Source : https://www.rba.co.rw/post/Asomusiyo-yuyu-mwaka-ntiyahiriye-abacuruzi-bi-Kibeho
Source : https://www.rba.co.rw/post/Asomusiyo-yuyu-mwaka-ntiyahiriye-abacuruzi-bi-Kibeho
Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahakanye gukerensa ubukana bwa Covid-19, nubwo hari ikindi kiganiro yemeje ko yabikoze. Abahanganye na Trump bamushinja gutuma iki cyorezo kiyongera kurusha.
Ibi bitandukanye n'ibyo Trump yabwiye umunyamakuru Bob Woodward mu ntangiriro z'uyu mwaka ko yoroheje ubukana bw'iyi virusi ngo adaca igikuba. Trump kandi ubu yemeje ko urukingo rushobora kuba rwabonetse 'mu gihe cy'ibyumweru', nubwo inzobere zo muri Amerika ziri gushidikanya ibi.
Muri Amerika, nta rukingo rurarangiza ikiciro cya nyuma cy'igerageza, ibi bituma hari abahanga muri siyansi batinya ko igitutu cy'abanyapolitiki cyateza akaga kuko bo bashaka ko ruboneka mbere y'amatora ya tariki 03/11/2020.
Bob Woodward, umunyamakuru wagaragaje bwa mbere amakosa akomeye azwi nka 'Watergate scandal' mu 1972 akaba umwe mu banyamakuru bubashywe cyane muri Amerika, yakoranye ibiganiro na Trump inshuro 18 kuva mu kwezi kwa 12/2019 kugeza mu kwezi kwa karindwi.
Ayo makosa yiswe 'Watergate scandal' yavuyemo kwegura kwa Perezida Richard Nixon. Perezida Trump yumvikanye amubwira ko iyo virusi 'ari ikintu cyica' mbere y'uko igira umuntu wa mbere yica muri Amerika.
Ubu muri icyo gihugu imaze kwica abantu barenga 190,000 kuva ihageze nk'uko imibare ya Kaminuza y'ubushakashatsi ya Johns Hopkins ibigaragaza.
Ni ibiki Trump yavuze?
Ejo ku wa kabiri mu gikorwa cyaciye kuri ABC News aho yari i Pennsylvania, Trump yabajijwe impamvu 'yakerensa icyorezo kizahaje abantu b'amikoro make na ba nyamucye'.
Perezida Trump yasubije ati: 'Yego, urebye, ntabwo nagikerensheje. Ahubwo, mu buryo bwinshi, naragikujije, mu buryo bw'ibyakozwe. Ibyo nakoze byari bikomeye cyane'. Aha avuga nko kubuza abantu kujya mu Bushinwa n'i Burayi mu ntangiriro z'iki cyorezo.
Yongeraho ati: 'Twari kuba twarapfushije ibihumbi byinshi kurushaho iyo ntafata uwo mwanzuro. Twakijije benshi mu gihe twakoraga ibyo'.
Mu kwezi kwa kabiri, mu kiganiro Perezida Trump yagiranye na Bob Woodward, yavuze ko azi byinshi ku bukana bw'iyo ndwara kurusha ibyo avuga ku mugaragaro.
Icyo gihe yumvikanye avuga ati: 'Igendera mu mwuka, ntabwo ari ugufata ahantu gusa. Si byo? Ahubwo ni mu mwuka, mu guhumeka umwuka gusa ni uko yandura.
'Irica kandi kurusha ibicurane mumenyereye'. Aho yari ari muri Philadelphia, Trump, yasubiyemo ibyo yavuze mbere ko iyi virusi izageraho igacika ubwayo igihe 'abantu benshi bazagira ubwirinzi bw'umubiri kuri yo' ntishobore gukwirakwira nanone.
Source:BBC
Inkuru ya Venuste Habineza
Source : http://www.intyoza.com/coronavirus-donald-trump-arahakana-gukerensa-iki-cyorezo/
Abategetsi b'i Barbados yatangaje umugambi w'iki gihugu wo kuva ku ngoma ya cyami, ikavana Umwamikazi Elizabeth II ku mwanya w'umukuru w'igihugu. Leta y'iki gihugu cyo mu birwa bya Karayibe yavuze ko igihe kigeze ngo 'dusige inyuma byuzuye amateka y'ubukoroni'.
Iyi leta ifite intego yo kugera kuri ibi mu kwezi kwa 11/2021 ku isabukuru y'imyaka 55 y'ubwigenge yakuye ku Bwongereza.
Mu ijambo ryanditswe na Minisitiri w'intebe Mia Mottley, yavuze ko abanye-Barbados bashaka umukuru w'igihugu wo muri Barbados. Buckingham Palace, ingoro y'Umwamikazi Elizabeth, ivuga ko ibi ari ibintu bireba guverinoma n'abaturage ba Barbados.
