Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Chryso Ndasingwa na Gatete Sharon bakoze ubukwe bwabaye mu ibanga.
Ni ubukwe bwabaye ejo hashize ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025 aho imihango yose y’ubukwe (Gusaba no gukwa, gusezerana imbere y’Imana no gushyingirwa) yabereye umunsi umwe
Ubu bukwe bubaye mu gihe bwimuwe kuko bwagombaga kuba tariki ya 25 Ukwakira 2025.
Tariki ya 25 Kamena 2025 nibwo Ndasingwa yambitse impeta Getete Sharon bemeranya kuzabana akaramata ni mu gihe tariki 4 Nzeri 2025 basezerana imbere y’amategeko.
Nyuma y’ubukwe bakaba bagiye kwitegura kujya gutaramira mu Bubiligi aho bafite igitaramo tariki ya 23 Ugushyingo 2025.
Sadate umwe mu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga, ndetse uwavuga ko hari benshi bamufatiraho icyitegererezo ntiyaba abeshye, aherutse gutangaza amagambo atarakiriwe neza. My Yavuze ko mu myaka iri imbere muri 2050 u Rwanda ruzaba rwarateye imbereye ku buryo Abarundi n’Abakongomani bazaba ari bo bakubura imihanda yo mu Rwanda.
Ni imvugo itarakiriwe neza ku buryo benshi bamunenze, yaje kubisabira imbabazi ku muntu wese byababaje.
Munyakazi Sadate yongeye guca bugufi avuga ko nubwo u Rwanda rurimo rutera imbere ariko na none runifuza iterambere ry’abaturanyi.
Ati “U Rwanda n’Abanyarwanda tugomba gutera imbere tukaba abakire, inyigisho ikomeye nize muri iyi minsi, ni uko ubukire bwacu tugomba kuzaba turi kumwe n’abavandimwe bacu ba Afurika.”
Nyuma yaho mu mbabariye Imihigo irakomeje kandi ni kwa kundi :
U Rwanda n’abanyarwanda tugomba gutera imbere tukaba abakire, inyigisho ikomeye nize muri iyi minsi, nuko Ubukire bwacu tugomba kuzaba turi kumwe n’abavandimwe bacu ba Afrika.
Police HC ihagarariye u Rwanda mu marushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Handball, yaraye itsindiwe na FAP muri 1/4.
Iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane wa Afurika ririmo kuba ku nshuro ya 46, ririmo kubera muri Maroc mu Mujyi wa Casablanca.
Police HC yari mu itsinda rimwe na Al Ahly na Zamalek zo mu Misiri, Red Star yo muri Côte d’Ivoire, JSK yo muri DRC na Mekele 70 yo muri Ethiopia.
Iri rushanwa ryatangiye tariki ya 10 Ukwakira, Police HC ikaba yarabashije kurenga itsinda igera muri 1/4 yandika amateka yo kuba ikipe yo mu Rwanda ibikoze bwa mbere.
Ejo muri 1/4 ikaba yarahuye na FAP yo muri Cameroon ariko ntiyabasha kugera muri 1/2.
Umunyamabanga mushya wa APR FC, Rtd Col Vincent Mugisha yatangiye inshingano ze asura ikipe ku myitozo i Shyorongi, abasaba kwitwara neza batsinda Mukura VS.
Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo amakuru yagiye hanze ko Rtd Col Vincent Mugisha ari we munyamabanga mushya wa APR FC asimbura Lt Col Alphonse Muyango wari uw’agateganyo akaba yaranahagaritswe kuri izo nshingano.
Ejo hashize akaba yarasuye APR FC ku myitozo I Shyorongi, abona akanya ko kuganira n’abakinnyi ndetse abasaba kwitwara neza ku mukino w’umunsi wa Kane wa shampiyona bafitanye na Mukura VS ku munsi w’ejo ku Cyumweru.
Rtd Col Vincent Mugisha abaye umunyamabanga w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ifite ibikombe 23 bya shampiyona nyuma y’uko mu gisirikare yari umuyobozi mu Ngabo z’u Rwanda, RDF, ushinze guhuza abasivile n’abasirikare.
APR FC yaherukaga umunyamabanga mukuru, Masabo Michel wagiye kuri izi nshingano muri 2021 avaho muri 2023, gusa nubwo yari muri izi nshingano ntabwo yigeze akunda kugaragara cyane mu nshingano z’iyi kipe aho hari n’igihe yarwaye ajya kwivuza.
