Blog

  • Hari aho usanga 90% by'ingengo y'imari yarakodeshejwe ibyumba by'inama – Meya Mulindwa kuri ONG za baringa – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro aherutse kugirana n'Abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF) b'Akarere ka Rubavu, Meya Mulindwa yahishuye ko hari igihe usanga nka 90% by'ingengo y'imari y'umuryango runaka yarakoreshejwe mu gukodesha ibyumba bizaberamo inama.

    Muri iyi nama hagaragajwe ko muri 2024/225, Akarere ka Rubavu kari gafite abafatanyabikorwa 88. Abo bafatanyabikorwa bari bagaragaje ko bazakoresha ingengo y'imari y'arenga miliyari 8 Frw.

    Ni ingengo y'imari yari igenewe imishinga yo guteza imbere ubukungu, imibereho myiza n'imiyoborere, gusa 76.57% byayo ni byo byashyizwe mu bikorwa.

    Meya Mulindwa ati 'Dufite imiryango itagaragara, cyangwa idakora, itamenyekanisha ibikorwa izakorera mu karere, ndetse dufite n'isesagura umutungo mu nyungu z'abantu ku giti cyabo. Ntabwo bakwiye gusesagura ingengo y'imari uko bishakiye, aho utungurwa no kumva hari abakoresheje 90% mu gukodesha aho bakorera no gutegura amahugurwa.'

    Umuyobozi w'Umuryango Integration of Children Post-Prison Organization, ufasha abana bataruzuza imyaka itatu babana n'ababyeyi babo mu ma gororero, n'abasubijwe mu buzima busanzwe, Furaha Delphine na we yanenze iyo mikorere.

    Ati 'Biba bibaje nk'iyo umuryango runaka udakora ibikorwa biganisha ku mibereho myiza y'abaturage bo mu gace ukoreramo, bigaragaza ko badafite urukundo rw'ibyo bakora.'

    Yasabye iyi miryango imeze nk'aho itabaho gukora icyo yasabiye icyangombwa, igafasha ubuyobozi mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho y'abaturage.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yanenze imwe mu miryango itegamiye kuri reta yihisha mu mutaka wo gufasha abaturage nyamara yita ku nyungu zayo gusa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hari-aho-usanga-90-by-ingengo-y-imari-yarakodeshejwe-ibyumba-by-inama-meya

  • BK Insurance yahwituye abatarumva umumaro wo gushinganisha imitungo yabo – #rwanda #RwOT

    BK Insurance yagaragaje ko abakora ubuhinzi n'ubworozi batitabira iyi gahunda uko bikwiriye kandi Leta yarabashyiriyeho nkunganire.

    BK Insurance igaragaza ko urwego rw'ubuhinzi n'ubworozi ari rwo rukiri hasi mu bwishingizi, kandi rufatiye runini mu bukungu bw'igihugu.

    Ni ingingo yagarutsweho mu Nteko rusange ya kane y'Urugaga rw'Abahuza b'Umwuga mu Bwishingizi, RIBA, yabereye mu Karere ka Rubavu.

    BK Insurance yagaragaje ko ikomeje gufasha abashinganisha imitungo yabo kandi ko itasize inyuma abahinzi n'aborozi, nubwo ubwitabire bukiri hasi.

    Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi no kumenyekanisha ibikorwa muri BK Insurance, Alice Rwagasana, yavuze ko mu buhinzi n'ubworozi hakigaragaramo icyuho mu bijyanye n'ubwishingizi nubwo Leta yashyizemo nkunganire.

    Ati 'Usanga hari abafata ubwishingizi kuko babutumwe na banki, cyangwa babitegetswe, kandi na Leta yarashyizeho nkunganire aho umuturage yishyura 60%, Leta ikamwishyurira 40%. Dusaba abikora kutugana, bagahinga cyangwa bakorora batekanye.'

    Yakomeje avuga ko BK Insurance yakoze ibishoboka byose ngo yegereze abaturage ubwishingizi kuko ibyago bidateguza.

