Category: Uncategorized

  • AG Promoter yasezeranye mu mategeko na Micky #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kane tariki 27 Ugushyingo 2025, Agiraneza Pacifique wamamaye nka AG Promoter n’umukinnyi w’amafilime, Mukobwajana Asifiwe uzwi cyane nka Micky basezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Murenge wa Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane nibwo Micky wari wambaye ikanzu ndende y’umweru irimo umwenda usa nk’aho ubonerana ku gice cyo hejuru na AG Promoter wari wambaye ikote ry’ibara ry’umweru ndetse n’ipantalo y’umukara bagaragiwe n’abashinzwe umutekano w’abantu ku giti cyabo bazwi nka Body Guard bageze ku biro by’umurenge wa Nyarugenge.

    Muri ibi birori byo gusezerana imbere y’amategeko byitabiriwe ku bwinshi n’abakunzi b’ibikorwa bya sinema n’umuziki ndetse n’ibindi byamamare muri iki gisata birimo Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman n’umunyarwenya Kazungu Emmanuel wamamaye nka Mitsustu.

    Nubwo AG Promoter yabanje gusabwa n’umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge gusubiramo indahiro, gusa aba bombi baje kwemera ko nta gahato ko bagiye kuba umugabo n’umugore bakazabana uko babyiyemeje kandi bakurikije icyo amategeko abiteganya.

    ISIMBI kandi twamenye ko ibi birori byo gusezerana imbere y’amategeko byakagombye kuba byarabaye muri Kanama 2025, ariko bitewe n’uko Micky yari atarabona indangamuntu nyuma yo kuyita byasabye ko babanza gutegereza.

    Ku Cyumweru tariki ya 9 Ugushyingo 2025 , nibwo Micky, yambitswe impeta y’urukundo na AG Promoter, mu birori byuje urukundo n’ibyishimo byabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali.

    Urukundo rw’aba bombi rwavuzwemo inkuru nyinshi cyane ku mbuga nkoranyambaga gusa bemeza ko batangiye gukundana muri 2024 nubwo batigeze bashaka kwerura byinshi ku rukundo rwabo .

    AG Promoter, wamenyekanye cyane mu gutegura ibikorwa byo kuzamura abahanzi ndetse no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwerekana ibikorwa bye, asanzwe ari umwe mu bashoramari bakomeye mu Rwanda aho afite ikinyamakuru cyandika mu rurimi rw’icyongereza akanafasha abahanzi b’abanyarwanda gutera imbere.

    Micky we asanzwe ari umukinnyi w’amafilime nyarwanda ndetse akaba afite filime ye yise bwite yitwa 'igeno’ uyu mugore kandi mbere yo gukundana na AG Promoter yabanje kuvugwa mu rukundo na mugenzi we, Kwizera Jaden Martin wamamaye na Captain Regis.

    Bategereje gusezerana

    Basezeranye kubaba akaramata

    Source : http://isimbi.rw/ag-promoter-yasezeranye-mu-mategeko-na-micky.html

  • 'N'ubwo Arsenal amasezerano ya 'Visit Rwanda' azasozwa muri Kamena 2026, nzaguma ndi umufana wa Arsenal' #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yatangaje ko amasezerano y'imikoranire hagati y'u Rwanda n'ikipe ya Arsenal, binyuze kuri gahunda ya Visit Rwanda, azarangira muri Kamena 2026 kandi ko atazongerwa.

    Ariko nta cyo ibyo bihinduye ku rukundo akunda ikipe ya Arsenal, yemeje ko agifite umutima ku ikipe ya Arsenal, ko azajya akomeza gukurikirana imikino yayo ndetse azajya ajya no kureba aho yakiniye iwabo.

    Yakomeje avuga ko icyahuriranye n'ubufatanye atari gusa kuba ari 'business,' ahubwo byari uburyo bwo kumenyekanisha u Rwanda, guteza imbere ubukerarugendo no kugaragaza amahirwe y'igihugu.

    N'ubwo Arsenal amasezerano ya 'Visit Rwanda' azasozwa muri Kamena 2026, nzaguma ndi umufana wa Arsenal

    Source : https://kasukumedia.com/nubwo-arsenal-amasezerano-ya-visit-rwanda-azasozwa-muri-kamena-2026-nzaguma-ndi-umufana-wa-arsenal/

  • Perezida Kagame yashyize umucyo ku masezerano ya Arsenal, impamvu nyayo yo kutayongera #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko guhagarika imikoranire na Arsenal yo mu Bwongereza byatewe n’uko imyaka 8 bamaranye ihagije kandi bakaba hari ibyo batumvikanyeho mu biganiro byo kongera amasezerano.

    Tariki ya 19 Ugushyingo 2025 ni bwo RDB yemeje ko amasezerano y’ubufatanye u Rwanda rufitanye na Arsenal yo kwamamaza Ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda atazongerwa, hazarangizwa ahari azarangira 2026.

    Hagiye havugwa inkuru nyinshi ku mpamvu aya masezerano atakomeje bamwe bavuga ko byatewe n’uko u Burayi butabishyigikiye.

    Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kane, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko ntaho bihuriye kuko hari andi makipe y’i Burayi agikorana n’u Rwanda.

