Blog

  • Menya imitoma iryoheye amatwi ubwira umukunzi wawe akazagukunda by'iteka ryose #rwanda #RwOT

    Reka manze nkubwire ko  kwemererwa urukundo bidahagije ngo ugende witurize, ahubwo ujye wibuka ko mu rukundo haba hakenewe amagambo meza kandi aryoheye amatwi buri gihe ugomba kubwira umukunzi wawe kugira ngo muhore mwiyumvanamo kandi urukundo rwanyu rukomere.

    Burigihe tuba tugomba gushaka ibyateza urukundo rwacu imbere, arinayo mpamvu ubugomba guhora ushaka amagambo meza yatuma urukundo rwanyu rukomeza kubaryohera

    hano harurugero rwamagambo meza wabwira umukunzi wawe:

    Uzahora Uri uw'agaciro kenshi kuri njye : tuzi ko hari ibintu twita iby'agaciro kenshi nk'amabuye y'agaciro urugero nka zahabu n'ifeza rimwe na rimwe hakaza n'amafaranga menshi, impamvu ni uko ibi bintu bihenze kurusha ibindi tubona!

    Umfatiye runini: Birazwi ko umuntu ahora akeneye umufasha mu buzima bwe bwa buri munsi, ngaho rero ibaze umuntu kugutoranya mubandi benshi bamufasha cyangwa bamuba hafi akakubwira ngo umufatiye runini! ni iby'agaciro pe!

    Muri make ni wowe ugize igice kinini cy'ubuzima bwe, bivuze ko akubuze yahungabana cyangwa ntakomeze kubaho!

    Igihe cyose nzaba ndi kumwe nawe: Wari wabwirwa umukunzi wawe iri jambo ngo wumve ukuntu riryoha! Si ugupfa kurivuga gusa kuko riraremereye. Kandi cyane

    Kubwira umuntu ngo nzaba aho uzaba uri hose ni iby'agaciro  by'umwihariko ku bantu bakundana.

    Ibaze rero umuntu akubwiye ko uri uw'agaciro kenshi kuri we ! Byaba biryoshye kubyumva kuko biba bisobanuye ko nta muntu muhwanye imbere ye !

    Nkwibonamo: Ubusanzwe yiyumva mu muntu runaka iyo agifiteho uruhare rukomeye.

    Iyo inshuti yawe rero ikubwiye iri jambo, bishatse kuvuga ngo iyo akubonye aribona, ubwo rero nkuko nta wakwiyifuriza ibibi cyangwa kwibona mu bibi, niko nawe akwifuza ko uhora mu bihe byiza gusa.

    Tuzarambana :ijambo abantu badakunze guha agaciro ariko rirakomeye, kandi riryohera abantu bakundana cyane cyane abafite gahunda yo gushinga urugo.

    Niyo mpamvu rero iyo akubwiye 'TUZASAZANA' aba agusezeraniye ko muzabana mu bibi no mu byiza mbere yuko abibwiriza na pasiteri cyangwa padirimuri gusezerana imbere y'Imana.

    Abahanga mu by'urukundo bavuga ko amagambo meza ari yo fumbire ya mbere y'urukundo ndetse burya ngo no mu ngo abantu babanishwa neza no kubwirana amagambo meza, ahumuriza, atetesha n'andi menshi.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/20/menya-imitoma-iryoheye-amatwi-ubwira-umukunzi-wawe-akazagukunda-byiteka-ryose/

  • Dore ibaruwe bushali yandikiwe n'umufana we avuye muri gereza bituma arira imbere y'imbaga #rwanda #RwOT

    Hagenimana Jean Paul ,uzwi nka Bushali mu muziki Nyarwanda yandikiwe ibaruwa ifunguye n'umufana we afite agahinda ko kuba uyu muhanzi yarakoresheje impano ye nabi ndetse amusaba guhinduka.

    Ibi bibaye aho uyu muhanzi aviriye muri gereza aho yagiye avugwaho gukoresha ibiyobyabwenge.

