Blog

  • Danny Usengimana yabatirijwe muri Canada #rwanda #RwOT

    Usengimana Danny wabaye rutahizamu w’amakipe atandukanye n’Ikipe y’Igihugu, yakiriye agakiza maze yemera kuvuka bundi bushya.

    Ni nyuma yo kubatirizwa muri Canada aho asigaye atuye n’umugore we.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yagaragaje ko yishimiye kubatizwa.

    Yifashishije amagambo aboneka mu Gitabo cy’Ibyahishuwe igice cya mbere umurogo wa 5 yagizd ati “Koko, Kristu aradukunda, yadukijije ibyaha akoresheje amaraso ye.”

    Danny Usengimana yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda nka Police FC na APR, Singida United yo muri Tanzania.

    Ni umwe mu bakinnyi bazi uburyohe bw’ikipe y’igihugu Amavubi kuko yayikiniye imikino itandukanye.

    Muri 2023 nibwo yafashe icyemezo cyo gusa nureka ruhago maze muri Nyakanga yerekeza Canada asanzeyo umugore we.

    Danny Usengimana yabatijwe

    Danny Usengimana yanakiniye ikipe y’Igihugu Amavubi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11966

  • Nyanza-Mukingo: Umwe muri 2 yishwe n'ingunguru bari batetsemo Kanyanga #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Nzeri rishyira iya 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Nkomero, Umurenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza, abagabo 2 bitwikiriye ijoro bateka Kanyanga(ikiyobyabwenge mu Rwanda). Mu gihe bari bayitetse mu ngunguru, yabashyuhanye cyane iraturika, ihitana umwe w'imyaka 35 y'amavuko arapfa. Ni mu gihe undi bari kumwe w'imyaka 36 y'amavuko yarusimbutse ariko arakomereka. Polisi na RIB bakigera yo, bihutiye kujyana uwakomeretse ku bitaro bya Gitwe kugirango yitabweho, ari n'aho umurambo wajyanywe.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko nubwo uwakomeretse yajyanywe kwa muganga kugira ngo yitabweho, ariko ko niyoroherwa agomba gukurikiranwa n'Ubugenzacyaha/RIB ku gikorwa kitemewe cyo gukora cyangwa guteka Kanyanga, kuko ari Ikiyobyabwenge.

    Polisi, irahumuriza abaturage ariko kandi ikanabibutsa ko bakwiye kwirinda ibikorwa byose bibi birimo; Guteka, Kunywa no Gucuruza Kanyanga kuko bitemewe kandi bihanirwa n'Amategeko.

    Inkono ya Kanyanga, Ingunguru yabaturikanye itwara ubuzima bw'umwe.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, asaba kandi abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya Ibyaha. Arabwira abantu bose ko uwo ariwe wese wijandika mu bikorwa byose bitemewe, bigize icyaha atazihanganirwa, ko Polisi izamuhiga agafatwa agashyikirizwa Amategeko.
    intyoza.com

    The post Nyanza-Mukingo: Umwe muri 2 yishwe n'ingunguru bari batetsemo Kanyanga first appeared on Intyoza.

    The post Nyanza-Mukingo: Umwe muri 2 yishwe n'ingunguru bari batetsemo Kanyanga appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/01/nyanza-mukingo-umwe-muri-2-yishwe-ningunguru-bari-batetsemo-kanyanga/

  • Bugesera: Izuba ryumishaga imyaka rigiye gukoreshwa mu kuyuhira – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Nzeri 2025, ubwo mu Murenge wa Rweru hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ugamije kuhirira imyaka kuri hegitari 20 zikikije ikiyaga cya Rweru gisanzwe gihingwaho n'abahinzi bo muri uyu Murenge. Ibi bikorwa byo kuhira bikazagirwamo uruhare n'umuryango wita ku bidukikije n'Amajyambere y'icyaro (REDO)

    Umuyobozi Mukuru wa REDO, Dr. Gashumba Damascene, yavuze ko batekereje gushyira mu bikorwa uyu mushinga wo kuhirira imyaka abaturage kugira ngo bafashe abaturage kubyaza umusaruro izuba ryari ryarabazengereje baribyazamo ibisubizo mu kongera umusaruro.

