Category: Uncategorized
-
Ibizagufasha kwigarurira umutima w'umukobwa – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Ni benshi bakora iyo bwabaga ngo bigarurire imitima y'abakobwa bihebeye gusa ntibibakundire kuko babikora nabi cyangwa babyitwaramo nabi. -
Nyagatare: Umwana w’imyaka irindwi yagwiriwe n’inzu arapfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko kugwa kw’iyi nzu kwatewe n’imyubakire idafashije.
Ati “Inzu byagaragaraga ko inkingi zayo zidakomeye ari na cyo cyatumye igwa.”
Asaba abaturage kujya bubaka inzu zikomeye ndetse n’abajya gukodesha bakabanza kureba ubuziranenge bw’inzu kugira ngo hirindwe impanuka.
Umurambo w’uwo mwana wapfuye wagejejwe ku bitaro bya Nyagatare kugira ngo ukorerwe isuzuma.
Mu Murenge wa Rwempasha kandi haguye imvura nyinshi irimo umuyaga gusa ntacyahise kimenyekana yangije.
Umuturage witwa Kamanzi Mohamed na we avuga ko igiti cyagwiriye inka ze ebyiri ariko ku bw’amahirwe ntayapfuye.

-
Amavubi anganyije na Cap-Vert mu mukino Kwizera Olivier yigaragajemo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’iya Cap-Vert zakinnye umukino w’umunsi wa gatatu mu rugendo rwo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun mu mwaka wa 2022.
Ni umukino watangiye saa kumi n’ebyiri zuzuye, urangira nta kipe n’imwe ibashije kureba mu izamu, buri kipe icyura inota rimwe nyuma yo kunganya ubusa ku busa.
Nyuma yo kunganya uyu mukino, Amavubi yagumye ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe, naho Cameroun yatsinze Mozambique ibitego 4-1, ihita ifata umwanya wa mbere n’amanota arindwi.
Abakinnyi babanje mu kibuga:
Kwizera Olivier, Omborenga Fitina, Manzi Thierry, Rwatubyaye Abdul, Imanishimwe Emmanuel, Niyonzima Ally, Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad, Niyonzima Haruna, Tuyisenge Jacques na Kagere Meddie.

-
Nirere new Ombudsman, NIRDA has new boss #rwanda #RwOT
Becoming the fourth Ombudsman in the country, Nirere’s previous duties include being at the helm of the National Human Rights Commission for two four-year terms that completed in May this year.
She also worked in the Parliament in both chambers; as Deputy Secretary-General of the Senate in Charge of Legislative and Parliamentary Affairs, and as a Senior Legal Advisor to the Parliament (Transitional National Assembly) between 2000 and 2003.
The Office of the Ombudsman acts as a link between the citizen, public and private institutions in preventing and fighting injustice, corruption and other related offenses.
The new NIRDA Director-General, Birame, was a senior lecturer at the University of Rwanda (UR) in the College of Science and Technology, School of Science Department of Chemistry.
The post fell vacant in December last year when the former Director-General, Kampeta Pitchette Sayinzoga was appointed as the Chief Executive Officer of the Development Bank of Rwanda (BRD).
The cabinet also appointed six commissioners of Rwanda Revenue Authority(RRA) including; Felicien Mwumvaneza in Customs Service, Rosine Uwamariya in Internal Audit and Integrity, Felix Majyambere in Legal Services and Board Affairs, Innocent Murasi in Strategy and Risk Analysis, Jean Pierre Hitimana in Finance and Louise Kalisa Ingabire, Commissioner for Technology and Digital Transformation.
At Rwanda Heritage Academy which was specified as Inteko y’Umuco, a new institution which apparently brings on board the academy of language and culture and the national museums, Amb. Robert Masozera, was appointed Director General.
He was actually the director general of Institute of National Museums of Rwanda.Dr. Jean Claude Uwizeyimana, a linguist and lecturer at University of Rwanda was appointed Deputy Director General at the Rwanda Heritage Academy.
Meanwhile, Solange Tetero and Aimable Twahirwa who is well-known in the local music industry have been appointed Director Generals of Youth Empowerment, and Culture Promotion in the Ministry of Youth and Culture respectively.
The cabinet meeting made a step further towards nuclear energy with the approval of a presidential order relating to accession of Rwanda to the convention on early notification of nuclear accident adopted in Vienna on September 26th, 1986.
They also approved the presidential order ratifying the amendment to the convention on physical protection of nuclear material adopted in Vienna on July 8th, 1997.
The cabinet did not make any change on the measures to prevent COVID-19, but, at a time a new wave of infection is looming, they reminded the general public not to loosen.
