Author: webrwanda

  • Iraswa ry’umuturage wa Ngoma warenze ku bwabwiriza yo kwirinda Covid-19 ryakuruye impaka #rwanda #RwOT

    Mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo Umunyamabanga w’Umurenge wa Zaza, Singirankabo Jean Claude yari yatangaje ko umusore witwa Nsengiyumva Evariste yari asanzwe yarananiranye, akaba ngo yararashwe n’umupolisi wamusanze mu kabari yanarengeje amasaha yagenwe, ngo akaba yarashatse kumurwanya.

    Polisi y’u Rwanda ariko yaje gutangaza mu masaha y’umugoroba ko irimo gukurikirana Umupolisi ukekwaho kurasa nyakwigendera. Polisi kuri twitter iti : “Polisi irimo gukurikirana Umupolisi ukekwaho kurasa Nsengiyumva Evariste, umuturage wo mu Murenge wa Zaza, mu Karere ka Ngoma. Ibi byabaye mu ijoro ryakeye saa mbiri n’igice ; ubwo Abapolisi bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya #COVID- 19, Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane uko byagenze”.

    Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bakomeje gusaba Polisi ko yatangaza amazina y’uwo mupolisi nk’uko itangaza ay’abandi bakekwaho ibyaha, kandi akazagezwa imbere y’ubutabera akabihanirwa n’amategeko. Hari abakomeje kuvuga kandi ko umupolisi ufite imyitozo atari akwiye kurasa umuturage udafite intwaro kuko aba ashobora no kwirwanaho bitabaye ngombwa ko amurasa.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Iraswa-ry-umuturage-wa-Ngoma-warenze-ku-bwabwiriza-yo-kwirinda-Covid-19-ryakuruye-impaka

  • Do You Know The 3km Rule In cycling? #rwanda #RwOT

    In the case of a duly noted fall, puncture or mechanical incident in the last three kilometres of a road race stage, the rider or riders involved shall be credited with the time of the rider or riders in whose company they were riding at the moment of the accident.

    His or their placing shall be determined by the order in which he or they actually cross the finishing line.

    In simplified terms, under this UCI rule 2.6.026., If a rider suffers a mechanical or crashes within the final 3,000 metres of the stage, then they will be awarded the same time as the rider, or riders, they were with at the time of the incident.

    The rule exists for safety reasons. If riders know they could lose time in the closing moments of a race because someone brings them down, they might fight to stay up front, causing more pressure and thus increasing the chance of a crash.

    Instead with the rule a ride can role past the 3km sign and know that so long as they keep on the wheel in front then they’re safe from being penalised for an accident. But if the sit up and let a gap appear, then of course they lose time. It is an artificial construct but I tend to think it works and 3km to go is probably about the right place.
    http://dlvr.it/Rfkj8P

  • Caleb Ewan (Lotto-Soudal) Bounces Wining Stage 3 #rwanda #RwOT

    After a crash on stage 1 and the last place in stage 2, Caleb Ewan (Lotto-Soudal) bounced back to win stage 3 in a highly contested bunch gallop in Sisteron, beating Irish champion Sam Bennett of Deceuninck-Quick Step and European champion Giacomo Nizzolo of NTT Pro Cycling. Julian Alaphilippe retained the yellow jersey.

    Caleb Ewan an Australian who started today with just five team-mates did an incredible sprint there to weave his way through a very busy bunch and beat Sam Bennett (Deceuninck-Quick Step) to the stage honours.

    Meanwhile, Giacomo Nizzolo (NTT) the Italian and European road race champion peddled to the finish line in 3rd position today.

    15km away from the finish line, Deceuninck-Quick Step(Sam Bennett), NTT (Giacomo Nizzolo), Bahrain-McLaren (Sonny Colbrelli) were all near the front, as were Cofidis (Elia Viviani). Can’t see Lotto-Soudal (Caleb Ewan) just yet, but sure they were hiding in the wheels.
    http://dlvr.it/Rfkj8n

  • Kamonyi: Maze amezi menshi nsiragira kuri RIB, ni mumfashe-Umuturage abwira Meya #rwanda #RwOT

    Mukamugenza Marceline, atuye mu Mudugudu wa Muhambara, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi. Avuga ko tariki 29 Werurwe 2020 yatanze ikirego kuri RIB arega umugabo we, ariko kugeza kuri uyu wa 31 Kanama 2020 ngo ahora asiragira, amezi akavuga ko abaye menshi atazi iherezo ry’ikirego yatanze, mu gihe yaba we n’abana ngo bariho batariho.

