Author: webrwanda

  • Denise Bucumi Nkurunziza,Madam wa Perezida Pierre Nkurunziza yavuye mubitaro Asubira i Burundi:INKURU

    Denise Bucumi Nkurunziza, umugore wa Perezida Pierre Nkurunziza watabarutse kuwa mbere, yasubiye mu gihugu avuye mu bitaro i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

    Umwe mu bakozi b’ibitaro yari arwariyemo yemereye BBC ko Madamu Nkurunziza yabivuyemo ejo kuwa kabiri nimugoroba, akava mu gihugu atwawe n’indege ya kompanyi yigenga yamuzanye.

    Uyu ntiyashimye gutangaza ibigendanye n’ubuzima bwe. Madamu Nkurunziza yajyanywe i Nairobi tariki 28 z’ukwezi gushize kwa gatanu ashyirwa mu bitaro, nta makuru yatangajwe ku ndwara yari arwaye.

    Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye ubutumwa bw’amajwi bivugwa ari ubwo yoherereje abasengana na we i Burundi, abamenyesha ko “amaze gutora mitende kubera ko bamusengeye”.

    Muri ubwo butumwa ntavuga aho yari ari cyangwa indwara yari arwaye.

    Umunyamakuru ukorera mu Burundi yabwiye BBC ko yavuganye n’abegereye Madamu Nkurunziza bakamubwira ko yaraye ageze mu gihugu mu ijoro ryacyeye.

    Ntiharamenyekana amakuru arambuye ajyanye no gusezera no gushyingura umukuru w’igihugu cy’u Burundi watabarutse.

    Guverinoma y’u Burundi yatangaje icyunamo cy’iminsi irindwi uhereye ejo kuwa kabiri ubwo hatangajwe urupfu rwe.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     36 total views,  36 views today

    The post Denise Bucumi Nkurunziza,Madam wa Perezida Pierre Nkurunziza yavuye mubitaro Asubira i Burundi:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/10/denise-bucumi-nkurunzizamadam-wa-perezida-pierre-nkurunziza-yavuye-mubitaro-asubira-i-burundiinkuru/

  • AKA NAKUMIRO!! DORE UBURYO AMERICA YASHIZEHO BWO GUKORA IMIBONANO KWIRINDA COVID19:SOMA INKURU>>

    Ishami rishinzwe ubuzima mu Mujyi wa New York, ryasohoye amabwiriza mashya yo kwirinda Coronavirus, rishishikariza abantu guhanga udushya dutuma bakora imibonano mpuzabitsina mu buryo butekanye muri iki gihe.

    Iri shami rivuga ko imibonano mpuzabitsina ari igice cy’ubuzima bwa muntu kandi buri gihe kuyikora biba bigomba kwemerwa. Iyi akaba ari yo mpamvu yasohoye amabwiriza afasha abantu kuyikora ariko bidateye ibyago byo kwandura Coronavirus.

    Rivuga ko aya mabwiriza yashingiye ku kuba bitaramenyekana niba Coronavirus ishobora gukwirakwira binyuze mu mibonano mpuzabitsina ikorewe mu gitsina cyangwa mu kibuno.

    Ibwiriza rya mbere rikangurira abantu kwikinisha kuko uburyo bwiza bwo kubonera ibyishimo mu mibonano mpuzabitsina buri ku muntu ubwe.

    Riti “Kwikinisha ntabwo bikwirakwiza Coronavirus, by’umwihariko iyo wakarabye intoki cyangwa igikoresho cyo kwikinisha ukoresheje isabune n’amazi nibura iminota 20 mbere na nyuma”.

    Iri shami kandi rishishikariza abantu gukorana imibonano mpuzabitsina n’abo begeranye. Hari ukwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina n’uwo hanze y’urugo byanabaho ugahitamo umwe wizera mukabanza kuganira ku byago byo kwandura Coronavirus nk’uko bikorwa haganirwa ku gakingirizo.

