Category: Uncategorized

  • Tanasha yagiriwe inama yo kujyana Diamond mu nkiko

    Umunyamakurukazi akaba n’umuhanzi w’umunyakenya, Tanasha Donna yagiriwe inama n’abanyamategeko be yo kujyana umuhanzi Diamond Platnumz mu nkiko kubera kutita ku nshingano ze ngo atange indezo y’umwana babyaranye.

    Mu minsi ishize Tanasha yumvikanye mu bitangazamakuru avuga ko Diamond nta kintu na kimwe amufasha ko ari we wirerera umwana w’umuhungu babyaranye, Naseeb Jr, gusa yanavugaga ko nta bufasha bwe akeneye kuko umwana we nta kintu na kimwe abuze.

    Ibinyamakuru bitandukanye muri Kenya, byatangaje ko nyuma yo kurera umwana we amezi 6, yatangiye kurebe uburyo yakemura iki kibazo ngo kuko na we bimubangamiye, ibi byatumye aganira n’abanyamategeko be bamubwira ko inzira ishoboka ari imwe, ari ukugana inkiko zikabikera.

    Uyu mugore abanyamategeko be bakaba batangiye gutegura ikirego bazatwara mu rukiko rw’abana i Nairobi muri Kenya.

    Tansha akaba yabwiye abanyamategeko be ko bimwe mu byo bagomba gushyira mu kirego ari ibyo yatungishije umwana mu mezi 6, kugira amafaranga azajya ahabwa buri kwezi yo kurera umwana yabyaranye n’uyu muhanzi bakaza gutandukana mu ntangiriro za Werurwe 2020.

    Kimwe mu bintu byateye Tanasha kuba yajyana Diamond mu nkiko, ni uko uyu muhanzi atajya yita ku bana yabyaye, ngo kuko uretse we n’abagore babyaranye mbere, Mobetto na Zari bagiye binubira ko uyu muhanzi yabatereranye.

    Kutita ku mwana yabyaranye na Tanasha bishobora kumutwara mu nkiko

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/tanasha-yagiriwe-inama-yo-kujyana-diamond-mu-nkiko

  • Ifoto Utabura kureba za bakobwa 5 zihariye Social Media guhera ejo nuyu munsi:AMAFOTO>>

    ZIMWE MU MAFOTO AKURURA ABANTU BENSHI KU MBUGA NKORANYAMBAGA ZA INTERNET KUVA EJO BAZITAMBAGIZA KURI INTERNET NKA FACEBOOK INSTARGM NDETSE NA TWITTER.

    FROM TANZANIA

    AYA MAFOTO KENSHI USANGA ARAYABAKOBWA BA DASANZWE BATUYE MURI IYI ISI YARUREMA NDETSE BATURUKA MU BIHUGU BITANDUKANYE KW’ISI.

    REBA HASI UBURYO ABO BAKOBWA BABA BIFOTOJE>>

    FROM KENYA
    ZAMBIA LUSAKA
    KIGALI RWANDA
    FROMA ZANIZBAR

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     114 total views,  114 views today

    The post Ifoto Utabura kureba za bakobwa 5 zihariye Social Media guhera ejo nuyu munsi:AMAFOTO>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/15/ifoto-utabura-kureba-za-bakobwa-5-zihariye-social-media-guhera-ejo-nuyu-munsiamafoto/

  • Rwanda donates medical kits to UNMISS

    This is part of the earlier pledged test kits and personal protective equipment to the mission to increase its capacity to test and treatment to staff as the world continues to battle the Coronavirus disease.

    The donation comes particularly in support of international peacekeeping efforts to contain the spread of the virus and in light of the lack of enough testing kits in some countries.

    Brig. Gen. Eugene Nkubito, UNMISS Sector Commander in Juba, handed over the kits on behalf of Rwanda.

    Brig. Gen. Nkubito explained that the remaining lot of the equipment will be availed soon to UNMISS during force rotation exercises slated for next month.

    Brig. Gen. Nkubito said that the Coronavirus is a “common enemy to mankind’, and cooperation is the way to defeat the pandemic.