    Ati '' Twafashe imirasire y'izuba turagenda dukurura amazi akajya hejuru ku musozi ku buryo abaturage bayakura ku musozi bakayohereza mu mirima yabo. Ikindi tuzakora ni ugutera ibiti ibihumbi 60 birimo ibihumbi 30 by'ibiti bivangwa n'imyaka ndetse n'ibiti ibihumbi 30 by'imbuto ziribwa.''

    Nkurayabo Eugenie utuye mu Kagari ka Batima mu Murenge wa Rweru, yavuze ko uyu mushinga watangiye wuhirira imirima baturanye babona ari byiza bituma bifuza ko na bo wabafasha mu guhinga ibihembwe bitatu kubera kuhirirwa imyaka.

    Yagize ati '' Ibihembwe bibiri twahingaga na byo twararumbije none tugize Imana tubona badusabye kujya muri Koperative tukihuza ubundi bakadufasha kuhira, twarabikoze rero uko tugera kuri 60, ubu rero turishimye bizaba ari byiza cyane.''

    Musabyimana Jean de Dieu we yagize ati '' Ubusanzwe hano dukunda kugira izuba ryinshi hari n'igihe twizera ko igihembwe cy'ihinga kigiye kutubera cyiza bigahindagurika ugasanga havuye izuba ryinshi cyane, uyu mushinga rero REDO yatugejejeho, n'iyo izuba ryadutungura twakomeza tugahinga, rya zuba tukaribyaza umusaruro.''

    Musabyimana yavuze ko kuhira bakoresheje imirasire y'izuba bizabafasha kweza imyaka myinshi bitewe n'uko mu igerageza rya mbere ryakorewe kuri hegitari 5000 bejejemo ibitunguru n'izindi mboga nyinshi.

    Umuyobozi wa RAB Sitasiyo ya Rubirizi, Ayinkamiye Agnes, yavuze ko iki gikorwa cyo kuhirira abaturage ba Rweru ari cyiza cyane kuko bizafasha mu kuzamura umusaruro ndetse binatume abahinzi bahinga ibihembwe bitatu.

    Ati '' Aho bazatunganya hazahingwa imboga n'ibindi bihingwa nk'ibigori, ibishyimbo n'ibindi. Uyu mushinga rero icyo uje gukora ni ugufasha aba bahinzi kongera umusaruro no kongera ibiti bivangwa n'imyaka ndetse n'ibiti by'imbuto.''

    Biteganyijwe ko uyu mushinga uzamara imyaka ibiri ukazatwara miliyoni 300 Frw, abaturage basabwe kurinda ibikorwaremezo bizubakwa ndetse no kurushaho kubyaza umusaruro ubuso buzuhirwa.

    Ibikorwa byo kuhira bisigaye bikorwa hifashishije ingufu z’imirasire y’izuba


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bugesera-izuba-ryumishaga-imyaka-rigiye-gukoreshwa-mu-kuyuhira

  • Muri Shampiyona y'Isi y'Amagare ibihumanya umwuka byagabanyutseho 45% – #rwanda #RwOT

    Hashingiwe ku bipimo bya mbere y'aya marushanwa yamaze iminsi umunani mu Rwanda no mu gihe yari ari kuba.

    Mu kugenzura ihumana ry'umwuka mu bihe by'iri rushanwa, REMA yashyizeho sitasiyo 10 zigenzura uko umwuka wandura mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali, hagamijwe kureba uko bimeze mu mihanda yafunzwe n'itafunzwe.

    Zashyizwe mu bice bya Gacuriro, Rusororo, Mont Kigali, Gikondo, Nyarutarama, Kibagabaga, Kimironko, Nyabugogo, no ku Kimihurura.

    Mu busesenguzi REMA yakoze yabonye ko gufunga by'agateganyo imihanda minini byagize uruhare mu kugabanya ihumana ry'umwuka abantu bahumeka mu Mujyi wa Kigali.

    Hapimwe PM 2,5 (Particulate Matter). Ni utuvungukira duto tw'ibinyabutabire tujya mu kirere tungana na mikorometero 2,5. Ni duto cyane utabasha kubonesha ijisho kuko tuba turi munsi y'ingano y'umusatsi inshuro nka 30.

