Category: Uncategorized
-
Rubavu: Abakorerabushake ba Croix Rouge bahuriye mu muganda wo kurwanya ibiza (Amafoto) #rwanda #RwOT
Abakorerabushake ba Croix Rouge y'u Rwanda bifatanyije n'ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu mu kwizihiza umunsi ngarukamwaka wagenewe kugabanya ingaruka z'ibiza batera ibiti 2100 birimo iby'imbuto 100. -
Kiyovu Sports yayamanitse, APR FC yegukana Nsanzimfura Keddy #rwanda #RwOT
Mu nama nkemurampaka yabaye kuri uyu wa Gatatu ku Cyicaro cy'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), APR FC yegukanye umukinnyi wo hagati usatira izamu, Nsanzimfura Keddy, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports yari yayireze ko yamuguze binyuranyije n’amategeko. -
Igisubizo cya Minisitiri Hakuziyaremye ku ifungurwa ry'imipaka yo ku butaka, utubari n'imikino y'amahirwe #rwanda #RwOT
Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe, Guverinoma yafashe icyemezo cyo gufunga ibikorwa bimwe na bimwe byiganjemo ibyahurizaga abantu benshi ahantu hamwe. Uko ubukuna bw'iki cyorezo bwagiye bugabanuka, bimwe byatangiye kongera gufungurirwa ibindi bikomeza gufunga. -
Abavugabutumwa bo muri Afurika bari gusengera Trump ngo azatsinde amatora #rwanda #RwOT
Nubwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, akunze kugaragara avuga amagambo atari meza kuri Afurika n'abayituye, hari bamwe bamukunda ndetse batifuza ko yatsindwa amatora azaba mu Ugushyingo, biganjemo abavugabutumwa bo muri Nigeria. -
Bucura mu bana ba Trump yanduye Coronavirus #rwanda #RwOT
Umugore wa Perezida Donald Trump, Melania Trump, yahishuye ibihe bikomeye yanyuzemo mu minsi 14 ishize ubwo yanduraga Coronavirus we n'umugabo we, avuga ko icyo gihe bucura mu bana be byari byagaragaye ko ari muzima ariko nyuma nawe ibipimo biza kwerekana ko yanduye iki cyorezo.Source : https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/bucura-mu-bana-ba-trump-yanduye-coronavirus
-
Ihingwa ry'urumogi mu Rwanda rivuze iki ku iterambere ry'ubukungu bw'igihugu? #rwanda #RwOT
Igihingwa cya Cannabis cyangwa urumogi, ni kimwe mu byifashishwa cyane mu buvuzi hirya no hino ku Isi, gusa mu bihugu bimwe na bimwe ntibyemewe kuruhinga cyangwa kurucuruza, n'ubwo ari kimwe mu bivugwa ko byinjiza amafaranga menshi kurusha ibindi. -
Ihingwa ry’urumogi mu Rwanda rivuze iki ku iterambere ry’ubukungu bw’igihugu? #rwanda #RwOT
Igihingwa cya Cannabis cyangwa urumogi, ni kimwe mu byifashishwa cyane mu buvuzi hirya no hino ku Isi, gusa mu bihugu bimwe na bimwe ntibyemewe kuruhinga cyangwa kurucuruza, n’ubwo ari kimwe mu bivugwa ko byinjiza amafaranga menshi kurusha ibindi. -
Bucura mu bana ba Trump yanduye Coronavirus #rwanda #RwOT
Umugore wa Perezida Donald Trump, Melania Trump, yahishuye ibihe bikomeye yanyuzemo mu minsi 14 ishize ubwo yanduraga Coronavirus we n’umugabo we, avuga ko icyo gihe bucura mu bana be byari byagaragaye ko ari muzima ariko nyuma nawe ibipimo biza kwerekana ko yanduye iki cyorezo.source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/bucura-mu-bana-ba-trump-yanduye-coronavirus
-
RURA yashyize hanze ibicuro bishya by' ingendo mu gihugu hose #rwanda #RwOT
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasohoye amabwiriza ajyanye n'impinduka mu gutwara abagenzi mu modoka za rusange, izo mpinduka zikaba zigaragaza ko ibiciro byagabanutse, hashingiwe ku kuba umubare w'abagenda mu modoka wongerewe.
Igiciro gishya kiributangire gukurikizwa kuri uyu wa kane tariki 15 Ukwakira,cyagabanutseho kiva ku mafaranga 30.8 Frw kigera kuri 25.9 Frw ku kilometero kimwe mu ngendo zihuza intara n'umujyi wa Kigali ndetse no mu ntara Mujyi warwagati.Ni mu gihe mu mujyi wa Kigali cyavuye kuri 31.9 Frw kigera kuri 28.9 Frw ku kilometero kimwe.
Izi mpinduka mu biciro by'ingendo zatangajwe hashingiwe ku byemezo by'Inama y'Abaminisitiri yateranye tariki 12 Ukwakira 2020, ikanzura ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu buzuye ku bagenda bicaye mu gihe izifite imyanya igendamo abahagaze izajya yakira kimwe cya kabiri cyabo. Yagize iti:
'Ku modoka zifite imyanya y'abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abantu zemerewe gutwara. Ku modoka zifite imyanya y'abagenda bicaye n'abagenda bahagaze, zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abantu bicaye na 50% by'abagenda bahagaze. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa n'ikigo cya RURA.''
Mu itangazo rya RURA ryo kuri uyu wa Gatatu Tariki 14 Ukwakira 2020 yatangaje ko Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zifite imyanya y'abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by'umubare wagenwe; naho bisi nini zikorera mu Mujyi wa Kigali zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abagenzi bicaye na 50% by'abagenda bahagaze.

RURA yashishikarije abagenzi gukomeza kwishyura ingendo bifashishije ikoranabuhanga.
Yagize iti :
'Abagenzi barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 cyane cyane gukaraba neza intoki bakoresha isabune n'amazi meza cyangwa umuti wabugenewe (hand sanitizer) mbere yo kwinjira mu modoka na nyuma yo kuyisohokamo.''
Abagenzi barasabwa kwambara neza agapfukamunwa, kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa bahoberana no gukomeza kubahiriza andi mabwiriza yo kwirinda COVID-19 agenwa na Minisiteri y'Ubuzima.
Ibigo bitwara abantu mu modoka rusange byibukijwe ko bikwiye kugenzura ko abagenzi bubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira ikwirakwira rya COVID-19.
Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zirashishikarizwa guhora zifunguye ibirahure uretse mu gihe hari imvura.
Imodoka zitwara abagenzi zizakomeza kubahiriza isaha yo gutangira akazi ya saa Kumi z'igitondo kugeza saa Yine z'ijoro, iyo buri wese agomba kuba yagereyeho mu rugo rwe.
Ibiciro mu mujyi wa Kigali



Ibiciro mu Ntara bitangira kubahirizwa kuri uyu wa kane tariki 15 Ukwakira 2020

























Source : https://impanuro.rw/2020/10/15/rura-yashyize-hanze-ibicuro-bishya-by-ingendo-mu-gihugu-hose/