    Ibaruwa yandikiwe Bushali imusaba guhinduka, zahabu ye ikarabagirana igira itya:

    '

  • Bwana Hagenimana Jean Paul unyemerere nkoreshe amazina yawe y'ubuhanzi twakumenyeho ukigarurira imitima yacu. Ndakubwira mu magambo macye ariko arimo byinshi nkeneye ngo wongere uzahure imitima yacuze umwijima yakundaga Kinyatrap, reka mbanze nkushimire ukuntu hari imitima wongeye gutuma itera neza kubera injyana nshya wadukundishize.
  • Uyu mufana yakomeje abaza Bushali ati: '

  • Nonese ko wari utwigaruriye ugahita utujugunyira abandi?, Kuki watumye Kigali irabagirana utayibyaza umusaruro ngo uyikuremo agasamusamu kazagucuma mu busaza bwawe?, Utu twari utubazo duto duto nakubazaga bwana Bushali.
  • Akomeza agira ati: '

  • Nk'abafana bawe dore ibyo dukeneye nyuma y'aho uvuye mu kigo kinyuramo abakurikiranyweho imyitwarire idahwitse, ongera wiminjiremo agafu maze umwaka wa 2021 uzawutangirane umuzigo mushya nk'uko mubivuga mu mvugo zanyu.

    Ese icyizere wari ufitiwe na benshi ubu uzakigarure ute? Ahahhh sindiguseka ahubwo nukwitsa umutima kuko mbona iki gihe icyizere gisigaye gihenze kuruta ibindi, gusa dufatanyije nk'abafana bawe tuzakoroboza turebe ko twakongera tukacyubaka mu mitima y'abanyarwanda.

    Iyo utaza kuyoba zahabu yawe iba irabagiranira mu mitima ya benshi agahinda ni kose ku bakunzi ba Kinyatrap isa nk'aho uwayizanye ari kugenda abura bitewe no kunywa ibiyobyabwenge.

    Abandi amarushanwa bayageze kure bayitabira bagahemberwa ibikorwa bakoze muri uyu mwaka wa 2020 nyamara wowe twe abafana bawe twari twigunze mu mezi ya nyuma y'uyu mwaka. Ikosore, hinduka, maze udusubize ibyishimo waduhaga mbere.'

  • Mukinyabupfura kinshi uyu mufana we w'akadasohoka yasoje ashimira Bushali.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/20/dore-ibaruwe-bushali-yandikiwe-numufana-we-avuye-muri-gereza-bituma-arira-imbere-yimbaga/

  • Ese abakobwa n’abagore b’ibikara babaga i Kigali bagiye hehe? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi kandi koko ugenzuye neza ahakunze guhurira abantu benshi, nko mu mujyi ahazwi ku izina ryo kwa Rubangura, ndetse n’aho bategera imodoka hatandukanye, usanga ibi bivugwa bifite ishingiro kuko usanga muri rusange abakobwa n’abagore benshi ari inzobe. Kandi akenshi ugasanga ari inzobe bashakiye mu byo bisize kuko ibi biragaragara, aho ureba umuntu mu maso ugasanga inzobe iracanye rwose ariko wakwibeshya ukareba nko kubirenge bye ukagira ngo ni iby’undi muntu bamuteyeho ugasanga byo birirabura cyane pe. Byaje no kuntera kwibaza ahubwo impamvu badahitamo kwisiga ayo mavuta umubiri wose ngo uhinduke.

    Aha naje kwibaza niba koko byarakorewe ubushakashatsi bikagaragara ko umukobwa cyangwa umugore w’inzobe ari we ugaragara neza cyangwa ari we wambara akaberwa cyane cyane ko ari yo mpamvu nyamukuru iba igenderewe. Icyo kibazo ariko sinabashije kukibonera igisubizo cyane cyane ko abantu bakunda mu buryo butandukanye.