    Mu nama Tuyizere Thaddee, umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi yagiranye na bamwe mu baturage b’Akagari ka Kabagesera kuri uyu mugoroba wa tariki 31 Kanama 2020, yari igamije kubakangurira kureka gukora ibinyuranye n’amabwiriza yo kwirinnda Covid-19, niho uyu mubyeyi yaboneye akanya maze avuga ko ari amahirwe kuba abonye uyu muyobozi, amusaba kumufasha mu kibazo cye ngo kuko amaze igihe asiragira kuri RIB ariko ntarenganurwe.

    Uyu mubyeyi wari waje ahetse umwana muto, avuga ko umugabo we basezeranye yamutaye agasanga indaya( uko yabyivugiye), akaba nta bitunga abana, atabishyurira Mituweli n’ibindi. Gusa ikirenze ibi, uyu mugabo ngo ahora amuhiga ngo amwice cyangwa se amugirire nabi nkuko yagaragaje ko mu kwezi kwa Nyakanga tariki 28 uyu mwaka yamuteye amamuhohotera ndetse akamutema ku kuboko.

    Ku nama n’impanuro kuri Covid-19, abaturage bibukijwe ko icyababera cyiza ari ugukora ibyo basabwa kuruta kwishora mu byabakururira akaga.

    Mukamugenza, avuga ko ubuyobozi kuva kwa Mudugudu bazi neza aho uyu mugabo aba, na RIB yahaye ikirego avuga ko yayihaye amakuru yose yari nkenerwa, ko ndetse ari umucuruzi w’inzoga no muri ibi bihe bya Covid-19. Uyu mubyeyi, muri iyi nama yanahavugiye bimwe mu bikorwa bibi avuga ko uyu mugabo we akora, aho ngo anafite gihamya yabyo.

    Avuga ko hari n’igihe bigeze kumubwira ko bamufashe(umugabo), agenda agiye kureba ko bamushyikiriye, ariko ngo aza gutungurwa n’uko icyo gihe yasanze yatorokeshejwe na bamwe mu bari bamufashe.

    Mu gutakambira umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, yamusabye ko iki kibazo cye yamufasha kugikurikirana, akamenya impamvu adafashwa kurenganurwa, ariko by’umwihariko agasaba ko uburenganzira ku bana burimo nko kuvuzwa no kubaho( kurya) bwitabwaho n’uyu avuga ko basezeranye bakanabyarana.

    Meya Tuyizere, ateze amatwi ikibazo cy’uyu muturage.

    Mu magambo make, Tuyizere Thaddee, yabwiye uyu mubyeyi ko agiye gufasha kumenya iby’iki kibazo ndetse asaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda, Mwizerwa Rafiki ku mufasha kwihutisha ikurikiranwa ry’iki kibazo kuko n’umugabo uregwa byagaragjwe ko aho aba n’aho akorera hazwi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/kamonyi-maze-amezi-menshi-nsiragira-kuri-rib-ni-mumfashe-umuturage-abwira-meya/

  • Sudani yasinyanye amasezerano y’amahoro n’imitwe itanu iyirwanya #rwanda #RwOT

    Guverinoma ya Sudani yasinyanye amasezerano y’amahoro n’imitwe itanu irwanya ubutegetsi uyu munsi kuwa mbere tariki 31 Kanama 2020. Ni intambwe ikomeye mu ntego z’ubuyobozi bw’inzibacyuho, zigamije gukemura ubushyamirane bw’abasivili bwabaye karande.

    Imitwe itanu yasinye amasezerano y’amahoro na guverinema, irimo: The Justice and Equality Movement mu magambo ahinnye (JEM) na Sudan Liberation Army cyangwa (SLA) mu magambo ahinnye, ya Minni Minawi.

    Iyi mitwe yombi nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, ni iyo mu ntara ya Darfur mu burengerazuba bw’igihugu. Hamwe the Sudan People’s Liberation Movement-North mu magambo ahinnye (SPLM-N) iyobowe na Malik Agar. Uyu mutwe wo ibikorwa byawo biri mu ntara ya South Kordofan n’iya Blue Nile.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/sudani-yasinyanye-amasezerano-yamahoro-nimitwe-itanu-iyirwanya/

  • Police shoots man trying to fight officers on duty #rwanda #RwOT

    The incident took place on the night of August 30, 2020, at around 8:30 pm in Zaza Sector in Nyagasozi Cell.

    According to reports, the young man and many others were found in a residence house which they had turned into a bar, and as they were being arrested, the deceased tried to hit officers with a beer bottles.

    “He was a young man along with others and as they were being led out of the house they were drinking from, he tried to hit police officer with beer bottles on the head. The incident happened at around 8.30 pm,” Zaza Sector Executive Secretary Singirankabo Jean Claude told IGIHE.