    Kuko ari duto cyane iyo umuntu aduhumetse twinjira ako kanya mu bihaha ndetse tukaba twagera mu miyoboro y'amaraso. Iyi myanda ituruka cyane ku binyabiziga bikoresha lisansi na mazutu, gucana amakara n'ibikomoka kuri peteroli, imyotsi iva mu nganda n'ibindi.

    Dutera ibibazo byinshi ku buzima nko gukorora, kubabara mu gituza, kubura umwuka nk'ingaruka z'igihe gito indwara z'ibihaha nka kanseri n'izumutima, stroke, kwangiriza umwana uri mu nda n'izindi.

    Indi mihanda yitabazwaga mu gusimbura iyaberagamo isiganwa kugira ngo ingendo zikomeze ariko itari isanzwe ikoreshwa cyane, ibyanduza imyuka byagabanyutse ku rugero ruri hagati ya 30% na 35%. Mu gihe mu bihanda itararebwaga n'isiganwa nta cyahindutse.

    Mu cyumweru cy'isiganwa sitasiyo zipimirwaho umwuka zagaragaje umwuka udahumanye kuko ibiwanduza byari byagabanyutse ugereranyije n'ibisanzwe.

    Mu mihanda yafunzwe burundu kwandura k'umwuka byari ku rugero rwa µg/m³ 30 ugereranyije no hafi ya µg/m³ 50 biba biriho mu busanzwe.

    µg/m³ bisobanuye mikorogaramu (microgramme) muri metero kibe imwe. Mikorgaramu imwe ingana na kimwe cya miliyoni cy'igarama. Bivuze ngo haba harebwa ingano y'ibyanduza umwuka muri metero kibe imwe.

    Bisobanuye ko mu bihe bya Shampiyona y'Isi y'Amahare, ibyanduza umwuka byanganaga na microgramme 30 muri buri metero kibe imwe y'umwuka ibyo twagereranya nk'ikilo kimwe kirenga cy'umwuka.

    Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, yavuze ko ibyavuye mu isesengura bakoze bigaragaza uburyo kugabanya imyuka yanduza ikirere bigira uruhare mu gusukura umwuka mwiza abantu bagomba guhumeka.

    Ati 'Muri Shampiyona y'Isi y'Amagare, ntabwo umwuka wahumanye cyane, ibintu byiza ku baturage ugereranyije n'amabwiriza y'Ishami rya Loni ryita ku Buzima.'

    OMS isaba ko byibuze ku mwaka impuzandengo y'utuvungukira dufite umurambararo wa mikorometero 2,5 utagomba kurenga microgramme 10 muri metero kibe imwe, na ho mu gihe cy'amasaha 24, tutagomba kurenga microgramme 25 muri metero kibe imwe.

    Kabera ati 'Ibi bikwiriye kutwereka ko dukwiriye kwita ku binyabiziga byacu uko bikwiriye, kwitabira uburyo bw'ubwikorezi butangiza, nko gukoresha ubwikorezi bwa rusange, kwisunga amagare no kugenda n'amaguru aho bishoboka no kwirinda gukoresha imodoka aho bitari ngombwa. Kugira umwuka usukuye twabishobora mu gihe dushizeho ingamba zifatika mu buzima bwa buri munsi.'

    Mu gihe imibare igaragaza ko ibinyabiziga (moto n'imodoka) ari byo biza ku isonga mu guhumanya umwuka, Guverinoma y'u Rwanda yatangiye gupima byihariye imyuka isohorwa na byo.

    Bikorwa mu buryo busanzwe kuri Contrôle technique, aho Polisi igenzura imodoka ariko hakabaho n'ahandi REMA igenzurira umwuka uhumanya w'ikinyabiziga.

    Gusaba gusuzumisha bikorerwa ku Irembo nk'uko bisanzwe ariko mu buryo bubiri, kuko umuntu uvuye gusuzumisha ikinyabiziga azajya ahabwa ibyemezo bibiri.