    Ariko nkanjye mbona rwose umukobwa cyangwa umugore ufite igikara bitamubuza kugaragara neza cyangwa kwambara ngo aberwe, no kubemera Imana burya iba ifite impamvu yahisemo kukurema uri igikara mugenzi wawe ikamurema ari inzobe. Buriya ni byo yakoze ibona ni byiza. Kuko nawe ushyize mu gaciro ukareba iyo Imana irema abantu bose turi inzobe nta tandukaniro rihari bitari kuba byiza rwose.

    Numva umukobwa cyangwa umugore yagakwiye kureba ubundi buryo bwo kwiyitaho agasa neza ariko butari guhindura uruhu rwabo, cyane ko burya uko umeze kose hari umuntu wagukundira uko usa. Witangira gutekerereza umuntu runaka ngo yagukunda ari uko wihinduye mu buryo runaka, kandi nta muntu wanabikubwiye.

    Ubundi kwihindura uruhu uretse kuba binafite ingaruka mbi ku mubiri. Mu by’ukuri no kureba umukobwa cyangwa umugore mu maso inzobe icanye wareba intoki cyangwa ibirenge ugasanga ntacyo bipfana no mu maso he, nukuri mbona bigaragara nabi pe.

    Mbona kunyurwa n’uko umeze ari byo byiza kuko kuba ikintu cyarakozwe n’abantu benshi ari kibi ntibituma bigihindura kuba cyiza. Uko usa hari uwaguhitamo mu bandi benshi mudasa akanyurwa na byo. Gusa neza no kugaragara neza, rwose ni rimwe mu mahame y’igitsina gore aho cyava kikagera. Ariko gusa neza no kugaragara neza ntibisobanura kuba uri inzobe. Nubwo rero bavuga muri rusange ngo nta mukobwa cyangwa umugore w’igikara ukiba i Kigali. Barahari bake bagifite imibiri yabo Imana yabaremanye kandi wababona ukabona barasa neza cyane kurusha wa wundi ufite amabara avanze kandi ari umuntu umwe. Terwa ishema n’uko Imana yakuremye kandi wumve ko uko usa hari ubireba akabona ari byiza, wikwihutira gushaka icyatuma usa na kanaka.

    source https://www.kigalitoday.com/uko-mbyumva/article/ese-abakobwa-n-abagore-b-ibikara-babaga-i-kigali-bagiye-hehe

  • Ruhango: COVID-19 ntizabangamira gahunda yo gukura mu bukene ababarirwa mu bihumbi 200 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Habarurema (uhagaze) avuga ko umushinga w
    Habarurema (uhagaze) avuga ko umushinga w’umuhora wa Kaduha-Gitwe utazadindira n’ubwo abafatanyabikorwa bamwe bacika intege

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens avuga ko umushinga wo gukura mu bukene abatuye umuhora wa Kaduha-Gitwe uzagera ku baturage bo mu gice cy’Umurenge wa Ruhango, Umurenge wose wa Bweramana, Kabagari, Kinihira, n’igice cy’Umurenge wa Mwendo.

    Umushinga wa Kaduha-Gitwe uzamara imyaka itatu ugamije gukura mu bukene abaturage ibihumbi 250 bo mu mirenge icumi ibarizwa mu turere twa Nyanza, Ruhango na Nyaruguru bigaragara ko bari munsi y’umurongo w’ubukene.

    Mu Karere ka Ruhango uyu mushinga ukaba uzagera nibura ku baturage ibihumbi ijana (100.000) mu bikorwa bitandukanye by’iterambere birimo, ubuhinzi buvuguruye kuko ubutaka bwagundutse ndetse no kuba ako gace kari mu misozi ihanamye.

    Ibihingwa bitandukanye bitanga umusaruro biberanye n’ako gace ni urutoki n’inanasi ahateganyijwe kuvugurura uruganda rutunganya inanasi rwo mu Karere ka Ruhango rukagera ku rwego rwo kongerera agaciro, no guteza imbere igihingwa cya Kawa.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru cy’Akarere ka Ruhango cyabaye ku wa 17 Ukuboza 2020, Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango agaruka kuri uwo mushinga, yasobanuye ko watekerejwe ibibazo bya COVID-19 bitaraduka.

