozi b'ubuzima.

    Uyu muyobozi yagize ati:'Icyumba cy'umushoferi cyacitsemo ibice kandi nta bandi bakozi cyangwa umuforomo uherekeza umushoferi igihe bajyana abarwayi mu bitaro'.

    'Ibi ni ukugabanya abakozi bashinzwe ubuzima ku banduye. Mubihe bidasanzwe, niba umurwayi afite uburemere, twohereza umuforomo. Muri uru rubanza, abarwayi bombi bari bahagaze neza'.

    Igitero nicyo giheruka mu ruhererekane rw'ibyaha by'imibonano mpuzabitsina mu Buhinde. Mu cyumweru gishize, umukobwa w'imyaka itatu yafashwe ku ngufu anigwa anizwe mu karere ka Lakhimpur Kher, muri Uttar Pradesh. 

  • Miss Vanessa Uwase yari agiye kwiyahura #rwanda #RwOT

    Miss Vanessa Raïssa Uwase wabaye igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda mu 2015, yahishuye ko ku munsi w’ejo aba yariyahuye ariko aza kubireka bitewe n’umuvandimwe we ndetse na nyina yanze gutera agahinda.

    Ku mugoroba w’ejo hashize yashyize ubutumwa kuri Instagram Story na WhatsApp Status bwatunguye benshi mu bamukurikira ndetse bunabatera impungenge.

    Uyu mukobwa yavuze ko arambiwe ndetse ko iyo aza kuba adashaka gutera nyina agahinda na murumuna we aba yiyahuye.

    Yagize ati'Iyo bitaza kuba ku bwa mama na murumuna wanjye, mba niyahuye uyu mugoroba. Ndarambiwe kandi biranandwaza! Sinkishoboye kwihanganira iyi si. Iyo nza kuba ntashaka kubabaza mama n’umuvandimwe wanjye, mba nagiye uyu munsi kuko ndarambiwe kandi sinkishoboye kubyihanganira.'

    Amakuru avuga ko impamvu yashakaga kwiyahura ari uko yananiwe kwakira gutandukana n’umukunzi we, Putin Kabaku, umuherwe ukomoka muri DR Congo, ni nyuma yo kumwambika impeta muri 2019 amusaba ko yazamubera umugore.

    Urukundo rwaba bombi rwajemo agatotsi ndetse mu minsi ishize Vanessa yagiye kubonana n’uyu muherwe Dar es Salaam azi ko bagiye kubikemura ariko yatunguwe no gusanga undi yaramaze kumwikuramo.

    Mu minsi ishize ni bwo hagiye hanze amajwi y’umukobwa w’inshuti ya Vanessa avugana na mugenzi we w’insuti yabo amushinja ko yatwaye umugabo wa Vanessa amusaba ko yamureka kuko Putin Kabalu yamaze kwambika impeta Vanessa bitegura no ku rushinga. Amakuru avuga ko uyu mukobwa ari we ntandaro yo gutandukana kwa Vanessa ba Putin.

    Miss vanessa yari agiye kwiyahura habyra gato

    Amakuru avuga ko yananiwe kwakira ko yatandukanye n’umuherwe Putin

  • Umugabo yishwe n' ifi arimo aserebeka ku nyanja #rwanda #RwOT

    Umugabo wo muri Australia yishwe n'ifi yo mu bwoko bwa Shark ku mwaro w'inyanja uzwi nka Gold Coast muri leta ya Queensland, biba ubwa mbere ifi nk'iyo ikoze ibara nk'iri muri aka gace mu myaka irenga 60 ishize.

    Nick Slater w'imyaka 46, asanzwe ari umuntu uzwi mu byo guserebeka ku nyanja (surfing), ni byo yarimo akora ejo ku wa kabiri ubwo iyi fi yamucakiraga ikamuruma bikomeye cyane akaguru.

    Abandi bakora iyo siporo nka we nyuma bamubonye areremba ku mazi ari iruhande rw'igikoresho bakoresha muri iyo siporo.

    Yihutanywe ku nkombe ahabwa ubufasha bw'ibanze ariko ntiyarenze aho, yahise apfa.

    Uyu munsi ku wa gatatu abakozi bo ku nyanja bazengurutse hafi y'umwaro muri kajugujugu bashakisha iyo fi, bikekwa ko ari iyo mu bwoko bwa 'great white shark' ifite uburebure bwa metero eshatu.

    Ukuriye agace byabereyemo witwa Tom Tate yagize ati: 'Nitumara kumenya ko iyo fi itakiri hafi aho, nibwo ubwidagaduriro ku mucanga (beach) bwongera gufungurwa.'