    Abantu kandi banabujijwe gusomana kuko bishobora gukwirakwiza Coronavirus vuba.

    Bitewe n’uko Coronavirus yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero, iri shami ryagiriye abantu inama yo gukora imibonano mpuzabitsina bambaye ibintu bibakingira mu isura cyangwa agapfukamunwa.

    Ibi ngo bizatuma badahumekeranaho ku buryo niyo umwe yaba yaranduye adashobora kwanduza undi. Hari kandi gukoresha agakingirizo, gukaraba mbere na nyuma ndetse no kwirinda imibonano mpuzabitsina mu gihe umwe atameze neza.

    Iri shami ryagiriye abantu inama yo kuguma mu rugo cyane uko bishoboka kandi bakagabanya guhura n’abandi mu kugabanya ibyago byo gukwirakwira kwa Coronavirus.

    Ku bantu bashaka gukorera imibonano mpuzabitsina mu buryo bw’iyakure [ikoranabuhanga], bagirwa inama yo gukoresha uburyo bwa Zoom cyangwa ubundi bwifashishwa mu guteretana ku ikoranabuhanga ry’amashusho.

    Ku bashaka gusohoka bakajya gukora imibonano mpuzabitsina, basabwe kubanza kureba ibimenyetso ndetse no gupimwa Coronavirus buri kwezi cyangwa mu minsi hagati y’itanu n’irindwi nyuma yo kuva kuyikora.

    Muri Washington D.C naho abantu bigeze kugirwa inama yo gukora imibonano mpuzabitsina igihe bumva bameze neza, bakarabye cyangwa basukuye ibibafasha kwishimisha.

    Kuba Coronavirus yakwandura binyuze mu mibonano mpuzabitsina nta nyigo irabikorwaho. Abahanga bagaragaje gusa ko ishobora kwandurira mu mwanda umuntu yitumye ndetse no mu masohoro y’umugabo niyo yaba yatangiye gukira Coronavirus.

    Ibi bisobanuye ko bishoboka ko Coronavirus yakwandurira mu mibonano mpuzabitsina ariko ntabwo biramenyekana neza ndetse bamwe mu bahanga bavuga ko hari amahirwe menshi ko bitashoboka.

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     18 total views,  18 views today

    The post AKA NAKUMIRO!! DORE UBURYO AMERICA YASHIZEHO BWO GUKORA IMIBONANO KWIRINDA COVID19:SOMA INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/10/aka-nakumiro-dore-uburyo-america-yashizeho-bwo-gukora-imibonano-kwirinda-covid19soma-inkuru/

  • Umugore wa Perezida Nkurunziza yavuye mu bitaro asubira mu Burundi

    Umwe mu bakozi b’ibitaro yari arwariyemo yemereye BBC ko Madamu Nkurunziza yabivuyemo ejo kuwa kabiri nimugoroba, akava mu gihugu atwawe n’indege ya kompanyi yigenga yamuzanye.

    Uyu ntiyashimye gutangaza ibigendanye n’ubuzima bwe. Madamu Nkurunziza yajyanywe i Nairobi tariki 28 z’ukwezi gushize kwa gatanu ashyirwa mu bitaro, nta makuru yatangajwe ku ndwara yari arwaye.

    Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye ubutumwa bw’amajwi bivugwa ari ubwo yoherereje abasengana na we i Burundi, abamenyesha ko “amaze gutora mitende kubera ko bamusengeye”.

    Muri ubwo butumwa ntavuga aho yari ari cyangwa indwara yari arwaye.

    Umunyamakuru ukorera mu Burundi yabwiye BBC ko yavuganye n’abegereye Madamu Nkurunziza bakamubwira ko yaraye ageze mu gihugu mu ijoro ryacyeye.

    Ntiharamenyekana amakuru arambuye ajyanye no gusezera no gushyingura umukuru w’igihugu cy’u Burundi watabarutse.