    Avuga ko n’ubwo hari bamwe mu bafatanyabikorwa bashobora kutazatanga umusanzu bari biyemeje ngo umushinga ushyirwe mu bikorwa, Akarere ka Ruhango hari amafaranga kari kariyemeie gutanga buri mwaka angana na miliyoni 200frw, aya akaba azakomeza gutangwa kandi na Leta ikaba idashobora kureka uwo mushinga ngo udindire.

    Agira ati “Ni umushinga na Leta izi kandi duhuriyeho n’uturere dutatu ntabwo rero wadindira kuko ugamije gukura abaturage mu bukene, Intara na yo irawuzirikana kandi hari izindi nzego dufatanyije zirimo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, na za Banki n’abandi bazadutera inkunga”.

    Habarurema avuga ko hari gukorwa ibishoboka ngo icice cy’umuhora wa Gitwe-Kaduha kizavomererwe kandi imbaraga zizakomeza gushyirwamo ku buryo abaturage bazagera aho bakaryoherwa n’ubuzima.

    Agira ati “Turifuza ko abaturage ba kiriya gice bazaryoherwa n’ubuzima bafite ibyo kurya bihagije, kandi n’ubwo hari abafatanyabikorwa bashobora kutazarangiza ibyo bari biyemeje gutanga kubera COVID-19, uyu mushinga utazasubira inyuma ahubwo uzakorwa ukarangira kuko ugamije iterambere ry’abaturage”.

    Imishinga izakorwa mu Muhora wa Gitwe-Kaduha izibanda kandi ku burezi, imishinga ya VUP iha abaturage akazi ndetse n’inguzanyo ziciriritse, hakaba hari n’imishinga izashyirwa mu bikorwa n’ibigo nka RTDA na RAB na yo itanga akazi.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ruhango-covid-19-ntizabangamira-gahunda-yo-gukura-mu-bukene-ababarirwa-mu-bihumbi-200

  • LONI irashinja Afurika y'Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu #rwanda #RwOT

    Umushinjacyaha w'Urukiko rwashyiriweho kurangiza imanza z'Urukiko Mpanabyaha rw'Arusha Serge Brammertz yabwiye akanama k'Umuryango w'Ababibumbye gashinzwe amahoro ku isi ko igihugu cy'Afurika y'Epfo cyakingiye ikibaba umwicanyi karundura Fulgence Kayishema ushakishwa n'ubutabera bunyuranye harimo u Rwanda, Urukiko Mpanabyaha rw'Arusha ndetse n'Amerika yashyizeho igihembo cya Miliyoni Eshanu z'amadorali ku muntu wese uzatanga amakuru yatuma afatwa.

    Umushinjacyaha Brammertz yambwiye akana gashinzwe umutekano tariki ya 14 Ukuboza ko Afurika y'Epfo yirengagije nkana gufata Fulgence Kayishema kandi byari bimaze kugaragara ko yabaga mu mugi wa Cape Town mu myaka ibiri ishize. Afurika y'Epfo yirengagije impapuro zita muri yombi Kayishema zashyizweho na LONI kandi ibihugu byose bigize uyu muryango bigomba kubahiriza ibyavuzwe nuyu muryango. Kayishema ntanubwo bamukurikiranye ngo bamenye aho aba nuko umwaka ushize asohoka iki gihugu.

    Imwe mu mpamvu yatanzwe n'igihugu cy'Afurika y'Epfo yo kudafata Kayishema nuko yari afite ibyemezo bihabwa impunzi umuntu akibaza uburyo nabyo yabibonye. Nyuma ibiro bishinzwe impunzi byavuze ko byabuze impapuro za Kayishema ndetse n'ibikumwe yateye.
    Nkuko yabibwiye akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi muri raporo y'umwaka, bakimeya ko Kayishema ari muri Afurika y'Epfo bahise basaba ko yatabwa muri yombi.
    Usibye Kayishema, hari abandi batandatu bataragaragara harimo Kayishema, Charles Sikubwabo, Aloys Ndimbati, Ryandikayo na Phenias Munyarugarama. Muri uyu mwaka Kabuga Felesiyani wari ku rutonde nawe yarafashwe naho Utunyangingo twa DNA twemeza ko Augustin Bizimungu yapfuye agashyingurwa Pointe Noire muri Kongo-Brazzaville.

