Blog

  • Umugeni wari ugiye kwishyingira yishimiye ko yabashije gusezerana n’umukunzi we #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa 15 Ukuboza 2020 nibwo Nyirankundimana Claudine yabwiye Kigali Today ko guhagarika amateraniro rusange harimo imihango y’ubukwe, ubusabane n’ibirori bitandukanye, byaba ibibera mu ngo cyangwa ahandi hose ari ugushyigikira kwishyingira.

    Mu gahinda kenshi, yavugaga ko nibura Leta yabafasha bagasezerana imbere y’amategeko kuko umukunzi we ari umunyamahanga kandi bitashoboka ko yasubira iwabo atabashyiriye umukazana.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru ku ngamba nshya zo kwirinda COVID-19 cyabaye ku wa 16 Ukuboza 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yemereye abantu baturutse hanze y’igihugu baje mu bukwe ko bakwegera imirenge bagafashwa ariko hatabayeho ubukwe kandi buri wese ntarenze abamuherekeza babiri.

    Ati “Ntabwo twakwirengagiza ko hari n’igihe bishoboka ko umukwe n’umugeni bashobora kuba nta yandi maburaburizo bafite, ntanze nk’urugero hari ibyagaragaye mu nzego z’ibanze ugasanga abantu bavuye hanze.”

    Akomeza agira ati “Umukwe cyangwa umugeni umwe yavuye cyangwa bombi ari cyo kimuzanye kandi agomba gusubirayo abo rero bimaze gusuzumwa no kuganirwaho ubundi icyerekezo ni uko bihagarara ariko mu gihe bimeze gutyo bakwegera umurenge ariko nabwo ntabwo tubigira ibirori.”

    Ku wa 17 Ukuboza 2020 nibwo Nyirankundimana Claudine n’umukunzi we basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

    Mu byishimo byinshi yabanje gushimira ubuvugizi Kigali Today yamukoreye kuko abashije kugenda neza atishyingiye.

    Ati “Nasezeranye n’ubwo ibindi bidakunda ariko Imana ishimwe, gusezerana ni byo bikomeye kuko bitabaye nta shingiro ry’urugo rwanyu. Icy’ingenzi ni uko twasezeranye, ni ukuri mwarakoze cyane, urumva se ubuvugizi bwanyu butarakoze umuti?”

    Umukunzi wa Nyirankundimana Claudine ni umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza bakaba bari bamaze igihe bakundana, biyemeza kubana nk’umugore n’umugabo.

    Uwo mugabo yavuye mu Bwongereza aza mu Rwanda i Kigali gukorana ubukwe n’umukunzi we.

    Ku wa Gatanu tariki ya 18 Ukuboza 2020 nibwo Nyirankundimana yasanze umukunzi we, batangira kubana nk’uko babyemeye imbere y’amategeko, nyuma ngo bakazabona gutangira gutegura kujya mu Bwongereza.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umugeni-wari-ugiye-kwishyingira-yishimiye-ko-yabashije-gusezerana-n-umukunzi-we

  • Imodoka zitwara abanyeshuri na zo zigomba kubatwara kuri 50% – Polisi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imodoka zitwara abanyeshuri na zo zigomba kubatwara kuri 50% nk
    Imodoka zitwara abanyeshuri na zo zigomba kubatwara kuri 50% nk’uko biri mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Ibyo biravugwa kuko nyuma y’aho impinduka mu gutwara abagenzi zitangiye gushyirwa mu bikorwa, hari imodoka zitwara abanyeshuri zagaragaye zitubahirije amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo, zigatwara abana nk’uko byari bisanzwe.

    Umuyobozi wungirije w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ACP Teddy Ruyenzi, avuga ko imodoka zose zitwara abagenzi zigomba kubahiriza amabwiriza yashyizweho, bityo ko n’izitwara abanyeshuri bizireba.

    Agira ati “Hari amabisi atwara abanyeshuri cyangwa atwara abakozi bakorera ahantu hamwe, ayo na yo agomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kuko nta mwihariko afite. Amabwiriza tugenderaho aranditse kandi arasobanutse, kutayubahiriza rero ni ukurenga ku mategeko, cyane ko abo bantu izo modoka zitwara bataba baraye hamwe cyangwa biriranwe”.