    Ati 'Turacyafite Atletico Madrid, dufite PSG ayo ni amakipe meza i Burayi, ibyo rero ntabwo byaba ikibazo. Kuri njye, ikibazo kiba, rimwe na rimwe … Mu gihe njye nzakomeza ntaho bihuriye n’amasezerano, nzakomeza kuba umufana wa Arsenal, nzajya njya no kureba imikino yayo muri Stade igihe mfite umwanya.'

    Yavuze ko aya masezerano yari amaze imyaka umunani aba ari ubucuruzi kandi amasezerano y’ubucuruzi afite uko asuzumwa mu bihe bitandukanye aho bishobora kuba nyuma y’umwaka umwe, imyaka ibiri cyangwa itatu.

    Yakomeje avuga ko aya masezerano aba afite uburyo aba agomba kongerwamo bitewe n’igihe mwihaye yaba umwaka, imyaka ibiri ariko na none hakagenderwa ku masezerano aba arangiye.

    Ati 'Ushobora kongera amasezerano nyuma y’umwaka umwe, imyaka ibiri bitewe n’uko mwabyumvikanye. Impamvu yo kongera amasezerano ni ukureba uburyo bushya bw’imikorere busaba ibintu bitandukanye ku ruhande urwo ari rwo rwose, naravuze bitewe n’ibyo nabonye ku masezerano aheruka ntabwo twigeze tubona ibihagije muri uru ruhande rero ntabwo twarushoramo menshi, urundi ruahnde narwo rushobora kuvuga ibimeze gutyo.'

    Perezida Kagame yahise yerura ko hari ibiganiro byabayeho na Arsenal byo kongera amasezerano ariko ntibumvikana kuri zimwe mu ngingo z’amasezerano.

    Ati 'By’umwihariko kuri ibi, hari ibiganiro byari birimo kuba, hari impinduka zagombaga kuba mu masezerano hanyuma abantu bacu n’ababo ntibumvikana ku bintu bimwe na bimwe, turavuga ngo oya ntabwo twahabwa ibi aho kugira biriya twasabaga ko twahabwa.'

    'Twageze aho bavuga ngo aho kugira ngo dukomeze kutumvikana, mwashaka undi mufatanyabikorwa wakubahiriza ibyo mwifuza niba mudashobora kumva ibyo dusaba. Uko niko byagenze.'

    Perezida Kagame yavuze ko azi impamvu politiki ivangwamo ndetse ko abantu bakigiye ku bintu u Rwanda runyuramo aho yatanze urugero nko DR Congo yifuje kuva kera ko aya masezerano yahagarara.

    Ati 'N’ubu sinzi niba bararekeye, muribuka DR Congo yagiye mu Bwongereza, bagahorayo basaba ko ubufatanye bwacu na Arsenal bwahagarara, bakavuga ngo ntabwo mwakora ibi, ntimwagira gutya n’iki gihugu, bagiyeyo kuva ku ntangiriro z’ibibazo, bahoragayo bakabigira urwitwazo, banagiye muri PSG, ntabwo byakoze abantu barasobanuye dukomeza ubufatanye, muri icyo gihe twabonye abafatanya bikorwa benshi ni bwo nyuma Atletico Madrid yaje.'

    'Igtangaje ni uko babonye ko imbaraga bakoresheje zitagize icyo zitanga, bahise bashaka amakipe nabo bagirana ubufatanya bikorwa, ni ko byagenze, niba mwaraye murebye umukino wa Monaco mwarebye ku kuboko uko handitseho.'

    Yavuze ko kandi kuba Arsenal ubufatanye buhagaze ayo mafaranga bagiye gushaka ahandi bayashora kuko ari ubucuruzi nk’uko babonye u Rwanda rwamaze kwinjira muri NBA kandi n’andi menshi azaza.

    Muri Gicurasi 2018 ni bwo byatangajwe ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwinjiye mu bufatanye na Arsenal yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y’imipira, aho yambara 'Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso haba mu ikipe nkuru, iy’abagore n’iz’abato.
    Aya masezerano yatangiye kubahirizwa mu mwaka w’imikino wa 2018/19 watangiye muri Kanama 2018, bivuga ko yagombaga kurangirana n’umwaka w’imikino wa 2020/21 washyizweho akadomo muri Gicurasi 2021.

    Ku wa 18 Kanama uwo mwaka, RDB yatangaje ko nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire yatanze umusaruro, mu 2019, impande zombi zanzuye ko zakongera igihe amasezerano yari kumara.

    Byari nyuma y’uko umusaruro w’ubukerarugendo bw’u Rwanda wiyongereyeho 17% ukagera kuri miliyoni 498$ mu 2019 uvuye kuri miliyoni 425$ mu 2018.

    Perezida Kagame yavuze ukuri ku masezerano ya Arsenal atazongerwa

    Source : http://isimbi.rw/perezida-kagame-yashyize-umucyo-ku-masezerano-ya-arsenal-impamvu-nyayo-yo.html

  • Mbappé yasubizanyije uburakari umunyamakuru wamubazaga niba Real Madrid ari we igenderaho #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'Ubufaransa ukinira Real Madrid, Kylian Mbappé, yagaragaje kutishimira ikibazo cy'umunyamakuru wamubajije niba koko Real Madrid yishingikiriza cyane ku bushobozi bwe, ndetse anasubiza ku byavuzwe mu minsi ishize ko abakinnyi batacyizera umutoza Xabi Alonso.

