Blog

  • USA: Biden ati: 'ndagana ku ntsinzi', Trump ati: 'bari kwiba amajwi' #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu , Joe Biden yagejeje ijambo kuri rubanda, avuga ko ari mu nzira zo gutsinda, mukeba we Trump yanditse kuri Twitter ko bari 'kugerageza kwiba amajwi'.

    Bwana Biden yavuze ko bari babizi ko bishobora gufata igihe kumenya ibyavuye mu matora, ati: 'Ndi hano kubabwira ko twizeye ko turi mu nzira igana ku gutsinda aya matora'.

    Yongeyeho ko 'birangira ari uko buri jwi rimaze kubarwa'.

    Bwana Trump, yanditse kuri Twitter ko ahagaze neza, ati: 'ariko bari kugerageza kwiba amatora, ntituzabibemerera'.

    Ubutumwa bwa Perezida Trump ariko bwahise bushyirwaho ikimenyetso n'urubuga rwa Twitter ko 'bushobora kuba buyobobya ku matora'.

    Si Biden na Trump gusa bari kwiyamamariza kuyobora America, ahubwo aba nibo bari buvemo umwe uri butorerwe gutegeka Amerika kuko aribo bari imbere cyane mu matora, ariko hari n'abandi nubwo bari inyuma cyane mu majwi.

    Madamu Jo Jorgensen umwalimu muri kaminuza ya Clemson University ahagarariye ishyaka 'Libertarian Party' naho Bwana Howie Hawkins ahagarariye ishyaka 'Green Party'.

    Aba bombi ariko kugeza ubu bari inyuma cyane, kugeza ubu nta n'uragira ijwi rimwe (electoral vote) muri 270 aba akenewe ngo umuntu atsindire kuba perezida wa Amerika.

    Gusa nko mu majwi asanzwe ya rubanda, Madamu Jo kugeza ubu amaze gutorwa n'abarenga miliyoni 1.3.

    Perezida mushya wa Amerika uza gutorwa biteganyijwe ko azarahira tariki 20 z'ukwezi kwa mbere 2021.

    Biden aramutse atsinze yaba ari we wa mbere mu myaka 28 ishize utsinze perezida uri ku butegetsi, kuva mu 1992 Bill Clinton yatsinda George H. W. Bush.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/04/usa-biden-ati-ndagana-ku-ntsinzi-trump-ati-bari-kwiba-amajwi/

  • Ubuyobozi bwa KIM university bwatangaje ko itazongera gukora kubera ikibazo cy'amikoro. #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa kaminuza ya KIM bwatangaje ko iyi kaminuza itazongera gufungura imyigishirize n'izindi serivisi zijyanye na yo kubera ibibazo by'amikoro

    Iyi kaminuza yabitangaje mu itangazo yahaye abanyeshuri kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ugushyingo 2020, ryashyizweho umukono n'umuyobozi wungirije w'agateganyo wayo, Jean-Baptiste Mugabe.

    Iki cyemezo gikurikira inama yahuje ubuyobozi bwa kaminuza n'abahagarariye abanyeshuri yabaye ku ya 20 Ukwakira 2020.

    Iri tangazo riragira riti 'Ibiro by'umuyobozi w'ikigo birashaka kumenyesha abanyeshuri bose ko kubera ibibazo by'amafaranga twicujije kubamenyesha ko kaminuza ya KIM itazongera gufungura imyigishirize n'izindi serivisi zijyanye nayo.'

    Iki cyemezo cyo gufunga iri shuri cyafashwe nyuma y'ukwezi kumwe izindi kaminuza zisubukuye gahunda yo kwigisha nyuma y'amezi umunani zidakora kubera icyorezo cya Covid-19.

    Kaminuza yagiriye inama abanyeshuri kuza gufata ibyangombwa kugira babone uko bajya gushaka ahandi bakomereza amasomo yabo.

    Hamaze iminsi havugwa ibibazo mu mashuri makuru na za kaminuza zigenga ndetse zimwe zanahagaritswe burundu nk'iya Kibungo yahagaritswe n'Inama y'Igihugu y'amashuri makuru na za Kaminuza.

    Ririya shuri ryo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y'Iburasirazuba, yahagaristwe burundu kubera ibibazo by'amikoro byari bimazemo igihe kinini.

    The post Ubuyobozi bwa KIM university bwatangaje ko itazongera gukora kubera ikibazo cy'amikoro. appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/11/04/ubuyobozi-bwa-kim-university-bwatangaje-ko-itazongera-gukora-kubera-ikibazo-cyamikoro/

  • Millions Of Votes Still Being Counted As Contest Between Trump And Biden Narrows To Key States #rwanda #RwOT

    Millions of legally cast votes are being counted in elections offices around the country as the presidential race between President Donald Trump and former Vice President Joe Biden comes down to a handful of battleground states.

