Blog

  • Huye: Abahinzi b'imboga bashengurwa no kuzirira kuzimara kubera kubura aho bazihunika – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Abo bahinzi bavuga ko nyuma yo kwigishwa guhinga imboga, umusaruro wabaye mwinshi ku buryo babona izo kurya n'izo kugurisha, gusa ngo hari nyinshi zipfa ubusa kubera kutagira aho kuzihunika habugenewe.

    Hategekimana Sylvestre ukorera muri Koperative KOAGMPA ihinga mu gishanga cya Mpaza giherereye mu Murenge wa Mukura yavuze ko bahinga amashu, karoti na dodo, kandi babyeza ku bwinshi ku buryo bakeneye aho kubihunika.

    Ati 'Imboga turazeza ku bwinshi, cyane cyane amashu ku buryo tugera aho tukagurisha kuri make. Iyo zereye rimwe ari nyinshi tuzigurisha make kugira ngo zidapfa kuko iyo zimaze iminsi zirapfa. Niyo haboneka inzu y'ubuhunikiro ku buryo umuntu ashobora kuzibika igihe kirekire kirenze nk'ibyumweru bibiri.'

    Abahinzi baganiriye na IGIHE bavuze ko bababazwa n'uko iyo imboga zeze zipfa ubusa mu gihe gito hashira ukwezi kumwe ugasanga abantu barabuze izo kurya. Basanga haramutse hubatswe inzu yo kuzihunikamo byakemura icyo kibazo.

    Imibare itangwa n'ubuyobozi bw'Akarere ka Huye yerekana buri mwaka abahinzi baho beza imboga zisaga toni 8,550 ku buso bwa hegitari 474.

    Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko icyifuzo cy'abo bahinzi gifite ishingiro yizeza ko ku bufatanye n'inzego zibishinzwe bagiye kureba uko babubakira ubuhunikiro.

    Ati 'Iki gikorwa remezo kirakenewe cyo kuba bagira ahantu bahunika imboga ku buryo zitakwangirika kandi bakazigurisha neza. Ni ikibazo tuzakomeza kuganiraho n'inzego zibishinzwe, by'umwihariko Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi tukareba uko iki gikorwa remezo cyazaboneka mu Karere.'

    Yavuze ko ubwo abaturage bari muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera icyorezo cya COVID-19 ari bwo ikibazo cyo kubura isoko ry'imboga cyagaragaye cyane kuko amasoko manini zagurishirizwagaho atakoraga.

    Sebutege na we yemeza ko kuba abahinzi badafite aho bahunika imboga biri mu bituma iyo zeze bazigurisha basa nk'abazitangira ubusa bikabashyira mu gihombo.

    Beza amashu ku bwinshi ariko bakabura aho bayahunika

    Inyanya nazo zisigaye zera ari nyinshi ariko zigapfa ubusa

    [email protected]


    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-abahinzi-b-imboga-bashengurwa-no-kuzirira-kuzimara-kubera-kubura-aho

  • Coronavirus ikomeje guca ibintu muri Amerika – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Nko mu minsi 26 ya mbere y'uku kwezi, Abanyamerika ibihumbi 63 bahitanywe na Coronavirus, mu gihe mu kwezi gushize bari ibihumbi 32.

    Dr. Antoine Fauci uyobora Ikigo cy'Abanyamerika gishinzwe kurwanya Indwara zandura, yavuze ko urugamba rwo kurwanya icyorezo cya Coronavirus rugeze mu mahina.

    Yagize ati 'Iyo uhanganye n'abantu 200 000 bandura buri munsi, kandi abagera kuri 2000 bagapfa buri munsi mu gihe abandi 120 000 bazanwa mu bitaro buri munsi, uba uri mu bibazo bikomeye. Mu byumweru bicye biri imbere, ibintu bishobora kuzarushaho kugenda nabi.'

    Abantu miliyoni ni bo 19.1 bamaze kwandura Coronavirus muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe abarenga ibihumbi 333 bamaze kwitaba Imana, bigakekwa ko bashobora kuziyongeraho abantu 193 000 mu mezi abiri ari imbere.

