Blog

  • Ubwisanzure na demokarasi bifite aho bitagomba kurenga– Perezida Magufuli #rwanda #RwOT

    Perezida wa Tanzania John Magufuli yavuze ko ubwisanzure na demokarasi bifite aho bitagomba kurenga, nk'uko bitangazwa n'ibiro ntaramakuru AFP.

    AFP itangaza ko yaraye abivugiye mu muhango wo kurahiza abagize inteko ishingamategeko bashya. Yagize ati:

    'Intego y'ubwisanzure na demokarasi ni ukuzana amajyambere, si [uguteza] akajagari…'

    Yakomeje avuga ko Ubwisanzure cyangwa uburenganzira [bwa muntu] na demokarasi bijyana n'inshingano kandi buri kimwe gifite aho kitagomba kurenga. Nizeye ko ibyo mvuze byumvikanye neza.

    Bwana Magufuli avuze aya magambo nyuma yo gutsinda amatora yo mu kwezi kwa cumi n'amajwi 84%, nkuko byatangajwe n'akanama k'amatora.Ishyaka rye CCM ryanatsindiye imyanya hafi ya yose mu nteko ishingamategeko.

    Ayo matora yamaganywe n'amashyaka akomeye atavuga rumwe n'ubutegetsi avuga ko yaranzwemo uburiganya. Akanama k'amatora karabihakanye, kavuga ko nta buriganya bwabayeho.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/14/ubwisanzure-na-demokarasi-bifite-aho-bitagomba-kurenga-perezida-magufuli/

  • Second Division playoffs kick-off this Saturday #rwanda #RwOT

    On Saturday November 14, play-off games to determine teams that will be promoted from the second (2nd) Division to Rwanda Premier League will kick-off at the Kigali Stadium.

    The games will be played in a single knock-out format from November 14 through 21, and will take place at the same venue.

    So far, a total of 7 second division teams are in the battle for the two promotion slots available to book a place in the topflight next season.

    Amagaju FC has been disqualified due to the club’s failure in complying with FERWAFA Covid-19 Return to play guidelines. Follwing the disqualification of Amagaju, Vision Fc has already secured a ticket to the semi-final of the play-offs.

    On Saturday, Etoile de L’Est FC will face Interforce FC at 10:30 AM, the game will be followed by another encounter with Gorilla FC playing Rwamagana City FC will go head to head at 1 PM, later on Rutsiro FC will be up against Alpha FC at 3:30 PM.

    Semi-finals will be played on Wednesday November 18; while the finals and third-place games are scheduled for November 21 at Stade de Kigali.

    The two teams that will make the finals will be elevated to the Rwanda Premier League, replacing Heroes FC and Gicumbi FC which were relegated last season.

    Source : http://ferwafa.rw/spip.php?article2756

  • Platini avuze iby’urukundo rwe na Miss Cadette, ntashaka kongera kubazwa kuri Diane bahoze bakundana(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Platini [P], avuga ko nta rukundo ruri hagati ya Miss Umukundwa Cadette uretse ko ari inshuti ye bisanzwe ndetse banavugana cyane.

    Mu minsi ishize nibwo haje inkuru y’uko Miss Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2019 ari mu rukundo na Platini bitewe n’ifoto yabo yagiye hanze.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, Platni akaba yahakanye aya makuru aho yavuze ko ari inshuti ye bisanzwe.

    Ati'ntabyabayeho, iriya foto mwabonye nta n’ubwo nibuka ibirori byari byabaye, ariko ni nabwo bwa mbere nari mubonye. Urabona ko nkurikirana ibintu by’imyidagaduro buriya na ba miss benshi mba mbazi rero twahuriye mu birori mbona ndamuzi, njyewe rero gufata ifoto na nyampinga ni ibintu bishimishije. Byaravuzwe ariko ntabwo nigeze nkundana na we. Kuvugana turavugana sinabeshya.'

    Platini wahoze akundana na Ingabire Diane bakaza gutandukana ndetse no mu minsi yashize yasohoye indirimbo yitwa Veronika bivugwa ko yaririmbaga uyu mukobwa, yahakanye aya makuru ndetse asaba ko batazongera kumumubazaho kuko byarangiye ubu yahinduye ubuzima.

    Ifoto yatumye bakeka ko ari mu rukundo na Cadette

    Ikiganiro na Platini

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/platini-avuze-iby-urukundo-rwe-na-miss-cadette-ntashaka-kongera-kubazwa-kuri-diane-bahoze-bakundana-video

  • Kamonyi: Gitifu w’Umurenge, DASSO n’ushinzwe Inkeragutabara bari mu maboko ya RIB #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RIB nta byinshi yatangaje kuri iyi dosiye ariko yavuze ko bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo no kwaka ruswa.

