Category: Uncategorized

  • Kamonyi: ½ cy'Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri 20 kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025 bashyikirijwe Impamyabushobozi(Certificate). Ni nyuma yo gusoza amasomo ajyanye n'Ubumenyingiro batangiye Tariki 04 Kanama 2025 agasozwa tariki 04 Ugushyingo 2025 muri AFRICA FOOD SUPPLY Ltd. Mu masomo bize harimo; Ibijyanye no Guteka, Gutegura neza Ibiribwa n'Ibinyobwa, Gutegura Kawa(Barista), Kwakira Abakiriya n'ibindi. Muri 20 basoje Amasomo, 10 bangana na ½ cy'abayasoje bahise bizezwa akazi ariko n'abandi bizezwa ko batari bonyine, ko bazakomeza guherekezwa. Babwiwe ko muri AFRICA FOOD SUPPLY Ldt ari mu rugo, basabwa kuba intangarugero aho bagenda hose. Ni amasomo yatanzwe ku bufatanye na Minisiteri y'Uburezi/ Mineduc binyuze muri Rwanda TVET Board(RTB).

    Serge Ganza, Umuyobozi wa AFRICA FOOD SUPPLY Ltd, yabwiye intyoza.com ko aba banyeshuri aribo ba mbere bahawe ubu bumenyingiro, ko kandi intego ya AFRICA FOOD SUPPLY ari uko umunyeshuri urangije ajya hanze agatangira Business (gukora akiteza imbere), ko kandi kubikora neza bisaba kugira icyerekezo( Business Oriented).

    Serge Ganza, Umuyobozi wa AFRICA FOOD SUPPLY ashyikiriza umunyeshuri usoje amasomo Impamyabushobozi.

    Yabwiye abasoje aya masomo ati' Mugiye hanze ku isoko ry'Umurimo! Ni mugende mukore kandi mwerekane itandukaniro, mube intangarugero mwerekane ko mushoboye kuko Ubumenyi n'ubushobozi bwo kubikora murabufite. Kwiteza imbere kwanyu nibyo bya mbere ariko kwiteza imbere kwanyu niko guteza imbere Igihugu'.

    Serge Ganza, avuga ko aba banyeshuri barangije aya masomo bakwiye kubyaza aya mahirwe Leta yabahaye kuko batoranijwe nk'abana abenshi batari barabashije gusoza amasomo yabo mu mashuri asanzwe, aho barimo n'abarangije gusa umwaka wa Gatandatu w'Amashuri abanza. Ati 'Aya mahiwe Leta ibayahe ni mugende muyabyaze umusaruro, mwiteze imbere, mufashe Imiryango yanyu, mwubake Igihugu'.

    Noella Uwumukiza, umwe muri 20 basoje amasomo yabwiye intyoza.com ko nyuma y'amasomo ahawe abaye undi muntu mushya utandukanye cyane n'uwo yaje ariwe. Ati ' Naje nta kintu na kimwe nzi ariko dufashijwe n'abarezi bacu ndetse n'Abayobozi batandukanye batuganirije muri aya mezi atatu, hahindutse byinshi muri njye ndetse na bagenzi banjye. Ubumenyi dukuye aha, Amasomo twahawe ni intambwe ya mbere ituremamo icyizere ko natwe dushoboye. Tugiye tuzi icyo gukora kandi ntabwo tugiye kwicara'.

    Akomeza ati' Kuri iki gihe dusoje, hari ibyo tujyanye hanze, hari Ubumenyi dukuye aha nko Gukora Amakawa, Uburyo bw'Imibanire na bagenzi bacu hanze aha ng'aha, Gutanga Serivise nziza kandi inoze mu byo tuzaba dukora n'aho tuzakorera. Ibyo nize biri ku isoko ry'umurimo kandi ndizera nta gushidikanya ko bizamfasha nkagera ku cyo nifuza mu kwiteza imbere ngahindura ubuzima bwanjye bukaba bwiza kurusha, ariko kandi nkanagira uruhare mu bikorwa byo kwiyubakira Igihugu mfatanije n'abandi'.

    Christopher Umuhire Manzi, umuhungu usoje amasomo nyamara atari azi ko azahura nayo mu buzima, nta cyizere yigiriraga, yabwiye Umunyamakuru wa intyoza.com ati' Mu by'ukuri nsoje aya masomo ntari naratekereje ko mzayabona. Ni amahirwe nagize kandi byose kubera Ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu. Ndashima Leta yacu idahwema gushyigikira Urubyiruko no kuducira inzira ngo idukure ahabi mu buzima idufashe gutera intambwe igana aheza'.

    Akomeza ati' Aya mahirwe mpawe nzayabyaza umusaruro niteze imbere kuko nize ibintu byinshi birimo; Gukora Ikawa ku buryo umukiriya uyinyoye ashima kandi akazagaruka. Nize gukora ibinyobwa bitandukanye kandi neza ndetse no gutunganya ibiribwa ku buryo nta mukiriya wangeraho ngo agende ubutagaruka. Kuri njye, aya ni amahirwe mpawe ntagomba gupfusha ubusa kuko ni Umusingi wo kurema ahazaza hanjye no kugira ngo mbe uw'umumaro ku Gihugu cyanjye'.

