Blog

  • Al Merreikh yatsindiye Police FC ku itara (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Al Merreikh yafashe umwanya wa kabiri ku rutonde rwa gateganyo wa Shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC igitego kimwe ku busa.

    Wari umukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26 aho Police FC ya 5 ku rutonde n’amanota 37 yari yakiriye Al Merreikh ya 3 n’amanota 41.

    Nyuma y’ibibazo bitandukanye yagize, Byiringiro Lague yari yagarutse muri 11 ba Police FC umutoza Ben Moussa yari yabanje mu kibuga.

    Mbere y’uyu mukino, ikipe ya Al Merreikh yari ifite icyapa kiriho uwahoze ari rutahizamu wayo ukomoka muri Nigeria, Endurance Idahor hari mu rwego rwo kumwibuka kuko amaze imyaka 16 yitabye Imana aho yapfuye tariki ya 6 Werurwe 2010.

    Ku munota wa 7 w’umukino, Al Merreikh iba yabonye igitego ku ishoti Dauda Ba yateye ariko myugariro Issa Yakubu akitambika akawukuramo.

    Mu minota 10 ya mbere Police FC yari itarinjira mu mukino neza, ahubwo yarangwaga no gukora amakosa menshi.

    Umukino warimo ukinirwa mu kibuga hagati cyane, kuba ikipe yarema uburyo bw’ibitego bibanza kugorana aho nka Police FC yacungiraga ku mipira miremire ariko ubwugarizi bwa Al Merreikh bwari buhagaze bwuma, indi mipira abakinnyi ba Police bakisanga baraririye.

    Police FC yabonye amahirwe ya mbere ku munota wa 24 ku mupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Udahemuka Jean de Dieu ariko Issa Yakubu ashyizeho umutwe unyura hejuru y’izamu.

    Ku munota wa 28, Obino Chisala yagerageje ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina ariko umupira unyura hejuru y’izamu ryari ririnzwe na Niyongira Patience.

    Aya mahirwe yakurikiwe n’andi yo ku munota wa 31 kuri kufura yatewe na Obino ariko umupira ukanyura hejuru gato y’izamu rya Police FC.

    Police FC yabonye amahirwe akomeye ku munota wa 37 ku mupira Kwitonda Alain yacomekeye Byiringiro Lague akinjira mu rubuga rw’amahina agacenga umunyezamu agahita awuha Ekeson Okorie yajya gutera akawuhusga ariko ugasanga Kwitonda Alain ahagaze neza yawutera mu izamu ugakurwamo n’ubwugarizi.

    Police FC yongeye kubona andi mahirwe ku munota wa 43 wacomekewe Udahemuka Jean de Dieu akinjira mu rubuga rw’amahina ariko yatera mu izamu, umunyezamu Ladji Brahima Sanou akawukuramo, wavuyemo koruneri itagize icyo itanga. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

    Bitandukanye n’igice cya mbere, icya kabiri cyatangiye umukino urimo wihuta, umupira uva ku izamu rimwe ugera ku rindi, buri kipe yashakaga igitego.

    Byiringiro Lague ku munota wa 53 yahushije uburyo bw’igitego bwabazwe ku mupira yari ahinduriwe na Kwitonda Alain ariko yawutera ukanyura hanze y’izamu.

    Al Merreikh yakoze impinduka za mbere ku munota wa 60, Chikumbutso Salima na Aboubacar Bachir Bangoura bahaye umwanya Mujtaba Faisal Ishag na Mohamed Gnane.

    Police FC wabonaga iri mu mukino neza, yongeye guhusha andi mahirwe ku munota wa 65 ku mupira wahinduwe na Kilongozi ariko hakabura ushyira mu izamu.

    Ku munota wa 68, Police FC yatakaje umupira mu kibuga hagati ufatwa na Obino Chisala agerageza ishoti rikomeye ariko umupira unyura hanze gato y’izamu.

    Police FC ikaba yakoze impinduka za mbere ku munota wa 73 aho Ani Elijah yinjiye mu kibuga asimbura Kwitonda Alain.

    Police FC yarimo ishaka igitego yongeye guhusha ubundi buryo ku munota wa 79 ku mupira wahinduwe imbere y’izamu na Udahemuka ariko Ani Elijah akaninirwa gushyira mu izamu.

    Ku burangare w’ubwugarizi bwa Police FC, Al Merreikh yatsinze yabonye igitego cya mbere ku munota wa 81 cyatsinzwe na Mohamed Gnane ku mupira wari uvuye kuri kufura.

