Blog

  • Barashakisha uko amazi ava muri Nyabihu atakomeza gusenyera ab’i Musanze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ayo mazi atera abaturage mu ngo akabasenyera
    Ayo mazi atera abaturage mu ngo akabasenyera

    Abazahajwe n’ayo mazi ni abo mu Kagari ka Sahara mu Murenge wa Busogo no mu Murenge wa Gataraga. Abo baturage babwiye Kigali Today ko iyo imvura yaguye babaho bahangayitse.

    Umwe muri bo witwa Mukashema Collette yagize ati “Iyo imvura iguye mu ijoro tumenyereye kubyuka tukava mu nzu tukajya ahantu hirengeye ngo amazi atadutwara, iyo ayo mazi acishije make dusubira mu nzu, atacisha make hakaba abasenyewe, n’imyaka mu murima ikagenda, ugasanga ubuzima bwacu bwose ni uguhangayika”.

    Mugenzi we yagize ati “Njye aya mazi amaze kunsenyera inzu ebyiri, imyaka duhinga iratwarwa tukugarizwa n’inzara, mbese iki kibazo ntabwo twabasha kucyikemurira Leta itadufashije”.

    Abo baturage bavuga ko kugira ngo ayo mazi bayakire ari uko hakubakwa inzira nini ikumira ayo mazi kujya mu ngo no mu myaka y’abaturage, bitaba ibyo bakaba babaha ingurane bakimuka mu rwego rwo kurengera ubuzima.

    Umwe muri bo ati “Leta nikore umugende munini amazi abone inzira anyuramo areke kujya mu ngo no mu mirima yacu aho akomeje kwangiza imyaka duhinga.

    Iyo imvura yaguye aza aya mazi aza ari menshi akangiriza abaturage
    Iyo imvura yaguye aza aya mazi aza ari menshi akangiriza abaturage

    Uwitwa Ndagijimana ati “Leta ibigizemo ubushake iki kibazo cyakemuka, ni uguca umuyoboro munini amazi akajya ahateguwe aho kudusenyera, njye mbona guca uwo muyoboro ari byo byaba igisubizo aho kutwimura”.

    Undi ati “Icyifuzo dufite, uwatugirira neza ntitwabyanga ari ukutwimura ari ugushakira inzira aya mazi byose twabishima, Leta nitabare idukize aya mazi kuko turahangayitse”.

    Iki kibazo ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko bwatangiye kugikurikirana. Ngo hatangijwe umushinga ugiye gushaka umuti w’icyo kibazo nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle.

    Yagize ati “Kugira ngo icyo kibazo gikemuke burundu ni uko tugikemurira aho gituruka. Murabizi ko ari amazi ava mu Karere ka Nyabihu, ubu umushinga urakomeje hari habanje gushakira inzira ayo mazi, umushinga ukurikiyeho ni ugukomereza muri Nyabihu aho ayo mazi aturuka, kugira ngo amashyamba ahari yashaje bayasazure kugira ngo amazi najya aza aze nta suri ateza”.

    Arongera ati “Uwo mushinga urakomeje kandi uhuriye kuri Minisiteri zinyuranye, ariko ugakurikiranwa n’ikigo gifite amazi mu nshingano. Umushinga urakomeje ni nk’aho ari nabwo ugitangira kugira ngo ariya mazi ashakirwe igisubizo kirambye”.

    Uretse kuba ayo mazi akomeje gutera abaturage mu ngo akangiza amazu n’imyaka yabo, hari ubwo afunga n’umuhanda Musanze-Rubavu aho wari utangiye no kwangirika.

    Hari ubwo afunga umuhanda Musanze - Rubavu
    Hari ubwo afunga umuhanda Musanze – Rubavu


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/barashakisha-uko-amazi-ava-muri-nyabihu-atakomeza-gusenyera-ab-i-musanze

  • Musanze: Batunguwe n’uko ibyumba by’amashuri bari bitezeho kugabanya ubucucike bitacyubatswe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu ngo agahenge bafite ko kuba abana bicara ari babiri ku ntebe imwe ni uko abo mu mwaka wa mbere uwa kabiri n
    Ubu ngo agahenge bafite ko kuba abana bicara ari babiri ku ntebe imwe ni uko abo mu mwaka wa mbere uwa kabiri n’uwa gatatu batarasubukura amasomo

    Ikibazo cy’ubucucike bw’abana biga ku ishuri ribanza rya Gashangiro ya II kimaze igihe gihangayikishije ababyeyi baharerera. Kuba iki kigo kiri rwagati aho gikikijwe n’ingo z’abaturage, abana biga bitabasabye gukora urugendo rwa kure.

    Umwe mu bahaturiye yagize ati “Bari badusezeranyije kutwubakira ibyumba, mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu bana bacu, bagatangira kwiga bisanzuye. Iki kigo abana biga bapakiye mu ishuri, babyigana ku buryo bukabije; bakitubwira ko bagiye kongera amashuri twibwiraga ko abana bacu baruhutse”.