    Umwuka wo mu Mujyi wa Kigali ntiwahumanye cyane mu bihe bya Shampiona y’Isi y’Amagare

    Shampiyona y’Isi y’Amagare yafashije mu kugabanya ibihumanya umwuka ku kigero cya 45%

    Abasiganwa ku magare bo mu bihugu birenze 100 bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare

    Kugabanya ibinyabiziga bya meteri byagabanyije ihumana ry’ikirere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muri-shampiyona-y-isi-y-amagare-ibihumanya-umwuka-byagabanyutseho-45

  • Abanyeshuri mu ngabo za Zambia bari kwigira ku Rwanda kwimakaza amahoro – #rwanda #RwOT

    Ni uruzinduko iryo tsinda ryatangiye ku itariki 28 Nzeri rukazarangira ku wa 4 Ukwakira 2025. Riyobowe na Col Elias Zulu bakaba biga mu ishuri rya gisirikare rya Zambia ryitwa Zambia Defence Services Command and Staff College.

    Ku wa 30 Nzeri 2025 iryo tsinda ryasuye Minisiteri y'Ingabo z'u Rwanda ku Kimihurura.

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yabasobanuriye urugendo rw'u Rwanda mu iterambere n'uburyo rutanga umusanzu warwo mu kugarura umutekano ku Mugabane.

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yashimye Igisirikare cya Zambia n'Ishuri rya Gisirikare iryo tsinda ribarizwamo kuba barahisemo u Rwanda nk'ahantu ho gukorera urugendo rugamije kwiga.

    Yavuze ko kandi urwo rugendoshuri rushimangira ubucuti bukomeye n'ubufatanye mu bya gisirikare hagati y'ibihugu byombi by'umwihariko mu byerekeye kubaka ubushobozi.

    Ati 'U Rwanda uyu munsi ni Igihugu kimaze gutera intambwe. Mu myaka 30 yakurikiye Jenoside yakorewe Abatutsi twavuye ku kuba Igihugu gikeneye ubufasha mpuzamahanga mu kubungabunga amahoro tuba abatanga umusanzu mu kugarura amahoro muri Afurika n'ahandi.'

    Yakomeje ati 'U Rwanda uyu munsi rufite amahoro, rurashikamye kandi ni Igihugu kireba kure mu mibereho myiza n'iterambere ry'ubukungu birambwe rudaciwe intege n'imbogamizi mu bijyanye n'umutekano ziri mu Karere ruherereyemo.'

    Col Elias Zulu yashimye Ingabo z'u Rwanda kuko basobanuriwe birambuye ku musanzu wazo mu iterambere ry'imibereho myiza n'ubukungu by'Igihugu bakabasha kubyigiraho.

    Yagaragaje kandi ko itsinda ayoboye ryigiye isomo rikomeye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali rinjyanye n'amateka yarwo n'uburyo rwanze guheranwa na yo.

    Abagize iryo tsinda kandi banasuye Ingoro y'Amateka y'Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse biteganyijwe ko bazakomeza gusura ahantu hatandukanye mu Rwanda.

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yaganirije abagize iryo tsinda ku rugendo rw'u Rwanda n’umusanzu zitanga mu iterambere

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yashimye Igisirikare cya Zambia n'Ishuri rya Gisirikare iryo tsinda ribarizwamo kuba barahisemo u Rwanda nk'ahantu ho gukorera urugendoshuri

    Abalimu n'abanyeshuri mu ngabo za Zambia bari kwigira ku Rwanda ibyerekeye iterambere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-mu-ngabo-za-zambia-bari-kwigira-ku-rwanda-kwimakaza-amahoro

  • APR FC yatsindiwe na Pyramids FC ku zuba ry’i Nyamirambo, urugendo rugana mu Misiri ruzamo ihurizo (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ibitego bibiri bya Fiston Kalala Mayele byafashije Pyramids FC gutsindira APR FC i Kigali mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.
    Ni umukino APR FC yagiye gukina ibizi ko igomba gukora ibishoboka byose bakawutsinda cyane ko imikino 4 yahuje aya makipe nta na rimwe bigeze babasha gutsinda Pyramids FC.

    Pyramids FC na yo ikaba itari yakabashije gutsindira APR FC i Kigali kuko inshuro 2 bakiniye mu Rwanda, banganyije.

