Author: webrwanda

  • Ubuhamya bwa Mukagasana uzi neza Rusesabagina #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yolande Mukagasana
    Yolande Mukagasana

    Naruhutse saa tanu nibuka ko nta muntu wigeze anshaka kuri telefone yanjye, ndebye nsanga ijwi ryayo sinarizamuye kuva nabyuka, abantu bampamagaye inshuro nyinshi bambuze. Narebye ubutumwa na bwo nsanga ni bwinshi cyane. Ntangirira ku bwo nabonaga nyirabwo ampamagara gake cyane kubera akazi kenshi nzi agira.

    Nasomye ubwo butumwa gusa. Sinasetse, ahubwo nariruhukije. Nibajije niba ibyo nsoma ari byo cyangwa ari impuha, mpita mpamagara iyo nshuti nyibaza niba amakuru yanyandikiye ari yo, ahita anyoherereza noneho n’amafoto, Rusesabagina yambaye ikositimu n’agapfukamunwa, yambaye amapingu, akikijwe n’abapolisi b’Abanyarwanda babiri, mbona kubyemera.

    Naramushimiye, mpita mboneraho gusoma ubundi butumwa nsanga bose ari cyo banshakiraga. Kumbwira ko gusa Rusesabagina yafashwe bimpa ikizere ko abaturage bose yahemukiye bashobora kubona ubutabera.

    Nasubije bose ko iyo mba umucamanza nari kuzagwa mu mutego wo guhana Nsabimana Callixte n’abandi bafatanyacyaha be bavugisha ukuri, ariko sinihanukire wenda uko bigomba, kuko ashobora kuba yaratanze amakuru neza koko. Kandi nsanga no gushora mu bikorwa nk’ibya Rusesabagina umuntu w’imfubyi ya Jenoside, ari uburyo bwo kuyisonga kuko uwarokotse hari ubwo Jenoside iba yaramwishe mu mutwe, akaza ari inyongera ku be bayizize, bigashimisha abayikoze. Si we wenyine hari n’abandi biyanga nka we, umwanzi akabanza kubahuhura mu mutwe mbere yo kubakoresha abasezeranya ibidashoboka nk’ibyo mu nzozi harimo no guhakana cyangwa gupfobya Jenoside yamugize icyo ari cyo uyu munsi.

    Ntiyaba abaye uwa mbere nk’uko ashobora kuba atari uwa nyuma. Ariko reka nshimire Nsabimana Callixte na bagenzi be ntazi baba bariyemeje kuvuga ukuri bagafasha ubutabera kuko Rusesabagina yashoboraga no kudafatwa niba ntibeshya kuko iyo aburana simba mpari, kandi nasanze afite ibyo yishingikirijeho harimo n’amafaranga akomoka mbere na mbere kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Sinaca imanza kuko ntemeranya n’ibyo bakoreye inzirakarengane za Nyaruguru n’ahandi, bazaryozwe ibyo bakoze kuko no mu bakoreye Jenoside Abatutsi, abemeye icyaha bagafasha ubutabera barababariwe bafungwa igice ikindi kiba akazi nsimburagifungo.

    Hashize nk’imyaka itanu, umusinzi yanyuze iruhande rw’urugo rwanjye nimugoroba, arimo yivugisha. Arahagarara ararangurura ngo « Uyu mubyeyi hari ikindi yasigariye se uretse kuzabara inkuru? » Mpita nibuka ko bavuga ngo umusazi arasara akagwa ku ijambo. Nibajije nsanga koko nta kindi nasigariye ku isi. Umwanya rero nkirutegereje nk’ikinyabuzima cyose nta kindi nasigariye uretse kubara inkuru nzi zose kuri Jenoside. N’ubwo imyaka ibaye 26 hari byinshi bitankundira gusibama. Nka Rusesabagina ntiyasibika mu mutwe wanjye n’ubwo nakora iki.