    Yavuze ko kandi ko BK Insurance uretse kwishingira ibyo abantu bakora ihanga n'akazi, kuko uwujuje ibisabwa wese ayihagararira.

    Ati 'Mu gihugu hose BK Insurance ifite abakozi bahoraho 51. Ifite abayihagarariye mu bice bitandukanye 135 ndetse n'abakozi bimenyereza umwuga batandatu. Bose bahora biteguye guha serivisi ababagana bakeneye gushinganisha ibyo bakora.'

    Ikigo cy'Ubwishingizi cya Banki ya Kigali, BK Insurance, gitanga ubwishingizi rusange, nk'ubw'ibinyabiziga, ubw'inkongi, ingendo, ubwubatsi, ubuhinzi n'ubworozi n'ubundi butandukanye.

    Mu 2019 ni bwo u Rwanda rwatangije Gahunda y'Igihugu yo kwishingira ubuhinzi n'ubworozi (NAIS) izwi nka 'Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi', igamije kurinda abahinzi n'aborozi ibihombo baterwa n'ibibazo bitabaturutseho birimo uburwayi n'ibiza.

    Mu mwaka wa 2023/2024, Leta y'u Rwanda igarazagaza ko yashoye hafi miliyari 1,7 Frw mu gutuma NAIS igera ku ntego zayo.

    Muri gahunda ya leta yo kwihutisha iterambere rirambye, NST2 Leta y'u Rwanda izashora miliyoni 25$ mu guteza imbere gahunda y'ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo.

    Abakozi ba BK Insurance bitabiriye Inteko Rusange y'Urugaga rw'Abahuza b'Umwuga mu Bwishingizi, RIBA, yabereye mu Karere ka Rubavu

    Inteko rusange ya kane y'Urugaga rw'Abahuza b'Umwuga mu Bwishingizi, RIBA, yabereye mu Karere ka Rubavu yitabiriwe n’abo mu bigo bitandukanye bitanga serivisi z’ubwishingizi

    Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi no kumenyekanisha ibikorwa muri BK Insurance, Alice Rwagasana, yeretse abakerensa ibyo gushinganisha ibihingwa n’amatungo ko ibyago bidateguza

    Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi no kumenyekanisha ibikorwa muri BK Insurance, Alice Rwagasana, yitabiriye Inteko rusange ya kane y'Urugaga rw'Abahuza b'Umwuga mu Bwishingizi, RIBA, yabereye mu Karere ka Rubavu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bk-insurance-yahwituye-abatarumva-umumaro-wo-gushinganisha-imitungo-yabo

  • Gakenke: Polisi yafunze batandatu bacukuraga gasegereti na colta binyuranyije n'amategeko n'ababaguriraga – #rwanda #RwOT

    Aba bose bafashwe mu rukererera rwo kuri iki Cyumweru, tariki 14 Nzeri 2025, mu Murenge wa Ruli, mu Kagari ka Jango.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yaburiye abitwaza amafaranga bakajya kuyashukisha abaturage kugira ngo bishore muri bene ibi bikorwa by'ubucukuzi butemewe ko bose, bazajya bafatwa bagashyikirizwa inzego zishinzwe kubakurikirana.

    Ati 'Ushukisha umuturage amafaranga ni we kibazo cyane n'ubwo na we agomba gutekereza ingaruka zamugeraho igihe yishoye mu bikorwa by'ubucukuzi butemewe, Polisi izakomeza gukora ibikorwa byo kubigisha bigendane no kubafata kuko nta muntu wakwihanganira kubona umuturage ashyira ubuzima bwe mu kaga ndetse n'ubw'abandi kuko bangiza ibikorwa by'inyungu rusange.”

    Yakomeje avuga ko abagura aya mabuye aba yacukuwe mu buryo butemewe ari bo baza ku isonga mu gutiza umurindi abishora mu bikorwa by'ubucukuzi bwayo.

    Polisi y'u Rwanda kandi isaba abaturage kwirinda ubucukuzi butemewe kuko bugira ingaruka mbi, haba k'ubukora, umuryango, ibikorwaremezo n'ibidukikije.

