Source : https://rba.co.rw/post/Nyabihu-Iminara-bemerewe-na-Perezida-Kagame-yabagezeho-itumanaho-ryarorshye
Source : https://rba.co.rw/post/Nyabihu-Iminara-bemerewe-na-Perezida-Kagame-yabagezeho-itumanaho-ryarorshye
Kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 , Uwitwa Maniragaba François wari ufungiye kuri station ya Police ya Murambi mu Karere ka Rulindo, yarashwe na Police ubwo yagerageza gutoroka ahita ahasiga ubuzima.
Uyu Maniragaba François warashwe , yari yarakatiwe imyaka ine kubera icyaha cy'ubujura buciye icyuho yari yarahamijwe.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabwiye Ikinyamakuru Ukwezi dukesha iyi nkuru, ko uriya Maniragaba François yakoraga ubujura bwo gutobora inzu.
Yavuze ko uriya mugororwa yari atarajyanwa muri Gereza kubera amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 akaba yagerageje gutorokana n'undi mugenzi we ariko we akaza gufatwa mu gihe we yarashwe agahita ahasiga ubuzima.
Ngo aba bageragezaga gutoroka ubwo bari bagiye ku bwiherero umupolisi yababona bari kugerageza gutoroka agahita abarasa.
Mu kiganiro Perezida Kagame Paul aherutse kugirana na RBA yagarutse ku bapolisi bakoresha imbaraga z'umurengera bari bamaze iminsi bavugwa barimo uwarashe umuturage mu Ntara y'Iburasirazuba amusanze mu kabari yarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Perezida Kagame yavuze ko abakora biriya bikorwa badakwiye gusanishwa n'urwego bakorera ahubwo ko ababikora ari imyitwarire mibi yabo ndetse ko baba bagomba kubiryozwa n'inzego zibifitiye ububasha.
Mu gitondo cyo kuwa Mbere tariki ya 07 Nzeri 2020,Umuvugizi wa Polisi, CP JB Kabera yatangarije RTV ko hari abapolisi bari gukurikiranwa mu nkiko ndetse imanza zabo zigeze kure bazira gukoresha imbaraga z'umurengera mu iyubahirizwa ry'amategeko.
Itegeko ryashyizweho mu 1999 muri Suede, ryemerera abenegihugu gukora uburaya cyangwa se kwicuruza gusa ntibyemewe na gato kugura indaya muri iki gihugu, uwabirengaho akaba ashobora no gufungwa.
Ingingo ya 6.11 y'itegeko iri mu gitabo kigena ibyaha n'ibihano nk'uko ryavuguruwe mu 2005.
Igira iti: 'Umuntu ukora imibonano mpuzabitsina n'undi, agambiriye kumuha inyishyu, aba akoze icyaha.
Uwo ashobora gufungwa amezi atandatu nk'uwaguze serivisi y'imibonano mpuzabitsina cyangwa agacibwa ihazabu.'
Ibi bihano biteganywa mu gihe bimenyekanye ko ukora uburaya n'umukiriya we, bumvikanye umubare w'amafaranga kugira ngo bakore icyo gikorwa.
Iyi ngo ni intambwe yatewe igamije kugabanya umwuga w'uburaya muri iki gihugu, gusa hakibazwa niba koko hari icyo byatanze ku musaruro wari witezwe kuri iri tegeko.
Ariko kandi ngo iri tegeko rigira ingaruka ku bashaka kugura indaya, kuko babikora basa n'abiba kuko baba batinya ibihano bahamwa mu gihe baba bafashwe barirenzeho.
Ibi bikagira ingaruka ku bemerewe gukora uyu mwuga, bitewe n'uko abakiriya babo baba badatuje cyangwa se bakaba bashobora kwakira bake, kuko abandi baba batinye.
Isuzuma iki gihugu cyakoze mu 2010, ryagaragaje ko nyuma yo gushyiraho iri tegeko, byibuze byatumye uburaya bukorerwa ku mihanda bugabanyuka cyane kugera ku kigero cya 50%.
Ku rundi ruhande, kuva iri tegeko ryemezwa, nta muntu wamenyekanye urafungwa azira iki cyaha, atari uko hatabonetse abafatwa barirenzeho, bamwe muri bo kikanabahama.
Umunya-Canada uhinga urumogi, Colin Sullivan yatunguwe no gusanga imbeba igaramye, yasinze bikomeye [hafi no gupfa] hari hashize iminsi ibiri ayibonye iri kumwonera.
Iyi nkuru Sullivan yayisangije abamukurikira ku rubuga rwa Twitter tariki ya 1 Nzeri 2020, ashyiraho amafoto agaragaza ibihe bitandukanye iyi mbeba yanyuzemo, iri muri uru rumogi.
Yagize ati: 'Mu minsi ibiri yikurikiranya, nabonye aka kabeba kandira amababi y'urumogi y'ikimera cyanjye kugeza gapfuye.
Kari gutakaza ugutwi, bishoboke ko kivuraga gusa ubu gakeneye ubutabazi. Ndakareka gakomeze gasinzire, nikabyuka karamenya uwo kavugana na we.'
Sullivan yahise afata aka kabeba, ajya kukitaho. Yagashyize mu gasanduku, akagaburira ibyatsi kugeza gakize nk'uko bigaragara mu bundi butumwa yanditse tariki ya 2 Nzeri 2020.