    Guverinoma y’u Burundi yatangaje icyunamo cy’iminsi irindwi uhereye ejo kuwa kabiri ubwo hatangajwe urupfu rwe.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Umugore-wa-Perezida-Nkurunziza-yavuye-mu-bitaro-asubira-mu-Burundi

  • Jacques Marius waretse ubupadiri kubera umuziki yahinduye izina anashyira hanze indirimbo nshya

    Ubundi Marius Bison (Jacques Marius Kamana) ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo n’umucuranzi w’ibikoresho bitandukanye bya muzika birimo Gitari n’inanga [Piano] akaba ndetse umwarimu n’umuyobozi w’indirimbo mu makorari yo mu Kiriziya Gatolika.

    Yatangiye umuziki igihe yigaga mu mashuri yisumbuye aho yize mu iseminari nto ariho benshi mu bitegura kuba abapadiri bahera maze urukundo rwe rwa muzika rukavuka ubwo.

    Arangije mu iseminari ntoya yakomeje mu iseminari nkuru aho yifuzaga kuzaba Padiri ariko bitewe n’urukundo rwa muzika ndetse n’inshingano abapadiri baba bafite asanga atazashobora kubibangikanya byombi maze ahitamo kwiyegurira muzika ibyo kuba Padiri aba abiteye umugongo atyo.

    Reba hano amashusho y’indirimbo nshya na Marius Bison

    Amazina yiswe n’ababyeyi ni Kamana Jacques Marius none ubu akaba yahisemo gufata izina ry’ubuhanzi rya Marius Bison.

    Tuganira nawe yatubwiye ko yahisemo guhitamo ayo mazina kugirango byorohere abakunzi be kuvuga izina rye bitabagoye.

    Yavuze ko “Nahisemo ayo mazina kugirango norohereze abakunzi banjye uburyo bwo kuvuga amazina yanjye cyane ko Marius riri mu mazina niswe n’ababyeyi naho Bison bisobanuye (Imbogo) rikaba ari izina rya Gisukuti(Totem).”

    Yakomeje avuga ko “Niswe cyera kandi nkaba ndikunda cyane; iyo rero ni yo mpamvu nyamukuru nahisemo kwitwa “Marius Bison” nk’izina ry’ubuhanzi.”

    Marius Bison avuga ko aje muri muzika aje kandi ashaka kugaragariza Abanyarwanda icyo ashoboye mu muziki ari nayo mpamvu abasaba kumutera inkunga no kumushyigikira.

    Marius Bison azwi mu ndirimbo zigiye zitandukanye zirimo Kuba umugabo, Mbahaye itegeko, Turwanye Corona, Umuhamya, Mu nzu yawe, Iyo nusanze , Amahoro yuzuye n’izindi.

    Kuri ubu rero yakoze indirimbo yitwa “Mbaye uwawe”mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Producer David naho m’uburyo bw’amashusho itunganywa na Papa Emile.

    Mbaye uwawe n’indirimbo ifite ubutumwa bw’ingenzi bugira buti “N’ubwo Imana yanga icyaha ikunda umunyabyaha wemera guhinduka, ivuga kandi muri make kugarukira Imana tukava mu bibi.”

    Reba hano amashusho y’indirimbo nshya na Marius Bison

    source http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Jacques-Marius-waretse-ubupadiri-kubera-umuziki-yahinduye-izina-anashyira-hanze-indirimbo-nshya

  • Malawi: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yateshejwe agaciro, hatangajwe igihe azasubirirwamo

    Nyuma y’aho urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko Nshinga mu Gihugu cya Malawi rutesheje agaciro amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba, kuri uyu wa 09 Kamena 2020, inteko ishinga amategeko yemeje ko andi matora azaba kuwa 23 Kamena 2020.

    Amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Malawi yabaye umwaka ushize wa 2019 byemejwe ko yabayemo ubujura bukabije ndetse urukiko rurinda iremezo ry’Itegeko Nshinga rutesha agaciro ibyayavuyemo. Inteko ishinga Amategeko y’iki Gihugu yemeje kuri uyu wa kabiri ko ikiciro cya kabiri cyayo kizaba kuwa 23 Kamena 2020.

    Ayo matora aheruka, ibyari byayavuyemo byahaga Perezida Peter Mutharika wari usanzwe ayobora iki Gihugu kongera kukiyobora kuri manda ye ya kabiri n’amajwi 38.5%.

    Nyuma yo kwemeza ko hagiye kubaho ikiciro cya kabiri cy’aya matora, Komisiyo Nshyashya ishinzwe kuyategura yarahiye kuri uyu wa kabiri kugira ngo itegure ayandi matora, ni nyuma y’aho kandi Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga rutegekeye ko haba iperereza ku myitwarire ya Komisiyo yari ishinzwe amatora ya mbere.

    Abamagana manda ya kabiri ya Perezida Peter Mutharika.

    Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, ritangaza ko bibaye ubwa mbere ubutabera bwanga ibyavuye mu matora muri iki Gihugu cya Malawi kuva cyabona ubwigenge mu mwaka w’1964.

    intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/malawi-amatora-yumukuru-wigihugu-yateshejwe-agaciro-hatangajwe-igihe-azasubirirwamo/

  • Igisupusupu yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Isubireho’ yahurije hamwe abasitari bakomeye mu gihugu(VIDEO)

    Nsengiyumva Francois wamamaye nk’Igisupusupu yasohoye amashusho y’indirimbo Isibureho, ni amashusho yagaragayemo abasitari bazwi mu gihugu biganjemo abakinnyi ba filime.

    Indirimbo Isubireho, ni indirimbo Igisupusupu aba avuga umukobwa wananiye iwabo yirirwa akora ibibi, ari indaya akaba amusaba kwisubiraho.

    Iyi ndirimbo ikinwa mu nkuru y’umukobwa witwa Mukamana uba waramaramaje mu gushaka amafaranga mu bagabo, yakozwe na Jay P mu gihe amashusho yakozwe na Fayzo.

    Mu mashusho yayo yifashishije abakinnyi ba filime nyarwanda nka; Mama Nick wo muri City Maid, Ndimbati wo muri Papa Sava ariko akaba na we asanzwe akina muri City Maid yitwa Deo.

    Yifashishijemo kandi umusobanuzi wa filime umunyerewe cyane mu Rwanda ndetse unakunzwe na benshi, Junior Giti.

    Hagaragaramo kandi Itorero Intayoberana rimenyerewe mu mbyino Gakondo.

    Nsengiyumva Francois Igisupusupu, na we akaba yaratunguye benshi muri iyi ndirimbo kuko agaragara mu isura abantu batamumenyereyemo, nk’imyambaro, imitako aba yambaye n’ibindi.

    Nsengiyumva yasohoye amashusho y’indirimbo Isubireho

    Reba ano indirimbo Isubireho ya Nsengiyumva Francois

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/igisupusupu-yasohoye-amashusho-y-indirimbo-isubireho-yahurije-hamwe-abasitari-bakomeye-mu-gihugu-video

  • Intego ya APR FC mu mwaka w’imikino utaha

    Nyuma y’uko APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino wa 2019-2020 idatsinzwe umukino n’umwe, kuri ubu intego ni ukugera mu matsinda y’imikino nyafurika ya CAF Champions League.

    Tariki ya 13 Werurwe 2020 ni bwo shampiyona yasubitswe igeze ku munsi wa 23 kubera icyorezo cya COVID-19, hari hamaze gukinwa imikino 23 muri 30, iki cyorezo cyaje gutuma shampiyona umwaka w’imikino isorezwa aho yari igeze maze tariki ya 22 Gicurasi 2020, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ritangaza ko APR FC yari iya mbere ku rutonde ari yo yegukanye igikombe cya shampiyona 2019-2020.