    Ifi zo mu bwoko bwa Great White Shark ziba ari nini cyane kandi zishobora gusagarira abantu

    Avuga ko aribwo bwa mbere bene iyi fi ikoze ibara kuva mu 1958, yongeraho ko bari gukora iperereza ku byabaye.

    Umwe mu bari hafi yabwiye ikinyamakuru Courier Mail ko Bwana Slater iyi fi yamurumye bikomeye ahagana ku itako kandi 'ryose urebye ryari ryavuyeho'.

    Jade Parker wahaye ubufasha Bwana Slater avuga ko iyi fi yamukuyeho igice kinini.

    Yabwiye igitangazamakuru ABC dukesha iyi inkuru ati: 'Yamukuyeho ahantu hangana n'umuzenguruko w'umupira wa basketball… hari n'iryinyo ryayo ryari ryaheze mu mwenda navanyeho'.

    Gold Coast ni kamwe mu duce dukundwa cyane n'abakerarugendo muri Australia, kubera umucanga mugari wera, n'ibikorwa byo guserebeka ku nyanja bikurura benshi.

    Kuva mu myaka ya 1960, agace kegereye umucanga kari kararinzwe bene aya mafi bashyira hirya mu nyanja inshundura zituma aya mafi atahegera.

    Abategetsi bavuga ko hakiri kare kwemeza niba hakenewe ko ubwo bwirinzi bwongerwa.

    Nyuma y'ibyabaye ubwidagaduriro bwo ku mucanga muri Gold Coast bwahise bufungwa

  • Le Rwanda contre les brutalités policières : necessite de publicisation des activites de la Police disciplinary Unit a l’oeuvre #rwanda #RwOT

    Au cours de ce rendez-vous avec ses citoyens, l’un d’eux lui a exposé la question de la brutalité policière inutile hypothéquant l’image de son régime.

    ” Mr le Président, on entend ici ou là qu’un policier a abattu un civil qui n’a que des bras vides pour soi disant lui opposer de la violence. Ne trouvez-vous pas qu’il s’agit d’une utilisation excessive de la force ? “, a dit le téléspectateur.

    La réponse du Président arrive immédiatement. ” J’ai instruit les commandants de la police et leur ai ordonné d’éradiquer ces habitudes et dans les meilleurs délais “, a dit le président.

    Cette sortie publique du Chef de l’Etat a été suivie d’effet immédiat avec, ce 7 septembre, les déclarations du porte-parole de la Police Nationale, CP Jean Bosco Kabera annonçant des mesures répressives contre les agents de police qui lâchent facilement les balles de leurs fusils sur les civils ayant refusé d’obtempérer à leurs ordres ou sur les détenus tentant de s’échapper des Salles de police où ils sont gardés à vue.

    ” Il y a certains agents de police qui sont arrêtés et poursuivis pour usage excessif de la force au cours de leurs fonctions. Parmi eux, il y a celui qui a abattu des civils dans le District de Nyanza (Province du Sud) et un autre qui a battu à mort un autre citoyen dans le District de Rwamagana (Est) “, a indiqué à la presse le Commissaire de Police disant que les dossiers judiciaires de ces agents doivent être transmis au Parquet de la République pour que ces criminels comparaissent devant la justice qui ne dit rien à propos de dommages et intérêts y relatifs qui devraient être versés aux familles de ces victimes.

    ” Il nous a été demandé d’ouvrir aux médias nos activités en matière d’arrestation de tels policiers qui font usage excessif de la force et de publiciser les actions de procédure judiciaire à leur endroit. C’est le cas d’un policier qui, aux tout débuts de cette pandémie de la Covid19 a abattu des civils à Nyanza. Il a été arrêté et emprisonné à la prison de Nyanza où il comparaît devant le tribunal. Et ça, le public n’en sait rien. Il lui a été annoncé les exactions de cet agent de police et rien pour la suite réservée. Nos efforts à fournir, c’est pour que de tels incidents ne se reproduisent plus “, a explicité le porte parole de la police montrant des lacunes dans la communication de la police à propos de ses activités.

    Il a ainsi déroulé beaucoup de cas de policiers sous les verrous pour avoir porté atteinte à l’intégrité physique des civils qu’ils étaient censés protéger.

    ” Un agent de police a battu sévèrement un citoyen de Karenge en District Rwamagana. Dépêché en urgence à l’hôpital, il a succombé à ces coups. Un autre agent de police en poste à Zaza de District Ngoma a abattu lui aussi un civil. Tous les deux ont été arrêtés pour faire face à la loi. L’instruction de leurs dossiers est en cours “, a dit le commissaire John Bosco montrant qu’à partir des faits instruits sur la scène du crime, le Ministère public devra prouver au juge dans un tribunal que tel ou tel agent de Police a fait excès de la force sur les citoyens.