    Abakekwa ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gacurabwenge mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/kamonyi-gitifu-w-umurenge-dasso-n-ushinzwe-inkeragutabara-bari-mu-maboko-ya-rib

  • Abakobwa 11 basoje amahugurwa y’ubukanishi bw’amagare yifashishwa mu marushanwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Basoje amahugurwa y
    Basoje amahugurwa y’icyumweru ajyanye n’ubukanishi bw’amagare

    Ni amahugurwa amaze icyumweru abera mu ishuri rishinzwe guhugura abasiganwa ku magare (Africa Rising Cycling Center) riherereye mu Karere ka Musanze, aho abo bakobwa n’abagore 11 bahawe ubumenyi bw’ibanze ku bijyanye n’igare no kurisana.

    Asoza ayo mahugurwa, Umuyobozi w’ishyirahamwe nyarwanda ryo gusiganwa ku magare, Murenzi Abdallah, yavuze ko iterambere ry’u Rwanda ryubakiye ku bagabo no ku bagore, ngo ni na yo mpamvu batekereje ku cyiciro cy’abagore bigaragara ko cyasigaye inyuma mu mukino w’amagare.

    Avuga ko mu kongerera ubushobozi abagore, bahereye ku bumenyi bujyanye n’ubukanishi aho icyo cyiciro kizakurikirwa n’ibindi byiciro birimo ubutoza, n’abafasha mu buvuzi bw’abakora siporo y’igare mu byiciro by’abagore.

    Murenzi Abdallah yagize ati “Amakipe anyuranye afite icyiciro cy’abagore baba bakeneye abakanishi, hari ukubaha ubumenyi bakaba bakorera amakipe yabo, ariko kandi hari no kubaha ubumenyi bakaba bakorera n’abandi bantu bakunda umukino w’amagare, mu gihe igare ripfuye biba byiza ko haboneka ufasha kugira ngo risubire mu kazi. Ni yo mpamvu twahereye ku cyiciro cy’ubukanishi ariko hari n’ibindi byiciro bikomeza, birimo ubutoza cyangwa se abafasha mu buvuzi bw’abakora iyi siporo mu byiciro by’abagore”.

    Yavuze ko icyiciro cya mbere basoje kijyanye n’ubumenyi bwo kumenya igare uko riteye n’ibice birigize, avuga ko bazakomeza kwinjizwa mu bindi byiciro by’ubumenyi aho icyiciro cya kabiri bazakora mu mwaka utaha kizibanda ku bumenyi buteye imbere mu bukanishi bw’amagare.

    Ati “Iyo umuntu yamaze kumenya ibice bigize ikintu runaka, haba hakurikiyeho gutozwa cyangwa kwigishwa gukora icyo kintu mu gihe habaye ibibazo runaka, ni yo mpamvu mu ntangiro z’umwaka utaha tuzabakorera amahugurwa y’igihe kirekire bakamenya ubukanishi buhanitse. N’ubwo hari ibyo bize by’ibanze, aya magare ya siporo afite ikoranabuhanga rikomeye, aba akeneye n’ubumenyi bukomeye kugira ngo tubashe kugenda muri iryo koranabuhanga”.

    Abakobwa n’abagore 11 bahuguwe ni abatoranyijwe n’amakipe anyuranye mu gihugu, aho bemeza ko bagiye gukomeza kwiyungura ubumenyi ku buryo bazagera ku rwego rwo kwifashishwa mu marushanwa mpuzamahanga.

    Umulisa Delphine yagize ati “Twaje guhugurirwa ubukanishi mu rwego rwo gutanga umusanzu mu iterambere ry’amagare, twagiye twiga mu magambo mu gitondo ku mugoroba tukajya mu bumenyingiro, nanjye naje ntazi n’uko ibice by’igare byitwa, ariko ubu ndabizi kandi mbizi mu cyongereza kuko batubwiye ko turi ku isoko mpuzamahanga, aho batubwiye ko dushobora kubona amahirwe atujyana gukorera hanze y’igihugu”.

    Umulisa kandi yavuze ko kuba abagore batekerejwe mu magare basanga ari intambwe nziza ku iterambere ry’abagore mu mukino w’amagare ukunzwe na benshi mu gihugu.

    Ati “Twe nk’abagore twabyakiriye neza kuko ibi ni ukongera imbaraga z’abagore n’abakobwa mu bijyanye n’imirimo y’amaboko binyuranye no kuba twakora ibyoroheje gusa ibikomeye bigaharirwa abagabo.