    Al Merreikh yahise ikora impinduka Mutaz Hashim asimbura Fenohasina Gilles Razafimaro. Ni nako Musab Mohammed Makeen yaje gusimbura Rijaniaina Nicolas.

    Ku munota wa 85, Police FC yakoze impinduka 2, David Chimezi na Udahemuka Jean de Dieu bavuye mu kibuga hinjiramo Rudasingwa Prince na Ishimwe Christian.

    Police FC yashatse uko yishyura iki gitego biranga umukino urangira ari 1-0.

    Al Hilal niyo iyoboye urutonde rwa Shampiyona n’amanota 45, Al Merreikh yahise ifata uwa kabiri n’amanota 44, APR FC 43, Rayon Sports 38, Police FC 37.

    Indi mikino y’umunsi wa 23 uko yagenze

    Al Hilal 5-0 Gicumbi FC
    Gasogi United 0-0 Rutsiro FC
    Musanze 0-1 Mukura VS
    Bugesera FC 2-1 Kiyovu Sports
    Marines FC 2-2 APR FC
    AS Kigali 2-2 AS Muhanga
    Amagaju FC 2-1 Gorilla FC
    Etincelles FC 1-1 Rayon Sports

    Yabanje kwibuka umukinnyi wayo Endurance Idahor witabye Imana 2010

    Al Merreikh yatsinze Police FC

    Source : http://isimbi.rw/al-merreikh-yatsindiye-police-fc-ku-itara-amafoto.html

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi #rwanda #RwOT

    Mu iyi minsi amakuru akomeje kugaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi buri gukoresha abantu batandukanye mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda. Mu bavugwaho kugira uruhare muri iyo migambi harimo Jean-Luc Habyarimana, umuhungu wa Juvénal Habyarimana wahoze ari Perezida w'u Rwanda.
    Amakuru atandukanye aturuka mu nzego zikurikirana ibibera i Kinshasa avuga ko Jean-Luc Habyarimana amaze iminsi agaragara kenshi muri uwo murwa mukuru wa RDC. Nubwo izi ngendo Jean Luc Habyarimana adahakana ahubwo agaragaza ko ari ingendo nk'iz'umuntu wigenga, yakirwa n'inzego za Leta ku buryo budasanzwe, harimo no guhabwa uburinzi n'abantu bashinzwe kurinda Perezida Tshisekedi.
    Amakuru yizwe yemeza ko izo ngendo zigamije guhuza imitwe itandukanye irwanya u Rwanda, harimo na FDLR, umutwe ugizwe ahanini n'abahoze mu ngabo za FAR n'Interahamwe bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
    Izina rya Jean-Luc Habyarimana ryigeze kuvugwa mu buhamya bwatanzwe mu iperereza ryakorewe mu Bubiligi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iryo buhamya riri mu nyandiko izwi nka 'Pro Justitia', yagejejwe ku rwego rw'ubugenzacyaha rwa gisirikare mu Bubiligi ku wa 22 Kamena 1994.
    Iyo nyandiko yashyikirijwe n'abana ba Dr Emmanuel Akingeneye, wari muganga wihariye wa Perezida Habyarimana. Abo bana ari bo Jeanne Uwanyirigira na Marie-Claire Uwimbabazi bavuze ko ku wa 7 Mata 1994 bagejejwe ku rugo rwa Habyarimana n'imodoka za gisirikare.
    Mu buhamya bwabo bavuze ko Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana, yababwiye ko badakwiye kurira ahubwo bakwiye gufata intwaro nk'uko umwana we Jean-Luc Habyarimana yabigenzaga, kuko ngo yari yitwaje imbunda yo mu bwoko bwa R4.
    Abo batangabuhamya bavuga ko muri icyo gihe bari bari gusenga, mu gihe Agathe Kanziga na we yasengeraga hejuru asaba Imana gufasha Interahamwe kurwanya 'umwanzi' no guha intwaro ingabo za FAR. Bavuze kandi ko mu nzu hari harimo na bashiki ba Habyarimana bari ababikira.
    Nk'uko ubuhamya bwabo bubivuga, abantu bari muri iyo nzu ngo bishimiraga amakuru y'urupfu rw'abanyapolitiki yavugwaga kuri telefone, bakabyishimira nk'aho ari ikipe imaze gutsinda igitego.
    Ikindi cyagaragaye muri ubwo buhamya ni uko igihe imirambo y'abaguye mu ndege ya Habyarimana yajyanwaga i Kanombe, Dr Baransalitse ngo yegereye umurambo wa Agathe Uwilingiyimana, wari Minisitiri w'Intebe, maze Jean-Luc Habyarimana akavuga ko yumvaga ashaka kurasa uwo murambo.
    Muri iki gihe, abasesenguzi bavuga ko kugaragara kwa Jean-Luc Habyarimana mu migambi ya politiki y'akarere bishobora kongera impungenge, kubea hari imbaraga zimukoresha mu guhuza imitwe irwanya u Rwanda.
    Gusa ubwirinzi bw'u Rwanda baziko butajegajega. 
    Hari ababona ko kuba agaragara kenshi i Kinshasa, aho yakirwa mu buryo buvugwaho kuba bwihariye ndetse akanarindwa n'inzego z'umutekano za Congo, bituma abantu benshi bibaza niba koko izo ngendo ari izigenga nk'uko byagiye bivugwa.
    Ku rundi ruhande, bamwe mu bakurikiranira hafi politiki y'akarere bavuga ko gukoresha abantu bafite amateka ajyanye n'imitwe yagize uruhare muri Jenoside cyangwa iyikomokaho bishobora kurushaho kongera umwuka mubi mu karere k'Ibiyaga Bigari.