    Joan Segui Barber, UNMISS head of the Laboratory section thanked Rwanda for the support adding that it will significantly boost the mission capacity against Covid-19.

    “We have always sought for testing kits from the World Health Organization office in South Sudan whenever we want to make tests, these kits are definitely augmented to our speed in testing staff,” Barber said.

    The South Sudan government has taken several measures such as imposing a partial curfew, suspending schools and universities, and shuttering non-essential businesses, to curb the spread of the novel Coronavirus.

    Early this week, Rwanda also started testing and sampling for novel Coronavirus targeting its Police, military and prison warden peacekeepers deployed in South Sudan.

    IGIHE

    source https://en.igihe.com/news/article/rwanda-donates-medical-kits-to-unmiss

  • Drug dealer arrested in Ngororero

    Vedaste Hakizimana, 38, was using his shop as cover to sell cannabis to consumers.
    He was arrested on Thursday after 98 pellets of cannabis were recovered from his shop located in Rusumo Cell of Gatumba Sector.

    Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, the Police spokesperson for the Western region, said that Hakizimana had used his shop as address for cannabis abusers.

    “Residents reported Hakizimana to local leaders that he sells cannabis in his shop; local authorities in turn called the Police,” CIP Karekezi said.

    “We later conducted an operation recovered the pellets in his shop, which were concealed in other goods,” he added.

    “It is said that Hakizimana was a retailer of cannabis in Gatumba Sector and is connected to a ring of drug traffickers; some of them have been arrested and others still at large.”

    CIP Karekezi said that there is a ring of cannabis traffickers and retailers, some of whose particulars have been discovered through information sharing with the public, including Hakizimana.

    He warned that operations are continuous for any drug dealer to “face the wrath of the law.”

    “The law is very clear and the punishment for engaging in drug related crimes is severe. We appeal to the public to maintain the spirit of information sharing so as to prevent such people from poisoning Rwandans and the young people in particular, who are the majority of victims,” CIP Karekezi warned.

    Anyone convicted of trafficking and selling narcotic drugs faces a sentence of between 20 years and life in prison, and a fine of up to Rwf30 million, as stipulated under article 263 of the penal code.

    IGIHE

    source https://en.igihe.com/news/article/drug-dealer-arrested-in-ngororero

  • How Nyiramasuhuko Pauline participated in the implementation of Tutsi extermination policy called “Civil Defence” in her home prefecture of Butare

    The genocidal government, intensified its extermination policy by setting up “crisis committees”, that is to say extermination committees which started to wipe away genocide evidences especially destruction of houses and traces of Tutsi who had just been massacred.

    Nyiramasuhuko Pauline played a leading role in putting genocidal policy into practice in the Butare prefecture. She was born in April 1946 in Rugara cell, Ndora sector, Ndora commune, Butare prefecture. During the genocide perpetrated against the Tutsi, she was the Minister of Family and Women Advancement in the Genocidal Government led by Jean Kambanda.

    1. The Policy of Tutsi extermination called “pacification” by the genocidal government

    The genocidal government implemented pacification as the policy of exterminating the Tutsi. For the Kambanda government, Pacification meant the elimination of Tutsi. The criminal government sought at all costs to better control the massacres and to ensure that they were perpetrated according to the extermination plan put in place by the same government.

    A minister responsible for extermination had been appointed for each prefecture to ensure that the directives and instructions of the genocidal government were implemented. For Butare it was Nyiramasuhuko who had been assigned the task.

    Each minister had to make the population understand the measures adopted by the government aimed at the extermination of Tutsi.

    The speeches made during the “pacification campaign” in Butare were extermination speeches which were the same across the country.

    2. The extermination of Tutsi in the Butare prefecture was assigned to Nyaramasuhuko Pauline

    Nyiramasuhuko participated in all meetings of the genocidal government led by Kambanda Jean, between April 9 and July 14, 1994. On May 7, 1994, in Murambi, Nyiramasuhuko participated in the meeting of ministers dedicated to civil defense. The genocidal government’s “civil defense” program was a component of the genocidal strategy.