Umunyamakuru wa BBC ukurikirana iby'ibwami avuga ko yabwiwe n'umuntu wo muri Buckingham Palace ko 'icyo atari igitekerezo cyaje gutyo gusa', ko cyari 'kimaze iminsi kivugwa cyane' muri icyo gihugu.
Ijambo ryatangarijwemo uyu mugambi wa leta ya Barbados ryasomwe ubwo batangizaga imirimo y'inteko ishingamategeko, ahavugirwa na gahunda nshya za leta.
Mu gihe iryo jambo risomwa n'ufite umwanya w'ubutegetsi wa 'governor-general', riba ryanditswe na minisitiri w'intebe.
Si bwo bwa mbere Barbados yifuje kuva ku butegetsi bwa cyami buyobowe n'Umwamikazi uba i Londres. Mu 1998, komisiyo yashinzwe kuvugurura itegekoshinga ry'iki gihugu yari yasabye ko ubwami buvaho hakajyaho repubulika.
Freundel Stuart, uwo Madamu Mia yasimbuye, nawe yari yavuze ko 'mu gihe cya vuba bazava mu butegetsi bwa cyami bakaba repubulika'. Barbados si cyo gihugu cya mbere cyahoze gikoronizwa n'Ubwongereza mu birwa bya Karayibe cyaba gihindutse repubulika.
Guyana yateye iyi ntambwe mu 1970, hari hatarashira imyaka ine ivanye ubwigenge ku Bwongereza. Trinidad na Tobago nayo yakurikiyeho mu 1976 na Dominica mu 1978.
Ibi bihugu bitatu byose byagumye mu muryango wa Commonwealth, uhuza ibihugu byakoronijwe n'Ubwongereza n'ibindi byashatse kuwinjiramo bidafitanye amateka n'Ubwongereza.
Source:BBC
Inkuru yanditswe na Venuste Habineza
Source : http://www.intyoza.com/leta-ya-barbados-igiye-gukura-umwamikazi-elizabeth-ku-ngoma/
Source : https://www.rba.co.rw/post/U-Rwanda-rwatangije-gahunda-ya-Generation-Unlimited-izazamura-urubyiruko
Muri rusange ubushinjacyaha burarega iri tsinda ibyaha byo kurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo, kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho, kugirana umubano na leta z’amahanga hagambiriwe gushoza intambara ku Rwanda n’icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gucura umugambi wo gukora icyaha cy’iterabwoba.
Abireguye kuri uyu wa Gatatu ni abari abasivili bemeza ko bajyanywe mu mutwe witwara gisirikare wa P5 muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo. Abo babimburiwe n’uwitwa Ildephose Mbarushimana wavuze ko yakuwe mu gihugu cy’Uburundi yizezwa ko agiye guhabwa akazi. Ukurikije uko bisobanura uyu na bagenzi be baravuga ko bagejejwe mu mutwe wa P5 ku gahato. Basobanura ko bakigeramo babuze uko bawusohokamo kuko bisanze bakoreshwa igisirikare mu mugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda.
Mbarushimana avuga ko ageze mu mutwe wa P5 yahawe inshingano zo kuba umwe mu barinzi ba Major Habib Mudathiru wari warasezerewe mu ngabo z’u Rwanda za RDF nyuma akaza kujya mu mitwe yitwara gisirikare. Icyakora umucamanza mu bihe bitandukanye yakunze guhata ibibazo by’umusubirizo uyu wiregura avuga ko yari mu mutwe wa P5 yarawujyanywemo ku ngufu.
Umucamanza yamubwiye ko bitumvikana ukuntu yari kugera muri uwo mutwe agafata imyitozo ya gisirikare yarangiza akanagirwa umurinzi wa Major Mudathiru. Mu magambo y’umucamanza akamubwira ko izo nshingano zihabwa abantu biboneka ko bazi kurwana kandi b’abizerwa. Mbarushimana kimwe na bagenzi be mu mabazwa yabanje yo mu bugenzacyaha urukiko rubibutsa ko bemeye ibyaha bakanabisabira imbabazi none kuri ubu bagahitamo guhindura imvugo.
Umunyamategeko umwunganira yabwiye urukiko ko Mbarushimana n’ubwo yabaye mu mutwe wa P5 atabigiyemo ku bushake bwe. Ashingiye ku magambo y’uregwa ndetse na bagenzi be bagiye biregura umunyamategeko yabwiye urukiko ko bavuga ko bari bameze nk’abafashwe bugwate na cyane ko ngo abari abayobozi muri P5 bari baravuze ko uzatoroka icyo gisirikare bikamenyekana azajya afatwa bakamwica.