    Source : https://rushyashya.net/jean-luc-habyarimana-mu-migambi-yo-guhuza-imitwe-irwanya-u-rwanda-akoreshejwe-na-tshisekedi/

  • Ni igitangaza! Hatanzwe ikarita itukura ku bakinnyi 23 mu mukino umwe. #rwanda #RwOT

    Umusifuzi yafashe icyemezo cyo gutanga ikarita itukura k8 bakinnyi 23 nyuma y’amakimbirane akomeye yabaye hagati y’amakipe yo muri Brazil, Cruzeiro na Atletico Mineiro ku mukino usoza Shampiyona ihuza Leta izwi nka ‘Campeonato Mineiro.’

    Aya makipe yombi akaba asanzwe akina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Brazil. Kaio Jorge yatsindiye Cruzeiro, 1-0 birangira yegukanye iyi Shampiyona yo muri Leta ya Minas Gerais, igikombe yatwaye bwa kuva muri 2019 yatangira kuyikina.

    Ariko umukino waranzwe n’amahane menshi cyane bituma abashinzwe umutekano n’abapolisi batabara bikaba byaviriyemo abakinnyi 23 barimo Hulk wahoze akinira ikipe ya Atletico.

    Imirwano rusange yatangiye igihe umunyezamu wa Atletico, Everson yafataga umupira maze akagaruka inyuma agasa n’uryamira Christian, akamushyira ivi ku gituza.

    Bagenzi ba Christian bahise bahurura bajugunya umuzamu ku izamu, bituma havuka ibibazo byinshi kuko abakinnyi benshi bahise binjira mu mirwano mu gihe abashinzwe umutekano bagerageje gutandukanya amakipe.

    Nubwo nta makarita atukura yatanzwe n’umusifuzi Matheus Delgado Candancan mu gihe cy’umukino, ibitangazamakuru byo muri Brazil nka Globo byatangaje ko abakinnyi 23 bahawe aya makarita nyuma y’umikino kubera ko imirwano yabujije umusifuzi w’umukino kubahera aya makarita mu kibuga.

    Mu bakinnyi bahawe aya makarita harimo 12 ba Cruzeiro n’uwatsinze igitego Jorge.

    Renan Lodi na Hulk wahoze akinira ikipe ya Atletico Madrid bari mu bari mu bakinnyi 11 ba Atletico bazihawe.

    Habaye imirwano ikomeye

    Abakinnyi bahawe amakarita atukura

    Source : http://isimbi.rw/ni-igitangaza-hatanzwe-ikarita-itukura-ku-bakinnyi-23-mu-mukino-umwe.html

  • APR yumvikanye n’umukinnyi watwaye NBA #rwanda #RwOT

    APR BBC yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino ya BAL yamaze kumvikana na Quinn Cook watwaranye Shampiyona ya Amerika ya NBA.

    Uyu mukinnyi ukina nka ‘Point Guard’, w’imyaka 32 yakiniye amakipe nka Los Angeles Lakers na Golden State Warriors.