    Dr. Fauci yaburiye Abanyamerika ko Coronavirus izakomeza guca ibintu mu mezi ari imbere, abasaba gukomeza kwirinda


    Source : https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/coronavirus-ikomeje-guca-ibintu-muri-amerika

  • Rusheshangoga yasezeweho mu gahinda: Abo bakinanye bamwifurije ishya mu buzima bushya (Amafoto & Video) – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Rusheshangoga yasezeye kuri bagenzi be bakinana muri AS Kigali ku Cyumweru, ababwira ko agiye 'gutangira ubundi buzima' muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n'umufasha we Nakazungu Aimée 'Njungu' bashyingiranywe mu 2019.

    Nshimiyimana Eric wamutoje mu Isonga FC, APR FC ndetse akaba yamutozaga muri AS Kigali, yavuze ko byabagoye kwakira ko batazakomezanya na we kuko ari umukinnyi bari bagikeneye.

    Ati 'Tubyakiriye neza, icya ngombwa ni ukumusabira umugisha, navuga ko ari impamvu zitumye agenda, ntabwo yari ageze mu gihe cyo kurangiza umupira, ariko byari ngombwa ko agenda kuko ni ubundi buzima agiye gutangira.'

    'Ni ukumwifuriza umugisha, azabe amahoro, ntabwo biba byoroshye, wabonye ko kubyakira na we yagaragaje imbamutima ze kuko kuba mu mupira yari amazemo imyaka igera ku 10 akina, biragoye guhita abyakira.'

    Yakomeje agira ati 'Twari tukimukeneye nk'ikipe, yadufashaga, ariko tugomba kubyakira natwe tukamufasha gutangira ubwo buzima. Natwe byatugoye, ku myaka afite n'akazi dufite imbere, ariko ni ukubyakira.'

    Ntamuhanga Tumaine 'Tity' usanzwe ari Kapiteni wa AS Kigali ndetse bakaba barakinanye muri APR FC, yavuze ko ari agahinda gutandukana na Rusheshangoga bari bamaranye hafi imyaka icyenda bakinana.

    Ati 'Iyo mutandukanye na mugenzi wanyu mwari mumaze igihe kinini mukorana, biba ari agahinda kenshi. Dufite umutima ushavuye kuko dutandukanye na mugenzi wacu ariko ubuzima ni kuriya, agiye gutangira ubundi buzima, icyo twamwifuriza ni amahirwe mu byo azakora aho agiye.'

    'Ni umukinnyi twabanye igihe kinini cyane, tumaze hafi imyaka umunani cyangwa icyenda dukinana, ni umwana mwiza, yari afite inshuti nyinshi, yabanaga neza, nanjye yari inshuti yanjye.'

    Mu bandi bakinnyi bagize icyo bavuga ku gusezera k'uyu myugariro barimo Hakizimana Muhadjiri, Ndayishimiye Eric 'Bakame', Bayisenge Emery bakinanye kuva mu Isonga FC ndetse na Nkinzingabo Fiston.

    Hakizimana Muhadjiri yagize ati 'Twakinanye ahantu henshi hatandukanye, ntabwo nabyakira neza kuko yari agifite ubushobozi bwo kuba turi kumwe hano mu ikipe, tuzamukumbura, ni umukinnyi wagira ishyaka mu kibuga, ni umukinnyi wabaga uri mu kibuga ukumva ko hari ikintu araza kugufasha.'

    Ndayishimiye Eric 'Bakame' yavuze ko baganiriye mbere y'uko abasezeraho ndetse yamubwiye ibyo azitaho mu buzima agiye gutangira.

    Ati 'Umupira navuga ko ugiye ku ruhande, twakunze kubiganira na we kenshi, twararanaga, arabizi. Namubwiye ko nagera hanze azashaka imirimo myiza hanze imunogeye.'

    Bayisenge Emery wakinanye na Rusheshangoga kuva mu Gikombe cy'Isi cy'Abatarengeje imyaka 17, yagize ati 'Ku giti cyanjye birambabaje kuko ni umukinnyi twabanye kugeza ubu, kuva tukiri bato ndetse by'umwihariko yakinaga iruhande rwanjye. Gutandukana na we mu by'ukuri birambabaje. Ni umukinnyi wangiriye akamaro. Ndamushimira kuko yaramfashije, ndamwifuriza ishya n'ihirwe.'

    Nkinzingabo Fiston na we yavuze ko 'Michel [Rusheshangoga] yari umukinnyi w'icyitegererezo kandi yari umukinnyi wubaha akazi ke, mbese yari umukinnyi w'intangarugero kuri bagenzi be.'