    Brammertz kandi yagaye ibihugu bya Zimbabwe na Uganda kwanga gukorana n'urukiko mugufata abajenosideri bahungiye muri icyo gihugu aho yiyemeje kugirira uruzinduko Harare na Kampala ngo baganire nibi bihugu cyikubite agashyi.
    Inzego zitangdukanye muri Uganda zemereye uru rukiko ko hari abajenosideri bafite Pasiporo ya Uganda ariko basabye gukurikirana uko bazibonye Uganda ivunira ibiti mu matwi bakaba bamaze umwaka bategereje igisubizo ariko barahebye.

    Fulgence Kayishema aregwa gusenyera Kiliziya ya Nyange ku Batutsi barenga ibihumbi bibiri bari bayihungiyemo. Yari Ipeji wa Komini Kivumu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Abandi bakoranye ubwicanyi hari Padiri Athanase Seromba, Gregoire Ndahimana wari Burugumesitiri, Telesphore Ndungutse, Joseph Habiyambere na Assistant Burugumesitiri Vedaste Mupende.

    Fulgence Kayishema akurikiranzweho ibyaha bya Jenoside, kurimbura inyoko muntu n'ibindi aho usibye gusenya Kiliziya yazanye na essence batwikiramo Abatutsi.

    The post LONI irashinja Afurika y'Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/loni-irashinja-afurika-yepfo-gukingira-ikibaba-ruharwa-fulgence-kayishema-kugeza-bamuhungishije-akava-muri-icyo-gihugu/

  • Nyamagabe: Bakeneye ingemwe kugira ngo bagure ubuso bahingaho icyayi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abatuye i Shaba bifuza kwagura imirima bahingaho icyayi
    Abatuye i Shaba bifuza kwagura imirima bahingaho icyayi

    Uwitwa Védaste Ruhigisha avuga ko afite umurima umwe yahinzeho icyayi, ariko ko yifuje ingemwe ngo yagure akazibura.

    Agira ati “Hari abantu b’ino aha ngaha bahinga icyayi bagahembwa ibihumbi nka 200 cyangwa 100 ku kwezi. Ugira ngo ntigifite akamaro? Nkibonye nanjye nagihinga. Aho nahingaga indi myaka nakuraho akarima nkagitera. N’uwampa ingemwe ibihumbi bitanu nabitera.”

    Uwitwa Vedaste Minani avuga ko hari abo batuye mu Murenge umwe, hahoze ari muri Mudasomwa, bo bajyaga bahabwaga ingemwe n’uruganda rw’icyayi rwa Kitabi. Icyo gihe bo ngo bari bakibarizwa muri Kivu, byatumye bo batabasha kubona kuri izo ngemwe.

    Agira ati “Twifuza ko baduha ingemwe natwe, buri muturage akajya asoroma icyayi agahembwa ku kwezi.”

    Umuyobozi w’ishami ryita ku cyayi n’ikawa mu kigo gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), Alexis Nkurunziza, avuga ko koperative yibumbiwemo n’abahinzi b’icyayi bo mu gace aba baturage bifuza ingemwe z’icyayi batuyemo, ari yo KOBACYAMU (Koperative y’Abahinzi b’icyayi ba Mudasomwa ubu ikorera mu Mirenge ya Kitabi, Uwinkingi, Kibilizi na Tare), ubu yahumbitse imbuto miliyoni eshatu zizaterwa ku ikungira rya 2021.