    Ati “Ba nyiri imodoka rero ndetse na ba nyiri ibigo bumve ko amabwiriza abareba kandi natwe mu byo tugenzura izo modoka tugiye kurushaho kuzihozaho ijisho. Turasaba n’abandi babibonye ko babitubwira, kuko izi ngamba ni izo kudufasha kwirinda icyorezo cya Covid-19, ntabwo ari igihano, twese rero tuzubahirize”.

    N’ubusanzwe imodoka zitwara abanyeshuri zikunze kuvugwaho gutwara abana benshi kuko ngo baba ari bato, zikarenza umubare wagenwe uhwanye n’ubwishingizi bw’abo izo modoka zagombye gutwara.

    Uwo muyobozi akomeza avuga ko ingamba zo kwirinda zigomba gukomeza gukazwa, cyane ko n’imibare yongeye kuzamuka nubwo ngo hari ababyirengagiza, ngo nta muntu n’umwe rero wagombye guhitanwa n’icyo cyorezo azira kutirinda.

    Ati “Ingamba zigomba gukomeza gukazwa kuko n’iyo haba hasigaye umuntu umwe urwaye bifata iminota mike ngo abe yanduje abandi niba ingamba zitubahirijwe. Aya mabwiriza rero buri muntu agomba kuyagira aye, akayakurikiza adakoreye ijisho ngo barambona bampane”.

    Ati “Andi makosa yo mu muhanda abashoferi bamwe na bamwe bakunze kuyirinda ari uko babonye abapolisi bakubahiriza amategeko yo mu muhanda, baba babarenze bakongera kwica amategeko. Kuri iki cyorezo ho nta gukorera ku jisho kuko nurenga ku mabwiriza urateza ikibazo, intero ikomeze ibe ya yindi ngo ‘ntabe ari njye uba intandaro yo kwandura cyangwa kwanduza abandi Covid-19′ bityo tuyihashye burundu”.

    ACP Ruyenzi asaba kandi abatwara ibinyabiziga kubahiriza gahunda yashyizweho yo guhagarika ingendo saa tatu, bakarangiza gahunda zabo ku gihe kugira ngo batahe batagendera ku muvuduko uri hejuru, kuko ari byo biteza impanuka zikunze gutwara ubuzima bw’abantu benshi.

    Ikindi ngo mu minsi mikuru abantu baba bavugana cyane kuri telefone, agasaba abatwara ibinyabiziga kujya bajya ku ruhande rw’umuhanda bakabanza kurangiza kuvuga, kuko telefone na zo ngo ziri mu biteza impanuka nyinshi kubera ko zirangaza abashoferi.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/imodoka-zitwara-abanyeshuri-na-zo-zigomba-kubatwara-kuri-50-polisi

  • Le Rwanda se promet une intense activité industrielle pour l’après Covid19 #rwanda #RwOT

    Ils trouvent que la seule façon d’une convalescence rapide du Rwanda résidera dans sa façon d’appuyer le développement industriel du pays et le réveil des nationaux à se lancer dans cette bataille.

    Un rythme moyen de développement industriel
    L’industrie rwandaise a, en 2019, compté pour 18% dans le PIB, l’agriculture et élevage, 24%. Par contre le secteur des services comptait pour 49% du PIB rwandais au cours de cette période 2019.

    Comment renverser cette tendance ?
    Il faut dans tous les cas qu’une économie du pays se construise sur des bases solides industrielles. Les économistes rwandais tablent sur un regain d’activités industrielles pour arriver à faire en sorte que ce secteur compte pour 34% dans le PIB rwandais à l’orée de 2024. Un pari osé, dites-vous ?

    Ils trouvent qu’il est parfaitement atteignable à la condition que l’Etat rwandais remplisse sa part de responsabilité : formation professionnel des agents et ouvriers d’entreprises diverses, participer à l’aggrandissement des marchés locaux et internationaux pour les produits Made In Rwanda. Ceci fera que la capacité de production des entreprises s’accroîtra. Il est aussi demandé aux pouvoirs publics de revoir sérieusement à la baisse les prix de l’eau et d’électricité. La cherté de ces deux éléments fait que les produits étrangers rendus au pays coûtent moins cher que les mêmes produits fabriqués localement.

    Mais qu’est ce qui est demandé aux industriels locaux pour leur compétitivité ?
    Il est recommandé aux industriels rwandais de donner un plus à la qualité des produits qu’ils mettent sur le marché afin qu’ils soient aussi si pas plus attrayants que les produits importés ou qu’ils soient supérieurement plus compétitifs que d’autres produits similaires sur le marché international.