    Biden holds the lead in the Electoral College at this stage in the night, 224-213; 270 electoral votes are needed to become president.
    Experts had warned for months that a result may not be known on election night, or even days afterward, as voters voted by mail in record numbers. As of early Wednesday morning, it was still too close to call in Arizona, North Carolina, Nevada, Wisconsin, Michigan, Maine, Georgia and the potentially critical state of Pennsylvania.
    Trump won a close race in Florida, which was one of the states Biden had hoped to peel away from the President's 2016 map and has a narrow edge in North Carolina. The former vice president has taken the lead in Wisconsin and is hoping that Arizona, where he has a 5-percentage point lead with 82% of the ballots counted, could be his first victory of the night that turns a red state blue.
    With 89% of the vote counted in Wisconsin, Biden holds a narrow lead of fewer than 10,000 votes over Trump, with all of Milwaukee's vote counted. There was still outstanding vote in Kenosha and Brown counties, which includes 62,312 absentee ballots yet to be reported, according to those two counties' websites. In Brown County, there are also some in-person votes still to be counted, according to CNN's Pamela Brown and Kristen Holmes.
    The state of Nevada, which Clinton won by a slender margin in 2016, also appeared to be a much closer race than Democrats had expected. With 85% of the votes counted in that state, Biden leads by a percentage point.
    Increasingly it appears that the result of the entire election could hinge on whether Biden can restore the Democratic 'blue wall' in Michigan, Wisconsin and Pennsylvania, a scenario that could stretch into the coming days as large numbers of mail-in votes are counted.
    The night unfolded as the most unorthodox election night in modern memory. At times it appeared like one candidate or the other was heading for an early win in important states. But batches of mail-in and early votes meant the count often dramatically shifted one way or the other.
    Polls are now closed across the US on a nerve-jangling night that will set the nation's course for the next four years and cast judgment on the most tumultuous presidency of the modern age. Results are flowing in from battlegrounds and it's too early to make a projection in many key states.
    CNN projects Biden will win Hawaii, Rhode Island, Minnesota, Virginia, California, Oregon, Washington, Illinois, New Hampshire, New Mexico, Colorado, Connecticut, New Jersey, New York, Vermont, Delaware, Washington, DC, Maryland, Massachusetts and one of Nebraska's five electoral votes. Nebraska awards two electoral votes to its statewide winner and divides three others over its three congressional districts.
    CNN projects Trump will also win in Montana, Texas, Iowa, Idaho, Ohio, Mississippi, Wyoming, Missouri, Kansas, Utah, Louisiana, Alabama, South Carolina, North Dakota, South Dakota, Arkansas, Indiana, Oklahoma, Kentucky, West Virginia and Tennessee and four of Nebraska's five electoral votes.

    Trump's chilling threat to vote counting

    Trump attempted to claim victory in the presidential race and called for a halt to legitimate vote counting that is underway around the country in a chilling threat to American democracy
    In fact, the election is far from over with millions of votes outstanding in key states like Pennsylvania, Wisconsin and Michigan — ballots that were cast before Election Day that have yet to be counted. Yet Trump sought to mislead his loyal supporters by conflating the legitimate counting of ballots with voting as he falsely claimed Democrats were trying to 'steal the election.'
    Facing the real possibility that he could lose, Trump — as expected — appeared to be seizing the opportunity to confuse his supporters about the democratic process and suggest that there was something nefarious about the fact that many states are still counting votes. The lengthy vote count, which could extend for several days, was widely anticipated because so many Americans cast vote-by-mail ballots to protect themselves from exposure to the coronavirus in the middle of a pandemic.
    While making the ludicrous suggestion that the counting of legally cast votes should stop as he watched his margins narrow in several key swing states, Trump made a wild threat that his lawyers would take their case to the Supreme Court even though it remains unclear what their legal rationale would be.
    Even within Trump's short speech there was a glaring inconsistency in his position as he advocated for votes to continue to be counted in Arizona, a state that he believes is more favorable to him, while expressing anger that one network had called it early. CNN has not projected a winner in Arizona.
    He celebrated his victories in Florida and Ohio, and claimed to win multiple states that CNN has yet to project. His call for an end to the counting was the kind of dangerous election night speech that political observers long feared Trump would make, in which he falsely claimed, 'This is a major fraud on our nation.'
    Biden campaign manager Jen O'Malley Dillon ripped Trump's speech as 'a naked effort to take away the democratic rights of American citizens.'
    'The President's statement tonight about trying to shut down the counting of duly cast ballots was outrageous, unprecedented, and incorrect,' she said, adding, 'It was unprecedented because never before in our history has a president of the United States sought to strip Americans of their voice in a national election. Having encouraged Republican efforts in multiple states to prevent the legal counting of these ballots before Election Day, now Donald Trump is saying these ballots can't be counted after Election Day either.'
    Biden was the first candidate to speak to supporters early Wednesday morning, after a night of results didn't deliver a quick winner, saying that 'we believe we're on track to win this election.'
    The former vice president said it was not up to him or Trump to decide the winner of the election and that the votes would be counted.
    'Keep the faith guys, we're going to win this,' Biden said.

    Trump wins two must-have states

    Wins for Trump in the Sunshine State and Ohio are crucial to keep open his pathway to win a second term.
    Florida Democrats were concerned early in the night about populous southern Miami-Dade County where Biden appeared to be underperforming Clinton's mark in 2016.
    The early Biden deficit in Miami-Dade could be a sign of what was apparent in pre-election polls that suggested the President had been making incursions into traditional Democratic support with Black and Latino men. Former President Barack Obama made two trips to Miami-Dade in the closing days of the race to drive up turnout.
    Miami-Dade, which Biden is still likely to win, has large concentrations of voters of Cuban and Venezuelan descent who tend to be more conservative than other Latino groups and were targeted by the President with claims that Democrats were akin to socialists.
    The President also opened up a solid lead in Ohio after early returns showed Biden in the lead. The Buckeye State was another battleground that Trump's campaign thought he must win in order to earn another four years in Washington. Biden spent time in the state on Monday and was another place that the Democrat had hoped to flip.
    Biden does not need to win Florida and Ohio in order to win the presidency, but his campaign had hoped to flip those states after several encouraging polls in the final weeks of the campaign.

