Blog

  • Kawempe: Aho Inzozi za Khaman Maluach Zatangiriye ku Gahunda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Urugendo rwa Khaman Maluach muri Basketball rwatangiriye mu buryo butunguranye, aho atari abyiteze. Umunsi umwe ari mu nzira atashye i Kawempe, agize amahirwe yo guhura n'umutoza w'ikigo cya Bethel Covenant College, Akech Wuoi Garang. Uyu mutoza yahagaze igitaraganya, amubonye agenda, ahita amutumbira amaso abitewe n'uburebure n'imiterere ye idasanzwe.

    Nubwo Maluach icyo gihe yari akiri umusore w'igihagararo cyiza ariko nta bunararibonye afite muri Basketball, Akech yahise abona ko afite impano ishobora gukuzwa. Yahise amugirira icyizere, amusaba ko yazaza gukinira ishuri rye, anamwizeza ko amafaranga y'ishuri azayishyurirwa. Ibi byabaye intambwe ikomeye ku rugendo rwa Maluach, kuko ari bwo bwa mbere yinjiraga mu mukino wa Basketball byeruye.

    Iki gikorwa cy'uyu mutoza cyahinduye ubuzima bwa Khaman, kuko cyamufunguriye amarembo yo gukina ku rwego rwo hejuru, akagera aho avugwa ku rwego mpuzamahanga. Urugendo rwe rugaragaza ko rimwe na rimwe impano zituruka ahatatekerezwaga, ariko hakenewe umuntu ubona kure nk'uyu mutoza wamwemereye amahirwe ye ya mbere.

    Source : https://yegob.rw/kawempe-aho-inzozi-za-khaman-maluach-zatangiriye-ku-gahunda/

  • MTN Rwanda yatangije uburyo bushya bwo gutunga 'smartphone' ukishyura mu byiciro – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda yatangijwe ku wa 19 Kanama 2025, iyi sosiyete isobanura ko iyi gahunga izorohereza Abanyarwanda gutunga telefoni zisanzwe ku isoko nka Samsung, Tecno, Itel na Infinix.

    Muri iyi gahunda uzajya ukiliya azajya ahabwa ubwoko bwa telephone bugendanye n'ubushobozi bwe hagendewe ku bikorwa byo guhererekanya amafaranga(transactions) bye ndetse n'imyitwarire ye mu bijyanye no kwishyura inguzanyo aho hazifashishwa urwego rushinzwe gukusanya amakuru ku nguzanyo(CRB).

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, yavuze ko iyi gahunda iri mu murongo mugari w'iki kigo wo kugeza serivisi z'ikoranabuhanga ku baturage bose, kandi ibyo bitakorwa abaturage badafite ibikoresho by'ikoranabuhanga bigezweho birimo telefone.

    Yagize ati 'Gutunga ibikoresho by'ikoranabuhanga si impuhwe ni uburenganzira, ariko ikibazo dufite mu Rwanda ni kubona ibi bikoresho ku biciro bito. Niyo mpamvu twazanye iyi gahunda kugira ngo tworohereze Abanyarwanda gutunga ibi bikoresho.'

    Akomeza avuga ko iyi gahunda itandukanye n'iya mbere yiswe 'Make Make' kuko bwo babwizeho byisumbuye ndetse bifashisha ubumenyi bakuye muri iyo guhunda ya mbere kugira ngo ibibazo byabonetse muri yo bitazagaragara muri iyi.

    Ati 'Iyi gahunda imaze amezi arenga icyenda tuyigerageza ngo turebe ko izakora neza. Twigiye byinshi kuri Make Make, ku buryo ibibazo byayigaragayemo ari byo twibanzeho muri iyi kugira ngo tutazongera kujya mu bibazo nk'ibyo twaciyemo.'

    Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n'abakiliya muri MTN Rwanda, Sen Somdev, yavuze ko iyi gahunda izakogoboka abagorwaga no kubonera amafaranga rimwe yo kugura telefone kuko bazajya bahita bayibona ku giciro gito nko guhera ku bihumbi 16 Frw.

    Yagize ati 'Ubu uzajya ku iduka n'amashami ya MTN yose, cyangwa amaduka acuruza telefone ariho ibyapa byacu, utange amafaranga macye nk'ibihumbi 16 Frw, ubundi utahane telefone nziza, andi uzagende uyishyura gake gake.'