    Byabaye nyuma y'umukino wo kuri uyu wa kabiri, ubwo Real Madrid yatsindaga Olympiacos ibitego 4-3 mu mukino wa UEFA Champions League. Mbappé ni we watsinze ibitego byose bine, harimo hattrick yatsinze mu gihe gito cyane mu minota 6 n'amasegonda 42, bimuha kuba umukinnyi wa kabiri mu mateka utsinze hattrick yihuse muri iri rushanwa, nyuma ya Mohamed Salah wayitsinze mu minota 6 n'amasegonda 12.

    Nyuma y'umukino, Mbappé yavuze ko iyi ntsinzi yari ikenewe cyane nyuma y'uko ikipe imaze imikino itatu idatsinda. Ati: 'Byari ingenzi cyane ko dusubira mu murongo mwiza. Twari tumaze imikino itatu tudatsinda kandi byari bibabaje. Uyu munsi twari dufite intego yo kugaruka mu makipe 8 ya mbere muri Champions League. Nubwo twatangiye nabi, twigaruriye umukino nyuma biraba urugamba rukomeye, ariko amaherezo dutahana intsinzi.'

    Ku kibazo cy'uko Real Madrid igenderaho we ubwe, Mbappé yasubije atazuyaje, avuga ko 'ikipe ari iy'abakinnyi bose' ndetse ko gutsinda ari inshingano zisangiwe, bityo adashyigikira ibisobanuro by'uko ikipe yaba ariwe igenderaho. Yakomeje no kuvuga ko 'nta makimbirane ari hagati ye n'umutoza Xabi Alonso', anasaba itangazamakuru kujya babaza ibibazo bifite aho bihuriye n'umukino babonye.

    Mbappé yasubizanyije uburakari umunyamakuru wamubazaga niba Real Madrid ari we igenderaho

     

    Source : https://kasukumedia.com/mbappe-yasubizanyije-uburakari-umunyamakuru-wamubazaga-niba-real-madrid-ari-we-igenderaho/

  • Menya ibyavuye mu Kiganiro n'Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda nta ruhare rufite mu bibazo biri mu mubano warwo n'u Burundi, ashimangira ko u Burundi ari bwo bwafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yo ku butaka.

    U Burundi bwafunze imipaka yabwo n'u Rwanda muri Mutarama 2024, burushinja gufasha umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara.

    Iki kirego rwagiteye utwatsi, rugaragaza ko ari uburyo bwo kwihunza inshingano zo gukemura amakimbirane ari imbere mu gihugu.

    Kuva icyo gihe hagiye habaho ibiganiro byo kubyutsa umubano, ariko bikarangira nta musaruro bitanze.

    Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n'abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, yabajijwe aho umubano w'ibihugu byombi uhagaze uyu munsi, nyuma y'uko hashize iminsi mike hari impunzi z'Abarundi zari mu Rwanda zitashye, ndetse abasirikare b'Abarundi bakitabira inama iherutse guhuriza i Kigali abagaba b'ingabo zirwanira ku butaka.

    Perezida Kagame yavuze ko nta kirahinduka mu mubano w'ibihugu byombi kuko imipaka igifunze.

    Ati 'Imipaka yo iracyameze nk'uko yari imeze ariko twebwe na mbere ya hose no gufungwa kw'iyo mipaka nta ruhare u Rwanda rubifitemo na ruto, Abarundi ni bo bahisemo gufunga imipaka turababwira ngo aho bazashakira gufungura twebwe ntabwo twigeze dufunga.'

    Yakomeje avuga ko nubwo bimeze gutyo abaturage b'igihugu byombi bashobora kugenderana, ndetse ko hari igihe hajya habaho ibiganiro byo kuzahura umubano.

    Ati 'Hari abava i Burundi bakaza hano, hari abo njya numva bava hano bakajya i Burundi hari abagenda na RwandAir sinzi niba ikijyayo, ariko hagati aho muri uko gushakisha twabana dute birenze ibi, birushijeho kuba byiza, abantu baravugana, twe nta nta rimwe twigeze dushaka kugira abaturanyi tutameranye neza, ariko bijya biba, biraba n'ubu birahari ariko muzakurikirane neza, ntabwo byigeze biduturukaho na rimwe, ni yo mpamvu kugenda no kugaruka twe abantu aho bashakiye baraza, aho bashakiye baragenda.'

    Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu mu mubano w'u Rwanda n'u Burundi 'nta kintu gishya kindi'.

    Ku bijyanye n'impunzi ziherutse gutaha, Perezida Kagame yavuze ko zibifitiye uburenganzira mu gihe cyose zabyifuza.

    Ku wa 25 Ugushyingo 2025, impunzi z'Abarundi 115 ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe kuva mu 2015 zatashye zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera.

    Icyemezo cy'u Burundi cyo gufunga imipaka cyaje nyuma y'amarenga Perezida Ndayishimiye yari yaciye mu ijambo risoza umwaka wa 2023, ko ashobora gufunga imipaka ihuza igihugu cye n'u Rwanda nyuma yo kurushinja gufasha umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwe.

    Ni ibirego u Rwanda rwateye utwatsi, rugaragaza ko nta shingiro bifite, dore ko n'ibice RED Tabara yanyuzemo itera u Burundi, ntaho bihuriye n'u Rwanda.