    Biden performs well in Arizona

    Biden appears to have made significant gains in Arizona where demographic changes have accelerated the state's shift from traditional Republican territory to a potential Democratic pick up. The President's unpopularity and the rapid growth of the state — from its rising Latino population to the influx of retirees from the Midwest and other parts of the country — has made its politics more unpredictable, even in just the four years since 2016, when Trump beat Hillary Clinton in the state 49% to 45.5%.
    Clinton built up Democratic margins in populous Maricopa County, which includes Phoenix and its suburbs — and the majority of the state's voters — and Biden appears to be continuing that trend Tuesday night, with turnout looking strong in that key county.
    Even within the patchwork of early returns, some trends were emerging that pointed to the fact that is a very different race than 2016. In states like Ohio and parts of Florida, Biden appears to be performing better in the suburbs than Clinton did four years ago.
    At the same time, the President's team seems to have succeeded in turning out their voters as promised — in some cases making up for what appeared to be an advantage for Democrats in the early vote count in key swing states.

    Results may not be known for days

    Millions of ballots were still outstanding in those critical three states of Michigan, Pennsylvania and Wisconsin, many of them vote-by-mail ballots that were cast early and were expected to favor Democrats.
    Even Georgia appeared at a standstill as officials in Fulton County, which includes Atlanta and its populous suburbs said they had stopped counting mail-in ballots around 10:30 p.m. ET and that count would resume at 8 a.m. Wednesday.
    The Fulton County tabulation was initially delayed by a water leak near the room where ballots were being counted but no ballots were damaged.
    Election officials in the so-called 'Blue Wall' states of the Midwest tried to prepare the public late Tuesday night for the likelihood that a full count would continue through the night, and could stretch well into Wednesday and later this week — meaning America may not know the winner of the presidential contest for quite some time.
    The slow count in those Midwestern states is creating mounting anxiety for Democrats, who had hoped Biden could post some early wins on the board in swing states to prevent President Trump from declaring a premature victory before even crossing the 270 electoral vote threshold that he needs to win.
    For weeks now, Trump has hammered the message that voters should know the results on election night — even though that is rarely the case in America — while suggesting that a later count could be a sign of voting irregularities, even though there is no evidence to support that and counting has been much more complex this cycle because so many people cast votes by mail in order to stay safe during the pandemic.
    Michigan officials are predicting record turnout, and are hoping that ballots counted overnight could give a sense of at least the unofficial result within 24 hours of poll closures, instead of several days as some were initially expecting, but that appeared uncertain.
    Michigan Secretary of State Jocelyn Benson told reporters Tuesday night that the state could 'potentially see a full result of every tabulation out of Michigan in the next 24 hours,' which would be an improvement on the state's original prediction that it would not finish tabulating results until Friday. The state is on track to break turnout records with more than 3 million absentee ballots cast.
    'I'm here tonight to ask you all to be patient,' Benson said. 'No matter how long it takes, no matter what candidates say, we're going to work methodically and meticulously to count every single valid ballot and that, and only that, will determine who wins every race on the ballot in the state of Michigan.'
    The tipping point state of Pennsylvania may see some of the longest delays, not only because of its very complex ballot with its inner and outer envelopes, but also because election officials were not permitted to start counting the vote-by-mail ballots until Election Day.
    Late Tuesday night, the Pennsylvania secretary of state urged patience and told result-watchers to expect batches of vote totals to come in in fits and starts throughout the night.
    In Wisconsin, some results in the key area of Milwaukee may not be reported until after 5 a.m. on Wednesday, meaning the vote tallies in some of the most critical areas for Biden would not be known until then.

    Historic amount of early votes

    Across the country, officials were counting the more than 100 million votes that were cast before Election Day, according to a survey of election officials by CNN, Edison Research and Catalist.
    In an unprecedented move, which could indicate some mail-in votes are in danger of not reaching their destination in time to be counted, a federal judge in Washington ordered the US Postal Service to start sweeping all processing facilities by 3 p.m., including in parts of battleground states Pennsylvania, Michigan, Texas, New Hampshire and Florida. Democrats had previously criticized the US Postmaster General Louis DeJoy, a Trump donor, for introducing reforms in the agency that they said could slow down the delivery of mail-in ballots.
    Democrats are nervous about widespread slowdowns within the Postal Service system after budget cuts and staff shortages, which has led to intense scrutiny of DeJoy's motivations.
    Polls began closing at 6 p.m. ET but there are wide variations in ballot counting rules across the country.
    The economy is the top issue on the minds of voters Tuesday, according to the preliminary results of a nationwide CNN exit poll.
    Those results are incomplete because Americans were still voting, but in those early measures about a third said the economy is the most critical issue. About 1 in 5 said racial inequality is the top issue and 1 in 6 said the coronavirus pandemic was most important to their vote. However, a majority said the nation should prioritize containing Covid-19 over rebuilding the economy.
    Republicans have made a huge effort to invalidate ballots and limit voter turnout through legal challenges and questionable monitoring tactics that bordered on voter intimidation in some states. Trump spent his final days trying to cast aspersions on vote counting, insisting that a winner should be declared on Tuesday night, even though America has long counted ballots well into the days and weeks after Election Day.
    With Biden leading in many national and battleground state polls, the President's team is counting on explosive Election Day turnout within the GOP and relying on their intensive, data-driven ground game to turn out quiet Trump voters, who they say have not been reflected in the polls.
    This is a breaking story and will be updated.

    The post Millions Of Votes Still Being Counted As Contest Between Trump And Biden Narrows To Key States appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/millions-of-votes-still-being-counted-as-contest-between-trump-and-biden-narrows-to-key-states/

  • RIB yataye muri yombi Nsengiyumva Jean Claude ukekwaho icyaha cyo kwica umugore we #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Nsengiyumva Jean Claude  washakishwaga kubera icyaha akekwaho cyo kwica umugore we ku italiki ya 31/10/2020 agahita atoroka yafashwe muri iki gitondo cyo kuwa 04/11/2020.