    Muri iyi gahunda umuntu azajya ahitamo kwishyura mu mezi atandatu cyangwa mu mwaka bitewe n'uko abyifuza, ndetse ahitemo n'uburyo azajya ayishyuramo ariko bitarenze iminsi 30.

    Iyi gahunda yagiyeho ku bufatanye n'ikigo cya Yellow gitanga serivisi z'ibikoresho by'ikoranabuhanga, kimaze imyaka itatu gikorera mu Rwanda.

    Umuyobozi mukuru wa Yellow, Micheal Heyink, yavuze ko intego yabo ihura n'iya MTN Rwanda, ari yo mpamvu bahuje imbaraga ngo harebwe ko umubare w'abatunze telefoni za smartphone mu Rwanda wakwiyongera.

    Ati 'Tuzakomeza kurebera hamwe uko twakoroshya ibiciro by'izi telefone, kugirango zigere kuri buri wese.'

    Kwishyura izi telefoni bizajya bikorerwa kuri Mobile Money, ndetse uwayifashe azajya asabwa gukoresha umurongo wa MTN kuko azajya ahabwa GB ebyiri za Internet ku kwezi, iminota ijana yo guhamagara ndetse na SMS 100.

    Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n'abakiliya muri MTN Rwanda, Sen Somdev, yasobanuye ko Tunga Taci igamije korohereza abagorwa no kwishyurira rimwe telefoni zigezweho

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, yavuze ko gahunda ya Tunga Taci igamije kwagura umubare w’Abanyarwanda bagerwaho na serivisi z’ikoranabuhanga

    Umuyobozi mukuru wa Yellow, Micheal Heyink, havuze ko gutanga serivisi zigonderwa na buri wese aribyo byatumye bagirana ubufatanye na MTN Rwanda

    MTN yatangije uburyo bushya yise ‘Tunga Taci’ bwo gutunga telefone zigezweho za smartphones


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mtn-rwanda-yatangije-uburyo-bushya-bwo-gutuga-smartphone-ukishyura-mu-byiciro

  • Abanyamahanga 64 basubijwe iwabo kubera ibyaha byo gukubita no gukomeretsa – #rwanda #RwOT

    Bikubiye mu butumwa Polisi y'u Rwanda yatambukijwe kuri X ku wa 19 Kanama 2025.

    Polisi yasubizaga ibyavuzwe kuri TV1, bikanasangizwa ku mbuga nkoranyambaga zayo aho Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC ndetse n'Umunyamakuru Mutabaruka Angelbert bagaragazaga ko hari abanyamahanga bigize indakoreka mu Rwanda ku buryo bakubita abenegihugu.

    KNC yagaragaje ko nk'uko Leta y'u Rwanda ishyira imbere ibikorwa byo guhashya urugomo, gukubita no gukomeretsa bikwiye no gukorwa ku banyamahanga baba mu Rwanda.

    Polisi y'Igihugu yatangaje ko icyo kibazo kizwi kandi inzego zitandukanye zimaze iminsi zigikurikirana.

    Yagize iti 'Iki kibazo inzego zirimo Polisi, Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha n'Urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka zimaze iminsi zigikurikirana kandi cyafatiwe ingamba.'

    Yakomeje yerekana ko mu mezi 12 ashize, abantu 240 bashyikirijwe inzego z'ubutabera bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa ndetse n'ubujura, mu gihe 64 basubijwe mu bihugu baturukamo.

    Polisi yakomeje ishimangira ko nta muntu n'umwe uri hejuru y'amategeko mu Rwanda kandi abakora urugomo kimwe n'ibindi byaha bakurikiranwa nta vangura ribayeho.

    Yakomeje iti 'Turakomeza gukorana n'abayobozi bo muri Ambasade zihagarariye ibihugu byabo mu Rwanda mu rwego rwo kubakangurira kubahiriza amategeko.'

    Ibikorwa by'urugomo mu banyamahanga bikunze kuvugwa ku banyeshuri baturuka mu bihugu nka Sudani y'Epfo n'abandi biga mu Rwanda usanga barangwa n'ibikorwa birimo ubusinzi, gukubita cyangwa gukomeretsa ndetse n'ubujura.

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu byafunguye amarembo ku bashaka kukigana baba abaje kugishoramo imari cyangwa abakivomamo ubumenyi.

    Urubyiruko rwinshi rwo mu bihugu bitandukanye bya Afurika rukomeje kuyoboka u Rwanda ku bwinshi rushaka kwiga muri Kaminuza zinyuranye ziganjemo izigenga zikorera mu Rwanda.