Rtd Col Vincent Mugisha asuhuzanya n’abatoza
Umunyamabanga mukuru wa APR FC yatangiye inshingano
Abakinnyi babwirana ko amazi ashobora kuba atakiri ya yandi
Ishimwe Pierre nyuma yo kuva mu ikipe y’Igihugu yasubukuye imyitozo
Umunyarwanda ni we wavuze ngo ribara uwariraye, ariko ubanza turibuvuge ribara Kepler WVC na REG zasongeye ku mujinya wa APR na Kepler VC mu mikino ifingura shampiyona ya Volleyball ya 2025-26 mu bagabo n’abagore.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira nibwo shampiyona ya Volleyball abagabo n’abagore umwaka w’imikino wa 2025-26 yatangiraga ahabaye imikino 2 uwahuje APR WVC na Kepler WVC ndetse n’uwa REG VC na Kepler VC.
Iyi mikino yombi yabereye muri Petit Stade, saa 18h00′ nibwo rwari rwambikanye hagati ya APR WVC na Kepler WVC.
Abakobwa ba Kaminuza ya Kepler batangiye umukino neza ubona bari mu mukino barusha APR y’umutoza Peter Kamasa barimo bahuzagurika. Baje no kubatsinda iseti ya mbere ku manota 25-19.
Ibi byari bimeze nko gukoza agati mu ntozi kuko izi Ntarekazi za APR zagarukanye umujinya uteye ubwoba maze bahita batsinda iseti yabo ya mbere ku manota 25-16.
Iseti ya kabiri nayo bayitsinda ku manota 25-23. Kepler wabonaga irimo kugorwa no gukora inota kuko APR yari ibafite muri byose, batera bakabakorera ‘block’, gukora ‘reception’ nziza by’umwihariko ku mipira ya Vava byari bigoye, byatumye abakobwa b’umutoza Siborurema Florien bava mu mukino maze APR ibatsinda iseti ya ya 3 ku manota 25-14. Byari bivuze ko umukino warangiye ari amaseti 3-1.
APR WVC yatangiye neza shampiyona
Kepler WVC ntabwo yorohewe n’umukino w’uyu munsi
Hahise hakurikiraho umukino wari witezwe na benshi, gusa ibyo abantu bari biteze sibyo babonye.
Hari hitezwe ihangana rikomeye hagati ya REG VC na Kepler VC, gusa umukino wamaze umwanya muto cyane.
Kepler ishobora kuba yinjiye mu kibuga ije guhorera bashiki babo bari bamaze gutsindwa na APR. Batsinze REG VC iseti ya mbere ku manota 25-21.
Ntibyarangiriye aho kuko bahise batsinda n’iseti ya kabiri ku manota 25-18. REG yagerageje ngo irebe ko yabona byibuze iseti ariko birangira byanze n’iya gatatu Kepler yayitsinze ku manota 27-25. Kepler yegukana umukino ku maseti 3-0.
Anita Pendo akaba yasoreje amaso ye yasoreje muri Kaminuza ya Mount Kenya aho yatangiye kwiga mbere y’uko abyara imfura ye muri 2017.
Byatumye ahagarika kwiga ni nabwo yahise abyara uwa kabiri ajya kubitaho bituma asubira mu ishuri muri 2023.
Akaba yasoje Icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelors Degree) muri ‘Mass Media and Communication’.
Akaba igitabo yamuritse yarakoze ubushakashatsi ku buryo itangazamakuru ryagira uruhare mu kumenyekanisha ibihangano by’abahanzi.
Anita Pendo ni umunyamakuru wa Kiss FM, yamenyekanye mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), akaba Umuhanga mu kuvangavanga imiziki (Dj), Umuyobozi w’Ibitaramo (MC).
Jennifer Lopez umuhanzikazi w'imyaka 56, wamamaye cyane mu muziki no mu gukina filime, yongeye kugaragaza ko n'ubwo yabaye mu rukundo n'abagabo batandukanye b'ibyamamare, nta n'umwe muri bo wigeze amukunda by'ukuri. Lopez, umaze imyaka irenga 30 ari mu ruhando rwa muzika no gukina filime, yavuze ko mu buzima bwe bwose atigeze agira umuntu w'umugabo wamwiyegurira mu buryo buhebuje, ahubwo ngo bose bamwifuzaga nk'umuntu uzwi, ufite amafaranga n'icyubahiro.