    Rusheshangoga yari amaze umwaka umwe n'igice mu Ikipe y'Umujyi wa Kigali nyuma yo kuyigeramo mu mpeshyi y'umwaka ushize wa 2019. Muri Gicurasi uyu mwaka, yari yongereye amasezerano y'umwaka umwe.

    Rusheshangoga w'imyaka 26 nk'uko bigaragara ku byangombwa akiniraho, ni umwe mu bari bagize Amavubi U-17 yakinnye Igikombe cy'Isi cyabereye muri Mexique mu 2011.

    Yatangiye gukinira APR FC mu 2012 ubwo yayigeragamo avuye mu Isonga FC, ayifasha kwegukana ibikombe bitandukanye bikinirwa mu Rwanda.

    Muri Nyakanga 2017, yerekeje muri Singida United yo muri Tanzania ahawe ibihumbi 50$, aho byavugwaga ko azajya ahabwa umushahara wa 3000$ ku kwezi, akanagenerwa andi 500$ mu gihe ashoboye gutanga umupira uvamo igitego.

    Rusheshangoga yamaze umwaka umwe muri Tanzania, ahita agaruka mu Ikipe ya APR FC yasinyiye imyaka ibiri muri Kanama 2018, ariko nyuma y'umwaka umwe atandukana na yo, yerekeza muri AS Kigali.

    Muri Nyakanga 2019 ni bwo yakoze ubukwe na Nakazungu Aimée 'Njungu'.

    Rusheshangoga waherukaga guhamagarwa mu Amavubi yitegura irushanwa rya CHAN rizabera muri Cameroun, yasezeye kuri AS Kigali mu gihe ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino wo kwishyura w'ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup izahuramo na KCCA FC yo muri Uganda.

    Rusheshangoga Michel yasezeye bagenzi be ku Cyumweru

    Umunyezamu Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ na Nkinzingabo Fiston bateze amatwi ibyo Rusheshangoga yavugaga

    Ikipe yose ya AS Kigali yafashe ifoto y’urwibutso na Rusheshangoga Michel

    Hakizimana Muhadjiri yifotozanya na Rusheshangoga Michel

    Team Manager wa AS Kigali, Bayingana Innocent yifotozanya na Rusheshangoga

    Rusheshangoga arerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere

    Kalisa Rachid na Rusheshangoga Michel

    Nkinzingabo Fiston na Rusheshangoga Fiston bifotozanya nyuma y’uko uyu myugariro yari amaze kubasezeraho

    ‘Staff’ ya AS Kigali yifotozanya na Rusheshangoga Michel wari umaze umwaka umwe n’igice muri iyi kipe

    Amafoto: Umurerwa Delphin


    Source : https://igihe.com/imikino/football/article/rusheshangoga-yasezeweho-mu-gahinda-abo-bakinanye-bamwifurije-ishya-mu-buzima

  • Umukino wa Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Byari biteganyijwe ko uyu mukino wari kubera kuri Goodison Park utangira saa Yine z’i Kigali (22:00) kuri uyu wa Mbere.

    Ibipimo biheruka gufatwa abakinnyi n’abakozi ba Manchester City, ibisubizo byabyo byagaragaje ko ubwandu bukomeje kwiyongera muri iyi kipe, aho Gabriel Jesus, Kyle Walker n’abandi bakozi babiri b’ikipe basanganywe COVID-19 ku wa 25 Ukuboza 2020.

    Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Manchester City, yatangaje ko “ikibuga cy’imyitozo gifunzwe mu gihe kitazwi mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19 ndetse abakinnyi bashyizwe hamwe.”

    Uyu mukino wa Premier League wasubitswe mu gihe mu Cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza, League One, hasubitswe imikino itandukanye kubera COVID-19.

    Ikipe ya Rochdale yatangaje ko imikino yayo ibiri iri imbere izasubikwa mu gihe Doncaster yatangaje ko imikino yayo yasubitswe ari itatu.

    Mu Cyiciro cya Kane, League Two, ikipe ya Morecombe na yo yatangaje ko imikino yayo ibiri yasubitswe.

    Umukino Manchester City yari gusuramo Everton wabaye uwa kabiri wa Premier League usubitswe muri Premier League kubera COVID-19 kuva imikino isubukuwe muri Kamena. Undi wasubitswe n’uwari guhuza Newcastle United na Aston Villa mu ntangiriro z’Ukuboza.