Nirere Madeleine has been appointed as the new Ombudsman
Dr. Christian Sekomo Birame has been appointed to head the National Institute for Industrial Research and Development (NIRDA).
IGIHE
Source : https://en.igihe.com/news/article/nirere-new-ombudsman-nirda-has-new-boss
-
Igihugu cy'Uburusiya cyemeje urukingo rwa Covid-19 ku kigero cya 92% #rwanda #RwOT
Mu gihugu cy'Uburusiya, Ibipimo by'agateganyo byavuye mu igerageza ry'urukingo Sputnik V, bigaragaza ko rubasha kurinda umuntu kwandura icyorezo cya Covid-19 ku kigero cya 92%. Byatangajwe kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020 n'ikigega cya leta gishinzwe iby'imari nk'uko bivugwa n'ibiro ntaramakuru Reuters.
Ibi byavuye mu cyiciro cya nyuma cy'igerageza ry'urukingo ku bantu, bibaye ibya kabiri ku isi, mu muhate wo gukora urukingo rw'iki cyorezo kimaze kwica abarenga miliyoni 1.2 kikanangiza ubukungu ku isi.
Kuri uyu wa mbere, kompanyi ebyiri iyo mu Budage n'iyo muri Amerika ziri gufatanya, zatangaje ibyavuye mu igerageza nk'iri ry'urukingo rwazo, zivuga ko rukingira Covid ku gipimo kirenga 90%.
Izi nkingo zose ntiziremezwa n'abashinzwe ubuzima ku isi ko zatangira guterwa abantu ku isi.
Mu kwezi kwa munani, Uburusiya ni cyo gihugu cya mbere cyatangaje ko cyageze ku rukingo bise Sputnik V, hakurikiyeho igerageza ku bantu benshi. Ibyavuye muri iryo gerageza by'agateganyo, bishingiye ku cyiciro cya mbere ku bantu 16,000 bahawe urwo rukingo rwa doze ebyiri nk'uko bivugwa na Russian Direct Investment Fund (RDIF) yateye inkunga ikorwa ryarwo.
Iri gerageza ryose riri gukorwa ku bantu 40,000, ahantu hatandukanye mu mujyi wa Moscow nk'uko Reuters ibivuga, 1/4 cyabo bahabwa umuti umeze nk'urwo rukingo (ibizwi nka 'placebo').
Abatewe Sputnik V nkuko BBC ibitangza, yabarinze kwandura Covid-19 ku rugero rwa 92% kurusha abatewe umuti umeze nkayo, nk'uko ikigega RDIF kibivuga.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Source : http://www.intyoza.com/igihugu-cyuburusiya-cyemeje-urukingo-rwa-covid-19-ku-kigero-cya-92/
-
Amavubi aguye miswi na Cape Verde #rwanda #RwOT
Amavubi y’u Rwanda anganyije 0-0 na Cape Verde mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022, ni umukino wabereye muri iki gihugu kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Ugushyingo 2020.
Wari umukino w’umunsi wa 3 mu itsinda F mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022 Amavubi yari yasuye Cape Verde.
U Rwanda rwagiye gukina uyu mukino ari urwa nyuma mu itsinda, rwashakaga gukora ibishoboka byose kugira ngo ruwutsinde kuko yari wo rufunguzo rwo gutuma Amavubi yizera kubona itike bishoboka.
Igice cya mbere cy’umukino amakipe yombi yakinnye ndetse abakinnyi ku mpande zombi babonana, gusa Cape Verde yarushaga gusatira ndetse agenda abona n’amahirwe menshi ariko abakinnyi bo mu bwugarizi bari bayobowe na Rwatubyaye Abdul babyitwaramo neza we na Manzi Thierry.
Muri iki gice cya mbere kandi umunyezamu Kwizera Olivier yakoze akazi gakomeye kuko hari imipira nk’iya kapiteni w’iyi kipe, Ryan Mendes, ba rutahizamu Ricardo Gomes na Semedo yagiye akuramo yakabaye yavuyemo ibitego.
Ku ruhande rw’Amavubi, n’ubwo bakinaga neza ariko bagowe cyane no kwinjira mu bwugarizi bw’iyi kipe, ntabwo imipira yageraga kuri ba rutahizamu Meddie Kagere na Jacques Tuysenge wagowe n’igice cya mbere. Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.
Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku ruhande rw’Amavubi ndetse ku munota wa 47 aba yabonye igitego ku mupira mwiza Haruna Niyonzima yacomekeye Mangwende nawe ahita awuhindura imbere y’izamu ariko Meddie Kagere warebanaga n’izamu wenyine, awuteye ujya hanze yaryo.