    Iki kibazo inzego zirimo Polisi, Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka zimaze iminsi zigikurikirana kandi cyafatiwe ingamba.

    Mu mezi 12 ashize, abacyekwa 240 bashyikirijwe inzego z’ubutabera bacyekwaho ibyaha bitandukanye birimo gukubita no… https://t.co/ezoQMJNgml

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 19, 2025

    Abanyamahanga 64 bamaze gusubizwa iwabo bashinjwa gukubita no gukomeretsa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyamahanga-64-bamaze-gusubizwa-iwabo-bashinjwa-gukubita-no-gukomeretsa

  • Tubahanze amaso-Minisitiri Habimana ku bakozi ba LODA – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 19 Kanama 2025 mu biganiro yagiranye n'abayobozi ba LODA hagamijwe gukurikirana imigendekere y'imishinga yo guteza imbere Inzego z'Ibanze n'imibereho y'abaturage.

    Minisitiri Habimana yashimye umusanzu w'aba bakozi mu ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga iteza imbere abaturage, abasaba kurushaho kubinoza.

    Ati “Muri amaboko y'Igihugu cyacu, tubahanze amaso kuko ni mwe mutuma ya mihigo duhiga ibasha gushyirwa mu bikorwa.'

    Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Kayisire Marie Solange, yasabye abakozi ba LODA n'ab'izindi nzego gukoresha imbaraga n'umuvuduko Igihugu cyifuza kugenderaho.

    Ati 'Ibyo dukora ni byinshi ariko ibyo dusabwa ni byinshi kurushaho. Rero turacyafite urugendo rurerure, dukwiriye gukoresha imbaraga kandi mu buryo bunoze kugira ngo tubigereho.”

    Minisitiri Habimana yasabye abakozi ba LODA gukorana umuhate besa imihigo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tubahanze-amaso-minisitiri-habimana-ku-bakozi-ba-loda

  • Umujyi wa Rubavu wamaze amasaha ane nta mazi – #rwanda #RwOT

    Iki kibazo cyatewe n'imvura nyinshi yaguye mu ijoro rishyira ku wa 18 Kanama 2025, ndetse ikomerezaho mu gitondo.

    Iri bura ry'amazi ryagaragaye by'umwihariko mu Mirenge ine igize igice cy'Umujyi ya Rubavu, Rugerero, Nyamyumba na Gisenyi.

    Umuyobozi w'uruganda rwa Gihira, Twagirayezu Fraterne, yabwiye IGIHE ko iki kibazo cyakemutse, nyuma y'amasaha ane.

    Ati 'Kuri ubu uruganda ruri gukora neza, nyuma y'uko twari twahagaritse gutunganya amazi ajya mu baturage kubera imvura yaraye iguye, amazi akandura kubera ibyondo, isayo ndetse n'ibiti, ariko nyuma amazi yaje gucayuka twongera kuyatanga nk'uko bisanzwe.'

    Yaboneyeho gusaba abaturage kwihangana mu gihe bahuye n'ingorane z'imvura nyinshi irimo isuri, kandi bakeneye amazi yo gukoresha mu rugo, abasaba gushishikarira kubika amazi yo gukoresha igihe habayeho ikibazo gitunguranye.

    Imvura nyinshi yaguye cyane, kuva Saa Tatu z'ijoro rishyira ku wa 18 Kanama 2025, ndetse igeza mu rukerera ikigwa.

    Uruganda rutunganya amazi rwa Gihira rufite ubushobozi bwo gutanga metero kibe ibihumbi 25 ku munsi.

    Ubushakashatsi bwa EICV7 bwagaragaje ko abaturage 95.79% bo mu Karere ka Rubavu bagerwaho n'amazi meza.

    Imvura yaguye, yatumye amazi atuganywa na WASAC ajyamo isayo

    WASAC yahagaritse gutanga amazi mu Mujyi wa Rubavu mu gihe cy’amasaha ane, kubera ko yari yanduye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umujyi-wa-rubavu-wamaze-amasaha-ane-nta-mazi

  • Uturere twatsindishije neza mu bizamini bya Leta – #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri bakosowe mu bizamini by'amashuri abanza barenga 219.900 aho batsinze ku kigero cya 75%.

    Ibigo bya Leta byatsinze ku kigero cya 75%, ibifashwa na Leta ku bw'amasezerano bitsindisha ku kigero cya 72% mu gihe ibigo byigenga ari byo byatsinze neza ku kigero cya 99%.

