Category: Uncategorized
-
Hatangiye igerageza ku by'ibyiciro bishya by'ubudehe, abaturage basaba ko icya B kivugururwa #rwanda #RwOT
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA) gifatanyije n'abakozi b'uturere, cyakoze igerageza ku gushyira abaturage mu byiciro bishya by'ubudehe, bamwe basaba ko icyiciro B gisubirwamo kuko kirimo ubusumbane bukabije. -
Umubare w'abanduye Covid-19 urasatira miliyoni 40 #rwanda #RwOT
Umubare w'abantu bamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 hirya no hino ku isi urasatira miliyoni 40, dore ko kuri ubu babarirwa muri miliyoni 39.6. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziracyaza imbere mu bihugu byazahajwe cyane n'iki cyorezo.Source : https://igihe.com/covid-19/article/umubare-w-abanduye-covid-19-urasatira-miliyoni-40
-
Rubavu: abagore bacuruzaga bahangayikishijwe no kubona ikindi igishoro #rwanda #RwOT
Abagore bakoraga akazi ko gucuruza ibicuruzwa bya caguwa birimo imyenda, inkweto n’ibikapu mu Karere ka Rubavu bari bibumbiye muri Koperative Ejoheza Gisenyi bavuga ko bamaze amezi arindwi badakora kubera icyorezo cya COVID-19, bikaba byaragize ingaruka ku bucuruzi bwabo.
Mukeshimana Violette uyobora iyi Koperative yatangarije Agasaro Magazine ko icyorezo cya COVID-19 cyatumye icyerekezo bari bafite mu bikorwa by’iterambere bihagarara birimo gucuruza made in Rwanda no kubona inyubako yabo (…)– Ibikorwa

-
Ubucuruzi bw’isambaza bwafashije abagore gutunga imiryango muri COVID-19 #rwanda #RwOT
Icyorezo cya COVID-19 cyafunze ibikorwa byinshi mu Rwanda kuva mu kwezi kwa Werurwe, ni igihe cyari kigeze mu Rwanda hagashyirwaho gahunda ya Guma murugo, hari ibikorwa byakomeje gukora birimo n’uburobyi. Uburobyi mu kiyaga cya Kivu ntibwigeze buhagarara, ikintu cyafashije benshi mu bagore bacuruza isambaza ku gataro gutunga imiryango yabo.
Nyiraburame, ni umubyeyi ufite ibyaka ibarirwa muri 38, avuga ko ubwo ubundi bucuruzi butari bwemewe, gucuruza isambaza mu baturanyi bashobokaga umuntu (…)– Ibikorwa

-
Imyaka 13 irashize , menya impamvu nyamukuru yatumye Lucky Dube yicwa #rwanda #RwOT
Kuri iki Cyumweru tariki 18 Ukwakira umwaka 2020, imyaka 13 irashize inkuru y'urupfu rw'icyamamamre mu njyana ya Reggae Luck Impamvu nyamukuru yatumye Lucky Dube yicwa. Dube rwamenyekanye, yishwe n'abagabo 3 bari basanzwe ari abajura biba imodoka.
Raporo ya Polisi ya Afurika y'Epfo ivuga ko Lucky Dube yishwe n'aba bagabo batatu aribo Mbuti Mabe, Sifiso Mhlanga na Gxowa Ludwe.
Raporo ya Polisi ya Afurika y'Epfo kandi ikomeza ivuga ko Lucky Dube yishwe ubwo yari amaze kugeza abana be 2 kwa se wabo i Rosettenville mu mujyi wa Johnannesburg.
Nyuma y'urupfu rwe, Polisi yashyizweho igitutu n'abafana be kugira ngo itahure abamwishe. Ni muri urwo rwego yatanye muri yombi abantu 5. Tariki ya 31 Werurwe 2009 ni bwo 3 mu bari bafunzwe baje guhamwa n'icyaha cyo kwica Dube banahanishwa igihano cya Burundi mu gihome.
Impamvu nyamukuru yatumye Lucky Dube yicwa.
Polisi ya Afurika y'epfo ivuga ko Lucky Dube ajya kwicwa atari cyo cyari kigambiriwe nkuko abamwishe babivuze. Lucky Dube yari atwaye imodoka yo mu bwoko bwa Chrysler 300c . Imwe mu modoka zari zihenze icyo gihe ndetse n'ubu.
Abashinjwa kwica Lucky Dube, bavuga ko na bo ubwabo bababajwe no kubona ko bishe umuhanzi basanzwe bakunda, bamwitiranyije n'abashoramari b'abanya-Nigeria bakorerga muri icyo gihugu. Bivugwa ko kandi abo bagabo bashakaga kwambura amafaranga uwari mu modoka batitaye ku wo ari we ndetse n'imodoka ye bakayitwara.
Mu masasu menshi bamurashe, amwe yaramufashe bituma ata umuhanda imodoka yarimo igonga igiti kikini cyari impande y'umuhanda ahita apfa.
Lucky Philip Dube yavutse kuwa 3 Kanama 1964 avukira i Ermell muri Transvaal muri Afurika y'Epfo. Yaje kuba icyamamare mu njyana ya Reggae aho yaririmbaga indirimbo zisakaza amahoro n'urukundo mu bihe bibi Afurika y'Epfo yari ihanganye n'irondaruhu mu cyitwaga Apartheid. Yapfuye kuwa 18 Ukwakira 2007 azize abagizi ba Nabi.
Imodoka yo mu bwoko bwa Chrysler 300c yatwaye ubuzima bwa Lucky Dube
Abagabo 3 bahamijwe kwica Lucky Dube bafunzwe burundu
Source : https://impanuro.rw/2020/10/18/imyaka-13-irashize-menya-impamvu-nyamukuru-yatumye-lucky-dube-yicwa/
-
RURA yijeje 'igisubizo gikwiye' ku biciro bishya by'ingendo byafashwe nk'ibihanitse cyane #rwanda #RwOT
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko rurimo gukorana n'inzego bireba mu gushaka igisubizo gikwiye ku biciro bishya by'ingendo biheruka gutangazwa, abantu bakagaragaza ko batabyishimiye kubera ko biri hejuru cyane. -
Urubyiruko rurakangurirwa kugira uruhare mu miyoborere n'iterambere ry'igihugu #rwanda #RwOT
Mu bushakashatsi bwakozwe n'Ikigo Search for Common Ground ku bufatanye n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi (EU) bwagaragaje ko urubyiruko rukwiriye kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu binyuze mu gukorera hamwe no gufatanya n'inzego za Leta. -
Rubavu: Hafashwe uwibaga abaturage akoresheje imbunda y'igikinisho #rwanda #RwOT
Ku bufatanye bw'abaturage n'inzego z'umutekano umusore w'imyaka 25 yafatanywe imbunda y'igikinisho yakoreshaga yiba abaturage, abambura anabahohotera. -
AS Kigali itegereje abanyamahanga batatu ikomeje kwitegura CAF Confederation Cup na Shampiyona (Amafoto) #rwanda #RwOT
AS Kigali ikomeje kwitegura umwaka mushya w'imikino izatangira mu Ugushyingo ikina CAF Confederation Cup ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. -
ADEPR mu cyerekezo gishya: Ibintu 10 abayobozi bashyizweho na RGB bakwiye kwirinda #rwanda #RwOT
ADEPR imaze imyaka isaga 80 ikorera ku butaka bw'u Rwanda; yareze benshi baracuka, ubu abayoboke bayo barenga miliyoni ebyiri mu gihugu.