Blog

  • Mukunzi nko muri dame wamwita ipiyo irya hose – Umutoza Fidele #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko ikipe ya UTB VC isinyishije kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Mukunzi Christophe, umutoza Nyirimana Fidele yavuze ko kimwe mu bibazo yagize bigatuma ategukana shampiyona ari ukubura umukinnyi nka Mukunzi Christophe.

    Mukunzi Christophe usoje amasezerano muri REG y’imyaka 2, yasinyiye UTB VC amasezerano y’imyaka 3.

    Umutoza Nyirimana Fidèle wakoranye na Mukunzi Christophe muri Gisagara VC, yavuze ko bishimishije kugira umukinnyi nka we kuko bizafasha ikipe ye guhatanira igikombe cy’umwaka utaha w’imikino.

    Yavuze ko uyu mukinnyi ari nko mu mukino wa dame yaba ari ya piyo irya zose.

    Ati“hari akantu kamwe abantu bataramumenyaho, ninjye wamuzanye i Gisagara n’abantu baho batamushaka, ariko nyuma yo kumuzana njye nawe ibikombe hafi ya byose twarabitwaye. Iyo wamaze kuba umunyamwuga ntabwo uba akirwanira gutera imipira 20, ahubwo aba arwanira gukinisha abandi kugira ngo bakurebereho.”

    “Hari akantu batigeze bakurikira, kugendera ku magare muri siporo yacu nko muri Volleyball ni Mukunzi wabitangiye abandi bose barakurikira, icyo ni kimwe. Mukunzi kumutoza ni umukinnyi wubaha amabwiriza umuhaye 100% buriya nicyo kibazo cyangoye gituma dutakaza umukino wa nyuma, kuko twabuze Mbappe bakina bimwe kuko yagiye habura ibyumweru 2 kugira ngo dukine final, Mukunzi nko muri dame wamwita ipiyo irya hose, bivuze ngo wamubwira ngo jya aha unkorere ibi kandi akabyubahiriza 100%.”

    Umwaka ushize w’imikino muri Volleyball, UTB VC yasoje ku mwanya wa 2 muri shampiyona, ni nyuma yo gutwarwa igikombe na APR VC.

    Mukunzi Christophe yasinye imyaka 3 muri UTB VC

    Nyirimana Fidele avuga ko yasubijwe kubona Mukunzi Christophe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mukunzi-nko-muri-dame-wamwita-ipiyo-irya-hose-umutoza-fidele

  • Kigali : Avuga ko yahunze nyuma yo gukora ubukwe n’umukobwa wamuhishe ko yanduye SIDA #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yiyemerera ko yashatse uyu mugore we amukurikiyeho amafaranga, bagashakana bamaranye ameze ane gusa bakundana ndetse bagahita banabyara kuko bakoze ubukwe umugore atwite. Ashimangira ko ubwo umugore yajyaga kubyara ari bwo yabwiwe n’umuganga wamubyaje ko umugore we asanzwe akurikiranwa nk’umugore utwite afite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, kuva ubwo undi bamupima bagasanga ari muzima. Yemeza ko bakomeje kujya batera akabariro bakoresha agakingirizo ariko rimwe na rimwe bagacikwa, gusa nanubu ngo ibisubizo by’abaganga bikaba byemeza ko ari muzima.

    UMVA UBUHAMYA BWOSE HANO :

    Eugene avuga ko yaje kubona atazabivamo agafata icyemezo cyo guhungira umugore we muri Uganda, akaniyemerera ko yagiye yibye amafaranga mu ruganda yakoragamo ndetse bakaba baratangiye kuyishyuza uwari wamuhesheje akazi muri urwo ruganda, gusa akavuga ko yamusabye imbabazi akanamwizeza ko azayamwishyura.