    Muri icyo cyiciro Intara y'Iburasirazuba ni yo iza ku isonga mu gutsindisha ku kigero cya 82%, igakurikirwa n'Umujyi wa Kigali uri kuri 77%.

    Uturere tuza imbere y'utundi ni Kirehe yatsindishije ku kigero cya 97%, Kicukiro iri kuri 92,2% na Ngoma ku kigero cya 90,9%, Nyagatare batsinda ku kigero cya 87,18% mu gihe Rusizi batsinze kuri 85,93%.

    Uturere dutanu tuza inyuma ni Nyaruguru batsinze ku kigero cya 64,57%, Ruhango kuri 66,68%, Nyabihu biri kuri 68,99%, Kamonyi kuri 69,46% mu gihe Nyamagabe biri ku kigero cya 69,63%.

    Muri rusange abakobwa ni bo batsinze neza muri iki cyiciro ugereranyije n'abahungu kuko batsinze ku kigero cya 53,2% kuri 46,8% ya basaza babo.

    Mu banyeshuri batandatu ba mbere bahembwe bane bigaga mu Karere ka Bugesera mu Ntara y'Iburasirazuba umwe akaba uwo mu Karere ka Musanze mu gihe undi ari uwo mu Karere ka Huye.

    Abo ni Arakaza Leo Victor wigaga muri Wisdom School mu Karere ka Musanze. Yagize amanota 99,4%. Harimo kandi Impano Brave Gloria wiga mu Karere ka Bugesera wagize amanota 98,8%, Ihirwe Kanimba Honnette wigaga muri New Vision Primary School mu Karere ka Huye yagize 98,8%.

    Bakurikiwe na Duhirwe Gall Gavin Darcy wigaga muri Ecole International La Racine mu Karere ka Bugesera yagize 98,8%, Nsengiyumva Joannah Holiness wigaga mu Karere ka Bugesera wagize amanota 98,8% na Ashimwe Keza Gerardine wigaga mu Karere ka Bugesera wagize amanota 98,8%.

    Mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye naho Akarere ka Kirehe kaje ku isonga mu gutsindisha ku kigero cyo hejuru 93,1%, Ngoma na 78,8%, Kayonza kuri 78,4%, Rusizi kuri 70,5%, na Rulindo batsinda ku kigero cya 69,5%.

    Uturere tuza inyuma ni Musanze, aho batsinze ku kigero cya 44,6%, Kamonyi ku kigero cya 45,0%, Gakenke ku kigero cya 46,0%, Nyarugenge ku kigero cya 46,1% na Gasabo ku kigero cya 47,1%.

    Ku rwego rw'Intara, iy'Iburasirazuba iza ku isonga ku kigero cya 74%, Iburengerazuba bukaza kuri 68%, Amajyepfo ni 59%, Amajyaruguru ni 58% mu gihe Umujyi wa Kigali biri ku kigero cya 55% nubwo wagize abanyeshuri bane muri batanu babaye aba mbere ku rwego rw'Igihugu.

    MINEDUC yashimiye abanyeshuri bahize abandi

    Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana na Dr. Bahati Bernard, bafata ifoto n’abanyeshuri bahize abandi mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kirehe-iza-imbere-uko-uturere-duhagaze-mu-gutsindisha-neza-mu-bizamini-bya-leta

  • Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry'abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 19 Kanama 2025 ku bufatanye bwa Polisi n'Abaturage, mu Kagari ka Kigese, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi hafatiwe itsinda ry'Abagabo bane bakurikiranyweho ubugizi bwa nabi bakorera abaturage burimo; Ubujura n'ibindi bikorwa bibi.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko iri tsinda ry'aba bagabo bane bakekwaho ubugizi bwa nabi bafashwe ku makuru yatanzwe na bamwe mu baturage bamaze gusobanukirwa ko kudahishira ikibi n'abagikora ari uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha.

    CIP Hassan Kamanzi, avuga ko ibyaha abafashwe bakekwaho birimo; Ubugizi bwa nabi buhungabanya umutekano n'ituze ry'Abaturage aribyo; Ubujura butega igico, Gutobora Inzu bakiba imyaka ya baturage n'ibindi bitandukanye basanze.

