Blog

  • Amavubi yerekeje mu gihugu cya Cape Verde gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afrika #rwanda #RwOT

    Ikipe y'igihugu y'u Rwanda (Amavubi), yahagurutse mu Rwanda muri iki gitondo, cyo kuwa Mbere tariki ya 09 Ugushyingo 2020, yerekeza mu gihugu cya Cape Verde, aho igiye gushaka yo amanota atatu mu rugendo rwo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cya Afrika cya 2021 kizabera muri Cameroun.

    Nyuma yo gutangaza abakinnyi 23 bagomba guhagararira u Rwanda mu gihugu cya Cape Verde, ikipe y'igihugu Amavubi, yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa mbere mu gitondo saa moya (07h).

    Biteganyijwe ko, ikipe y'igihugu ibanza guca mu gihugu cya Benin aho iri bukoreshe amasaha ane kuva i Kigali kugerayo, ubundi bagahita bahaguruka berekeza muri Cape Verde bakaza gukoresha amasaha ane.

    Biteganyijwe ko bazakina kuwa kane tariki ya 12 Ugushyingo 2020, bagahita bagaruka mu Rwanda gutegura umukino wo kwishyura uteganyijwe kuzakinwa tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

    Reba hano urutonde rw'agateganyo rw' Amavubi:

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/09/amavubi-yerekeje-mu-gihugu-cya-cape-verde-gushaka-itike-yo-kujya-mu-gikombe-cya-afrika/

  • Nasty Accident At Save, Huye District #rwanda #RwOT

    Eye witnesses report that a long haul cargo truck has collided with three other vehicles at a spot at Save, Huye district in southern province. The accident occurred about 8AM on Monday- no details on causalities yet.

    Huye district in southern Province is about 2 hr :51 min drive from the capital Kigali covering a total of 132.8 km.

    Other unconfirmed reports claim the cargo truck was overspeeding from Huye when it collided with another carrying Enterprise Urwibutso products. One person has reportedly died on the spot. The truck driver and another unidentified passenger have been rushed to CHUB hospital with deep injuries.

    Source : https://taarifa.rw/nasty-accident-at-save-huye-district/

  • Uhuru And Odinga Meet Governors To Seek Support For BBI #rwanda #RwOT

    Governors in Kenya are gathered in Naivasha for a two-day retreat and will meet President Uhuru Kenyatta and Raila Odinga over the Building Bridges initiative (BBI).

    Using this platform, Uhuru and Odinga are seeking support for the BBI report which has sparked mixed reactions, with a section of the Governors and Ward representatives warning that its implementation will particularly weaken the Senate.

    Local Kenyan press reported Monday that the retreat is organized by the Council of Governors (CoG)- some Ward Representatives have also been  invited through their umbrella body, the County Assemblies Forum (CAF).

    Under the BBI arrangement, candidates vying for gubernatorial slots are required to pick women as their running mates.

    'We are keen to ensure that our views and demands are captured in the report and that is the purpose of the retreat,' said CoG Chairman Wycliffe Oparanya.

    A team of experts is reportedly at the retreat to help these Governors and the MCAs  understand contents in the document with the view of building consensus on the report.

    Meanwhile, two weeks ago a similar retreat was held during which Uhuru and Raila met MPs from the bicameral Parliament who resolved to back the document and popularize it ahead of next year's referendum that will see Kenyans cast their vote on whether to alter the country's governance structure.

    At least 24 county assemblies must approve the Bill for it to proceed to a referendum. This will be the third time the country goes into a vote for a constitutional review after the 2005 and the 2010 referendum.

    The BBI has propelled Uhuru's complete walk away from his Deputy President William Ruto who has largely been isolated from the BBI talks will not be present during the retreat.

    Ruto has been leading an aggressive campaign to oppose the BBI report insisting that the document must undergo further amendments before a referendum. But allies of the president and prime minister insist that no further changes will be made on the report.

    Source : https://taarifa.rw/uhuru-and-odinga-meet-governors-to-seek-support-for-bbi/

  • Urubuga rwa WhatsApp rwashyizeho uburyo bwo kwishyurana no kohererezanyaho amafaranga #rwanda #RwOT

    Kwishyurana no kohererezanya amafaranga biciye kuri WhatsApp hashize imyaka ibiri bikorwa, ariko byari mu igerageza ku bantu miliyoni imwe. Nyuma y'igenzura rikomeye, Banki Nkuru y'u Buhinde yemeye ko ubwo buryo bukoreshwa no ku bandi bantu babyifuza mu gihugu.