    Avuga ariko ko yamaze imyaka ibiri yarihanganiye kubana n’umugore we abizi ko yanduye SIDA, akaza gucika intege kuko nyirabukwe yahoraga amutuka kuko nta kazi yari afite ndetse umugore ari we wari utunze urugo. Ngo byaje kugera ubwo amusebya mu bantu bose, yakwibuka ko amukora ibyo azi ko umukobwa we yashatse kumwanduza SIDA bikamubuza amahoro ari nabyo avuga ko byaje gutuma atoroka.

    Muri rusange atanga inama avuga ko ababyeyi badakwiye kwivanga mu rushako rw’abana babo, ariko ku rundi ruhande akavuga n’abagiye kurushinga bagomba kwitondera abo bagiye kubana, bakirinda gushiturwa n’ibintu nk’uko nawe yemera ko ari byo byamushituye ubu akaba yicuza.

    Twagerageje guhamagara Hope ariko ntiyabashije kutwitaba ku mpamvu avuga ko zishingiye ku kazi kenshi yari arimo. Gusa twamwandikiye binyuze kuri Whatsapp, asobanura ko umugabo we atahunze ihohoterwa ahubwo yacitse kubera amafaranga yibye uruganda yakoragamo. Ntiyeruye neza ku byo amushinja by’uko yashatse kumwanduza SIDA ku bushake ariko ntabigereho, gusa yavuze ko ubu arimo kumusebya kuko hari ibyo batumvikanyeho amaze kugera mu gihugu cya Uganda.

    Avuga ko iyo ashaka kumuhohotera atari kuba yaramwitayeho kugera aho amwambika imyambaro yose, kuva ku nkweto kugera ku kenda k’imbere yambariragaho. Ikindi yakomojeho ku by’uko yaba yarashatse kumwanduza SIDA, yavuze ko umugabo we agenda avuga ko akimara kumenya ko yanduye bahise batangira gukoresha agakingirizo, ariko akongera akavuga ko yakuyemo inda gatatu umugabo yanga ko bongera kubyara umugore afite ubwandu. Ibi byo umugabo asobanura ko byabaye akajya asama kuko hari igihe bacikwaga bakisanga bateye akabariro nta gakingirizo.

    Ku rundi ruhande ariko Hope yeretse umunyamakuru ibiganiro yagiranye na Eugene nyuma yo guhungira muri Uganda, aho umugabo bigaragara ko yamwibwiriraga kenshi ko amukumbuye, by’umwihariko ko akumbuye ko batera akabariro, ibintu uyu mugore avuga ko byashingirwaho mu kumva neza ko umugabo atahunze ihohoterwa ndetse ko ubwe yishakiraga ko batera akabariro. Ibi ariko Eugene nawe yemera ko byabayeho, akavuga ko n’ubwo yamuhemukiye bari bagisangira amabanga y’abashakanye, akabona amaherezo yazashiduka yanduye SIDA agahitamo guhunga kuko yabonaga agumye mu Rwanda ntacyamubuza gukomeza kuryamana nawe muri ubwo buryo.

    Hope kandi yemera ko nyina atigeze akunda umukwe we, kuko ngo kimwe n’abandi babyeyi atishimiraga ko umwana we yavunikira urugo wenyine. Uyu mugore ashimangira ko umugabo we yamwitagaho akamutangaho ibirenze, akaba ababajwe n’uko ari we uvuga ko yamuhohoteraga.

    Hope ati : 'Ibyo navuga ni byinshi, ndamukunda n’iyo yagaruka namufasha tukishyura ntiyirirwe abuyera, kandi ku bw’uko namukundaga n’ubu nkimukunda ansabye imbabazi namubera umugore ngakomeza nkamutunga. Ubuse nguhe numero y’aho namuguriraga inkweto ? Umugabo wambara urukweto rw’ibihumbi 20 cyangwa 25 nta kazi agira ni bangahe ?… Nabayeho nkorera urugo kandi n’iyo satani atamwoshya ku kazi yari yabonye yari akoze ukwezi kumwe kwa munani, nubundi gutunga urugo nari mbimenyereye kandi ndibaza mutarigeze mumubona asa nabi. Yabonye baduhagaritse muri Corona ati ndagiye nk’abandi bagabo bose bakurikiye amafaranga. Nyuma y’ibyo byose njye ndamukunda nkamukundira n’umuryango, n’ubwo bimeze bitya sinzabura kubahamagara ngo mbahe ubunani cyangwa se ngo njyeyo dusangire. '

    Icyakoze Eugene nawe yemera ko Hope yagiye amufasha muri byinshi ndetse ko ikibazo ari nyina wakomeje kumusuzugura, akavuga ko nk’umugore wari uzi ko yabeshye umugabo we akamuhisha ko yanduye SIDA, yagombaga kureka kumvira cyane nyina washakaga kubasenyera.