    Abafashwe bose uko ari bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Runda ari nabo bashinzwe Umurenge wa Rugalika. Ni mu gihe kandi nyuma yo gufatwa, Ubugenzacyaha-RIB batangiye iperereza ku byaha bakekwaho kugira ngo bashyikirizwe amategeko abakanire urubakwiye.
    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi avuga ko Polisi ishimira Abaturage bakomeje kuba indashyikirwa mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha batanga amakuru neza kandi ku gihe. Avuga kandi ko Polisi iburira abishora mu byaha, ibabwira ko amayeri bakoresha akomeje gutahurwa, ko kandi nta gahenge Polisi izigera iha uwo ariwe wese ukora ibikorwa bigize ibyaha, ko izahiga buri wese ubirimo agafatwa agashyikirizwa Amategeko akamukanira urumukwiye.
    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/19/kamonyi-rugalika-itsinda-ryabakekwaho-ubugizi-bwa-nabi-batawe-muri-yombi/

  • Ubushakashatsi: Ababyeyi b'Abanyarwanda ntibahererekanya ihungabana gusa, bahererekanya n'ubudaheranwa – #rwanda #RwOT

    Uyu mushakashatsi w'Umunyarwanda asanzwe ari umuganga uvura indwara zo mu mutwe cyane cyane izibasira imitekerereze n'amarangamutima akaba n'umwarimu muri Kaminuza ya Zurich mu Busuwisi.

    Mu minsi ishize aherutse kumurika ubundi bushakashatsi yari yakoze, busiga avumbuye indwara nshya yibasira abari mu rushako rutameze neza cyane cyane ab'igitsina gore, ayita 'Relationship Disappointment Stress Syndrome'. Iterwa n'intimba abantu bagira nyuma yo kutabona ibisa n'ibitangaza bari biteze umunsi bazaba bashatse abagabo cyangwa abagore.

    Intego nyamukuru y'ubu bushahashatsi bushya yari ugusesengura uburyo ihungabana n'ubushobozi bw'umubyeyi mu guhangana na ryo bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe bwite ndetse n'ubw'umukobwa we ndetse n'uko bigenda biturutse ku mwana.

    Bwibanze ku kumenya uko ihungabana ry'ibyabaye mu bihe byashize, ubushobozi bwo kubyakira n'ubwo kubinyuramo neza bishobora guhererekanywa hagati y'ababyeyi n'abana babo.

    Bwakorewe mu Mujyi wa Kigali no mu ntara z'u Rwanda, ku babyeyi b'abagore 309 n'abana babo b'abakobwa 309, bukaba bwarakozwe mu gihe cy'imyaka ine.

    Bwagaragaje ko ku mpuzandengo, ababyeyi banyuze mu bibazo cyangwa ibihe bikomeye bingana na 47% y'ibyafatiwe ibipimo, mu gihe abakobwa babo banyuze mu bibazo bingana na 41% by'ibyafatiwe ibipimo.

    Ku bijyanye n'ibimenyetso by'ihungabana rishingiye ku byabaye 'PTSD', ababyeyi bagaragaje ibingana na 29% y'ibyapimwe, mu gihe abakobwa bagaragaje 25% y'ibyafatiwe ibipimo.

    Bwagaragaje ko ihungabana ryabaye ku babyeyi rigirana isano ikomeye n'uko abakobwa babo bagaragaza ibimenyetso by'ihungabana rishingiye ku byo umuntu anyuramo.

    Ni ukuvuga ko iyo umubyeyi yanyuze mu matage menshi, bigira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe bw'umukobwa we.

    Ariko ku rundi ruhande, byagaragaye ko ihungabana ry'abakobwa ritagira ingaruka ku babyeyi babo.

    Mu yandi magambo ubu bushakashatsi bwagaragaje ko ihungana rishobora kuva ku babyeyi rijya ku bana, ariko ntirive ku bana rijya ku babyeyi.

    Ubushakashatsi kandi bwerekanye ko ubushobozi bwo kwihangana no kudaheranwa n'ibibazo 'resilience' butagarukira ku muntu umwe gusa, ahubwo bugira ingaruka mu muryango wose.

    Umubyeyi uhanganye neza n'ingaruka z'ibyamubayeho agira ibimenyetso bike bya PTSD, kandi ibyo bigafasha n'umwana we.

    Ku rundi ruhande, umukobwa na we iyo afite ubushobozi bwo kwihangana, ntabwo ari we wenyine bigirira akamaro, kuko bifasha n'umubyeyi we kubona imbaraga zo kudaheranwa n'ibikomere by'ahashize.