    IP Ngirabakunzi yavuze ko abacukura gasegereti na colta mu buryo butemewe n'amategeko mu murenge wa Ruli bazwi ku izina ry'Abahebyi, bangiza imyaka n'imirima y'abaturage, imigezi, ndetse bakanagirana amakimbirane n'abangirizwa ibikorwa.

    Ati 'Usibye kwangiza ibigaragarira amaso, ubu bucukuzi butemewe n'amategeko bwangiza imibanire y'abaturage aho usanga abishora muri ubu bucukuzi bashyamirana n'abo bangiriza imirima, ababukora tubashishikariza gukorera mu bigo byemewe kuko ni byo bitanga umutekano uhagije, abatabyumva, bazajya bahanwa hisunzwe amategeko.'

    IP Ngirabakunzi yahamije ko Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'izindi nzego izakomeza gusobanurira abaturarwanda ingaruka zo kwishora mu bucukuzi butemewe bw'amabuye y'agaciro binyuze mu bukangurambaga ndetse no gusangira amakuru n'abaturage y'aho bukorerwa.

    Abafashwe bose uko ari icyenda icyenda bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruli kugira ngo bakurikiranwe n'amategeko.

    Batandatu bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

    Imigano yatewe ku mugezi mu kurengera ibidukikije na yo iri mu byangirizwa n’ubucukuzi butemewe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gakenke-polisi-yafunze-batandatu-bacukuraga-gasegereti-na-colta-binyuranyije-n

  • Abaturage ba Ndora bavuga ko amashanyarazi y'imirasire y'inzu atangwa mu buriganya #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Gisagara, Umurenge wa Ndora, Akagari ka Cyamukaza, hari abaturage bavuga ko batishimiye uburyo imirasire y'amashanyarazi itangwa. Abo baturage bavuga ko hari bamwe mu baturage bafite umuriro w'amashanyarazi asanzwe, ariko bagakomeza guhabwa n'imirasire yagenewe gufasha abo badafite umuriro, bikabatera kwibaza ku buryo inzego zibishinzwe zigenzura ayo mafaranga n'ibikoresho bitangwa.

    Uwitwa Mukeshimana Vestine, umwe mu baturage bo muri ako kagari, yagize ati: 'Birababaje kubona hari abantu bafite umuriro usanzwe w'amashanyarazi mu nzu zabo ariko bagahabwa n'imirasire. Twe tudafite umuriro, ntituyabona kandi aritwe yagenewe gufasha.'

    Abandi baturage na bo bavuga ko ubwo buriganya bukomeje kubatera impungenge, kuko bigaragara ko imirasire igera ku bantu bamwe, abandi bagakomeza kubaho mu mwijima. Bavuga ko byongera icyuho hagati y'abaturage boroheje n'abifashije, nyamara gahunda ya Leta yari igamije kwegereza buri wese amashanyarazi.

    Hari n'abavuga ko iki kibazo giterwa no kuba hari abashinzwe gutanga iyo mirasire bagendera ku bw'inyungu zabo bwite.

    'Ushobora gusanga bayihaye umuntu ufite umuriro kugira ngo bazamukoreshe mu buryo runaka.

    Aho kugira ngo bafashe abaturage bakennye koko, ikaguma mu maboko y'abatayikeneye cyane,' nk'uko byavuzwe n'undi muturage twaganiriye.

    Nubwo bimeze bityo, ubuyobozi bw'Akarere ka Gisagara bwemeza ko bugiye gukora igenzura ryimbitse kugira ngo barebe koko niba iyo mirasire yaragiye ishyikirizwa abo yagenewe. Umwe mu bayobozi utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: 'Icyo twifuza ni uko imirasire y'amashanyarazi iba igenewe gufasha abaturage badafite umuriro ishyirwa aho yagenewe. Tuzakora igenzura, abagaragaweho kubigiramo uruhare bazafatirwa ibyemezo bikakaye.'

