Your trial has expired. Please update your subscription plan at rss.app.
Source : https://rss.app/
Your trial has expired. Please update your subscription plan at rss.app.
Source : https://rss.app/

Shampiyona ya Volleyball iratangira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira kugeza 31 Ukwakira 2020 ikazakinirwa muri Sitade nto i Remera.
Ikipe ya UTB y’abagabo iri gukina umwaka wayo wa kane muri shampiyona ya Volleyball mu Rwanda. Iyo kipe yakoze ibishoboka byose kugira ngo izegukane igikombe cy’uyu mwaka haba mu kugura abakinnyi, umutoza Nyirimana Fidèle wifuza guhesha ishema iyi kipe ndetse no gukomeza kuba ubukombe muri Volleyball yo mu Rwanda.

Urutonde rw’abakinnyi n’abatoza ba UTB VC y’abagabo
▪️ Nsabimana Mahoro Ivan
▪️ Ntagengwa Olivier
▪️ Murangwa Nelson
▪️ Muvunyi Fred
▪️ Sibomana Placide (Madson)
▪️ Sibomana Jean Paul
▪️ Mugisha Emmanuel
▪️ Musoni Fred
▪️ Nkurunziza John
▪️ Rukundo Bienvenue
▪️ Nzirimo Mandela
▪️ Karera Emile Dada
▪️ Irakoze Alain
▪️ Mutuyimana Aimable
▪️ Niyogisubizo Samuel (Tyson)
Abayobozi
▪️ Nyirimana Fidèle (Umutoza mukuru )
▪️ Hitayezu Emmanuel (Team manager)

UTB Volleyball Club y’abagore iri gukins umwaka wayo wa kabiri muri Volleyball mu Rwanda aho imaze gutwara ibikombe umunani bitandukanye harimo na shampiyona ya 2018/2019, ikaba ishaka kwisubiza iki gikombe.
Urutonde rw’abakinnyi n’abatoza ba UTB VC y’abagore
▪️ Nyirarukundo Christine
▪️ Irakoze Belise
▪️ Utegerejimana Claudette
▪️ Uwimbabazi Leah
▪️ Uwamariya Jacqueline
▪️ Muhoza Louise
▪️ Irahoza Patience
▪️ Mukandayisenga Benitha
▪️ Nzayisenga Charlotte
▪️ Mutoni Bertille


Amakuru yatanzwe n’iyi Minisiteri kuri uyu wa 27 Ukwakira 2020, agaragaza ko uwitabye Imana kuri uyu wa Kabiri ari umubyeyi w’imyaka 88 w’i Kirehe.
Kuri uyu wa 27 Ukwakira 2020, abantu 11 basanzwemo ubwandu bwa COVID-19 iterwa na Coronavirus mu bipimo 1594 byafashwe, bituma umubare w’abamaze kwandura uba 5084 mu gihe batatu bakize, abamaze gusezererwa nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite baba 4851.
Abarwayi bashya bagaragaye muri Kigali ahasanzwe umunani, mu gihe mu Turere twa Kirehe, Musanze na Nyamagabe buri hose hakuwe umwe.
Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 550 532, byasanzwemo 5084 banduye. Muri bo 4851 barakize, 198 baracyari kwitabwaho bavurwa ibimenyetso mu gihe abo iki cyorezo kimaze guhitana ari 35.
Abanyarwanda bagirwa inama yo gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho, bibuka kwambara agapfukamunwa buri gihe bavuye mu ngo, bakaraba intoki kenshi, birinda amakoraniro n’ibindi bintu byose bishobora guhuriza hamwe abantu benshi.
Uwiyumvamo ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, guhumeka nabi, gucika intege n’ibindi, agahamagara umurongo utishyurwa wa 114 cyangwa akiyambaza umujyanama w’ubuzima kugira ngo ahabwe ubufasha.

