Blog

  • Abashyigikiye gukuramo inda bafunze imihanda bamagana icyemezo cy'urukiko muri Pologne #rwanda #RwOT

    Abantu babarirwa mu bihumbi bafunze imihanda mu bice bitandukanye bya Pologne (Poland) ku munsi wa gatanu wikurikiranya w'imyigaragambyo yo kwamagana icyemezo cy'urukiko rusa nkaho rwaciye burundu gukuramo inda.

    Mu murwa mukuru Varsovie (Warsaw), abigaragambya bafunze amasangano y'ingenzi y'imihanda, bahagarika imodoka n'ibinyabiziga bitwara abantu bizwi nka 'trams' mu gihe kigera hafi ku isaha.

    Bamwe mu bigaragambya bari bitwaje ibyapa byanditseho amagambo nka 'Iyaba byashobokaga ngo nkuremo inda ntwite ya leta yanjye'.

    Iyi myigaragambyo ifatwa nk'ikintu kidasanzwe muri iki gihugu aho abarenga 92% bya miliyoni 37 zigituye ari abanyagatolika.

    Ikurikiye icyemezo cy'urukiko rw'itegekonshinga rwa Pologne kivuga ko gukuramo inda, niyo byaba ari mu gihe umwana ukiri mu nda agaragaza ko afite inenge zishobora kumuviramo urupfu cyangwa ubumuga, bitewe n'amategeko.

    Ibi bivuze ko ubu ahantu honyine gukuramo inda byemewe ari mu gihe habayeho gufatwa ku ngufu cyangwa kubyarana hagati y'abafitanye isano mu muryango, cyangwa mu gihe cyo kugira ngo barokore ubuzima bw'umubyeyi.

    Ejo ku wa mbere, habayeho gufunga imihanda mu mijyi igera hafi kuri 50 mu gihugu

    Ku munsi wabanje wo ku cyumweru, abigaragambya bateje akajagari mu misa ndetse bandika ku nkuta za kiliziya z'i Varsovie.

    Gukuramo inda ni ikibazo kitavugwaho rumwe mu buryo bukomeye muri Pologne

    Ikusanyabitekerezo ryo mu mwaka wa 2014 ryakozwe n'ikigo CBOS cy'ubushakashatsi ryasanze ko 65% by'abanya-Pologne babajijwe badashyigikiye gukuramo inda, 27% babishyigikiye naho 8% batarabifataho icyemezo.

    Ariko, mu myaka ishize amakusanyabitekerezo yasanze ko hari ubwiganze bw'abadashyigikiye uku gukaza amategeko ajyanye no gukuramo inda.

    Imibare ya leta igaragaza ko buri mwaka muri Pologne hakurwamo inda zirenga gato 1,000 mu buryo bwemewe n'amategeko.

    Ariko imiryango iharanira uburenganzira bw'abagore ivuga ko imibare yo gukuramo inda bikorwa mu buryo bunyuranyije n'amategeko cyangwa bikorerwa hanze y'igihugu ishobora kuba iri hagati y'inda 80,000 na 120,000 ku mwaka.

    Imyigaragambyo yanabereye hanze ya ambasade ya Pologne i London mu Bwongereza n'i Kyiv muri Ukraine.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/27/abashyigikiye-gukuramo-inda-bafunze-imihanda-bamagana-icyemezo-cyurukiko-muri-pologne/

  • Igisirikare cya Congo FARDC kiravuga ko cyirukanye inyeshyamba z'Abarundi za FNL #rwanda #RwOT

    Igisirikare cya Congo kiravuga ko cyafashe ibirindiro by'umutwe w'abarwanyi b'Abarundi barwanira mu burasirazuba bwa Congo.

    Umuvugizi w'ingabo za FARDC yavuze ko abarwanyi b'umutwe uvuga ko uharanira kwibohora, FNL, bahungiye mu ishyamba nyuma y'iminsi itatu y'imirwano ikaze.

