Category: Uncategorized

  • Nitwa Karengera Nailla naragumiwe kubera ko abahungu benshi barantinya cyane niyo mpamvu nshaka umuhungu twabana akambera umugabo tukabana byihuse #rwanda #RwOT

    Nitwa Nailla Ikuzwe Karengera mfite imyaka 40, kuva kera nkiri muto ababyeyi banjye banyigishije gushaka amafaranga, kuburyo ubu umpaye n’ibyatsi nabishakira abakiriya kandi bikagurwa. N’ubwo mu bucuruzi ndi umuhanga ariko mu rukundo ho ndi umuswa mubi. Mu myaka 20 ishize sinigeze nkundana n’umuhungu. Impamvu yabiteye n’uko njye n’ababyeyi banjye ntabwo twakunze kuba mu gihugu kimwe ngo tukigumemo igihe kinini kuko iyo twajyaga gutura mu gihugu runaka ababyeyi banjye bahatangizaga business yamara gushinga imizi dugahita twimukira mu kindi gihugu kuhatangiza indi gutyo gutyo. Ubwo rero iyo nabaga ntangiye kumenyera ahantu ntangiye kuhagira inshuti byahitaga biba ngombwa ko twimuka. Ubu rero nyinshi muri izo business ninjye nzicunga rero bigatuma ntajya nicara mu gihugu kimwe igihe kinini. Gusa iyo siyo mpamvu yonyine yabiteye ahubwo impamvu nyamukuru yabiteye n’uko abasore bantinya bakanga kunsaba urukundo. Umusore iyo tukimenyana bwa mbere akanyishimira iyo amenye uwo ndiwe ko ndi umukobwa wa Karengera ntiyongera kumvugisha. Bamwe barantinya bakumva ko ntaho bampera bansaba urukundo kuko ubusanzwe baba bamenyereye guteretesha amafaranga, rero bakumva ko nyabarusha bagatekereza ko ntamahirwe bafite yo kuba nabaha urukundo. Abandi nabo bakavuga ngo turamutse dukundanye tukabana sinazigera mbubaha kuko mbarusha amafaranga ngo najya mbasuzugura. Ariko muri njye siko nteye, nubwo nkize ariko sinirata, mu buzima nkunda guca bugufi, ndetse no guha agaciro buri wese. Ubu rero ndashaka umusore wakwemera ko dukundana. Sinzigera mukangisha amafaranga, ndetse sinzayamurutisha, nzamwubaha mu buryo bwose bushoboka, ibyanjye bizaba ibye, ndetse imitungo yanjye yose azayigiraho ijambo. Ikindi mwijeje nuko nta gihugu na kimwe nzajyamo atabishaka, ingendo zanjye zimwe nzazihagarika kugira ngo mpe umukunzi wanjye umwanya uhagije, kandi aho azumva ashaka kumperekeza nta kibazo tuzabyumvikanaho. Uwumva yanyemera akankunda by’ukuri yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/nitwa-karengera-nailla-naragumiwe-kubera-ko-abahungu-benshi-barantinya-cyane-niyo-mpamvu-nshaka-umuhungu-twabana-akambera-umugabo-tukabana-byihuse/

  • Mfite imyaka 39 nitwa Isimbi Joyce ndi umukobwa ndashaka umuhungu cyangwa umugabo wantera inda tukabyarana umwana sinzigera musaba amafaranga yo kurera uwo umwana. #rwanda #RwOT