    Biteganyijwe ko azagera mu Rwanda tariki ya 11 Werurwe 2026 aho azaba aje gufatanya na APR BBC kwitegura imikino y’ijonjora mu itsinda Karahari bashaka itike ya nyuma y’imikino ya BAL izabera i Kigali.

    Iri jonjora rizakinirwa muri Afurika y’Epfo aho APR iri mu itsinda na Al Ahly yo muri Libya, Johannesburg Giants muri Afurika y’Epfo, Dar City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.

    Quinn Cook akaba yaratwaranye Shampiyona ya Amerika “NBA” n’amakipe arimo Golden State Warriors muri 2018 na Los Angeles Lakers muri 2020. Yanakiniye andi makipe nka Cleveland Cavaliers, Dallas Mavericks n’andi.

    Akaba yaje yiyongera Madut Akec ukomoka muri Sudani y’Epfo na we akaba yamaze kumvikana na APR BBC.

    Quinn yatwaranye NBA na Golden State Warriors

    Yaratwaranye igikombe na Los Angeles Lakers

    Source : http://isimbi.rw/apr-yumvikanye-n-umukinnyi-watwaye-nba.html

  • Umunsi ndya inyama mbisi – Sibomana Patrick uhagaze neza muri Ethiopia, icyo akumbuye mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umunyarwanda ukinira Ethiopia Electricity, Sibomana Patrick Pappy yavuze ko ikintu cyamugoye cyane muri iki gihugu ari imirire yaho n’ikirere.

    Mu Kwakira 2025 ni bwo Sibomana Patrick uzwi nka Pappy yasinyiye Ethiopia Electricity ikina mu cyiciro cya mbere muri Ethiopia, hari nyuma yo gutandukana na Al Wehda yo muri Libya.

    Uyu mukinnyi ntabwo byatinze gutangira kwigarurira imitima y’abakunzi b’iyi kipe bitewe n’imikinire ye.

    Pappy watangiye ari umukinnyi usimbura, yaje gufatisha ubu akaba ari umukinnyi ubanza mu kibuga ndetse akaba amaze kuyitsindira ibitego 5.

    Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru ISIMBI, yavuze ko ikintu kirimo kumufasha ari ugukora cyane.

    Ati “Ikintu kirimo kumfasha ni ugusenga no gukora cyane no kumenya icyo nshaka, rero iyo uzi icyo ushaka ugikoraho. Ikindi ni ubunararibonye kuko hanze narahakinnye icyo bisaba ndakizi ndanagifite.”

    Yakomeje avuga ko Shampiyona ya Ethiopia ari Shampiyona ikomeye cyane isaba imbaraga bitewe n’ibibuga byaho.

    Ati “Ni Shampiyona ikomeye cyane, ikipe ya mbere iraza igatsindwa n’iya nyuma, byarabaye ejo. Ni shampiyona isaba imbaraga bitewe n’ibibuga nta bibuga byiza bihari.”

    Uyu mukinnyi ukina asatira anyuze ku mpande, yabwiye ISIMBI ko mu mezi 5 ahamaze ikintu cyamugoye ari ikirere ndetse n’imirire yaho.

    Ati “Ikintu cyangoye ni ikirere n’imirere ariko ubu nta kibazo naramenyereye. Nta biryo bya Kigali wabona hano bakunda ibiryo by’imico yabo gakondo.”

    Kimwe mu biryo byamugoye yanarahiye ko atazongera kurya ni inyama zaho mbisi bakunda kurya.

    Ati “Inyama mbisi hano barya naziriyeho ariko ibyakurikiyeho si nshaka kubivuga icyo wamenya ni uko nataye ibiro 5. Naraziriye ariko nahise ndwara mu nda.”

    Yakomeje kandi avuga ko nubwo amaze kumenyera ariko gukora akazi atari kumwe n’umuryango we biba bigoye.

    Ati “Ikintu cya mbere kigora ni ugukumbura umuryango wawe n’abana ariko ubu twaramenyereye ubu tuvugana buri munsi ni nk’aho tuba turi kumwe. Twahisemo gushyira akazi imbere kuruta ibindi.”

    Yavuze ko ikintu akumbuye mu Rwanda ari umuryango we n’ibiryo kurya bya Kigali.

    Ati “Nkumbuye umugore wanjye n’abana banjye, umuryango wanjye wose. Nkumbuye n’ibiryo byaho. Ubugari bw’imyumbati na Kawunga ndabikumbuye cyane.”

