Blog

  • Ibintu bikomeye Perezida Joe Biden ashaka gukuraho byazanywe na Politiki ya Trump #rwanda #RwOT

    Ubwo bavugaga imigambi ye y’ibanze, abagize itsinda rya Joe Biden bavuze ko hazongerwa ibipimo bya Covid-19 ndetse Abanyamerika bose bazasabwa kwambara udupfukamunwa.

    Joe Biden yatangiye kuvuga imigambi ye mu gihe yaba ageze mu kazi mu kwezi kwa mbere, nyuma y’uko ibitangazamakuru byemeje ko ari we watsinze amatora.

    Muri bimwe mu byo ateganya gukora harimo kuvanaho politiki zimwe za Trump, muri ibyo ibinyamakuru muri Amerika bivuga ko :

    • Joe Biden azasubiza Amerika mu masezerano ya Paris yo kurwanya ihindagurika ry’ikirere, kuko mu buryo bweruye Amerika yavuye kuri aya masezerano.
    • Azakuraho icyemezo cyo kuvana Amerika mu bihugu bigize ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO)
    • Azahagarika icyemezo kibuza kujya muri Amerika abaturage bo mu bihugu birindwi, byiganjemo iby’Abisilamu
    • Azasubizaho gahunda yo mu gihe cya Obama yo guha ibyangombwa by’ibanze abimukira badafite ibyangombwa bageze muri Amerika ari abana

    Kuwa gatandatu, mu ijambo rye rya mbere nka perezida watowe, Bwana Biden yavuze ko iki ari “igihe cyo gukira” kuri Amerika, ndetse yizeza “kunga ubumwe aho gucamo ibice” igihugu.

    Yabwiye abashyigikiye Trump by’umwihariko ati : “Tugomba guhagarika gufata abo tutavuga rumwe nk’abanzi.”

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Ibintu-bikomeye-Perezida-Joe-Biden-ashaka-gukuraho-byazanywe-na-Politiki-ya-Trump

  • Urukiko Rukuru rwagabanyirije ibihano Zaina na bagenzi be #rwanda #RwOT

    Muri Werurwe uyu mwaka, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwakatiye abakobwa 5 n’umuhungu umwe igifungo cy’imyaka 25 no gutanga ihazabu y’amafaranga y’ u Rwanda 4 470 425 nyuma yo kubahamya icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi, aho bashinjwaga ko bashatse kwica umukobwa witwa Sandrine.

    Ibi byaha bwakozwe tariki 18 Gashyantare 2020, ndetse Zaina wayoboye ikorwa ry’iki cyaha yari inshuti na Sandrine wagikorewe aho byakunze kuvugwa ko bapfaga umugabo.

    Mu rukiko rukuru baburana ubujurire, Ubushinjacyaha bwari bwabwiye urukiko ko rubakurikiranyeho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bikabije aho kuba icyaha cy’ubwinjiracyaha mu kwica bari bahamijwe n’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Gusa nubundi Ubushinjacyaha bwabasabiraga ko igihano bahawe mbere cyagumaho.

    Urukiko rukuru rwasanze bahamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bikabije, maze umucamanza avuga ko bahanishijwe igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda kuri buri muntu.

    Abahamwe n’icyaha ni NAMIRO Zaina (alias Uwase), UMURISA Gisele (alias Fifi), UWIMANA Zainabo, UMUHOZA Rosine, MUTONI Hadijah, MUKAMANA Safina, MUHOZA Connie na KAMANZI Cyiza (alias KARIDINARI).

    REBA VIDEO UKO BYARI BYIFASHE BABURANA HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Urukiko-Rukuru-rwagabanyirije-ibihano-Zaina-na-bagenzi-be

  • Ubuhamya bwa Hategekimana wumviye inama za Leta akava mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro akaba ari umukozi ukomeye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakozi ba Real Conctractors babanza guhabwa inyigisho ku kwirinda impanuka mu kazi mbere yo kugatangira
    Abakozi ba Real Conctractors babanza guhabwa inyigisho ku kwirinda impanuka mu kazi mbere yo kugatangira

    Hategekimana Pacifique yavutse mu mwaka wa 1992 ahitwa i Rutongo hazwi cyane ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Avuga ko se umubyara na we yari umukozi wa kompanyi ya Rutongo Mines ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri ako gace ko mu Karere ka Rulindo.

