Category: Uncategorized

  • Turashaka gutwara Shampiyona tudatsinzwe – Byiringiro Lague #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Police FC, Byiringiro Lague yavuze ko bafite intego yo gutwara igikombe cya shampiyona badatsinzwe.

    Ni nyuma yo gutsinda Amagaju bigoranye 1-0 cya Ndayishimiye Dieudonne Nzotanga mu mukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Byiringiro Lague mu magambo make akaba yabwiye ISIMBI ko intego ari ugutwara shampiyona kandi badatsinzwe.

    Ati “Shampiyona turayishaka, turifuza kuyitwara kandi tudatsinzwe.”

    Mbere y’uko uyu mwaka w’imikino wa 2025-26 utangira, Police FC yazanye umutoza Ben Moussa watwaye igikombe muri APR FC, yavuze ko intego bafite ari ukwegukana shampiyona.

    Kugeza ubu nyuma y’umunsi wa 4 wa shampiyona, Police FC ni iya mbere n’amanota 12, nta mukino iratsindwa cyangwa ngo inganye, yose yarayitsinze.

    Byiringiro Lague avuga ko bifuza gutwara Shampiyona badatsinzwe

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12073

  • Ni bamwe baba batifuriza umuntu ineza kandi si bo Mana – Rwatubyaye Abdul #rwanda #RwOT

    Myugariro Mpuzamahanga w’u munyarwanda, Rwatubyaye Abdul uheruka gusinyira Al Suqoor yavuze ko abakekaga ko ibyo gukina yabivuyemo nta makuru baba bafite ahubwo ari bamwe baba batifuriza umuntu ineza.

    Ku gicamunsi cy’ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 19 Ukwakira 2025 nibwo Rwatubyaye Abdul yemejwe nk’umukinnyi mushya wa Al Suqoor ikina mu cyiciro cya mbere muri Libya.

    Mu kiganiro cy’umwihariko yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Rwatubyaye Abdul yavuze ko yishimiye kujya gukina muri iyi shampiyona ikinamo abandi bakinnyi b’abanyarwanda babyirukanye Manzi Thierry, Mutsinzi Ange Jimmy na Nsabimana Aimable.

    Ati “Birashimishije cyane kubona abana b’iwacu turi muri Shampiyona imwe, kumva ko bahari kandi muri Shampiyona irimo guhatana kwinshi birashimishije cyane binatuma izindi shampiyona zigira icyizere cyo kuzana izindi mpano ziri iwacu mu Rwanda.”

    Ni umukinnyi usinyiye Al Suqoor benshi bari basigaye bamufata nk’umukinnyi utazongera gukina muri Shampiyona zikomeye nk’uwabigize umwuga cyane ko yari amaze igihe nta kipe hari n’abavugaga ko yaba arimo ashaka kubivamo.

    Yavuze ko utabuza abantu kuvuga ibyo bashaka kandi ko abakwirakwizaga ayo makuru ari ababa badashakira umuntu ibyiza, ngo abashatse kumenya impamvu yamaze igihe nta kipe barayimenye.

    Ati “abantu ariko batekereza ibyo bashaka pe kandi ntabwo wababuza, abo ngabo babifata nk’umukinnyi ugiye kubivamo ni bamwe baba batifutiriza ineza umuntu kandi si bo mana, abari bahagayitse barabimbajije ntabwo bigeze bibwira ibindi.”

    Yakomeje asobanura uko byagenze ngo amare igihe nta kipe.

    Ati “nkimara gutandukana na Brera Strumica yo muri Macedonia nisanze ndi muri case y’uko ntashobora kongera gukinira ikipe zirenze ebyiri mu mwaka umwe w’imikino bituma rero ntegereza ko irindi soko rifungura.”

    Yabwiye abakunzi be ko bagiye kongera kubona Rwatubyaye bahoze babona abaha ibyishimo.

    Ati “Ubutumwa naha abakunzi banjye ni uko mbemera cyane kandi bagiye kongera kubona Rwatubyaye bahoze bemera kuva kera, kwitanga gushira umutima ku kazi no kongera kuba umukinnyi wo guhagararira igihugu mu gihe hari amahirwe.”

    Rwatubyaye Abdul ni myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi wakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC, yaje kuzamurwa muri APR FC nkuru ayikinira kugeza 2016 ubwo yerekezaga muri Rayon.