    Arongera ati “Ariko noneho twaje gutungurwa no kumva bisubiyeho kuri icyo cyemezo, ubu turi kwibaza uko bazabasha kwirinda Covid-19 igihe na ba bana bo mu myaka yo hasi bazaba biyongereye ku bari kwiga ubu”.

    Ngo hari n’abafite ubutaka bwegereye iki kigo bari bahinze, bahomba imyaka yabo nyuma y’uko bari bijejwe kwishyurwa amafaranga byihuse. Icyo gihe iyo myaka bari bahinze yagombaga gukurwamo amashuri agatangira kubakwa, ndetse basabwa gutanga konti zabo bidatinze, ariko ntibyakozwe.

    Hari uwagize ati “Mpafite ubutaka nari narahinzemo karoti, baraje babuha agaciro k’amafaranga y’ u Rwanda miliyoni 10, icyo gihe hari n’izindi mpapuro bansabye kujyana ku murenge nitwaje abagabo bo kunsinyira; twahoragayo, bidateye kabiri baba batubwiye ko batakituguriye”.

    Iri shuri ryubatswe rwagati mu ngo z
    Iri shuri ryubatswe rwagati mu ngo z’abaturage

    Ati “Nk’ubu iyo myaka nari nahinze yarangiritse kuko ubwo bayibaruraga bavugaga ko bazahita bayirandura bagatangira gushyiramo amabuye yo kubaka, bituma ntongera gukandagizamo ikirenge, abashumba na bo baboneraho barayiragira. Ibi twabifashe nko kudukinisha no kudutesha umutwe gusa”.

    Akomeza agira ati “Ubu ndi kubara igihombo cy’imyaka yanjye yazize akamama ntishyuwe nkabara n’igihombo natewe n’uko kunsiragiza bambwira ko bagiye kunyishyura bakaba barisubiyeho”.

    Nibura abanyeshuri 1,200 ni bo biga mu ishuri ribanza rya Gashangiro ya II rifite ibyumba bitarenga 17. Kubera ubuke bwabyo, abarimu bahigisha bategura amasomo bicaye hanze ku mabaraza cyangwa mu busitani bwaryo, kuko badafite icyumba cyabagenewe. Na bo babona ubuke bw’ibyumba by’amashuri ku mubare munini w’abana bahiga ari ikibazo gikomeye.

    Umurezi Kigali Today yasanze ategurira amasomo hanze, yagize ati “Ari amasomo, ibizamini, amasuzuma n’ibindi byose umwarimu arirwariza, agashakisha aho yicara yaba ku kabaraza k’ishuri cyangwa mu kibuga kuko tudafite icyumba cyagenewe abarimu, imvura cyangwa izuba iyo bije biraturogoya; twumva bavuga ngo buri kigo kigire icyumba cy’umukobwa n’icyagenewe za mudasobwa; ubwo se ibyo hano byashoboka gute n’abana badafite aho kwigira? Turabangamiwe cyane, byibura ayo mashuri iyo bayongeraho hari icyagombaga kugabanuka kuri izo mbogamizi zose dufite”.

    Kongera ibyumba by’amashuri kuri iki kigo ntibyashobotse nyuma y’uko byari bimaze kugaragara ko hakenewe amafaranga y’ingurane arenze ayo akarere kari karateganyije kwishyura aho ibyo byumba byagombaga kubakwa.

    Ibi byatumye hashakishwa uko byubakwa ahandi hantu hisanzuye, bifite ubushobozi bwo kwakira umubare munini w’abana cyane ko Umujyi wa Musanze ugenda ukura umunsi ku wundi.

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV yagize ati “MINEDUC yari yasabye ko hashakishwa ibibanza bidakoreshwa, akaba ari byo byubakwamo amashuri, kuko amafaranga yo kubaka ibyumba by’amashuri yo yari ateganyijwe ariko ay’ingurane z’abaturage yo ari make. Hari hifujwe kubakwa ibyumba 24 ku ishuri ribanza rya Gashangiro ya II ariko bikagaragara ko bitakwirwaho kuko ari ishuri ryubatse hagati mu ngo nyinshi z’abaturage, no kubabonera amafaranga y’ingurane byari kuba ikibazo kuko yari make”.

    Abarezi bategurira amasomo hanze y
    Abarezi bategurira amasomo hanze y’ishuri kuko badafite icyumba cyabagenewe

    Uyu muyobozi arakomeza ati “Twifuje kubyimurira mu kindi kigo cyitwa MIPC bijya kwegerana, tuhageze tuzitirwa n’uko aho byagombaga gushyirwa hazagurirwa ikibuga cy’indege. Twashatse ikindi kibanza mu mujyi ahahoze hakorera icyitwaga ONATRACOM, ni ho twabonye hashyirwa ishuri ry’icyitegererezo rizaba rifite ubushobozi bwo kwakira umubare munini w’abanyeshuri cyane ko uyu mujyi wa Musanze ukura umunsi ku wundi”.