    Nyuma yo gufunga umupaka Ndayishimiye yagiye agaragara mu mvugo zitandukanye zishinja u Rwanda ko rushaka gutera igihugu cyabo, nyamara rukabihakana rugaragaza ko nta shingiro bifite.

    erezida Kagame yatangaje ko ibihugu by'i Burayi byifuza ko ikibuga cy'indege cya Goma gifungurwa byirengagije ko ikirere cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifunze, ndetse hari n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bw'iki gihugu ukanateza umutekano muke mu karere.

    Mu Ukwakira 2025, u Bufaransa bwateranyije inama igamije gushaka uko ibikorwa by'ubutabazi bugenerwa abatuye muri Kivu y'Amajyaruguru n'iy'Amajyepfo, Perezida Emmanuel Macron avuga ko mu gihe gito ikibuga cy'indege cya Goma kizafungurwa kugira ngo imfashanyo zigere ku bo zigenewe.
    Ati 'Indege ntabwo ziguruka mu kirere cy'Uburasirazuba bwa Congo kuko guverinoma ya RDC yafunze ikirere cyabo. None urashaka gufungura ikibuga cy'indege ahantu ikirere gifunze?'

    Abanyaburayi bavuga ko ikibuga cy'indege cya Goma kigenzurwa na M23 n'abandi babari inyuma.

    Perezida Kagame yasobanuye ko kuva mu bihe byashize FDLR ifite ibice byinshi igenzura mu Burasirazuba bwa RDC.

    Ati 'Guverinoma ya RDC, FARDC na FDLR. Mu by'ukuri FDLR igenzura ibice byinshi kuko buri munsi babaga bahanganye na M23 na mbere y'uko bariya bagenzura ikibuga cy'indege bahagera. Perezida Macron [Emmanuel] yigeze agira icyo ashaka kuvuga kuri FDLR? Uzi impamvu? Hari amateka maremare hagati y'iyo FDLR n'abo bandi bo mu Burayi.'

    Yashimangiye ko ko abagenzura ikibuga cy'indege cya Goma batari M23 'ni abo bo mu Burayi bagenzura FDLR. Ni yo mpamvu ntacyo bajya bavuga kuri FDLR. Uzabibona igihe cyose iyo havuzwe ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Congo, bavuga 'M23 ishyigikiwe n'u Rwanda' bagera kuri FDLR bakongorera, badakeneye ko hari ubyumva.'

    Perezida Kagame yasobanuye ko ku ruhande rwa Guverinoma ya RDC hari abantu bamwe bafite uruhare muri ibi bikorwa bibi atari guverinoma yose.

    Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibiganiro bihuriza intumwa z'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri mu cyerekezo cyiza cy'amahoro arambye mu karere.

    Amerika yifuzaga ko Perezida Kagame na Tshisekedi bahura mu Ukwakira 2025 ariko ntibyashobotse. Gahunda yimuriwe mu Ugushyingo ariko na bwo ntibyakunda. Byitezwe ko bazahura mu gihe cya vuba.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025, Perezida Kagame yavuze ko nyuma y'igihe kinini u Rwanda, RDC n'abafatanyabikorwa bigerageza gukemura ikibazo ariko ntibikunde, ubu hari icyizere ko byashoboka.

    Yagize ati 'Icy'uko guhurira i Washington byashoboka, tukaganira, tukemeranya cyangwa tukagira ibyo dusinya ni intambwe nziza. Ni intambwe nziza. Mu myaka yose yabanje, ntihabayeho ikintu nk'icyo. Twabonye abantu basura u Rwanda na Congo, bakihutira muri Loni, mu kanama gashinzwe umutekano, bagatanga amatangazo, bagatora imyanzuro.'

    Umukuru w'Igihugu yakomeje ati 'Ni yo mpamvu mu myaka ya mbere, twatakaje igihe kinini nta kintu gifatika tugeraho. Gahunda zombi, imwe ya Washington n'indi ya Doha ariko navuga ku ya Washington; iyi ni intambwe nziza iri mu cyerekezo cyiza, twaba tugeze mu bihe by'ingenzi biduha ibishoboka bigaragara n'icyizere cy'uko turi hafi yo kubona amahoro arambye, ni ikintu twakomeza kwizera no guharanira.'

    Perezida Kagame yatangaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump bwakoze neza kubera ko izindi gahunda z'amahoro zabanje zitigeze zitanga umusaruro nk'uwo ibiganiro by'amahoro bya Washington biri kugeraho.

    Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko umuryango we uri mu bimutera imbaraga zo gukora ibyo akora anashimangira uko yaharaniye ko abana be bakura batiyumva nk'abana b'umukuru w'igihugu kugira ngo bazagira icyo bimarara.

    Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bafitanye abana bane barimo batatu b'abahungu n'umukobwa ndetse n'abazukuru babiri.

    Yavuze ko mu byo akora byose yishimira kuba ari kumwe n'umuryango we kuko asanga nta ko bisa kuba wishimanye n'abo mu muryango wawe.

    Ati 'Nishimira umuryango. Mba mbona ntako bisa iyo uri kuganira n'abana, bakina, batagize ikibazo ngo bakomereke nko maguru yabo, intoki zabo n'ibindi, biba bishimishije. Mu gukora ibyo uba ushaka ngo abana bawe ubwo bari gukura babe abantu basanzwe, mu buzima busanzwe.'

    Yavuze ko akunze kuganiriza abana be uko ari bane, akabasangiza ku byo yanyuzemo nk'umuryango guhera mu bwana bwe kugeza uyu munsi mu rwego rwo gukomeza kubatera ingabo mu bitugu, bagakura bazi byinshi ariko nabo bashobora gukora byinshi bishingiye ku mahitamo yabo.