    Ndashimira cyane Tatiana, umugore wa Paul Rusesbabagina kuko twabaye inshuti zikomeye mbere ya Jenoside, tugatandukanwa na yo, nyamara mu bo nkesha kurokoka na we arimo, kuko ari we watumye ngera muri Hoteli ya Mille Collines akoresheje umugabo we. Si icyo kandi gusa, ibyo twasangiye muri ubwo bucuti ni byinshi na we arabizi kimwe na Paul.

    Nubwo umugabo wanjye yari yaranze kongera kunyemerera gusurana no kwa Rusesabagina kuko yari yaramaze kubona ko Rusesabagina yanga Abatutsi cyane, yari yaremeye ko ubucuti bwanjye na Tatiana bukomeza. Twari tugize kuba twarakoranye muri serivisi ya Anésthesie (ibijyanye n’ikinya) muri CHUK nkahava ngiye kwikorera, nabatahiye ubukwe i Nyanza Rusesabagina ajya gusaba no gukwa Tatiana, ndara iwabo twitegura ubukwe buraye buzaba, ntaha ibirori byose birangiye dushyize ibintu mu mwanya wabyo.

    Kubera ubucuti naherekeje Tatiana ajya kubyara inda ya mbere, uretse ibyago yigiriye umwana ntabeho, ariko ndibwira ko ujya guherekeza mugenzi we kubyara mu Kinyarwanda ni uko baba koko ari inshuti kandi yizewe. Na we kandi yambaye hafi muri Jenoside, ni na we nagiraga tuganira ikirangira. Ariko ambabarire hari ibyo umugabo we yankoreye byinshi byo gushinyagura ntakwihanganira ngo ndekere iyo nk’aho byaba bisanzwe kandi bidasanzwe.

    Njya nibuka cyane na none ibaruwa yanditswe n’Abihayimana bari i Goma, bakayandikira Papa Paul wa II. Tatiana yayinyeretse mu ibanga umugabo we ari kuri Hoteli twe turi mu rugo. Icyambabaje si ibyari byanditsemo, kandi nyamara bitari gushimisha n’umwe mu barokotse Jenoside. Byahise binyibutsa abanjye bamaze kwicwa, n’izindi nzirakarengane z’Abatutsi abantu bose bimukaga mu mujyi wa Kigali kuko imirambo myinshi yari yaraboreye ku misozi. Numva umugabo wanjye yaramenye Rusesabagina kare, koko ko yari umupawa nubwo atari kubitwereka yabyerekaga abandi ba power na Leta yafatanyaga na yo. Ahubwo nibajije ukuntu ahura n’abagome bari i Goma muri icyo gihe, kuko nibajije ukuntu iyo baruwa yavuye i Goma ikagera i Kigali. Ikindi iyo numvaga agasuzuguro n’urwango afitiye FPR n’ubugome abivugana, nakwibuka ko iyo itabaho tuba tutararokotse, nakwibuka ko na we ubwe n’umuryango we ari ho bahungiye abonye aba pawa bafashe iya Congo yari Zaire, agahita anyarukira ku bo yabonaga batsinda urugamba, nkumva azi umubare ku cyerekeranye n’imibereho.

    Kandi kubera abayobozi bazaga kwishimisha muri Hoteli ya Mille Collines buri mugoroba Jenoside yayogoje igihugu, ubwo banamubwiraga ukuri ko ku rugamba twe tutashoboraga kumenya. Nkibuka kandi ko Tatiana yabaye mu ba mbere bajyanwe muri zone ya FPR, Interahamwe zikabagarurira mu nzira akagenda ubwakurikiyeho.