Byateye Major Mudathiru guhita amanika ukuboko hejuru maze yaka ijambo. Yavuze ko abamushinja ko yari ababereye ikibazo bigatuma badatoroka bitari ukuri kuko kuri we ngo ntabwo bazi icyabazanye mu rukiko. Yabasabye kutamwitwaza bagambiriye kubigira impamvu nyoroshyacyaha. Yavuze ko hari abandi benshi batorokaga kandi ko byigeze kubaho ko ajya kwivuriza mu Burundi Mbarushimana n’abo bari kumwe bakamuherekeza. Agasanga icyo gihe yari mu gihugu cy’Uburundi iyo babishaka bari butoroke ntihagire ikibazo bahura na cyo.
Ku ruhande rw’ubushinjacyaha bukavuga ko abavuga ko babaga mu mutwe wa P5 ku gahato ibyo nta shingiro bikwiye guhabwa kuko ngo hari n’abandi bagiye batoroka uwo mutwe mbere y’uko uraswaho n’ingabo za FARDC kugeza ubu bageze mu Rwanda basaba imbabazi biba ngombwa ko batagezwa mu nkiko.
Urukiko rukavuga ko buri ruhande rwiregura iyo ruvuga ko nta bushake bwo kujya mu mutwe wa P5 urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rwagombye no kubitangira ibimenyetso. Ariko ubwunganizi bukavuga ko buburana bushingiye ku mvugo z’abatangabuhamya. Bukavuga ko ibyo Mbarushimana yakoze ari bibi ariko ko kuva habuzemo ubushake bwe na byo bitagize icyaha.
Abiregura bakavuga ko bagiye bashukwa mbere yo kubanza kwizezwa akazi. Ariko urukiko rugakomeza kwibaza uburyo bavuga ko bashutswe bakajya mu mitwe bakayigumamo kugeza ubwo bafashwe bagashyikirizwa ubutegetsi bw’u Rwanda. Abanyamategeko bakavuga ko impamvu abo bunganira bagumye muri P5 ari uko nta bwinyagamburiro bari bafite.
Afatiye ku bisobanuro abaregwa batangaga akanabihuza n’ibyo bavuze mu mabazwa yabo mu nzego zabanje, umucamanza Lt Cl Bernard Rugamba Hategekimana yakunze kubabwira ko mu myiregurire yabo bagamije kubeshya urukiko. Bavuga ko abari babakuriye barimo Major Mudathiru bababwiraga ko mu Rwanda nta demokarasi ihari kandi ko nk’abantu bari barabaye mu ngabo z’u Rwanda ibyo bari barizejwe mu rugamba rwo kurubohora ngo ntibabibonye.
Urukiko rukavuga ko uretse n’imyiregurire ku baregwa ngo n’imyanzuro abanyamategeko babo babafashije kugeza ku rukiko iteye urujijo. Urukiko ruvuga ko hari aho bigaragara ko banzuye ko bemera ibyaha ariko na none bagakomeza kuvuga ko nta bushake bagize bwo gukora ibyaha. Kuwa Kabiri w’iki Cyumweru hari hireguye abantu 11 cyo kimwe no kuri uyu wa Gatatu. Bivuze ko hasigaye kwiregura abandi bantu 9 barimo Major Habib Mudathiru wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda. Uyu ni na we ufatwa nka kizigenza w’iri tsinda riburana.
Mu baregwa harimo n’abari abasirikare bato mu ngabo za RDF bagera kuri batanu. Kuri bo hiyongeraho icyaha cyo gutoroka igisirikare, ubufatanyacyaha mu kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugira uruhare mu bikorwa by’ishyirahamwe rikora iterabwoba.
Major Habib Mudathiru yemera ko yari umuyobozi wabo ushinzwe ibikorwa byo gutoza no gushaka abarwanyi. Avuga ko byose byahuzwaga na Gen Faustin Kayumba Nyamwasa wigeze kuba umugaba mukuru w’ingabo za RDF. Kugeza ubu uyu wahungiye muri Africa y’epfo inkiko z’u Rwanda zamukatiye gufungwa imyaka 24 adahari zimurega ibyaha byo gushaka guhungabanya umutekano.
Abaregwa barimo abaturutse mu bihugu bya Uganda, Burundi, Kenya na Malawi. Bemera ko bari mu gisirikare cya P5 gihuriweho n’amashyaka atanu na RNC ya Gen Faustin Kayumba Nyamwasa irimo. Iburanisha ry’uru rubanza rirakomeza kuri uyu wa Kane.
Iyi nkuru tuyikesha Ijwi ry’Amerika
source https://www.rba.co.rw/post/Ingaruka-siporo-yo-guterura-ibyuma-ishobora-guteza