    Hanze y’u Rwanda yakiniye amakipe ariko Kansas na Colorado Rapids zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FC Shkupi na Brera Strumica zo muri Macedonia n’izindi.

    Rwatubyaye Abdul yavuze ko abamuteze iminsi bavuga ko agiye kubivamo si bo mana

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12076

  • Rayon bayindekeye nayitoza – Haruna Ferouz wageneye ubutumwa abafana ba Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umutoza wungirije wa Rayon Sports urimo kuyitoza nk’umutoza mukuru w’agateganyo, Haruna Ferouz yavuze ko bamugiriye icyizere yayitoza kandi agatanga umusaruro.

    Ni nyuma y’uko guhagarika umutoza mukuru Afhamia Lotfi akaba atazanagaruka muri izi nshingano, umukino we wa mbere yaraye atsinze Rutsiro FC 3-1 mu mukino w’umunsi wa 4 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Haruna Ferouz abajijwe niba abona afite ubushobozi bwo kuba yagumana Rayon Sports nk’umutoza mukuru yavuze ko bitaba ari ubwa mbere abaye umutoza mukuru.

    Ati “njyewe nayitoza nta kibazo kuko ntabwo byaba ari ubwa mbere ntoje ikipe ndi umutoza mukuru mu ikipe nkuru kuko natoje ndi umutoza mukuru muri Vital’o, Flambeau du Centre, Flambeau del’Est, ayo yose ni amakipe afite ibikombe mu Burundi kandi ahagararira igihugu. “

    Agaruka ku bakinnyi afite niba abona bahatanira igikombe bakakegukana, yavuze ko bashoboye.

    Ati “abakinnyi barashoboye. Ariko na none abakinnyi biterwa n’umutoza hari igihe waba ufite abakinnyi beza ariko buri kipe ikagutsinda, rero abakinnyi barasanzwe si bakuru cyane tuzagerageza guhatana kandi tuzatsinda.”

    Yasabye abakunzi b’iyi kipe gukomeza kuza gushyigikira ikipe yabo kuko ari kimwe mu bibatera imbaraga.

    Haruna Ferouz yavuze ko gutoza Rayon Sports bitamunanira bayimurekeye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12074

  • Umufana wa Rayon Sports yarahiriye kujya muri APR FC #rwanda #RwOT

    Twizerimana Eric usanzwe ari umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, yamaze kurahirira kujya muri APR FC.

    Uyu mufana akaba yinjijwe muri APR FC kumugaragararo nyuma y’umukino wa shampiyona APR FC FC yatsinzemo Mukura VS 1-0.

    Yarahijwe na Songambere usanzwe ushinzwe ubukangurambaga muri APR FC yari kumwe na Rujugiro, umukunzi wa APR FC ukomeye.

    Eric utifuje gutangaza byinshi, yagize ati “nibyo cyane navuye muri Rayon Sports njya muri APR FC. “

    Songambere akaba yavuze ko Eric yishimiye uko ikipe ibayeho, itsinda abona ko nta gisigaye ngo ayerekezemo.

    Ati “yarebye uko APR FC iyobowe, imyitwarire yayo, uko itsinda asanga ni ngombwa ko aza mu muryango, twebwe turi hano kumuha ikaze, tumuhaye ikaze yicare atuze.”

    Yakomeje agira ati “yafashe umwanzuro araduhamahara, aratubwira ngo nkimara kubona uko APR FC, imiyoborere yayo, maze igihe nyireba nasanze ari nta makemwa. Turamwishimiye tumuhaye ikaze.”

    Songambere yavuze ko kandi imiryango ihora ifunguye ku muntu wese wifuza kuza muri APR FC bazamwakirana yombi.

    Si we mukunzi wa Rayon Sports winjiye muri APR FC gusa hari n’abandi yagiye irahiza barimo na Sarpong wari umukunzi wayo ukomeye.

    Eric yari asanzwe ari umukunzi wa Rayon Sports

    Eric (wambaye jersey y’umweru) yamaze kuba umukunzi wa APR FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12072

  • APR FC yatsindiye Mukura ku itara (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Igitego kimwe rukumbi cya APR FC cyatsinzwe na Ssekiganda Ronald cyayihesheje intsinzi imbere ya Mukura VS mu mukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona ya 2025-26.

