Category: Uncategorized
-
Car Free Day yasubukuwe mu isura nshya nyuma y'iminsi 204 (Amafoto) #rwanda #RwOT
Nyuma y'iminsi 204 siporo rusange ya Car Free Day ihagaritswe nk'imwe mu ngamba zo gukumira icyorezo cya Coronavirus, kuri iki Cyumweru yongeye gusubukurwa mu Mujyi wa Kigali yitabirwa n'abarimo Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa. -
Ibyo wamenya kuri Banyangiriki wahamwe n'ibyaha bya Jenoside wari umaze imyaka 12 yihishahisha mu Rwanda #rwanda #RwOT
Banyangiriki Isaac ukomoka mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara yakatiwe igifungo cy'imyaka 30 n'Inkiko Gacaca nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ntiyafungwa kuko yahise aburirwa irengero. -
OMS yashyizeho amabwiriza azagenderwaho mu kugenzura imiti gakondo ivura COVID-19 #rwanda #RwOT
Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye, OMS, ryemeje amabwiriza azakurikizwa mu kugenzura imiti y'ibyatsi yakorewe muri Afurika harebwa niba ishobora kuvura icyorezo cya COVID-19. -
Polisi ya Uganda iri mu iperereza ryo kumenya imvano y'inkongi y'umuriro yibasiye kaminuza ya Makerere #rwanda #RwOT
Polisi ya Uganda irimo gukora iperereza ku cyateye inkongi y'umuriro yo mu ijoro ryacyeye kuri iki cyumweru. Iyi nkongi yibasiye ibice bimwe bya Kaminuza ya Makerere rwagati mu murwa mukuru Kampala.
Amakuru y'ibanze avuga ko uwo muriro kuri iyi kaminuza â” ya mbere yigamo abanyeshuri benshi mu gihugu ikaba ari nayo yashinzwe bwa mbere muri aka karere â” ushobora kuba watangiriye ku gisenge cyayo. Nuko ugakomereza ku bice byo hasi byayo birimo ahabikwa amakuru ajyanye n'imari n'ay'amashami y'iyi kaminuza.
Iyo nyubako y'amagorofa atatu izwi nka 'Ivory Tower' y'inkuta z'umweru n'amadirishya y'ubururu yo kuri iyi kaminuza, ni yo igaragara cyane kurusha izindi nyubako.
Ku isaha ya saa saba z'amanywa z'i Kampala (saa sita zo mu Rwanda no mu Burundi), imodoka zizimya umuriro zari zikigaragara kuri iyi kaminuza ndetse n'umwotsi ugicumbeka, nkuko bivugwa n'umunyamakuru wa BBC Patience Atuhaire, na we wize i Makerere.
Amafoto amwe yo ku mbuga nkoranyambaga z'iyi kaminuza agaragaza igice cyo hejuru cyayo ndetse n'inkuta zo hanze byahindutse umukara. Iyo nyubako izwi nka 'Ivory Tower' ni yo irimo n'ibiro by'uwungirije umuyobozi mukuru wa kaminuza n'icyumba kinini cy'inama.
Profeseri Barnabas Nawangwe, wungirije umukuru wa Kaminuza ya Makerere, yanditse kuri Twitter avuga ko iki ari igitondo cyijimye cyane mu buzima bw'iyi kaminuza, yongeraho ko ibyangiritse birenze ukwemera.
Kaminuza ya Makerere nkuko BBC ibitangaza, ni yo Kaminuza ya mbere nkuru mu myaka kurusha izindi zo muri aka karere k'Afurika y'uburasirazuba. Yatangiye mu mwaka wa 1922 ari ishuri ry'imyuga.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
-
Inama y'abakuru b'ibihugu yagombaga kubera i Goma igiye kuba hifashishijwe ikoranabuhanga #rwanda #RwOT
Abakuru b'ibihugu bya Angola, Burundi, RDC, Rwanda na Uganda bagiye guhurira mu nama yiga ku bibazo by'umutekano mu Karere izaba hifashishijwe ikoranabuhanga nyuma y'aho iyagombaga kubera i Goma isubitswe. -
Fertilizer Tycoon Nkubiri Charged With Forgery Worth Rwf2Billion #rwanda #RwOT
Alfred Nkubiri a leading producer of fertilizers in Rwanda is expected in court to answer charges of forgery, according to an indictment issued by the National Public Prosecution Authority in case number 00090/IPRL GG/2020/JMVN/RM.
In the indictment, Prosecution stated that Nkubiri a resident of Kimihurura in Gasabo district is charged with forgery under article 276 of the Penal code act. He is also charged with tampering with exhibits subject to provisions of article 245 of the penal code act.
According to prosecution the government of Rwanda is said to have lost a colossal sum of money through these forged lists of ghost farmers allegedly drawn by fertilizer suppliers including Nkubiri.
According to Taarifa's investigation it should be noted that since 2005 the government partnered with private companies to import required types of fertilizers and quantities need for the cropping seasons.
Farmers would be given fertilizers and the supplier would later take a list of recipients to the Ministry of Agriculture. The list would include details of the farmers such as an ID number, quantity of fertilizer received and signature.
The supplier would deduct expenses incurred especially in the course of delivering fertlisers to farmers. The balance of cash would be returned to the Ministry of Agriculture.