Muri iki gice cya kabiri Amavubi yagerageje gushaka igitego, arasatira cyane ndetse n’umutoza akora impinduka havamo Jacques Tuyisenge asimburwa na Muhire Kevin, ku munota wa 80 Haruna aha umwanya Iyabivuze Ose.
Izi mpinduka nazo zafashije Amavubi gusatira ariko kumenera mu bwugarizi bwa Cape Verde biba ikibazo.
Cape Verde nayo yasatiriye ariko kimwe no mu gice cya mbere umunyezamu Kwizera Olivier ababera ibamba. Umukino warangiye ari 0-0.
Nyuma y’uyu mukino biteganyijwe ko Amavubi azagaruka ejo mu Rwanda akazazana na Cape Verde mu ndege, ni mu gihe umukino wo kwishyura uzaba ku wa 17 Ugushyingo 2020.
U Rwanda ni urwa nyuma mu itsinda F n’inota 1, ni nyuma y’uko rwatsinzwe na Mozambique ibitego 2-0 ndetse na Cameroun igitego 1-0, runganya Cape Verde 0-0. Cameroun ya mbere ifite 7, Mozambique 4 mu gihe Cape Verde ifite 3.
11 babanjemo ku mpande zombie
Cape Verde: Vozinha Dias (GK) (AEL Limassol, Greece 🇬🇷), Stopira Santos Tavares (Fehérvár Football Club, Hongrie 🇭🇺), Steven Fortes (RC Lens, France 🇫🇷), Carlos Ponck (İstanbul Başakşehir, Turkey 🇹🇷 ), Jeffrey Fortes (Sparta Rotterdam, Netherlands 🇳🇱), Nuno Borges (C.D. Nacional, Portugal 🇵🇹), Jamiro Monteiro (Philadelphia Union, USA 🇺🇸), Ryan Mendes (C) (Al-Nasr, U.A.E 🇦🇪), Lisandro Semedo ( Fortuna Sittard, Netherlands 🇳🇱), Ricardo Gomes ( Büyükşehir Belediye Erzurumspor, Turkey 🇹🇷) na Djaniny Tavares( Trabzonspor, Turkey 🇹🇷)
Amavubi: Kwizera Oilivier, Omberenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel Mangwende, Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry, Mukunzi Yannick, Ally Niyonzima, Bizimana Djihad, Haruna Niyonzima, Jacques Tuyisenge na Kagere Meddie
Amavubi yaguye miswi na Cape VerdeSource : http://isimbi.rw/siporo/article/amavubi-aguye-miswi-na-cape-verde
-
Joe Biden yashyizeho ukuriye ibiro bya Perezidansi(White House) #rwanda #RwOT
Perezida biboneka ko kugeza ubu ariwe watorewe kuyobora Amerika Joe Biden, yatoranyije uwitwa Ron Klain wahoze ari umujyanama we kuba umuyobozi w'ibiro bya Perezida, nk'uko bivugwa n'ikipe imukorera.
Bwana Klain yakoze nk'umujyanama wa Bwana Biden kuva mu myaka ya 1980 ubwo yari muri sena na nyuma ubwo yatorerwaga kuba visi perezida.
Bwana Klain uzi iby'imbere cyane muri Washington, yanabaye umujyanama wa Barack Obama muri White House ndetse n'umuyobozi w'ibiro bya visi perezida Al Gore.
Umuyobozi w'ibiro bya White House â” ni we ushinzwe gahunda za buri munsi za perezida kandi abonwa nk'umuryango wo kumugeraho. Ni umwanya ashyirwaho na shebuja udasaba kwemezwa na sena.
Bwana Biden yashimagije imikorere n'ubunararibonye bya Bwana Klain, mu itangazo ryaraye risohowe n'ikipe imukorera kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020. Uyu nawe, yasohoye itangazo rivuga ko 'ashimiye icyizere' yagiriwe na perezaida watowe.
Ron Klain ni muntu ki?
Yari umujyanama mukuru wa Joe Biden kuva mu 1989 kugeza mu 1992 ubwo uyu yari akuriye komite ishinzwe ubucamanza ya sena ya Amerika. Yabaye kandi umujyanama we n'umwanditsi w'ijambo rye ubwo yiyamamarizaga kuba perezida wa Amerika agatsindwa mu 1988 no mu 2008.
Bwana Klain, yabaye ushinzwe ibiro bya visi perezida Joe Biden ku gihe cya Obama. Uyu mugabo wo mu ishyaka ry'Abademokarate yanakoze mu bikorwa byo kwamamaza Bill Clinton na John Kerry mu 2004.