    Ikibazo nk’iki cyo kuba hari ibigo by’amashuri byagombaga kongererwa ibyumba by’amashuri ariko ntibikorwe kubera kubura ibibanza bidafite icyo bikoreshwa byagombaga kubakwamo cyanagaragaye kuri GS Kampanga, ahagombaga gushyirwa ibyumba 23.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/musanze-batunguwe-n-uko-ibyumba-by-amashuri-bari-bitezeho-kugabanya-ubucucike-bitacyubatswe

  • Ruhango: Bifuza ko kongera ibyumba by’amashuri bijyana no kongera abarimu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    GS Muhororo hongewe ibyumba bishya bitatu
    GS Muhororo hongewe ibyumba bishya bitatu

    Akarere ka Ruhango gakeneye abarimu 160 mu mashuri yisumbuye hakaba hamaze kuboneka 87, naho mu barimu 511 bakenewe hamaze kuboneka 63, ubuyobozi bukavuga ko bukomeje gutoranya no gutunganya amadosiye y’abasabye akazi hakazakurikiraho kubashyira mu myanya.

    Ibyumba by’amashuri bishya 142 kuri 502 bikenewe mu Karere ka Ruhango, hakaba hasigaye ibindi 360 na byo ngo bizaba byuzuye mu minsi 10, bikaba ngo bigeze mu mirimo ya nyuma ku buryo abana batangira kubyigiramo.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, avuga ko kuzura kw’ibi byumbva bizatuma abanyeshuri biga ku bucucike bwemewe ku rwego rw’uburezi ku Isi, bityo abana bakabasha gukurikira amasomo umwarimu abitaho.

    Agira ati “Ku rwego rw’Isi abana bemewe mu cyumba ntibarenga 46, natwe ibi byumba bizajya byakira abana batarenze 46 muri buri kimwe, kandi bizagabanya ingendo bakoraga kuko nibura umwana atagomba kurenza kilometero eshanu ajya ku ishuri”.

    Habarurema avuga ko aho amazi ataragera amashuri azatangira yahageze
    Habarurema avuga ko aho amazi ataragera amashuri azatangira yahageze

    Umuyobozi w’inama y’ababyeyi kuri rwunge rw’amashuri rwa Muhororo Kabera Clementine, avuga ko kuba ibyumba byuzura bitanga icyizere cy’uko abana baziga neza bisanzuye kandi bagatsinda neza kuko abarimu bazajya babitaho, agasaba ko kugira ngo ireme ry’uburezi rikomeze kwiyongera hakenewe n’abarimu bashoboye.

    Agira ati “Abana bigaga basimburana igitondo n’ikigoroba ariko ubu ubucucike bugiye kugabanuka, ariko batwijeje n’abarimu bashoboye na byo twifuza ko byakorwa vuba kuko uko ibyumba byiyongera n’abarimu bakwiye kongerwa”.

    Umuyobozi wa GS Muhororo mu Karere ka Ruhango Nyiransengimana Angelique, avuga ko mu mwaka wa kane w’amashuri abanza n’uwa mbere w’amashuri yisumbuye hagaragaraga ubucucike bukabije aho abana bigaga barenga 65 mu cyumba kimwe.

    Abanyeshuri baziga bisanzuye mu cyumba kimwe
    Abanyeshuri baziga bisanzuye mu cyumba kimwe

    Umuyobozi w’ishami ry’uburezi mu Karere ka Ruhango Mugabe Aimable, avuga ko ubuyobozi buri gukora amanywa n’ijoro butaruhuka kugira ngo abarimu bakenewe bashyirwe mu myanya, kandi ko nta mashuri azuzura ngo abure abarimu bayigishamo.

    Agira ati “Turi gukora no mu minsi y’ikiruhuko turi gukora n’ubu ni byo turimo dutunganya amadosiye y’abarimu”.

    Mugabe avuga ko kugeza ubu hakiri icyuho cy’abarimu ariko hari kugenda haboneka abakenewe ubu abamaze gushyirwa mu myanya bakaba bazatangira mu cyumweru gitaha.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/ruhango-bifuza-ko-kongera-ibyumba-by-amashuri-bijyana-no-kongera-abarimu

  • Rwamagana: Seven genocide perpetrators repent, apologize to survivor families #rwanda #RwOT

    The apology by genocide perpetrators is part of the program aimed at promoting forgiveness to restore cordial social interactions among Rwandans.

    Paul Muragwabugabo, hailing from Ruramira sector participated in the killing of seven victims including the husband of Liberatha Nakazana who forgave the perpetrator.

    Muragwabugabo said they killed the victims with big sticks and later collaborated with others to steal roofing sheets from Nakazana’s house. He personally took away three roofing sheets.