'It was discovered that Fertilizer suppliers would manipulate lists of farmers indicating that they received and signed for fertilizers yet not,' Prosecution says, adding, 'this forgery cause government a loss worth Rwf9,074,504,045 (9billion).'
Prosecution says, 'Nkubiri who was assigned to deliver fertilisers in Ngoma, Kayonza, Gatsibo, Nyagatare and Rwamagana caused the government to lose a total of Rwf2,036,938,194 (2billion).'
Nkubili Alfred, operates under a company known as ETS Nkubili Alfred [ENAS], dealing in general commerce, agriculture, import, and export.
Kagame's Intervention Needed To Dismantle 'Fertilizer Mafia Network'
Source : https://taarifa.rw/fertilizer-tycoon-nkubiri-charged-with-forgery-worth-rwf2billion/
-
Imiryango itandukanye isanga urubyiruko rukwiye gutozwa indangagaciro z'amahoro #rwanda #RwOT
Imiryango itandukanye isanga urubyiruko rukwiye gutozwa indangagaciro z'amahoro. -
Rusizi: Insengero 4 zafunguye imiryango nyuma y’iminsi 54 #rwanda #RwOT
'Ni umunezero kuko ahera h’Imana hongeye gufungura imiryango tukongera kuyihimbaza. Ni ngombwa ko twese tubera amaso Leta natwe ariko tugafasha ubuzima bwacu kugira ngo ibintu birusheho kuba byiza twirinda iki cyorezo.'
Ni amagambo yuje umunezero ya Ngendahimana Elia umwe mu bakirisito bo mu itorero rya ADEPR, ashimangira ko yishimiye ko bongeye gusenga ariko banubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
Insengero eshatu n’umusigiti umwe byo mu Karere ka Rusizi byahawe uburenganzira bwo guteranirwamo nyuma y’iminsi 54 bifunzwe kubera ubwandu bushya bwa COVID-19 bwakagaragayemo mu mpera za Nyakanga 2020.
Kimwe n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi, insengero zafunzwe ku wa 15 Werurwe 2020 nyuma y’umunsi umwe mu Rwanda habonetse umurwayi wa mbere wa Coronavirus.
Ku wa 15 Nyakanga 2020 nibwo Inama y’Abaminisitiri yemeje ko insengero zifungurwa, ariko uburenganzira bugatangwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze nyuma yo kugenzura ko hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Nubwo insengero zose zitafunguwe bitewe nuko hari izatarashyira ku murongo ibyo zasabwe, izabyujuje zo zakomorewe mu gihe izindi zigitegereje.
Aho abantu bagomba kwicara hashyirwaho ibimenyetso bibigaragaza

Ku wa 19 Nyakanga 2020 nibwo bamwe mu bayoboke b’amadini barimo n’ab’i Rusizi bongeye guterana ariko bigakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Nyuma y’iminsi 10 gusa, Akarere ka Rusizi kahawe umwihariko kubera ubwandu bushya bwahabonekaga, byatumye insengero icyenda zari zafunguwe zongerwa gufungwa, imirenge imwe isubizwa muri gahunda ya guma mu rugo ndetse ingendo zose ziva n’izinjira mu karere zirahagarikwa.
Iminsi 54 yari ishize abatuye Akarere ka Rusizi badaterana ariko insengero enye zakomorewe nyuma y’igenzura ry’inzego z’ubuzima.
Itangazo ryemerera insengero gukora ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Euphrem, rigaragaza ko amadini yemerewe gufungura imiryango kubera yubahirije ibisabwa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.
Izo nsengero zirimo ebyiri z’Itorero rya ADEPR zirimo urw’i Kamembe n’urwo mu Gashonga, Kiliziya Cathedral ya Cyangugu n’Umusigiti wa Kamembe.
Mu byo insengero zafunguye zasabwe mu kwirinda Coronavirus harimo guhana intera mu nsengero hagasengeramo abantu batarenze 30 ku ijana y’abari bahasanzwe, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa umuti wabugenewe no kwambara agapfukamunwa.
Abantu babanza gukaraba intoki neza mbere yo kwinjira mu rusengero

Nyuma y’igihe Akarere ka Rusizi kari mu kato kubera ubwandu bwahagaragaye, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 10 Nzeri 2020 yafashe ingamba zirimo iyo gukomorera ingendo zo kujya no kuva mu Karere ka Rusizi mu modoka bwite (Private transport).
Source: Igihe
Source : https://agakiza.org/Rusizi-Insengero-4-zafunguye-imiryango-nyuma-y-iminsi-54.html
-
Premier League: Liverpool yatsinze Chelsea y'abakinnyi 10, Arsenal ikomeza kumwenyura (Amafoto) #rwanda #RwOT
Ibitego byombi byatsinzwe na Sadio Mané byafashije Liverpool gutsindira Chelsea iwayo 2-0 mu mukino w'umunsi wa kabiri wa Shampiyona ya Premier League wabaye kuri iki Cyumweru. -
Abantu 51 bakize Coronavirus mu Rwanda, abanduye bo baba 22 #rwanda #RwOT
Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru abantu 22 banduye Coronavirus mu gihe abayikize bo ari 51 ndetse ko nta muntu wigeze ahitanwa n'iki cyorezo.