Klain kandi yabaye umutoza w'ibiganiro mpaka wa Bill Clinton, Al Gore, John Kerry, Hillary Clinton ndetse na Barack Obama.
Klain akunze kuvuga ko atajya yibagirwa uko umukandida we Al Gore yatsinzwe amatora mu 2000, mu gihe ari we wari imbere ya George W Bush, uyu akaza gutsinda habayeho kongera kubara amajwi.
Mu gihe yiyamamazaga, Perezida Donald Trump ubwo yabaga ari kwibasira mukeba we Biden, mu magambo ye yanyuzagamo akanavuga Ron Klain.
Akavuga ko Bwana Klain mu 2014-2015 yavuze amagambo ataravuzweho rumwe ku buryo Amerika yitwaye ku cyorezo cy'ibicurane H1N1. Abanyamerika bagera ku 12,500 bishwe n'iki cyorezo.
Klain yemeye ko White House icyo gihe itakoze ibishoboka mu kurwanya icyo cyorezo, Trump ibi yabiheragaho yiyamamaza avuga ko abantu nka Klain ari bo Biden azanye kurwanya coronavirus.
Hari amakuru mashya ku ihererekanya bubasha?
Bwana Biden akomeje imyiteguro yo gufata ubutegetsi nubwo Trump ataremera ko yatsinzwe nyuma y'uko televiziyo zikomeye muri Amerika zemeje ku wa gatandatu ko Biden ari we watsinze.
Ku wa gatatu, Biden yakomeje kuvugana n'abategetsi batandukanye ku isi, yavuganye na Scott Morrison, Minisitiri w'intebe wa Australia, uw'Ubuyapani Yoshihide Suga na Perezida wa Koreya y'Epfo Moon Jae-in.
Biden nkuko BBC ibitangaza, yasezeranyije gushyiraho guverinoma y'urunyurane rw'abantu kurusha izindi zabayeho. Ejo ku wa gatatu kandi, Bernie Sanders, umusenateri wa leta ya Vermont wari uhanganye na Biden mu kwemezwa n'ishyaka ryabo, yabwiye CNN ko yashimishwa no kuba 'minisitiri' w'umurimo.
Chris Coons, wasimbuye Biden ku mwanya wa senateri wa leta ya Delaware, biravugwa ko ashobora kuba ari we uzaba 'minisitiri' w'ububanyi n'amahanga.
Elizabeth Warren, umusenateri wa leta ya Massachusetts wigeze kuba ahanganye na Biden k'ukwemezwa n'ishyaka ryabo, biravugwa ko ari we ushobora kuba 'minisitiri' w'imari.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Source : http://www.intyoza.com/joe-biden-yashyizeho-ukuriye-ibiro-bya-perezidansiwhite-house/
-
Musanze : Ibitaravuzwe ku mugabo wakubise abana batatu abaziza ibiryo hagapfamo babiri #rwanda #RwOT
Izabayo wakubise aba bana abaziza ko bakundaga kuza mu rugo rwe gusaba ibiryo, yamaze kubakubita umwe ahita apfa ako kanya. Uyu mugabo w’imyaka 32 yahise ajugunya umurambo we mu mugenzi ahita atoroka.
Nyuma y’umunsi umwe gusa ibi bibaye [tariki 11 Ugushyingo 2020], undi mwana wa kabiri wari wajyanywe mu bitaro bya CHUK nawe yahise yitaba Imana azize ibikomere yari yatewe na Izabayo.
Umwana wa gatatu mu bakubiswe witwa Urinzwenimana Epiphanie w’imyaka 10, aracyavurirwa mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, kuko we atakomeretse cyane. Yatangiye koroherwa ku buryo abaganga bizeye ko aza gusezererwa.
Abanyamakuru ba UKWEZI bageze ahabereye aya mahano ari nabwo bahise bamenya amakuru y’uko umwana wa kabiri nawe yamaze gushiramo umwuka aguye mu bitaro bya CHUK.
Ubuyobozi bw’ibanze muri aka gace bwatubwiye ko uyu Izabayo akomeje gushakishwa, ibi bigashimangirwa n’itangazo Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB rwashyize hanze ruvuga ko ruri gushakisha uyu mugabo.
Abaturage bavuze ko abana b’uyu mugabo aribo batanze amakuru y’uko byagenze cyane ko ibyo byabaye mu mvura
Umwe yagize ati 'Abana be bato bari mu nzu babonye ibikorwa Papa wabo yakoze kuko yabikoze mu mvura, nibo basobanuye uko abana binjiye mu gipangu ari papa wabo ubabwiye ngo bahamagare abo bana b’abaturanyi ngo basangire nibarangiza abakubite.'