    Yanavuze kandi ko ingabo za leta zarwanye n'undi mutwe w'inyeshyamba z'Abanyarwanda uzwi nka CNRD kimwe n'undi w'Abarundi wa Red Tabara wagabye ibitero mu Burundi mu kwezi gushize.

    Mu burasirazuba bwa Congo hari imitwe y'abarwanyi b'Abanyarwanda n'Abarundi irimo n'iy'inyeshyamba zo muri Congo.

    BBC dukesha iyi nkuru,yavuze ko umuvugizi w'igisirikare cya Congo mu burasirazuba bw'igihugu, Kapiteni Dieudonné Kasereka, yavuganye na Jacques Niyitegeka atangira amubwira uko imirwano yagenze n'uburyo birukanye FNL.

    Ubusanzwe mu Burasirazuba bwa Congo hakunze kumvikana imitwe myinshi yitwara gisirikare,ikaba ari yo ikunze kuvugwaho kub intandaro y'umutekano muke uvugwa mu gace k'ibiyaga bigari.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/27/igisirikare-cya-congo-fardc-kiravuga-ko-cyirukanye-inyeshyamba-zabarundi-za-fnl/

  • Sugira ashobora kudakinira Rayon Sports #rwanda #RwOT

    N’ubwo yongeye gutizwa muri Rayon Sports, rutahizamu Ernest Sugira ashobora kudakinira iyi kipe kuko ataramvikana nayo kubyo igomba kumuha kugira ngo azayikinire.

    Mu mpera za 2019 ni bwo APR FC yatije Sugira Ernest muri Rayon Sports mu gihe cy’amezi 6. Nyuma yo gusoza intizanyo ye, iyi kipe yongeye kwegera APR FC kugira ngo yongere ibatize uyu rutahizamu.

    Mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukwakira, ni bwo APR FC yongeye kwemera gutiza Sugira Ernest muri Rayon Sports mu gihe cy’umwaka umwe ari na wo yari asigaraniye APR FC.

    Ariko nk’uko bigaragara mu ibaruwa ya APR FC itanga Sugira Ernest muri Rayon Sports, iyi kipe yamenyeshejwe ko Sugira Ernest ahawe uburenanzira bwose bwo kuvugana n’iyi kipe ku byo igomba kumuha kugira ngo akore akazi yishimye.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko kugeza uyu munsi ataramvikana na Rayon Sports ku byo igomba kumuha cyane ko we yifuza ko agomba kubanza kwishyurwa amafaranga y’umwaka ushize iyi kipe imurimo bakabona kumvikana kuri uyu mwaka.

    Ikindi ni uko uyu mukinnyi aramutse abonye indi kipe yiteguye kumuha ibyo ashaka yahita amenyesha APR FC ko yananiwe kumvikana na Rayon Sports ubundi bagahita bamuha urwandiko rumurekura nk’uko babyumvikanye ko aramutse abonye ikipe yabamenyesha bakamuha urupapuro rumurekura 'release letter’.

    Sugira ashobora kudakinira Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sugira-ashobora-kudakinira-rayon-sports

  • 'Abanyamakuru bamwe bandika bakora mu buryo budashyira mu gaciro iyo barimo kwandika' , Ngiye kurega mu nkiko abatangaje n'abakwirakwije aya makuru y'ibinyoma 100%' _ Paul Pogba #rwanda #RwOT

    Paul Pogba, umukinnyi wo hagati wa Manchester United n'uw'ikipe y'igihugu y'Ubufaransa, avuga ko agiye kurega mu nkiko kubera amakuru y’'ibinyoma uko yakabaye yose' avuga ko agiye kureka gukinira Ubufaransa.

    Pogba w'imyaka 27, yatangajwe ko agiye kureka gukinira ikipe y'igihugu y'Ubufaransa kubera amagambo yavuzwe na Perezida Emmanuel Macron ku idini ya Isilamu.

    Yagize ati: '100% ni amakuru adafite ishingiro na busa arimo gukwirakwizwa kuri jyewe, avuga ibintu ntigeze na rimwe mvuga cyangwa ntekereza'.