    Iki cyaha cyakorewe mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Nyabirasi, Akagari ka Mubuga, Umudugudu wa Rwankuba

    Amakuru aravuga ko Nsengiyumva Jean Claude ukurikiranyweho kwica umugore we Benimana Angelique wo mu Murenge wa Nyabirasi muri Rutsiro, yafatiwe ahitwa i Congo Nil ari mu modoka itwara abagenzi agerageza gutoroka.

    RIB irashimira abagize uruhare mu ifatwa rye bose. Nsengiyumva Ukekwa afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro mu gihe hagikorwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/04/rib-yataye-muri-yombi-nsengiyumva-jean-claude-ukekwaho-icyaha-cyo-kwica-umugore-we/

  • Nsengiyumva Jean Claude na Nsengimana Damien bashakishwaga bakekwaho ubwicanyi bafashwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iki cyaha cyakorewe mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Nyabirasi, Akagari ka Mubuga, Umudugudu wa Rwankuba.

    Ukekwa afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro mu gihe hagikorwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kandi rwatangaje ko Nsengimana Damien washakishwaga kubera icyaha akekwaho cyo kwica Uwimana Pelagie w’imyaka 57 y’amavuko agatoroka yafashwe, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali mu gihe hagikorwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Icyaha Nsengimana Damien akurikiranyweho yagikoreye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana, mu Kagari ka Ngiryi mu Mujyi wa Kigali.

    RIB irashimira abagize uruhare mu ifatwa ry’aba bombi.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/nsengiyumva-jean-claude-na-nsengimana-damien-bashakishwaga-bakekwaho-ubwicanyi-bafashwe

  • Umucuruzi Alfred Nkubili azakomeza kuburana afunzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Binyuze mu ijwi ry’abamwunganira mu mategeko, Nkubili yari amaze iminsi ajuririra icyemezo giherutse gufatwa n’urwo rukiko rwamusabiraga gukomeza gufungwa mu gihe hari irindi iperereza ryagombaga gukorwa ku byaha byo kunyereza umutungo, magendu, gukoresha inyandiko mpimbano, no gushaka kubangamira urubanza aregwamo kuriganya Guverinoma amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari ebyiri.

    Icyemezo cyo kwigiza inyuma urubanza rw’uwo muherwe ukorera mu Ntara y’Uburasirazuba, cyafashwe mu buryo butunguranye, nyuma y’uko Nkubili ajyanywe mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) kubera uburwayi.

    Mbere y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rumusabira gukomeza gufungwa, hari amakuru yari amaze iminsi acicikana avuga ko Nkubili wari warajuririye gufungurwa by’abagateganyo kubera ibibazo by’uburwayi ngo yaba yaritabye Imana, ariko ayo makuru yahise abeshyuzwa n’Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa mu Rwanda (RCS) ndetse n’umuryango we ubinyujije mu itangazo ryanditse, wahise uvuga ko ubabajwe no kumva ayo makuru y’ibinyoma.

    Nkubili ashinjwa ibyaha by’uruhurirane birimo kuriganya Guverinoma y’u Rwanda mu gukwirakwiza inyongeramusaruro, guhimba amazina y’abantu ba baringa bagomba kuyihabwa no kubeshya minisiteri ibiciro by’inyongeramusaruro akabihanika.

    Mu bindi byaha ashinjwa harimo no gutatira icyizere, gukoresha inyandiko mpimbano no gufatira ibikoresho byifashishijwe mu gukora icyaha.

    Nkubili yagerageje no gutanga miliyari icyenda (9.000.000.000 FRW) nk’ingwate kugira ngo arekurwe by’agateganyo, ariko Umucamanza Nubaha Murwanashyaka yavuze ko kumurekura by’agateganyo kwaba ari ukwigerezaho kuko ngo ashobora gutoroka ubutabera.

    Umucamanza kandi yagaragaje ko Nkubili ashobora no kugerageza gusibanganya ibimenyetso kandi iperereza ritararangira, ikindi kandi ngo ntiyigeze atanga gihamya yerekana ko arimo kwivuza.

    Umucuruzi Nkubili arashinjwa kuriganya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi akayiba amafaranga abarirwa mu mamiliyari yahawe ntagure ibikoresho n’inyongeramusaruro byagombaga gukoreshwa mu buhinzi.

    Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu cyemezo rwaherukaga gufata ku itariki 26 Kanama, rwavuze ko rwemera n’icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Akarere ka Gasabo cyo kuwa 11 Kanama.

    Abunganira Nkubili bari bisobanuye bagaragaza ko Abashinjacyaha bari bemeje ko amaperereza yarangiye, bityo ko nta kubangamira iperereza kwashoboraga kubaho; ariko Ubushinjacyaha bwanze kwemera ibyo bisobanuro bushimangira ko amaperereza yari akirimo gukorwa.

    Alfred Nkubili ni umugabo wikorera ufite ikigo kitwa ENAS, azwi cyane mu Ntara y’Uburasirazuba; we n’abandi bantu 11 barashinjwa ubufatanyacyaha mu kuriganya Guverinoma bakayiba amamiliyari binyuze mu masoko yo gukwirakwiza inyongeramusaruro.

    Ibyaha bashinjwa byabaye hagati ya 2009 na 2013, Nkubili n’abo bareganwa bagashinjwa kuba batarashyikirije inyongeramusaruro abahinzi bagombaga kuyihabwa. Nkubili nta cyaha na kimwe yemera.