Ni imikino itangira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 kugeza ku wa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020 muri Stade nto (petit stade) i Remera. Amakipe ane yabaye aya mbere mu bagabo n’andi ane mu bagore ni yo azakina iri rushanwa.
Ayo makipe ni : Gisagara VC ,REG VC ,UTB VC na APR VC mu bagabo, naho mu bagore ni UTB VC, RRA VC, APR VC na KVC mu bagore.
Abagore:
Ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020
09:00-11:00: RRA VC vs UTB VC
12:00-14:00: APR VC vs KVC
Kuwa Kane tariki 29 Ukwakirqa 2020
09:00-11:00: RRA VC vs APR VC
12:00-14:00: UTB vs KVC
Kuwa Gatanu tariki 30 Ukwakira 2020
09:00-11:00: RRA VC vs KVC
12:00-14:00: APR VC vs UTB VC
Kuwa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020
09:00-11:00: iya Gatatu vs Iya Kane: Guhatanira umwanya wa Gatatu
15:00-17:00: iya mbere n’iya kabiri: Guhatanira umwanya wa mbere.
Abagabo:
Ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020
15:00-17:00 : APR VC vs UTB VC
18:00-20:00: REG vs Gisagara VC
Kuwa Kane tariki 29 Ukwakira 2020
15:00-17:00: APR VC vs REG VC
18:00-20:00 : UTB VC vs Gisagara VC
Kuwa Gatanu tariki 30 Ukwakira 2020
15:00-17:00: APR VC vs Gisagara VC
18:00-20:00: REG VC vs UTB VC
Kuwa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020
12:00-14:00: iya Gatatu n’iya kane : Guhatanira umwanya wa Gatatu
18:00-20:00: iya mbere n’iya kabiri: Iya mbere n’iya kabiri
Mu kiganiro cyahuje ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) n’itangazamakuru ku wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020 mu cyumba cy’Inama cya Minisiteri ya Siporo, umuyobozi wa FRVB Karekezi Leandre yavuze ko imyiteguro irimbanyije.
Yagize ati “Imyiteguro igeze kure, amakipe yamaze gupimwa, twamaze kuyageza aho agomba gucumbikirwa yahageze. Navuga ko igitinze ari umunsi nyirizina.”
Ibihembo bizatangwa: Ikipe ya mbere izahembwa miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000), iya kabiri ihembwe ibihumbi magana inani (800,000), iya Gatatu izahembwa ibihumbi magana atanu by’u Rwanda (500,000) mu bagabo n’abagore.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 27 ukwakira 2020 Nyakubahwa prezida wa Republika y'Urwanda Paul kagame yayoboye inama y'amaministri Y'igaga ku ngamba zo kurwanya corona virus mu gihugu cy'Urwanda ndetse no kurebera hamwe ibindi bibazo by'ugarije igihugu muri rusange
imwe mu myanzuro mishya yafatiwe muri iyi nama ni ifungurwa ry'imikino y'amahirwe abenshi bazi nka Betting ndetse naza Casino zari zarafunzwe ubwo icyorezo cya corona virus cyageraga mu Rwanda kugeza na nubu
abari bafite imirimo muri izo kompanyi bahoraga bategereje ngo barebe ko bazabafungurira nabo bakabona amaramuko
indi myanzuro yafatiwe muri iyi nama ni iyi ikurikira


The post Inama y'abaministri yakomoreye imikino y'amahirwe yarimaze amezi agera kuri 7 idakora appeared first on Kigalinews24.
Ni imwe mu myanzuro y’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 27 Ukwakira 2020, yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 27 Ukwakira 2020 pic.twitter.com/rC1YQm8oT2
â” Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) October 27, 2020
Ubutumwa bwo kwishimira iyi ntambwe ihambaye Kiliziya Gatolika yateye mu Rwanda, bwanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Abangilikani, Musenyeri Laurent Mbanda.
Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020, Musenyeri Laurent Mbanda yavuze ko kuzamurwa mu ntera kwa Musenyeri Antoine Kambanda ari ishema rikomeye ku gihugu cy’u Rwanda no kuri Kiliziya Gatolika yose.
Ati 'Nyiricyubahiro Karidinali Musenyeri, Antoine Kambanda, mu izina ry’Itorero Angilikani ry’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite n’umuryango wanjye, twishimiye intambwe Imana ibagejejeho yo kuba Karidinali.”
“Ni ishema rikomeye ku gihugu na Kiliziya yose. Roho Mutagatifu akomeze akumurikire.'
Ku wa 25 Ukwakira 2020, nibwo inkuru nziza yatashye I Rwanda y’uko Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yazamuye mu ntera Arkiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Kambanda, amugira cardinal.
Nyuma y’isengesho rizwi nka Angelus ryasomewe ku rubuga rwa Mutagatifu Petero i Roma kuri iki Cyumweru saa Sita, nibwo Papa Francis yifashishije idirishya ry’ingoro ye, yasomye mu ijwi riranguruye amazina y’abepiskopi 13 bagizwe ba cardinal, barimo Musenyeri Antoine Kambanda.
Iyi ni inkuru yashimishije ab’ingeri zose cyane ko Musenyeri Kambanda ari uwa mbere ubashije kugera kuri iyo ntera mu mateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda. 