    Iyi kipe yari iyoboye urutonde itaratsindwa umukino n’umwe, kegukana igikombe bivuze ko ari yo izahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Champions League.

    Umuvugizi w’iyi kipe, Kazungu Claver yabwiye Radio10 ko intego ya APR FC nta y’indi ari ukugera mu matsinda ya CAF Champions League.

    Yagize ati“ubu intego nta y’indi ni ukugera mu matsinda ya Champions League, ni yo ntego ikurikiyeho kandi birashoboka. Mu bushobozi bwa APR FC turitegura nk’abantu bazakina Champions League kandi tukagera kure, ntabwo tuzipasa muremure.”

    Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, iherutse gusohora itangazo rivuga ko amakipe azakina imikino nyafurika agomba kuba yatanze urutonde rw’abakinnyi azifashisha bitarenze Nzeri 2020.

    Nyuma yo kwegukana igikombe badatsinzwe, intego ni ukugera mu matsinda ya CAF Champions League

    source http://isimbi.rw/siporo/article/intego-ya-apr-fc-mu-mwaka-w-imikino-utaha

  • Emery Bayisenge ufite indoto zo gukina i Burayi, afitiye icyezere abakinnyi bakuriye hanze y’u Rwanda

    Myugariro w’umunyarwanda ukinira SAIF SC muri Bangladesh, Emery Bayisenge avuga ko ikipe y’igihugu ihari niramuka yivanze na bamwe mu bakinnyi b’abanyarwanda bakuriye hanze ya rwo mu minsi iri imbere izaba ari ikipe ikomeye ku ruhando mpuzamahanga.

    Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’urubuga rw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi ‘FIFA’, kibanze ku buzima bwe mu ikipe y’igihugu nk’umwe mu bakinnye igikombe cy’Isi cya 2011 cy’abatarengeje imyaka 17 ndetse n’aho abona Amavubi mu myaka iri imbere.

    Uyu musore yatangaje ko ubwo bari mu gikonbe cy’Isi bisanze mu itsinda rikomeye, gusa ngo ahora yibuka uburyo yahuye n’abakinnyi bafite impano nka Raheem Sterling.

    Yagize ati“twari twariteguye cyane irushanwa ariko kuzamuka wahuye n’Ubwongereza, Uruguay na Canada ntibyari byoroshye, nahuye n’abakinnyi bafite impano nka Raheem Sterling, ni ikintu ntekerezaho. Ni gute nakwibagirwa ubwiza bwa stade zo muri Mexico.” Yakinnye igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 muri 2011

    Akomeza avuga ko intego ze ari ugukina ku mugabane w’u Burayi kuko ari ndoto ze kuva akiri umwana.

    “Muri Bangladesh abantu benshi bakunda umupira, ibibuga biba byuzuye n’ubwo baba badasakuza nko muri Morocco, ndishimye uyu munsi n’ubwo inzozi zanjye ari ugukina i Burayi.” Emery Bayisenge

    Uyu myugariro kandi yavuze ko iyo arebye ikipe y’igihugu Amavubi abakinnyi ifite kuri ubu, nihiyongeramo abakuriye hanze y’u Rwanda izaba ari ikipe nziza cyane.

    Yaize ati“ dufite umujyo nyawo kandi umusaruro w’imikino iheruka biranyereka ko iminsi myiza iri imbere. Niba dushobora gushyira imbaraga ku ikipe iriho hamwe n’abasore b’abanyarwanda bakiri bato bakurira mu mahanga n’ubwo basanzwe bemerewe gukinira ibindi bihugu, ndabona ejo hazaza heza h’ikipe.”