    Abantu icyenda muri 11 bashinjwa bazakomeza gufungwa, mu gihe abandi batatu barekuwe by’agateganyo ariko bakazakomeza gukurikiranwa. Urubanza rwa Nkubili na bagenzi be ruzatangira ku itariki 27 Ugushyingo 2020.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/umucuruzi-alfred-nkubili-azakomeza-kuburana-afunzwe

  • True Vine Ministry itsinda rishya mu muziki wa Gospel rifite imihangire n' imiririmbire myiza ryasohoye indirimbo ya mbere ryise 'IYEREKWA' _YUMVE #rwanda #RwOT

    True Vine Ministry ni itsinda rishya mu muziki wa Gospel rije ryiyongera ku matsinda akunzwe mu Rwanda arimo; Alarm Ministries, Healing Worship Team, Gisubizo Ministries, True Promises, Injili Bora n'ayandi. Kuri ubu rero True Vine Ministry yamaze gushyira hanze indirimbo yayo ya mbere bise 'IYEREKWA'

    True Vine Ministry igizwe n'abantu baturuka mu matorero ya Gikristo atandukanye harimo Adepel Ruyenzi na Eglise Metodiste Lible Ruyenzi mu karere ka Kamonyi. Ni itsinda ritangiye uyu mwaka aho ryatangiye umurimo wivugabutumwa ku tariki ya 20 Mutarama 2020, gusa ni rishya mu muziki dore ko kuri ubu ari bwo bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise 'IYEREKWA'.

    Wumvise iyi ndirimbo yabo bise 'IYEREKWA', usanga itsinda ryayikoze rifite imbere heza nirikomeza umuziki. Kuri ubu True Vine Ministry igizwe n'abantu bagera 23 harimo abasore n 'inkumi.

    Yumve hano

    Rukundo Moise umuyobozi wa True Vine Ministry ufite imihangire n'imiririmbire mu nshingano ze, yabwiye Impanuro.rw ko iri tsinda ryatangiye uyu mwaka , batangira ari abasomyi ba Bibiliya, bakajya banyuzamo bagahurira mu mahugurwa atandukanye. Muri uyu mwaka wa 2020 ni bwo batangiye gukora indirimbo, ubu bakaba bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise 'IYEREKWA'

    Iyi ni indirimbo igizwe n'iminota itatu n'amasegonda 53, ikijya hanze abantu batandukanye bayitanzeho ibitekerezo bitandukanye bitewe n'amagambo ayigize

    Rukundo atubwira kuri iyi ndirimbo ' 'IYEREKWA' yavuze ko bashakaga kwerekana ko umuntu atagomba kwiheba kohari umucuguzi.

    Yakomeje agira ati:Twaririmbaga mo iyerekwa riteye agahinda Yohana yagize aho yabonye mu Ijuru haburaga n'umwe ubumbura igitabo, ahaguruka asingira igitabo avuga ati 'Amena' ibimenyetso birenze kuri ibyo aranabisobanura. Bati 'Wirira Yohana, Yesu aranesheje, araducunguye'.

    Iri tsinda rimaze kwandika indirimbo 6 bamaze gusohora indirimbo 2 arizo 'IYEREKWA' nindi yitwa 'KUBAHA IMANA'.
    True Vine Ministry basanzwe bakorera munzu ituganya umuziki Kuruyenzi yitwa Amazing Records, Produce wa bafashije mu gusohora indirimbo nshya ni Basolo on the beat mu mashusho ni Produce Davinshi

    True Vine Ministry barashaka kugeza ubutumwa bwiza mu Rwanda hose ndetse no mu mahanga

    Umva hano indirimbo 'IYEREKWA' True Vine Ministry

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/04/true-vine-ministry-itsinda-rishya-mu-muziki-wa-gospel-rifite-imihangire-n-imiririmbire-myiza-ryasohoye-indirimbo-ya-mbere-ryise-iyerekwa-_yumve/

  • Uwase Ruth uririmba muri Korali Bethlehem y’i Gisenyi yasohoye indirimbo ye ‘Inshuti nziza’ #rwanda #RwOT

    Uwase Ruth usanzwe aririmba muri Korali Bethlehem yo muri ADEPR Gisenyi yinjiye mu muziki uhimbaza Imana nk’umuhanzi wigenga, ahita anashyira hanze indirimbo ye nshya yise 'Inshuti Nziza'.

    Uyu muhanzikazi uvuka mu Karere ka Rubavu yiyongereye ku bandi banyempano baturuka muri aka gace bakora umuziki wo guhimbaza Imana.

    Indirimbo ye ya mbere yayise 'Inshuti Nziza', irimo ubutumwa buhumuriza umuntu wese usenga kuko ubutumwa burimo bugaragaza ko nta wundi wo kwizerwa keretse Yesu wenyine.

    Uwase Ruth yabwiye IGIHE ko impamvu yanditse iyi ndirimbo yashakaga gutangariza abatuye Isi ko mu ijuru hari Imana ikora.

    Yagize ati 'Indirimbo yitwa 'Inshuti nziza” ni uko nasanze Yesu ariwe wenyine ushobora kubana n’umuntu mu bihe byose arimo kandi ni nawe ubasha kwihanganira umuntu muri byose.'

    Akomeza ati 'Intego yanjye nyamukuru ni uguhumuriza imitima y’abantu no kubamenyesha iby’imbabazi z’Imana zituma abanyabyaha bakizwa.”