    Yemeje ko mu rwego rwo kubarera neza yakunze kugerageza kubakuramo ko bakura biyumva nk'abana b'umukuru w'igihugu ahubwo bagomba gukura biyumva nk'abandi bantu basanzwe.

    Ati 'Ikintu cyo gukura nk'abahungu ba Perezida n'umukobwa wa Perezida, ntabwo gifite agaciro cyane. Ugerageza kubibakuramo binyuze mu biganiro uko nshoboye. Bagomba gukura nk'abantu basanzwe, niba bashaka kuba Perezida ku giti cyabo bakazaba bo, icyo bashaka kuba cyo, niba ntacyo bazaba cyo ubwo bikaba bibareba. Bakamenya uko babana na byo.'

    Yongeye gushimangira kandi ko umuryango ari wo umuha imbaraga zo gukora inshingano ze.

    Ati 'Gusa umuryango ugize igice kinini cy'ubuzima bwanjye. Umpa imbaraga zo gukora zo gukora ibyo nshobora gukora nta ngingimira.'

    Mu minsi ishize, Perezida Paul Kagame yavuze ko yifuzaga ko abana be b'abahungu uko ari batatu bose bajya mu gisirikare, ariko imfura ye, Ivan Cyomoro Kagame iramuhakanira, imubwira ko yifuza gukora ubucuruzi n'ishoramari.

    Kuri ubu Brian Kagame na Capt Ian Kagame babarizwa mu ngabo z'u Rwanda.

    Icyo gihe yanavuze ku bikunze kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko ari gutegura umukobwa we, Ange Kagame, ngo azabe Perezida ashimangira ko adashobora kugira umuntu Umukuru w'Igihugu.

    Perezida Kagame yatangaje ko ibihugu by'i Burayi byifuza ko ikibuga cy'indege cya Goma gifungurwa byirengagije ko ikirere cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifunze, ndetse hari n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bw'iki gihugu ukanateza umutekano muke mu karere.

    Mu Ukwakira 2025, u Bufaransa bwateranyije inama igamije gushaka uko ibikorwa by'ubutabazi bugenerwa abatuye muri Kivu y'Amajyaruguru n'iy'Amajyepfo, Perezida Emmanuel Macron avuga ko mu gihe gito ikibuga cy'indege cya Goma kizafungurwa kugira ngo imfashanyo zigere ku bo zigenewe.
    Ati 'Indege ntabwo ziguruka mu kirere cy'Uburasirazuba bwa Congo kuko guverinoma ya RDC yafunze ikirere cyabo. None urashaka gufungura ikibuga cy'indege ahantu ikirere gifunze?'

    Abanyaburayi bavuga ko ikibuga cy'indege cya Goma kigenzurwa na M23 n'abandi babari inyuma.

    Perezida Kagame yasobanuye ko kuva mu bihe byashize FDLR ifite ibice byinshi igenzura mu Burasirazuba bwa RDC.

    Ati 'Guverinoma ya RDC, FARDC na FDLR. Mu by'ukuri FDLR igenzura ibice byinshi kuko buri munsi babaga bahanganye na M23 na mbere y'uko bariya bagenzura ikibuga cy'indege bahagera. Perezida Macron [Emmanuel] yigeze agira icyo ashaka kuvuga kuri FDLR? Uzi impamvu? Hari amateka maremare hagati y'iyo FDLR n'abo bandi bo mu Burayi.'

    Yashimangiye ko ko abagenzura ikibuga cy'indege cya Goma batari M23 'ni abo bo mu Burayi bagenzura FDLR. Ni yo mpamvu ntacyo bajya bavuga kuri FDLR. Uzabibona igihe cyose iyo havuzwe ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Congo, bavuga 'M23 ishyigikiwe n'u Rwanda' bagera kuri FDLR bakongorera, badakeneye ko hari ubyumva.'

    Perezida Kagame yasobanuye ko ku ruhande rwa Guverinoma ya RDC hari abantu bamwe bafite uruhare muri ibi bikorwa bibi atari guverinoma yose.

    Yashimangiye ko Abanyaburayi bafite uruhare rukomeye mu mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ati 'Niba bibwira ko bashobora kuducecekesha ngo tureke kuvuga uruhare rwabo mu bibazo bikomeye bishingiye ku mateka byabaye hano mu Rwanda, bikambuka muri Congo, aho ubu hari imvugo z'urwango, bikozwe n'abayobozi n'abo bandi bo mu Burayi, bagashaka kubipfukirana, ndetse ntibashake no kubivugaho hanyuma bakavuga kuri Goma, M23, n'abandi bayigenzura, ariko aho byavugiwe hari n'abo bandi bagenzura guverinoma ya RDC na FDLR, ni yo mpamvu nta muntu ushaka kuvuga kuri FDLR.'

    Perezida Kagame yahamije ko mu gihe Abanyaburayi bakwifuza ko abantu basubiza amaso inyuma bakareba uruhare rwabo mu mateka ashaririye y'u Rwanda n'Akarere rurimo muri rusange, na byo bishobora gukorwa.

    Umujyi wa Goma wafashwe ku wa 27 Mutarama 2025, nyuma y'imirwano ikomeye yahuje ingabo za FARDC, SADC zarwanaga na M23.