    APR FC yagiye gukina uyu mukino idafite abakinnyi babiri bahagaritswe kubera imyitwarire mibi, Seidu Yussif Dauda na Mamadou Sy.

    Umukino watangiye amakipe yombi ubona agerageza gusa nashaka uburyo imwe yaca indi mu rihumye ngo itsinde gusa yombi yari ahagaze bwuma.

    Akagozi ka Mukura VS kaje gucika ku munota wa 19 ubwo APR FC yatsindaga igitego cya mbere ku mupira wari uvuye muri Koruneri yari itewe na Ruboneka Bosco maze umunyezamu Ssebwato awukuramo ntiyawufata neza, Ssekiganda Ronald ahita ashyira mu izamu.

    Ku munota wa 30, rutahizamu wa APR FC, William Togui Mel yagerageje ishoti rikomeye ariko Ssebwato awukuramo. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Mukura VS mu gice cya kabiri yagerageje gushaka uko yishyura iki gitego ariko biranga.

    APR FC nayo yashatse igitego cya kabiri biranga umukino urangira ari 1-0.

    Indi mikino y’umunsi wa 4 yabaye, ku wa Gatanu Gicumbi FC yanganyije na AS Kigali 0-0, uyu munsi Police FC yatsinze yatsinze Amagaju 1-0, ejo hashize Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC 3-1, Bugesera FC inganya na Gasogi United 0-0, AS Muhanga inganya na Etincelles 1-1. Ejo Musanze FC izasura Kiyovu Sports.

    Hakim Kiwanuka yatanze akazi

    Igitego Ronald Ssekiganda yatsinze

    Bishimira igitego cya Ssekiganda Ronald

    Umwana ufana Ruboneka Bosco yari yazanye icyapa

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12071

  • Manchester United yigaranzuye Liverpool ku bitego 2-1 #rwanda #RwOT

    Manchester United iraye mu byishimo nyuma yo gukosora ikipe ya Liverpool ibitego 2-1 mu mukino wa munani wa Shampiyona y'u Bwongereza (Premier League) wabereye ku kibuga cya Anifield. Ni umukino wari utegerejwe cyane n'abakunzi b'umupira w'amaguru ku Isi yose, cyane ko aya makipe yombi afite amateka akomeye ndetse asanzwe afitanye rivalité ishingiye ku guhatanira ubukombe mu Bwongereza.

    Ikipe ya Manchester United yatangiye umukino neza, yerekana ko ni ku kibuga cyabo badatezuka kuhatsindirwa. Umutoza w'ikipe ya Manchester United yakoze impinduka zigaragara mu ikipe, ashyiramo abakinnyi bafite imbaraga n'umuvuduko.

    Ibyo aribyo byatanze umusaruro kuko mu gice cya mbere Mbeumo yatsinze igitego cya mbere nyuma yo gutanga umupira w'ingenzi wahawe na Bruno Fernandes, bituma abafana ba United bava mu ntebe basimbuka bishimira igitego.

    Liverpool yagerageje kugaruka mu mukino mu gice cya kabiri, yotsa igitutu izamu rya Manchester United, Gakpo yaryikubisemo nkisanzwe atsinda igitego cyo kunganya ku munota wa 68, cyatumye umukino urushaho gufata indi sura .

    Ariko Manchester United ntiyigeze icika intege, kuko ku munota wa 83, Harry Maguire, myugariro ukunze kunengwa n'abatari bake, yatsinze igitego cy'intsinzi.

    Ibi byatumye Anifield yuzura agahinda k'ubafana ba The Cops, naho abafana ba Manchester United bari mu byishimo, bafana bararirimba izina rya Maguire. Manchester United yahise izamuka ku mwanya wa cyenda w'agateganyo n'amanota 13, mu gihe Liverpool yahise yisanga ku mwanya WA Kane n'amanota 15.