    Arongera ati “Ushobora kutubona hano ukibwira ko twabuze ibyo dukora ariko si byo, nkanjye mfite dipolome ya Kaminuza, ariko naje kwiga gukanika amagare kuko umwuga ari cyo kintu cya ngombwa”.

    Murenzi Abdallah yasabye abahuguwe kurushaho kongera ubumenyi bifashishije ikoranabuhanga rya Internet aho kurikoresha mu bitabafitiye akamaro, abasaba kandi gushyira mu ngiro iby’ibanze bahuguriwe.

    Kugeza ubu mu Rwanda hari amakipe ane y’abagore mu gihe mu bagabo amakipe amaze kuba icumi.

    Ubuyobozi bwa FERWACY bukaba busaba ko buri Club y’abagabo yagira na Club y’abagore nk’uko byamaze kwemezwa mu nama y’inteko rusange, aho nta kipe y’abagabo izongera kwemererwa gutangira idafite iy’abagore, abato n’abakuru.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/amagare/article/abakobwa-11-basoje-amahugurwa-y-ubukanishi-bw-amagare-yifashishwa-mu-marushanwa

  • Musanze: Batewe impungenge n’inzu zangijwe n’ikorwa ry’imihanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ababwiye Kigali Today ibi, ni abo mu Mudugudu wa Rusagara, Akagari ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza, begereye inkengero z’umuhanda uturuka mu mujyi wa Musanze unyura ahitwa mu Ibereshi ugahingukira ku ishuri ryitwa Sunrise.

    Uwitwa Rubanda Saidi yagize ati: “Ndi umwe mu bari basonzeye uyu muhanda, ariko ubwo wakorwaga byatugizeho ingaruka ziturutse ku bimashini byawutunganyaga bigatigisa inzu zacu, birazisatura ku buryo zajemo ibisate ku nkuta, no hasi hose byarahashegeje ku buryo bukabije. Ubu ngubu ubwoba ni bwose kuko hari aho zigenda zihengama; nta gikozwe wazumva bidatinze hamwe zigwiriye abantu”.

    Uyu kimwe na bagenzi be ngo ni kenshi bagejeje iki kibazo ku buyobozi bw’Akarere, nabwo butahwemye kubasezeranya ko buteganya gusuzuma ibyangijwe n’ikorwa ry’imihanda kugira ngo bisanwe, ariko kugeza na n’ubu nta cyakozwe.

    Umwe muri bo yagize ati: “Kuva mu mwaka wa 2018 twinginga abayobozi kudukemurira iki kibazo ndetse twagiye tujya no ku karere na bo bakatubwira ko bazaza kureba ibyangiritse babisane. Bahora batwizeza kuzakorana na bo inama nyamara nta muyobozi n’umwe wigeze aza kureba ibibazo dufite. Ubu se bazaza ari uko hagize ugwirirwa n’ibi bikuta byarangaye?”.

    Benshi mu bafite izi nzu barimo n’abo zari zitunze dore ko bazikodeshaga, ariko ubu kubona uzijyamo bigenda biba ingorabahizi kubera uburyo zagiye zisaduka izindi zigasigara mu manegeka.

    Barimo uwagize ati: “Urabona iyi nzu yabagamo abantu bayikodeshaga, batwishyuraga amafaranga ibihumbi 30 ku kwezi tukayakuramo ibidutunga. Umuhanda ubwo wakorwaga bayikikije itaka ku gice cy’imbere risa n’iriyitabye kuva ku gice cyo hasi rigera hafi y’amadirishya rifunga n’urugi rw’imbere ku irembo. Byatumye abapangayi bayivamo n’ubu nta muntu ushobora kuyijyamo, inzu ibereye aho, n’amazi y’imvura ayirohamo aturutse muri uyu muhanda ashobora kuzayihirika byihuse”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, n’ubwo atatangaje itariki nyayo bazatangira kubishyira mu bikorwa, yavuze ko bateganya gukora igenzura ry’imitungo yangijwe n’imashini zakoze uyu muhanda, yaba uruhande rw’Akarere ndetse n’abarebwa n’iki kibazo, hakazabaho ubwumvikane bugamije gutuma gikemuka burundu.

    Yagize ati: “Ubundi mbere y’uko umuhanda ukorwa habanza kurebwa ibikorwa biba bishobora kuzangizwa, bigahabwa igenagaciro. Ibyo binakorwa mu gihe uba urimo gukorwa na nyuma yaho. Birumvikana koko ikibazo cyabo cyatinze gukemuka, ariko duteganya ko mu minsi iri imbere tuzasuzuma neza imiterere yacyo, gihabwe umurongo, basobanurirwe kandi tubarenganure kuko ari uburenganzira bwabo bw’ibanze”.