    Source : https://rushyashya.net/menya-ibyavuye-mu-kiganiro-nabanyamakuru-perezida-kagame-yagarutse-ku-mubano-wa-sebarundi-nu-rwanda/

  • Mu rubanza rwa Yampano, K John yemeye kuburana, Pazzo arabyanga rurasubikwa #rwanda #RwOT

    Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasubitse urubanza ruregwamo Kalisa John uzwi nka K.John n’umunyarwenya Ishimwe Patrick wamenyekanye nka Pazzo Man, bombi bakurikiranyweho uruhare mu gukwirakwiza amashusho ya Yampano arimo kunoza amabanga y’urugo.

    Uru ni urubanza rwari rwitabiriwe ku bwinshi n’abanyamakuru by’umwihariko ab’imyidagaduro, ndetse na Yampano ubwe waregeye iki cyaha yari mu Rukiko.

    Uru rubanza rwatangiye ahagana saa tatu za mu gitondo zo kuri kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025, ubwo abaregwa bagezwaga imbere y’inteko iburanisha.

    Ibyo kurusubika rero byabaye nyuma y’uko abaregwa bagaragaje impamvu zitandukanye ku bijyanye no gutangira iburanisha. Pazzo Man, yagaragarije urukiko ko atiteguye kuburana kuko atigeze abona dosiye ye, bityo akifuza ko aburana afite umwunganizi mu mategeko.

    Kalisa John, we yavuze ko yiteguye kuburana kuko we yumva ko uru rubanza rugomba kuba arimo akaza ari nk’umutangabuhamya kuruta urw’umukurikiranweho icyaha.

    Yavuze ko atumva uburyo dosiye ye ihuzwa n’iy’uyu munyarwenya ndetse akemeza ko buri muntu wese mu uri muri iki kibazo akwiye kuburana mu buryo bwihariye aho kuba bose bahurizwa muri dosiye imwe.

    Gusa Ubushinjacyaha bwemeza ko impamvu bahurijwe muri dosiye imwe ari uko ibyo baregwa ari ibyaha bifitanye isano, kandi kuba uwabareze ari umwe.

    Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko ko mu bushishozi bwabo basuzuma niba koko hakenewe kubatandukanya cyangwa gukomeza kubaburanishiriza hamwe.

    Mu ijambo ryabwo, ubushinjacyaha nabwo bwemeye ko Ishimwe Patrick afite uburenganzira bwo kuburana yunganiwe kandi ko asabwa gusuzuma dosiye ye neza mbere y’iburanisha.

    Nyuma yo kumva impande zombi, umucamanza yanzuye ko uru rubanza rusubitswe, rukazasubukurwa ku itariki ya 4 Ukuboza 2025.

    Mu gihe uru rubanza rugikomeza gukurura amatsiko menshi, hari n’abandi bantu batatu bari mu kibazo kimwe byemejwe ko bamaze gutabwa muri yombi, aba barimo n’umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho ku byaha byo gusakaza aya mashusho.

    Pazzo yavuze ko atiteguye kuburana

    K John yavuze ko we yiteguye kuburana kandi abona ikirego kitagahujwe n’icya Pazzo

    Source : http://isimbi.rw/mu-rubanza-rwa-yampano-k-john-yemeye-kuburana-pazzo-arabyanga-rurasubikwa.html

  • Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y'uko Ikibuga cy'Indege cya Goma gifungurwa #rwanda #RwOT

    Mu gihe Leta ya Kinshasa n'abafatanyabikorwa barimo n'u Bufaransa bakomeje gusaba ko Ikibuga cy'Indege cya Goma cyongera gukora vuba, ubuyobozi bwa AFC/M23 bufite mu maboko umujyi n'ibikorwaremezo byose biwugize, bwatangaje ko gufungura ikibuga bitashoboka hatitawe ku byerekeye umutekano n'imiterere y'ikibuga muri iki gihe. Uyu mutwe ushimangira ko ikibazo kidashobora gukemurwa n'itangazo rya politiki, ahubwo usaba kureba uko ibintu bihagaze ku butaka, haba ku by'umutekano, ku bikorwaremezo no ku mikorere y'ikibuga ubwacyo.

    AFC/M23 ivuga ko icy'ingenzi cya mbere ari ugusukura ikibuga hakoreshejwe inzobere, kuko ngo hari mine n'ibindi bisasu byasizwe n'ingabo za FARDC n'abo bafatanyije igihe bahungaga. Ibi bituma ubuso bw'ikibuga n'ibikikije bidashobora kwakira indege nta kibazo cy'umutekano kibaye.

    Ikindi kibazo gikomeye cyagaragajwe ni uko inzu y'igenzura ry'indege (tour de contrôle) itagikora na gato. Ibikoresho byose byifashishwa mu gutumanaho, gukurikirana indege, gucunga urujya n'uruza, ndetse n'amatara yi mbere y'ikibuga yose yarangiritse cyangwa yarasahuwe. Ubu nta mashini, nta radar, nta mudasobwa cyangwa ikindi gikoresho cy'umurimo gisigaye. Ibi bivuze ko nta ndege ishobora gutembera ku kibuga cyabuze ibikoresho byose by'ingenzi bituma indege iguruka neza kandi mu mutekano.
    AFC/M23 yanavuze ko abakozi b'inzobere bashinzwe ibibuga by'indege, barimo abakurikirana indege, abashinzwe gutanga amabwiriza ku butaka, n'abatekinisiye, bahunze umujyi wa Goma. Igikorwa cyo kugarura ikibuga mu buryo gikeneye itsinda rishya ry'abakozi bizewe kandi bashoboye. Ubuyobozi bw'uyu mutwe buvuga ko ritazemera ko ikibuga gikorerwaho n'abantu batizewe mu gihe umutekano w'abaturage n'indege ushobora guhungabana mu gihe cyose.