    Pyramids FC ikaba itari yishimiye ko umukino washyizwe saa 14h00′ kuri Kigali Pelé Stadium, bibazaga icyo Amahoro yabaye.

    Umutoza wa APR FC yari afite abakinnyi be bose uretse rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara urwaye akaba atarakira.

    Uyu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League wasifuwe n’abasifuzi bo muri Mauritania bari bayobowe na Abdel Aziz Bouh.

    Iminota 10 ya mbere y’umukino wabonaga APR FC irimo ishyira igitutu kuri Pyramids ndetse ibona amahirwe ariko ntiyayabyaza umusaruro.

    Pyramids FC nayo yanyuzagamo igasatira ariki ntacyo byatanze kuko amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 0-0.

    APR FC yatangiye igice cya kabiri ishaka igitego ndetse ibayanakibonye ku munota wa 46 ku mupira Ruboneka yahinduye imbere y’izamu maze William Togui agashyiraho umutwe ariko umunyezamu akawushyira muri koruneri itagize icyo itanga.

    Ku makosa ya Niyomugabo Claude ku munota wa 51 Fiston Kalala Mayele yatsindiye Pyramids igitego cya mbere.

    Ku munota wa 54 umunyezamu Naser yongeye kurokora Pyramids ku mupira yatewe na William Togui Mel.

    Ku munota wa 71 Naser yakuyemo undi mupira ukomeye wa Memel Raouf Dao ni nako ku munota wa 72 umutoza wa Pyramids, Krunoslav Jurcic yahawe ikarita itukura.

    APR FC yakomeje gushaka igitego ariko ntiyabyaza umusaruro amahirwe yabonye.

    Ku munota wa 85 Fiston Kalala Mayele yaje kubona igitego cya kabiri umukino urangira ari 2-0.

    Umukino wo kwishyura uzabera mu Misiri ku Cyumweru tariki ya 5 Ukwakira.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11965

  • Muhanga: Umusore wararanye umwana w'imyaka 17 ari guhigishwa uruhindu – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe ko uyu musore wo mu murenge wa Kibangu mu karere ka Muhanga yakingiranye umwana w'umukobwa mu nzu, ku wa 27 Nzeri 2025 mu saa Yine z'Amanywa, akamukingurira umunsi ukurikiye mu masaha ya mu gitondo yamusambanyije.

    CIP Kamanzi Hassan mu kiganiro yagiranye na TV1 yatangaje ko uyu musore ari gushakishwa n'inzego zishinzwe umutekano ndetse ko n'ikirego cyatanzwe mu nzego zirebwa n'iki kibazo muri aka karere.

    Yagize ati 'Umubyeyi w'umwana, mu saa Kumi ni bwo yatanze ikirego, ubwo rero ibindi bijyanye no gushaka uwahohoteye umwana byatangiye rwose.'

    Umuryango w'uyu mwana wasobanuye ko bari babuze umwana wabo mu mugoroba wo ku wa 27 Nzeri nyuma babajije umwana ababwira ko uwo musore yamukingiranye mu nzu biza kurangira anamusambanyije.

    Ku ruhande rw'uyu mwana yasobanuye ko yari yagiye gusura mushiki w'uyu muhungu asanga adahari birangira uyu musore amukingiranye mu nzu, maze ategereza ko ab'aho bataha araheba.

    Yagize ati 'Uyu muhungu yashyizeho ingufuri arakinga, bwije ntegereza ko iwabo bataha ndababura. mu masaa cyenda za nijoro nibwo yamfashe.'

    Byatangajwe ko umuryango ukimenya amakuru ko wahise ujyana umwana ku bitaro bya Nyabikenke kugira ngo ahabwe ubufasha burimo ibinini bituma adasama, n'imiti imurinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Gusa abaturage batuye muri aka gace bakomeza basaba ko uyu musore yashakishwa kugira ngo ahanirwe ibyo yakoze, kuko yasambanyije umwana utujuje imyaka y'ubukure.