    Hari inzu zimwe na zimwe zagiye zishegeshwa n
    Hari inzu zimwe na zimwe zagiye zishegeshwa n’imashini zakoraga umuhanda

    Imihanda yo mu bice by’umujyi wa Musanze yatunganyijwe igashyirwamo kaburimbo nyuma y’aho yari imaze imyaka myinshi yarangiritse indi idakoze. Icyiciro cya mbere cyarangiye mu mwaka wa 2018 cyasize imihanda ireshya na kilometero zisaga enye itunganyijwe ishyirwamo kaburimbo. Kuri ubu hakaba haratangiye icyiciro cya kabiri cy’indi iri gutunganywa na sosiyeti ikora imihanda yitwa NPD ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’imihanda RTDA na Minisiteri y’ibikorwa remezo ku nkunga ya Banki y’isi.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-batewe-impungenge-n-inzu-zangijwe-n-ikorwa-ry-imihanda

  • Police Finally Captures Kigali's Notorious Multiple Identity Land Fraudster #rwanda #RwOT

    Owning a house in Rwanda's capital Kigali has become one of the biggest dreams for nearly all walks of life- and it causing rapid rise in prices of prime plots of land both within Kigali and surrounding suburbs.

    Many people are on a daily basis making inquiries about plots of land to buy and sell prompting the intervention of middle-men (commissionaires) that get paid on commission for fixing deals between buyers and sellers.

    However, in the process of buying and selling, many people have fallen victim to fraudsters that carefully take advantage of ignorance of this complex property business. The fraudsters are so cunning and highly connected to bankers, land Centre and sometimes within law enforcement agencies.

    Despite Rwanda Investigations Bureau currently investigating an enormous pile of cases related to property and financial fraud, many such crimes are taking on a new dimension both in speed and high level treachery.

    For example, Munyeragwe Jean Damascene (considering names on his driver's license) has been in and out of prison because of fraud related to treacherous buying and selling of plots of land around Kigali.

    Munyeragwe in his 40s, was serving a 3-year prison sentence when his name appeared on a list of among over 2,000 inmates convicted for various crimes that were accorded Presidential pardon in September 2018.

    Immediately out of prison gates, Munyeragwe resumed his trade because his network still existed and was still going on with property fraud business. It is not well known how they obtain genuine land titles which they use to sell to unsuspecting clients- this remains a very big challenge for the law enforcement agencies.

    Munyeragwe's luck run out recently early on September 24, when he sold a plot of land to a young woman Kayitesi Anitha.

    'He identified himself as a pastor and was accompanied by a decently dressed woman and drove a nice SUV as we headed to the site of the plot,' Kayitesi told Taarifa, adding that she didn't suspect any foul play.

    The plot with (UPI:1/02/01/01/1776) measuring 659 square meters is located at Rubungo village, Kinyaga cell of Bumbogo sector in Gasabo district but is registered in the names of Uwizeyimana Leo and his spouse (names withheld).

    'I liked the plot and immediately paid Rwf2million to Munyeragwe,' Kayitesi said, 'it was the second plot I was buying but later discovered I had been fleeced.'

    Munyeragwe is said to always hire expensive cars and changes registration number plates whenever he goes to meet unsuspecting clients.

    Recently on November 2, Munyeragwe was arrested after fleecing another person to whom he sold a plot of land valued over Rwf20million. He is currently detained at Kimironko detention facility as he awaits trial. It is believed that Munyeragwe has conned many people that usually fail to reach him after they notice a deal gone bad.

    Source : https://taarifa.rw/police-finally-captures-kigalis-notorious-multiple-identity-land-fraudster/

  • Mu ndege imwe, Amavubi na Cap-Vert bageze mu Rwanda (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, ni bwo abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi bagezemu Rwanda, aho bagarukanye n’ikipe ya Cap-Vert mu ndege imwe ya Rwandair.

    Nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu mukino wabereye I Praia muri Cap-Vert, aya makipe yombi araza gukina umukino wo kwishyura kuri uyu wa Kabiri kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, aho nta mufana uzaba wemerewe kwinjira muri stade kugeza ubu.

    Abakinnyi 23 b’Amavubi bari berekeje muri Cap-Vert:

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (SC Kiyovu), Kwizera Olivier (Rayon Sports), Ndayishimiye Eric (AS Kigali).

    Ba myugariro: Manzi Thierry (APR FC), Rwatubyaye Abdul (Colarado Springs Switchbacks, USA), Ombolenga Fitina (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Eric Rutanga (Police FC), Mutsinzi Ange (APR FC), Nsabimana Aimable (Police FC) na Rugwiro Hervé (Rayon Sports).