    'I plead guilty and apologize for being part of the gang that killed her husband. Secondly, I conspired in robbery. I could not participate in killings if I refused to grab weapons. All the evils I did would not happen. I apologize for that,' he said.

    Muragwabugabo appealed on the youth to shun seductions into evil acts. He apologized to the church, the Government of Rwanda and surviving families.

    Liberatha Nakazana revealed that she forgave the man from the deepest of her heart.

    She is among other survivors who learnt about the perpetrator who killed relatives through the unity and reconciliation program seeking to reunite survivors and perpetrators.

    An old woman, Agnes Uwimana explained that preaching from the organization pushed her to seek the perpetrator who killed relatives and a woman who took part in demolishing her house to forgive them.

    'I used to feel isolated avoiding public interactions lest I meet with perpetrators who killed relatives. I would not leave home after this man was released for fear he would kill me. The preaching transformed me that I later invited and forgave him. It relieved my heart, though the man at first doubted my forgiveness because I used to avoid him. Today, the situation has changed for good. He passes by my home and normally interacts with me,' she said.

    The President of IBUKA, umbrella organization of genocide survivors in Rwamagana district, Dative Musabyeyezu explained that seeking apology and forgiveness is a good step gradually made by Rwandans to promote unity and reconciliation.

    She revealed that genocide survivors are glad for such programmes encouraging perpetartors to make apologies and requested people to disclose information regarding locations of remains of genocide victimsso as to accord them decent burial.

    The director of peace building and conflict resolution at the National Unity and Reconciliation Commission, Laurence Mukayiranga said that forgiveness is a good step towards unity and reconciliation.

    'Those who sought forgiveness after apologizing opened doors for improved social interactions. The next move is to engage in emotional healing, counseling, sharing information and truth on the 1994 Genocide against the Tutsi,' she highlighted.

    Mukayiranga appealed to perpetrators to educate others in the same ilk to emulate the same.

    Perpetrators who sought forgiveness admitted their crimes while in prison and were released. They received six-month pacification on unity and reconciliation and helped to link up with offended families on the support of 'Abagabuzi b’Amahoro ya Kirisitu’.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rwamagana-seven-genocide-perpetrators-repent-apologize-to-survivor-families

  • Rwamagana : sept bourreaux présentent leurs excuses aux victimes du génocide des Tutsi de 1994 #rwanda #RwOT

    L’Abbé Ubald a lancé ce projet “Le pardon dans la reconstruction du tissu national rwandais” à l’endroit des individus reconnus coupables de crimes de génocide des Tutsi de 1994. Cet abbé va au delà de la justice et trouve que l’âme humaine a besoin de recouvrer son équilibre rompu par ses errements ou par la sauvagerie qui l’aura motivé à commettre un crime contre l’humanité sur son prochain.

    “Ma responsabilité criminelle que je regrette profondément et pour laquelle je demande pardon c’est que j’ai contribué au meurtre de sept Tutsi y compris le mari de Liberata Nakazana qui a pu me pardonner. J’étais dans le groupe qui a attaqué et tué ces personnes-là. Si j’avais refusé de prendre une arme, je n’allais pas avoir une quelconque responsabilité dans les tueries commises. Et puis, j’ai pillé”, a dit Paul Muragwabugabo devant d’autres paroissiens dans un geste assez public comme si il passait aux aveux de culpabilité au palais de justice.
    Tuer sept tutsi et bien d’autres !!! Même des gens liés par le sang étaient devenus des sauvages au cours de ces cent jours (Avril-Juillet 1994) qui ont fait basculer le Rwanda dans l’innommable.

    Cette demande publique de pardon est devenue si triviale dans les prisons au point que les criminels de génocide lancent n’importe comment une litanie des personnes qu’ils ont égorgées en 1994 juste parce qu’on leur a promis de commuer leurs peines. L’Abbé Ubald trouve juste que ces derniers restent avec un énorme poids sur leurs consciences et tente avec son invention Propagateurs de Paix, d’alléger ce poidsdans un effort de réhumaniser par la grâce de la prière ces hommes devenus loups pour leurs voisins en 1994.

    L’Abbé Ubald a su toucher les coeurs des survivants du génocide des Tutsi de 1994. Ses sermons et ses enseignements de plénitude s’adressent d’abors à ces derniers. Est-ce normal de voir que c’est la victime qui se porte au devant de son bourreau pour lui faire ce cadeau de pardon ?

    Cette pratique répandue dans les coins très christianisés du Rwanda est un phénomène très intéressant à comprendre.
    Une vieille mère rescapée du Génocide des Tutsi,Agnès Uwimana, fidèle parmi les paroissiens inconditionnels de Rwamagana confie à IGIHE qu’elle s’est sérieusement imprégnée des enseignements de l’Abbé Ubald Rugwizangoga. Celui-ci voyage dans toutes les paroisses du pays où il organise des séances de thérapie oeucuménique qui ne laissent jamais indifférentes les foules de paroissiens qui déferlent sur les places publiques où il organise ses sessions.