    Pour ce qui est de la capacité insuffisante d’entreprises rwandaises, des experts se posent la question de savoir pourquoi plus de 25 entreprises de décorticage du riz dans le pays ne produisent pas assez de cette marchandise rien que pour le marché intérieur qui en demande plus et recours à son importation. Elles ne répondent qu’à 45% de la demande intérieure.

    Mais ici, la question pourrait être mal tournée. L’industriel ne transforme que ce qu’il voit sur le marché. Dans sa tête, il verrait mal comment il prendrait une initiative de l’Etat consistant à rassembler les fermiers agricoles et les financer pour qu’ils produisent assez pour son industrie. Dans sa conscience, il trouve, et avec raison, que ce rôle revient à l’Etat qui a toute une armée d’ingénieurs agricoles et de sociologues du développement qui sont sensés sensibiliser, réveiller et coordonner les activités agricoles des fermiers pour leur plus grande productivité.
    L’objectif 2024 pourra-t-il être atteint tant que les mentalités en matière de travail et production n’auront pas évolué ?

    Tenez ! L’industrie du sucre rwandais ne peut qu’offrir 11% des besoins locaux. Les industries du bois, du textile et du plastique satisfont respectivement 4 puis 10 puis 11% de la demande intérieure. Avouez que ces chiffres sont alarmants. Ils montrent une société prostrée dans des habitudes conservatrices traditionnelles empreintes d’une paresse mentale et physique décapante.

    Ceci montre une image non avenante d’un citoyen rwandais qui ne fait que consommer des produits et autres biens et services économiques produits par d’autres peuples. Et c’est ici que les Rwandais n’ont pas la dimension nationaliste. Ils cherchent celle-ci au politique alors qu’elle est matérielle et vitale d’abord.
    Ici, tout jeune homme soucieux d’arriver dans le secteur industriel est très encouragé par les pouvoirs publics. Mais, a-t-il suffisamment d’atouts pour y parvenir ? Pense-t-il être guidé par ce souci de produire plus et mieux avant de se gonfler les poches des recettes et se remplir la tête d’honneurs que lui donne sa profession.

    Les industriels rwandais devraient dans ce cas asseoir des stratégies suffisantes et rationnelles de pouvoir fonctionner toute la capacité installée de leurs entreprises et non ce qu’elle est actuellement- entre 30 et 50%.

    Absence de banques et fonds de développement agricole et industriel
    Mais tout le problème pourrait être du côté des pouvoirs publics qui pourraient ne pas avoir étudié dans le détail près leurs politiques sectorielles de l’agriculture, du foncier, de l’industrie, de l’éducation, de la jeunesse de façon synergique.

    Rien ne sert de voir un ministère énoncer sa politique sectorielle selon qu’il est ministère de l’agriculture, de l’environnement, de l’industrie et que sais-je. Ces politiques sectorielles devraient être conçues et étudiées en concertations permanentes jusqu’à leur point final. Ici alors, ce serait une politique du développement intégré dont il sera question. Et c’est bien elle qui sonnera le début d’un combat de tout un peuple pour son développement socio economique et son epanouissement mental.

    Jovin Ndayishimiye

    Source : https://fr.igihe.com/Le-Rwanda-se-promet-une-intense-activite-industrielle-pour-l-apres-Covid19.html

  • COPEDU annonce un bénéfice brut de 1.47 milliards de francs pour 2019 #rwanda #RwOT

    Mme Liliane Gashumba, Presidente du Conseil d’Administration de COPEDU dresse le bilan de sa Microfinance devant les actionnaires

    Ces informations ont été rendus publiques ce 6 décembre dernier au moment où se tenait l’assemblée générale des actionnaires.

    La danse des chiffres mirobolants
    Les sociétaires de cette grande microfinance qui a des branches dans la plupart des grandes villes du pays sont fiers d’entendre que leur microfinance a réalisé un profit net de 979 millions de francs soit une augmentation de 50% par rapport à l’année 2018. Ceci et autres réalisations ont fait que son capital social est monté jusqu’à 4,400 milliards de francs.

    Ce profit confortable a été rendu possible grâce au volume élevé de crédits bancaires distribués à ses clients, tout en insistant sur notre objectif de départ consistant à favoriser l’accès facile des femmes rwandaises au crédit, a indiqué Liliane Gashumba, Présidente de COPEDU Plc.