    Nitwa Isimbi Joyce mfite imyaka 39 nkaba ntuye mu Karere ka Gasabo. Ubwo nari ngeze mu kigero cy’imyaka 25 akazi nkora k’ubuganga kagiye kantwara umwanya mwinshi kuburyo nagiye mbura umwanya wo kuba naha care ihagije abahungu twakundanaga ibyo bigatuma babantwara. Ngeze mu kigero cy’imyaka 30 natangiye kujya mbura umuhungu wantereta, bitewe n’uko benshi babonaga mfite amafaranga bakantinya bakabura aho bampera bamvugisha, nakomeje gutegereza ngo ndebe ko nazabona umusore wansaba urukundo ndaheba. None imyaka ngezemo irakomeye cyane bikomeje gutya nazashiduka mpfuye nkabura uwo nsigira ibyo naruhiye byose. Niyo mpamvu nshaka umuhungu twabyarana byibuze nkazapfa nifitiye umwana. Uwo musore amaze kuntera inda akumva twabana ntakibazo, ariko atanabishaka yakwikomereza ubuzima bwe sinzigera musaba ubufasha, sinzigera musaba indezo, mfite ubushobozi buhagije bwo kuba nakwita ku mwana wanjye nkamumenyera icyo yakenera cyose. Nitumara kubyarana nabishaka azajya aza kureba umwana we natanabishaka ntakibazo. Naripimishije ndi muzima nta ndwara nimwe ndwaye ndetse n’imyanya myibarukiro yanjye yose ni mizima ntacyambuza kubyara, gusa nk’umuganga nzi ukuntu umukobwa urengeje imyaka 40 gusama bimugora ndetse n’igihe gusaba bikunze, kubyara biramugora cyane ndetse haba hari ibyago byinshi byo kuba yagwa ku iseta. Niyo mpamvu nshaka gufatirana byibuze uyu mwaka ukarangira ntwise umwaka utaka nkibaruka imfura. Ubu butumwa nkimara kubutanga k’urubuga www.imbere.com nabonye abasore benshi banyandikiye bansaba ko twabiganiraho, bamwe nabashije kubasubiza abandi sinabishoboye kuko messages zari nyinshi cyane. Muri bo naje guhitamo umwe twabonanye amaso ku maso inshuri zigera kuri 3 turaganira birambuye. Ni umusore mwiza w’igikundiro kandi ufite amafaranga kuko afite akazi keza, gusa naje kubaririza amakuru amwerekeyeho nsanga afite barumuna be bakennye cyane kandi ntanikintu na kimwe abafasha. Ibyo rero byatumye mureka bitewe n’uko numva ko papa w’umwana wanjye agomba kuba afite umutima mwiza wo gufasha abantu bababaye kugira ngo n’umwana wanjye atazavukana umutima mubi. Akazi kanjye nkora buri munsi ni ako kwita kubantu bababaye rero ntibyanshobokera ko nabyarana n’umuntu ufite amafaranga kandi adashobora kwita kubo bavukana. Kandi ndanakeka ko umuntu udafitiye impuhwe abo bavukana ntanundi ashobora kuzigirira. Njye ndashaka kubyarana n’umuntu ufite umutima mwiza ndetse n’imico myiza kuburyo n’umwana wanjye azavukana bene uwo mutima. Uwumva yabishobora yanyandikira inbox tukabiganiraho mu buryo burambuye.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/mfite-imyaka-39-nitwa-isimbi-joyce-ndi-umukobwa-ndashaka-umuhungu-cyangwa-umugabo-wantera-inda-tukabyarana-umwana-sinzigera-musaba-amafaranga-yo-kurera-uwo-umwana/

  • Havumbuwe uburyo bwo gupima coronavirus bwihuse hifashishijwe amacandwe #rwanda #RwOT

    Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Yale muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bavumbuye uburyo bwihuse bwo gupima coronavirus hifashishijwe amacandwe.
  • Simba SC na Yanga SC zifuje gukina imikino ya gicuti na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Amakipe abiri akomeye muri Tanzania; Simba SC na Yanga SC, yombi yifuje gukina na Rayon Sports imikino ya gicuti mu rwego rwo kwitegura umwaka utaha w’imikino wa 2020/21.
  • Ubushakashatsi bwagaragaje ko gushushanya amaso ku nka bizirinda kuribwa n’inyamaswa #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko gushushanya amaso y’inka ku gice cy’inyuma cyayo, ari uburyo bwiza bwo kuzirinda kuribwa n’inyamaswa z’inkazi zizibasira cyane ku mugabane wa Afurika.
  • Kwitabira ibirori by’umukunzi wa Sarpong kwa Karekezi Olivier, amayeri yo gukomeza kureshya uyu rutahizamu #rwanda #RwOT

    Mu mpera z’icyumweru gishize, umutoza Karekezi Olivier yaratunguranye yitabira ibirori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi wa rutahizamu Sarpong udafite ikipe kugeza ubu, akaba yari imwe mu nzira yo ukomeza kwiyegereza uyu rutahizamu kugira ngo amwumvishe azerekeza muri Kiyovu Sports.