    Hategekimana yamenye ubwenge afite umubyeyi umwe kuko se yitabye Imana mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Jenoside ngo yahitanye abavandimwe be babiri basigara ari bane barerwa na nyina gusa. Uyu mubyeyi ariko ngo yagerageje kubajyana mu ishuri, ariko kubera imiterere ya Rutongo ngo yisanze ari we usigaye mu ishuri gusa abandi baragiye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Hategekimana avuga ko na we ubwe ageze mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ishuri yarivuyemo ajya gucukura amabuye y’agaciro.

    Icyo gihe ngo inteko rusange y’Umuryango FPR-Inkotanyi yateranye mu murenge wabo, abanyamuryango biyemeje gusubiza abana bose mu ishuri bakava mu bucukuzi bw’amabuye.

    Hategekimana anatanga inyigisho ku kwirinda impanuka y
    Hategekimana anatanga inyigisho ku kwirinda impanuka y’umuriro

    Ati “Abana twari mu kigero kimwe baranshutse nanjye ishuri ndarireka tujya gucukura amabuye y’agaciro. Inteko rusange y’umuryango imaze kwemeza kudukura mu birombe, ndabyibuka haje Local Defence Forces (abashinzwe umutekano) baradufata baradukubita kugira ngo dusubire kwiga”.

    Hategekimana Pacifique avuga ko we yagize ubwoba yiyemeza gusubira ku ishuri. Avuga ko yatsinze ibizamini bitatu harimo icya Leta gisoza amashuri abanza, icya Seminari ndetse n’icya IFAK.

    Gusa ariko ngo ntiyagiye kwiga ahubwo yasubiye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro yitwaje ko nta mafaranga umubyeyi we abonye yo kumwishyurira.

    Hategekimana avuga ko yaje gukurwamo n’icyemezo cy’indi nteko rusange ya FPR y’umurenge wabo, aho uwari umuyobozi w’Umuryango FPR-Inkotanyi Boniface Karasira, akaba yari n’umukozi wa Rutongo Mines, ari we wari urangaje imbere icyo gikorwa.

    Ngo muri iyo nama yavuze ko kompanyi yacukuraga amabuye y’agaciro Rutongo Mines yemeye kwishyurira abana biyemeza gusubira mu ishuri.

    Agira ati “Natsinze ibizamini 3 ariko birangira nongeye gushukwa nsubira mu bucukuzi nitwaje ko mama adafite amafaranga yo kwishyura, nyamara urebye ntiyari abuze. Umuyobozi wa FPR ku murenge ni we wafashe icyemezo cyo kudukuramo, Rutongo Mines yemera kutwishyurira kubera ubusabe bwa FPR”.

    Hategekimana yagiye mu ishuri yiga ubwubatsi ahabwa akazi muri Rutongo Mines. Aha ngo ntiyahamaze igihe kinini kuko Real Contractors yahamukuye ikajya kumukoresha.

    Avuga ko ageze muri Real Contractors yabonye amahirwe akomeye kuko yoherejwe inshuro nyinshi hanze y’igihugu cyane muri Kenya aho yize ibijyanye n’ubuzima n’umutekano mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no mu bwubatsi.

    Hategekimana yize amasomo yo kwirinda impanuka z
    Hategekimana yize amasomo yo kwirinda impanuka z’umuriro muri Kenya

    Ati “Muri 2016 nibwo Real yantwaye kuyikorera ndetse ngira amahirwe inyishyurira kwiga hanze muri Kenya inshuro nyinshi nabonye ubumenyi mu buzima n’umutekano w’abakozi byose ariko mbikesha kumvira inama za Leta.

    Hategekimana Pacifique avuga ko afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu buzima n’umutekano mu bwubatsi, ubuzima n’umutekano mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no kwirinda inkongi y’umuriro.

    Kuri ubu arimo kwiga muri gahunda ya iyakure muri kaminuza Aushar Academy yo muri Leta ya Califonia muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

    Icyakora ngo hari ikintu ateganya gukorera urubyiruko rwo mu gace akomokamo hagamijwe kubakangurira gukunda ishuri no kumvira inama za Leta.

    Agira ati “Hari umushinga mfite wo gukangurira urubyiruko rukomoka iwacu i Rutongo wo kubashishikariza kumvira inama za Leta. Nzifashisha abo twiganaga bari mu bucukuzi nanjye ubwanjye mbahe ubuhamya bazabona itandukaniro kandi ndizera ko bazahindura imyumvire banigishe barumuna babo cyangwa urubyaro rwabo”.

    Akomeza agira ati “Ndashaka kubereka ko kumvira Leta bifasha cyane kuko bishobora kugira aho bikura umuntu bikamugeza ahandi”.

    Hategekimana Pacifique avuga ko yatangiye umushinga w’ubworozi bw’ingurube ndetse akazabugeza iwabo i Rutongo kugira ngo afashe urubyiruko kubona akazi.