    Abasesenguzi mu by'umupira bavuga ko iyi ntsinzi ishobora kuba intangiriro nziza kuri United nyuma y'ibibazo by'imvune n'imikinire idahwitse yari imaze iminsi ibabaza abafana bayo

    Source : https://kasukumedia.com/manchester-united-yigaranzuye-liverpool-ku-bitego-2-1/

  • Rwamagana: Umusore arakekwaho kwica umukunzi we amukase ijosi #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Rwamagana, umurenge wa Munyiginya, haravugwa inkuru ibabaje y'umusore ukekwaho kwica umukunzi we amukase ijosi, nyuma y'amakimbirane bari bafitanye. Abaturage bo muri ako gace bavuga ko uwo mukobwa yari yasuye uwo musore aho acururiza muri butiki isanzwe iri hafi y'umuhanda, nk'uko byari bisanzwe abigira kenshi. Gusa ngo uwo munsi ibintu byahinduye isura, kuko bavuganye amagambo make bikarangira umusore akoresheje icyuma akamukomeretsa bikomeye mu ijosi kugeza apfuye.

    Ababonye ibyabaye bavuga ko bumvise amajwi y'abarwanaga mu butiki, bagezeyo basanga umukobwa aryamye hasi amaraso atemba, naho umusore ari mu rujijo.

    Polisi yahise ihagera, ifata uwo musore ikaba yatangiye iperereza ku cyaba cyamuteye gukora ayo mahano. Umurambo w'uwo mukobwa wajyanywe ku bitaro bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma ry'ibanze.

    Abaturage bo bavuga ko bombi bari bamaranye igihe bakundana, ariko bivugwa ko hari amakimbirane yaturukaga ku gucana inyuma no kutizerana. Umwe mu baturanyi yagize ati: 'Twari tuzi ko bakundana cyane, ariko mu minsi ishize twumvaga ko bafitanye ibibazo. Ntitwatekerezaga ko byarangira bigeze aha.'

    Polisi irasaba abaturage kwirinda gukemura amakimbirane mu buryo bw'ubugome, ahubwo bagashaka ubufasha bw'inzego zibishinzwe. Uwo musore ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Munyiginya, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye n'impamvu nyamukuru y'uru rupfu rubabaje.

    Rwamagana: Umusore arakekwaho kwica umukunzi we amukase ijosi

    Source : https://kasukumedia.com/rwamagana-umusore-arakekwaho-kwica-umukunzi-we-amukase-ijosi/

  • Antoinette Rehema yasohoye indirimbo ifite umwihariko (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema uzwi nka '’Mama Ibinezaneza”, yasohoye indirimbo nshya yise ”Ibindi bitwenge”.

    Mu butumwa yageneye itangazamakuru, Antoinette Rehema yagize ati” Ni indirimbo y’amashimwe, ubutumwa bwihishe inyuma y’iyi ndirimbo ni ijambo ry’Imana riboneka mu butumwa bwiza bwanditswe na Yohana 9:1-41.”

    ”Iyo Imana igize icyo igukorera rimwe na rimwe abantu batangira kwibaza bati ese uyu ni we? Cyangwa si we?”

    Yifashishije inkuru ya Barutomayo warufite ubumuga bwo kutabona. Ati”Igihe Yesu yahumuraga Barutomayo abafarisayo ntabwo bahise babyumva. Abajyaga bamubona asabiriza ntibiyumvishaga kongera kumubona ahimbaza Imana mu rusengero kubw’Imirimo Ikomeye Imana yamukoreye”.

    Yunzemo ati”Ibaze nko guhura n’umubyeyi waherukaga kubona yarabuze urubyaro mukongera guhura atwawe mu modoka n’umwana w’umusore, wamubaza uti ese uyu mwana ni uwa mukuru wawe?(kuko uziko nta rubyaro afite)” akagusubiza ati”Hoya uyu mwana ubona ni umusore Imana yampereye ubuntu bwayo.:

    Muri iyi ndirimbo, Antoinette Rehema agira ati”Mwami w’abami gakiza kanjye sinzongera gushidikanya ku magambo yawe,urantabaye nongeye kubona ko uhambaye wongeye gutuma ntangara,uko wabivuze ni nako ubikoze binarenze uko nabyumvaga ,nzakunambaho kuko sinabaho ntari munsi y’ubushake bwawe.”

    Mu nyikirizo ati”Sinziringira agahato,Sinzatinya umunyago,nzahungira mu bwihisho bwawe mu mababa yawe,mu ihema ryawe nzahaguma maze twa dutero shuma tuzaze nkomereye mu maboko yawe.”

