Category: Uncategorized

  • Mutaganzwa agiye gusohora igitabo kivuga ku mpanuro z’ingenzi Perezida Kagame yagiye atanga #rwanda #RwOT

    “Tujye twirinda kumera nk’isenene aho uwazifashe yazishyize kandi mu kanya zitegereje gukarangirwa hamwe” ni impanuro Perezida Kagame yatanze tariki 5 Ugushyingo 2016 ubwo hizihizwaga imyaka 20 yari ishize umuryango Unity Club ushinzwe.
    http://dlvr.it/RZ78Kj

  • Trump yise Coronavirus “Kung flu” ashaka kuninura u Bushinwa #RwOT #Rwanda #SEVENTEEN_LeftnRight


    Perezida Donald Trump yise Coronavirus “Kung flu”, izina rishya yayihaye
     ashaka kumvikanisha ko ari virus yakomotse mu Bushinwa, imvugo ikomeje 
    kunengwa n’abantu benshi ko ihembera ibikorwa by’ivangura.
    Icyorezo cya Coronavirus kimaze guhitana abantu bagera ku bihumbi 119 muri Leta 
    Zunze Ubumwe za Amerika. Mu bikorwa bya mbere kuva aho iki cyorezo cyibasiye
     igihugu cye byo kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora 
    ateganyijwe mu Ugushyingo, byabereye mu Mujyi wa Tusla muri leta ya Oklahoma, 
    ababishinzwe batanze udupfukamunwa mu bantu bari bitabiriye ariko bake nibo 
    batwambaye.
    Trump yanenzwe ku bwo guhuriza abantu benshi hamwe muri stade ku buryo bishobora
     gukwirakwiza Coronavirus. Yavuze ko impungenge zagizwe kuri iki gikorwa zari 
    zikwiye kuba zaranagizwe ku myigaragambyo yadutse mu gihugu mu minsi 
    ishize yamagana ubugizi bwa nabi bwa polisi kuko ngo nayo yahuruzaga abantu 
    benshi.
    Ati “Ntushobora kubumva bavuga ngo ntabwo bambaye udupfukamunwa.”
    Ni mu gihe ubushakashatsi bwakunze kugaragaza ko haba hari amahirwe menshi 
    kuba abantu bari ahantu hamwe hafunganye bashobora kwandura Coronavirus kurusha 
    abari hanze.
    Trump yakomeje avuga ku ijambo Covid-19, risobanura Coronavirus Disease 2019, 
    rikoreshwa nk’impine y’agakoko gatera iyi ndwara ka SARS-CoV-2. Yavuze ko ari 
    izina ryahawe iyi virus rigakwira ku Isi hose mu kwirinda kuyita virus y’Abashinwa.
    Ati “Ni icyorezo gifite amazina menshi, gifite amazina menshi kurusha ibindi 
    byorezo mu mateka. Nacyita Kung Flu. Natanga amazina 19 atandukanye.”
    Kung Flu, izina rishya Trump yahaye Covid-19, rininura u Bushinwa busanzwe 
    bufite imirwano ishingiye kuri gakondo yitwa Kung fu.

    source : igihe.com

  • Mico The Best yakebuye abagira ubugugu mu ndirimbo ye nshya “Igare”

    Mico The Best yasohoye indirimbo yise ‘Igare’ yakuye ku bitekerezo byo mu bwana, akebura abantu bagira ubugugu ku kintu icyo aricyo cyose.
  • U Bwongereza: Ubushakashatsi bwerekanye ko muri polisi no mu itangazamakuru hari ivangura

    Ubushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru CNN n’ikigo Savanta ComRes, bwagaragaje ko abirabura bemeza ko muri polisi n’itangazamakuru ry’u Bwongereza, hari ivangura rigeza no kudatanga amahirwe angana mu mirimo.
  • LIVE: Maj Mudathiru na bagenzi be basubiye imbere y’urukiko, mu baregwa hiyongereyemo n’abasirikare 4 ba RDF

    Major (Rtd) Habib Mudathiru wahoze mu mutwe witwaje intwaro wa P5, hamwe na bagenzi be, kuri uyu wa Mbere bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare, ngo baburanishwe ku byaha bashinjwa bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.
  • Adil Mohammed, Nabyl na Hassan Haj Taieb bongerewe amasezerano yo gutoza APR FC

    Umutoza mukuru wa APR FC, Adil Mohammed Erradi n’abandi babiri bakomoka mu gihugu kimwe; Naby Bekraoui umwungirije na Hassan Haj Taieb uhugura umutoza w’abanyezamu, bose bamaze kongererwa amasezerano yo gutoza ikipe y’ingabo mu gihe kiri imbere.
  • Inyeshyamba za ADF zishe abaturage 19 mu Burasirazuba bwa Congo

    Inyeshyamba za ADF Nalu zirashinjwa kwica abaturage 19 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
  • Coronavirus kuwa 22 Kamena: Mu masaha 24 ku isi handuye abantu basaga ibihumbi 180

    Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko mu masaha 24 ashize umubare w’abantu banduye Coronavirus wiyongereye, kuko handuye abantu 183 020.
  • Coronavirus mu minsi 100: RBC yemeje ko abantu bazabana n’icyorezo igihe kirenze icyatekerezwaga

    Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), cyemeje ko ishusho y’iminsi 100 icyorezo cya Coronavirus kigeze ku butaka bw’u Rwanda, yerekana ko abantu bazabana nacyo igihe kirekire kurenza icyatekerezwaga.
  • Abagabo baca inyuma abagore babo nibo bakunze kwicwa n’umutima #rwanda #RwOT

    Byatangajwe na Marc Gillinov na Steven Nissen bombi bamaze igihe bavurira indwara z’umutima mu bitaro bitandukanye.

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika kita ku ndwara y’umutima bwiswe ‘a scientific statement from the American Heart Association’ bwagaragaje ko 75% by’abagabo bicwa n’indwara y’umutima ubafata mu gihe barimo basambana n’umugore utari uwabo. Ibi byago ngo byiyongera iyo uwo mugabo arusha imyaka myinshi uwo mugore.

    Ubu bushakashatsi bwasuzumye imirambo 5 559 y’imfu zabaye ku bagabo zitunguranye.

    Ubundi bushakashatsi busesengura impamvu abantu bafatwa n’indwara y’umutima mu gihe cyo gutera akabariro bwakozwe na Paul Newman nk’uko tubikesha ikinyamakuru Fobes.

    Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mushakashatsi yagaragaje ko bibaho gace kuba umutima wafata umugabo mu gihe ari gutera akabariro gusa ngo muri ako gace kabaho ubwiganze buri ku bagabo baba bari guca inyuma abagore babo.

    Mu gitabo yanditse ashyira ahagaragara ubu bushakashatsi yari aho yanditse aburira abagabo bafite indwara y’umutima ko bakwiye kwirinda guca inyuma abo bashakanye.

    Muri Leta zunze ubumwe za Amerika abantu 647 000 bicwa n’indwara z’umutima buri mwaka. Ni ukuvuga ko mu bantu bane bapfa muri Amerika umwe aba azize indwara z’umutima. Iki gihugu kitakaza miliyari 219 z’amadorali buri mwaka kubera indwara z’umutima.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS rivuga ko buri mwaka indwara z’umutima na stroke byica abantu miliyoni 17 ku Isi.

    source http://www.ukwezi.rw/urukundo/article/Abagabo-baca-inyuma-abagore-babo-nibo-bakunze-kwicwa-n-umutima