    Asoza ubuhamya bwe asaba urubyiruko kumvira inama z’abayobozi kuko Leta ibifuriza ibyiza.

    Yatangiye kubaka ibiraro by
    Yatangiye kubaka ibiraro by’ingurube aho akomoka i Rutongo

    Agira ati “Muri iki gihe cya Coronavirus, hari bamwe numvise ngo barashatse abandi bagiye gukora imirimo itandukanye ariko ndabasaba bumvire Leta bagaruke mu ishuri, hatagira ureba imyaka afite, Leta irabifuriza ibyiza gusa, abayobozi bakunda urubyiruko rubyaze umusaruro ayo mahirwe”.

    Hategekimana Pacifique ubu atuye mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Kicukiro, akaba atangiye kwiyubakira inzu ituruka mu mushahara ahembwa avuga ko atari muke.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Ubuhamya-bwa-Hategekimana-wumviye-inama-za-Leta-akava-mu-bucukuzi-bw-amabuye-y-agaciro-akaba-ari-umukozi-ukomeye

  • Basketball: Irushanwa nyafurika (BAL) ryari riteganyijwe kubera mu Rwanda ryasubitswe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwe mu bayobozi b’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda utashatse ko amazina ye atangazwa yemereye Kigali Today ko aya makuru ari yo. Yagize ati “Ni byo koko imikino ya Basketball Africa League twari kuzakira yasubitswe ariko ntabwo baratumenyesha mu buryo bwanditse (Officiall Statement)”

    U Rwanda rwagombaga kwakira iyi mikino nyuma yo kwakira imikino y’amakipe y’ibihugu igomba kubera muri Kigali Arena kuva tariki ya 25 kugeza 29 Ukuboza 2020 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2021(Afro-Basket 2021).

    Mu kwezi k’Ukuboza 2019 nibwo mu Rwanda habereye ijonjora rya Kabiri rya Basketball Africa League aho u Rwanda rwari ruhagarariwe na Patriots yasoje imikino yayo idatsinzwe.

    Basketball Africa League ni irushanwa ryakinwe ku nshuro yaryo ya mbere aho rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo. Ryashyizweho mu rwego rwo gufasha abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo kuzamura urwego no gutera imbere. U Rwanda rwagombaga kwakira icyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa cyagombaga kuba mu kwezi kwa Gatanu 2020 rikumirwa na COVID-19.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/basketball-irushanwa-nyafurika-bal-ryari-riteganyijwe-kubera-mu-rwanda-ryasubitswe

  • Rwandans Win Gold, Bronze Medals At Varna Marathon #rwanda #RwOT

    A Rwandan lady has won a gold Medal at the ongoing Varna marathon in Bulgaria. This marathon is categorised with Marathon, Half Marathon and the 10000m.

    The Rwanda Athletics Federation reported that a one Clementine Mukandanga has scooped a gold medal at the prestigious marathon. Other Rwandans including Jean Baptiste and Felicien were 3rd and 5th Positions respectively in Men Full Marathon; and Adeline who won Bronze Medal in Women half Marathon with in 4th position.

    The Marathon is organized by the Bulgarian Ministry of Youth and Sport, Varna Municipality.

    Varna is the third largest city in Bulgaria and the largest at the Bulgarian Black Sea coast, with an area of 205 sq. km. Its location on the Northern shore of the Black Sea, along with its richness in natural resources make it one of the famous resorts Europe wide, definitely the largest one in the Black Sea region. It also happens to be on the crossroads between Western Europe and the Middle East.

    Ivan Portnih, Mayor of Varna says, 'We are honored to host this prestigious sporting event that gathers the most enthusiastic and loyal friends of running. I believe that participation in the race will be an unforgettable experience for you and will bring you plenty of positive emotions!'

    Source : https://taarifa.rw/rwandans-win-gold-bronze-medals-at-varna-marathon/

  • AMAFOTO: Amavubi yageze muri Cape Verde #rwanda #RwOT

    Amavubi y’u Rwanda yamaze kugera mu gihugu cya Cape Verde aho agiye gukina n’iki gihugu umukino w’umunsi wa 3 mu itsinda F mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022.

    Umutoza Mashami Vincent akaba yahagurukanye abakinnyi 21 hano mu Rwanda, indege ikaba yabanje kunyura muri Benin ibona gukomeza muri Caoe Verde.

    Saa 12h zo mu Rwanda nibwo indege yari itwaye abakinnyi yageze muri Benin, inywa amavuta ubundi bahita bakomeza urugendo.