    Mu rwego rwa politiki, AFC/M23 ishimangira ko nta kimenyetso na kimwe cyerekana ko ikibuga gishobora gufungurwa hadakiriwe uburenganzira bwayo, kuko ariyo ifite ububasha ku kibuga n'umujyi wose muri iki gihe. Bavuga ko kuba hari abavuga ko ikibuga gishobora gufungurwa batabajije ubuyobozi bwa M23 ari 'ukwirengagiza ukuri cyangwa kutumva uko ibintu bihagaze'.

    Ubuyobozi bw'uyu mutwe bunavuga ko hagomba kubanza kubakwa icyizere hagati ya Kinshasa n'AFC/M23 kugira ngo ikibuga kitazakoreshwa nk'umuryango winjirirwamo ibikorwa by'igisirikare bihishe inyuma y'indege zivuga ko zizanye ubufasha cyangwa abagenzi nyamara zije kugaba ibitero.

    AFC/M23 inasaba ko habaho agahenge gahamye kandi kagakurikiranywa n'inzego mpuzamahanga, harimo n'ihagarikwa ry'ibitero by'indege za drone n'iza Sukhoï zoherezwa na Leta ya Kinshasa. Nyuma, M23 yabasha gukuraho zimwe mu ntwaro zirinda ikirere zashyizwe hafi y'umujyi, bityo ikirere kikoroherezwa ingendo z'indege z'abaturage n'iz'ubutabazi zigasubukurwa.

    Ku rundi ruhande, AFC/M23 ivuga ko muri Goma nta mpunzi zikiri mu nkambi, ahubwo hari ikibazo cy'ubukungu cyakomotse ku gufungwa kwa banki no kudaheruka kwishyura abarimu n'abandi bakozi ba Leta. Bityo isaba ko banki zifungurwa byihutirwa. Ivuga ko aho ubufasha bw'ubutabazi bukenewe cyane ari mu bice bya Rutshuru, aho abaturage benshi bamaze kugaruka ariko bakabura serivisi z'ibanze.
    Ubuyobozi bwa AFC/M23 bunibukije ko u Rwanda rutigeze rwanga gutiza ikibuga cy'indege cya Kigali cyangwa icya Rubavu mu bikorwa by'ubutabazi, nk'uko rwabikoze kenshi mu gufasaha ingabo za SADC n'abacanshuro hamwe n'ibikoresho byabo gusubira iwabo.

    Mu gusoza, AFC/M23 ivuga ko abaturage bose bifuza ko ingendo zo mu kirere zongera gukorwa hagati ya Goma, Kinshasa, Lubumbashi, Beni na Butembo, kuko byagabanya ibiciro ku masoko ndetse bigasubiza ubuzima umujyi. Ariko yongera kwibutsa ko ibyo byose bitashoboka hatitawe ku mutekano. Kugeza ubu, gufungura Ikibuga cy'Indege cya Goma bizaterwa n'uburyo ibyo byose byagaragajwe bizashyirwa mu bikorwa.

    Source : https://rushyashya.net/congo-kinshasa-afc-m23-yatangaje-ibikenewe-byose-mbere-yuko-ikibuga-cyindege-cya-goma-gifungurwa/

  • Umugore wa Diamond, Zuchu yaciye agahigo kadasanzwe #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Zuchu akana n’umugore wa Diamond Platnumz, yanditse amateka adasanzwe nyuma yo kuzuza miliyari imwe y’abarebye indirimbo ze ku rubuga rwa YouTube, aba umugore wa mbere wo muri Afurika y’Iburasirazuba ubikoze.

    Uyu muhanzikazi wazamukiye mu maboko ya Wasafi, akunze kugaragaza umwihariko we mu muziki byatumye ahora mu ruhando rw’abari ku isonga mu gukundwa cyane ku mbuga mpuzamahanga.

    Itsinda rimufasha mu muziki ryamuhaye ubutumwa bwo kumushimira, ryemeza ko iyi ntsinzi ari ikimenyetso gishimangira impano ye n’umurava we.

    Mu butumwa bwa Wasafi nk’inzu imufasha gutunganya umuziki we bagize bati 'Zuchu yabaye umuhanzi wa mbere w’umugore wo muri Afurika y’Iburasirazuba ugeze kuri miliyari y’abarebye ibihangano bye kuri YouTube.'

    'Impano ye n’ubwitange ni isomo rishya ryo guha abahanzi bo ku mugabane. Uru ni urufunguzo rwo kuzamuka kurushaho.'

    Aka gahigo kaje nyuma y’uko uyu muhanzikazi wo muri Bongo Fleva mu mwaka wa 2023, wenyine yarebwe n’abari hejuru ya miliyoni 500, bikamushyira ku mwanya wa mbere mu bahanzi b’abagore bakurikiranwa cyane muri aka Karere.