    ” Notre grand souhait est de faire de COPEDU une banque modèle pour la promotion de la femme en Afrique afin que d’autres investisseurs africains nous prennent comme modèle à adopter “, a-t-elle ajouté.

    En effet, les femmes rwandaises telle cette Mukarugambwa louent cette microfinance COPEDU fondée il y a 23 ans, qui les a accompagnées dans leur ascension dans les affaires pour faire d’elles des femmes d’affaires respectées dans le monde du business.

    Anne Marie Mukarugambwa qui a consomme avec succes les produits bancaires de COPEDU

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/COPEDU-annonce-un-benefice-brut-de-1-47-milliards-de-francs-pour-2019.html

  • Amakuru Mashya: Minisiteri y'uburezi yafunze amwe mu mashuri y'imyuga n'ubumenyingiro #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Uburezi yafunze amashuri 20 y'imyuga n'ubumenyingiro nyuma y'igenzura yakoze ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere Imyigishirize y'Imyuga n'Ubumenyingiro (WDA) igasanga atujuje ibisabwa bituma atanga ireme ry'uburezi.

    Aya mashuri afunzwe nyuma yaho hamaze igihe muri WDA bamwe mu bayobozi ba mashuri bataka mu itangazamakuru Ruswa bakwa na bamwe mu bakozi ba WDA.

    Mu rwego rwo guteza imbere ireme ry'Uburezi mu mashuri y'Imyuga n'Ubumenyingiro, MINEDUC iramenyesha ababyeyi n'abanyeshuri ko hari amashami yo mu bigo by'amashuri 20 akurikira ahagaritswe hashingiwe ku bugenzuzi bwakozwe.

    Urutonde rw'Ibigo by'amashuri yigisha Imyuga n'Ubumenyingiro byemewe mwarusanga ku biro bya buri Karere no ku rubuga rwa MINEDUC.

    Minisiteri y'Uburezi ibinyujije mu kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere imyigishirize y'Imyuga n'Ubumenyingiro (WDA), yakoze ubugenzuzi mu Gihugu hose kuva mu kwezi kwa Kanama kugeza muri Nzeri 2020.

    Hashingiwe ku byavuye muri ubwo bugenzuzi, Minisiteri y'Uburezi iramenyesha ababyeyi n'abanyeshuri ko amashami yo mu bigo by'amashuri bikurikira yahagaritswe, ayo mashuri akazongera kwemererwa kwakira abanyeshuri muri ayo mashami amaze kuzuza ibisabwa.



  • Source : https://impanuro.rw/2020/12/19/amakuru-mashya-minisiteri-yuburezi-yafunze-amwe-mu-mashuri-yimyuga-nubumenyingiro/

  • Musanze: Mu byishimo baragurisha ijerekani y'inkari ku Frw 1,000 #rwanda #RwOT

    Ibyishimo ni byinshi mu baturage batuye mu Kagari ka Bubandu mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze kubera ko baboneye isoko ryo kugurishaho inkari, aho ijerekani imwe umushoramari ayigura ku Frw 1,000.

    Aba baturage babwiye KT Radio ko ubu bucuruzi bubinjiriza amafaranga, ko ubu batacyihagarika mu bwiherero.

    Umwe muri bo ati ' Ntitugisoba mu musarani. Ni mu kidomora. Ni ukunywa igikoma cyinshi cyane. Turazigurisha bakaguha igihumbi. Turazibika zakuzura ijerekani, bakaduha igihumbi. Mu cyumweru mba nyujuje.'

    Undi yunzemo ngo ' Nshobora kubona ibihumbi bine ku kwezi. None mbiguzemo inkoko ntiyangirira akamaro. Turazibika tukazazigurisha.'

    Aba baturage icyo bahurizaho ni ukuba uyu mushoramari ugura inkari azibyazamo ifumbire nabo bikabinjiriza amafaranga.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/19/musanze-mu-byishimo-baragurisha-ijerekani-yinkari-ku-frw-1000/

  • Gicumbi: Umunyamakuru w'imikino kuri Radio Ishingiro yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Gicumbi haravugwa inkuru y'umunyamakuru wa Radio Ishingiro watawe muri yombi n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umwarimukazi.

    Uyu munyamakuru yafunzwe tariki ya 15 Ukuboza 2020, nyuma y'amakuru yo gukubita umwarimukazi wacumbikiye umugore we wari wahunze amakimbirane bari bafitanye.

    Umuvugizi w'Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko uwo munyamakuru yafashwe ndetse ahita afungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Byumba.