    Ku isaha ya saa 14h15 zo muri Cape Verde bikaba saa 17h15 zo mu Rwanda ni bwo ikipe yari isesekaye ku kibuga cy’indege cya Amílcar Cabral International Airport cyo muri Cape Verde.

    Abakinnyi n’abatoza bakaba bahise berekeza kuri hoteli aho ikipe izaba muri iyi minsi izaba yitegura uyu mukino.

    Uyu mukino uteganyijwe kuzaba tariki ya 12 Ugushyingo 2020 mu gihe umukino wo kwishyura uzaba tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

    U Rwanda ni urwa nyuma mu itsinda F n’amanota 0, ni nyuma y’uko rwatsinzwe na Mozambique ibitego 2-0 ndetse na Cameroun igitego 1-0, mu mikino ibiri ibanza yabaye mu Ugushyingo 2019.

    Aya ni Amavubiiiii

    Staff technique y’Amavubi isohoka mu ndege

    Rutanga Eric Kamotera amanuka mu ndege

    Umunyezamu Kimenyi Yves(wambaye amataratara)

    Basohoka mu kibuga cy’indege

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amafoto-amavubi-yageze-muri-cape-verde

  • APR FC yatomboye Gor Mahia, AS Kigali yerekeza muri Botswana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Tombola yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ikipe ya APR Fc yo mu Rwanda yatomboye Gor Mahia yo muri Kenya, aho umukino ubanza uzabera muri Kenya, naho uwo kwishyura ukazabaera mu Rwanda.

    APR FC yatomboye Gor Mahia isigaye itozwa na Robertinho wahoze muri Rayon Sports
    APR FC yatomboye Gor Mahia isigaye itozwa na Robertinho wahoze muri Rayon Sports

    Ikipe ya APR FC niramuka isezereye Gor Mahia, izahura n’ikipe izatsinda hagati ya CR Belouizdad yo muri Algeria na El Nasr yo muri Libya, yabasha gutsinda igahita ibona itike y’amatsinda ya Champions League ari nayo ntego nyamukuru iyi kipe ifite uyu mwaka.

    Muri CAF Confederation Cup, ikipe ya AS Kigali yatomboye Orapa United yo muri Botswana, yayisezera ikazahura na KCCA yo muri Kenya iheruka gutwara CECAFA Kagame Cup yabereye mu Rwanda.

    APR FC ifite intego zo kugera mu matsinda ya CAF Champions League
    APR FC ifite intego zo kugera mu matsinda ya CAF Champions League

    Uko amakie yagiye atomborana

    Tombola ya CAF Champions League

    Tombola ya CAF Champions League

    Tombola ya CAF Confederation Cup

    Tombola ya CAF Confederation Cup

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/apr-fc-yatomboye-gor-mahia-muri-caf-champions-league

  • Tshisekedi Consults CACH Members, Allied Senators #rwanda #RwOT

    On Monday afternoon President Felix Tshisekedi met with members of the Cap pour le Changement (CACH) alliance and allied senators. This is part of the ongoing nationwide consultations aimed at courting national unity.

    The presidential consultations were launched last Monday by President Tshisekedi, with a view to leading to the creation of the sacred union of the Nation.

    CACH is a coalition of parties headed that was headed by Tshisekedi that helped him strike a deal with Joseph Kabila's Common Front for Congo (FCC) and formed a unity government.

    However, CACH and FCC have since collided and disagreed on many things and this pushed Kabila to meet President Tshisekedi in March and both agreed to dissolve the monitoring committee set up under the FCC-CACH agreement, opting to always consult with one another directly.

    By that time, the two politicians agreed to reshuffle the government by 30 June. The number of ministers was expected to decrease from 67 to 50, but could even be reduced to 35.

    These days the FCC and CACH seem to be operating largely independently as Tshisekedi wrestles for complete control of the government.

    Meanwhile, under the consultations arrangement, President Tshisekedi also The delegation of the National Episcopal Conference of Congo (CENCO), led by its president, Monsignor Marcel Utembi.

    At the end of the discussions, Monsignor Marcel Utembi told the press that a memorandum containing proposals on the current crisis was handed to President Tshisekedi.

    'We have entrusted to him all our reflections and our analyses on the situation, and to see to what extent he can use our contributions, our analyses to respond to his own concerns. Unfortunately, we cannot give the content of the memo that we have given to the President of the Republic on the issues for which we were consulted ', said Mgr Marcel Utembi.