    Mu butumwa yatangaje kuri Instagram, yavuze ko: 'atewe ubwoba, ababajwe, yaguye mu kantu kandi yabihiwe' kubera ibitangazamakuru bimwe 'bimukoresha mu kwandika imitwe y'inkuru y'ibinyoma'.

    Yavuze ko ibyo binyamakuru :'byongeraho ikipe y'igihugu y'Ubufaransa n'idini ryanjye bikabishyira mu gatebo kamwe'.

    Yagize ati: 'Namagana iterabwoba n'urugomo aho biva bikagera'.

    'Ikibabaje, ni uko abanyamakuru bamwe bandika bakora mu buryo budashyira mu gaciro iyo barimo kwandika amakuru, bakoresha nabi ubwisanzure bwabo bw'itangazamakuru, ntibagenzure ibyo bandika cyangwa bagiye gusubiramo…

    'bagatuma habaho uruhererekane rw'impuha batitaye ku kuba ibyo bigira ingaruka mbi ku buzima bw'abantu no ku buzima bwanjye'.

    'Ngiye kurega mu nkiko abatangaje n'abakwirakwije aya makuru y'ibinyoma 100%'.

    Pogba ni umuyisilamu. Amaze gukinira ikipe y'igihugu y'Ubufaransa imikino 72 atsindamo ibitego 10.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/27/abanyamakuru-bamwe-bandika-bakora-mu-buryo-budashyira-mu-gaciro-iyo-barimo-kwandika-ngiye-kurega-mu-nkiko-abatangaje-nabakwirakwije-aya-makuru-yibinyoma-100-_-paul-pogba/

  • Inkuba yakubise inka eshanu z'umuturage zihita zipfa , imvura nyinshi isenya inzu 69 muri Nyagatare #rwanda #RwOT

    Imvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 26 Ukwakira 2020, mu karere ka Nyagatare mu Mudugudu wa Karungi, Akagari ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare, yabonetsemo inkuba yakubise inka eshanu zikaba ari iz'umuturage witwa Muhutu Samuel, yiyongera ku yaguye ku cyumweru tariki 25 Ukwakira 2020, isenya inzu 69 z'abaturage bo mu Murenge wa Musheri.

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko inka zakubiswe n'inkuba ari eshanu zose ngo zahise zipfa ako kanya. Yagize ati :'Inka eshanu zakubiswe n'inkuba ni izo mu Murenge wa Nyagatare, ubu turacyahuza imibare ngo turebe ibyangiritse.'

    Umuturage witwa Muhutu w'imyaka 67 yari atunze inka icyenda, ahagana saa Kumi n'imwe z'umugoroba ubwo hagwaga imvura nyinshi ngo nibwo inkuba yakubise inka ze hahita hapfamo eshanu zirimo imbyeyi ebyiri n'ibimasa bitatu. Ibi byiyongera ku mvura yaguye ku cyumweru aho mu Murenge wa Musheri, yasize isenye inzu 69 z'abaturage.

    Imvura yaguze mu Karere ka Nyagatare ku cyumweru tariki ya 25 Ukwakira 2020, yasenye inzu 69

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musheri, Kamu Stiven, yavuze ko abaturage bagiye bacumbikira bagenzi babo bagizweho ingaruka n'iyi mvura mu gihe hategerejwe imiganda yo kongera kubafasha gusubizaho ibisenge neza.

    Yakomeje avuga ko aba baturage leta izabafasha mu kubaha amabati ku bo yangiritse, asaba baturage kwibuka kuzirika inzu zabo neza kugira ngo zidakomeza gusenywa n'imvura.

    Abaturage barasabwa gufata ubwishingizi bw'amatungo kugira ngo ugize ibibazo byorohe gushumbushwa.

    Mu byumweru bishize imvura nyinshi nabwo yari yasenye inzu zisaga 200 mu Karere ka Kirehe ndetse inangiza imyaka myinshi.