    Eugene avuga ko ubu ategereje kugaruka mu Rwanda agatanga ikirego, kuko ngo umugambi wo gushaka kumwanduza SIDA umugore we yari awuziranyeho na nyina. Gusa mu gushaka kumenya icyo amategeko abivugaho, twaganiriye na Me Antoinette Mukamusoni, umunyamategeko wunganira abaregwa ubarizwa mu rugaga rw’Abavoka mu Rwanda, adutangariza ko ibyabayeho niba uko umugabo abivuga ari ukuri, ngo byaba ari ibimenyetso umugabo yakwifashisha asaba gatanya akayihabwa bitamugoye ariko ngo nta cyaha nshinjabyaha cyabayeho kuko atigeze amwanduza SIDA. Ngo iyo aramuka amwanduje kandi bakabibonera n’ibimenyetso nibwo yari kumureka icyaha cy’ubugome.

    UMVA UBUHAMYA BWOSE N’IBIVUGWA BYOSE HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Kigali-Avuga-ko-yahunze-nyuma-yo-gukora-ubukwe-n-umukobwa-wamuhishe-ko-yanduye-SIDA

  • ICT Minister Ingabire Represents Rwanda At Singapore FinTech Festival #rwanda #RwOT

    Financial technology (Fintech) professionals and captains of the deep technology industries are preparing for the second day of Singapore's biggest Fintech Festival and Innovation week that kicked off on Monday.

    Deputy Prime Minister Heng Swee Keat, who is also Coordinating Minister for Economic Policies and Minister for Finance flagged off the event today 7th and will propel through up to 11th December.

    It should be noted that Singapore is a day ahead of the local time in Rwanda. It is already Tuesday in Singapore.

    Owing to the Covid-19 pandemic, this year's festival will largely be held online for the next five days.

    Paula Ingabire, Rwanda's Minister of ICT and Innovation is scheduled to speak at the 'Digitalisation of the Afro-Asia SME Trade Corridor: A Multi-Trillion Economic Zone' panel at this hybrid affair.

    The event comes at a time, the global economy has suffered the devastating effects of the Covid-19 pandemic that calls for a return to the drawing board and adjust to the new normal.

    About 1,400 speakers are slated to speak, among them finance and technology leaders, entrepreneurs and policymakers, including Facebook co-founder Eduardo Saverin, the International Monetary Fund managing director Kristalina Georgieva and Microsoft chief executive Satya Nadella.

    Others include Microsoft co-founder Bill Gates, Google chief executive Sundar Pichai and New Zealand Prime Minister Jacinda Ardern.

    In all, the festival will feature more than 600 sessions, 1,000 exhibitors, and 27 international pavilions. The organisers said more than 60,000 participants from over 7,000 companies across 130 countries are expected.

    Ravi Menon the managing director of the Monetary Authority of Singapore observed that under this pandemic, there are people who exhibited great courage, resilience and creativity in the face of adversity, they found solutions to how life can carry on, how societies can continue to function.

    MAS chief fintech officer Sopnendu Mohanty said, 'Despite the pandemic, we are confident this event will connect and catalyse new partnerships between innovation enablers, enterprises and start-ups from Singapore and the rest of the world.'

    The event is organized by Monetary Authority of Singapore (MAS) with Enterprise Singapore and the National Research Foundation .