    Icyambabaje kindi ni amagambo Rusesabagina yavugaga muri icyo gihe atitangira kandi ntiyari ayobewe ko ankomeretsa. Nkanayaganira na musaza wa Tatiana wari umusilikari muri icyo gihe. Imyaka 26 ni myinshi ntawabonaga agahinda Paul Rusesabagina yatewe no kubona FPR itsinda urugamba. Ariko kandi n’ubwo jyewe nari narumvise impamvu Tatiana nanjye tutabona Jenoside kimwe, ni uko umubyeyi w’umugore iyo ava akagera arwana ku nyungu z’abana yabyaye. Nkumva ko impamvu yashigikiye umugabo we ari ukurengera inyungu z’abo babyaranye.

    Naherukanaga na Tatiana muri 1995 nkigera i Buruseli, duhurira ku nshuti twari duhuriyeho, Tatiana afite igishakoshi kinini cyuzuye amadolari aje kubitsa muri banki yitwaga Belgolaise niba ikibaho simbizi, umugabo ukuze w’Umubiligi wayikoragamo numvaga bita Jean aza guhura na we aho twari turi. Naho umugabo we twahuye agiye kunyereka nta n’isoni aho yaguze appartement Laeken i Buruseli, nyuma nza kumenya ko noneho yaguze inzu nini muri karitsiye ikomeye ituwe n’abakire gusa na none i Buruseli muri Komini yitwa Woluwe Saint Pierre, ari na yo yatuyemo n’umuryango we kubera ubunini bwayo amaze guhunga u Rwanda. Sinigeze mpagera kuko nari naramaze kumva ko ntaho tugihuriye ahubwo duhanganye kubera Jenoside.

    Nta kindi nzi naba narapfuye n’umugore wa Rusesabagina, nibaza ko iyo iriya filimi ya Hotel Rwanda idasohoka ngo mbone ayishyigikiye ntacyo twari gupfa kindi. Ariko kandi sinzanibagirwa urushyi yankubise ku itama i Buruseli, umunsi berekana bwa mbere iyo filimi, bayereka abanyamakuru mu rwego rwo kuyamamaza. Bakaba baravugaga ko yamamazwa na Amnesty International kandi nari mpanganye na yo bikabije. Uko abandi bashimishwa no kuyireba, numvaga inteye kwiheba kurushaho kuko nasanze ipfobya cyane Jenoside yakorewe Abatutsi, hagamijwe kwerekana Rusesabagina uko atari kuko nari muzi bihagije, kandi nzi ko ndi jyenyine.

    Ariko nanibuka ko hari impamvu filimi yakozwe kandi igakorwa n’abazungu kubera impamvu zabo wenda z’inyungu za politiki. Abayikoze kandi nta gaciro na bo ubwabo bahaga Jenoside yakorewe Abatutsi kubera uko bafata abirabura muri rusange.

    Noneho n’abadutanze imbere bayipfobya mu kuyivuga ni abayiteguye bakanayikora. Ndibuka ntanga ubuhamya bwa mbere kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu bantu barenga igihumbi bari bari muri icyo cyumba tariki ya 7 Mata 1995, hafi ya bose bari abera n’amaradiyo yabo, ndetse n’abasize bahekuye u Rwanda. Nari igishushungwa rwose no guhagarara ubwabyo bitanyoroheye, kuko numvaga meze nk’umusilikari uri ku rugamba n’ubwo ntigeze mba we, akaba yishwe n’inzara kandi agomba gukomeza kurwana byibura agapfa arwana.

    Ubajije uko koko Rusesabagina yakijije ibihumbi ngo by’Abatutsi muri Jenoside ari wenyine, bakakubwira ko ari ibihimbano (fiction) ngo bavanze n’ukuri, ukumva biteye urujijo. Umunyamakuru wantumiye yahise atangira kumbaza icyo mvuga kuri filimi nziza nka Hotel Rwanda, mubwira ko nayanze cyane aratangara. Natangiye kwisobanura areka kongera kumbaza, aragenda, mpita negera umugore wa Rusesabagina nk’inshuti, mubwira ko babeshya cyane, ahubwo iyo filimi jye mbona ari agashinyaguro ku barokotse.