    Igihe

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/27/inkuba-yakubise-inka-eshanu-zumuturage-zihita-zipfa-imvura-nyinshi-isenya-inzu-69-muri-nyagatare/

  • UN Says 3.6 Million People Affected By Floods, Landslides In East Africa Since June #rwanda #RwOT

    At least 3.6 million people were impacted by floods and landslides across large swathes of East Africa since June, the UN humanitarian agency said on Saturday.

    The UN Office for the Coordination of Humanitarian Affairs (OCHA) said the floods have compounded an already challenging situation for people across the region, many of whom were already faced with conflict, violence, the desert locust upsurge and COVID-19.

    'Water levels of several lakes in Kenya and Uganda are rising, impacting thousands of people,' said OCHA in its latest humanitarian report.

    The report says flooding in South Sudan affected an estimated 856,000 people since June, including nearly 400,000 who have been displaced.

    Jonglei, which experienced devastating sub-national violence earlier this year, was amongst the areas hardest-hit by floods.

    The UN said nearly 1.1 million people in Ethiopia have been affected by floods, including over 313,000 people displaced.

    In Kenya, the water levels of several Rift Valley lakes, especially Baringo and Naivasha, are historically high, following the highest seasonal rains in decades in October to December 2019 and above-average rains in 2020, displacing thousands of people and impacting livelihoods, schools and health facilities. 

    The post UN Says 3.6 Million People Affected By Floods, Landslides In East Africa Since June appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/un-says-3-6-million-people-affected-by-floods-landslides-in-east-africa-since-june/

  • Checkout

    Checkout👇 🍹🍹🍹 @eagle_fruits For more info 0725893128 🏞 @kigaliupdates_official #kigaliupdates #Repost #gainwithsocialitesgallery #iamnairobian #gainwithmtaaraw #rwanda #nairobikenya #gainwithpaula #gainpost #gainwithlarrymemes #fff #kenyamemes #gainwithcarlz #tembeakenya #bellanaija #gainwithmchina #outfitoftheday #publicity254 #gainwithmugweru #streetportrait #gainwithspikes #visitrwanda #portraitstream #gainwithxtiandela #kigali #igerskenya #gaintrick #girl #bbnaija #ignairobi

    Source : https://www.instagram.com/p/CFM9XoXhP7P

  • Checkout

    Checkout👇 🍹🍹🍹 @eagle_fruits For more info 0725893128 🏞 @kigaliupdates_official #kigaliupdates #Repost #gainwithsocialitesgallery #iamnairobian #gainwithmtaaraw #rwanda #nairobikenya #gainwithpaula #gainpost #gainwithlarrymemes #fff #kenyamemes #gainwithcarlz #tembeakenya #bellanaija #gainwithmchina #outfitoftheday #publicity254 #gainwithmugweru #streetportrait #gainwithspikes #visitrwanda #portraitstream #gainwithxtiandela #kigali #igerskenya #gaintrick #girl #bbnaija #ignairobi

    Source : https://www.instagram.com/p/CFPFVaRBHVX

  • AOS Launches Robust Discounted Packages For Web, Email And Cloud Hosting #rwanda #RwOT

    This Rwanda company, AOS, is disrupting the Rwandan tech environment with it's new top notch web, email and cloud hosting services among other innovations. 

    The firm has launched a robust package of services with intent to provide services that have predominately been imported. 

    AOS announced discounts of up to 77% on web and mail hosting with automated provisioning, various packages, ease of online payments, wide range of add-on services from their online market portal.

    And that's not all. The company is offering up to 50% discount on cloud hosting. You can get 50% off on cloud welcome package with easy service upgrade, flexible packages, security, data backup locally hosted with 24/7 online support.

    Taarifa spoke to AOS executives. Below are excerpts.

    Data center services worldwide are some of the most sophisticated services that require huge investment and highly skilled personnel. Give us a picture of AOS in Rwanda in the view. 