    Numerous meetings of this government were held in Kigali, Gitarama and Gisenyi and during this period the ministers, including Nyiramasuhuko, were regularly informed of the massacres which were perpetrated against the Tutsi. During these meetings, the ministers demanded that weapons be supplied to them for distribution in their respective prefectures, in order to speed up the massacres against the Tutsi.

    During these meetings, the genocidal government adopted directives and gave instructions to the prefects and bourgmestres, which were transmitted to the population and which aimed to continue the genocide throughout the country.

    A minister had been appointed for each prefecture, with the mission of overseeing what was then called “pacification”, that is, the extermination of Tutsi. Nyiramasuhuko was one of the most assiduous members of these meetings where extermination decisions were made.

    3. The extermination agenda in the hands of Nyiramasuhuko Pauline

    Nyiramasuhuko had a Tutsi extermination agenda in her bag, which showed the planning of the Tutsi massacres in general and the personal role to play during the implementation. Nyiramasuhuko wrote personal notes at meetings of the genocidal government which she put into practice in Butare prefecture.

    The diary presented the scene of the massacres and the central role of the genocidal government. That agenda constitutes a written proof of the planning of the genocide perpetrated against the Tutsi by the MRND, the CDR and the other parties grouped within the Hutu Power.

    This diary shows that during the period from April to July 1994, the Kambanda genocidal government had an essential function and was indeed a place where the Tutsi extermination decisions were discussed and where they were taken.

    Nyiramasuhuko Pauline perpetrated several massacres in the prefecture of Butare

    – Nyiramasuhuko caused death of Tutsi on April 21, 1994 at the IRST

    Nyiramasuhuko participated in the installation of roadblocks in the city of Butare used to identify the Tutsi, in order to eliminate them. Her son Arsène Shalom Ntahobali toured the Butare prefecture in search of Tutsi. After locating the victims, Nyiramasuhuko and her son captured them and took them to different places to be executed. Nyiramasuhuko ordered the Interahamwe, who controlled the roadblocks to take them to the place where the other Tutsi had been taken to be killed.

    – Nyiramasuhuko called Tutsi « dirt ».

    One day, in front of the Butare prefecture headquarters with the prefect Sylvain Nsabimana, she scratched her head and said angrily and aloud: “This place is dirty, this place stinks. There is dirt here. This dirt must be removed; I must not find this dirt again here.” Nyiramasuhuko pointed to the Tutsi refugees who were in the courtyard when she spoke of “dirt”. Nsabimana then asked the Interahamwe and the soldiers to evacuate the refugees and force them to stay in the back of the prefecture office during that day. The refugees who were at the prefecture office were beaten and killed.

    – Nyiramasuhuko ordered to evacuate and massacre Tutsi refugees

    Nyiramasuhuko returned to the prefecture office another time. She asked Nsabimana to convene a meeting of the mayors of the prefecture, to ask them to evacuate the refugees to the communes where they belonged to. This order had been carried out, and after the evacuation the Tutsi were killed.

    -The massacre of Tutsi at the roadblock established by Nyiramasuhuko at the Ihuliro hotel

    Since April 1994, a roadblock had been established near the Nyiramasuhuko and Ntahobali residence, “the Ihuliro Hotel”. The Ihuliro Hotel also served as a gathering place for planning the genocide. Nyiramasuhuko and the Interahamwe held regular meetings at the Ihuliro hotel during which they discussed the implementation of the genocide in Butare prefecture. Interahamwe and soldiers used this roadblock to identify, kidnap and kill Tutsi. For example, on April 21, 1994, a Tutsi called Léopold Ruvurajabo was killed near the Ihuliro hotel on the instructions of Nyiramasuhuko and Ntahobali.

    – Nyiramasuhuko ordered the Interahamwe to kidnap Tutsi women, to rape them before killing them.