    Umugiraneza Martha, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gacurabwenge wifatanije mu byishimo n'aba basore n'Inkumi basoje amasomo yabo, yabasabye kudapfusha ubusa ubumenyi bahawe, kuba Urugero rwiza aho batuye, aho bagenda n'aho bazaba bakorera, baharanira kubyaza umusaruro Ubumenyi bahawe.

    Yababwiye kandi ati' Mwirinde Ubunebwe no Kwiganyira, mwirinde gushaka guhita umera nka runaka mu mikorere n'imivugire kuko wowe ni wowe. Kora neza ibyo ugiyemo, utange Serivise nziza kandi yihuse, ugire Ikinyabupfura, Umuco ndetse n'Indangagaciro, gukunda abantu no gukunda Umurimo ubitandukanye n'Imigirire yose mibi y'Umuntu urimo gutanga Serivise idashimwa n'uwo ariwe wese uyikeneye. Kora neza unoze ibyo ukora kuko igihe utanga Serivise ukwiye kuyitanga neza, uvuga neza, ufite isuku kuri wowe n'aho ukorera. Garagaza ko wahawe Ubumenyi kandi ko watojwe neza ubere abandi urugero rw'umuntu ushoboye kandi ushobotse mu byo ukora'.

    Cyriaque Musengarurema, Umukozi w'Akarere ka Kamonyi ufite ibijyanye n'Umurimo mu nshingano akaba ari nawe wari uhagarariye Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi muri uyu muhango wo gusoza amasomo kuri aba banyeshuri no gushyikirizwa Impamyabushobozi zabo, yabahaye inama n'impanuro ariko agira ibyo abasaba nk'abagiye ku isoko ry'umurimo bashaka gukora bagatera imbere.

    Ati' Niba mu giye ku isoko ry'Umurimo mukaba mushaka gutera imbere, mushaka kugera kure kandi heza mukwiye kuzirikana izi ntambwe kuko ni ingenzi; 1.Kwisobanukirwa wowe ubwawe ukamenya impano ikurimo, uwo ushaka kuba we, Icyo ushaka gukora, aho ushaka Kugera, uwo uri we( Ndi inde), Ndashaka kuzaba inde muri ubu buzima?, 2. Kugira Intego, 3. Kugira Indangagaciro y'Ikinyabupfura(kubaha no kubanira neza abandi, kubaha abagukuriye, abo mukorana abakuruta n'abo uruta, guha agaciro ibyo usanze…), 4. Gukorana Umurava, 5. Kumenya Kwizigamira( Saving)'. Yakomeje ababwira ko mu rugendo rwiterambere bidashoboka gukabya indoto mu gihe izo ntambwe zitubahirijwe.

    AFRICA FOOD SUPPLY Ltd, iherereye mu Murenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Nkingo ahazwi nko Mukibuza( ruguru gato y'Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi). Bimwe mu bikorwa bakora birimo; Ibijyanye n'Ubukerarugendo( bafite Motel ahari ibikorwa bitandukanye, aho bacumbikira abantu), Bafite ibyo Kurya no kunywa, bakira Inama, Ibirori bitandukanye birimo n'Ubukwe n'ibindi.

    Amasomo bize mu gihe cy'amezi 3.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi: ½ cy'Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: ½ cy'Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2025/12/31/kamonyi-%C2%BD-cyabasoje-amasomo-muri-africa-food-supply-bemerewe-akazi/

  • Kamonyi-Urukiko: Umukozi w'Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage #rwanda #RwOT

    Abanyamategeko bunganira Théoneste Ndererimana mu rubanza aregwamo n'Ubushinjacyaha kunyereza amafaranga agera muri Miliyoni 10 z'amafaranga y'u Rwanda muri Koperative COABAMARU yari abereye umuyobozi, babwiye Urukiko rw'Ibanze rwa Gacurabwenge ko Laetitia Mukabucyana, Umukozi w'Akarere ka Kamonyi ushinzwe iterambere ry'Amakoperative, Ibigo bito n'Ibiciriritse ko yagize uruhare mu gushimuta no gufungisha uyu muturage binyuranije n'Amategeko, akabikora mu nyungu ze bwite.  

    Laetitia Mukabucyana, amazina y'uyu mukozi w'Akarere ka Kamonyi yagarutsweho mu rukiko, akavugwa inshuro zisaga icumi(10). Abanyamategeko babiri bunganira Théoneste Ndererimana, babwiye urukiko ko umukiriya wabo uburana ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo arimo kuzira abamufiteho ububasha babikora mu nyungu zabo bwite, barimo uyu mukozi w'Akarere Laetitia Mukabucyana.

    Aba banyamategeko, babwiye Urukiko ko intandaro yo gushimutwa no gufungwa binyuranije n'Amategeko kwa Théoneste Ndererimana ari uko aba bamufungishije bashakaga ko yemera ko Umusaruro w'Umuceri wa Koperative COABAMARU uhabwa uruganda rwa RWABUYE RICE(rutonora umuceri), we akabyanga.

    Umwe muri aba banyamategeko yabwiye Urukiko ko Abafungishije Ndererimana, bifuzaga ko yemera ko uruganda rwa RWABUYE RICE arirwo ruhabwa umusaruro uva muri Koperative(COABAMARU), we akabyanga kubera ko hari urundi ruganda bari basanzwe bakorana kandi bakorana neza. Avuga ko babonye abyanze, bahisemo gukoresha ububasha bafite baramufungisha.