    Abaturage basaba ko inzego z'ibanze zashyira imbaraga mu gukurikirana no kugarura ubunyangamugayo muri iyo gahunda. Bavuga ko kubura umuriro w'amashanyarazi bibabuza iterambere, kuko bituma batabasha gukora imishinga iciriritse ibateza imbere cyangwa ngo abana babo bigire mu mucyo. Iki kibazo kivugwa mu gihe Leta ikomeje gahunda yo kugeza amashanyarazi kuri buri rugo mu gihugu hose.

    Abaturage bavuga ko hari bamwe mu baturage bafite umuriro w'amashanyarazi asanzwe, ariko bagakomeza guhabwa n'imirasire yagenewe gufasha abadafite umuriro

     

    Source : https://kasukumedia.com/abaturage-ba-ndora-bavuga-ko-amashanyarazi-yimirasire-yinzu-atangwa-mu-buriganya/

  • Umutoza Arteta yashimiye byimazeyo Madueke, avuga ko azanye intego mu ikipe #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yagaragaje amarangamutima n'akanyamuneza kadasanzwe nyuma yo gusinyisha rutahizamu ukiri muto, Noni Madueke, avuga ko azanye ubutwari n'icyizere gishya mu ikipe. Arteta yasobanuye ko igihe bari mu biganiro byo kumuzana, Madueke yamubwiye amagambo yamukoze ku mutima cyane.

    'Igihe twavuganaga ngo tumusinyishe, naganiriye na Noni, ambwira ati: 'Ndagiye, sinshobora gutegereza kwambara iyo myenda no gukinira ikipe yanyu!'' niko Arteta yibukije mu kiganiro n'abanyamakuru'.

    Yakomeje agira ati: 'Nahise mvuga nti: 'Waouh, tumuzane rwose. Nari nabyemeye mbere, none ubu ndabyemera kurushaho.'

    Ibi bigaragaza uburyo uyu mukinnyi ukiri muto ariko ufite icyizere gikomeye ndetse no gukunda ikipe agiye gukinira. Ku ruhande rwa Arsenal, byongeye kwerekana ko bafite gahunda nyinshi yo kubaka ikipe ifite abakinnyi bafite umurava n'umutima wo guharanira intsinzi.

    Madueke, wakiniye Chelsea mbere y'uko yerekeza muri Arsenal, azwiho umuvuduko, guhanga udushya ku murongo w'ibumoso ndetse n'ubushobozi bwo gucenga. Abasesenguzi mu by'umupira w'amaguru bavuga ko azatanga byinshi mu ikipe ya Arteta, cyane cyane mu kuzamura urwego rw'imbaraga mu busatirizi.

    Abafana ba Arsenal bamaze gutangira kugaragaza ibyishimo ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko uyu mukinnyi ari 'umwana w'igihe kizaza' ushobora kuzagira uruhare rukomeye mu ntsinzi z'ikipe. Arteta na we ashimangira ko icyizere n'ubutwari Madueke yazanye ari isomo rikomeye ku bandi bakinnyi bose, kandi ko ari intangiriro y'ibyiza mu ikipe ya Arsenal.

    Umutoza Arteta yashimiye byimazeyo Madueke, avuga ko azanye intego mu ikipe
    Madueke, wakiniye Chelsea mbere y'uko yerekeza muri Arsenal, azwiho umuvuduko

    Source : https://kasukumedia.com/umutoza-arteta-yashimiye-byimazeyo-madueke-avuga-ko-azanye-intego-mu-ikipe/

  • U Rwanda rugiye gusimbuza abasirikare n'abapolisi bari mu butumwa muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Izo mpanuro zatangiwe mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry'i Gako mu Karere ka Bugesera ku wa 13 Nzeri 2025.

    Abo basirikare n'abapolisi bayobowe na Maj. Gen Vincent Gatama bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka bakora ubwo butumwa bwo kurwanya ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado mu Majyaruguru ya Mozambique.

    Mu izina rya Perezida Paul Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasabye abo basirikare n'abapolisi kuzakomeza ikinyabupfura n'umurava byaranze Ingabo z'u Rwanda ziri muri ubwo butumwa mu myaka ine ishize.