Mu kiganiro yagiranye na Howard Stern, Jennifer Lopez yavuze ko ibyo yaburanye n'abagabo bakundanye ari urukundo rwa nyarwo.
Umunyarwenya, Iryamukuru Etienne, uzwi cyane ku izina rya 5k Etienne, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusoza amasomo ye y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) muri Mount Kenya University. Ku munsi wejo hashize ku wa kane taliki ya 16 Ukwakira nibwo yasoje amasomo ye mu ishami rya Business and ICT, aho yari amaze imyaka itatu yiga ahuza ubucuruzi n'ikoranabuhanga. Ni urugendo avuga ko rwari rurerure ariko rufite isomo rikomeye ry'ubwitange, kwihangana no kwizera kwejo hazaza he.
Mu gusoza amasomo ye, Iryamukuru yamuritse umushinga udasanzwe yise 'Player Injury and Medical Assistance Linkage, A Case Study of Rwanda Premier League.' Uyu mushinga ugamije gufasha mu gukurikirana amakuru ajyanye n'imvune z'abakinnyi b'umupira w'amaguru mu Rwanda, ukazahuza amakuru y'abaganga, amakipe ndetse n'abakinnyi ubwabo binyuze mu ikoranabuhanga.
Nk'uko yabivuze mu biganiro yagiranye n'inshuti ze ku mbuga nkoranyambaga, Iryamukuru yavuze ko iki gitekerezo cyaturutse ku rukundo afitiye ruhago nyarwanda, no kubona ko hari icyuho mu buryo amakuru y'imvune atangwa cyangwa abikwa.
Abakurikira uyu musore bamusabiye imigisha, benshi bamushima ku bw'umuhate we wo kwiga atabivanga n'akazi ke k'urwenya n'itangazamakuru.
Uretse kuba umunyarwenya ukora ibintu bitandukanye byiganjemo ibitwenge n'ubuvanganzo, Iryamukuru azwi kandi nk'umusore ukunda ikoranabuhanga no gutekereza ku mishinga ifite inyungu muri rusange.
Uyu mushinga we ushobora kuzagira uruhare rukomeye mu guteza imbere uburyo amakuru ajyanye n'imvune n'ubuvuzi bw'abakinnyi akurikiranwa mu Rwanda, ukaba ugaragaza ko ubumenyi bwo muri kaminuza bushobora no kuba igisubizo cy'ibibazo biboneka mu mikorere y'ikipe cyangwa se muri ruhago nyarwanda uko ifatwa mu mikino.
Ni intambwe nshya mu rugendo rw'umusore watangiye nk'umunyarwenya ariko ubu ukomeje kwagura imipaka mu buhanga n'iterambere ry'ikoranabuhanga kugeza ubu.
5K Etienne yasoje kaminuza, amurika umushinga uhanitse mu ikoranabuhanga
Umukinnyi w'Umufaransa Benoît Badiashile usanzwe akinira ikipe ya Chelsea, ibarizwa muri shamiyona y'Ubwongereza Premier League agiye kubura mu kibuga kugeza mu Ukuboza 2025 nyuma yo kugira imvune y'imitsi (muscle injury). Uyu myugariro w'imyaka 24 y'amavuko yari amaze iminsi yigaragaza mu buryo bwo gukina neza, ariko imvune ntiyamukundiye, doreko yahise isubizwa inyuma muri gahunda z'ikipe ya Chelsea nyuma yo kugira imvune.
Umutoza wa Chelsea, Enzo Maresca, yemeje kandi ko abandi bakinnyi barimo Pedro Neto, Moisés Caicedo na Enzo Fernández bose bafite ibibazo by'imvune bituma kuba bakina mu mpera z'iki cyumweru bitarabonerwa gihamya.
Ikipe ya Chelsea ikomeje kugeragezwa n'imvune ku bakinnyi bayo basanzwe babanza mu kibuga. Gushaka ibisubizo hagati mu kibuga no mu bwugarizi ni bimwe mu bisubizo byatuma ikipe ya Chelsea ikomeza guhatana n'amakipe atandukanye kandi akomeye ku mugabane w'Iburayi.
Mu gihe umutoza Maresca yifuza ko abakinnyi be bakira vuba kugira ngo ikipe ikomeze urugendo rwayo muri Premier League idatezuka ku ntego zayo.
Hatagize igihinduka Badiashile agomba kugaruka mu kibuga mu Kuboza 2025