    Antoinette Rehema ni umuhanzikazi ukomeye mu muziki wa Gospel, akaba akorera umuziki muri Canada. Afite izina rikomeye mu Karere ugendeye ku bikorwa yahakoze mu myaka yashize birimo iby’ubugiraneza ndetse n’iby’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

    Tariki 21 Ukwakira 2017 ni bwo yakoreye igitaramo gikomeye mu mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda aho yari yatumiye Gaby Irene Kamanzi na Pastor Wilson Bugembe. Kwinjira byari amashiringi ya Uganda 20.000 muri VIP n’amashiringi 10.000 mu myanya isanzwe.

    Antoinette Rehema yitabiriye igitaramo cyiswe “Amashimwe Live Concert” cyabereye mu Gihugu cya Canada muri Ottawa kuwa 23 Ugushyingo 2024. Ni igitaramo cyateguwe na Alpha Rwirangira.

    Ibindi bitwenge ni indirimbo yanditswe na Antoinette Rehema mu gihe amajwi yakozwe na Loader naho amashusho atunganywa na Santos Grial Bagwela.

    Indirimbo”Ibindi bitwenge” ikaba ije isanga izindi zirimo ”Ubibuke, Agaherezo, Beautiful Gates, Impozamarira, Simaragido, ibinezaneza ndetse na Kuboroga”.

    Antoinette Rehema yasohoye indirimbo ibindi bitwenge

    Ni umwe mu bahanzikazi bagezweho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12070

  • Reba ibyishimo bya Miss Mutesi Jolly afunukura imodoka ya miliyoni 300 Frw #rwanda #RwOT

    Nyampimga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly yaguze imodoka y’arenga miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Iyi modoka iri mu zihenze zikorwa n’uruganda rwa Mercedes-Benz yamaze kuyibikaho nyuma yo kuzuza umuturirwa nawo wavugishije benshi.

    Mu mashusho yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, agaragaza Mutesi Jolly arimo afunukura iyi modoka ayikuraho amashashi.

    Ni modoka iri mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class (izwi nka G-Wagon 63 yo mu 2025), iyo urebye igiciro cyayo usanga ari miliyoni 360 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Aguze iyi modoka mu gihe mu minsi ishize Alliah Cool yagjze Mercedes-Benz G-Class na Isimbi Model uheruka kwerekana iyo mu bwoko bwa Range Rover Velar igura miliyoni zirenga 80 Frw yahawe n’umugabo we.

    Miss Mutesi Jolly mu modoka nshya yaguze

    Imodoka Mutesi Jolly yaguze

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12069

  • Rayon Sports nyuma yo guhagarika Lotfi yatsinze Rutsiro FC (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Wari umukino wa mbere Rayon Sports yakinnye nyuma yo guhagarika umutoza Afhamia Lotfi kubera umusaruro mubi.

    Haruna Ferouz wasigaranye ikipe wabonaga yakoze impanuka muri 11 yabanjemo aho nk’abakinnyi nka Serumogo, Musore Prince na Aziz Basane bari abasimbura babanje mu kibuga.

    Wabonaga bafite inyota yo gushaka igitego hakiri kare, byaje no kubahira ku munota wa mbere kinjiramo gitsinzwe na Tambwe Gloire n’umutwe ku mupira wari uhinduwe na Aziz Basane.

    Ibi byishimo ntabwo byamaze kabiri kuko ku munota wa 8, Mumbele yishyuriye Rutsiro FC ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga gato y’urubuga rw’amahina.

    Rayon Sports yakomeje gukina ishaka igitego cya kabiri ariko bibanza kugorana. Ku munota wa 42 Bigirimana Abedi yaje kuyitsindira igitego cya kabiri. Amakipe yagiye kuruhuka ari 2-1.

    Rayon Sports igice cya kabiri ishaka igitego, ibona penaliti ku munota wa 60 ku ikosa ryakorewe Aziz Basane ariko Bigirimana Abedi ayiteye ayitera mu ntoki z’umunyezamu.

    Yashatse igitego cya gatatu ndetse inarema uburyo bwinshi baza kubona igitego cya gatatu ku munota wa 90 cyatsinzwe na Aziz Basane, umukino urangira ari 3-1.

    Indi mikino y’umunsi wa 4 yabaye, ejo Gicumbi FC yanganyije na AS Kigali 0-0, uyu munsi Bugesera FC inganya na Gasogi United 0-0, AS Muhanga inganya na Etincelles 1-1.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12068