Tariki ya 6 Nzeri 2020, Sullivan ubarizwa mu mujyi Fredericton muri New Brunsuwic yarekuye aka kabeba, nyuma y'aho kari kamaze gukira neza, kabasha kurya ibyatsi n'ibinyampeke.
Aha yari yamaze gusinda, isa n'iyapfuye
hano iyi mbeba yari tangiye kurya itarasinda
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 basuye Gare ya Bishenyi bareba uburyo gukaraba intoki nk'imwe mu ngamba zo kwirinda Coronavirus bitubahirizwa. Basabye impinduka z'uko ibintu bisanzwe bikorwa, ariko kandi imodoka za kampuni itwara abagenzi kuri iyi Linye zitegekwa kugira umuti usukura intoki uzwi nka Hand Sanitizer. Bati ' Ni gute moto itwara umugenzi umwe yasabwa uyu muti, imodoka itwara benshi inabafata mu nzira hataba amazi ntiwugire?'
Ni nyuma y'aho kuri uyu wa 12 Nzeri 2020 itangazamakuru rigaragarije uburyo gukaraba intoki nk'imwe mu ngamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus muri iyi gare bitubahirizwa, nyamara aho imodoka zihagurukira Nyabugogo nta mugenzi winjira mu modoka no muri gare adakarabye cyangwa se ngo akoreshe umuti usukura intoki-Hand Sanitizer.
Umuyobozi wa Polisi ku rwego rw'Intara y'Amajyepfo, ari kumwe n'Umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka Kamonyi hamwe n'ubuyobozi bw'Umurenge wa Runda ubarizwamo iyi Gare ya Bishenyi, basabye ko ibikoresho bishyirwamo amazi abagenzi bakaraba bigirirwa isuku, amazi akaboneka, buri mugenzi mbere ko yinjira mu modoka akabanza agakaraba cyangwa se agakoresha umuti wabugenewe kuwufite, hanyuma abakorerabushake bakagenzura niba buri wese ugiye mu modoka yabanje gukaraba.
Uretse ibi kandi, buri modoka muzitwara abagenzi dore ko ari na nini zitwara benshi, zasabwe kugira umuti usukura intoki uzwi nka Handi Sanitiser, ku buryo guhera kuri uyu wa Mbere nta n'imwe ikwiye gutwara abagenzi itawufite. Gusabwa uyu muti byari bigiye gutangirira kuzo basanze zipakiye abantu, ariko baroroherezwa kuko basaga nk'abatunguwe, bumvikana ko bitangira kuri uyu wa 14 Nzeri 2020.
Kumva uburemere bwo gusabwa uyu muti kuri buri modoka byabanje kugorana ndetse bamwe mubazikoresha bashaka kumvikanisha ko na RURA ibizi, bituma abayobozi bahamagara muri RURA nayo irabihakana, iti 'mubahane'.
Tuyizere Thaddee, Umuyobozi w'agateganyo w'Akarere ka Kamonyi avuga ko bitakumvikana uburyo moto itwara umugenzi umwe isabwa kugira uyu muti, ariko imodoka inagenda ifata abantu benshi mu nzira ikaba nta muti nk'uyu wo gusukura intoki ( Hand Sanitiser), kandi ikigenderewe kuri buri wese ari ukwirinda icyorezo no kukirinda abandi, hubahirizwa gahunda za Leta.
Uretse ibyasabwe izi modoka ndetse n'abashinzwe iyi Gare, ku guhindura imikorere mu gutegura amazi abagenzi bakaraba, hanasabwe ko umuntu ushyira amafaranga ku makarita abagenzi bakoresha nawe ashaka ahantu hisanzuye akorera kuko aho aba yicaye horohereza ubucucike bw'abamugana, bikaba byateza ikwirakwizwa ry'iki cyorezo.

Bamwe mu bagenzi, baganiriye n'intyoza.com bavuga ko uko aba bayobozi basuye aha hantu hategerwa imodoka, banakwiye kuza kureba niba koko ibyo basabye byubahirizwa cyane cyane kubyasabwe imodoka( Hand Sanitiser). Ariko kandi bakanasaba ko abakorerabushake bakwiye kuba abambere mu gutanga amakuru y'ibyo baba babonye bitagenda cyangwa se bibangamye kugira ngo bikosorwe hakiri kare kuko bari mu bahirirwa.
Soma hano indi nkuru bijyana:Â Kamonyi: Zimwe mu ngamba zo kwirinda Covid-19 muri Gare ya Bishenyi ntabwo zubahirizwa
Kuri iyi Linye ya Nyabugogo, Ruyenzi Bishenyi, ikibazo cya Bishenyi gisa n'icyahawe umurongo mu gihe byaba byubahirijwe kuko ibishyirwamo amazi birahari, hasigaye kwita ku buziranenge no kugira umuntu ubyitaho uko bikwiye. Ahakiri ikibazo ni ku Ruyenzi hatagira ahakarabirwa ndetse na Kamuhanda, aho izi modoka zifata abagenzi, bikaba byumvikana ko mu gihe zaba zubahirije ibyo kugira uyu muti usukura intoki byakorohereza abazitwara n'abo zitwara mu kwirinda no kurinda abandi.
Munyaneza Theogene / intyoza.com