    Umusore wararanye umwana ufite imyaka 17 ari guhigishwa uruhindu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-umusore-wararanye-umwana-w-imyaka-17-ari-guhigishwa-uruhindu

  • CHANCEN na HEC byinjiye mu bufatanye bwo guteza imbere ireme ry'uburezi mu mashuri makuru na kaminuza mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ni ubufatanye bushingiye ku kubakira ubushobozi ibigo bya kaminuza mu guteza imbere ireme ry'uburezi, no gushyigikira gahunda yo gufasha urubyiruko kubona akazi.

    Ni ubufatanye kandi bugamije gusangira ubumenyi, no guteza imbere uburyo bwafasha mu kugeza uburezi bufite ireme kuri bose mu Rwanda. Ari na ko impande zombi zifatanya mu gushishikariza urubyiruko kongera ubumenyi no kubahuza n' isoko ry' umurimo bakiteza imbere.

    Mu bindi bizibandwaho, ni uguhugura abakozi, gutanga ubufasha mu bya tekiniki, kwimakaza ireme ry'uburezi, guteza imbere uburyo bugezweho bwo kugenzura abanyeshuri hagamijwe kubaha ubumenyi bukenewe ku isoko ry'umurimo.

    Aya masezerano yasinywe ku wa 29 Nzeri 2025.

    CHANCEN International ifasha abanyeshuri bashaka kwiga muri kaminuza zo mu Rwanda kwishyurirwa amafaranga y'ishuri. Abishyuririwe, bazajya bishyura CHANCEN International nyuma barangije kwiga nk'uko Umuyobozi Mukuru w'iki kigo, Batya Blankers, abisobanura.

    Yagize ati 'Ubufatanye bwa Chancen International na HEC bugamije guteza imbere ireme ry'uburezi mu Rwanda, abanyeshuri n'abakora mu burezi muri rusange tukabongerera ubushobozi, kuko ni bwo shoramari rikomeye igihugu gikora kigamije iterambere rirambye. Tuzasangira ubumenyi, tunafashe mu kurandura ubushomeri mu rubyiruko hisunzwe ubumenyi bahawe.'

    Batya Blankers yongeyeho ko nta munyeshuri bajya bishyuza atarabona akazi kandi ko n'iyo gahagaze yaratangiye kwishyura baba bamuhagarikiye.

    Umuyobozi Mukuru wa HEC, Kadozi Edward, yagize ati' Aya masezerano yemeza ubufatanye hagati y'ibigo byombi mu rwego rwo guteza imbere uburezi no gushyigikira iterambere ry'abakiri bato.'

    CHANCEN International ikomoka mu Budage ariko icyicaro gikuru kikaba mu Rwanda, ikanakorera mu bindi bihugu bya Afurika nka Kenya, Ghana na Afurika y'Epfo.

    CHANCEN International yishyurira abanyamuryango binyuze mu masezerano yo gusangira inyungu azwi nka 'Income Share Agreement: ISA'.

    Kugeza ubu Ikigo CHANCEN International kimaze kwishyurira mu Rwanda abarenga 4500 kwiga ndetse abangana na 2.000 muri bo batangiye kwishyura.

    Umuyobozi Mukuru wa CHANCEN, Batya Blankers yavuze ko umunyeshuri bafashije kwiga yishyura iyo yabonye akazi

    Umuyobozi Mukuru wa HEC, Edward Kadozi, yavuze ko ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri makuru mu Rwanda

    Abakozi b’impande zombi bari bahari ubwo hasinywaga amasezerano


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/chancen-na-hec-byinjiye-mu-bufatanye-bwo-guteza-imbere-ireme-ry-uburezi-mu

  • Ngoma: Imbamutima z'abahinzi babonye umusaruro mwiza kubera CDAT – #rwanda #RwOT

    CDAT ni umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda, washowemo miliyari 300 Frw harimo inkunga nyunganizi yagenewe miliyari 15 Frw yagenewe gufasha abakora ubuhinzi n'ubworozi kubona inkunga ibafasha kubikora mu buryo bugezweho.

    Bamwe mu bahawe iyi nkunga harimo abahinzi b'inanasi babarizwa muri Koperative KOABANAM ikorera muri Mugesera na Zaza, bakaba bazihinga kuri hegitari 500.