    Yasabye Urukiko ko mbere y'uko rusuzuma icyifuzo cy'Ubushinjacyaha cy'uko yaba afunzwe by'agateganyo, rukwiye kubanza gusuzuma uburyo yafashwe agafungwa, niba bikurikije Amategeko.

    Yabwiye kandi Urukiko ko nk'Abanyamategeko bunganira uyu Théoneste Ndererimana, basabye Ubushinjacyaha ko mu Iperereza bukora ku mukiriya wabo, bwanakora Iperereza ku buryo yafashwemo ariko ngo ibyo ntabwo Ubushinjacyaha bwigeze bubikora.

    Yavuze ko uyu Théoneste Ndererimana yafashwe Tariki ya 27 Ugushyingo(11) 2025, afungirwa kuri Sitasiyo ya Gacurabwenge bikozwe ngo n'abo bafite ububasha bakoresheje mu nyungu zabo, hafungwa udafite icyo afungiye kuko nta Dosiye yakorewe igaragaza ibyo azira.

    Uyu Munyamategeko, yabwiye Urukiko ko Tariki 5 Ukuboza 2025 Theoneste Ndererimana afunzwe nta Dosiye aribwo Laetitia Mukabucyana n'abo yajyanye(bivugwa ko barimo umukozi wa RCA), bagiye ku Mugina ahabarizwa Koperative COABAMARU gukora igenzura (Audit) nyamara uwo barikorera baramaze kumufunga.

    Umunyamategeko, anenga ibyavuzwe n'Ubushinjacyaha ko iryo genzura(Audit) ngo ryakozwe n'ikigo gifite Amakoperative mu nshingano(RCA). Imbere y'Umucamanza, yaribajije anabaza ngo Ubushinjacyaha mu Iperereza bwakoze buvuga ngo ni ikigo RCA!?. Ati' Mukabucyana bakoze iperereza basanga ni umukozi wa RCA?, ntabwo ari byo'.

    Yabwiye Urukiko ati' Nyakubahwa Perezidante w'urukiko, umuntu afunzwe kuri 27 bagiye gukora Audit(igenzura) ku itariki eshanu(5) nk'uko Raporo, ikiswe Raporo kibigaragaza'.

    Akomeza avuga ko hari Itegeko ribisobanura neza ko gufungwa by'agateganyo ari igihe hari ibyagezweho bihagije mu Iperereza. Avuga ko Kuri Théoneste Ndererimana, abona ko Iperereza baricuritse! kuko we ngo babanje kumufata, baramufunga, hashize iminsi afunze bajya gukora Iperereza.

    Akomeza avuga ko ibyakorewe Umukiriya we ari ibintu bibabaje cyane kuko ngo yahawe Inyandiko mvugo yo gufata no gufunga Tariki 11 Ukuboza 2025, nyuma hafi ibyumweru 2 afunzwe nta Dosiye.

    Yabwiye Perezida w'Urukiko ko Ibyakorewe uwo yunganira ari ibintu bibabaje. Avuga kandi ko we ubwe yahoze abibwira Abagenzacyaha n'Abashinjacyaha, ababaza ngo batekereze nk'ibyo hagize Umuvandimwe we bibaho.

    Agira ati' Ibi bintu mukabisigiriza mukabirebera!, umuntu agafunga undi binyuranije n'Amategeko akamuzanira PVA akayandika ko ari 11 twaramaze kumugaragariza ibimenyetso ko kuva kuri 27 yari afunzwe!'. Yakomeje avuga ko ubwo yabazaga icyo umukiriya we afungiye yasubijwe ko ari Akarere kasabye ko afungwa ngo hirindwa ko atoroka.

    Yabwiye urukiko ati' Ibi ntabwo tubyita gufungwa, tubona yarashimuswe. Ni uko gusa yashimuswe ajyanwa mu nzego zizwi'. Yakomeje asaba Urukiko ko mu bushishozi bwarwo rukwiye kurekura Théoneste Ndererimana kuko nta kindi azira uretse kwanga gukora ibyo yabonaga bitanyuze mu mucyo byashakwaga n'abamufiteho ububasha mu nyungu zabo bwite.

    Uyu munyamategeko, yasabye Urukiko ko rwarekura Théoneste Ndererimana, byaba ari n'Ingwate isabwa cyangwa abamwishingira nawe agashyirwa mu bishingizi kuko azi neza ko atari uwatoroka ubutabera, ko kandi niba hari n'impungenge Urukiko rufite, nawe nk'Umunyamategeko wemera kwishingira Umukiriya we.

    Mu rukiko, hagaragajwe ko bijya gutangira, byahereye Tariki ya 19 Ugushyingo 2025, ubwo Laetitia Mukabucyana ngo n'uwitwa Davide ugaragara muri Raporo ngo bagiye kwivanga mu matora ya Koperative n'Ubuyobozi bwa Koperative COABAMARU.

    Muri aya matora, uwazanywe gutorwa yabanje kwangwa n'abari bagize inteko itora bavuga ko atari umunyamuryango, ko ndetse atari kuri Lisiti y'abaje gutora boherejwe n'ama ZONE babarizwamo, ariko ntacyo byamaze kuko amatora yarabaye birangira uwazanywe atowe.