    Banki Nkuru y'u Buhinde yahaye uburenganzira busesuye sosiyete ya Facebook ari nayo nyiri urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp, bwo gutangiza uburyo bwo kwishyurana no kohererezanya amafaranga.

    WhatsApp yatangaje ko izatangirana n'abantu miliyoni 20, bazagenda biyongera uko iminsi ishira.

    U Buhinde ni kimwe mu bihugu WhatsApp ifitemo abantu benshi bayikoresha dore ko bagera kuri miliyoni 400.

    Umuyobozi Mukuru wa Facebook, Mark Zuckerberg kuwa Gatanu yashimye icyemezo cyafashwe na Banki Nkuru y'u Buhinde, avuga ko gifite inyungu nyinshi ku baturage b'icyo gihugu.

    Yagize ati 'Nishimiye ko uyu munsi WhatsApp yemerewe gutangiza uburyo bwo kwishyurana mu Buhinde. Guhera ubu ushobora koherereza amafaranga inshuti zawe n'abavandimwe biciye kuri WatsApp mu buryo bworoshye nk'uwohereza ubutumwa bugufi.'

    Kugeza ubu buryo bushya bwo kwishyurana mu Buhinde buboneka mu ndimi icumi zikoreshwa muri icyo gihugu. Uwemerewe kubukoresha agomba kuba afite konti muri banki n'ikarita yo kwishyura (debit card) yemerewe kwishyura hakoreshejwe porogaramu z'ikoranabuhanga.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/09/urubuga-rwa-whatsapp-rwashyizeho-uburyo-bwo-kwishyurana-no-kohererezanyaho-amafaranga/

  • Ikamyo yakoreye impanuka i Save, umwe ahita apfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko bivugwa n’umwe mu batuye muri aka gace wahise ahagera iyi mpanuka ikimara kuba, iyi kamyo yaturukaga i Huye yirukaga cyane, igonga imodoka itwara ibicuruzwa bya Enterprise Urwibutso, uwari kumwe na shoferi ahita apfa.

    Shoferi w’iyi modoka y’Urwibutso, hamwe na shoferi w’ikamyo n’uwo bari kumwe ngo bajyanywe ku bitaro bya Kabutare kuko bakomeretse.

    Ku Kabutare kandi hajyanyweyo umunyeshuri wiga mu ishuri ry’imyuga ry’i Save iyi mpanuka yasanze ku muhanda ari mu nzira agana ku ishuri.

    Ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) na ho hajyanywe undi wakomeretse biturutse kuri iyi mpanuka wari urembye cyane.

    Polisi yatangaje ko abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka, abakomeretse bajyanwa kwa muganga.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/ikamyo-yakoreye-impanuka-i-save-umwe-ahita-apfa

  • Huye: Babiri baguye mu mpanuka abandi barakomereka bikomeye #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ugushyingo 2020, mu Murenge wa Ruhashya , mu Karere ka Huye , mu masaha ya mu gitondo muhanda Huye-Kigali habereye impanuka aho ikamyo ya rukururana yagonganye n'imodoka ya Daihatsu y'uruganda 'Entreprise Urwibutso' rwa Sina Gerard, umuntu umwe ahita ahasiga ubuzima, undi apfa agejejwe kwa muganga naho abandi bane barakomereka bikomeye.

    Abaturage bayibonye bavuze ko ikamyo yavaga mu Mujyi wa Huye yagonze mu rubavu Daihatsu yakataga mu muhanda ishaka kujya i Save mu Karere ka Gisagara.

    Muri abo bayibonye harimo umuturage wagize ati: 'Yaturukaga i Kigali ubundi, iva i Kigali ishaka gukata i Save. Noneho arakata, iriya kamyo ituruka hirya iriya, ikubita amahoni…undi niba yashakaga kugira ngo avemo, iba imugezeho, aramwambara aramusunika, arazaaa, bagwa hariya.'

    Yakomeje avuga ko iyo Daihatsu ari yo nyirabayazana w'impanuka kuko uwari uyitwaye yambukiranyije umuhanda atabanje kureba ko hari indi modoka irimo.


    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Ruhashya, Rugira Amandin Jean Paul, yavuze ko abantu babiri ari bo bamaze gupfa bazira iyo mpanuka ikomeye. Yagize ati:

    'Yahitanye umuntu umwe ikimara kuba; undi we yitabye Imana agejejwe kwa muganga. Ni ikamyo yagonze Daihatsu noneho abari barimo barakomereka n'abandi bagonze bagendaga ku muhanda, hakomeretse bane.'