    Mis à part que cette Police Nationale ne publicise pas ses activités en matière de répression des crimes commis par ses agents, le Porte parole a confié à la presse que son institution se gère dans une discipline exemplaire qui n’accepte pas des dérapages de la part de ses agents. Ils sont régis par une discipline stricte au travail.

    ” Le fait que tel agent ne donne pas un service tel que demandé par la clientèle, cela est passible de punition disciplinaire “, a dit Le Commissaire Kabera évoquant ainsi l’existence active d’une unité au sein de la Police Nationale dite Comité de discipline mise en place et chargée de vérifier la probité de l’officier de police en cours de fonction et dans ses heures libres. Aucun, grand ou petit policier n’échappe à cette Police Disciplinary Unit.

    Le Commissaire a évoqué pour exemple la récente radiation définitive des rangs de la Police national de 56 officiers de police y compris 7 officiers supérieurs de Police.
    ” Tout citoyen doit obtempérer aux ordres donnés par un agents de police dans l’exercice de ses fonctions. Il ne doit en aucun cas opposer une violence contre l’agent. Néanmoins quand le civil s’estime lésé, il peut porter plainte contre l’agent au poste de police d’où il est commis “, a dit le Porte parole croyant que le citoyen a de suffisantes dispositions pour un tel geste.

    Jovin Ndayishimiye

  • Bite bya Rwatubyaye Abdul uri ku musozo w’amasezerano ye? #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda uri ku mpera z’amasezerano ye mu ikipe ya Colorado Rapids mu cyiciro cya mbere muri Amerika 'MLS’ ariko akaba yaratijwe muri Colorado Springs Switchbacks yo mu cyiciro cya 2, avuga ko ubu ataramenya neza niba azongera amasezerano cyangwa azatandukana n’iyi cyane ko afite andi makipe amwifuza.

    Mu Kwakira 2019 ni bwo Rwatubaye Abdul yongereye amasezerano y’umwaka 1 akinira Colorado Rapids yo mu cyiciro cya mbere muri Amerika, byari byitezwe ko azanakina mu cyicro cya mbere ariko iyi kipe ikaba yaraje kumutiza mu cyiciro cya 2 muri Colorado Springs Switchbacks.

    Aganira na ISIMBI.RW, Rwatubyaye Abdul yavuze ko koko ari ku mpera z’amasezerano ye muri iyi kipe kandi nta n’ibiganiro aratangira kugirana na yo ngo abe yakongera amasezerano.

    Yagize ati“nongereye amasezerano mu Kwakira umwaka ushize ariko kugeza ubu nta biganiro biraba hagati yanjye n’ikipe ariko bidahindutse tuvugana hagati ya Nzeri n’Ukwakira.”

    Yakomeje avuga ko n’iyo atakongera amasezerano afite andi makipe amwifuza atahita atangaza.

    Ati“Bidakunze hari n’andi makipe ariko ntabwo umuntu yahita azivuga aka kanya ntakiraba, ni uko bimeze, ntongereye amasezerano n’ikipe yanjye umuntu yakwicara akareba icyo gukora.”

    Mu ntangiro za 2019 ni bwo Rwatubyaye Abdul yavuye mu Rwanda agiye muri Sporting Kansas City, iyi kipe muri Gicurasi 2019 yafashe umwanzuro wo kumugurana umukinnyi wo hagati we bamutanga muri Colorado Rapids ari na yo afitiye amasezerano n’ubwo yamutije muri Colorado Springs Switchbacks.

    Rwatubyaye Abdul ari ku mpera z’amasezerano ye

  • Umuhanzi Rich One yashyize hanze Mixtape ya 2 mu mwaka umwe. #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Rich One , umunyarwanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ari kugaragaza ingufu nyinshi mu kuzamura muzika nyarwanda , aho kuri ubu yasohoye indi Mixtape ya kabiri muri uyu mwaka wa 2020 akayita 'Ubufindo Mumurwa' mugihe iyambere yasohoye muri Gicurasi 2020 yari yayihaye izina 'Kugasozi'

    Iyi Mixtape ya Rich One ivuga kubuzima busanzwe ndetse n'urukundo iriho indirimbo 6 nk 'Ubufindo mu murwa' yitiriye iyi mixtape, 'Mu murwa' yakoranye na Ish Kevin uri mu bahanzi batanga icyizere, 'Guarantee', 'Umumararungu' yakoranye n'umuraperi Green P waciye muri Tuff Gang na 'Ku ndege' yakoranye na Big Z. 