    Singirankabo added that the young man had become a community nuisance that was usually involved theft, beating residents among others vices. He urged all Rwandans to abide by COVID-19 prevention-guidelines set by the government.

    The body of the deceased was taken to Kibungo Hospital before his funeral.

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/police-shoots-man-trying-to-fight-officers-on-duty

  • COVID-19: Govt changes working hours #rwanda #RwOT

    The decision was taken during a cabinet meeting on August 26, 2020 to ensure that the activities of the Public Sector will continue while respecting prevention measures of the COVID-19 pandemic, but that each level of government is required to employ no more than 30% of all employees, leaving others to work from home and later take turns going to the office.

    The Minister of Public Service and Labor, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, addressed a letter to all Ministers, Secretaries of State, Director General of the Rwanda Development Board (RDB) and the Ministry of Mines, Petroleum and Gas, on of August 29, 2020, indicating that something needed to be changed.

    The decision was taken on the basis of an audit conducted at all levels of government from July 30 to August 4, 2020 to ensure compliance with the COVID-19 epidemic prevention guidelines, which indicate that “Only 38 out of 121 audited agencies complied with the required number at the time.”

    MIFOTRA called on all government agencies to “publish a list of staff assigned to work in the office and home based workers and when the Department rules that take they will be taking turns, this will help the authorities to ensure that no more than 30% of the workforce in the office as mentioned”

    “Suspension of the use of the fingerprint machine or the signature of the staff and any other means of controlling the spread of the pandemic, to control the productivity of employees, both office workers and home based workers” said Minister Rwanyindo.

    She also urged them to continue to sensitize staff and government agencies to make better use of ICT in providing the services they need.

    Kayirangwa urges them to “make it easier for Public Transport Workers to get to and from work, to return home at 03:00 PM so that they can reach their homes before 7:00 PM.”

    Normally, government staff worked from 7 a.m. to 5 p.m. MIFOTRA also called on the Ministry in particular to monitor the implementation of the COVID-19 epidemic prevention measures.

    Rwanyindo called on the Ministries to play a role in preventing COVID-19.

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/covid-19-govt-changes-working-hours

  • French Cyclist Wins 2nd Stage Of Tour de France #rwanda #RwOT

    Julian Alaphilippe a French national peddled 186km to the finish line ahead of other cyclists winning the second stage of the Tour de France. He took the overall leader’s yellow jersey on Sunday.

    The tough race which begun in a low key saw Norwegian national scoop the first stage on Saturday and simultaneously walking to the podium and taking the yellow jersey but has not been able to defend it through the second stage on Sunday.

    In the Second stage of the tour which is strictly under the observance of anti Covid-19 measures saw Swiss Marc Hirschi taking the second place with Briton Adam Yates coming home third on Sunday.

    Almost 176 cyclists are taking part in this prestigious cycling race that is closely followed by cycling enthusiasts from over 190 countries.

    In Sunday’s Stage 2, riders thankfully raced under bright, clear skies, but the crashes continued in a stage with the fourth-most climbing (4,000 meters) of the entire 2020 Tour.

    Two examples: Jumbo-Visma’s Tom Dumoulin got chopped by an Ineos Grenadiers rider on a climb, and EF Pro Cycling’s dark horse Dani Martinez slid out on a tight corner on the penultimate descent.

    Dumoulin remounted quickly and lost no time.

    Martinez, after a furious chase to re-catch the peloton, was then dropped on the final climb and finished 3:38 down.

    It’s a bruised and banged-up peloton that will leave Nice, France, on Monday morning, but they won’t get much respite.

    In this weird, wild Tour de France, the predictable (Julian Alaphilippe’s Stage 2 win) only underscores that so much is unpredictable (Lotto-Soudal, down to just six riders, is dead-last in the teams competition).

    source https://taarifa.rw/french-cyclist-wins-2nd-stage-of-tour-de-france/

  • Rwandan Rebel Leader Col. Mpiranya Shot Dead In DRC #rwanda #RwOT

    RUD-Urunana an armed terror outfit of Rwandans based in DRC has suffered a huge blow after its leader Col Mpiranya Leo Cyprien was shot dead in an operation conducted by the Congolese Military.

    Reports indicate that members of RUD-Urunana were attacked at their base in Makoka, in the territory of Rutshuru in Eastern part of the vast mineral rich country.

    Insiders also claim that Col Mpiranya known by his bush name as Kagoma, has recently been in deep disagreement with Col Rugema one of the group leaders.