    Yababibukije kandi ko akazi gakomeye kakozwe na bagenzi babo bagiye basimbura muri ubwo butumwa bagomba kugakomeza kuko ikigamijwe atari ukurwana gusa ahubwo ari ugufasha Leta ya Mozambique kubaka urwego rwayo rw'umutekano.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda Wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano yasabye izo ngabo kuzakorera hamwe buri gihe no kwirinda ikintu icyo ari cyo cyose cyateza icyasha isura nziza y'u Rwanda.

    Ubutumwa bw'inzego z'umutekano z'u Rwanda muri Mozambique bukubiye mu masezerano ibihugu byombi byagiranye ku busabe bwa Mozambique mu 2021.

    Intara ya Cabo Delgado yari yarigaruriwe n'ibyihebe kuva mu 2017 aho byishe abaturage 3,000 abandi ibihumbi 800 bava mu bayo.

    Kuva Ingabo z'u Rwanda zahagera mu 2021 zabashije guhashya ibyo byihebe aho mu mpera za 2023 Mozambique yatangaje ko hejuru ya 90% by'Intara ya Cabo Delgado hamaze kugaruwamo umutekano abaturage bagasubira mu byabo.

    U Rwanda rugiye gusimbuza abasirikare n'abapolisi bari mu butumwa muri Mozambique

    Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasabye abo basirikare n'abapolisi kuzakomeza ikinyabupfura n'umurava byaranze Ingabo z'u Rwanda ziri muri ubwo butumwa mu myaka ine ishize

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano yasabye abagiye mu butumwa kuzakorera hamwe no kwirinda ikintu cyasiga icyasha isura nziza y'u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-gusimbuza-abasirikare-n-abapolisi-bari-mu-butumwa-muri

  • Abakinnyi ba filime bazahembwa imodoka: 'Mashariki African Film Festival' yagarutse mu isura nshya – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe nyuma y'uko abategura iri serukiramuco bagaragaje urutonde rw'ibyiciro bihataniwemo ibihembo bya 'Mashariki Awards 2025', aho abahatanye barenga 160 baturutse mu bice bitandukanye by'u Rwanda binyuze muri gahunda izwi nka “Iziwacu Cinema”.

    Nyuma y'igihe cyari gishize riba, uyu mwaka ryitezweho gusiga amateka mashya binyuze mu gutanga ibihembo birimo imodoka ebyiri ku mugabo n'umugore bakina filime bakunzwe cyane (People's Choice Actor & Actress).

    Iri serukiramuco rizaba guhera ku wa 22-29 Ugushyingo 2025 i Kigali, aho rizahuza abari muri sinema barimo abakinnyi, abayobora filime, abazikora n'abandi bafite aho bahurira n'uruganda rwa sinema.

    Mu byumweru rizamara, hazabamo iminsi itatu yiswe 'Mashariki Market' aho hitezwe abahagarariye sinema barenga 500 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, u Burayi no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

    Uretse ibihembo, abahatana bazanahabwa amahirwe yo kugera ku mbuga zifasha guteza imbere impano no kuzihuza n'amahirwe yo mu rwego mpuzamahanga, zirimo Mashariki Residence, Mashariki Academy na Mashariki Market (International Content Market).

    Umuyobozi w'iri serukiramuco, Trésor Senga, yavuze ko bahisemo gukora amavugurura uyu mwaka muri iri serukiramuco mu rwego rwo gukomeza gutera indi ntambwe no guha agaciro abakora filime mu Rwanda.

    Yasobanuye ko imodoka ebyiri zizatangwa, imwe izahabwa umukinnyi wa filime w'mugabo ukunzwe, indi izahabwa umugore nawe ukunzwe.

    Uyu muyobozi avuga ko uretse icyiciro cy'abakinnyi ba filime bakunzwe, ibindi byose mu gutoranya abatsinze hazakora Akanama Nkemurampaka. Yavuze ko mu rwego rwo guha bamwe mu baba bari inyuma y'ibikorwa byinshi ariko batazwi bahisemo kongeramo icyiciro cy'abahanga mu ikorwa rya filime (Film Technicians), mu rwego rwo kubazirikana.