    Ibi bishimangirwa n’umucungamutungo w’iyi koperative, Théogène Ndayizeye, unavuga ko batangiye kwerekera abaturage uko umuntu ashobora kwihumbikira icyayi, akagera ku mbuto yifuza, cyane ko ngo kuzihumbika bitanagoye cyane nk’uko bamwe babikeka.

    Ati “Ndi kubibigisha. Ubu hari imbuto zigera ku bihumbi 900 bihumbikiye ku buryo hari n’izakuze. Hari benshi bamaze kubimenya, icyo babura ni ibikoresho nka shitingi. Ibyo tubashije kubabonera turabibaha, ibyo tutabashije kubabonera tukabereka inzira banyuramo ngo babibone.”

    Ubundi ingemwe z’icyayi zifata igihe cy’umwaka kugira ngo zibashe kuba zibonetse. Icyakora izifashishwa mu gusimbura izumye mu murima zo ngo zimara umwaka n’igice mu buhumbikiro.

    Kugeza ubu mu Rwanda, uruganda rw’icyayi rwa Kitabi abatuye mu Kagari ka Shaba baturiye ngo ni rwo rwishyura abahinzi bakorana amafaranga menshi ku kilo, nk’uko bivugwa na Jean Damascène Gasarabwe uruyobora. Kuri ubu ngo bari kubishyura amafaranga 377 ku kilo.

    Avuga ko ibi babikesha kuba icyayi cya Kitabi ari cyo cyiza cyane kugeza ubu ngubu mu Rwanda, kandi ko bajya baza no ku mwanya wa mbere muri Afurika. Ibi bituma bishyurwa menshi, hanyuma n’abahinzi bakaboneraho kuko igiciro cy’amababi mabisi gituruka ku buryo isoko riba ryifashe.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/nyamagabe-bakeneye-ingemwe-kugira-ngo-bagure-ubuso-bahingaho-icyayi

  • Musanze: Habaye impanuka ikomeye yahitanye abantu 2 abandi n'indembe #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu ,mu masaha y'umugoroba mu kagali ka Kigombe mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze habaye impanuka ikomeye, yahitanye umuntu 1,undi na we apfira mu nzira ajyanywe kwa muganga , abandi batanu barembye cyane bikomeye.

    Icyateye iyi impanuka ni imodoka ya Kompanyi ya RITCO Ifite puraki RAE 557 G,yakase ikorosi izamuka ikaba yerekezaga mu mujyi wa Musanze,na Moto ifite purake RAE 163V yari ishoreranye n'umunyonzi,bamanukaga mu muhanda werekeza iKigali bashatse kudepasanya n'iyi modoka nini,bashatse gukata ngo bayikwepe,bahita bitura hasi mu muhanda.

    Abapfuye n'abakomeretse imyirondoro yabo ntiyahise imenyekana,gusa hahise haba ubutabazi bw'imbangukiragutabara ndetse na Polise ishinzwe umutekano wo mu muhanda

    Umuyobozi mukuru w'Ibitaro bikuru bya Ruhengeri Dr.Muhire Philbert, yavuze ko mu bakomeretse uko ari batanu harimo undi urembye bikomeye kuburyo aroherezwa mu Bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali.

    Abakomeretse bakomeje kuvurirwa mu Bitaro bikuru bya Ruhengeri.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/20/musanze-habaye-impanuka-ikomeye-yahitanye-abantu-2-abandi-nindembe/

  • COVID-19: Death toll rises to 59 #rwanda #RwOT

    The deceased include a 90 and 57-year old men.

    The statement released last night shows that new patients were found in Kigali:76, Rusizi:12, Musanze:12, Rubavu:11, Gakenke:6, Kirehe:5, Huye:2, Kayonza:1, Rwamagana:1, and Muhanga:1.

    Rwanda confirmed the first COVID-19 —patient on 14th March 2020. So far, 7232 have been tested positive out of 686,676 sample tests of whom 6089 have recovered, 1084 are active cases while 59 have succumbed to the virus.