    Mu gihe habura imikino 15 ngo Shampiyona ya Ethiopia irangire, Ethiopia Electricity iri ku mwanya wa 5 n’amanota 34 irushanwa amanota 8 na Sidima ya mbere ifite 42, avuga ko bagifite amahirwe yo kwegukana igikombe cya Shampiyona.

    Sibomana Patrick Pappy ni umwe mu bakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze yarwo bahagaze neza

    Amaze gutsinda ibitego 5

    Ubu ni umukinnyi ubanzamo muri Ethiopia Electricity

    Pappy ni umukinnyi urimo gutangaza akazi gakomeye muri Ethiopia

    Yagowe n’ibiryo n’ikirere ariko yamaze kumenyera

    Amaze gutorwa nk’umukinnyi w’umukino inshuro nyinshi

    Akumbuye umuryango we

    Source : http://isimbi.rw/umunsi-ndya-inyama-mbisi-sibomana-patrick-uhagaze-neza-muri-ethiopia-icyo.html

  • Mojtaba Khamenei umuhungu wa Ali Khamenei uvugwa ku buyobozi bwa Iran #rwanda #RwOT

    Inkuru ziri gucicikana mu bitangazamakuru mpuzamahanga zivuga kuri Mojtaba Khamenei, umuhungu wa kabiri wa Ayatollah Ali Khamenei, umwe mu bantu bakomeje kuvugwa cyane mu bya politiki bya Iran. Mojtaba, ufite imyaka 56 y'amavuko, ni umwe mu bana ba Ali Khamenei wabaye Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran kuva mu 1989.

    Mojtaba Khamenei azwi cyane mu nzego z'imbere mu buyobozi bwa Iran n'ubwo atigeze agaragara cyane mu ruhame nk'abayobozi bakomeye b'igihugu. Yize amasomo ya tewolojiya mu mashuri akomeye y'abanyamadini i Qom, aho yigishijwe n'abahanga mu bya Islamu. Bivugwa ko ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu bijyanye n'imiyoborere n'ikorwa ry'ibyemezo mu nzego zimwe na zimwe z'igihugu, cyane cyane mu bihe by'amatora.

    Mu gihe politiki ya Iran igira imiterere yihariye ishingiye ku buyobozi bw'abanyamadini, hari igihe Mojtaba Khamenei yagiye avugwa nk'umwe mu bashobora kuzagira uruhare rukomeye mu gihe kizaza cy'ubuyobozi bw'igihugu. Bamwe mu basesenguzi ba politiki bavuga ko kuba ari umuhungu wa Ali Khamenei bituma izina rye rikomeza kumenyekana cyane mu buyobozi bw'imbere mu gihugu.

    N'ubwo atari umwe mu bayobozi bakunze kuvugira ku mugaragaro ibijyanye na politiki mpuzamahanga, Mojtaba azwiho gukorana n'abanyamadini n'inzego z'umutekano mu buryo bwa hafi. Ibi byatumye bamwe bamufata nk'umuntu ufite ijambo rikomeye mu byemezo bifatwa imbere mu gihugu.

    Kugeza ubu, amakuru atandukanye akomeza kuvugwa ku ruhare rwe mu buyobozi bwa Iran, ariko icy'ingenzi ni uko izina rye rikomeje kugarukwaho mu biganiro bya politiki bijyanye n'ahazaza h'ubuyobozi bw'iki gihugu.

    Mojtaba Khamenei umuhungu wa Ali Khamenei uvugwa ku buyobozi bwa Iran

    Source : https://kasukumedia.com/mojtaba-khamenei-umuhungu-wa-ali-khamenei-uvugwa-ku-buyobozi-bwa-iran/

  • Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube #rwanda #RwOT

    Indirimbo ebyiri z'umuhanzi King James, ari zo 'Ndi Uwawe' na 'Ndagushaka', ntizikigaragara ku rubuga rwa YouTube, nyuma y'uko zisibwe bitewe n'ikibazo cy'ubwumvikane buke hagati y'abagize uruhare mu ikorwa ryazo.

    Amakuru agaragaza ko izo ndirimbo zasibwe ku busabe bwa Bolingo Paccy, umwe mu bahanzi bagize uruhare mu itunganywa ryazo. Uyu muhanzi yafashe icyemezo cyo gutanga ikirego gituma izo ndirimbo zikurwa ku rubuga rwa YouTube, avuga ko hari ibyo yari yarumvikanyeho n'abandi bakoze kuri uwo mushinga bitigeze bishyirwa mu bikorwa.