    Amakuru atugeraho avuga ko abapfuye bose ni abari bari muri iyo Daihatsu. Umwe yahise apfa ako kanya n'aho undi apfa ageze kwa muganga.

    Impanuka ikimara kuba Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda yahageze ikora ibikorwa by'ubutabazi birimo kujyana abakomeretse kwa muganga.Daihatsu yagonzwe yangiritse cyane ndetse n'iyo kamyo yayigonze yangiritse. Hangiritse n'indi modoka yari iparitse aho hafi.

    Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga kurushaho kwitwararika mu gihe bari mu muhanda birinda impanuka, cyane cyane abashaka kwambukiranya umuhanda.

    Ahabereye iyo mpanuka hasanzwe haparika moto ku bwinshi ariko ni hato, ubuyobozi buvuga ko bufite gahunda yo kubimurira ku ruhande rwo hirya ahari kubakwa Station ya lisansi.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/09/huye-babiri-baguye-mu-mpanuka-abandi-barakomereka-bikomeye/

  • Ikibuga cy'indege cya Bujumbura cyafunguwe nyuma y' amezi arindwi gifunze abahageze bose bagomba kuyita bajya mu kato #rwanda #RwOT

    Kuva ejo ku cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo 2020, ikibuga cy'indege cya Bujumbura cyongeye gufungurwa ku ndege zitwara abagenzi nyuma y'amezi arindwi gifunze, abahageze bagomba kujya mu kato mu minsi itatu nk'uko abategetsi babitangaje.

    Kugeza ubu leta ivuga ko abantu 421 ari bo basanzemo Covid-19 kandi ubu 62 ari bo bakiyirwaye, naho umwe gusa ari we yishe mu gihugu.

    Melance Ndayisenga uba mu mujyi wa Bujumbura yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko bishimiye gufungura ikibuga cy'indege, ariko hakiri byinshi byo gukora ngo igihugu cyongere kugendwa nka cyera.

    Itangazo ry'ibiro by'ubuvugizi bwa leta ku gufungura ikibuga cy'indege rivuga ko imipaka yo kubutaka no ku mazi yo ikomeza kuba ifunze.

    Iri tangazo rivuga ko abageze i Bujumbura n'indege bagomba kuba bafite icyemezo ko batanduye Covid-19 kitarengeje amasaha 72h, bagahita bapimwa maze bakajya mu kato muri hoteli mu gihe cy'iminsi itatu, ku kiguzi cyabo.

    Perezida Evarsite Ndayishimiye uherutse muri Guinée équatoriale, ibiro bye byatangaje ko ari mu kato k'iminsi itatu 'nyuma y'urugendo mu gihugu kikirimo coronavirus'

    Nyuma y'uruzinduko muri Guinée équatoriale, Perezida Ndayishimiye ubu nawe ari mu kato mu gihe cy'iminisi itatu kuva kuwa gatandatu

    Bwana Ndayisenga avuga amezi ashinze ikibuga cy'indege gifunze byasubije inyuma kurushaho ubukungu n'ubukerarugendo mu Burundi byari bisanzwe bihagaze nabi.

    Ati: 'Uburundi bwari busanzwe budasurwa nka mbere, nubwo leta yuguruye ikibuga cy'indege iracyakeneye gukora byinshi ngo yereke abantu ko Uburundi ari igihugu abantu bakongera gusura, kuko ubu bimeze nk'aho igihugu kitakigendwa'.

    Ubukungu n'ubukerarugendo mu bihugu byinshi byazahajwe no guhagarara kw'ingendo z'indege kubera icyorezo cya Covid-19.

    Mu bindi bihugu byo mu karere byafunguye Tanzania nicyo gihugu cya mbere cyafunguye ingendo mpuzamahanga z'indege mu kwezi kwa gatanu, Sudani y'Epfo mu kwezi kwa karindwi, u Rwanda na Kenya mu kwa munani, na Uganda mu kwezi kwa cyenda.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/09/ikibuga-cyindege-cya-bujumbura-cyafunguwe-nyuma-y-amezi-arindwi-gifunze-abahageze-bose-bagomba-kuyita-bajya-mu-kato/

  • Tanzania: Uwari mw' ishyaka ritavuga rumwe n' ubutegetsi yahungiye muri Kenya ahageze arafungwa #rwanda #RwOT

    Godbless Lema wahoze ari umudepite muri Tanzania mu ijoro ryo ku cyumweru yafungiwe i Nairobi muri Kenya nyuma y'uko yinjiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n'amategeko, nk'uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

    Bwana Lema yafashwe ari mu modoka atwawe n'umunyamategeko we bari kwerekeza i Nairobi. Yari kumwe n'umugore we n'abana.