    Muri iri serukiramuco hazaba amatora yo kuri Internet, ndetse buri wese bitewe n'amafaranga azakoreshwa cyangwa abantu bazakoresha bamutora, azasubizwa 20% y'amafaranga y'abamutoye.

    Abakinnyi ba filime kandi bazagera mu turere dutanu tw'igihugu hagamijwe kumenyekanisha ibikorwa byabo, gukorana ibikorwa by'urukundo n'abaturage, kumurika filime z'abo n'ibindi.

    Ibihembo bihataniye mu byiciro 23, birimo abantu 160. Ugereranyije n'umwaka ushize, ibi byiciro byarongewe cyane cyane ku ruhande rw'abantu bagira uruhare mu gukora no gutunganya filime.

    Mu bahatanye mu bihembo by'imodoka mu cyiciro cy'abagabo 'Best Actor (People's Choice)' harimo Mugisha Emmanuel uzwi nka Kibonge abikesheje filime yise 'Deceiver', Benimana Ramadhan uzwi nka Bamenya muri 'Bamenya Series', Irunga Longin wamamaye nka Tukowote uhatanyemo kubera filime 'Kaliza wa Kalisa', Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava na Habimana Swedi uzwi nka Soloba uhatanyemo kubera filime 'The Money' n'abandi batandukanye.

    Ni mu gihe mu cyiciro cya 'Best Actress (People's Choice)' hahatanyemo Mumararungu Joyeuse uzwi nka Micky urimo kubera filime 'Igihome', Niyonkuru Aimee uzwi nka Nyambo urimo kubera 'The Devil', Dusenge Clenia uzwi nka Madedeli urimo kubera 'Papa Sava', Mukasekuru Hadidja uzwi nka Fabiola urimo kubera 'The Devil', Uwimpundu Sandrine[Runfonsina] urimo kubera 'Shuwa Dilu', Irakoze Ariane Vanessa wamamaye nka Kate cyangwa Maya urimo kubera 'Hurts Harder', Uwamahoro Antoinette uzwi nka Intare y'Ingore urimo kubera 'Kaliza wa Kalisa' n'abandi batandukanye.

    Amatora yo kuri internet azatangira ku wa Mbere tariki 15 Nzeri 2025. Ushaka kureba urutonde rwose rw'abahatanye wakanda hano.

    Abantu batandukanye bafite aho bahuriye na sinema baheruka guhura n’abategura iri serukiramuco

    Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga mu minsi ishize yahuye n’abantu batandukanye bafite aho bahuriye na sinema abaganiriza ku rugendo rushya rw’iri serukiramuco uyu mwaka

    Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga yamaze impungenge abagize amakenga y’imodoka bateganya gutanga, avuga ko izaba ari nshya kandi uwayitsindiye azava mu iserukiramuco ayitahanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakinnyi-ba-filime-bazahembwa-imodoka-mashariki-african-film-festival

  • Kigali: Abapangayi barashinja ba nyir'inzu kubazamuriraho ibiciro uko bishakiye (Video) – #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali baganiriye na IGIHE, bavuga ko leta ikwiye kwinjira muri iki kibazo ku buryo amategeko arengera abapangayi mu buryo bugaragara, kuko abafite inzu bakodesha bazigira iturufu bakongeza igiciro cyazo uko biboneye, udahise abona ubushobozi bakamusohora adakoza amaguru hasi.

    Ihanabayo Loti avuga ko bamwe muri ba nyir'inzu muri Kigali bitwaza ko abantu benshi bajya kuhashakira ubuzima kandi inzu zitiyongera, bigatuma bongera ibiciro uko bashaka wakwanga kwishyura bakagusohora nabi kuko baba bizeye ko bazahita babona undi uyijyamo.

    Ati ''Hari igihe ujya nko mu nzu ukayikodesha, wamaramo nk'ukwezi kumwe cyangwa nk'amezi abiri, nyir'inzu akaba arayizamuye kandi nta kintu yayikozeho. Nta karangi yasizemo imbere, wenda inzu irava ntayivuguruye, ariko akagenda azamura buri munsi. […] Numva leta yagira icyo ibikora ho.''