    Bolingo Paccy yavuze ko mbere y'uko izo ndirimbo zisohoka hari amasezerano bumvikanyeho n'abari bagize uruhare mu kuzitunganya, ariko nyuma ngo baje gusanga hari ibyo batubahirije. Ibi ngo byatumye atekereza inzira yo gushaka uburenganzira bwe, birangira asabye ko izo ndirimbo zisibwa ku mbuga zicishwaho umuziki.

    Ku rundi ruhande, abakunzi b'umuziki wa King James batangajwe n'iki cyemezo, kuko izi ndirimbo zari zimaze igihe zikunzwe n'abatari bake. 'Ndi Uwawe' na 'Ndagushaka' ni zimwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu bihe byashize, ndetse zikaba zaragiye zicurangwa ku maradiyo n'ahandi henshi hacururizwa umuziki.

    Iki kibazo cyongeye kugaragaza ko mu muziki nyarwanda hakiri ibibazo bijyanye n'uburenganzira bw'abahanzi n'abatunganya indirimbo. Abasesenguzi b'ikorwa ry'umuziki bagaragaza ko ari ngombwa ko amasezerano akorwa mbere yo gusohora indirimbo ashyirwa mu nyandiko kandi akubahirizwa, kugira ngo hirindwe amakimbirane nk'aya.

    Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba impande zombi zizongera kwicarana zikaganira kuri iki kibazo cyangwa niba izo ndirimbo zizongera kugaruka kuri YouTube mu gihe kiri imbere. Abakunzi b'umuziki bo bakomeje kwibaza uko iki kibazo kizakemuka.

    Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube

    Source : https://kasukumedia.com/bolingo-paccy-yasabye-ko-indirimbo-ebyiri-za-king-james-zisibwa-kuri-youtube/

  • Rihanna n'umuryango we basimbutse urupfu #rwanda #RwOT

    Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikorera mu mujyi wa Los Angeles yatangaje ko yafashe umugore w'imyaka 38 y'amavuko wari ukekwaho kugerageza kugirira nabi icyamamare mu muziki Rihanna hamwe n'abo mu muryango we. Aya makuru yamenyekanye, nyuma y'iperereza ryakozwe n'inzego z'umutekano nyuma yo kubona amakuru ko hari umuntu wari ufite umugambi wo kugirira nabi uwo muhanzi.

    Nk'uko byatangajwe n'inzego za polisi, uwo mugore yari amaze igihe akurikiranwa kubera amagambo n'ubutumwa yaramaze iminsi agaragaza ko ashobora kuba afite imigambi mibi. Amakuru y'ibanze agaragaza ko yari yaragerageje kwegera aho Rihanna atuye ndetse akagaragaza imyitwarire iteye impungenge.

    Abaturanyi n'abashinzwe umutekano bavuga ko uwo mugore yagaragaye hafi y'aho uwo muhanzi atuye, ibintu byatumye hatangira gukorwa iperereza ryihuse. Polisi yahise igera aho yari ari maze imuta muri yombi mbere y'uko hari ikintu kibi gishobora kuba.

    Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane neza impamvu nyamukuru zatumye uwo mugore agira uwo mugambi ndetse n'icyo yashakaga kugeraho. Inzego z'umutekano zatangaje ko zafashe ingamba zikomeye zo kurinda umutekano w'ibyamamare n'imiryango yabo, cyane cyane iyo hagaragaye ibimenyetso by'iterabwoba cyangwa imigambi yo kugirira abandi nabi.

    Ku ruhande rwa Rihanna n'umuryango we, nta kintu na kimwe cyabayeho cyabagiraho ingaruka, kuko inzego z'umutekano zahagobotse kare. Abakunzi b'uyu muhanzi hirya no hino ku isi bakomeje kugaragaza ko bishimiye uburyo inzego z'umutekano zahagurutse vuba zigatuma hatagira icyago kiba.

    Polisi ya Los Angeles yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe babonye ibintu bidasanzwe, kuko ubufatanye bw'abaturage n'inzego z'umutekano ari ingenzi mu gukumira ibyaha mbere y'uko bibaho.