    Koperative COABAMARU, mu gutangira kwayo bari Abarobyi b'Amafi ndetse n'icyangombwa bagira kitigize gihindurwa na RCA kiracyari icy'uko ari Koperative y'Abarobyi aho kuba iy'Abahinzi b'Umuceri, ibitera bamwe no kwibaza impamvu RCA iza mu matora y'abahinzi b'Umuceri bakigendera ku cyangombwa cy'Abarobyi b'Amafi yakabaye yarabahinduriye.

    Kuburana ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo ntabwo biba bisobanuye ko Uburana afite icyaha cyangwa se atagifite. Urebye, haba harebwa cyangwa hasuzumwa ibintu by'ingenzi bibiri aribyo; Kureba impamvu zikomeye zituma ukekwaho icyaha, kureba ngo Ese ziramutse zihari, haba hari impamvu zitegeka ko ugomba gufungwa?. Kugira ngo uregwa arekurwe, akaburana ari hanze agomba kuba agaragaza impamvu zihamya ko adashobora Gutoroka, ko kandi abaye arekuwe atabangamira Iperereza cyangwa se ngo abe yasibanganya ibimenyetso.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Urukiko: Umukozi w'Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Urukiko: Umukozi w'Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/01/05/kamonyi-urukiko-umukozi-wakarere-ushinzwe-amakoperative-yavuzwe-mu-gushimuta-no-gufungisha-umuturage/

  • Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,' TUGANIRIRE MU MUDUGUDU' #rwanda #RwOT

    Gahunda ya'TUGANIRIRE MU MUDUGUDU', irihariye kandi ntabwo isanzwe mu Karere ka Kamonyi. Igamije kurushaho gutuma ubuyobozi bwegera Abaturage bubasanze aho bari, aho batuye cyangwa se bakorera bakaganira, bakumva ibibazo n'Ibitekerezo byabo bidasabye ko umuturage ariwe usanga Ubuyobozi. Iminsi 10 irashize iyi gahunda itangijwe. Abaturage barayishimira, bavuga ko aribwo bakwemera ko Ubuyobozi bubegerejwe.

    Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w'Akarere ka kamonyi atangiza iyi gahunda yabwiye abaturage yasanze mu kazi kabo, ko hari gahunda zisanzwe zihuza Ubuyobozi n'Abaturage nko mu Nteko y'Abaturage, mu Muganda ndetse n'izindi gahunda ziba zateguwe, ariko ko iyi gahunda ya' TUGANIRIRE MU MUDUGUDU' nubwo itaje gusimbura izindi, yo yihariye kandi izajya iba buri munsi nyuma ya saa sita mu gihe nta zindi gahunda zidasanzwe zihari.Me

    Meya Dr Nahayo Sylvere, aganira n'abaturage bacuruza Imboga n'Imbuto ku gasoko k'ahazwi nk'i Mushimba, urenze gato Isantere y'Ubucuruzi ya Rugobagoba, werekeza Muhanga.

    Avuga kuri iyi gahunda no ku mwihariko wayo, yagize ati' Twajyaga tubatumira mu nteko z'Abaturage kandi bizanakomeza. Mu muganda tuzakomeza duhurireyo ndetse na gahunda zindi zitandukanye. Gusa, turashaka ko tugira umwanya w'umwihariko wo kubasanga mu kazi ka buri munsi, tuganire twumve ubuzima mubayeho bwa buri munsi, twumve uko mu meze, twumve ibibazo mufite dufatanyirize hamwe kubishakira Ibisubizo ariko twumve n'ibyifuzo dufatanyirize hamwe gushaka icyakorwa'.

    Akomeza agira ati' Ibikorwa byose tuba dufite, yaba Inama, gukorera mu biro!, ibyo turashaka ngo tubiharire mbere ya saa sita, tubimenyere uretse igihe habaye gahunda zidasanzwe, ariko ubundi ibindi bikorwa bizajya bikorwa mbere ya saa sita naho nyuma ya saa sita tujye kwegera Umuturage kuko twasanze ariho akazi kari'.

    Meya Dr Nahayo Sylvere, agira kandi ati' Iterambere muri rusange ryubakiye ku muturage, iyo tumuhamagaye ntabwo tumenya neza mu by'ukuri icyo akeneye ariko iyo tumusanze mu buzima bwe bwa buri munsi nibwo tumenya ngo akeneye iki, twamufasha iki, igikenewe kurusha ikindi ni iki ng'iki'.

    Ahamya ko iyi gahunda ije gutuma Ubuyobozi burushaho kwegera Umuturage aho akorera bidasabye ko ariwe usanga Ubuyobozi kuko uwo mwanya yakabaye awukoramo indi mirimo imufasha kwiteza imbere.

    Avuga kandi ko gahunda ya' TUGANIRIRE MU MUDUGUDU' ari igisubizo kirambye mu gushyira umuturage ku Isonga kuko ngo kumusanga mu mirimo y'ubuzima bwe bwa buri munsi bisobanuye kumushyira ibisubizo aho ari, kwakira ibyifuzo n'Ibitekerezo bye atabonaga uko abaza cyangwa se atangira mu Nteko z'Abaturage kuko ngo hari uhagera agatinya kubariza mu ruhame, kuhatangira Igitekerezo, ndetse hakaba n'abataha uko baje kuko umwanya wabaye muto.