    “Je me suis trouvée dans un lieu que je m’étais interdit car les bourreaux de ma famille aiment s’y rencontrer. Parmi eux il y a cet homme récemment libéré de prison. J’avais peur de sortir de chez moi de peur qu’il allait me tuer. Mais après m’être imprégnée des enseignements de l’Abbé Ubald, je l’ai appelé pour lui signifier que je l’avais pardonné. Je me suis sentie libre. Au moment même où je lui annonçait ma décision, il n’en croyait pas un mot. Pourquoi ? Parce qu’à chaque fois qu’il venait pour une session d’un groupe d’entraide mutuelle auquel j’appartiens, immédiatement je quittais les lieux. Mais depuis lors, il passe à côté de ma résidence. Il s’arrête pour causer un brin. Je n’ai plus peur”, a confié Uwimana Agnès dévoilant les motivations profondes du pardon qu’offre la victime esseulée à son ancien bourreau.

    Pourtant le Collectif IBUKA luttant pour la protection des droits des rescapés de ce génocide a une nuance. Il ne comprend pas le calvaire que vivent les rares rescapés qui sont restés sur des collines au milieu de nombreuses familles de leurs bourreaux. Ils sont obligés de vivre comme dans le temps d’avant le génocide des Tutsi avec justement cette peur lancinante et des souvenirs de sauvagerie que ces voisins de bourreaux ont commis sur les leurs disparus et sur eux-mêmes.

    IBUKA parle de demandeurs de pardon et des victimes consentantes. Pourtant cela pourrait être l’inverse.
    “Maintenant ceux qui ont demandé le pardon et ceux qui l’ont accordé ont ouvert la voie aux nouvelles relations interhumaines fraternelles. Maintenant vous allez recommunier et renouer divers échanges sociaux entre vous et un échange d’information véridique sur ce génocide commis contre les Tutsi”, a déclaré Mukayiranga, Présidente d’IBUKA dans le District Rwamagana. Elle a apprécié ce pas atteint où anciens bourreaux devraient tous tendre la main à leurs anciennes victimes pour que tous libèrent leurs énergies et entrent de plein pied dans la productivité nationale.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Rwamagana-sept-bourreaux-presentent-leurs-excuses-aux-victimes-du-genocide-des.html

  • Tour du Rwanda Champion Areruya Finds Love #rwanda #RwOT

    Joseph Areruya will officially marry his long-time girlfriend next year on February 6, according to a formal invitation card made public.

    'Am getting married. Save the date February-6-2021,' reads part of the information on the formal card which includes Joseph and Josephine photos hand-in-hand.

    Joseph Areruya born January, 1,1996  currently rides for Martinican amateur team Pédale Pilotine.

    Meanwhile, in 2017 Areruya won the Tour du Rwanda. He became the first cyclist from Rwanda to ride in the Paris—Roubaix road race, when he took part in the 2019 edition.

    In 2018, Areruya Joseph was voted the Best African Cyclist of the Year claiming the African cycling's premier annual individual accolade as a reward for his remarkable La Tropicale Amissa Bongo and Tour de l'Espoir victories.

    The post Tour du Rwanda Champion Areruya Finds Love appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/tour-du-rwanda-champion-areruya-finds-love/

  • Bring your Children with Clubfoot disease for treatment- Rwandan Doctors urge parents #rwanda #RwOT

     

    Parents urged to bring their children with Foot disabilities to the Hospitals for treatment

    Pediatric orthopedic surgeons are urging parents to bring children with various disabilities including 'club foot' to the hospital because it is a disability that can be treated when taken care of at every early stage.

    Between 500 and 600 children in Rwanda are born every year with club foot disability.

    Treatment includes use of the Ponseti method, short-leg surgery, wearing special shoes, so that the baby's foot can be readjusted and he or she is able to walk properly.

    This was confirmed by Dr Emmanuel Nsengiyumva, a pediatrician working at Gahini and Rilima Hospitals in a recent interview with Pacis TV.

    'It is a disability that affects the feet of children while they are still in the womb. You can find out from the 26th week of pregnancy, using radiography.'

    He adds that when a baby is treated at an early stage, her/his legs are restored to normal.

    'When a baby is born it is easy for the mother to know. You see the curves are flat, the foot slopes upwards, and most of the medical staff know it so much that they tell the mother. We urge parents to go to the doctor as soon as possible because it is a curable disease.'

    Dr Nsengiyumva says babies recover quickly as soon as they are brought to hospitals.

    'Once you know that a child has a foot disability, bring him or her, the sooner you bring him or her, the better and quicker he or she will be,' he said.