    Uwase yavuze ko igikomeye ari ukumenyesha abantu ko bakwiye kwitegura kuko Yesu azagaruka kujyana abamwizeye vuba bidatinze.

    Urugendo rwo gukora umuziki nk’umuhanzi wigenga, avuga ko rutazamugonganisha na gahunda za Korali Bethlehem.

    Ati 'Nzabihuza byose mbikorere hamwe kuko umwami twamamaza ni umwe kandi ntabwo byaba intandaro yuko mva muri korali kuko ni umuryango wanjye nkunda cyane. Abasanzwe banzi muri korali ntibagire ikibazo bazakomeza kumbona kuko umurimo ndacyawukomeje.'

    Uwase Ruth yatangiye kuririmba akiri umwana, nyuma y’igihe gito yerekeje muri Korali Bethlehem ADEPR Gisenyi mu Karere ka Rubavu. Uyu mukobwa anabarizwa mu muryango witwa 'The Sister’s' w’abaririmbyi babarizwa muri iyi korali, bafite umwihariko mu kuririmba bakoresheje amajwi yabo y’umwimerere.

    Umva indirimbo 'Inshuti nziza” ya Uwase Ruth

    Source: Igihe

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Uwase-Ruth-uririmba-muri-Korali-Bethlehem-y-i-Gisenyi-yasohoye-indirimbo-ye.html

  • Uwari umugore wa Katauti, Oprah mu gihombo #rwanda #RwOT

    Irene Uwoya umunyatanzaniya akaba n’umukinnyi wa filime wamenyekanye nka Oprah washakanye na nyakwigendera Ndikumana Hamadi Katauti wanabaye kapiteni w’Amavubi, yatangiye kugwa mu gihombo byatumye afunga bimwe mu bikorwa bye.

    Amakuru dukesha ikinyamakuru Global Publishers avuga ko uyu mugore nyuma yo kugwa mu gihombo byatumye afunga akabiri ke akomeye kitwa Last Minute kari Sinza mu mujyi Dar es Salaam.

    Umwe mu nshuti z’uyu mukinnyi wa filime yabwiye iki kinyamakuru ko impamvu aka kabari kafunzwe ari uko uyu mugore atagishoboye kwishyura ikode ry’aho gakorera ndetse n’imisoro.

    Ati'impamvu nkuru yatumye Uwoya afunga akabari ke ni uko yabuze amafaranga yo gukodesha aho akorera, yarahombye, ikindi yabuze n’umusoro wa leta.'

    Ubwo iki kinyamakuru cyavuganaga na Uwoya, yemeye ko aka kabari kafunze ariko ntaho bihuriye no guhomba ahubwo byatewe n’icyorezo cya Coronavirus, ngo mu minsi ya vuba karongera gafungure, yemeje ko ubucuruzi bwe nta kibazo bufite bityo ko adafite ibibazo by’amafaranga.

    Akabari ke ka Last Minute yagafunze

    Irene Uwoya ‘Oprah’ ngo nta kibazo cy’amikoro afite

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/uwari-umugore-wa-katauti-oprah-mu-gihombo

  • Madame Jeannette Kagame yasobanuye urugendo rwo gushishikariza abakobwa kuba indashyikirwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imbuto Foundation imaze imyaka 15 iteza imbere uburezi bw
    Imbuto Foundation imaze imyaka 15 iteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa

    Madamu Jeannette Kagame, washinze akaba n’Umuyobozi w’Umuryango Imbuto Foundation, yatanze ubutumwa busobanura urugendo rw’imyaka 15 uwo muryango umaze ushishikariza abakobwa kuba indashyikirwa.

    Ni urugendo rurerure, Madame Jeannette Kagame avuga ko agerageje kuruvuga mu ncamake, imyaka 15 ishize uyu muryango ushishikariza abakobwa kuba indashyikirwa no kwirenga, ari bimwe mu bihe binejeje uwo muryango wagize.

    Ati “Sinshidikanya ko ari nako byagendekeye n’abandi bita ku guteza imbere no gushyigikira uburezi bw’abana b’abakobwa”.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko imyaka 15 ishize yanabaye iy’umunezero ku bakobwa barenga 5,000 bahembwe nk’Inkubito z’Icyeza, ikaba ishema kandi ku barimu babigisha, imiryango baturukamo, ikaba n’umunezero basangiye n’abafatanyabikorwa batandukanye bagiye babaherekeza mu myigire yabo.

    Uru rugendo rwatangiye mu myaka 15 ishize, rwasembuwe n’uko hari hakenewe igisubizo cyihuta cyafasha mu gukuraho inzitizi zose zatumaga umukobwa atagira uburenganzira ku burezi.

    Agira ati “Twari tugamije kandi ko batajya mu ishuri gusa, ahubwo ko batsinda kandi bakaba indashyikirwa mu myigire yabo no mu buzima bwabo”.

    Madame Jeannette Kagame washinze Umuryango Imbuto Foundation, ukaba umaze imyaka 15 uteza imbere uburezi bw
    Madame Jeannette Kagame washinze Umuryango Imbuto Foundation, ukaba umaze imyaka 15 uteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa

    Akomeza agira ati “Byarihutirwaga cyane ko umwana w’umukobwa afashwa kumva no kwerekana/kwizera ubushobozi bwe. Ibyo byari, kandi biracyari inzozi dufite zo kugira urungano rw’abakobwa n’abagore bisobanukiwe, bifitiye icyizere, batuje kandi biyubahisha, bagendera kuri gahunda kandi bakora umurimo unoze, ndetse biteguye guhagararana na basaza babo, ngo bafatanyirize hamwe kugeza igihugu cyacu, u Rwanda, ku yindi ntera haba mu bijyanye na siyanse, ikoranabuhanga n’iterambere rya muntu muri rusange”.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko Umuryango Imbuto Foundation utewe ishema n’ubufatanye wagiranye na Guverinoma y’u Rwanda, abafatanyabikorwa bo mu gihugu no mu mahanga, imiryango itari iya Leta, abikorera n’abantu ku giti cyabo, mu mpande z’isi zitandukanye.