    Ishimwe Styven, umuturage waganiriye na intyoza.com, yagize ati' Ibi ni igisubizo kuri twe nk'abaturage kuko ubu nibwo twavuga noneho ko Ubuyobozi butwegereye kurusha uko byari bimeze. Buri wese azatinyuka ndetse abone umwanya wo kuvuga ikibazo cyangwa gutanga Igitekerezo afite kuko abona ko noneho bamwisangiye aho ari, bitandukanye na mbere aho umuturage ariwe wakoraga urugendo ajya kubishakira'.

    Akomeza ati' Uko Ubuyobozi bumanuka budusanga bizadufasha kubona ko ari ubwacu koko, bizanatuma kandi n'Ubuyobozi bubona, bumenya byinshi biri muri twe abaturage tutajyaga dupfa kubwira ba Mudugudu bitewe nuko rimwe na rimwe hari byinshi bitugonganisha'.

    Afisa Mukarubayiza, umuturage wishimiye kubona ubuyobozi bwamanutse bukamusanga mu kazi aho akorera kandi bukavuga ko ari gahunda ihoraho, yabwiye intyoza.com ko iki ari igisubizo cyari gikenewe ku muturage kandi gihamya noneho ko Ubuyobozi bwegerejwe Abaturage.

    Ati' Buriya se twavuga ko mbere ubuyobozi bwari bwegerejwe abaturage cyangwa ahubwo wasangaga kenshi umuturage ariwe ugira ikibazo akajya gushaka Ubuyobozi?. Rero ubu nibwo twajya twahamya ko Ubuyobozi bwegerejwe abaturage. Wasangaga mbere duhamagarirwa kujya mu nteko z'abaturage, mu muganda no muzindi gahunda, rimwe na rimwe waba ufite ikibazo cyangwa se igitekerezo ukahava uko wahagiye wanakoze urugendo, ariko ubu noneho Ubuyobozi nibwo bumanutse kutwegera'.

    Gahunda ya 'TUGANIRIRE MU MUDUGUDU', Ubuyobozi buvuga ko no mu gihe Umuyobozi agiye kwegera abaturage agasanga hari ikibazo kireba umukozi runaka udahari, aho bishoboka uwagiye kwegera abaturage no kuganira nabo azajya ahita ahamagara uwo ikibazo asanze kireba ahave umuturage asubijwe aho kugira ngo umuturage azafate umwanya ajya kwishakira igisubizo.

    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,' TUGANIRIRE MU MUDUGUDU' first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,' TUGANIRIRE MU MUDUGUDU' appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/03/03/kamonyi-hatangijwe-gahunda-yihariye-idasanzwe-yahawe-izina-tuganirire-mu-mudugudu/

  • Abavanga umuziki bakomeye bahuriye muri Tiamo Lounge: DJ Caspi na DJ Brian bakoze amateka weekend ishyize. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gihe Kigali ikomeje kwaguka no kuba umujyi ugezweho ku rwego mpuzamahanga, n'imyidagaduro yayo iri kuzamuka ku muvuduko utangaje. Mu bice by'umujyi birimo kuvugisha benshi muri iyi minsi, Tiamo Lounge ni izina rikomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri konti ya Instagram @tiamo_lounge, aho amashusho n'amavidewo byayo bikurura abakunzi ba nightlife ya Kigali.

    Iyi lounge yamaze kwigarurira imitima y'abakunzi b'imyidagaduro kubera ambiance yayo igezweho, ibinyobwa byihariye, umuziki uryoheye amatwi n'ibirori bidasanzwe bituma buri weekend iba amateka mashya.

    Iyo winjiye muri Tiamo Lounge, uhita ubona ko atari ahantu hasanzwe. Urumuri rwayo rw'umwimerere, imitako igezweho, intebe zorohereza abakiriya n'imiterere y'ahantu hatuma buri wese yumva atuye kandi yisanzuye.

    Amafoto ashyirwa kuri Instagram yabo agaragaza neza uburyo ahantu hateguwe mu buryo bugezweho, haba ku bashaka kwicara mu gice gisanzwe cyangwa mu myanya ya VIP. Ni ahantu heza ku bakunda kwifata amafoto meza no gusangiza inshuti zabo ibihe byiza banyuzemo.

    Tiamo Lounge izwi cyane ku muziki uyirangiramo. Ku mbuga nkoranyambaga zabo, bakunda gusangiza ababakurikira amashusho y'aba-DJs bakomeye barimo DJ Caspi, Dj Cyusa, Dj Rice na DJ Brian bavanga imiziki itandukanye irimo Afrobeat, Amapiano, Hip-Hop, RnB n'izindi njyana zikunzwe n'urubyiruko.

    Kuva ku wa Kane kugeza ku Cyumweru, ahantu haba huzuye abantu bishimira weekend. Dance floor iba yuzuye, abantu bakabyina kugeza mu masaha ya bugenewe. Ibi bituma Tiamo iba imwe mu hantu hadacikanwa ku bakunda nightlife ya Kigali.

    Hari n'ijoro ryihariye (theme nights) rimenyereweho gutangaza benshi, harimo Ladies Night, Throwback Party n'ibindi birori bitandukanye bituma buri cyumweru kiba gifite umwihariko.

    Dj Caspi_theowner
    Dj Cyusa

     

    Dj Rice

    Tiamo Lounge ntihagarukira ku muziki gusa. Ifite menu y'ibinyobwa by'ubwoko bwinshi, birimo cocktails zidasanzwe, vino, champagne n'ibindi binyobwa bikomeye bikundwa mu myidagaduro.