    Coronavirus symptoms include coughing, flu, and difficulty in breathing. The virus is said to be transmitted through the mucous membranes of the respiratory tract.

    Rwandans are urged to adhere to COVID-19 health guidelines, washing hands frequently using soaps and safe water, wearing face masks and respecting social distancing.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/covid-19-death-toll-rises-to-59

  • Rwanda: INGUFU GIN Ltd sets to create more Jobs as the Factory expands Production activities to new premises soon #rwanda #RwOT

    As INGUFU GIN Ltd plans to expand its operations in the new building of the factory located in Kamonyi District in Runda Sector, the management of the factory confirms that this will play a role in creating new jobs for the community and contributing to Development of Kamonyi District and the country as a whole.

    INGUFU GIN Ltd manufactures Liquors of various types including Red Warage, Club Whisky, Rabiant, G&S, NGUVU GIN, Royal Castle GIN and has already launched other new liquors notably New House and Home Town liquors.

    The Management of INGUFU GIN Ltd reminds Rwandans that bottles of liquors from this factory are used only once so that people should not be confused that whatever contains in bottles of INGUFU GIN Ltd are products of the factory because sometimes there are people who pick them up and fill in other types of beers which put the lives of consumers in dangers and most of the time causing deaths.

    Ntihanabayo Samuel, the Managing Director of INGUFU GIN Ltd explained that there were some people who died and people claimed that they have drunken liquors belonging to the factory which is not the case

    He said that liquors produced by INGUFU GIN Ltd has the RSB S-Mark Certificate and they are approved also by National Food and Drug Authority.

    Regarding the start of work in the new building of the factory, Ntihanabayo Samuel says that among the existing employees, they will add about 40% of their existing employees.

    He also explains that among the factory's current employees, about 75% of them are women workers.

    The factory normally employs about 104 full-time employees and another 40 casual employees.

    'You can see that if we were already using three ranges in the Production room and now, we are going to add two more you find that the staff will increase by about 40%,' he said.

    'The first is to provide employment to the people living in the vicinity of the factory and also to cooperate with the Kamonyi district in public development activities, as well as to continue to respond to the demands of the private sector to continue to contribute to the development of the country,' Ntihanabayo explains.

    INGUFU GIN Ltd reminds its liquors lovers that drinking alcohol with empty stomach or drinking and drive is risky.

    17

    The post Rwanda: INGUFU GIN Ltd sets to create more Jobs as the Factory expands Production activities to new premises soon appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/20/rwanda-ingufu-gin-ltd-sets-to-create-more-jobs-as-the-factory-expands-production-activities-to-new-building-soon/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-ingufu-gin-ltd-sets-to-create-more-jobs-as-the-factory-expands-production-activities-to-new-building-soon

  • Covid-19: Amakuru agezweho mu Rwanda 19/12/2020 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda habonetse abarwayi bashya ba COVID-19 babarirwa mu 127; mu gihe abahitanwe n'iki cyorezo ari babiri,bituma umubare w'abamaze guhitanwa n'iki cyorezo mu Rwanda uba 59.

    Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko abishwe na COVID-19 kuri uyu wa Gatandatu barimo umugabo w'imyaka 90 n'uw'imyaka 57 bombi b'i Kigali.

    Dore aho abo barwayi bagaragaye ni mibare yabo

    Abanduye iki cyorezo babonetse I Kigali: 76 (Abahuye n'abanduye bari kuvurirwa mu ngo), Rusizi: 12, Musanze: 12, Rubavu: 11, Gakenke: 6, Kirehe: 5, Huye: 2, Kayonza: 1, Rwamagana: 1, Muhanga: 1.

    Abanduye COVID-19 bose mu gihugu bahise baba 7,231; barimo abamaze gukira 6,089 mu gihe nta n'umwe wayikize kuri uyu wa Gatandatu.

    Magingo aya abakirwaye COVID-19 mu Rwanda ni 1,084 na ho abo imaze guhitana ni 59.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/20/covid-19-amakuru-agezweho-mu-rwanda-19-12-2020/