    Ni ukuvuga ko ubushobozi bwo kwihangana na bwo bushobora guhererekanywa mu muryango kimwe n'ihungabana.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Dr. Mutuyimana yavuze ko ubu bushakashatsi bwari ngombwa; cyane mu Rwanda, igihugu cyasigaranye ingaruka z'igihe kirekire n'ihungabana byaturutse kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    'Abigisha, abafata ibyemezo bumve ko hari indi nkuru nziza y'uko ababyeyi bacu badahererekanya ibibi gusa ahubwo n'ibyiza. Ibi bigaragazwa n'ibyo tubona bidukikije ubu n'iterambere tumaze kugeraho. Kuvuga ibi byiza birubaka.'

    Yavuze ko ibyavuye mu bushakashatsi bikwiye kubera isomo rikomeye buri wese uharanira ko we n'igihugu cye batera imbere.

    Ati 'Ibyo biraha inshingano ababyeyi yo gutanga icyiza, abana na bo bamenye ko uko bagaragaza gukomeza ubuzima no kutiyangiza, aba ari ko bari kwiyubaka, kubaka umuryango no kubaka ahazaza hacu twese kuko uri urubyiruko none ejo ni we uzaba ari umubyeyi.'

    Yavuze ko nubwo sosiyete Nyarwanda ifite ibibazo byinshi yanyuzemo, ariko hari n'ibindi byiza byo kurata.

    Ati 'Twabonye ko umubyeyi afite uruhare runini mu uko umuryango uzaba kurusha umwana. Umwana we ni igiteranyo cy'ibyo anyuramo iwabo.'

    'Ikindi ni ukuvuga ko iyo uri umwana, ukaba ubana n'abafite ibikomere uba ukwiye kubimenya ukirinda kubirya ahubwo ukareba imbaraga bafite, kuko iyo ukomeye ukomeza n'abatentebutse. Umwana mwiza atera ineza ababyeyi be.'

    Dr. Mutuyimana yavuze ko impamvu ubushakashatsi bukorwa hari icyo buba bushaka kugaragaza, bityo bwajya bukoreshwa mu nzego bireba kugira ngo butange umusaruro.

    Reba ikiganiro twagiranye na Dr. Mutuyimana

    Dr. Mutuyimana yavuze ko ubu bushakashatsi bwari ngombwa; cyane mu Rwanda, igihugu cyasigaranye ingaruka z'igihe kirekire n'ihungabana byaturutse ku mateka yarwo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubushakashatsi-ababyeyi-b-abanyarwanda-ntibahererekanya-ihungabana-gusa

  • ADEPR yavuze ku cyapa gisaba abantu kwiyuhagira kimanitse ku rusengero – #rwanda #RwOT

    Kuva ku wa 18 Kanama 2025, ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye cyane cyane urwa X hacicikanye ifoto y'itangazo ryanditse ku cyapa ryibutsa abakrisito ba ADEPR Kabutare kugira isuku mbere yo kwinjira mu rusengero.

    Umukozi ushinzwe Itangazamakuru no Kumenyekanisha Ibikorwa by'Itorero ADEPR mu Rwanda, Ntakirutimana Emmanuel, yabwiye IGIHE ko kiriya ari kimwe mu bikorwa ADEPR ikora hirya no hino mu gihugu bigamije guhindura imyumvire y'abaturage hagamijwe iterambere n'imibereho myiza y'abaturage.

    Yavuze ko ibi bihuje n'icyerekezo cy'itorero cyo guhindura ubuzima bw'umuntu mu buryo bwuzuye ndetse ko bitari hariya mu Ruhango gusa ahubwo biri n'ahandi henshi, nubwo ari ho hafotowe.

    Ati 'Ntabwo duteza imbere ku gice cy'umwuka gusa, turajwe ishinga nanone n'igice cy'umubiri kugira ngo umuntu w'imbere n'inyuma bose bamere neza. Aha ni ho haza ubu bukangurambaga rero, kandi biri no mu murongo w'igihugu, niba gikangurira abantu kugira isuku no kubaho neza, natwe tuba turi muri uwo murongo kandi ni nabyo Imana ishaka.'

    Yakomeje avuga ko ubu bukanguramba bwo kugira isuku bujyana no gutegura indyo yuzuye birimo kwigisha abantu guteka neza binyuze mu gikoni cy'itorero, gukora uturima tw'igikoni tw'intangarugero, guhinga neza barengera ibidukikije hagamijwe kurwanya imirire mibi.