    Ku mafoto yabo ya Instagram, hagaragara cocktails ziteguwe mu buryo bushimishije amaso, ndetse n'amafunguro arimo pizza n'utundi turyoheje two kurya twunganira ibirori. Ibi byose bituma experience y'umushyitsi iba yuzuye — kuva ku kunywa, kurya kugeza ku kubyina.

    best pizza muri Tiamo Lounge

     

    Ikintu gituma Tiamo Lounge irushaho kuvugwa ni uburyo itegura ibirori bitandukanye. Binyuze ku mbuga nkoranyambaga zabo, batangaza events zitandukanye buri cyumweru, zirimo ibitaramo by'abahanzi, DJ Nights n'ibindi byongera ibyishimo ku bashyitsi.

    Ibi birori bituma abatuye Kigali n'abasura umujyi bahora bafite impamvu yo gusubira muri Tiamo, kuko buri joro riba rifite ikintu gishya kandi gitandukanye n'icyabanje.

    Abasura Tiamo Lounge bakunze kugaragaza ko bishimira serivisi nziza bahabwa. Abakozi baho bakira abakiriya neza, bakabaha ibyo bifuza mu gihe gito kandi bafite urugwiro.

    Ku bijyanye n'umutekano, hashyizweho uburyo buhamye bwo kurinda abashyitsi, bituma abantu bishimira ibirori nta mpungenge bafite.

    ━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━
    TIAMO LOUNGE
    'Experience Itazibagirana'
    ━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━

    📍 Location: KG 109A St, Kigali
    ⭐ Rating: 4.6 / 5
    🍸 Specialty: Premium Cocktails & Party Nights
    🎧 Music: Afrobeat | Amapiano | Hip-Hop | RnB
    🕒 Open: 7/7 (Nightlife Hours)
    📞 Reservations: +250 788 302 456
    ━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━━

    Source : https://yegob.rw/abavanga-umuziki-bakomeye-bahuriye-muri-tiamo-lounge-dj-caspi-na-dj-brian-bakoze-amateka-weekend-ishyize/

  • Kigali: Abagabo 2 bakoze agashya batwara umurambo ari bonyine bageze ku irimbi abagore bababana ibamba – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu irimbi riherereye mu karere ka Nyarugenge, umurenge wa Kigali, akagari ka Kigali, habereye impagarara nyuma y'uko abaturage babonye abagabo batatu bazanye umurambo bawushyingura mu buryo bwateye benshi kwibaza byinshi.

    Abaturage biganjemo abagore bari bamaze gushyingura umuntu wabo babonye imodoka irimo abagabo babiri n'umushoferi izanye umurambo. Bategereje ko haza benewabo w'uwapfuye, ariko ntihagira undi muntu ugaragara. Ibi byatumye abaturage batangira kugira amakenga.

    Ibintu byarushijeho gukomera ubwo umwe muri abo bagabo yashakaga abakarani ngo bamufashe kujyana umurambo mu mva, ababwira ko abishyura amafaranga. Ibi byatumye abaturage babaza uwo mugabo amakuru y'uwapfuye. Mu gusubiza, yababwiye ko ntacyo bamubaza kuko ari umuyobozi ukomeye mu gihugu ndetse ababwira ko yabarasa ngo kuko afite imbunda.

    Ukutumvikana kwakomeje, bituma uwo mugabo asaba abaturage kwemera amafaranga bakareka kwivanga muri icyo gikorwa. Gusa, abaturage banze kuko bakekaga ko uyu muntu yaba yishwe n'abo bagabo.

    Nk'uko BTN TV yabitangaje, iyi nkuru yagejejwe ku nzego za polisi, nazo zitangaza ko zigiye gukurikirana iby'iki kibazo kugira ngo hamenyekane ukuri.

     

    Source : https://yegob.rw/kigali-abagabo-2-bakoze-agashya-batwara-umurambo-ari-bonyine-bageze-ku-irimbi-abagore-bababana-ibamba/

  • Inkomoko ya filime ‘Mwenedata’ ya Nyambo azakinamo ari umugore w’indushyi #rwanda #RwOT

    Nyambo Jesca agiye gushyira hanze filime ‘Mwenedata’ igaruka ku mugore w’indushyi ubangamirwa n’umugabo ariko akihangana kubera nyina urwaye.

    Nyambo wamamaye muri filime zitandukanye, akaba agiye gushyira indi hanze ejo ku wa Kabiri tariki ya 3 Werurwe 2026.

    Uyu mwanditsi wa filime akaba n’umukinnyi wazo, yabwiye ISIMBI ko atari inkuru mpamo ahubwo ishingiye ku gitekerezo cyamujemo yumva yayikora.

    Ni filime igaruka ku mugore uba ubangamirwa n’umugabo we, akamukorera ibibi bishoboka byose, akamuzaniraho abandi bagore ariko akihangana kuko yari akeneye kuvuza mama we kandi amafaranga ayateze ku mugabo.

    Ati “Iyi ni filime ishingiye ku buzima umwana ashobora kunyuramo kugira ngo yite ku buzima bwa mama we kuko nta bushobozi afite kandi umugabo ari we umuvuriza mama we, akihanganira ibintu byose acamo.”