    Premier League yatangaje ko “Inama y’Ubutegetsi yafashe icyemezo cyo gusubika umukino mu rwego rwo kwirinda hagendewe ku nama zatanzwe na komisiyo y’ubuvuzi ndetse hazakorwa ibindi bipimo ku wa Kabiri.”

    Biteganyijwe ko Manchester City izasubira mu kibuga ikina na Chelsea ku Cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2020, umukino uzakurikirwa n’uwa ½ uzayihuza na Manchester United muri Carabao Cup ku wa 6 Mutarama 2021.

    Mu yindi mikino ya Premier League yabaye kuri uyu wa Mbere, Chelsea yanganyije na Aston Villa igitego 1-1 mu gihe Crystal Palace yahagamye Leicester City zikanganya igitego 1-1.

    Umukino wari guhuza Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire

    source https://igihe.com/imikino/football/article/umukino-wa-manchester-city-na-everton-wasubitswe-habura-amasaha-ane-ngo

  • Ubwiza bw'abakobwa bahatanye na Uwihirwe Yasipi muri Miss Africa Calabar (Amafoto) – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Carnival Calabar ni umutambagiro aba bakobwa bakoze, bahabwa ikaze n'Umunyakenya Irene Ng'endo Mukii wegukanye iri kamba mu 2019.

    Uwihirwe Yasipi Casmir yahagurutse mu Rwanda ku wa 23 Ukuboza 2020, yitabiriye iri rushanwa ndetse abaritegura baherutse kumushyira mu bakobwa 10 bahabwa amahirwe yo kwegukana iri kamba.

    Uyu mukobwa yabonye itike yo guhagararira u Rwanda nyuma y'urugendo rwabaye rwo gushakisha uzaserukira igihugu muri Nigeria, aho ari guhatana n'abakobwa batandukanye bo mu bihugu bya Afurika.

    Uru rugendo rwatangiye ku wa 25 Ukwakira 2020; abakobwa batanu bo mu Rwanda bagatoranywa mu bandi umunani bageze ahabereye igikorwa mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Villa Porto Fino.

    Muri aba bakobwa batanu niho haje kuvamo Uwihirwe Yasipi Casmir ndetse na Murebwayire Irène witabiriye Miss Rwanda 2019, aba aribo bajya mu cyiciro cya nyuma cyasabaga gutora hifashishijwe urubuga rwa Miss Africa Calabar.

    Mu gutora, ijwi rimwe ryanganaga na $1 akabakaba 1000 Frw. Uwihirwe yagize amajwi 442 mu gihe mugenzi we yari afite 400.

    Uyu mwaka iri rushanwa rizaba ku wa 30 Ukuboza 2020, ariko aho rizabera nta bantu bazaba barimo ahubwo abashaka kurikukirana bazishyura amafaranga kugira ngo barirebe binyuze ku rubuga rwaryo.

    Si ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwitabira iri rushanwa ry'ubwiza kuko Muvunyi Tania yerekeje muri Nigeria kuruhagararira muri Miss Africa Calabar 2019 ubwo ryabaga ku nshuro yaryo ya gatanu.

    Yitabiriye iri rushanwa asimbuye Irebe Natacha wari wahagarariye u Rwanda mu 2018 agataha nta gihembo ahawe.

    Mu 2017 bwo, Muthoni Fiona Naringwa waserukiye u Rwanda mu irushanwa rya Nyampinga wa Afurika yatahanye umwanya wa kabiri mu gihe ikamba ryahawe umukobwa wo muri Botswana witwa Gaseangwe Balopi.

    Iri rushanwa ribera muri 'Cross River State' imwe muri Leta zigize Nigeria, mu Mujyi wa Calabar.

    Mu mwaka ushize ryegukanywe na Irene Ng'endo Mukii wari uhagarariye Kenya. Umukobwa wegukana iri rushanwa ahabwa 35000$ (agera kuri miliyoni 34 Frw) ndetse n'imodoka nshya yo mu bwoko bwa Ford.