    AOS Ltd is a Rwandan based ICT service provider and operator of the National Data Center offering various hosting services to both the public and private sector, jointly set up by the Government of Rwanda and Korea Telecom (KT) in 2014 based on the agreement to collectively achieve bigger goals. 

    AOS is committed to providing the best data center facility in Rwanda and the region and we have been investing in our infrastructure to provide reliable and secure services to our customers. Our specialized technical and experienced sales Teams are committed to that goal and are continuously training to get better at their jobs.' Said the Chief Executive Officer of AOS, Mr. Seong Woo Kim.

    What products does AOS offer that make the company a competitive option in the market? 

    We offer various hosting services in our Data center such as cloud computing, web and email hosting, server colocation, Backup as a service and a disaster recovery facility. Our Data is locally hosted in Rwanda which is an added value when it comes to accessibility and security especially sensitive data for Rwandans and we offer 24/7 online support with the choice of using our home language. 

    We also provide solution development; we developed and deployed the electronic procurement system of Rwanda 'Umucyo'. We provide systems integration providing security surveillance system (CCTV) and IT consulting to both public and private institutions.' Said the Chief Marketing Officer of AOS, Mr. Manzi Rwakah

    There is a gap in market knowledge/awareness of data center services. How do you deal with that kind of challenge in the market?

    We are investing more in advertising and campaigns about Data center services in different media platforms and we are getting feedback from the public.

    We are also organizing and participating in ICT oriented forums/events by supporting and working closely with our partners in implementing different initatives to increase awareness and adoption of various local hosting services. 

    We provide hosting services that are easy to use offering automated provisioning and ease of online payments for some hosting services.

    We are also providing more affordable and secure services to the public to encourage them to go online with their businesses and attract more companies to host locally. 

    We also collaborate with educational entities to create awareness in students who visit our facility. We are planning to offer hosting space in our infrastructure to help students understand and be more familiar with our services and enhance the adoption of ICT. 

    We also plan to have an ICT academy to teach various IT skills to Rwandans.' Said the Chief Marketing Officer of AOS, Mr. Manzi Rwaka.

    Rwanda is positioning itself to be an IT hub in the region, what role would/is AOS play/playing? 

    'We are contributing to make Rwanda an ICT hub in the region by providing reliable secure and more affordable Data Center services not only to local customers but also with a goal to attract regional customers to AOS.

    We have early adoption of new and cutting edge technologies not easily accessible with others in the region. 

    We also plan to export successful Rwandan solutions to other countries. AOS has deployed various solutions in Rwanda which include the electronic procurement system (e-Procurement) of Rwanda called 'Umucyo' in collaboration with Minecofin and RPPA which has increased accountability, transparency, and efficiency in the public procurement process. The system has attracted interest from various African countries that would like to have a similar system in their countries. 

    We are also implementing the Government smart administration system in collaboration with RISA to improve collaboration system and ensure paperless communication between Government institutions and private customers.' Said Chief Executive Officer of AOS, Mr. Seong Woo Kim. 

    What is the future of AOS in Rwanda and beyond its borders? 

    We are working and planning to develop and deploy more solutions to improve work efficiency and service delivey in Rwanda while building the knowledge and skills of our local engineers. We also plan to have an ICT academy to teach various IT skills to Rwandans. 

    We will also continue to invest in our Data center infrastructure, add new products and services and provide reliable, secure and affordable services to local, regional and internation customers. 

    We will also export those successful solutions to other African countries as Made in Rwanda products, therefore, boost the economy and turn Rwanda into an ICT hub, the CEO said.

    You have begun rolling out a campaign…tell us more about it.

    The campaign serves the purpose of creating more awareness of our company and our various offerings with the goal of encouraging companies to have an onine presense and attracting more businesses to host locally and bring back local content for those hosted outside of the country. 

    We are dedicated in supporting and enabling effective and efficient business delivery by providing reliable, secure and affordable services therefore we are giving discounts of up to 77% on web and mail hosting with the lowest option being 12,150 RWF per year (1,013 RWF monthly) and up to 50% on our Cloud hosting services with the lowest option being 26,275 RWF per month which shall facilitate business continuity and productivity in the private sector. 