    The post ICT Minister Ingabire Represents Rwanda At Singapore FinTech Festival appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/ict-minister-ingabire-represents-rwanda-at-singapore-fintech-festival/

  • Haracyari imbogamizi mu myigire y’abafite ubumuga – NUDOR #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahagarariye imiryango nyarwanda y
    Abahagarariye imiryango nyarwanda y’abantu bafite ubumuga bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru barebera hamwe imbogamizi zikiriho mu burezi bw’abafite ubumuga

    Umuyobozi w’Ihuriro ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga (NUDOR), Bizimana Dominique, agaragaza ko abafite ubumuga bashoboye kimwe nk’abandi, ko icyo bakeneye gusa ari uguhabwa ayo mahirwe, bagahabwa ibikoresho byabugenewe, kandi bakagirirwa icyizere.

    Uyu muyobozi agaragaza ko mu myigire y’abafite ubumuga hakiriho inzitizi zituma batabona uburezi bukwiye, agasaba ko zakurwaho na bo bakagira uburenganzira nk’ubw’abandi. Icyakora na none ashimira Leta y’u Rwanda ku ntambwe yatewe mu gufasha abafite ubumuga.

    Yagize ati “Nshimira Leta y’u Rwanda yaduhaye ububasha, uburenganzira bwo kubona insimburangingo, ubwo kubona umurimo, uburenganzira bwo kwiga nk’abandi kuko kera ntabwo twigaga.”

    Bizimana Dominique, Perezida wa NUDOR
    Bizimana Dominique, Perezida wa NUDOR

    Kimwe mu byo imiryango yita ku bafite ubumuga yishimira cyakozwe, ni ukuba ahantu hatandukanye mu gihugu harubatswe ibikorwa remezo bifasha abafite ubumuga kugera aho baba bifuza kujya. Gusa mu myigire y’abana bafite ubumuga ngo haracyarimo ikibazo gishingiye ku kuba mu mashuri menshi yo mu gihugu nta mfashanyigisho zagenewe abafite ubumuga zihaboneka, hakaba nta n’abarimu baboneka kuri ibyo bigo bafite ubumenyi mu kwigisha abafite ubumuga.

    Abahagarariye imiryango yita ku burenganzira bw’abafite ubumuga baherutse kugirana ibiganiro n’itangazamakuru tariki 02 Ukuboza 2020 bagaragaza zimwe muri izo mbogamizi abafite ubumuga bahura na zo mu myigire.

    Samuel Munana uyoboye ishyirahamwe ry’abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona, yifashishije umusemuzi, yavuze ko hari nk’aho usanga mwalimu atazi ururimi rw’amarenga bityo ntabashe gufasha wa mwana ufite ubumuga wari ukeneye kwigishwa mu buryo bwihariye.

    Ati “Abana 90% bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bavukira mu miryango y’ababyeyi badafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kandi abo babyeyi ntabwo bazi ururimi rw’amarenga. Ubwo se uwo mwana aziga mu ruhe rurimi? Abarimu bamukosora bakamuha zeru bitewe n’uburyo yanditse, ugasanga abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baratsindwa cyane.”

    Abanyamakuru bagaragarijwe inzitizi abafite ubumuga bagihura na zo cyane cyane mu burezi biyemeza kubikoraho ubuvugizi
    Abanyamakuru bagaragarijwe inzitizi abafite ubumuga bagihura na zo cyane cyane mu burezi biyemeza kubikoraho ubuvugizi

    Ngo mu ishuri kandi usanga abarimu bagirira impuhwe abafite ubumuga bakagenda babimura batitaye ku bumenyi bimukanye, ugasanga umuntu ufite ubumuga ageze mu mwaka wa nyuma nyamara atarahawe ubumenyi bukwiye.

    Ibi ntibiba ku banyeshuri bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga gusa, ahubwo ngo biba no ku bandi harimo abafite ubumuga bwo mu mutwe.

    Ni byo Nteziryayo Peter uyobora ishuri rya Gatagara ryigisha abafite ubumuga bwo mu mutwe agarukaho, agasanga ikibazo nyamukuru ari uko amashuri yagenewe abafite ubumuga mu Rwanda akiri make.