    Nyambo Jesca akaba agiye gushyira hanze iyi filime nyuma y’izindi yagiye akora zigakundwa nka ‘The Message’ na ‘Ibanga’.

    Nyambo agiye gusohora filime Mwenedata

    Source : http://isimbi.rw/inkomoko-ya-filime-mwenedata-ya-nyambo-azakinamo-ari-umugore-w-indushyi.html

  • Yari ishyiga ry’inyuma – Papa Cyangwe nyuma y’imyaka 5 batandukanye yavuze kuri Rocky #rwanda #RwOT

    Umuraperi Papa Cyangwe yavuze ko gutandukana na Rocky wamufashaga mu muziki byatewe no kutumvikana, yemeza ko yari ishyiga ry’inyuma ku izina rye.

    Aba bombi bamaze hafi imyaka 5 batagikorana, uyu munsi ari muri Radio Rwanda, Papa Cyangwe yavuze ko gutandukana kwe Rocky byari igihombo.

    Ati “Buriya iyo uhombye umuntu uba uhombye ikintu gikomeye, cyane ko yari ishyiga ry’inyuma ku izina Papa Cyangwe ubwo rero bigusaba imbaraga nyinshi cyane, urebye nko muri iyo myaka 5 iyo tuba turi kumwe ubu biba ari ibindi bindi ariko na none kuba atagihari hari ibindi byatumye mfungukamo nk’imbaraga byatumye nkoresha, hari ibindi bintu byatumye mbona ntari buzabone.”

    Abijuru King Lewis wamenyekanye nka Papa Cyangwe, yakomeje ashimangira ko iyo baba bakiri kumwe yari kuba ari ku rundi rwego.

    Ati “Ariko ntekereza ko uyu munsi iyo tuba tukiri kumwe hari ahandi byari kuba biri birenze aho biri uyu munsi, kuko ndimo gukora njyenyine ariko iyo haba hakiriho ukuboko kwe, abantu be biba bigeze ahantu kure cyane.”

    Yakomeje avuva ko atamushyiraho amakosa kuko si we wazanye igitekerezo cyo gutandukana.

    Ati “Ariko ntabwo murenganya cyane ko atari we wavuze ngo dutandukane, ikindi nanjye sinirenganya cyane kuko intumbero nari mfite nabonaga atari yo ndimo kubona cyane ko nibwo nari nkirangiza kwiga, ni bwo nari nkitangira gukora ku mafaranga ikindi hari ibyo nabonaga njyewe nkeneye nk’umwana ukiva iwabo.”

    Yavuze ko Rocky atabibonaga kimwe na we kuko we atabifataga mu buryo bwo kumureberera inyungu ahubwo abifata mu buryo bwo kumufasha.

    Yabwiye Rocky “Tumaze gukora indirimbo 4 zakunzwe reka tubigire akazi, we akavuga ngo dukomeze iby’ubushuti akirengagiza ko hari ibindi nabaga nkeneye, nanjye nkirengagiza ko hari ibindi arimo kwitaho.”

    Muri 2021 ni bwo aba bombi bakoranaga batandukanye, ibintu byakuruye umwaka mubi hagati yabo ahanini bishingiye ku magambo uyu muraperi yatangazaga ndetse hari n’indirimbo yasohoye byumvikana ko ari we arimo kuvuga.

    Papa Cyangwe yavuze ko Rocky yari ishyiga ry’inyuma ku izina rye

    Source : http://isimbi.rw/yari-ishyiga-ry-inyuma-papa-cyangwe-nyuma-y-imyaka-5-batandukanye-yavuze-kuri.html

  • Nyuma y’imyaka 20 Koffi Olomide yakoze ubukwe n’umukunzi we (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’icyamamare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Koffi Olomide, yahishuye ko yasezeranye byemewe n’amategeko n’umukunzi we w’igihe kirekire Cindy Le Coeur.

    Uyu muhango wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare 2026 wabaye nyuma y’imyaka isaga 20 aba bombi bakundana, ariko batarigeze batangaza ku mugaragaro ko bafitanye umubano uwo ari wose.

    Koffi Olomide, yatangaje aya makuru abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, aho yashyize amashusho n’amafoto by’uyu munsi udasanzwe mu buzima bwe.

    Koffi Olomide w’imyaka 69 yagaragaye yambaye imyenda y’ibara ryenda gusa nka zahabu haba ku ipantalo n’ikoti rifite imitako ya zahabu, ishati ya zahabu ndetse n’inkweto zera zigezweho.

    Cindy Le Coeur w’imyaka 43 na we yari yambaye imyenda ihuje ibara n’iy’umugabo we, igizwe n’ipantalo n’umupira ufite amabara y’iroza n’andi ajya gusa.

    Aba bombi bageze aho ibirori byabereye bari mu modoka yo mu bwoko bwa Mercedes-Benz S-Class, bakirwa n’inshuti n’abagize umuryango.

    Koffi Olomide yinjiye mu cyumba cyabereyemo umuhango afashe ukuboko k’umukobwa we Minou Olomide, mu gihe Cindy Le Coeur yakurikiyeho, bombi bagaragaza ibyishimo byinshi nk’uko bigaragara mu mashusho yasangije abamukurikira kuri instagram.

