Category: Uncategorized

  • Rayon Sports yabonye umuyobozi mushya #rwanda #RwOT

    Murenzi Abdalhah wari perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ‘FERWACY’, wanigeze kuyobora Rayon Sports ni we wagizwe perezida w’inzibacyuho w’iyi kipe.

    Ku munsi w’ejo hashize ku wa Kabiri, nyuma y’igenzura ryakozwe na RGB, yahise ihagarika komite nyobozi y’umuryango wa Rayon Sports kubera ko itabashije kubahiriza inshingano ziteganywa n’amategeko.

    Hakaba hamaze kujyaho komite y’inzibacuho igizwe n’abagabo 3, Murenzi Abdallah wayoboye Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona cya 2013 ni we perezida w’iyi komite, Twagirayezu Thadee na Me Nyirihirwe Hilaire bazaba bafatanya na we.

    Iyi komite yahawe iminsi 30 yo kunoza amategeko y’umuryango no kuyahuza n’itegeko rigenga imirango itari iya leta. Gushyiraho inzego z’umuryango ziteganywa n’amategeko, gukurikirana umunsi ku wundi ibikorwa bya Rayon Sports FC, gutegura imbonerahamwe ngengamikorere y’umuryango n’ibikorwa byawo, gushyiraho uburyo buboneye bwo gukurikirana imikoreshereze y’umutungo w’umuryango no gucunga umutungo w’umuryango mu gihe cy’inzibacyuho.

    Iyi komite ikaba ifite iminsi 30 uhereye tariki ya 24 Nzeri 2020. Ihererekanyabubasha rikaba rizaba ku munsi w’ejo ku wa Kane.

    Yari perezida wa Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona 2013

    Asanzwe ari perezida wa FERWACY

    Source : http://isimbi.rw/siporo/rayon-sports-yabonye-umuyobozi-mushya

  • Gakwaya wamamaye muri filime 'Sakabaka' yateye umugongo uwo yambitse impeta, agiye kurongora undi #rwanda #RwOT

    Gakwaya Célestin wamamaye muri sinema Nyarwanda ndetse akaba umwe mu bakinnyi ba Filime ya 'Sakabaka' yashyize hanze integuza y'ubukwe bwe, yatunguye benshi kuko itariho amazina y'umukobwa yari aherutse kwambika impeta mu ntangiriro z'uyu mwaka.

    Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/gakwaya-wamamaye-muri-filime-sakabaka-yateye-umugongo-uwo-yambitse-impeta-agiye

  • Alexey Navalny yavuye mu bitaro by'Ubudage nyuma y'iminsi 32 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatatu tariki 23 Nzeri 2020, ibitaro by'Ubudage byavuraga umuyobozi w'abatavuga rumwe n'ubutegetsi bw'Uburusiya Alexey Navalny kubera uburozi yahawe, yavuze ko ubuzima bwe bumaze kumera neza ku buryo yarekurwa, anavuga ko yamaze gukira neza.

    Navalny, w'imyaka 44, yamaze iminsi 32 mu bitaro bya Charite I Berlin, 24 mubaganga bakaba bari mu bitaro bamwitaho mu bitaro by'ubuvuzi bukomeye, mbere yuko abaganga bemeza ko ameze neza agomba kurekurwa agataha.

    Ibitaro byavuze ko hashingiwe ku buzima bwa Navalny, abaganga bemeje ko uyu mugabo yakize by'ukuri ariko byongeraho ko 'bikiri kare kugira ngo bamenye ingaruka zishobora kugaragara zitewe n'uburozi bukabije'.

    Navalny, uhanganye cyane na Perezida w'Uburusiya Vladimir Putin, yajyanywe mu Budage nyuma y'iminsi ibiri arwaye ku ya 20 Kanama 2020 ubwo yari mu ndege yo mu gihugu cy'Uburusiya.

    Impuguke z'ubudage zemeje ko yarozwe n'umukozi w'Abasoviyeti Novichok — ubushakashatsi bwemejwe na laboratoire yo mu Bufaransa na Suwede. Yavuze ko Uburusiya butarafungura iperereza ariko ko 'nta kindi yari yiteze'.

    Ku wa kane, abafasha ba Navalny bavuze ko impuguke z'Abadage zasanze Novichok(uburozi) ku icupa ry'amazi yakuwe mu cyumba cya hoteri yari acumbitsemo mbere yo kurwara.