    Uzabarera Jeanne Gentille we avuga ko ba nyir'inzu bitwaza ngo ibiciro ku masoko byazamutse na bo bakongeza ubukode bw'inzu uko bishakiye, kandi wenda imishahara y'abazikodesha itiyongereye. Asaba ko leta yabiha umurongo amategeko akubahirizwa uyarenzeho agahanwa, ikanagabanya imisoro ku bafite inzu zikodeshwa kuko na yo bayitwaza bagashyira umuzigo ku bapangayi.

    Ati ''Icyo kibazo cyambayeho, nanjye ndakodesha. […] akazi umuntu akora ugasanga ntabwo baba bari bumwongeze, ugasanga agize imbogamizi z'uko amafaranga na we ahembwa ku kazi abaye make kuko bamwongeje ku nzu.''

    ''Icyo leta yakora ni ugushishikariza ba nyir'inzu kugira ngo batananiza abakodesha, cyane cyane usanga ba nyir'inzu bitwaza ngo ibiciro hanze byaruriye, ngo ibiryo byarahenze, imisoro yarazamutse. Icyo nasaba leta ni uko yagabanya ku misoro ya ba nyir'inzu kugira ngo natwe bazatworohereze kutugabanyiriza ku nzu.''

    Mu kiganiro na IGIHE, Umunyamategeko Munyentwali Maurice, yavuze ko amakosa akunze kugaragara mu gukodesha inzu, ari uko nyirayo n'uyikodesha badakora amasezerano y'ubukode, n'abayakora ntibashyiremo ingingo zose zikwiye kumvikanwaho zirimo n'ijyanye no kongeza amafaranga, bityo ko mu guca izo mpaka baba bakwiye gukora amasezerano bafashijwe n'umunyamategeko.

    Ati ''Imibanire ya nyir'inzu n'ukodesha ishingiye ku masezerano gusa nta kindi. Itegeko rigenga amasezerano mu ngingo ya 64, rivuga ko amasezerano yakozwe hagati y'abantu babiri afatwa nk'itegeko ubwaryo. Ubwo ni ukuvuga ngo ibyo nyir'inzu yumvikanye n'ukodesha inzu ye, ni byo bigomba kugenderwaho kandi buri wese akabyubahiriza.''

    ''Niba umuntu agiye mu nzu y'undi bagomba kuvugana igiciro cy'ubukode, bakanavugana ibirebana n'igihe icyo giciro kizahindukira ngo kizamuke. […] Amasezerano agomba kuba arimo ingingo zose zisobanutse, cyane cyane kugira ngo birengere umupangayi, agomba kuvuga ati ngiye mu nzu, nubwo nzajya nishyura buri kwezi ariko aya masezerano afite agaciro k'imyaka itanu, ibiri cyangwa umwe. Biba bivuze ngo mbere y'icyo gihe ntibemerewe kuzamura ibiciro.''

    Umunyamategeko Munyentwali Maurice yavuze kandi ko mu masezerano hagati ya nyir'inzu n'uyikodesha, hagomba kujyamo uko bizamera mu gihe hagira ushaka gusesa amasezerano. Aha ni ku bw'impamvu zirimo no kwirinda ko nyir'inzu abonye utumva ibyo kongezwa ay'ubukode, yakwirukana nabi atanabanje kuguteguza.

    Munyentwali yibukije ko agaciro k'imitungo itimukanwa nk'inzu, kazamuka bitewe n'impamvu zitandukanye zirimo uko ibiciro buhagaze ku isoko, agaciro k'ifaranga ry'igihugu n'ibindi, bityo ko ibiciro by'ubukode bishibora kuzamuka, ariko ntibikorwe nko kurenganya abakodesha ngo bongezwe amafaranga buri gihe gito.