    Yagize ati 'Tubigisha guhinga neza binyuze mu ishuri ryo mu murima, buriya dufite ababihuguriwe aho bigishwa kwikora ifumbire y'imborera, guhinga batarimagura n'ibindi kuko hari n'ababyize muri Israel badufasha mu guhugura, bigafasha abaturage kubona umusaruro badahinze ubuso bunini.'

    Ntakirutimana, yongeyeho ko buriya bukangurambaga buterekejwe muri iki gice kubera ko abahatuye bari bazengerejwe n'umwanda, ahubwo ari isomo risanzwe kuko kwigisha isuku ari uguhozaho, aboneraho no gusaba abakiristo ba ADEPR ndetse n'Abanyarwanda muri rusange, kurushaho kwimakaza isuku.

    Ugeze kuri ADEPR Kabutare, iherereye muri Paruwasi ya Ruhango, ahabona ubutumwa bumusaba kuba yiyuhagiye kandi yogeje amenyo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/adepr-yavuze-ku-cyapa-gisaba-abantu-kwiyuhagira-kimanitse-ku-rusengero

  • Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Ambasaderi Dr. Aissa Kirabo Kacyira witabye Imana – #rwanda #RwOT

    Ku wa 12 Kanama 2025, nibwo Ambasaderi Dr. Aissa Kirabo Kacyira wakoze imirimo itandukanye mu Rwanda ndetse no ku rwego mpuzamahanga, yitabye Imana azize uburwayi. Yari afite imyaka 61 y'amavuko.

    Kuri uyu wa 19 Kanama 2025, mu muhango wo kumusengera bwa nyuma wabereye mu Itorero rya Christian Life Assembly [CLA] yari abereye umunyamuryango, Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yashyikirije umuryango wa Ambasaderi Dr. Aissa ubutumwa bwa Perezida Kagame washenguwe n'urupfu rwe.

    Asoma ubutumwa, Gasamagera yagize ati 'Ku muryango wa nyakwigendera Dr. Aisa Kirabo Kacyira. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n'Umuryango we bamenye inkuru mbi ko Dr. Aisa Kirabo Kacyira yitabye Imana.'

    'Bifatanyije n'umuryango we ndetse n'Abanyarwanda bose muri rusange muri iki gihe cy'akababaro. Ubuzima bwa Dr. Aisa Kirabo Kacyira bwaranzwe n'ubutwari, umurimo unoze no gukunda igihugu.'

    Yakomeje asoma agira ati 'Nk'umukozi wa Leta mu Rwanda ndetse no mu nshingano zitandukanye yagiye ahabwa mu ruhando mpuzamahanga, yakomeje kurangwa no guharanira agaciro n'imibereho myiza y'abaturage.'

    'Abanyarwanda bazahora bamwibukira ku kwitanga atizigama nk'umurage adusigiye.'

    Yakomeje asoma agira ati 'Nyakubakwa Perezida wa Repubulika n'Umuryango we bahumurije umuryango we wose muri ibi bihe bitoroshye. Babifurije gukomera no gukomeza kuvoma imbaraga mu bikorwa byiza byaranze ubuzima bwa Dr Kacyira. Imana imuhe iruhuko ridashira.'

    Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Ambasaderi Dr. Aissa Kirabo Kacyira witabye Imana

    Dr. Aisa yashimiwe ku ruhando mpuzamahanga

    AIG Hilaly Sao wari uhagarariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, mu kiniga cyinshi, yavuze ko nyakwigendera yarangwaga n'umwuka w'ubumwe bwa Afurika, aho yagiye akorana ubushake, kwihangana no kwitangira inshingano byagaragariraga mu miyoborere ye.

    Ati 'Mu kazi yakoraga yagaragaje impuhwe, ukwiyoroshya n'umurava mu gushakira Somalia amahoro n'umutekano. Mu bikorwa byose yaharaniraga gushaka ibisubizo bishyira umuntu imbere. Ntagushidikanya azakumburwa.'

    Amb. James Swan wari uhagarariye Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe gushyigikira Ubutumwa bw'Amahoro muri Somalia [UNSOS], yavuze ko itabaruka rye ari igihomba gikomeye kuri Loni, Somalia ndetse n'umuryango Nyarwanda.