'Inkoni yakubitishije abo bana zari zihari barazitweretse n’uburyo yavuze ko agiye kubanywesha amazi akabatwara, umwe yamutaye mu mazi, undi amushyira inyuma mu bishyimbo, undi amujugunya mu masaka ari hafi aho.'
Reba ikiganiro twagiranye n’abaturage barimo umubyeyi w’aba bana
Umubyeyi w’aba bana bishwe yabwiye UKWEZI ko yari yagiye mu kazi yumva inkuru imugezeho ivuga ko umwana we yamaze kwitaba Imana.
Yavuze kandi ko nta kindi kibazo yari afitanye n’uyu mugabo witwa Izabayo ari nawe wishe abana be, gusa agasaba guhabwa ubutabera mu gihe uwo mugabo azaba yafashwe.
Nk’uko bigaragara ku myirondoro ya Izabayo yashyizwe ahagaragara na RIB, yari mwene Ndimukanga Simon Pierre na Mujawamungu Sarah.
Kugeza ubu n’ubwo ashakishwa, biravugwa ko avuka I Nyabihu ngo abandi bakavuga ko avuka mu Gakenke ariko kugeza ubu ntabwo haramenyekana aho aherereye.
Reba ikiganiro twagiranye n’abaturage barimo umubyeyi w’aba bana

-
Greg Clarke wari usanzwe ari vise perezida wa FIFA yeguye ku mirimo ye #rwanda #RwOT
Gregory Allison Clarke uherutse kwegura Ku mirimo ye nka perezida w'ishyirahamwe ry' umupira w'amaguru mu bwongereza FA nyuma yo kuvuga amagambo yuzuye irondaruhu ku bakinnyi b' abirabura, yongeye kwegura muri FIFA aho yari vise perezida.

Greg Clarke wavuze amagambo yuzuye irondaruhu Ku bakinnyi b'abirabura Kuri uyu munsi tariki 12 ugushyingo mu gitondo, nkuko byatangajwe n' ishyirahamwe ry' umupira w'amaguru Ku mugabane w'iburayi UEFA yuko uwari vise perezida Greg Clarke yeguye Ku mirimo , bakoresheje telefone ubwo yavuganaga na Aleksander Ceferin usanzwe ari perezida wa UEFA yahise atangaza ko yeguye.
Greg Clarke w' imyaka 57 yatangiye kuyobora FA tariki 4 nzeri 2016 yegura tariki 10 ugushyingo 2020, uyu mugabo kandi yagizwe vise perezida wa FIFA tariki 7 gashyantare 2019 yegura uyu munsi tariki 12 ugushyingo 2020 aho yari yungirije Guianni Infatino.

Greg Clarke yeguye Ku mirimo yo kuba vise perezida wa FIFA Greg Clarke nyuma yuko yeguye abajijwe Ku byerekeranye n' iyegura rye yatangarije Skysport agira ati ' ni byiza Ku mupira w'amaguru'.
Â
SRC: Skysport
Â
Â
The post Greg Clarke wari usanzwe ari vise perezida wa FIFA yeguye ku mirimo ye appeared first on Kigalinews24.
-
Diego Maradona yavuye mu bitaro nyuma yo kubagwa mu mutwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Diego Maradona yaramenyekanye cyane mu mupira w’amaguru
Mu gihe yavaga mu bitaro, Maradona yari ari mu modoka itwara indembe « ambulance », iherekejwe n’imodoka nyinshi z’abakunzi be, aho benshi bari bamaze iminsi bakambitse ku bitaro yari arwariyemo, baririmba indirimbo zimusabira gukira.
Isaha imwe mbere y’uko asohoka, muganga umukurikirana Dr Leopoldo Luque, yabanje gutangariza imbaga yari irimo n’abanyamakuru, ko Maradona yemerewe gutaha iwe mu rugo.
Diego Maradona w’imyaka 60 y’amavuko, azakomeza kondorerwa mu nzu iherereye ahitwa Tigre, hafi y’umukobwa we wa bucura Giannina, umwe mu bana batanu ba Maradona babashije kumenyekana.
Maradona yajyanywe mu bitaro afite ikibazo cyo kubura amaraso n’amazi mu mubiri tariki ya 02 Ugushyingo 2020, biza kugaragara ko afite ibibumbe by’amaraso byipfunditse mu mutwe we « hématome sous-dural », akaba yatangiye koroherwa nyuma yo kubagwa.
-
- Diego Maradona (ufite igipfuko mu mutwe) n’umuganga we Leopoldo Luque

-