    It was at the Ihuliro hotel roadblock that Tutsi girls and women were kidnapped and raped under Nyiramasuhuko’s instructions before killing them. This rape policy had been widely used by Nyiramasuhuko throughout the city of Butare. The rape of Tutsi women was used as a weapon of genocide, which formed part of the general extermination plan. Nyiramasuhuko encouraged the Interahamwe, including her son, to rape Tutsi women.

    -Nyiramasuhuko ordered the massacre of Tutsi who had taken refuge at the EER

    After Nyiramasuhuko and Ntahobali attacked the refugees at the Butare prefecture office between April 19 and the end of June 1994, those who survived were taken to various parts of the prefecture to be executed, including in the forest adjoining the EER. There, Tutsi were ill-treated before being exterminated.

    Nyiramasuhuko was found guilty of genocide crime and sentenced to life imprisonment at first instance, but the sentence was reduced to 47 years on appeal. Her son Shalom Ntahobali was sentenced to the same 47-year prison term as his mother.

    CONCLUSION

    Tutsi massacre continued in the area controlled by the genocidal government, which intensified its extermination policy by setting up “crisis committees”, that is to say extermination committees, and the policy of the civil defense which aimed to leave no Tutsi living in Rwanda. It was that time that the criminal government started to get rid of evidence of the genocide, comprising the destruction of houses and traces of massacred Tutsi.

    Done at Kigali on June 12, 2020

    Dr. BIZIMANA Jean Damascène
    Executive Secretary
    National Commission for the Fight Against Genocide (CNLG)

    Nyiramasuhuko Pauline played a leading role in putting genocidal policy into practice in the Butare prefecture.

    Dr. BIZIMANA Jean Damascène

    source https://en.igihe.com/news/article/how-nyiramasuhuko-pauline-participated-in-the-implementation-of-tutsi

  • USA/Atlanta: Undi mwirabura yongeye kwicwa arashwe, ukuriye Polisi ahita yegura

    Nyuma ya George Floyd wishwe na Polisi ashinzwe ivi mu ijosi, undi mwirabura witwa Rayshard Brooks yarashwe n’abapolisi b’abazungu I Atlanta ho muri Amerika kuri uyu wa Gatanu nimugoroba tariki 12 Kamena 2020. Ukuriye Polisi yahise atanga ubwegure bwe mu gihe imyigaragambyo irimbanije.

    Umukuru wa polisi yo mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yeguye ku mirimo ye nyuma yaho Umunyamerika ukomoka muri Afurika w’umugabo witwa Rayshard Brooks arasiwe na Polisi bikamuviramo urupfu.

    Rayshard Brooks w’imyaka 27 y’amavuko, yari yasinziririye mu modoka ye imbere ya “restaurant” aho abakiliya bahabwa ibyo bifuza batarinze gusohoka mu modoka. Abategetsi bavuga yarashwe n’umupolisi mu bushyamirane bwabaye ku wa gatanu nimogoroba.

    Keisha Lance Bottoms, “Mayor w’umujyi wa Atlanta”, yavuze ko Erika Shields, wari ukuriye polisi muri uwo mujyi, yamugejejeho ubwegure bwe ku munsi w’ejo ku wa gatandatu.

    Abigaragambya i Atlanta bigabije imihanda mu mpera y’iki cyumweru basaba ko hagira igikorwa kubera urupfu rwa Bwana Brooks. Ku mugoroba w’ejo ku wa gatandatu, abigaragambya bafunze umuhanda munini uzwi nka Interstate-75 w’i Atlanta.

    “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya. “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya.

    Erika Shields yari umukuru wa polisi ya Atlanta kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri mu 2016 ndetse yari amaze imyaka irenga 20 ari umupolisi i Atlanta. ‘Mayor’ Bottoms yavuze ko Madamu Shields azakomeza gukora mu rwego rwa polisi ya Atlanta ariko agahindurirwa imirimo.

    Itangazo rya ‘Mayor’ Bottoms rigira riti: “Kubera ubushake bwe bwuko Atlanta yaba intangarugero yuko impinduka igaragara ikwiye kumera muri iki gihugu, umukuru wa polisi Shields yemeye guhita yegura aka kanya ku mwanya w’ukuriye polisi muri uyu mujyi kugira ngo umujyi ushobore gukomeza ibikorwa byihutirwa no kongera kubaka icyizere gicyenewe cyane aho dutuye“.