    Ati 'Aisa yari umuntu w'intwari ugira ibitekerezo, yari afite umutima woroshye kandi akaba icyizere ku bandi. Yasigaga ikimenyetso ku bantu bose yahuye nabo. Umuryango wa Loni muri Somalia urababaye k'ubw'urupfu rwe, ariko cyane cyane umuryango we uzagira irungu rye.'

    'Urwibutso rwa Aisa ni ubuyobozi bwiza, ubuhanga n'umurava mu kazi ke. Muri byose yakoze yakunze gushyira imbere serivisi nziza. Yagiraga umutimwa mwiza, ineza n'impuhwe ku bantu bose yahuraga nabo. Ku bwacu muri Loni, yari byinshi kuruta mugenzi wacu mu kazi.'

    Umwana wa nyakwigendera, Joshua Kacyira, wavuze mu izina ry'abana bavukana, yavuze ko umubyeyi wabo yakundaga Imana ndetse akorera Igihugu n'Isi muri rusange abishyizeho umutima.

    Ati 'Kubera ibyo byose njye n'abavandimwe banjye twabyungukiyemo bitari mu masomo yacu gusa ahubwo mu mubano twubatse n'abandi. Ndashimira Guverinoma y'u Rwanda, Loni na Somalia bamubonyemo ubushobozi.'

    Yavuze ko imwe mu mpano ikomeye bahawe na mama wabo, ari ugukunda Imana no kuyizereramo.

    Umugabo wa Dr. Aisa, Col (Rtd) Simon Kacyira, yashimiye abaje kwifatanya n'umuryango we muri ibi bihe by'akababaro.

    Ati 'Ndashimira byimazeyo UNSOS ndetse n'umuntu wese witaye kuri Aisa. Guverinoma yakoze ibyayo, ntacyo itakoze.'

    'Ndibuka kuri kaminuza, abakobwa bakundaga ibirori bakunda gusohoka, ariko icyo Aisa mwibukiraho ni uko yazaga mu cyumba cyanjye tugafata igice cya litiro n'imyumbati ikaranze tukayisangira. Abandi basabaga kujya ku mucanga.'

    'Ntiyazamuraga ibiciro cyane, n'ubu agiye niko yari ameze. Nashakaga umuntu tubyumva kimwe. Ni byinshi twahuriragaho.'

    Kacyira yabaye umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda kuva mu 2003 kugeza mu 2006, aba Meya w'Umujyi wa Kigali kuva mu 2006 kugeza mu 2011 ubwo yagirwaga Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, amara igihe gito kuri uwo mwanya.

    Mu 2008, ubwo yari Meya w'Umujyi wa Kigali, yahawe Ishimwe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Imiturire [UN-Habitat] ku bwo kugira uyu mujyi icyitegererezo mu isuku, ituze ndetse n'iterambere rirambye.

    Yanashimiwe gufasha abaturage kubona inzu zijyanye n'ubushobozi bwabo no kubona akazi mu buryo bworoshye.

    Kuva mu 2011 kugeza mu 2018, Kacyira yabaye Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Imiturire, aba Umuyobozi ushinzwe Imishinga muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, anakorera mu miryango mpuzamahanga irimo Oxfam na Care International.

    Mu 2020, Kacyira yagizwe Ambasaderi w'u Rwanda muri Ghana, anaruhagararira muri Benin, Togo, Sierra Leone, Côte d'Ivoire na Liberia.

    Kuva mu 2023, Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye, Antonio Guterres, yagize Kacyira Umuyobozi w'Ibiro by'uyu muryango bishinzwe gushyigikira Ubutumwa bw'Amahoro muri Somalia (UNSOS). Yari afite iyo nshingano kugeza ubu.

    Ambasaderi Kacyira yari afite impamyabushobozi y'icyiciro cya gatatu mu bijyanye na 'Veterinary Science in Animal Production and Economics' muri Kaminuza ya James Cook muri Australia, n'iy'icyiciro cya kabiri mu buvuzi bwa 'Veterinary Medicine' yakuye muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

    Yashyinguwe ku irimbi rya Rusororo riherereye mu Karere ka Gasabo.

    Imana imuhe iruhuko ridashira!

    Uko umuhango wo gushyingura Amb. Dr. Aissa Kirabo Kacyira wagenze

    Ambasaderi Dr. Aissa Kirabo Kacyira yitabye Imana azize uburwayi, afite imyaka 61 y'amavuko


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yihanganishije-umuryango-wa-ambasaderi-dr-aissa-kirabo-kacyira