    Reba abakobwa bitabiriye iri rushanwa

    Uwihirwe wa gatatu uturutse iburyo na bagenzi be bahawe ikaze mu irushanwa rya Miss Africa Calabar 2020

    Carnival Calabar ni umutambagiro aba bakobwa bakoze, bahabwa ikaze n'Umunya-Kenya Irene Ng'endo Mukii wegukanye iri kamba mu 2019

    Akanyamuneza kari kose kuri aba bakobwa


    Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/reba-abakobwa-bahatanye-na-uwihirwe-yasipi-muri-miss-africa-calabar-amafoto

  • Mugunga Christian, umuhanzi mushya wihebeye injyana gakondo – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Mugunga avuga ko akiri umwana yiyumvagamo impano yo kuririmba ariko ngo ntiyahise abyinjiramo, kuko yabanje gukora ibindi bimuteza imbere anashakisha ubushobozi bwo gukora umuziki.

    Yavuze ko yinjiye mu muziki kubera urukundo akunda u Rwanda no kugira ngo yifashishije ibihangano bye ashimire Inkotanyi zatumye Umunyarwanda yongera gutuza no kugira agaciro.

    Ati 'Nkunda igihugu cyane ndetse niyemeje kwifashisha umuziki ndubwira abataruzi. Nshaka gukomeza kururatira Abanyarwanda baba hanze bataruherukamo ndetse n'abanyamahanga.'

    Mugunga yavuze ko yiyemeje gusangiza Abanyarwanda n'amahanga ibyiza u Rwanda rwagezeho abinyujije mu ndirimbo ze no guha agaciro Intwari zabohoye u Rwanda kugira ngo ibyo barwaniye bikomeze gusigasirwa.

    Yavuze ko yinjiye mu muziki atagamije ubucuruzi, ahubwo ngo agamije guha ubutumwa Abanyarwanda no gushimira Inkotanyi na Perezida Paul Kagame 'Watugize abo turi bo. Ubu dufite agaciro mu Rwanda no mu mahanga. Numvaga nta kindi nakora uretse gushima mu ndirimbo.'

    Avuga ko afite indirimbo nyinshi yamaze kwandika ariko ko yifuje gutangirira urugendo rwe ku ndirimbo ikumbuza Abanyarwanda baba mu mahanga, u Rwanda bavukamo.

    Mugunga avuga ko afite abahanzi benshi afata nk'icyitegererezo barimo Masamba Intore, Muyango, Kamariza Annonciata, Mariya Yohani, Kayirebwa n'abandi.

    Ati 'Nibo bahanzi bampa inganzo, bankundishije u Rwanda. Ndi umwana aho navukiye mu mahanga batanze umusanzu ukomeye mu rugamba rwo kubohora igihugu.'

    Mugunga asaba Abanyarwanda gukunda igihugu cyabo, bakirinda amacakubiri ahubwo bakubaka igihugu cyabo.

    Mugunga Christian yabonye izuba ku wa 18 Kanama 1983, avukira i Burundi mu nkambi y'impunzi yarimo bamwe mu Banyarwanda bari barahejejwe ishyanga kubera imiyoborere mibi yari mu Rwanda.

    -  Reba indirimbo z'uyu muhanzi

    Mugunga Christian yihebeye umuziki gakondo


    Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/mugunga-christian-umuhanzi-mushya-wihebeye-injyana-gakondo

  • Umukino wa Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Byari biteganyijwe ko uyu mukino wari kubera kuri Goodison Park utangira saa Yine z'i Kigali (22:00) kuri uyu wa Mbere.

    Ibipimo biheruka gufatwa abakinnyi n'abakozi ba Manchester City, ibisubizo byabyo byagaragaje ko ubwandu bukomeje kwiyongera muri iyi kipe, aho Gabriel Jesus, Kyle Walker n'abandi bakozi babiri b'ikipe basanganywe COVID-19 ku wa 25 Ukuboza 2020.

    Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Manchester City, yatangaje ko 'ikibuga cy'imyitozo gifunzwe mu gihe kitazwi mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19 ndetse abakinnyi bashyizwe hamwe.'

    Uyu mukino wa Premier League wasubitswe mu gihe mu Cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza, League One, hasubitswe imikino itandukanye kubera COVID-19.

    Ikipe ya Rochdale yatangaje ko imikino yayo ibiri iri imbere izasubikwa mu gihe Doncaster yatangaje ko imikino yayo yasubitswe ari itatu.

    Mu Cyiciro cya Kane, League Two, ikipe ya Morecombe na yo yatangaje ko imikino yayo ibiri yasubitswe.

    Umukino Manchester City yari gusuramo Everton wabaye uwa kabiri wa Premier League usubitswe muri Premier League kubera COVID-19 kuva imikino isubukuwe muri Kamena. Undi wasubitswe n'uwari guhuza Newcastle United na Aston Villa mu ntangiriro z'Ukuboza.