    Za mbuto mwabibye ubu zarakuze, zabaye ibiti by’inganzamarumbo.

    Inkubito z’Icyeza ubu ni abakobwa barangirije amasomo mu mashuri meza kandi akomeye yo mu bice bitandukanye by’isi, bamwe bari mu bagize inzego nkuru za Guverinoma y’u Rwanda, ni abaganga, ni abanyamategeko, ni ba enjeniyeri, ni abanyamakuru, ni ba rwiyemezamirimo, ndetse barimo n’abafite ibikorwa bikomeye by’ikoranabuhanga.

    Abandi babaye abakozi ba Imbuto Foundation, aho batanga umusanzu wabo mu kurera, kwigisha no kubaka urubyiruko abayobozi b’ejo hazaza! Babinyujije mu itsinda rihuriza hamwe abakobwa bose bahembwe nk’Inkubito z’Icyeza ‘BPG Alumni Network’, biyemeje kuba abarinzi ba barumuna babo ndetse n’urungano rwabo, aho bakora ibikorwa by’ubujyanama bashishikariza abandi bakobwa kuba indashyikirwa bakanaberekera uko babigeraho.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko uburezi ari kimwe mu burenganzira bw’ibanze buri kiremwamuntu gikeneye, ariko ko nubwo hari byinshi byakozwe ku rwego rw’igihugu n’isi, hakiri abakobwa miliyoni 31 batari mu ishuri nk’uko byatangajwe na UNESCO muri 2019.

    Avuga ko akenshi ingaruka z’ibibazo bitandukanye bituruka ku mibereho y’abantu, imico cyangwa ihungabana ry’ubukungu zagiye zigabanya ya mahirwe abakobwa bafite yo kwiga no gutanga umusanzu wabo mu kubaka sosiyete.

    Ibi kandi bituma baguma mu bukene ntibabashe kwiyubakira ejo habo nk’uko babyifuza, ari yo mpamvu, gushyira imbaraga ku burezi bw’umukobwa atari ngombwa gusa ahubwo ari na kimwe mu bifasha cyane kubaka ubushobozi bw’umuntu, ndetse bigatanga umusanzu ku gihugu mu kugera ku ntego z’iterambere.

    Ati “Ubusanzwe mu Muryango Imbuto Foundation, tugena ibikorwa cyangwa aho dutanga umusanzu duhereye ku mirongo migari na gahunda zashyizweho ku rwego rw’igihugu, umugabane wacu wa Afurika ndetse no ku isi, mu rwego rw’iterambere. Ibi, ni byo byaduteye gutangira urugendo- mu mwaka wa 2005- rwari rugamije kugera ku ntego 3: (1) Guharanira ko abakobwa bose bagera mu ishuri; (2) Guharanira ko abakobwa bose baguma mu ishuri bagasoza ibyiciro byose; (3) Gushishikariza abakobwa gutsinda neza no kuba indashyikirwa bagerageza kwiga amasomo yose, harimo n’aya siyansi, ikoranabuhanga, ubumenyingiro n’imibare”.

    Avuga ko uko imyaka yagiye ikurikirana, ubu bukangurambaga bwo guteza imbere uburezi bw’umukobwa bwatumye bagera hose mu gihugu, aho bahuye n’abakobwa bashyigikiwe n’ababyeyi babo bikabafasha gutsinda neza bakaba indashyikirwa.

    Umwe muri abo bakobwa ni Inkubito y’Icyeza Florentine. Florentine, Inkubito y’Icyeza yahembwe inshuto eshatu, ni umufashamyumvire akaba n’umuganga utanga umusanzu we ku cyerekezo cy’igihugu mu guharanira kugira Abanyarwanda babayeho ubuzima bwiza kandi bihesha agaciro, aho buri wese agira uburenganzira kuri serivisi z’ubuzima.

    Florentine Hategekimana ni umwe mu baharanira ko haboneka amakuru yizewe ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere kandi akagera kuri bose, kugira ngo abantu babashe gukora amahitamo no kwifatira ibyemezo bumva neza ingaruka byagira ku buzima bwabo.

    Florentine ni umwe mu bakobwa b’Inkubito z’Icyeza 5,000, bamaze guhembwa kugeza ubu, kubera gutsinda neza ibizami bisoza amashuri.

    Umuryango na wo wagize uruhare muri ubu bukangurambaga!

    Umubyeyi wa Jackline yabitoje n’abana be ndetse igihe agiye ku ishuri cyangwa avuyeyo agaherekezwa na basaza be kugira ngo bamurindire umutekano. Nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Igihugu y’Abagore, uyu munsi Jackline Kamanzi azirikana urukundo rw’umubyeyi we n’uko yamushyigikiye, akavuga ko ari bimwe mu byamuteye imbaraga zo gukora cyane maze mu mwaka wa 2000 asoza amashuri yisumbuye ari umukobwa wa mbere mu gihugu, nyuma aza gukomereza mu bijyanye n’amategeko, ubu akaba afite impamayabushobozi y’ikirenga mu bijyanye no kubaka amahoro n’ubwiyunge.