    Ku rubuga rwe rwa blog kuva yava muri koma, Navalny yavuze ku wa mbere ko laboratoire eshatu zo mu Burayi zabonye Novichok 'mu mubiri we.

    Icupa risa nkaho ari ibimenyetso by'ingenzi byerekana ko Ubudage bwanzuye ko umunyamategeko w'imyaka 44 akaba anenga byimazeyo Perezida Vladimir Putin yarozwe n'umukozi wo mu rwego rwa gisirikare.

    Nicyo cyiciro kimwe cy'umukozi w'Abasoviyeti u Bwongereza bwavuze ko bwakoreshejwe ku wahoze ari maneko w'Uburusiya Sergei Skripal n'umukobwa we i Salisbury mu Bwongereza, mu 2018, kandi Chancellor Angela Merkel n'abandi bayobozi b'isi basabye Uburusiya gukora iperereza ryuzuye.

    Navalny yagiye muri koma aho yamaze ibyumweru birenga bibiri. Abagize itsinda rye bashinje Kreml kugira uruhare muri ubwo burozi, ibirego abayobozi b'Uburusiya bahakana bivuye inyuma.

    Uburusiya bwamaganye ibisabwa kugira ngo hakorwe iperereza, buvuga ko bukeneye Ubudage gusa mu gusangira amakuru y'ubuvuzi cyangwa kugereranya inyandiko n'abaganga b'Uburusiya bavuze ko basanze nta burozi muri sisitemu ye igihe yari mu bitaro byo mu mujyi wa Omsk wo muri Siberiya.

    Ubudage bwavuze ko Navalny yari amaze amasaha 48 avurwa n'Uburusiya, kandi ko Uburusiya bufite amakuru kuri ubwo burozi.

    Ubudage kandi bwiyambaje Umuryango ukorera i La Haye ushinzwe kubuza intwaro z'ubumara ubufasha bwa tekiniki muri uru rubanza.

    Mu cyumweru gishize, ikigo mpuzamahanga cyavuze ko impuguke zacyo 'zakusanyije mu bwigenge urugero rw'ibinyabuzima rwa Bwana Navalny kugira ngo rusesengurwe na laboratoire yagenewe OPCW'. Ibisubizo ntibiratangazwa.
    Source:Aljazeera

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

    Source : http://www.intyoza.com/alexey-navalny-yavuye-mu-bitaro-byubudage-nyuma-yiminsi-32/

  • Gicumbi: Umugabo afunzwe akekwaho gusambanya umwana we w'imyaka 15 #rwanda #RwOT

    Umugabo utuye mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi, ari mu maboko ya RIB akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa ufite imyaka 15.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gicumbi-umugabo-afunzwe-akekwaho-gusambanya-umwana-we-w-imyaka-15

  • Uruhare rwa Mgr Perraudin muri Parmehutu, Kiliziya muri Jenoside… Ikiganiro cyihariye n'umushakashatsi Padiri Karangwa #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe na Padiri Hildebrand Karangwa kuri Parmehutu, bugaragaza uburyo Musenyeri André Perraudin yagize uruhare rukomeye mu mahame ya Parmehutu, n’ibindi bikorwa byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Source : https://igihe.com/abantu/interviews/article/uruhare-rwa-mgr-perraudin-muri-parmehutu-kiliziya-muri-jenoside-ikiganiro

  • Hailemariam Desalegn yasuye RAB, yishimira ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga batera inkunga (Amafoto) #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Inama y'Ubuyobozi y'Ihuriro Nyafurika ku iterambere ry'Ubuhinzi (AGRA), Hailemariam Desalegn Boshe, kuri uyu wa Gatatu yasuye Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Iterambere ry'Ubuhinzi n'Ubworozi mu Rwanda, RAB, ashima ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga batera inkunga, yizeza gukomeza ubufatanye.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hailemariam-desalegn-yasuye-rab-yishimira-ishyirwa-mu-bikorwa-ry-imishinga

  • Follow @maran_studio @maran_designAdd our snapchat: queens.live…..Rwandan Beauty