    Perezida wa KOABANAM, Muzerwa Alex, agaragaza ko ahantu bakorera ubu buhinzi ubundi hari hasanzwe hari ishyamba rya kimeza aho bakundaga guhingamo ibihingwa bisanzwe birimo imyumbati n'ibijumba ku buryo batabashaga gusagurira amasoko.

    Yakomeje avuga ko ubuyobozi bw'akarere bwabasabye ko batangira kuzajya bahakorera ubuhinzi bw'inanasi ndetse bagahuza ubutaka kubera ko ari byo byari kubafasha kuziteza imbere.

    Ibyo barabikoze ndetse n'ubuyobozi bukazajya bubafasha kubona imbuto z'inanasi gusa ibi byaje guhinduka birangira iyi koperative isa nkaho isenyutse ndetse abanyamuryango bari barimo bagera ku 120 baza kuyivamo.

    Ati 'Iyo ya mbere yari ifite abanyamuryango 120 b'abahinzi ariko twaje kwisanga turi abantu 11 gusa, dushaka abandi bashya babigize umwuga dutangira guhinga mu buryo bwa kinyamwuga.'

    Nyuma yo kwishakamo imbaraga batangiye gukora ubuhinzi bwa kinyamwuga kandi buvuguruye bwabafashije kongera umusaruro ndetse biza no kugera aho babura uko bawugeza uwo musaruro ku masoko.

    Gusa Muzerwa avuga ko ibyo bibazo byo kubura uko bageza umusaruro ku masoko byatangiye gukemuka ubwo babonaga inkunga na CDAT yo kugura imodoka kuri ubu isigaye ibafasha kuwugeza ku isoko.

    Ati 'Mbere byaratugoraga kubera ko byadusabaga gukodesha imodoka kugira ngo iwujyane ariko rimwe na rimwe ntizize cyangwa zigatinda ariko ubu kuva aho tuyiboneye dusigaye tubasha kuwugeza ku isoko mu buryo bworoshye.'

    Yakomeje avuga ko imodoka baguze ibafasha gutwara umusaruro wa toni enye ariko ko bafite intego yo kugura indi modoka yisumbuyeho izajya ibafasha kuwugeza ku isoko kubera ko hari igihe umusaruro ubabana mwinshi bigasaba ko bongera gukodesha.

    Iyi modoka yahawe iyi koperative ifite agaciro kangana na miliyoni 50 Frw, CDAT yatanze miliyoni 25 Frw mu gihe asigaye yatanzwe n'abanyamuryango ba KOABANAM kuri ubu basigaye barageze kuri 63 barimo abagore 29 n'abagabo 34.

    Ku rundi Mukadusabe Petronile umukobwa wa Mugirasoni Agnes utuye mu Murenge wa Zaza, Akarere ka Ngoma, uri mu bahwe inkunga nyunganizi na CDAT yo kumwubakira ikiraro kigezweho cy'inkoko zitera amagi, na we arashimira uyu mushinga wabafashije kwiteza imbere.

    Mukadusabe avuga ko batangiye gukora ubworozi bw'inkoko mu 2012, icyo gihe bari bafite izigera kuri 500 ariko zigenda ziyongera uko inyungu zitanga ziyongeragamo ku buryo zaje no kugera ku 1000.

    Gusa avuga ko nubwo umubare w'inkoko wiyongeraga n'umusaruro w'amagi wiyongera, batekereje babishyira ku rundi rwego kugira ngo bazabashe guhaza isoko kubera ko bari bamaze kubona abakiliya benshi bikaba byaratumye bajya gusaba iyi nkunga muri CDAT.

    Ati 'Impamvu twahisemo kujya kwaka inkunga yo kubakirwa ibiraro bigezweho muri CDAT ni ukubera ko ibyo twari dufite mbere twari twarabyubatse mu buryo bwacu, bitujuje ubuzirange.'

    Nyuma yo gutanga ubwo busabe, umushinga wabo wahise utoranywa mu mishinga igomba guhabwa inkunga nyunganizi kandi ko kuva bayibona umusaruro wiyongereye cyane.

    Ati 'Mbere twari dufite inkoko 2000 gusa ariko bamaze kutwubakira ikiraro byatumye tugira ingufu ku buryo ubu dufite izigera ku 6000.'