    Madame Jeannette Kagame ati “Mu gihe dukomeza gushimangira iri hame ryo gushishikariza abakobwa kwiga, gukora cyane no guharanira kuba indashyikirwa muri byose, dukeneye no kongera imbaraga mu bukangurambaga bufasha kumva neza ikibazo, haba ku bayobozi mu nzego z’ibanze, ababyeyi n’umuryango muri rusange – nk’uko umubyeyi wa Jackline yabigenje – n’abandi bakumva ko guharanira ko habaho uburinganire hagati y’umuhungu n’umukobwa, by’umwihariko guteza imbere uburezi bw’umukobwa ari imwe mu nzira zizatugeza ku ntego z’iterambere”.

    Ni ikiraro kizatugeza ku ‘Rwanda Twifuza’.

    Madame Jeannette Kagame, avuga ko kugira no gutanga uburenganzira n’amahirwe angana ku burezi n’imirimo, ari imwe mu nkingi zizamura ubukungu, imibereho myiza n’iterambere muri rusange haba ku gihugu no mu miryango.

    Ati “Tugomba kurandurana n’imizi, ikibazo cyose cyasubiza inyuma ibyo tumaze kugeraho mu iterambere ry’uburezi, by’umwihariko ibijyanye n’ uburezi bw’umukobwa”.

    Bimwe muri ibyo bisubiza inyuma uburezi bw’umwana w’umukobwa harimo ubusambanyi bukorerwa abana zitateganyijwe ku bangavu.

    Agira ati “Nk’uko twabigarutseho mu bukangurambaga bwo kurwanya no gukumira abasambanya abana bwatangijwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu kwezi k’Ukwakira 2020, ikigereranyo cy’abana baterwa inda ku rwego rw’igihugu kiri kuri 7,3% (RDHS 2014-15), mu gihe 20% by’abakobwa ari abahohoterwa batarageza imyaka 18. Ibi bigira ingaruka mbi cyane ku buzima bwo mu mutwe bw’abahohotewe, uko biyumva n’agaciro biha, ndetse bikagira n’ingaruka mbi ku buzima n’iterambere ry’uwahohotewe”.

    Arongera ati “Nk’ababyeyi, abafashamyumvire, abarezi n’umuryango muri rusange, tugomba guhindura imitekererereze ivuga ko umukobwa ari we ugomba kwimenya akirinda, ahubwo tugahugura ndetse tugatoza abagabo n’abahungu bacu imyitwarire iboneye umugabo mwiza”.

    Madame Jeannette Kagame agira ati “Mu gihe twizihiza iyi sabukuru y’imyaka 15 yo guteza imbere uburezi bw’umukobwa, nifuje gukoresha uyu mwanya nsaba abahungu bacu, basaza bacu n’abo twashakanye, kongera imbaraga mu gushyigikira no guharanira uburenganzira n’imibereho myiza bya bashiki banyu.

    Ndabasaba gukoresha umutima n’ububasha bwanyu mu kubafasha kwisobanukirwa. Mube abarinzi ba bashiki banyu, musenye ugushyigikirana tubona gutuma muceceka n’iyo hari uwo muzi wagize nabi, kuko bituma abakobwa bacu bahorana kwicuza, ipfunwe n’ikimwaro, bifite byinshi byangiza ku miryango yacu n’iterambere ry’igihe kirekire”.

    Avuga ko gushyigikira abakobwa bitigeze biba impamvu yadindiza iterambere ry’abahungu kandi ko bitazanigera biba. Avuga ko ari ingamba y’igihe gito ishyira abakobwa ku rwego rumwe na basaza babo mu rugendo rwo kubaka ejo heza. Mu ndangagaciro n’amategeko agenga Abanyarwanda, baharanira guha bose amahirwe ku mibereho myiza n’ubukungu.

    Ati “Rero ndabasaba mwebwe abahungu bacu namwe twashakanye, muhaguruke dukorere igihugu cyacu dukunda, u Rwanda, tuzabigeraho dushyize hamwe twese – abakobwa, abagore, abagabo n’abasore”.

    Yogera gusaba Inkubito z’Icyeza, gushishoza no kugira amakenga mu mibereho yabo, bita ku bigezweho n’ibibazo bashobora guhura na byo.

    Ati “Uyu munsi turarwanya ikwirakwiza ry’indwara ya Koronavirusi. Nk’abakobwa b’indashyikirwa kandi bazi guhanga udushya, ndabasaba guhuza imbaraga mugatanga umusanzu wanyu muri uru rugamba isi yose irwana, mukoresheje intwaro zose mufite. Iyi ndwara ikomeje kutubera urujijo ndetse bizagira n’ingaruka mu ngeri zitandukanye z’ubuzima bwacu, n’ubwo tutazi igihe bizamara tuzi ko atari iby’iteka”.

    Abasaba guhaguruka no gutekereza mu buryo bwagutse, bakazana ibisubizo, kandi bagafatanya na basaza babo ndetse n’ababyeyi babo muri uru rugamba, batanga umusanzu uzatuma na bo bibukwa mu mateka.

    Avuga ko umuhate wabo no guharanira kuba indashyikirwa byagize umusaruro uteye ishema kandi ukwiye kwizihizwa, akavuga ko ubwo bakomeza ibikorwa byo guhemba abakobwa batsinze neza kugeza ubwo intego ya Imbuto Foundation igezweho, na bo bakomeza kuba Indahigwa, baba aba mbere muri byose, bikazabageza ku Rwanda rwiza kandi rwemye, ati “u Rwanda Twifuza”!

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/madame-jeannette-kagame-yasobanuye-urugendo-rwo-gushishikariza-abakobwa-kuba-indashyikirwa