    Ati “Amashuri yabo aracyari make, ariko n’iyo amashuri yaboneka, abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bafite ubushobozi buke bwo kwirwanaho ugereranyije n’abandi bantu bafite ubumuga. Ishuri riramutse ribonetse ari rimwe mu Karere, rikaba riri mu Murenge umwe, we akaba atuye mu wundi Murenge, ntabwo yabasha kwigeza kuri rya shuri ngo anicyure.”

    Kuri ibi bibazo hiyongeraho n’ihezwa bagikorerwa n’imiryango babamo. Urugero rutangwa na Mukeshimana Jean Marie Vianney ukorera umuryango w’ubumwe nyarwanda bw’abatabona, aho agira ati “Dufite ikibazo cy’imyumvire y’imiryango nyarwanda aho usanga abafite umwana utabona bamureka ntajye ku ishuri kuko baba bavuga ko bagiye kumutaho amafaranga y’ubusa, ugasanga bigishije bene nyina, we ntajyeyo.”

    Icyakora n’ubwo hakiri byinshi byo gukora mu kunoza uburezi bw’abafite ubumuga, Leta igaragaza ubushake bwo kwita ku bafite ubu bumuga bunyuranye, kuko usanga mu burezi hashyirwaho gahunda z’imyigire na bo bibonamo zizwi ku izina ry’uburezi budaheza (inclusive education), aho usanga abarimu bahugurwa ku buryo bwo kwita ku myigire y’abafite ubumuga, kuri ubu ndetse mu Rwanda hakaba haboneka abarangije za kaminuza bafite ubumuga.

    Usibye mu mashuri, no mu nyubako zitandukanye usanga Leta isaba abazubaka gushyiraho uburyo bworohereza abafite ubumuga mu gihe bakeneye serivisi runaka muri izo nyubako. Mu rwego rwo gukomeza kwita ku bibazo byabo kandi, abafite ubumuga ni kimwe mu byiciro byihariye bihagarariwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/haracyari-imbogamizi-mu-myigire-y-abafite-ubumuga-nudor

  • Social Media a Big Problem to Pro-Wrestling Today #rwanda #RwOT

    James Ellsworth a former wrestler at the World Wrestling Entertainment, Inc.(WWE), an American company that is primarily known for professional wrestling has shed some light on what he thinks is the biggest challenge to Professional wrestling in modern times.

    During his recent interview with media, Ellsworth said that that everything is too overexposed and social media is not helping. He feels like the problem began with Tough Enough, when fans were shown a lot of the secrets of the business.

    'In my humble opinion, man, there's not too much you can do. I think it's overexposed. As cool as social media can be and as helpful it can be, it can also be the devil and very hurtful and wrestlers are just overexposing themselves on there. Like you see good guys and bad guys talking to each other,' the athlete said adding;

    'I think it really started with Tough Enough. They just showed a lot of the secrets and it's just so overexposed. Then everybody is in everybody's business on social media. Like this person is a piece of c**p. This person did this is. This person did that. Meanwhile, none of us really because we weren't present at the time they're talking about. I think it has really hurt the business,' he said.

    'Kayfabe is so dead. It's been dead for years, but now it's dead and people are peeing on the grave of it. If people would just not do that. I think had that would help. The Attitude Era it's just so hard to follow because they did so much cool content in the Attitude Era.'

    James Ellsworth (right)ad a short, but memorable WWE run between 2016 and 2018

    'Just people bleeding and bra and panty matches and like just all kinds of crazy wackiness caught, you know, guys giving their boss the middle finger. It's hard to follow all that. We haven't followed it for 20 years. The ratings have been slowly going down for 20 years to the point where now we're two million people or less.

    James Ellsworth noted, 'I hope it changes for the sake of everybody. I love the wrestling business. I want everybody succeed. Because it starts at the top. I do independent wrestling. Now if the top isn't doing good, independent wrestling suffers too because nobody's watching the main programming. I don't know what they can do man. They're trying different things. I really hope it gets back to the Promised Land but man like, Attitude Era, you had six to seven million people watching. Now it's 2 million. Where did that five million people go? It's going to be tough. It's going to be a rough road going forward.'