    Yahise anyikubitira urushyi rwiza mu gutwi kandi aseka, ntiyagira icyo asubiza. Nanjye mpita nitahira. Ibyo nabwiye umunyamakuru na byo ntibyigeze bisohoka kuko babikuyemo bakerekana iby’abayivuga neza gusa. Ibyo ngibyo ariko ntibyanciye intege kuko nakomeje kurwanya ikinyoma cya Rusesabagina uko nshoboye kuko nabonaga atazwi ari igikoresho bagiye gukoresha ku Rwanda.

    Yakoresheje iyo filimi ahabwa ibihembo byinshi ngo yarokoye Abatutsi, nkibaza aho yari kubona ingufu za wenyine kuko ntawamufashije ugaragazwa na yo. Bamugize umunyabwenge w’igitangaza aba ari bwo akoresha ngo n’ubucuti bwe n’Interahamwe zimwe na zimwe. Yibwiye ko ikinyoma gihera nyamara nubwo gitinda kigeraho kikamenyekana. Hari za Kaminuza nyinshi z’i Burayi zatumiragaga Rusesabagina waremwe n’abazungu ngo bapfobye Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko nubwo twari tutanarenze batatu, hari aho twashoboye kumwimisha ijambo n’ubwo atari henshi biruta ubusa.

    Paul Rusesabagina aherutse gutabwa muri yombi. Arashinjwa ibyaha birimo kurema no kuyobora ihuriro ry
    Paul Rusesabagina aherutse gutabwa muri yombi. Arashinjwa ibyaha birimo kurema no kuyobora ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba

    Ariko Rusesabagina yayobewe amateka niba atayirengagije cyangwa se ngo ayasobanurirwe. Schindler ko yari umu Nazi mu Budage, na Rusesabagina yari Interahamwe? Sinigeze mbona Rusesabagina yica n’umupanga, ntampongano, icyuma se cyangwa imbunda. Yicishije inyota y’ubutegetsi n’amafaranga.
    Uwabonye Filimi kuri Jenoside yakorewe Abayahudi bise « Liste de Schindler » cyangwa se « Schindler’s List, » ni yo bashatse gukora kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyamara iyo bitonda kuko ba Schindler b’Abarokotse Jenoside ntabwo Rusesabagina abarimo. Abacu turabazi, na Leta yarabamenye kuko tubavuga, tukabana na bo, tukabaha n’icyubahiro bakwiye. Schindler baturemera bazamwigumanire.

    Rusesabagina azasubire muri byinshi yavuze kandi yakoze mu kwiyemera kuko hari ibyarenze kamere. Kubona abeshya ngo Leta y’u Rwanda yahaye igihembo Sebushumba ihita imwica kitageze mu rugo iwe? Jye Sebushumba twaribonaniye nyuma y’icyo gihembo musanze iwe ku Rwesero nkora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibya Leta simbizi sinabivuga ngo ko bahitishijemo Rusesabagina Minisiteri ashaka kuyobora no kuba ambasaderi w’u Rwanda aho ashaka byose ngo akabyanga, ngo bashaka no kumuha igihembo akacyanga. Kuki atanze icya Bush se?

    Yari azi neza ko atatinyuka kugifata imbere yacu abanyuze muri Hotel des Mille Collines. Ariko kandi ibyo bireba ababimubwiye batamuzi ni ibyabo nyine. Ariko ku bya Jenoside ntazongere kwirata ubutwari, ubwiza n’ubunyangamugayo afite kuko ntabwo.

    Rusesabagina ari we Schindler ni igihangano cy’abazungu azajye ababwira ibyo bashaka kumva kuko batamuzi mu ntambara yo kwibohora no muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Narangiza mvuga ngo : burya koko inda iyo wiyemeje kuyikoresha birangira ari yo igukoresha yarasimbuye ubwonko, kandi wayiha ntihage. Ibihe biha ibindi, hari ubwo nifuza guhura n’abari inshuti za Rusesabagina baganiraga kenshi niba atari buri mugoroba ariko bamwe birababaje kuba batakiri kuri iyi si ngo numve icyo bavuga ku ifatwa rye nka Seth Sendashonga n’abandi. Sinanze utavuga rumwe n’undi mu bya politiki, buri wese afite uburenganzira bwo gukora politiki.