    Premier League yatangaje ko 'Inama y'Ubutegetsi yafashe icyemezo cyo gusubika umukino mu rwego rwo kwirinda hagendewe ku nama zatanzwe na komisiyo y'ubuvuzi ndetse hazakorwa ibindi bipimo ku wa Kabiri.'

    Biteganyijwe ko Manchester City izasubira mu kibuga ikina na Chelsea ku Cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2020, umukino uzakurikirwa n'uwa ½ uzayihuza na Manchester United muri Carabao Cup ku wa 6 Mutarama 2021.

    Mu yindi mikino ya Premier League yabaye kuri uyu wa Mbere, Chelsea yanganyije na Aston Villa igitego 1-1 mu gihe Crystal Palace yahagamye Leicester City zikanganya igitego 1-1.

    Umukino wari guhuza Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire


    Source : https://igihe.com/imikino/football/article/umukino-wa-manchester-city-na-everton-wasubitswe-habura-amasaha-ane-ngo

  • Mohammed Salah yibasiwe kubera kwifuriza Abakirisitu Noheli nziza – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Mu gihe cy'iminsi mukuru cyane cyane Noheli n'Ubunani, ibyamamare bikunze kugaragara byifatanya n'Isi mu kuyizihiza batitaye ku myemerere cyangwa amahame y'amadini babarizwamo.

    Ubwo hizihizwaga Noheli, ku mbuga nkoranyambaga nka Instagram, Twitter n'izindi, abakinnyi b'umupira w'amaguru bafite amazina akomeye barimo Christiano Ronaldo, Lionel Messi, Kylan Mbappé n'abandi bagaragaye bishimana n'imiryango yabo ndeste bifuriza abakunzi babo ibihe byiza.

    Kuri uyu munsi Mohammed Salah ubarizwa mu Idini rya Islam na we yashyize hanze amafoto ari kumwe n'umuryango we bose bambaye imyambaro igaragaza ko bifatanyije n'abandi mu kwizihiza uyu munsi; yayaherekesheje ubutumwa bugira buti 'Noheli Nziza'.

    Iki gikorwa cya Mohammed Salah cyazamuye umujinya w'umuranduranzuzi mu bamukurikira, bamwe batangira kumwibutsa ko nta Muyisilamu ukwiye gukora ibi, mu gihe abandi bavugaga ko ibyo yakoze bizatuma mugenzi we ukinira Arsenal, Mohammed Elneny akomeza guhabwa agaciro mu gihugu bavukamo kumurusha.

    Uwitwa Danny Abbas yagize ati 'Nk'Abayisilamu ntitugomba kwizihiza Noheli cyangwa ngo dushimire andi madini ari mu bikorwa byo kwizihiza.'

    Muhammad we yagize ati 'Astagfirullah, niyo mpamvu Mohammed Elneny ari we mwami muri Misiri atari wowe.'

    Mugenzi w'aba yaje agira ati ''Uyu munsi uri umukirisitu ejo uri umuyisilamu, ibi uzabisobanurira umuremyi wacu.'

    Abagiye bandikira Mohammed Salah ntibanatinye kumubwira ko ibyo yakoze bifatwa nk'icyaha mu idini ya Islam.

    Nubwo butumwa bwinshi bwanengaga ibyakozwe na Mohammad Salah hari abandi bagaragaje ko ibyo yakoze ari byiza ndetse bemeza ko byimakaza amahoro cyane bikagabanya ihangana mu madini apfa imyizerere.

    astagfirullah that's why mohammed elneny is the egyptian king & not u 👍🏾

    — 👍🏾 (@mahamed_654) December 24, 2020

    You know it’s forbidden Islamically but u go ahead and do it

    — Official Skygo (@abbadiamond) December 24, 2020

    A real Muslim doesn’t celebrate xmas or even wish someone happy Christmas
    Our prophet did not thought us that

    — Habib Abdul Malik (@HabibAbdulMali3) December 25, 2020

    Iyi foto ntiyashimishije bamwe mu bakurikirana Mohammed Sarah

    Mohammed Sarah yifurije abatuye Isi Noheli nziza bikurura impaka


    Source : https://igihe.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/mohammed-salah-yibasiwe-kubera-kwifuriza-abakirisitu-noheli-nziza