    Muri Tanzania hari ibikorwa bimwe byo kwibasira abatavuga rumwe n'ubutegetsi nyuma y'amatora Perezida John Magufuli yatsinze ku bwiganze.

    Ikinyamakuru the Standard kivuga ko polisi ya Kenya yafashe aba bantu bageze mu mujyi uri ku ntera ya 45Km uvuye ku mupaka wa Tanzania binjiye muri Kenya.

    Hari amakuru avuga ko uyu mugabo wari umudepite mu nteko ya Tanzania yanze guha urwandiko rwe rw'inzira (passport) abakozi bo ku mupaka ba Tanzania.

    Umunyamategeko we, George Luchiri Wajackoyah, yasubiwemo n'iki kinyamakuru avuga ko yari ajyanye uyu munyapolitiki ku biro bya UNHCR i Nairobi.

    Iki kinyamakuru gisubiramo kandi amagambo ya Bwana Lema avuga ko yazanye n'abana be batatu n'umugore we. Akaba ari 'gusaba ubuhungiro'.

    Bwana Lema yari mu bakuru b'ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n'ubutegetsi bafunzwe bakarekurwa mu cyumweru gishize, bashinjwaga gutegura imyigaragambyo yo gusaba ko amatora asubirwamo.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/09/tanzania-uwari-mw-ishyaka-ritavuga-rumwe-n-ubutegetsi-yahungiye-muri-kenya-ahageze-arafungwa/

  • Rubavu: Hashyizweho uburyo bushya bufasha abacuruzi bambukiranya umupaka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abacuruzi bo mu Rwanda n
    Abacuruzi bo mu Rwanda n’ab’i Goma memeranyijwe uburyo bazajya bakora ubucuruzi

    Ni amabwiriza avuga ko Abanyarwanda bakorera mu makoperative kandi hakambuka ubahagarariye aho kugenda ari benshi, bajya gucuruza ku giti cyabo nk’uko byari bisanzwe icyorezo cya COVID-19 kitaragera mu Rwanda.

    Mu nama yahuye Abanyarwanda n’Abanyekongo batuye mu Mujyi wa Goma basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka, bumvikanye uburyo bazajya bakorera ku mupaka birinda Covid-19 kandi birinda no guhura n’ibihombo byatuma basubira mu rugo nyuma y’amezi umunani badakora.

    Babonampoze Moussa, ni umuyobozi wa Koperative KOTIHEZA ijyana ibicuruzwa by’ibiribwa mu mujyi wa Goma ndetse akaba ariko ukuriye ihuriro ry’amakoperative yohereza ibicuruzwa mu Mujyi wa Goma.

    Avuga ko guhura kw’abacuruzi bambukiranya umupaka uhuza Goma na Gisenyi hari ibyo bumvikanyeho, kandi bizakemura ibibazo by’imyitwarire mu mupaka ndetse bikabafasha kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Agira ati “Twahuye n’abacuruzi b’i Goma tuganira ku mikorere, twemeranya kuzajya twohererezanya ibicuruzwa nk’uko Abanyekongo babikeneye batubwira tukabibashyira, natwe ibyo dukeneye tukabibasaba bigatuma tugabanya urujya n’uruza mu kwirinda icyorezo cya Covid-19”.

    Babonampoze avuga ko baganiriye ku bituma ubucuruzi bwambukiranya umupaka bukomeza kandi hatabaye ingendo nyinshi, ibi bikazagera ku bakora n’akazi ko gucuruza ku ibase cyangwa agatebo.

    Ati “Abari mu nama bifuje ko hatorwa abantu 500 bajya bambuka umupaka harimo 250 bavuye i Goma hamwe na 250 bavuye mu Rwanda, icyakora nk’u Rwanda, icyo dushyize imbere ni ukohereza ibicuruzwa byinshi kurusha uko twohereza abantu benshi”.

    Babonampoze avuga ko ubusanzwe biyemeje kuzajya bohereza imodoka cyangwa igare ry’abafite ubumuga byikoreye ibicuruzwa bigaherekezwa n’umucuruzi umwe, naho ku bacuruza ku gataro ngo bagomba kwishyira mu matsinda.