    Ati 'Yakubise anakomeretsa umubyeyi w'imyaka 40 akaba ari n'umwarimukazi. Byabereye mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi.''

    Amakuru dukesha BWIZA, nayo ikaba iyakesha bamwe mu ncuti za hafi z'uriya munyamakuru usanzwe akora ibiganiro by'imikino kuri Radio Ishingiro, ni uko yakubise uwo mwarimu inshyi zo mu maso akanava amaraso.

    Uyu usanzwe ari umunyamakuru wa kiriya gitangazamakuru yabwiye BWIZA ko uriya munyamakuru yari yarekuwe ejo ku wa Kane, gusa akaba atazi niba yongeye gutabwa muri yombi.

    Mu ibazwa ry'ibanze, ukekwa w'imyaka 30 yavuze ko icyo yahoye uwo mwarimukazi ari uko yahaye icumbi umugore we nk'uko umuvugizi wa RIB yakomeje abisobanura.

    Ati: 'Umugore w'umunyamakuru yatse icumbi amuhunga kubera amakimbirane yo mu ngo ashingiye ku gucana inyuma no gutotezwa. Undi yagiye kumureba ahita ahura n'uwo mwarimukazi aramukubita, amuziza ko yacumbikiye umugore we.''

    Ingingo 121 yo mu gitabo cy'amategeko ahana ibyaha mu Rwanda iteganya ko uhamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, ahanishwa igifungo kiri hagati y'imyaka itatu n'itanu n'ihazabu iri hagati y'ibihumbi 500 Frw na miliyoni 1 Frw.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/19/gicumbi-umunyamakuru-wimikino-kuri-radio-ishingiro-yatawe-muri-yombi/

  • Pierre Buyoya wigeze Kuyobora Uburundi yitabye Imana , Covid-19 birakekwa ko ariyo imuhitanye #rwanda #RwOT

    Majoro Pierre Buyoya wigeze kuyobora u Burundi wari uherutse no gukatirwa n'inkiko zo mu Burundi igihano cyo gufungwa burundu, yitabye Imana. Birakekwa ko yazize icyorezo cya COVID-19.

    Amakuru dukesha Ijwi rya America, avuga ko hataramenyekana icyahitanye uyu mugabo wayoboye u Burundi muri manda ebyiri, bamwe mu bari hafi y'umuryango we babwiye iki kinyamakuru ko yazize icyorezo cya COVID-19 ngo baramaze igihe ayirwaye.

    Petero Buyoya yayoboye Uburundi ishuro  ebiri kuva mu 1987 kugeza  mu mwaka w'1993, no kuva mu 1996 kugeza mu mwaka 2003 yitabye Imana.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/18/pierre-buyoya-wigeze-kuyobora-uburundi-yitabye-imana-covid-19-birakekwa-ko-ariyo-imuhitanye/

  • Rwanda: Registration of YouTube Channels escalates mixed reactions #rwanda #RwOT

     

    The Rwanda Media Commission (RMC) has issued a statement reminding those who have YouTube channels (channels) to register as soon as possible.

    The announcement comes as various people disagree on the move. Some have suggested that YouTube is a social media platform that does not adhere to media standards in a way that is controlled by the RMC.

    The RMC explained that the YouTube channels that were asked to register are only functioning as independent media, i.e., newspapers, which do the daily work of publishing stories, organizing them and publishing them through the YouTube channel.

    According to RMC, the reason for starting to control YouTube channels that act as independent media, is that storytelling and broadcasting should be done professionally, in accordance with the Rwandan media law, the law on access to information, and the principles of the media profession.

    The decision was also based on public complaints to the RMC, many of which were allegations against journalists being accused of violating some of the principles of the media profession.

    RMC Executive Secretary Mugisha Emmanuel has cleared the confusion by explaining that those who are required to register their channels are those who want to use YouTube as a professional media.

    Some of the owners of YouTube Channels interviewed by IGIHE have indicated that they do not feel the same way as the RMC on this point of asking them to register to their Youtube Channels, only to point out that there is something behind.

    Eric Rugerinyange, said they are happy with the channel's registration process as it would help them to become more professional.

    'It's good because it will help to break the chaos, and people will know how to really differentiate between journalists and other self-professed people, and it will also help people to get training, it's a decision we are proud of,' he said.

    Another, who did not want to be named, said the RMC should not interfere with YouTube Channels because it is a social network like any other, so trying to control it would be a problem.