    Michael Sarpong ni umwe muri ba rutahizamu uri ku isoko nyuma yo kwirukanwa muri Rayon Sports, aravugwa mu makipe nka AS Kigali na Yanga yo muri Tanzania.

    Kiyovu Sports na yo yamaze kwinjira mu rugamba rwo gusinyisha uyu rutahizamu cyane ko Karekezi Olivier yemeje ko yamwegereye undi akaba yaramuhaye icyumweru cyo kubitekerezaho.

    Ubwo Sarpong yizihizaga ibirori by’isabukuru y’umukunzi we, uyu mutoza yaratunguranye na we yitabira ibi birori, gusa amakuru ISIMBI yamenye ni uko atari yaje mu birori gusa ahubwo afite indi mpamvu yari imuzanye.

    Amakuru avuga ko ari mu buryo bwo gukomeza kwegera uyu mukinnyi anamwumvishe abashe kuba yakwemera gukinira Kiyovu Sports, dore muri ibi birori we na Sarpong bafashe umwanya bakaganira bonyine bitaruye abandi, ni ikiganiro cyatwaye umwanya utari munsi y’iminota 10.

    Mu gihe Sarpong yaba yerekeje muri Kiyovu Sports, yaba abaye umukinnyi wa 3 utandukanye na Rayon Sports agahita yerekeza muri Kiyovu Sports, ni nyuma ya Kimenyi Yves na Irambona Eric.

    Karekezi yari yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Djazila umukunzi wa Sarpong

    Karekezi Olivier yafashe umwanya aganira na Sarpong bonyine

    source http://isimbi.rw/siporo/article/kwitabira-ibirori-by-umukunzi-wa-sarpong-kwa-karekezi-olivier-amayeri-yo-gukomeza-kureshya-uyu-rutahizamu

  • Djihad Bizimana ntiyahiriwe n’uwa Mbere w’iki cyumweru #rwanda #RwOT

    Djihad Bizimana ukinira Waasland Beveren, we n’ikipe ye babuze amahirwe yo kugumana umwanya wa mbere nyuma yo gutsindwa na Standard Leige mu mukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona.

    Nyuma yo gutsinda umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona, Waasland Beveren ni yo yari iyobye urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bubiligi.

    Ku munsi w’ejo bari bakiriye Standard Leiege, gusa iyi kipe yaje kubura amahirwe yo gukomeza kuyobora urutonde nyuma yo gutsindwa 2-1.

    Waasland Beveren ni yo yari yabanje igitego gitsinzwe na Jur Schryvers ku munota wa 59 ku mupira yari ahawe na Alessandro Albanese.

    Ku munota 67 Standard Leige yaje kwishyura iki gitego gitsinzwe na Selim Amallah ku mupira yari ahawe na Collins Fai. Ku munota wa 70 yaje kubona igitego cya 2 gitsinzwe na Samuel Bastien ku mupira yari ahawe na Felipe Avenatti.

    Ni umukino Djihad Bizimana yakinnye iminota 75 akaba yaje gusimburwa na Stefan Milošević. Iyi kipe ikaba yahise ifata umwanya wa 8 n’amanota 3, Beerschot ya mbere ifite 6. Waasland izagaruka mu kibuga tariki ya 22 Kanama yasuye Zulte-Waregem.

    Djihad ntabwo yahiriwe n’umukino waraye ubaye

    source http://isimbi.rw/siporo/article/djihad-bizimana-ntiyahiriwe-n-uwa-mbere-w-iki-cyumweru

  • Ntagikozwe ingaruka ziterwa n’amakimbirane yo mumiryango zakwiyongera cyane. #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ubwicanyi bwo mu miryango bwiyongereye kuko mu myaka ibiri ishize, abagabo 86 bishe abagore babo mu gihe abagore 30 bishe abagabo babo.