    Uyu musore ugaragaza icyizere cy'ejo hazaza ha muzika Nyarwanda avuga ko yihaye intego yo gukora cyane maze abantu akaba aribo bihitiramo ibyo kwishimira kugirango nawe abashe guhatana n'abamaze kwamamara niyo mpa mpamvu yo gusohora Mixtape 2 mu mwaka umwe zimeze nk'izikurikirana.

    Rich One amaze gukorana n'abaraperi bakomeye barimo Fireman, Green P , Ish Kevin,ndetse n'abandi bahanzi nka Gisa Cy'Inganzo, ndetse na Samlo.

    Rich One aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Akorera muzika ye munzu (Label) yitwa The Beam Beat Records iyobowe na Producer Laser Beat umaze Umaze kwamamara cyane cyane mu ndirimbo za Hip Hop zirimo iza Tuff Gang , Amag The Black, n'abandi ndetse n'iziri kubica bigacika muri iyi minsi nk'Akuka , Agapfukamunwa n'izindi.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Umuhanzi Rich One yashyize hanze Mixtape ya 2 mu mwaka umwe. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB, rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Paul Rusesabagina #rwanda #RwOT

    Rusesabagina Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo iby'iterabwoba, yatangiye gukurikiranwa n'Ubushinjacyaha nyuma yo gushyikirizwa dosiye, aho yitabye ku cyicaro cyabwo ku Kimihurura, kuri uyu wa Gatatu.

    Ku wa 31 Kanama nibwo byatangajwe ko Rusesabagina yatawe muri yombi, nyuma y'igihe ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera, kugirango abazwe ku byaha bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n'ubwicanyi byakorewe abaturage b'inzirakarengane.

    Ni ibyaha byakorewe mu duce turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, ahabaye ibitero muri Kamena 2018 no mu nkengero za Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Ukuboza 2018, byose byigambwe n'umutwe witwara gisirikare wa FLN, ushamikiye ku mpuzamashyaka MRCD Rusesabagina yari ayoboye.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha ruheruka gutangaza ko Rusesabagina yizanye mu Rwanda, agafatirwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali, nubwo bitatangajwe niba yari aje mu Rwanda cyangwa yari agiye gukomereza ahandi.

    Kuri uyu wa Gatatu dosiye ye yageze mu Bushinjacyaha, ndetse yitaba uru rwego ngo abazwe ku byaha akurikiranyweho, yari aherekejwe n'abanyamategeko be Emeline Nyembo na David Rugaza.

    Biteganyijwe ko nyuma yo kunoza dosiye, Ubushinjacyaha buzayiregera urukiko mu gihe kitarenze iminsi itanu nk'uko amategeko abiteganya.

  • Umuhanzi Meddy n’ umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye [AMAFOTO]   #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hari kugaragara amafoto y’ umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy n’umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye.

    Amafoto bashyize kuri Konti za Instagram zabo, yagaragaje ko aba bombi batewe ishema n’urukundo rwabo bamazemo iminsi banarugaragaza ku mbuga nkoranyambaga.

    Ni amafoto agaragara nk’aho aba bombi bari bitabiriye ibirori kubera imyambarire yabo. Meddy yari yambaye isuti nziza mu gihe umukunzi we yari yambaye ikanzu na yo itagira uko isa.

    Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wanazanye uriya mukobwa kumwereka ababyeyi, akunze kugaragaza ko yimariyemo uriya mukobwa mu mafoto bombi bakunze gushyira hanze.

    Reba hano amafoto:

  • Rwandan diplomat says e-commerce to bolster cooperation with China #rwanda #RwOT

    In an interview with Xinhua, a Chinese newspaper, Kimonyo said: “We are enjoying the best balance of cooperation with China in our history.”

    Two years before the services trade fair, Rwanda and China’s e-commerce giant Alibaba signed an agreement over the Electronic World Trade Platform (EWTP) that helps small and medium enterprises to digitally transact.

    Through the agreement, Rwandan products such as pepper and coffee are sold on various Alibaba sites such as Tmall, Taobao, and others.

    Rwandan coffee was recently sold to the Chinese market through a joint venture, where 1.5 tones were sold online in a few minutes. The event took place in a 10-minute talk entitled “National Treasure” on May 14, 2020.

    Kimonyo added that Rwandan coffee makers and marketers say they continue to receive requests from Chinese companies that want Rwandan coffee.

    He went on to say that small and medium enterprises have benefited from setting up a platform that enables them carry out e-commerce, reaching reach large and affordable markets.

    He said the creation of a total African market would be made up of over 1.2 billion people, which means that the African continent has opened its markets once and for all.

    He also said that China has quickly recovered from this (COVID-19) pandemic, which gives them hope, but also to the world, adding that, the more China grows, the more Africa become prosperous.

    Amb. Kimonyo says e-commerce has strengthened economic relations between Rwanda and China

    Elina Jonas Ruzindaza