    James Ellsworth had a short, but memorable WWE run between 2016 and 2018. During his stint with the company, he even got a shot at the WWE Championship in a match against AJ Styles.

    Ellsworth later had a run as Carmella's manager and helped her win the first-ever Women's Money in the Bank Ladder match. James Ellsworth was released from his WWE contract in 2018. He was fired by SmackDown General Manager Paige for disrespecting her.

    The post Social Media a Big Problem to Pro-Wrestling Today appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/social-media-a-big-problem-to-pro-wrestling-today/

  • Rwanda Premier League Match Day 2 Results #rwanda #RwOT

    Rwanda Premier League Match Day 2 Results

    Monday 07 December 2020

    Mukura VS&L 0-0 Sunrise FC
    Musanze FC 2-1 AS Muhanga
    Etincelles FC 2-1 Espoir FC

    Rwanda Premier League Match Day 2 Fixture

    Tuesday 08 December 2020

    SC Kiyovu vs Marine FC (Kigali Stadium, 15h00′)

    Source : http://ferwafa.rw/spip.php?article2770

  • Mu mafoto : Gakwaya Celestin 'Nkaka’ yasabye anakwa umukunzi we mu birori binogeye ijisho #rwanda #RwOT

    Gakwaya uherutse kwambika impeta umukunzi we Mutesi yamusabye ndetse anamukwa kuri iki Cyumweru tariki 6 Ukuboza 2020, mu muhango wabereye mu Mujyi wa Kigali.

    Aba bombi basezeranye imbere y’amategeko kuwa Kane tariki 03 Ukuboza 2020, mu Murenge wa Kagarama, Akarere ka Kicukiro.

    Gakwaya yifashishije imbuga nkoranyambaga maze ataka uyu mukobwa ndetse amubwira amagambo aryohereye amwizeza kuzamukunda uruzira imbereka.

    Mu butumwa yanyujije kuri Whatsapp status, yagize ati “Ese nkwite nde ? Sinakwita Mutesi kandi abakwibarutse barabyeretswe mbere na Rurema.”

    “Ninkwita umutegarugori sinzaba ngiye kure n’ibyo uwaguhanze yahamirishije kukuzana ku isi none akaba ampaye kukwegukana mu magana y’abari baraguhanze amaso bose bahigira kukwegukana hari n’abashakaga kukugira umuhigo”.

    Amakuru yizewe agera ku UKWEZI avuga ko umuhango wo gusezerana imbere y’Imana hagati y’aba bombi uzaba ku wa Gatandatu tariki 12 Ukuboza 2020 nk’uko biherutse gutangazwa na Gakwaya.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Mu-mafoto-Gakwaya-Celestin-Nkaka-yasabye-anakwa-umukunzi-we-mu-birori-binogeye-ijisho

  • 80% by’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta masezerano y’akazi bagira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu Rwanda habarurwa ibigo by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri bisaga 300 bikoresha abakozi barenga ibihumbi 100.

    Mutsindashyaka André avuga ko benshi muri aba bakozi batagira amasezerano y’akazi n’abayafite akaba ay’igihe gito cyane, bikagira ingaruka kuguhozaho mu bucukuzi.

    Ati “Imbogamizi ku rwego rw’abakozi ni uko abenshi hejuru ya 80% ntibagira amasezerano y’umurimo, n’abitwa ko bayafite na bo benshi bahabwa ay’ukureshya umugeni ni ko nabyita, kuko hari aho usanga umukozi amaze imyaka ine mu kigo ariko buri mezi atatu asinya amasezerano y’umurimo”.

    Mutsindashyaka avuga ko kutagira amasezerano y’umurimo arambye bituma bamwe mu bakozi badahozaho ahubwo bahora bahinduranya kompanyi zikora mu bucukuzi.