    Follow @maran_studio @maran_design Add our snapchat: queens.live . . . . . Rwandan Beauty 🇷🇼💖🇷🇼 #VisitRwanda  #beautifulwomen #rwandanwomen #africanwomen #blackisbeautiful #beautiful #rwandanbeauty #beautifulcountry #250 #Rwanda #visitrwanda #beauty #lifestyle #fashion #Rwandaupdates #kigali #africa #beautifulpeople #heartofafrica #d'impies #dimplegirl #africanbeauty #travel #travelafrica #travelworld #love #tourism #africantour #beautifulafrica #visitrwanda_now

    Source : https://www.instagram.com/p/CFUrmMmjsYL

  • Abantu 41 barimo abatwara amakamyo yambukiranya imipaka banduye Coronavirus mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko abantu bane bakize Coronavirus mu gihe mu bipimo 2273 byafashwe kuri uyu wa 23 Nzeri 2020, abarwayi 41 bayisanganywe, byatumye umubare w'abanduye mu Rwanda ugera ku 4779.

    Source : https://igihe.com/ubuzima/coronavirus/article/abantu-41-barimo-abatwara-amakamyo-yambukiranya-imipaka-banduye-coronavirus-mu

  • Ntibisanzwe: Nyagatare Umugore yarumye igitsina cy'umugabo we cyenda gucika #rwanda #RwOT

    Mu Mudugudu wa Kabirizi , mu Kagari ka Mbare , mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, uwitwa Mukasekuru Gratia aravugwaho kuruma igitsina cy'umugabo ndetse n'ibindi bice by'umubiri.

    Byabaye mu ijoro ryo ku itariki wa 22 Nzeri 2020 ahagana saa yine z'ijoro. Uwo mugabo w'imyaka 47 y'amavuko, Kigali Today dukesha iyi nkuru itifuje gutangaza amazina ye avuga ko yageze mu rugo iwe saa mbili z'ijoro bakajya ku meza nk'ibisanzwe, basoza bakajya kuryama. Avuga ko bakigera ku buriri yatunguwe no kumva umugore atangiye kumuruma na we akarwana amwiyama.

    Yagize ati: 'Ikigaragara (umugore) yari yanyoye ku nzoga, nagiye kubona mbona aranyadukiriye arandumye ikibero, igitsina n'urutoki, nirwanaho ndamwiyambura ariko yankomerekeje ubu ndiho ibipfuko kugera no mu mutwe. Ni uko utandeba ariko yambabaje rwose nagize Imana igitsina aba yagiciyeho.'

    Uwo mugabo avuga ko amakimbirane yabo ari ayo guhera mu mwaka wa 1992 ariko ahanini ashingiye ku gufuha kuko ngo nta na rimwe umugore we w'isezerano ajya yemera ko umugabo adasambana.

    Uwo mugabo avuga ko muri uko kwiyama umugore atigeze amukubita n'ubwo umugore na we yahise ajya kwa muganga avuga ko yakubiswe.

    Agira ati: 'Rwose sinamenya icyamutwaye kwa muganga niba ari ikimwaro simbizi. Gusa sinamukubise kuko turabizi neza ko umugore umukozeho ni igifungo.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko icyo kibazo yakimenye kandi n'umuyobozi w'ikigo nderabuzima cya Karangazi yamwemereye ko abo bantu yabakiriye.

    Avuga ko uwo mugore yabemereye ko yarumye igitsina cy'umugabo we ariko ko yirwanagaho kuko umugabo yari arimo akubita umugore.

    Avuga ko amakuru yahawe ari uko uyu muryango wagiriwe inama kenshi ariko kwisubiraho birananirana.

    Avuga ko mu bashakanye ukoreye mugenzi we ihohoterwa cyangwa akamuhoza ku nkeke wese ahanwa n'amategeko.

    Ati 'Nibutse ko nta muntu n'umwe ukwiye guhohoterwa ari umugabo akoze ihohoterwa cyangwa agahoza ku nkeke uwo bashakanye arabihanirwa ndetse n'umugore na we iyo abikoze arabihanirwa.'

    Akomeza agira ati 'Iyo dukora ubukangurambaga ntituvuga ngo birabujijwe guhohotera umugore ahubwo tuvuga ko bibujijwe gukora ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivuze rero ngo uwarikora wese yabihanirwa.'

    Umuyobozi w'akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza Murekatete Juliet yasabye uwo mugabo kugana Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) agatanga ikirego cy'ihohoterwa yakorewe.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/23/ntibisanzwe-nyagatare-umugore-yarumye-igitsina-cyumugabo-we-cyenda-gucika/