    ‘Mayor’ Bottoms, yanasabye ko umupolisi wagize uruhare mu rupfu rwa Bwana Brooks yirukanwa ku kazi ke.

    Byagenze gute ku mugoroba wo kuwa Gatanu?

    Urwego rushinzwe iperereza muri leta ya Georgia (ruzwi mu mpine y’Icyongereza nka GBI) ruri gukora iperereza ku rupfu rwa Bwana Brooks. Ruri no kureba amashusho yafashwe na ‘camera’ icunga umutekano yari imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s, ndetse runareba amashusho y’abavuga ko babonye uko byagenze.

    Urwego GBI ruvuga ko polisi yari yatabajwe ngo igere kuri iyo ‘restaurant’ kuko Bwana Brooks yari yasinziririye mu modoka ye, bigatuma abandi bakoresha uwo muhanda bagana iyo ‘restaurant’ babura aho baca.

    Nkuko polisi ibivuga, Bwana Brooks yanze gutabwa muri yombi nyuma yaho ibizamini byo kureba ingano y’inzoga yanyweye bigaragaje ko yarengeje urugero rw’iyemewe ku muntu utwaye imodoka. Uwigaragambya ahagaze hafi ya ‘restaurant’ The Wendy’s i Atlanta.

    Raporo y’urwo rwego rwa GBI ivuga ko amashusho yafatiwe imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s yerekana abapolisi birukankana Bwana Brooks, mbere yuko ahindukira agatunga umupolisi intwaro ituma umubiri w’umuntu ugagara (ugira ‘paralysie’/’paralysis’).

    Iyo raporo igira iti:”Umupolisi yahise arashisha imbunda ye, arasa Brooks”.

    Mu mashusho yatanzwe n’ababibonye, Bwana Brooks agaragara ari hasi ku mbuga iri imbere y’iyo ‘restaurant’, ashyamiranye n’abapolisi babiri.

    Ashikuza intwaro y’umupolisi itera kugagara k’umubiri, agacika abo bapolisi, akiruka. Undi mupolisi aza gushobora gukoresha iyo ntwaro igagaza (izwi nka ‘Taser’) iri kuri Brooks, nuko abo bapolisi bakiruka bahunga uwafataga amashusho.

    Humvikana amasasu, nuko Bwana Brooks akagaragara arambaraye hasi.

    Yajyanwe ku bitaro ariko aza gupfa nyuma yaho. Umwe muri abo bapolisi yavuwe igikomere yagiriye muri ubwo bushyamirane. Abigaragambya ejo ku wa gatandatu bateraniye rwagati mu mujyi wa Atlanta nyuma y’urupfu rwa Brooks.

    Ibiro by’umushinjacyaha byo mu karere ka Fulton nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, biri gukora irindi perereza ku byabaye, nkuko byabitangaje mu itangazo byashyize ahagaragara. Abanyamategeko bahagarariye umuryango wa Bwana Brooks bavuze ko uwo mupolisi nta burenganzira yari afite bwo gukoresha imbaraga zo kwica, bavuga ko iyo ntwaro yo kugagaza Bwana Brooks yari yambuye umwe muri bo itica.

    Umunyamategeko Chris Stewart yagize ati: “Ntabwo ushobora kurasa umuntu keretse agutunze imbunda”.

    Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu, Bwana Brooks yateganyaga kujyana umwana we w’umukobwa wujuje imyaka umunani y’amavuko kwizihiza iyo sabukuru ye akina umukino wo kwinyereza ku rubura, nkuko abo banyamategeko b’umuryango we babivuga.

    Uku kubaye kurasa kwa 48 kurimo umupolisi uru rwego rw’iperereza ryo muri leta ya Georgia rukozeho iperereza kugeza ubu muri uyu mwaka, nkuko bitangazwa na televiziyo ABC News. Kurasa 15 muri uko kwavuyemo impfu.