    We also wanted inform the public that we have moved to a new location which is Kigali Business Center (KBC) Building, 3rd floor Block D, Manzi Rwaka concluded. 

     

    The post AOS Launches Robust Discounted Packages For Web, Email And Cloud Hosting appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/aos-launches-robust-discounted-packages-for-web-email-and-cloud-hosting/

  • Volleyball: Umunyarwanda yatorewe kuyobora ‘zone 5′ mu nama yamaze amasaha 18 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ruterana Fernand Sauveur watorewe kuyobora Akarere ka Gatanu avuga ko ashishikajwe no guteza imbere Volleyball
    Ruterana Fernand Sauveur watorewe kuyobora Akarere ka Gatanu avuga ko ashishikajwe no guteza imbere Volleyball

    Inama yabereyemo amatora yatangiye ku wa Gatandatu ahagana saa sita z’amanywa irangira mu rukerera rwo ku cyumweru saa kumi hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ruterana Fernand Sauveur yari ahanganye n’umunyarwanda Nkurunziza Gustave wari usanzwe ayobora aka karere we wiyamamarije muri Tanzania nyuma y’uko abuze amahirwe yo gutangwa n’u Rwanda.

    Nyuma yo gutsinda amatora, Ruterana Fernand yavuze ko icyo ashyize imbere ari ugukomeza guteza imbere volleyball. Yagize ati “Iyi ntsinzi nyituye Abanyarwanda by’umwihariko umuryango mugari wa volleyball wose . Iyo tutabagira mu bikorwa bitandukanye ngo bigaragarire amahanga ko hari ikizere batugirira ntibyari gukunda. Tuzafatanyiriza hamwe turusheho gukomeza guteza volleyball imbere mu Rwanda ndetse no muri zone. Ibitekerezo byanyu birakenewe ngo tubyubakireho.”

     Inama Fernand yatorewemo yamaze amasaha 18
    Inama Fernand yatorewemo yamaze amasaha 18

    Abagize Inama y’Ubuyobozi ya CAVB batowe

    Perezida:

    1. Mrs Bouhra Hajij/ Maroc
    Visi Perezida:
    1.Zone I:Adnan BAKBAK /Libya
    Zone II:Rodrigues ANTONIO CARLOS /Cape Verde
    Zone III:Casimir SAWADOGO/ Burkina Faso
    Zone IV:Dokony Adiker IDRISS/Tchad
    Zone V:Waithaka KIONI/ Kenya
    Zone VI:Fredreck NDLOVU /Zimbabwe

    Abanyamuryango:

    1. Habu GUMEL Nigeria
    2. Sanga Issouf KONE Côte d’Ivoire
    3. Daniel Koboa MOLAODI Botswana

    Guteza imbere abagore:

    1. Zone VI Agness Nakaonga KAKOMA Zambia
    2. Zone VI Mpho PALIME Lesotho

    Abayobozi b’uturere turindwi batowe:

    1. Zone I :Mustapha LEMOUCHI Algeria
    2. Zone II :Bai Dodou JALLOW Gambia
    3. Zone III :Paul ATCHOE Ghana
    4. Zone IV :Christian MATATA SHWITI Congo
    5. Zone V:Fernand Sauveur RUTERANA
    6. Zone VI:Khalid CASSAM Mozambique
    7. Zone VII: Kayseeven TEEROOVENGADUM Mauritius

    Nkurunziza Gustave wasimbuwe na Fernand yiyamamarije muri Tanzania
    Nkurunziza Gustave wasimbuwe na Fernand yiyamamarije muri Tanzania

    Ruterana Fernand Sauveur watorewe kuyobora Akarere ka Gatanu asanzwe ari Visi Perezida wa kabiri mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda ushinzwe amarushanwa.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/volleyball-umunyarwanda-yatorewe-kuyobora-zone-5-mu-nama-yamaze-amasaha-18