    President Tshisekedi Consults With Jean Pierre Bemba

    Source : https://taarifa.rw/tshisekedi-consults-cach-members-allied-senators/

  • Ibintu Perezida Donald Trump agiye gukora nyuma yo kwanga ibyavuye mu matora #rwanda #RwOT

    Bwana Trump nta jambo arageza ku bantu mu ruhame kuva kuwa gatandatu byatangazwa ko yatsinzwe, ariko yakoresheje cyane Twitter mu kuvuga ko amatora yaranzwe n’uburiganya.

    Abashinzwe kumwamamaza nabo batangaje ko adafite gahunda yo kwemera ko yatsinzwe. Trump ashimangira ko azaburana ku byavuye mu matora ahantu hatandukanye.

    Kongera kubara amajwi bizakorwa muri leta ya Georgia, aho abakandinda bombi bari begeranye cyane, Trump arashaka ko ibi binakorwa no muri Wisconsin.

    Nubwo atarerekana ibimenyetso, aravuga ko azajyana ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga kuko yemeza ko amatora yaranzwe n’uburiganya.

    Mu yandi makuru, uwahoze ari Perezida wa Amerika w’Umurepubulikani George W Bush yashimiye Bwana Biden ku ntsinzi ye, avuga ko Abanyamerika bakwiye kugira ishema kuko ayo matora yagenze neza kandi ibyayavuyemo birimo umucyo. Yanashimiye Bwana Trump ku muhate ukomeye mu kwiyamamaza.

    Gusa kugeza ubu abandi Barepubulikani bakuru banze kwemera ibyavuye mu matora. Barimo na Kevin McCarthy ubahagarariye mu nteko ishingamategeko uvuga ko Abanyamerika bazamenya uwatsinze ari uko kongera kubara amajwi n’ibirego byo mu nkiko byose birangiye.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Ibintu-Perezida-Donald-Trump-agiye-gukora-nyuma-yo-kwanga-ibyavuye-mu-matora

  • EALA Trade Committee Discusses Bloc's Investment Challenges #rwanda #RwOT

    Members of the East African Legislative Assembly (EALA) Committee on Communication, Trade and Investment on Monday met representatives of EAC department in charge of investments and private sector promotion and discussed strategies, opportunities and challenges for investment in region.

    Due to the prevalent Covid-19 pandemic that has devastated the bloc member states; the meeting was held by means of video conferencing chaired by Hon Christopher Nduwayo.

    This committee last met in April when it reviewed pertinent regional trade issues, the EALA Committee is discussing implications of #COVID19 on trade & investments in Partner States and how governments are handling.

    According to the scheduled meetings, on Tuesday the Committee on Agriculture, Tourism and Natural Resources will also meet via video conferencing.

    Also on Tuesday, members of the Committee on Regional Affairs and Conflict Resolution are scheduled to hold discussions virtually.

    Most of these meetings are being held in preparation for the 48th East African Revenue Authorities Commissioners General Assembly scheduled for Wednesday November 11th.

    Themed 'Rethink, Restart and Reinvent: Our Road to Recovery', will concentrate on lessons learnt by the EAC Partner States during the COVID-19 pandemic, and the innovative approaches that will shore up revenue in the region.

    Other key highlights of the meeting will include responses to Commissioners General's (CGs') directives during the 47th meeting, for the period January to June 2020, emerging issues within the Customs union, cooperation with international actors in international taxation, and induction of new CGs into the forum.

    Other important areas will include feedback on review of performance of the Single Customs Territory (SCT) for the whole value chain of imports and transit goods by analyzing transit declarations right from the point of entry to the destinations. This will assist to eliminate dumping and transit diversions.

    The meeting will also receive feedback on the progress on achieving a joint approach to the development of the Data Governance Policy to promote the usage of data for decision-making.

    The EARACGs meeting is expected to among other discuss the modalities of how to collaborate with the EAC Secretariat to establish a Committee on Tax Affairs at the East African Community (EAC), where tax administration matters of domestic taxes, ICT and other administrative issues not related to Customs can be deliberated, among others.

    The meeting comes amidst resilience test, with most countries having registered an economic slowdown due to significant scaling down of business activities attributed to COVID-19 cases reported in the Region.

    The meeting will be attended by among other KRA leadership led by the Commissioners General, Office Burundais des Recettes (OBR) Commissioners General, Rwanda Revenue Authority (RRA) Commissioners General, South Sudan National Revenue Authority (SSNRA) Commissioners General, Tanzania Revenue Authority (TRA) Commissioners General, and Uganda Revenue Authority (URA) Commissioners General.

    Other delegates will include representatives from a select number of observers and partners including the East African Community (EAC) Secretariat and African Tax Administration Forum (ATAF) as well as JICA.

    EALA Resumes Business In Arusha

    Source : https://taarifa.rw/eala-trade-committee-discusses-blocs-investment-challenges/