    Ndihaniza ku mugaragaro: Icyo nihanije buri wese ushaka kurwanya u Rwanda, namubwira iki, ariko niyirinde kugira Jenoside yakorewe Abatutsi urwitwazo rw’inda nini. Yibuke ko bizwi ko FPR ari yo yayihagaritse haguye abana benshi babaye ibitambo kugira ngo u Rwanda rudasibama mu isi rugasigara ari amateka gusa. Akoreshe ibyo ashaka byose n’uko ashaka, abe icyo ashaka, yibagirwe gutunga n’agatoki ke Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni amateka y’Abanyarwanda bababajwe na yo kandi azakurikirana n’abana bavuka n’abazavuka mu myaka ibihumbi itaha kandi ari inzirakarengane.

    Amenye ko ayo mateka azahoraho iteka ryose. Abanyarwanda basimbutse umurongp batagombaga kurenga kandi byose babikoresha poilitiki. Bazambarize Rusesabagina uvuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi icuruzwa na FPR, ari we ari na FPR, uwacuruje Jenoside ari nde!

    Yolande Mukagasana ni Umwanditsi n’umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Amateka ye wayasoma mu gitabo yatangiriyeho mu 1997 cyitwa ‘La mort ne veut pas de moi’ cyangwa ‘Not my time to die’ kikaba kiri no mu zindi ndimi nk’Igiheburayo, Igitaliyani n’izindi nyinshi.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ubuhamya-bwa-mukagasana-uzi-neza-rusesabagina

  • Tom Byabagamba agiye kongera kwitaba urukiko ku byaha by'ubujura #rwanda #RwOT

    Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Mbere ruraburanisha urubanza ubushinjacyaha buregamo Tom Byabagamba wahoze afite ipeti rya Colonel mu Ngabo z'u Rwanda, ku byaha by'ubujura.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tom-byabagamba-agiye-kongera-kwitaba-urukiko-ku-byaha-by-ubujura

  • Messi yakinnye umukino wa mbere nyuma yo kwivumbura, Osaka yatwaye US Open, LA Lakers isezerera Rockets…agezweho mu mikino #rwanda #RwOT

    Lionel Messi yongeye gukinira FC Barcelone nyuma y'uko mu mpera z'ukwezi gushize yari yatangaje ko ashaka kuyivamo, ariko bikarangira yemeye kuzayikinira mu mwaka utaha w'imikino wa 2020/21.

    Source : https://igihe.com/imikino/article/messi-yakinnye-umukino-wa-mbere-nyuma-yo-kwivumbura-osaka-yatwaye-us-open-la

  • Muhanga hagiye kubakwa hoteli ihuriyeho n'Akarere ka Kamonyi n'aka Ruhango #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Shyogwe hagiye kubakwa hoteli aka karere kazaba gahuriyeho n'aka Kamonyi na Ruhango, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy'amahoteli make asanzwe arangwa muri utu turere.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-hagiye-kubakwa-hoteli-ihuriyeho-n-akarere-ka-kamonyi-n-aka-ruhango

  • Zimbabwe Set To License Six More Private Television Stations #rwanda #RwOT

    Six independent television channels are expected to get broadcasting licenses by the end of this year as part of the Zimbabwean government's effort to open up airwaves and implement media reforms.

    Information, Publicity and Broadcasting Services Minister Monica Mutsvangwa was quoted by state broadcaster the Zimbabwe Broadcasting Corporation (ZBC) news on Saturday as saying the move to license more private players was part of the government's desire to provide diverse broadcasting content to the public. 'We realize the importance of having commercial television so that we give our Zimbabwean audience in terms of what they should be watching,' she said. 'That process is on and 14 applicants applied for those licenses and they were listed. Interviews are ongoing. Public inquiries will be ongoing and the process is very transparent. They will be chosen without fear or favor, transparently,' she said.