    Yongeyeho ko mu masezerano hanagomba kujyamo ibijyanye n'igihe amafaranga y'ubukode azongerwa n'umubare w'aziyongeraho.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-abapangayi-barashinja-ba-nyir-inzu-kubazamuriraho-ibiciro-uko-bishakiye

  • Ruhango: Bafatiwe mu cyuho bakekwaho kwiba ihene, umwe aricwa – #rwanda #RwOT

    Byabaye mu rukerera rwo ku wa 13 Nzeri 2025, mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango, Akagari ka Tambwe, mu Mudugudu wa Ruduha, aho urugo rw'uwitwa Uwineza Providence w'imyaka 49, rwatewe n'abagabo babiri, barimo uw'imyaka 57 n'undi w'imyaka 73, bitwaje intwaro gakondo zirimo umuhoro, icumu ndetse n'icyuma, maze bacukura inzu bashaka kwiba ihene.

    Abahungu bo mo muri urwo rugo, bahise babyuka batabaye, maze batangira kurwana n'abo bajura, umuhungu w'imyaka 17 waho bahita bamutema ku kaboko, naho mukuru we w'imyaka 24 akubita umwe mu babateye witwaga Uwiragiye Fabien w'imyaka 73 inkoni ku gahanga arakomereka bikabije, maze bamujyanye kuri Ivuriro ry'Ibanze rya Tambwe, ahita apfa.

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko Polisi n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) bakimara guhabwa amakuru bahise bajyayo hafatwa abo basore babiri, ndetse n'undi ukekwaho ubujura wari kumwe na nyakwigendera bose batabwa muri yombi.

    Ati 'Ubu bose uko ari batatu bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Kinazi, naho umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku Bitaro bya Kinazi gukorerwa isuzuma.'

    CIP Kamanzi, yaboneyeho kwibutsa abakomeje kwijandika mu bikorwa by'ubugizi bwa nabi birimo n'ubujura bihungabanya umutekano n'ituze ry'abaturage kubicikaho, kuko ari icyaha gihanwa n'amategeko ndetse ko uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira, anongeraho ko nta muturage ukwiye kwihanira, ahubwo usagariwe wese aba akwiye gutabaza inzego z'ubuyobozi zikamufasha.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-abakekwaho-ubujura-babiri-bafatiwe-mu-cyuho-biba-ihene-umwe-aricwa

  • Pologne yigaramye ibyo kohereza Ingabo muri Ukraine – #rwanda #RwOT

    Iyi Minisiteri yasohoye iri tangazo ibinyujije kuri X nyuma y'ibyari byatangajwe n'ibitangazamakuru bitandukanye birimo Reuters ndetse n'ibindi byo muri Ukraine ko abasirikare ba Pologne bagiye koherezwa muri iki gihugu kwiga uburyo bashobora guhangana n'ibitero by'indege zitagira abapilote ndetse n'ibisasu byo mu bwoko bwa missile.

    Ryagiraga riti 'Ibi ni ibije gusubiza ikibazo cy'aho imyitozo yo gukoresha indege zitagera abapilote izabera ndetse n'uburyo abahanga mu gukoresha ibi bikoresho by'ikoranabuhanga b'ibihugu byombi bazakorana.'

    'Ibiganiro biracyakomeje kandi bishingiye ahanini mu gukomeza imikoranire hagati y'ibihugu byombi mu bijyanye no gukoresha drones ndetse n'ubundi buryo mu kwirinda ibi bitero bya drones bituruka mu Burusiya.'

    Iri tangazo ryakomeje rishimangira ko mu gihe iyi myitozo yatangira ishobora kuzabera muri Pologne aho kuba muri Ukraine.

    Ku wa 11 Nzeri, nibwo Reuters yatangaje amakuru y'uko hari abasirikare ba Pologne bagiye kujya mu myitozo yo kurasa indege zitagira abapilote muri Ukraine.

    Yabitangaje nyuma y'aho Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yitangarije ko amaze kumvikana na Minisitiri w'Intebe wa Pologne mu kohereza igisirikare cyabo kwiga uburyo bashobora guhangana n'ibitero by'indege zitagira abapilote.

    Pologne yigaramye ibyo kohereza Ingabo muri Ukraine


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pologne-yigaramye-ibyo-kohereza-ingabo-muri-ukraine