    Mugisha said that registration is of great benefit to those who will do so as it helps them to get training and protection when they have a professional problem.

    'Our focus is on those who want to use the media professionally, who serve Rwandans for the common good.' He said

    Another issue raised by YouTube owners as a barrier to registration is the RMC's Rwf 50,000 registration fee. Some said it is too much, as most YouTube lacks the same financial means as other media.

    Mugisha said that they thought about setting this price, because they wanted to register those who really had a plan.

    80

    The post Rwanda: Registration of YouTube Channels escalates mixed reactions appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/18/rwanda-registration-of-youtube-channels-escalates-mixed-reactions/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-registration-of-youtube-channels-escalates-mixed-reactions

  • AFRICOM Commander Visits Key Africa Nations to Strengthen Partnerships, Security #rwanda #RwOT

    U.S. Army Gen. Stephen Townsend, commander, U.S. Africa Command, completed a four-day trip to Kenya and Djibouti to conduct strategic engagements with partner nation leadership, assess operations and security of U.S. force locations, and demonstrate continued commitment to working with African partners.

    'While our force posture in the region is shifting, our mission and commitment is unchanged,' said Townsend. 'We will continue to pressure violent extremist organizations and work alongside our partners to enhance security and stability in the region.'

    In Kenya, Townsend met with President Uhuru Kenyatta and U.S. Ambassador to Kenya, the Honorable Mr. Kyle McCarter to strengthen the enduring partnership between the two nations and discuss the shared goal of improving security in East Africa.

    'Kenya and East Africa are safer and more secure because of the deep and enduring U.S.-Kenya security partnership. From military aid to counter-IED training to exchange programs with our experts, the United States is committed to helping Kenya defeat terrorism and the extremist ideologies that spread misinformation to undermine a free democracy,' said McCarter. 'The productive conversations we've had during this visit have reaffirmed our joint commitment to continue our military cooperation and counterterrorism partnership.'

    Following the visit with President Kenyatta, Townsend met with the Kenya Defense Secretary, Dr. Monica Juma and the Chief of Defense Gen. Robert Kibochi. During their engagements the military leaders discussed the collective resolve to enhance regional security; focusing on how the U.S. and Kenyan militaries can continue to operate together and in support of each other and other East African nations to disrupt violent extremist organizations and foster regional stability.

    Kenya has been a longstanding, and essential partner in the fight against al-Shabaab.

    'Al-Shabaab remains a threat to regional security. Kenya is a strong security partner and understands the need to contain al-Shabaab's violence and ambition, and degrade their operations,' Townsend said. 'Our Kenyan partners have demonstrated their bravery against al-Shabaab and a commitment to addressing mutual security concerns together.'

    Townsend was accompanied by Sgt. Maj. Richard Thresher, command senior enlisted leader, U.S. Africa Command. The trip provided an opportunity for Thresher to engage with Kenya Defense Force senior enlisted leadership, visit their enlisted academy and review the curriculum, in an effort to continue to strengthen the KDF's enlisted corps.

    'The U.S. has always been known to use their NCO corps to its fullest abilities. They are trusted, they are given a lot of extra duties that are often associated with what officers would typically do,' said Thresher. 'We're sharing best practices with our African partners and helping to enhance their NCO corps to get the best out of their enlisted force as well.'

    During the trip, Townsend also visited the forward operating site Camp Lemonnier, Djibouti and the cooperative security location at Manda Bay, Kenya. The visit to these two strategic locations allowed for an updated commander's assessment of the operations, security and infrastructure, with a special focus on assessing security and force protection improvements. Specifically at Manda Bay, Townsend saw firsthand the additional security measures that have been put in place to enhance force protection and discussed the significance of East Africa regional security partnerships with senior Kenyan defense officials.

    'Force protection and partnerships are two areas I always look to strengthen. We face a complex arena where global powers seek to compete and violent extremist organizations look to impede progress,' said Townsend. 'The strength of our partnerships will determine the futures for millions of people and many countries, to include our own.'

    Additionally, while at Manda Bay and Camp Lemonnier, Townsend recognized service members for their continued commitment to the mission and their cooperative efforts with partner forces.

    31

    The post AFRICOM Commander Visits Key Africa Nations to Strengthen Partnerships, Security appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/18/africom-commander-visits-key-africa-nations-to-strengthen-partnerships-security/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=africom-commander-visits-key-africa-nations-to-strengthen-partnerships-security