    Ikinyamakuru The New York Times gitangaza ko hari abigaragambya bateraniye hanze ya ‘restaurant’ The Wendy’s ku wa gatanu. Abigaragambya bongeye gutera rwagati mu mujyi wa Atlanta ejo ku wa gatandatu. Amashusho yo mu myigaragambyo yerekana abigaragambya bafite ibyapa biriho izina rya Brooks ndetse n’ibirango byuko ubuzima bw’abirabura bufite agaciro.

    Abantu bo muri Atlanta bari basanzwe bari mu myigaragambyo yatewe n’urupfu rwa George Floyd.

    Bwana Floyd, wari ufite imyaka 46, yapfuye ku itariki ya 25 Gicurasi 2020 nyuma yaho umupolisi wo mu mujyi wa Minneapolis muri leta ya Minnesota amutsikamiye ku ijosi akoresheje ivi mu gihe cy’iminota irenga umunani. Uwo mupolisi yirukanwe ku kazi ndetse aregwa ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RYcCXg

  • Guverinoma y’u Rwanda yahaye UNAMISS inkunga y’ibikoresho byo kurwanya COVID19

    Ibi bikoresho byatanzwe na Leta y’u Rwanda binyuze mu basirikare bayo bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, byashyikirijwe UNAMISS kuri uyu wa 13 Kamena 2020.

    Brig. Gen. Eugene Nkubito, Umuyobozi w’ itsinda ry’intumwa z’umuryango w’Abibumbye ziri i Juba muri Sudani y’Epfo, niwe wari uhagarariye u Rwanda mu muhango wo gutanga ibi bikoresho.

    Yavuze ko “Coronavirus ni umwanzi wibasiye ikiremwa muntu niyo mpamvu ubufatanye aribwo buryo bwonyine bwo gutsinda iki cyorezo.”

    Brig. Gen. Nkubito yavuze ko ibindi bikoresho bizaza mu kwezi gutaha ubwo hazaba hatangiye gusimburana kw’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu.

    Umuyobozi w’ishami rishinzwe laboratwari ya UNMISS, Joan Segui Barber, yashimiye u Rwanda ku nkunga yarwo, avuga ko ari inkunga ikomeye mu kuzamura ubushobozi bwo kurwanya COVID-19.

    Yagize ati “Ubundi iyo twashakaga gupima abantu byadusabaga gusaba ibikoresho ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku buzima ku cyicaro cyaryo hano muri Sudani y’Epfo. Ibi bikoresho tubonye bigiye kutwongerera umuvuduko mu gupima abakozi.”

    Abantu 1400 bari mu butumwa bw’amahoro baherutse gupimwa iki cyorezo, kandi ibikorwa byo kubapima bizakomeza ahantu hose u Rwanda rwohereje abaruhagarariye mu butumwa bw’amahoro.

    Abapimwe barimo Abapolisi , Abasirikare ndetse n’abagize urwego rw’imfungwa n’abagororwa bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo. Joan Segui Barber, na Brig. Gen. Eugene Nkubito, Umuyobozi w’ itsinda ry’intumwa z’umuryango w’Abibumbye ziri i Juba muri Sudani y’Epfo Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro batangiye gupimwa Coronavirus
    http://dlvr.it/RYcCXL

  • Fan Clubs 29 za Rayon Sports ntizishyigikiye inama y’inteko rusange yeguza Sadate, ngo zimwe zarahimbiwe

    Ku mugoroba w’ejo hashize ni bwo hacicikanye inkuru y’uko ihuriro ry’abafana ya Rayon Sports ‘Fan Base’ ryamaze gukusanya amasinya agera kuri 28 aturutse mu matsinda y’abafana ‘Fan Clubs’ agamije gutumiza inama y’inteko rusange yo kweguza Munyakazi Sadate, amwe muri aya matsinda akaba yamaze kwemeza ko yahimbiwe.