    Ati “Kugira ngo bidatera akajagari, abacuruza ku gataro basabwa kwihuriza mu matsinda, hanyuma itsinda rigomba gucuruza tukaryandika. Iryo tsinda rigashyira ibicuruzwa mu igare cyangwa iriya moto itwara byinshi bigaherekezwa n’umuntu umwe akabicuruza yarangiza akazanira abandi amafaranga”.

    Ni uburyo bushobora kugera kuri benshi bukozwe neza kandi bugatuma benshi bari barakennye bongera kugira icyo binjiza mu miryango yabo.

    Inama yahuje Abanyarwanda n’Abanyekongo yabereye mu mupaka mu butaka butagira nyirabwo. Icyanyuze abacuruzi ni uko bagiye gusubukura ibikorwa byari byarahagaze, ariko bakagira amakenga mu kubahirizwa kuko bibayemo amakosa byatuma ubwandu bw’icyorezo bwiyongera amahirwe bahawe agakurwaho.

    Abacuruzi b’Abanyarwanda bavuga ko bishimiye kongera kohereza ibicuruzwa i Goma babyiherekejere, kuko ibyajyanwaga n’Abanyekongo bamburwaga cyangwa bagahombywa ku maherere.

    Babonampoze avuga ko ubucuruzi nibutangira uzaba umwanya mwiza wo kwishyuza abari barabambuye, naho ibirebana n’Abanyekongo baje gutura mu Rwanda bakajya bajyana ibicuruzwa i Goma ngo ntibazongera kubikora.

    Agira ati “Ntibazongera kuko ubu ibintu bigiye gukorerwa mu makoperative, wenda bakora ubwikorezi ariko ntibazongera kuduhombya”.

    Abanyarwanda bohereza ibicuruzwa mu Mujyi wa Goma, mu kwezi kwa Nzeri 2020 babwiye Kigali Today ko bahombejwe n’Abanyekongo amafaranga abarirwa muri miliyoni 100, bitewe no kuzanira Abanyarwanda ibicuruzwa bitasoze, ba nyirwabyo bagacibwa amande n’ikigo gishinzwe imisoro mu Rwanda kandi kizi neza ko batambutse, ibi bikiyongeraho ko Abanyarwanda basabaga Abanyekongo kubazanira ibicuruzwa aho kubizana uko babisabwe bagashyiramo n’ibicuruzwa bitasabwe, na bwo ababitumije bagacibwa amande.

    Umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ni wo uzajya ukoreshwa mu bucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka, ndetse abanyura kuri uyu mupaka bapimwa icyorezo cya COVID-19 bagahabwa igisubizo mu minota 30 ku buntu.

    Ibipimo bizajya bikorwa mu minsi 14, mu gihe abanyura ku mupaka munini hakoreshwa ibipimo byishyurwa biboneka mu masaha 24.

    Umupaka uhuza Umujyi wa Goma na Gisenyi uri mu mipaka ikoreshwa cyane ku Mugabane wa Afurika, aho mbere ya COVID -19 wakoreshwaga n’abantu ibihumbi 50 ku munsi.

    Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 wafungwa kubera icyorezo cya COVID-19, ubu ni bwo wongeye gufungurwa na bwo ukoreshwa n’abantu bakeya batagera no ku gihumbi ku munsi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/rubavu-hashyizweho-uburyo-bushya-bufasha-abacuruzi-bambukiranya-umupaka

  • Samuel Eto’o yarokotse impanuka ikomeye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Samuel Eto
    Samuel Eto’o yakoze impanuka Imana ikinga akaboko

    Biravugwa ko Samuel Eto’o yakoze impanuka ari mu muhanda wa Nkongsamba ubwo yagongwaga n’imodoka nini yahungaga abashinzwe umutekano.

    Umwe mu banyamakuru b’inshuti ya Samuel Eto’o Martin Camus yavuze ko Samuel Eto’o usibye kuba yahungabanye ariko ngo ameze neza, abaganga bari kumwitaho.

    Samuel Eto’o biravugwa ko yakoze impanuka avuye mu birori no mu bukwe bwo mu muryango we.

    Samuel Eto’o Fils yamenyekanye mu ikipe ya Mallorca aza kuba umukinnyi w’igihangange ubwo yakinaga mu ikipe ya FC Barcelone, yatwaye ibikombe byinshi cyane cyane by’umukinnyi witwaye neza ku mugabane wa Afurika.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/Samuel-Eto-o-yarokotse-impanuka-ikomeye