    He goes on to say that over two years the baby's bones began to move, and he began to twist. 'When a child starts walking it's worse than it used to be. It is better to be treated before the time comes.'

    However, the doctor assures that even after two years or later the disease can be treated because there are other methods they use, but that they are not the same as that used when the baby was treated as soon as he was born.

    Parents who have taken their children with the disability to the hospital affirm that the disease is curable and therefore encourage those with children with defects to take them to the doctor.

    Niragire Olive, from Munyiginya sector, who has a child born with the disability, says he was treated at Gahini Hospital and her child is now recovering.

    She learned of his son's illness when he failed to stand, and saw that he did not stand still like other children.

    She asked other parents what to do and ended up at Gahini Hospital, so she took him there to prevent her child from becoming embarrassed as she grew up.

    She urges parents to take their children with disabilities to go for treatment since medications are available.

    She also called for the support of parents who treat their children with disabilities because it requires a lot of means to find food for those who remain at the hospital while waiting for the children to get treated as they came from far away.

    The Rwanda Clubfoot Program, in partnership with Hope Walk, says they will continue to encourage parents to take their children for treatment at 13 hospitals they work with across the country.

    These are Muhima, Masaka and Ikuru Nziza hospitals located in Kigali City.

    In the Eastern Province there are Rilima, Nyamata and Gahini.

    In the North there is Ruhengeri Hospital.

    In the West there are Gisenyi, Kibuye and Gihundwe while in the South there are Kabgayi, HVP Gatagara and CHUB.

    16

    The post Bring your Children with Clubfoot disease for treatment- Rwandan Doctors urge parents appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/07/bring-your-children-with-clubfoot-disease-for-treatment-rwandan-doctors-urge-parents/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=bring-your-children-with-clubfoot-disease-for-treatment-rwandan-doctors-urge-parents

  • Museveni Takes Campaign To Ankore Sub-Region #rwanda #RwOT

    Incumbent President Yoweri Museveni of Uganda has arrived in the Ankore Sub-Region on his campaign trail canvassing for votes in his attempt to seek re-election.

    Museveni  and his wife both born in Ntungamo district bordering with Rwanda, is expected to address the contentious issue of diplomatic disagreements with Rwanda which led to closure of the borders since March 2019.

    The two countries have attempted to sort their differences under mediation by Angola and Democratic Republic of Congo which resulted in the Angola Peace Agreement that awaits for full implementation.

    Smugglers on both sides of the border have met with the lethal wrath of the border patrol security teams sometimes particular incidences involving shooting to death the smugglers. Both countries do not condom cross border smuggling and have warned their citizens against such ventures.

    Meanwhile, Presidential candidate Robert Kyagulanyi the immediate competitor to Museveni has combed through Luuka district. He pleaded, 'From home, people be waiting on road sides, to wave to us, our plea is that the security agencies stop brutalising these unarmed citizens.'

    Kyagulanyi has since several attempts on his life decided to adopt a bullet proof Jacket and military helmet on his campaign trail.

    Uganda police say they regret recent altercation that lead to some of them firing live bullets that killed more than 50 people during the demonstration against the arrest of Robert Kyagulanyi, Bobi Wine.

    The director of Police in charge of operations, Mr Edward Ochom, said passed the apology noted that the firing of live bullets to disperse crowds was uncalled for, saying that police officers could have used teargas instead.

    'The circumstances under which we lost those lives is really regrettable and it would have been avoided if our officers had used teargas to disperse the protesters. However, there is a scientific investigation going on to establish which guns fired the live bullets and I can assure you those officers who did will be individually held accountable,' he said.

    General elections will be held in Uganda on 14 January 2021 to elect the President and the Parliament.

    The post Museveni Takes Campaign To Ankore Sub-Region appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/museveni-takes-campaign-to-ankore-sub-region/

  • Ya mpamba itakugeza i Nairobi… APR FC byose byapfiriye i Kigali, ni nde wo kubibazwa? Umutoza? #rwanda #RwOT

    Impamba itazakugeza i Kigali uyimarira ku Ruyenzi, ni imvugo y’abanyarwanda yasizwe na basogokuruza, singiye kwinjira ku nkomoko yayo gusa impamba ya APR FC itarayigejeje i Nairobi muri Kenya yayimariye i Kigali mu Rwanda maze ihita isezererwa itarenze umutaru muri CAF Champions League.

    Twibukiranye ku mikino 2 yahuje APR FC na Gor Mahia mu ijonjora ry’ibanze rya Champions League, ese byapfiriye he? Ni abakinnyi badashoboye?

    Intego yari amatsinda ya CAF Champions League, byakwanga amaburaburizo ikajya mu ya CAF Confederations Cup, amarira ku basore b’ikipe y’ingabo z’igihugu nyuma yo kuviramo mu ijonjora ry’ibanze ku buryo batanamanuka muri Confederations Cup.

    APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino 2019-2020, niyo yahagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Champions League 2020-2021, aho yatomboye Gor Mahia yo muri Kenya mu ijonjora ry’ibanze.

    APR FC nk’ikipe ikinisha abanyarwanda gusa, yakoze ibishoboka byose izana abeza barimo rutahizamu Jacques Tuyisenge baza biyongera ku bakinnyi bari basanzwe muri iyi kipe ndetse bamwe bafite ubunararibonye bw’iyi mikino nyafurika aho bageze muri ¼ cya Confederations Cup bari kumwe na Rayon Sports nka Djabel, Seif, Thierry na Mutsinzi.

    Ikipe y’ingabo z’igihugu yari ifitiwe icyizere yaje gutenguha benshi aho yaviriyemo mu ijonjora ry’ibanze isezerewe ku giteranyo cy’ibitego 4-3, yatsinze 2-1 i Kigali bayitsinda 3-1 muri Kenya, benshi bati 'Ni umutoza ukwiye kubibazwa.' Nibyo koko kuko niyo ikipe yatsinze niwe ushimirwa, ninatsindwa aba agomba kubyirengera.

    APR FC yasezerewe na Gor Mahia muri Champions League itarenze ijonjora ry’ibanze

    Umutoza Adil Erradi wa APR FC yaba yaratengushye abakunzi b’iyi kipe ndetse batangira kumushyiraho akabazo

    Ni umugabo watangiye gutoza iyi kipe umwaka ushize w’imikino wa 2019, yagaruye igitinyiro muri iyi kipe bitewe n’imyanzuro yafataga ariko bikajyana n’umusaruro yatangaga aho yatwaye shampiyona adatsinzwe abifashijwemo n’abasore APR FC yaguze nyuma yo gukora isuku ikirukana abagera kuri 16 ikazana abandi bakinnyi bari ku rwego rwiza bavuye muri mukeba bamaze gutwara igikombe bituma abakinnyi nka Buregeya Prince wakinnye imikino 30/30 muri shampiyona ya 2018-2019 yibagirana.

    Uku kwitwara neza muri shampiyona byatumye Adil benshi bamufata nk’umuhanga ariko bamwe bati tuzamurebera mu mikino nyafurika cyane ko ubuyobozi bwa APR FC bwari bwakoze ibishoboka byose kugira ngo agere ku ntego biyemeje.

    Imikino 2 ya Gor Mahia(mu Rwanda na Kenya), isize bamwe batangiye kumushyiraho akabazo, ku mukino wa mbere yatsinzemo Gor Mahia i Kigali 2-1 ntiyemeranyijwe na benshi uburyo yapanze ikipe, kuko yayipanze nk’ikipe ishaka kugarira cyane kandi iri mu rugo ikineye ibitego byinshi ku buryo itazagorwa muri Kenya, aho yari yakoresheje ba myugariro 5.

    Nyuma y’umukino yabwiye itangazamakuru ko yabikoze kuko atari azi uko Gor Mahia ikina bityo yagombaga kubanzamo abakinnyi benshi bugarira.

    Gusa ibi siko yabibonaga kimwe n’abandi kuko kubanza kureba uko ikipe ikina udafite umukinnyi n’umwe mu kibuga ubashaka kugumana umupira ngo abe yanacenga bitari byo, umukinnyi ufite ubwo bushobozi ni Lague yari yamubanje ku ntebe.

    Ikindi abantu benshi batunguwe no kubona uburyo ba rutahizamu 2 ndetse beza iyi kipe ifite, Byiringiro Lague na Jacques Tuyisenge yababanje ku ntebe kandi akeneye ibitego cyane ko nyuma yo kujyamo yabonye igitego cya 2.

    Uburyo yongeye gupanga ikipe muri Kenya mu mukino wo kwishyura wa baye tariki ya 5 Ukuboza 2020, ni kimwe mu byamukozeho cyane kuko mbere y’iminota 45 y’umukino yari yamaze kubona ko yibeshye akuramo Niyomugabo Claude wari wabanje ku ruhande rw’ibumoso asatira yinjizamo Bizimana Yannick.

    Ikipe yabanjemo i Kigali ntiyavuzweho rumwe

    Ikipe yabanjemo muri Kenya benshi bahamya ko ari yo yari kubanzamo i Kigali

    Mu kibuga hagati kubanzamo Ruboneka afite Mushimiyimana Mohammed ufite imbaraga, ushabora kurwanira imipira n’abasore ba Kenya ntabwo byavuzweho rumwe, kuba yari yafashe icyemezo cyo kwicaza Bukuru abesesenguzi benshi mu bya ruhago bavugaga ko yari guha umwanya Meddy. Gusa umutoza niwe uba uzi abo yakinishije ni nayo mpamvu aba agomba kubazwa umusaruro wabo.