    Kuva yasohora 'Sukari' kugeza kuri 'Kwikwi,' Zuchu yubakiye izina rye ku bihangano bituma yambuka imipaka y’Afurika no guhuza injyana igezweho mu rurimi rw’igiswahili rukoreshwa na benshi mu batuye akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

    Kugeza ubu, uyu mufasha w’umuhanzi Diamond Platinumz afite abantu barenga miliyoni 4 biyandikishije kureba ibihangano bye kuri YouTube, imibare itarakorwa n’undi muhanzikazi wo muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Urutonde rw’abandi bahanzikazi bamaze kurebwa cyane kuri YouTube muri aka Karere;

    1. Zuchu Tanzania – 1,000,000,000
    2. Nandy Tanzania — 306,000,000
    3. Diana Bahati Kenya — 294,000,000
    4. Martha Mwaipaja Tanzania — 194,000,000
    5. Sheebah Uganda — 175,000,000
    6. Christina Shusho Tanzania — 168,000,000
    7. Rose Muhando Tanzania — 166,000,000
    8. Rema Namakula Uganda — 146,000,000
    9. Phina Tanzania — 122,000,000
    10. Spice Diana Uganda — 118,000,000
    11. Bahati Bukuku Tanzania — 106,000,000
    12. Maua Sama Tanzania — 71,000,000

    Zuchu yanditse amateka atarakorwa n’undi muhanzi muri Afurika y’Iburasirazuba

    Zuchu ni umugore w’umuhanzi rurangiranwa Diamond Platnumz

    Source : http://isimbi.rw/umugore-wa-diamond-zuchu-yaciye-agahigo-kadasanzwe.html

  • Niyo Bosco yashyize hanze amatariki y’ubukwe bwe #rwanda #RwOT

    Nyuma y’amezi abiri yambitse umukunzi we impeta ya fiançailles, Umuhanzi Niyo Bosco yamaze kuvuga ko ubukwe bwe buzaba tariki ya 16 Mutarama 2026.

    Ibi uyu muhanzi yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze aho yasabye abantu kumenya ko tariki ya 16 Mutarama 2026 yamaze kuyifata ari bwo azakora ubukwe n’umukunzi we Mukamisha Irene.

    Iyi Save The Date yayikurikije amagambo agira ati “Imana izaha umugisha umunsi tuzahaniranaho indahiro yo kubana iteka ryose n’ibihamya by’urukundo rwacu rwa nyarwo ku wa 16 Mutarama 2026.”

    Tariki ya 17 Nzeri 2025 mu birori bibereye ijisho nibwo Niyo Bosco yasabye umukunzi we Mukamisha Irene ko yazamubera umugore undi arabyemera amuha urutoki amwambika impeta y’urudashira.

    Tariki ya 9 Nzeri 2025 ni bwo bwa mbere Niyo Bosco wakunzwe mu ndirimbo nka “Ubugenza Ute”, “Buriyana”, “Babylon”, “Urugi” n’izindi yagaragaje umukunzi we ku mbuga nkoranyambaga, amwifuriza isabukuru y’amavuko anavuga ko yabonye uwo umutima we wakundaga by’ukuri.

    Niyo Bosco ni umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda bakunzwe cyane, bitewe n’ubuhanga bwe mu muziki ndetse n’ubutumwa bwimbitse buri mu ndirimbo ze.

    Niyo Bosco yashyize hanze amatariki y’ubukwe bwe

    Niyo Bosco na Irene bamaze igihe bakundana

    Mu ntangiriro za Nzeri nibwo Niyo Bosco yambitse impeta Irene

    Source : http://isimbi.rw/niyo-bosco-yashyize-hanze-amatariki-y-ubukwe-bwe.html

  • Lague yazanye umugore we kuri Stade atanga ubutumwa #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Police FC, Byiringiro Lague, yazanye umugore we ku kibuga mu mukino baraye banganyijemo na Al Hilal maze avuga ko ari ubutumwa yashakaga gutanga ku bantu bateze iminsi urugo rwe.

    Kubera amakarita 3 y’umuhondo, ntabwo byiringiro Lague yigeze akina umukino w’ejo hashize, yawurebeye muri stade nk’abandi bafana bose.

    Uyu mukinnyi usatira anyuze ku mpande akaba yari yazanye n’umugore we ndetse n’abana babo babiri bose baje kureba uyu mukino.

    Nyuma y’uyu mukino, Byiringiro Lague akaba yavuze ko bwari ubutumwa yashakaga gutanga ku bantu bamaze iminsi bavuga ibintu bitandukanye ku rugo rwe.

    Ati “Namwe mwabibonye. Bwari ubutumwa nashakaga gutanga.”

    Abajijwe niba ibivugwa bitajya bimuteranya n’umugore we, yagize ati “Oya kandi njyewe meze neza? Mwiza kunteranya.”

    Byiringiro Lague akunze kugarukwaho mu itangazamakuru hanze y’ikibuga, yakunze kuvugwa mu rukundo na Dj Crush bose barabihakana, uheruka ni uwitwa Sozera Elua na we wabihakanye avuga ko ari inshuti ya musaza we.

    Uyu musore uba utorohewe, ibyamuvuzweho byo ni byinshi, hari n’abinjira mu muryango we imbere bakavuga ko abana atari abe ndetse ko we n’umugore we batabanye neza, kumuzana ku kibuga ni mu rwego rwo kubasubiza nk’uko yabyivugiye.

    Source : http://isimbi.rw/lague-yazanye-umugore-we-kuri-stade-atanga-ubutumwa.html