    According to Civil society groups working in this part of Congo, Mpiranya was killed on Friday at midnight in a deadly attack at Binza village.

    Col Mpiranya has a family currently living at Mubende district in neighbouring Uganda where RUD-Urunana enjoys massive support and its Ugandan activities coordinated by Sulah Nuwamanya.

    According to sources RUD-Urunana was created by Uganda’s intelligence with the specific mission of destablizing Rwanda under the coordination of Philemon Mateke.

    Last year on the night of October 4, RUD-Urunana carried out an attack in Kinigi, Musanze district, in the northern province, which claimed 14 lives and injured 18 people.

    Rwandan security forces repulsed the killers, killing nineteen and apprehending five. Three of the commanders who managed to escape withdrew to Uganda.

    source https://taarifa.rw/rwandan-rebel-leader-col-mpiranya-shot-dead-in-drc/

  • Ubuhamya bwa Dr Nyiramirimo uziranye neza na Paul Rusesabagina #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB rwatangaje ko rumukurikiranyeho ibyaha birimo kurema no kuyobora imitwe y’iterabwoba, iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakorewe abaturage b’inzirakarengane b’Abanyarwanda.

    Ni ibyaha bivugwa ko Rusesabagina akekwa ko yabikoreye muduce dutandukanye tw’u Rwanda turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru muri Kamena 2018 no muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Kuboza 2018.

    RIB itangaza ko hari hashize igihe Rusesabagina ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera kugirango abazwe ibi byaha, ndetse kuri ubu acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Remera mu gihe hagikorwa iperereza kubyo akurikiranyweho hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko y’ikurikirana byaha.

    Rusesabagina yavukiye i Murama ya Gitarama ku wa 15 Kamena 1954, ariko nyuma yagiye gutura i Bruxelles mu Bubiligi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari atuye I Nyamirambo.

    Uyu mugabo yatangiye kumenyekana cyane ubwo yamurikaga filimi Hotel Rwanda yamukinweho nk’uwarokoye abantu 1268 muri Hôtel des Mille Collines.

    Ni filime yatumye benshi bamuha ibihembo ndetse aza no guhabwa icyitwa ‘Presidential Medal Award of Freedom’, yahawe na Perezida George W. Bush wa Amerika mu Ugushyingo 2005.

    Dr Odette Nyiramirimo wahoze ahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EALA, avuga ko mbere umuryango we n’uwa Rusesabagina bari inshuti cyane.

    Nyiramirimo avuga ko aziranye neza n’umuryango wa Rusesabanina cyane ko yakoranye n’umugore wa Rusesabagina, Thacienne Mukangamije muri CHUK, mbere y’uko we n’umugabo we Dr Gasasira Jean Baptiste bashinga ivuriro ‘Le Bon Samaritain’.

    Muri Gashyantare umwaka ushize wa 2019, Dr Nyiramirimo yaganiriye na IGIHE avuva ko ubwo indege ya Perezida Habyarima yahanurwaga mu ijoro ryo ku wa 6 Mata 1994 ndetse Abatutsi bagatangira kwicwa, Rusesabagina ngo yahamagaye kwa Dr Gasasira abura uwitaba, bose bahavuye.

    Uretse Abanyarwanda bari mu gihugu, abanyamahanga na bo bari bahiye ubwoba ku buryo ku wa 10- 16 Mata Ingabo z’Ababiligi zakoze ‘Opération Silver Back’, ku rundi ruhande Abafaransa bakora ‘Opération Amaryllis’ (ku wa 8-14 Mata) mu gucyura bene wabo bari mu Rwanda rwari rwamaze gucura umwijima.

    Paul Rusesabagina wari umaze hafi igiye yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, kuri ubu ari i Kigali ategereje kugezwa imbere y’ubutabera.

    Guverinoma yariho ngo yaje kubwira Rusesabagina ko ikeneye Hotel des Diplomates kuko hari abagombaga kuyikoreramo kandi bakayiraramo, bityo abantu basanzwe bategekwa kuhava.

    Nyiramirimo ati “Nkurikije uko yatubwiye (Rusesabagina), ni uko yagiye muri Milles Collines, ahita afata ubuyobozi bwaho.” Hotel des Diplomates na Hôtel des Mille Collines zari iz’ikigo cy’indege cya Sabena cy’Ababiligi.”

    Kimwe n’abandi bantu batandukanye, Nyiramirimo yahungiye muri Hôtel des Mille Collines ku wa 27 Mata 1994, umugabo we n’abana bahagera ku munsi ukurikiyeho bafashijwe na Nzaramba François wari Lieutenant mu ngabo z’icyo gihe, ubu ni umuganga mu bitaro bya gisirikare.