    Yakomeje agira ati 'Inkoko z'amagi dufite ubungubu ziri gutera ku kigero cya 90%, iyo zigabanyutseho gatoya zigera kuri 88% ni ukuvuga ko hafi ya zose ziratera kubera ko ku munsi zishobora gutera amagi 5400 mu gihe mbere zateraga angana 1.800 ku munsi.'

    Ubundi muri rusange, uyu mushinga w'inkoko zitera amagi watwaye agera kuri miliyoni 85.950.008 Frw, CDAT itanga agera kuri 42.975.004 mu gihe na bo batanze ayasigaye.

    Uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa ku bufatanye n'Ikigega giteza imbere imishinga mito n'iciriritse, BDF, ubu cyahujwe na Banki yAmajyambere y'u Rwanda (BRD) n'Ishami rishinzwe gukurikirana imishinga mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n'Ubworozi (RAB-SPIU).

    Umusaruro w’amagi wariyongereye nyuma y’uko babonye inkunga ya CDAT

    Mukadusabe Petronile ari kugaburira inkoko ubu zitera amagi arenga arenga 5400

    Perezida wa KOABANAM, Muzerwa Alex ari gusarura inanasi zatangiye kwera, avuga ko ubu ari bwo babona umusaruro mwiza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ngoma-imbamutima-z-abahinzi-babonye-umusaruro-mwiza-kubera-cdat

  • Intego y’igitaramo cya ‘Chorale Baraka’ yatumiyemo Rev. Dr. Antoine Rutayisire #rwanda #RwOT

    Chorale Baraka yo muri ADEPR yateguye igitaramo yise ‘IBISINGIZO’ gifite intego yo gufasha abantu kuva mu byaha bakamenya Umwami Yesu.

    Ni igitaramo kizaba tariki ya 4-5 Ukwakira 2025 kikabera kuri ADEPR Nyarugenge.

    Cyatumiwemo Rev. Pastor Valentin Rurangwa, Pastor Mugabowindekwe na Rev. Dr Antoine Rutayisire bazatanga inyigisho.

    Perezida wa Chorale Baraka, Muhayimana Jean Damascene yavuze ko iki gitaramo kizaba iminsi ibiri ari umwanya mwiza wo kwegerana n’Imana.

    Ati “Intego yacu dukuyeho ibindi byose, ni uko abanyabyaha bakizwa, ni uko abantu bava mu byaha bakamenya umwami yesu. Turwanya twivuye inyuma ikintu gituma abantu batava mu byaha.”

    Uretse ibi kandi bizaba umwanya wo kumvisha abakunzi b’iyi Chorale indirimbo nshya za yo zirimo na “IBISINGIZO” bitiriye iki gitaramo.

    Chorale Baraka, yari imaze iminsi isa n’aho icecetse, yamaze impungenge abakunzi ba yo ko ubu noneho bagiye gukora cyane batazongera kubura nk’uko byagenze nubwo birinze kugaruka ku cyabiteye.

    ‘Ibisingizo Live Concert’, Chorale Baraka izafatanya n’andi makorali nka Iriba Choir ya ADEPR Taba ya Huye, Besalel Choir ya ADEPR Murambi, Gatenga Worship Team ya ADEPR Gatenga, The Light Worship Team ya CEP ULK.

    Iki gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo zitandukanye, kwinjiramo bizaba ari ubuntu.

    Baraka Choir ni korali yatangiye ikorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR Paruwasi Nyarugenge, itangirana n’abaririmbyi 12, iririmbira mu cyumba cyo mu Cyahafi. Nyuma abayobozi bababonyemo impano, bahise babazamura bajya kuririmbira Nyarugenge ku rusengero batangira gukora umurimo w’Imana bisanzuye noneho mu rusengero.

    Icyo gihe, hari mu 1982 batangira bitwa Chorale Cyahafi, nyuma mu 1996 baza guhindura izina bitwa Baraka. Iyi korali ni iya kabiri muri korali umunani zibarizwa kuri uru rusengero.

    Chorale Baraka ifite igitaramo mu mpera z’iki cyumweru

    Chorale baraka izakora gitaramo gifite intego yo gufasha abantu kuva mu byaha

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11964