    Rayon Sports imaze igihe ivugwamo ibibazo by’imiyoborere, aho hari abadashyigikiye perezida w’iyi kipe watowe Munyakazi Sadate, ndetse hakaba haratangijwe gahunda yo gushaka uburyo yakurwaho hifashishijwe inama y’inteko rusange yamutoye muri Nyakanga 2019.

    Amategeko avuga ko kugira ngo iyi nteko rusange itumizwe bisaba byibuze ¾ by’abanyamuryango, muri Nyakanga 2019 yatowe n’amatsinda 40 y’abafana bivuze ko 30 asinye yemeza ko hatumizwa inama y’inteko rusange yaba.

    Ihuriro ry’amatsinda y’abafana ya Rayon Sports ‘Fan Base’, ku mugoroba w’ejo hasohotse inkuru ivuga ko ryamaze kubona amatsinda ‘Fan Clubs’ 28 muri 40 yasinye asaba ko inama y’inteko rusange itumizwa.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko hari amatsinda amwe atarigeze asinya yahimbiwe, akaba amatsinda 29 yamaze kwitandukanye n’iki gikorwa.

    Ikindi kandi ikinyamakuru ISIMBI cyamenye ubwo cyandikaga iyi nkuru ni uko ubu amatsinda yemewe, akora mu buryo buzwi ya Rayon Sports ari 32 atari 40.

    Ngo ubusanzwe iyo itsinda ‘Fan Club’ rimaze amezi 3 ridatanga umusanzu ntabwo riba rikibarwa nk’irihari, ryongera kubarwa ryatanze umusanzu uteganywa. Amwe mu matsinda y’abafana ba Rayon Sports bavuga ko badashyigikiye iki gikorwa cyo kweguza Sadate

    Ngo gutumiza inama y’inteko rusange ntabwo bisaba Fan Clubs gusa, ngo zonyine ntizatumiza inama y’inteko rusange.

    Twagerageje kuvugana n’umuyobozi wa Fan Base, Mike Runigababisha ariko ntibyakunda kuko atabonekaga ku murongo wa telefoni.

    Umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports yabwiye ISIMBI ko abarimo gukora ibyo ari abashaka kuyobya abarayon, aho yemeje ko na bo nk’ubuyobozi bw’ikipe urutonde rwa Fan Clubs zivuga ko zabeshyewe barubonye bakaba bagiye kubikurikirana.

    Yagize ati“ibyo twabyumvise ariko turabifata nk’ibihuha by’abantu bashaka kuyobya abarayon(…), iyo bavuga ko rero Fan Clubs 28 zasinye navuga ko ari ukubeshya nk’uko wari ubimbajije twabonye nyinshi muri zo zivuga ko zitasinye kereka niba barazihimbiye cyane ko zifite abayobozi bazwi kandi bakaba babihakana, ubu igikurikira ni ukubikurikirana.” Munyakazi Sadate barashaka kumweguza

    Urutonde rwa Fan Clubs zitandukanyije n’iki gikorwa cyo gutumiza inama y’inteko rusange

    1. Ururembo / Diaspora Fan Club
    2. Rayon Sports Super Fans
    3. Ijwi ry’aba Rayon fan
    4. Gisaka Fan Club
    5. Gikundiro Iwacu Nyamagabe
    6. Winning Team Fan Club
    7. Kinyaga Fan Club
    8. The Blue Sky Fan Club
    9. New Vision Fan Club
    10. Karongi Blue Fan Club
    11. Isibo Fan Club
    12. Lucky Jersey Fan Club
    13. Intwari Fan Club
    14. Ubumwe bw’abarayon Fan Club
    15. Ruhango Fan Club
    16. Isaro Fan Club
    17. Gikundiro Senior Fan Club
    18. Friends Fan Club
    19. Smart Blue Fan Club
    20. Trust Supporters Fan Club
    21. Thé vert Fan Club
    22. Gikundiro Forever
    23. DYNA Fan Club
    24. TBW Fan Club
    25. Ijwi ry’Aba Rayon Senior
    26. Gikundiro Lovers Fan Club
    27. The Bleu familly Fan Club
    28. Rusizi Bugarama Fan Club
    29. Rubavu Fan Club
    http://dlvr.it/RYcCX8