    Muri iyo hoteli hari hahungiye abantu benshi, si Rusesabagina bose wabazanye ngo abahe ubuhungiro kuko ‘nawe ntiyigeraga asohoka, yari afite ubwoba ko bashobora kumwica’.

    Nyiramirimo avuga ko babaga mu cyumba bari abantu nka 27, bakarya ibiryo byo mu bikombe, nyuma MINUAR iza gusaba ibiryo muri Croix Rouge babaha ibigori n’ibishyimbo.

    Ati “Abafite amafaranga barishyuraga, abatayafite bagasinya, natwe niko twabigenje ntayo twari dufite, ahubwo nasanze nari mfite n’agasheki mu mufuka, nagasinyeho k’amadolari $400, bayankuyeho hariya muri BCR nyuma ya Jenoside, Hôtel des Mille Collines.”

    Abadafite amafaranga ngo basinye mu gitabo bemera umwenda, nubwo ngo bigoranye kumenya niba uko basinye bose nyuma barishyuye.

    Abandi bahungiye muri Hôtel des Mille Collines barimo abakomeye nka Rubangura, Bernard Makuza (wigeze kuba Perezida wa Sena), Makuza Bertin wari umunyenganda, Ambroise Murindangabo, Habiyakare wabaye Minisitiri n’abandi.

    Ubwo muri Werurwe 2008 hamurikwaga igitabo ‘Hotel Rwanda – or the Tutsi Genocide as seen by Hollywood’, cyanditswe na Dr Alfred Ndahiro afatanyije Privat Rutazibwa ; Bernard Makuza wari Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko nta muntu Rusesabagina yarokoye ku bwe.

    Ni igitabo kivuga neza amateka y’abarokokeye muri Hôtel des Mille Collines, bitandukanye na filimi ‘Hotel Rwanda’ yashyizwemo umunyu ikagira Rusesabagina intwari ku bikorwa bitigeze bibaho.

    Rusesabagina yatangiye kwandikwaho ibitaho ahagana mu 2000, icyo gihe akaba yari yaragiye i Burayi ariko agisurana n’umuryango wa Nyiramirimo na Gasasira.

    Ubwo mu 2000 yari agiye guhabwa igihembo ‘Immortal Chaplains Prize for Humanity’ ni bo ba mbere yabimenyesheje.

    Nyiramirimo ati “Icyo gihe Rusesabagina araduterefona ati baravuga ngo nakijije abantu ndetse bibanza no kudusetsa, tuti ese ni bangahe wakijije ku buryo baguhereye igikombe ? Ati ‘ibyo aribyo byose iyo abantu bashatse kuguha inka, uri umuvandimwe, nawe ujya kureba iyo nka’.”

    Nyiramirimo n’umugabo we bagiye kwifatanya na Rusesabagina, ariko nawe ubwe yemeraga ko ibikorwa bye abazungu babikabiriza, ariko ngo akumva ntacyo bimutwaye.

    Ubwo mu matariki ya mbere Mata 2004 hari imyiteguro yo kwerekana bwa mbere filimi ‘Hotel Rwanda’, imyiteguro yarakozwe ndetse Nyiramirimo na Minisitiri w’urubyiruko, umuco na Siporo, Joseph Habineza babimenyesha inzego nkuru z’igihugu.

    Filimi yari yarangiye, Terry George yemera kuyereka Abanyarwanda muri Stade Amahoro ku buntu.

    Nyiramirimo ati “Terry George yaturutse muri Amerika aca i Bruxelles ngo azane na Rusesabagina kuko ari we mukinnyi w’imena wa Hotel Rwanda. Ari mu nzira, Rusesabagina yaramuhamagaye ati ‘ntabwo nkigiye mu Rwanda urajyana n’umugore wanjye, njye sinjya mu Rwanda’.”

    “Naho Rusesabagina yavuganye n’Abafaransa bamubwiye bati urajya mu Rwanda kugirayo ute ? Baranamuhamagara ahubwo ajya i Paris gutangayo ikiganiro n’abanyamakuru, atuka leta, avuga ko ari abicanyi, ko yagiye ahunze adashobora gukoza ikirenge mu Rwanda kandi hari hashize nk’amezi abiri avuye kwishyuza amafaranga ye muri ORTPN.”

    Icyo gihe ngo byaratunguranye, ndetse ba Nyiramirimo batangira guhamagarwa babazwa ibyo inshuti yabo yavuze, bo babimubaza akabahakanira

    Source : IGIHE

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ubuhamya-bwa-Dr-Nyiramirimo-uziranye-neza-na-Paul-Rusesabagina