    Abakina Hagati: Bizimana Djihad (Waasland-Beveren, mu Bubiligi), Mukunzi Yannick (IF Sandvikens, Sweden), Haruna Niyonzima (Yanga SC, Tanzania), Muhire Kevin (El Gaish, Misiri), Ally Niyonzima (Azam FC, Tanzania), Nshuti Dominique Savio (Police FC), Manishimwe Djabel (APR FC) na Rubanguka Steve (A.E. Karaiskakis FC, u Bugereki).

    Ba rutahizamu: Meddie Kagere (Simba SC, Tanzania), Jacques Tuyisenge (APR FC), Hakizimana Muhadjili (AS Kigali) na Iyabivuze Osée (Police FC).

    Amavubi na Cap-Vert baje mu ndege imwe

    Amavubi na Cap-Vert baje mu ndege imwe

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mu-ndege-imwe-amavubi-na-cap-vert-bageze-mu-rwanda-amafoto

  • Uburanga bw’umukobwa wigaruriye umutima wa myugariro Rwatubyaye Abdul #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Colorado Springs Switchbacks muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rwatubyaye Abdul ni umwe mu bantu baryohewe n’urukundo muri iyi minsi.

    Ni umwe mu bantu muri iyi minsi badatinya kugaragaza amarangamutima yabo imbere y’uwo yihebeye, dushobora kuvuaga gutya ukagira ngo ni ugukabya ariko ababakurikirana ku mbuga nkoranya mbaga cyane Instagram barabizi.

    Uyu mukinnyi ari mu rukundo n’umukobwa ukoresha amazina ya Miss Independent kuri Instagram ariko akaba yitwa Hamida

    Amakuru avuga ko umukunzi w’uyu mukinnyi w’Amavubi yibera mu magepfo ya Asia mu gihugu cya Indonesia.

    Urukundo rw’aba bombi rukaba rwatangiye muri 2019 nyuma y’uko Rwatubyaye Abdul atandukanye na Chelina bakundanye kuva mu ntangiriro za 2018 ariko ntibamarana igihe.

    Mu mgambo ye yivugira ko Rwatubyaye Abdul ari umugabo we, ndetse n’iyo urebye ibimwerekeyeho ku rukuta rwe rwa Instagram yanditsemo ko ari umugore wa Rwatubyaye Abdul(Mrs Rwatubyaye Abdul).

    Si we gusa kuko na Rwatubyaye na we yemeza ko ari umugore we aho yamaze no kumuha izina rye rya Abdul, iyo urebye ku rukuta rwe rwa Instagram usanga avuga ko umugore we ari Hamida Abdul.

    Miss Independent wigaruriye umutima wa Abdul Rwatubyaye

    Hamida umukunzi wa Rwatubyaye ntaterwa isoni no guhamya urwo amukunda

    Amakuru avuga ko ubu aba muri Indonesia

    Koga nabyo arabizi si nka bamwe boga ayo mu ibase gusa

    Ahamya ko Rwatubyaye ari umugabo yamaze no gufata izina rye aho yitwa Hamida Abdul

    Mwite Miss Independent

    Abdul Rwatubyaye uwavuga ko ari umwe mu basore bishimye muri iyi minsi ntiyaba abeshye

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/uburanga-bw-umukobwa-wigaruriye-umutima-wa-myugariro-rwatubyaye-abdul

  • Kenya: Mombasa County Legislator Mohammed Hatimy Dies Of Covid-19 #rwanda #RwOT

    A seasoned Kenyan Politician has succumbed to the deadly Covid-19, local private radio Capital Fm in Nairobi reported early on Saturday.

    According to the announcement Mohammed Hatimy was an outspoken County Assembly member in Mombasa.

    'He passed on at 3am. He was suffering from lung infection,' Mombasa County Assembly Speaker Ibrahim Khatri said. He had been admitted to Mombasa Hospital's Intensive Care Unit.

    Hatimy, who was also the Chairman of county's Orange Democratic Movement (ODM), died on Saturday morning.

    He is survived with wife Dr. Khadija Shikelly, the Mombasa County Medical Services Chief Officer.

    Hatimy was among seven Mombasa County Assembly members who tested positive leading to the temporary closure of the assembly on October 27.

    He chaired the Finance Committee in Mombasa County Assembly.

    His family said they were planning to bury him at the Kokowani Cemetery later Saturday.

     

    Source : https://taarifa.rw/kenya-mombasa-county-legislator-mohammed-hatimy-dies-of-covid-19/