    Koffi Olomide yakoze ubukwe n’umukunzi we Cindy Le Coeur bari bamaze imyaka 20 bakundana

    Urukundo rwo rurahari

    Umubano wabo barawuhishe

    Source : http://isimbi.rw/nyuma-y-imyaka-20-koffi-olomide-yakoze-ubukwe-n-umugore-we.html

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ibiciro by'amatike y'irushanwa mpuzamahanga rya FIFA Series 2026 rizabera i Kigali, itike y'amafaranga menshi yashyizwe ku bihumbi mirongo itatu (30 000frw), naho iya make ishyirwa ku bihumbi bibiri (2000 Frw).

    Image

    FIFA Series ni irushanwa rizakinwa kuva tariki ya 26 kugeza ku wa 30 Werurwe 2026, kuri Stade Amahoro hakazakinirwa imikino yo mu itsinda rya mbere naho kuri Kigali Pelé Stadium ho hazabera imikino yo mu itsinda rya kabiri.

    Image

    Amatike ku mikino izabera muri Stade Amahoro iya make iri kuri 2000 Frw mu myanya isanzwe yaba hasi cyangwa hejuru, iruhande rwa VIP ni 5000 Frw, mu gihe muri VIP azaba ari 30.000 Frw.

    Imyanya ya Skybox na VVIP yagenewe abazaba batumiwe muri iri rushanwa, rizaba ribereye bwa mbere mu Rwanda.

    Andi matike yagiye hanze ni ay'imikino izabera muri Kigali Pelé Stadium, aho imyanya isanzwe ari 2000 Frw, naho imyanya y'icyubahiro ikazaba ari 30.000 Frw. Itike imwe izajya ifasha umukunzi w'umupira w'amaguru kureba imikino yombi.

    Image

    Stade Amahoro izaberaho imikino y'Itsinda A ririmo Estonia, Grenada, Kenya n'u Rwanda, mu gihe Itsinda B ririmo Aruba, Liechtenstein, Tanzania na Macau ari ryo rizakinira muri Kigali Pelé Stadium.

    Imikino ibiri yo mu Itsinda B ni yo izafungura irushanwa ibere muri Kigali Pelé Stadium, aho tariki ya 26 Werurwe Aruba izakina na Macau, saa Saba n'Igice, naho Tanzania ikine na Liechtenstein, saa Kumi n'Igice. Indi mikino yo mu Itsinda B izakinwa tariki ya 27 Werurwe, ihere k'uzahuza Kenya na Estonia, saa Kumi n'Ebyiri, naho u Rwanda rukine na Grenada, saa Tatu z'Ijoro.

    Image

    Nyuma y'iyi mikino hazakurikiraho imikino izahuza amakipe yatsinze ndetse n'ayatsinzwe mu matsinda yombi. Iyi harimo izabera kuri Kigali Pelé Stadium, saa Cyenda n'undi wa saa Kumi n'Ebyiri, indi ibere kuri Stade Amahoro, saa Kumi n'Ebyiri na saa Tatu.

    Source : https://rushyashya.net/ferwafa-yatangaje-ibiciro-byo-ku-mikino-ya-fifa-series-2026-izahuza-ibihugu-8-bizakinira-kuri-sitade-amahoro-na-kigali-pele-stadium/

  • St Alyos na Gisagara VCA ni zo zegukanye Shampiyona y’abato (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Shampiyona y’abato mu mukino wa Volleyball (Rwanda Volleyball Junior League), yasize ibikombe bitashye muri St Aloys Rwamagana na Gisagara Volleyball Academy.

    Ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 1 Werurwe 2026 ni bwo iyi Shampiyona ya 2025-2026 yasojwe aho yasorejwe i Kigali mu byiciro byombi abahungu n’abakobwa.

    Nta gikombe cyasigaye mu Mujyi wa Kigali kuko mu bakobwa cyegukanywe na St Aloys Rwamagana (Iburasirazuba), mu bahungu ni Gisagara volleyball Academy (Amagepfo).

    Mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe ya St Aloys y’i Rwamagana yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya St Bernadette amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma biba igikombe cya gatatu yegukanye yikurikiranya. Ikipe ya Lycee de Nyanza niyo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda ikipe ya St Joseph y’i Kabgayi.

    Mu cyiciro cy’abagabo, ikipe ya Gisagara Academy yegukanye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma ikipe ya Petit Seminaire Virgo Fidelis amaseti 3-1 yegukana igikombe ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

    Ikipe ya Groupe Scolaire Officiel de Butare (GSO Butare) ni yo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda ikipe ya Nyanza TSS amaseti 3-2.

    Shampiyona y’abato ya Junior League ni shampiyona isanzwe ikaba ngaruka mwaka aho itegurwa ku bufatanye n’ibigo by’amashuri ndetse na Federasiyo y’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB).

    Shampiyona y’uyu mwaka yatangiye mu kwakira umwaka ushize wa 2025 aho yari igizwe n’amakipe 19 yose hamwe harimo amakipe 5 y’akobwa ndetse na 14 y’abahungu.

    St Aloys yastsinze St Bernadette yegukana igikombe

    Gisagara Volleyball Academy yatwaye igikombe itsinze PSVF

    St Aloys yishimira igikombe yegukanye

    Ni igikombe Gisagara Volleyball Academy yegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya

    Source : http://isimbi.rw/st-alyos-na-gisagara-vca-ni-zo-zegukanye-shampiyona-y-abato-amafoto.html