  • Ubwoba ni bwinshi mu Bushinwa bw’uko Coronavirus yongeye kwaduka

    Agace ko mu murwa mukuru Beijing w’Ubushinwa kashyizwemo ingamba zikaze za “guma mu rugo” nyuma y’aho hagaragaye abantu ba mbere banduye coronavirus mu minsi irenga 50 yari ishize nta bwandu bushya buboneka. Kuri uyu wa 13 Kamena 2020 hafashwe ingamba zikaze ku haremerwaga isoko hagaragaye abariremye banduye ndetse na bimwe mu bikorwa by’aharikikije byafunzwe, ingamba zirakazwa.

    Ubwo bwandu buri kuvugwa ko bufitanye isano n’isoko rya mbere rinini cyane muri ako gace rinarangurizwamo ibicuruzwa bitandukanye. Ni ryo rigemura 80% by’imboga n’inyama biribwa i Beijing, nkuko umunyamakuru wa BBC Stephen McDonell uri yo abivuga.

    Abantu 45 basanzwe baranduye Covid-19 muri 517 bapimwe bose hamwe muri iryo soko rya Xinfadi, nkuko bivugwa n’umutegetsi wo mu karere. Nta n’umwe muri bo wagaragazaga ibimenyetso bizwi cya coronavirus.

    Mu duce 11 duturanye n’iryo soko hashyizweho ingamba zikaze za “Guma mu rugo”, mu gihe abakozi 10,000 bo muri iryo soko bagiye gupimwa. Abategetsi barashaka no gupima buri muntu wese uherutse kurema iryo soko ndetse n’abatuye mu karere karikikije.

    Aba ni bo bantu ba mbere bemejwe ko banduye coronavirus i Beijing mu minsi irenga 50 yari ishize.

    Ni iki tuzi kuri aba bantu bashya banduye Coronavirus?

    Isoko rya Xinfadi riherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’akarere ka Fengtai, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza, ryafunzwe mu masaha yo mu gitondo cyo ku munsi w’ejo ku wa gatandatu.

    Hari nyuma yaho abagabo babiri bari baherutse kurirema batangajwe ko basanganywe Covid-19. Ibizamini byakorewe ku bo muri iryo soko bigaragaza ko abantu 45 banduye iyo virusi.

    Abantu babarirwa mu bihumbi bakora muri iryo soko ubu barimo gupimwa Covid-19.

    Chu Junwei, umutegetsi wo mu karere, yabwiye abanyamakuru ati: “Bijyanye n’ihame ryo gushyira umutekano n’ubuzima bw’abaturage mbere ya byose, twafashe ingamba za “Guma mu rugo” ku isoko rya Xinfadi no ku bice birikikije”. Yongeyeho ko aka karere ubu ari “nkaho kari mu ntambara“.

    Abasirikare babarirwa mu magana binjiye muri iri soko ubu ryamaze gufungwa. Ahategerwa ibinyabiziga hari hafi aho hafunzwe ndetse n’amashuri bituranye na yo yafunzwe. Ibikorwa by’imikino byahagaritswe i Beijing ndetse n’ahantu hahurira abantu benshi harimo kongera gufunga imiryango. Ubu hagiye kubaho kugira ubwoba bwuko haba harabayeho ubwandu bwa kabiri muri uyu murwa mukuru w’Ubushinwa.

    Coronavirus mu Bushinwa yahagaritswe binyuze mu gukoresha amwe mu mategeko akaze cyane kurusha ayandi ku isi, nyuma y’aho yari yagaragaye mu mujyi wa Wuhan.

    Mu Bushinwa, abantu barenga 4,600 batangajwe ko bishwe na coronavirus mu barenga 426,000 imaze kwica ku isi, nkuko bigaragarazwa n’imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika.

    Munyaneza Theogene / ntyoza.com

    source http://www.intyoza.com/ubwoba-ni-bwinshi-mu-bushinwa-bwuko-coronavirus-yongeye-kwaduka/