    Amakuru avuga ko ubwo Keddy yari amaze kwishyura igitego ku munota wa 86, umutoza yasabye abakinnyi gukomeza gusatira aho kugarira, ababwira ko babona n’ibindi bitego kandi nyamara igitego yari abonye cyari gihagije ngo bakirinde ubundi bakomeze mu kindi cyiciro.

    Ruboneka ni umwe mu basore babanje mu kibuga batavugwaho rumwe

    Nyuma y’igitego cya Keddy umutoza yasabye abakinnyi kwataka aho kugarira

    Ese koko abakinnyi ba APR FC bafite ubushobozi bwo gutumwa amatsinda?

    Iyo urebye abakinnyi ba APR FC umukinnyi ku mukinnyi, n’ubwo ari abanyarwanda gusa si ikipe mbi n’ubwo utakwizera ko yakugeza mu matsinda ariko na none si ikipe yo gusezererwa na Gor Mahia imaze iminsi mu mvururu z’amikoro.

    Ntiwakwirenagiza ko n’ubwo APR FC yafashe gahunda yo gukinisha abakinnyi beza b’abanyarwanda ariko kuri iyi nshuro sibo ifite.

    Niba abanyezamu 3 ba mbere b’ikipe y’igihugu bose bakina mu Rwanda ariko Rwabugiri Umar wa APR FC akaba atabarimo ni ikibazo. Uwavuga ko igitego cyasezereye APR FC ari amakosa ye ku giti cye yakoze ku mukino ubanza ntiyaba abeshye.

    Uyu musore yagerageje gukina neza umukino wo kwishyura n’ubwo yagowe n’iminota 5 ya nyuma yavuyemo ibitego 2 byahise bibakura mu irushanwa.

    Nibyo APR FC yaguze abakinnyi beza ariko iracyafite ibihanga byo kuziba, uretse mu izamu no mu kibuga ahagati ntabwo Niyonzima Olivier Seif afite umukinnyi bazajya bafatanya kuko abahari bigaragara ko ari abo gufasha APR FC muri shampiyona atari ku rwego mpuzamahanga.

    Uyu waba ari wo mwaka wa nyuma kuri Kanyarwanda? Simbizi!

    Rwabugiri umukino wo kwishyura yitwaye neza n’ubwo yagowe n’iminota ya nyuma

    Adil Erradi ntabwo yitwaye neza mu mikino 2 iheruka ya Gor Mahia bituma asezererwa mu irushanwa

    Source : http://isimbi.rw/siporo/ya-mpamba-itakugeza-i-nairobi-apr-fc-byose-byapfiriye-i-kigali-ni-nde-wo-kubibazwa-umutoza

  • Kagame advises on sustainable solution towards silencing guns in Africa #rwanda #RwOT

    Kagame made the string observation yesterday as he participated in the virtual 14th Extraordinary African Union Summit dedicated to the African Union’s 50th anniversary declaration on Silencing the Guns in Africa, which is also the theme of the year 2020.

    'The only sustainable way to silence the guns in Africa is to deal directly and swiftly with the political and economic factors that create the conditions for violence and strife in the first place. Accomplishing this is within our power as a continent and it must be our priority,' he considered.

    President Kagame observed that there is progress made in strengthening the African Union’s ability to contribute meaningfully to peace and security and observed that more efforts need to be rallied to squarely address the issue.

    'Progress has been made in strengthening African Union’s ability to contribute meaningfully to peace and security. One example is the operationalization of the African Union Peace Fund, which has been funded by Member States at the highest level since it was established in 1993, with nearly $200 million. This is a good step but we must recognize that conflict cannot be ended by treating the symptoms of cleaning up messes after the fact,' he said.

    Kagame commended the African Union Commission, as well as the High Representative for Silencing the Guns, Ambassador Lamtane Lamamra , for the efforts made toward fulfilling this mandate.

    Conflict, violence and insecurity continue to be major threats to realising the African Union’s Agenda 2063. To address widespread instability in Africa, and with the aim of leaving a continent at peace to the next generation, Africa’s leaders committed to working towards a continent free from conflict by 2020.

    It has been seven years since the declaration, which has become known as Silencing the Guns in Africa by 2020, and four years since the Master Roadmap of practical steps towards implementing its objectives was adopted.

    President Kagame, however, observed that there is still a long journey to end conflict in Africa because backsliding still happens in some places.

    'Africans, of course, are the ones who pay the price. The self-evident need to renew this program for another ten years is an acknowledgement that we have collectively fallen short,' noted Kagame.

    During the summit, a minute of silence was observed in memory of fallen AU peacekeepers and victims of violence in Africa.

    The Declaration on Silencing the Guns in Africa by 2020 was adopted by the assembly in 2013.

    President Paul Kagame observed that there is progress made in strengthening the African Union’s ability to contribute meaningfully to peace and security and observed that more efforts need to be rallied to squarely address the issue.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/kagame-advises-on-sustainable-solution-towards-silencing-guns-in-africa