    Mutsvangwa said President Emmerson Mnangagwa's administration had introduced a number of reforms and is working to ensure various acts, including those regulating the media, are aligned with the Constitution.  The Broadcasting Authority of Zimbabwe (BAZ) in February called for applications for six free to air national commercial television licenses.  Zimbabwe currently has one television station and four national radio stations run by state-run broadcaster ZBC, two private radio stations with national coverage and several community radio stations.

    Source : https://taarifa.rw/zimbabwe-set-to-license-six-more-private-television-stations/

  • Abashaka gukorera ingendo hanze y’igihugu basabwe kujya bipimisha Coronavirus mbere y’amasaha 48 #rwanda #RwOT

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Mbere abantu bashaka kwipimisha Coronavirus bazajya baza mbere y’amasaha 48, aho kuba mbere y’amasaha 24 nkuko byari bisanzwe.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abashaka-gukorera-ingendo-hanze-y-igihugu-bagiye-kujya-bipimisha-coronavirus

  • Muhanga hagiye kubakwa hoteli ihuriyeho n’Akarere ka Kamonyi n’aka Ruhango #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Shyogwe hagiye kubakwa hoteli aka karere kazaba gahuriyeho n’aka Kamonyi na Ruhango, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amahoteli make asanzwe arangwa muri utu turere.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-hagiye-kubakwa-hoteli-ihuriyeho-n-akarere-ka-kamonyi-n-aka-ruhango

  • Skip This Ad #rwanda #RwOT

    Gone are the days when a TV was all there was as a source of visual information and entertainment. First in black and white and then colored. Oh, and remote control to keep you from walking across the living room to increase or decrease volume. The first remote control was not remote or wireless in today's sense of the word but connected by a wire to the TV and interestingly called 'Lazybones'.

    In as much as this piece of innovative technology had spiced up life, there wasn't a diverse amount of content to be aired. It was either football, news, music, or the interruption by a TV Commercial. When this Advert came on, you had no option but to watch it to the end. I mentioned the option. Why would you need an option because there was none away?

    Fast forward many years later and you've got options. A variety of TV channels airing a plethora of content; soccer, reality shows, movies, documentaries, cartoons etcetera. I call this the first option of choice powers that the customers as been given.

    The second option of choice power is the ability to only pay for what you want to watch — PayTV such as DSTV, Netflix, Hulu, iRokoTV or get it free from YouTube, InstagramTV, Facebook etcetera. Like the remote control, the element of convenience here is key. All these options are available in the comfort of your palm — your smartphone.

    As the number of choices increases and our attention span reduces from 12 seconds in the year 2000 to just under 8 seconds today, the third option comes into play. This is Ad-blockers. Most of you by now must have seen a screen prompt to install an Ad-blocking plugin or that all too familiar Skip-this-Ad button on YouTube.

    Where does this customer Ad-blocking power leave the advertiser? It all boils down to the quality of the content and by quality, I don't mean high budget visual content. I referring to the advert's messaging alignment to the actual need that the customer wants to get solved.

    Great marketing does not look like marketing so if your position as a brand in the first 8 seconds appears to be too salesy or marketingish (if those words exist but you get the point), your advertising efforts are more than likely to experience the Skip-this-Ad death for sure because today's customer is empowered beyond measure.

    Source : https://taarifa.rw/skip-this-ad/

  • Ngoma_Gashanda: Abantu 13 banyoye umutobe ku muturanyi ubagiraho ingaruka bose bajyanwa kwa Muganga #rwanda #RwOT

    Mu Mudugudu wa Rwambohero, Akagali ka Gisere mu murenge wa Gashanda, mu karere ka Ngoma, Abantu 13 banyoye umutobe mu rugo rw'Umuturanyi, ubagiraho ingaruka bose bajyanwa kwa Muganga.