    Emery Bayisenge ni umwe mu bakinnyi bakinnye igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyabereye muri Mexico muri 2011, yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, KAC Kenitra na JS Massira muri Morocco ubu akaba ari muri Bangladesh muri SAIF SC. Ahamya ko ejo h’Amavubi ari heza Umwaka ushize ni bwo yerekeje muri SAIF SC
    http://dlvr.it/RYM3fK

  • ABITWA ABAMI BA INSTAGRAM MU RWANDA DORE NGABA KATE BASHABE BAMUKUYE KUROTONDE:AMAFOTO>>

    ABAKOBWA BA BANYARWANDA BAMAZE KWAMAMARA KURI SOCIAL MEDIA UBU HARABONEKAMO AMASURA MASHYA MENSHI ABARI BAZWI BENSHI NKA KATE BASHABE NTA KIBONEKAMO BAGENDA BABURA HAKAZA ABANDI BURI KWEZI.

    ABA RERO UYU MUNSI NIBO BATITIZA INSTARGRM ZABO MUBURYO BIMENYEKANISHA BASHIRA HANZE AMAFOTO YABO CYANE MU GICE CYA 2 TUZABEREKA ABANDI NABO BATITIZA INSTAGRMA NA BASAZA BAKABASHAKISHA NGO BABAMENYE BITEWE NUBURANGA BWABO BIBITSEHO.

    REBA AMAFOTO YABO HANO N’UBWIZA BIBITSEHO NUBURANGA BAFITE>>>

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     224 total views,  224 views today

    The post ABITWA ABAMI BA INSTAGRAM MU RWANDA DORE NGABA KATE BASHABE BAMUKUYE KUROTONDE:AMAFOTO>> appeared first on Rwanda Paparazzi.
    http://dlvr.it/RYM3gc

  • Yamakuru acukumbuye turayazanye umugabo Gitifu yasambanyirizaga Umugore Dore ibyo yavuze bikomeye:INKURU

    Umugabo ufite umugore ukora mu biro by’umurenge wa Nyamirambo yavuze ko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge yamusambanyirizaga umukozi, avuga ko iki kibazo yakigejeje ku nzego bireba ndetse ko afite ibimenyetso by’ibyo avuga.

    Uyu mugabo avuga ko ikibazo yakigejeje ku buyobozi bw’akarere ka Nyarugenge ndetse agaha n’ibimenyetso. Mutuyimana Gabriel wari Umunyababanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamirambo yamaze gusezera kuri uyu mwanya avuga ko asezeye ku mpamvu ze bwite.

    Ku mbuga nkoranyambaga muri iyi minsi hari gukwirakwira ijwi bivugwa ko ari irya Mutuyimana ari gutereta umugore w’uyu mugabo, amwiginga ngo amuhe umwanya basambane ni uko atabivuga mu buryo bweruye.

    Uwasambanyirizwaga umugore ikifuzo cye ni uko Mutuyimana Gabriel yakurikiranwa n’amategeko kuko gusezera ku kazi bidahagije kuko ashobora kuba yaragasezeye kubera isoni, ati “Isoni si igihano”.

    Uyu mugabo avuga ko akomeje kubana n’umugore we kuko ngo ntabwo yakwanga umugore we kuko ngo ibigaragara umugore yashutswe n’umuyobozi we.

    Akomeza avuga ko kuri ubu agendana ubwoba akeka ko Mutuyimana Gabriel ashobora kumugirira nabi.

    Uyu mugabo avuga ko umugore akira kumenya ko ikibazo cyamenyekanye yahunze urugo ariko Umuyoboz Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge afasha uyu muryango, bituma uyu mugabo ababarira uyu mugore, aramuhamagara amusaba kugaruka mu rugo.

    Ati “Kubera izo nama nagiriwe, ninjye wamuhamagaye nti ngwino unsabe imbabazi nguhe imbabazi, aratinyuka”.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     146 total views,  146 views today

    The post Yamakuru acukumbuye turayazanye umugabo Gitifu yasambanyirizaga Umugore Dore ibyo yavuze bikomeye:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.
    http://dlvr.it/RYM3h1