    Avuga ko ubu bari mu biganiro na Minisiteri y’Abaokozi ba Leta n’Umurimo, Ikigo gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Rwanda Mining Board) n’ihuriro nyarwanda ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro (Rwanda Mining Association) ku buryo iki kibazo cyakemuka.

    Avuga ko impamvu abakozi badahabwa amasezerano y’akazi ari uko abakoresha batabiha agaciro, no kutumva impamvu y’ayo masezerano bitewe n’uko ngo umuntu ajya gucukura atizeye kubona amabuye.

    Agira ati “Abashoramari usanga bavuga ngo ndamuha amasezerano gute, nzamuhemba ayo nkuye hehe kandi ntizeye ko hari icyo nzabona, ariko bakirengagiza ko bahabwa uruhushya berekanye umutungo kandi ko harimo n’abakozi uzakoresha”.

    Mutsindashyaka avuga ko ikindi kibazo kiri mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ari bamwe mu bakoresha bashakira amaronko mu bakozi.

    Avuga ko umucukuzi w’amabuye y’agaciro igihe akoze ariko ntabone amabuye y’agaciro uwo munsi akabarwa nk’utakoze nyamara yiriwe mu kazi atanga imbaraga ze.

    Avuga ko ariko ahanini iki giterwa n’uko Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo itarashyiraho umushahara muto fatizo ku buryo umucukuzi wabuze amabuye yakabaye ari wo abarirwa ariko umunsi ntube impfabusa.

    Ati “Ubusanzwe umushahara muto uriho ni amafaranga 100 n’ubundi ayo asa n’aho ntayo. Ariko kuki umuntu wazize impanuka kompanyi z’ubwishingizi zimubarira ibihumbi bitatu ku munsi, abakora muri VUP bakabarirwa 1,500 ariko umucukuzi w’amabuye y’agaciro akaba atabarirwa make nk’ayo ku buryo yabonera umuryango we ikiwutunga cyane yayabuze uyu munsi ejo azayabona”?

    Mutsindashyaka avuga ko uku gukorera ubuntu mu bacukuzi ari bimwe mu bikurura ikibazo igihugu gihanganye na cyo cyo kugwingira kw’abana ndetse n’imirire mibi, kuko utunze urwo rugo ashobora kumara icyumweru adahembwa kuko atarabona amabuye.

    Abacukuzi b’amabuye y’agaciro kandi ngo bafite n’ikindi kibazo cyo kudateganyirizwa kuko ngo usanga kompanyi iteganyiriza abakozi basanzwe bakora mu biro cyangwa abakoresha abacukuzi, nyamara abajya mu butaka gushaka amabuye ntibateganyirizwe.

    Ikindi kibazo gikomeye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ni abakoresha bo ku rwego rwa kabiri (Sous traitence) aho rwiyemezamirimo abona ibyangombwa bimwemerera gucukura agashaka undi muntu ashyiraho akaba ari we ukoresha abakozi.

    Aba bakoresha bo ku rwego rwa kabiri mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ngo usanga iyo habaye impanuka habaho kwitana ba mwana hagati ya rwiyemezamirimo n’uwo mukoresha wa kabiri, umuryango w’uwabuze umuntu ugahera mu gihirahiro.

    Ba rwiyemezamirimo cyangwa abakoresha benshi ngo bahitamo gushaka abakoresha bo ku rwego rwa kabiri mu rwego rwo guhunga amasezerano y’umurimo, umusoro ku mushahara n’ibindi.

    Avuga ko kugira ngo urwego rw’ubucukuzi butere imbere abakoresha bo ku rwego rwa kabiri na bo bakabaye bafite ubushobozi kuko ngo benshi baba bameze nk’abashinzwe gukoresha (ba gapita) bagenzi babo.

    Umwaka ushize abantu 80 ni bo baguye mu mpanuka zo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu gihe uyu mwaka hamaze kumenyekana 27.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/80-by-abakora-mu-bucukuzi-bw-amabuye-y-agaciro-nta-masezerano-y-akazi-bagira