    Ibi byabaye ku wa Kabiri tariki ya 08 Nzeri 2020, ubwo mu rugo rw'uwitwa Azalias Ruberwa na Nibagwire Cezalie, bengaga umutobe hanyuma bagatumira ababafashije kuwenga ndetse n'Abaturanyi bahafi bakaza kuwunywaho.

    Aba baturage bamaze kuwunywa nta numwe wagize ikibazo ako kanya, gusa bukeye bwaho ku wa Gatatu tariki ya 09 Nzeri, Abawunyoyeho bose bahise batangira gucibwamo.

    Nkuko byatangajwe n'umwe mu baturanyi batanyoye kuri uwo mutobe, ngo Amakuru yamenye nuko Abantu bose banyoye kuri uwo mutobe barwaye, gusa Hakaba umuryango w'Abantu batatu b'Abaturanyi, barembye kurusha Abandi.

    Uwo muryango urembye urimo Abana babiri, umuhungu uri mu kigero cy'imyaka 12 n'umukobwa ufite imyaka 9 y'Amavuko ndetse na Nyina ubabyara.

    Nkuko kandi byatangajwe n'umwe mu banyoye kuri uwo mutobe, utashatse ko Amazina ye atangazwa kubw'impamvu z'umutekano we, yavuze ko bakimara kunywa kuri uwo mutobe, hari umuntu wahise awumena, gusa avuga ko atamutangaza kuko byamukoraho.

    Yagize ati' igiteye urujijo ni uko twamaze kuwunywaho, bagahita bawumena kandi uwo twanyoyeho ntabwo ariwo washyiriwe wa Mukwe wabo, kuko nyine bahise bawumena. Gusa sinavuga uwawumennye bitazankoraho, cyane ko atari n'ubwambere ibi bibaye muri uru rugo.'

    Kugeza ubu Abanyoye kuri uwo mutobe bose bajyanywe ku kigo Nderabuzima cya Gashanda, kugira ngo bitabweho.

    Gusa hari bamwe muri bi bahawe imiti bagahita basezererwa, usibye umuryango w'Abantu batatu wahawe ibitaro kuko barembye cyane, kandi bakaba bari gukurikiranwa n'Abaganga.

    Abaturage n'Abaturanyi ba Ruberwa, barasaba ko Ubuyobozi bwakurikirana iki kibazo, kuko buri gihe iyo batanze umutobe uba uhumanye, kandi ngo akenshi muri ako gace ibi bintu birahaba kuko benshi babikora mu rwego rwo kwihorera kuri bagenzi babo.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/13/ngoma_gashanda-abantu-13-banyoye-umutobe-ku-muturanyi-ubagiraho-ingaruka-bose-bajyanwa-kwa-muganga/

  • Tanzania's Ruling Party Launches Campaign For Its Zanzibar Presidential Candidate #rwanda #RwOT

    Tanzania's ruling party Chama Cha Mapinduzi on Saturday launched campaign for its Zanzibar presidential candidate Hussein Mwinyi with promise to improve the archipelago's economic development.

    'If elected to the highest post I will make sure that our economy grows by at least 6.8 percent annually,' said Mwinyi, the country's former Minister for Defense and National Service. The United Republic of Tanzania was formed on April 26, 1964, as a result of the union of Tanganyika and Zanzibar. The Zanzibar government has its own parliament and president.

    Mwinyi, the son of former Tanzanian president Ali Hassan Mwinyi who served from 1985 to 1995, also vowed to provide free education, free medical care and clean water supply.  If elected in the Oct. 28 general election, Mwinyi will succeed Ali Mohamed Shein, the 7th president of Zanzibar, who has been in office since 2010

    Source : https://taarifa.rw/tanzanias-ruling-party-launches-campaign-for-its-zanzibar-presidential-candidate/