    RIB itangaza ko mu 2019, abagabo 49 aribo bishe abagore babo na ho abagore 14 bivugana abagabo.

    Abahanga mu birebana no gukumira no guhosha amakimbirane bemeza ko ubwicanyi bwo mu miryango bugira ingaruka z’igihe kirekire igihe nta gikozwe ngo ibi bibazo bituma bubaho bihagarare.

    Ingaruka zikomeye ziba ku bana kuko usanga babayeho mu buzima butaboroheye ndetse rimwe na rimwe no kubona icyo kurya bibagora.

    Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha igaragaza ko mu 2019, abagabo 49 ari bo bishe abagore babo na ho abagore 14 bica abagabo babo.

    RIB yerekana ko iyi mibare yiyongereye kuko mu 2018, abagabo 37 ari bo bishe abagore babo, na ho abagore 16 bica abagabo babo.

    Mu myaka ibiri ishize ya 2018-2019, abagabo 86 bishe abagore babo, abagore 30 bica abagabo mu 2019.

    Umuhanga mu birebana n’Iterambere n’Uburinganire akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Hategekimana Célestin, yavuze ko ubwicanyi bwo mu miryango ari ikibazo gikomeye gikwiye kwitabwaho.

    Yagize ati “Usibye kuba bibanduza mu mutwe, ntugire ngo abo bana na bo bashobora gusigara nta makimbirane, kuko akenshi usanga abana hari ababogamiye ku mubyeyi umwe. Ushobora gusanga ba bana hagati yabo basigaranyemo imyiryane ishobora gukurura izindi ngorane.’’
    Umuyobozi w’Umuryango urengera abagore n’abana HAGURUKA, Munyankindi Monique, yavuze ko ubwiyongere bw’imiryango itandukana yiyongera ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubukana bw’ikibazo.

    Ati “Nk’umwaka ushize urabona ko imanza za gatanya zimaze kurenga hafi 8000 mu 2019, zarikubye kuva mu 2017. Uyu munsi ni ikigaragara ko amakimbirane mu muryango arimo kwiyongera. Amakimbirane aba yatangiye kare, agatangira abantu bagishakana, batagira ibyo bumvikana bigatangira bikagenda, bikagera aho abantu bicana cyangwa batandukana.

    Igihe amakimbirane atangiye kuboneka muri wa muryango, aho utuye mu mudugudu amakuru aba azwi, bakagombye kuganirizwa mu buryo bwose bushoboka.’’

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Imiyoborere RGB mu 2017, bwerekana ko mu baturage babajijwe bagaragaje ko amakimbirane mu miryango yari hejuru ya 50% by’imiryango yose mu gihugu, mu 2019 ubwo bushakashatsi bwagaragaje ko amakimbirane yari ku kigero cya 60.7% na ho mu 2019 yariyongereye agera ku kigero cya 70.39%.

    The post Ntagikozwe ingaruka ziterwa n’amakimbirane yo mumiryango zakwiyongera cyane. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ntagikozwe-ingaruka-ziterwa-namakimbirane-yo-mumiryango-zakwiyongera-cyane/

  • Ibizamini bya ADN byanyomoje ko Padiri Dukuzumuremyi yasambanyije umwana akamutera inda #rwanda #RwOT

    Ibisubizo by’ibizamini bya ADN, byafashwe umwana wabyawe n’umukobwa w’imyaka 17 washinjaga Padiri Dukuzumuremyi Jean Léonard kumusambanya akamutera inda, byagaragaje ko uwo mwana atari uwe.
  • Bruce Melodie yiganje mu byiciro by’abahatanira ibihembo bya Kiss Summer Awards20 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2020 nibwo hatangajwe abahatanira ibihembo bya Kiss Summer Awards20 mu byiciro byose. Bruce Melodie niwe uyoboye abandi mu kugaragaramo kenshi.