    Rihanna n'umuryango we basimbutse urupfu

    Source : https://kasukumedia.com/rihanna-numuryango-we-basimbutse-urupfu/

  • Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero Hincapié #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy'u Bwongereza iri mu myiteguro yo kugura burundu myugariro Piero Hincapié, nyuma yo kumvikana na Bayer Leverkusen ku masezerano y'uyu mukinnyi ukomoka muri Ecuador.

    Amakuru aturuka mu banyamakuru bakurikiranira hafi iby'igura n'igurisha ry'abakinnyi mu Burayi avuga ko Arsenal yamaze kumvikana na Bayer Leverkusen ku buryo bwose bwo gutwara uyu mukinnyi. Biteganyijwe ko iyi kipe yo mu mujyi wa Londres izishyura amafaranga agera kuri miliyoni 52 z'amayero kugira ngo ibone uburenganzira busesuye kuri Hincapié.

    N'ubwo Arsenal igiye kumugura burundu, Bayer Leverkusen yemeye aya masezerano ishyiramo ingingo ivuga ko izajya ibona 10% by'amafaranga azava mu igurishwa rye mu gihe Arsenal yazamugurisha mu y'indi kipe mu bihe biri imbere.

    Piero Hincapié amaze igihe yigaragaza nk'umwe muri bamyugariro bafite impano idasanzwe mu mupira w'amaguru w'i Burayi. Uyu mukinnyi w'imyaka iri mu kigero cy'ubakiri bato yigaragaje cyane mu mikinire irimo kwirwanaho neza, gusoma umukino no gutanga umusanzu.

    Abatoza ba Arsenal bavuga ko bishimiye cyane imikinire ye ndetse ko ari umwe mu bakinnyi bashobora gufasha iyi kipe kugera ku ntego zayo mu marushanwa atandukanye arimo Shampiyona y'u Bwongereza ndetse n'andi marushanwa yo ku mugabane w'u Burayi.

    Ku ruhande rwa Bayer Leverkusen, n'ubwo bemeye kumurekura, bishimiye ko bashyizeho ingingo ya 10% izabafasha mu gihe uyu mukinnyi yazagurishwa indi kipe mu myaka iri imbere.

    Iyi transfer iramutse irangiye burundu, byaba ari indi ntambwe ikomeye Arsenal iteye mu gukomeza kubaka ikipe ikomeye ishobora guhatanira ibikombe mu Bwongereza no ku mugabane w'u Burayi.

    Piero Hincapié amaze igihe yigaragaza nk'umwe muri bamyugariro bafite impano idasanzwe mu mupira w'amaguru w'i Burayi

    Source : https://kasukumedia.com/arsenal-yamaze-kwibikaho-umukinnyi-piero-hincapie/

  • Police yatwaye igikombe Rayon Sports (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Police WFC yegukanye igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore itsinze Rayon Sports WFC kuri penaliti 5-4.

    Ni umunsi wizihizwa buri tariki ya 8 Werurwe, ni nabwo uyu mukino wabaye ejo hashize aho wabereye kuri Stade Ubworoherane i Musanze.

    Ni umukino witabiriwe n’abarimo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, Meya w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abagore muri Musanze, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri ya Siporo unashinzwe Iterambere rya Siporo, Gilbert Manier.

    Hatoranyijwe aya makipe kuko ari yo ayoboye urutonde rwa Shampiyona, iminota y’umukino yarangiye ari ubusa ku busa hitabazwa penaliti maze Police WFC yegukana igikombe itsinze kuri 5 kuri 4 za RayonSports yari ibitse igikombe cy’umwaka ushize yatwaye itsinze Indahamgarwa.

    Police ikaba yatwaye igikombe giherekejwe n’ibahasha ya miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Uyu mukino wabaye ku bufatanye bw’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, Minisiteri ya Siporo ndetse n’Akarere ka Musanze, wabanjirijwe n’uw’abatarengeje imyaka 20 wo ATEFOP yanganyije 0-0 na Nemba TSS. Buri kipe yitabiriye yahawe imipira 10.

    Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice ari kumwe na Meya wa Musanze, Nsengimana Claudien ni bo batangije uyu mukino

    Rayon Sports WFC yakinnye na Police WFC mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore

    Shema Ngoga Fabrice ari kumwe na SG wa FERWAFA, Bonnie Mugabe

    Police yatsinze Rayon Sports

    Police WFC yegukanye igikombe mu mukino utari woroshye

    Source : http://isimbi.rw/police-yatwaye-igikombe-rayon-sports-amafoto.html