Igitego cy’umunyarwanda mu bitego 6 byiza byaranze FIFA Series #rwanda #RwOT

Written by

in

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, yashyize igitego cya Leroy-Jacques Mickles yatsinze Estonia mu bitego byiza byaranze FIFA Series 2026.

Iyi mikino ya FIFA Series, ibihugu byakiniye mu Rwanda byakinnye kuva tariki ya 26 kugeza 30 Werurwe 2026, gusa no mu bindi bice barakinaga.

Iri rushanwa Amavubi yaje kuryegukana ndetse na Leroy-Jacques Mickles aba umukinnyi w’irushanwa.

Ibirenze kuri ibyo igitego cye cyaje kuza mu bitego byiza byaranze iri rushanwa ku Isi hose.

Ni igitego yatsinze Estonia, ni ku mupira yari ateye koruneri ayiha Jojea, Jojea yahise aha Bizimana Djihad wahise acomekera Leroy-Jacques Mickles na we ahita atsinda igitego. Umukino warangiye ari 2-0, icya mbere cyatsinzwe na Biramahire Abeddy.

Ibindi bitego byatowe harimo icya Van Kilsdonk wa Macau igitego yatsinze Aruba, Loyola Filipe wa Chile igitego yatsinze Cape Verde.

Mu cyiciro cy’abagore hatoranyijwe icya Dudinha wa Brésil yatsinze Korea y’Epfo, icya Shinji wa Koreya y’Epfo yatsinze Canada, icya Massombo wa RDC yatsinze Indonesia.

Igitego cya Leroy-Jacques Mickles cyaje mu bitego byiza byaranze FIFA Series

Source : http://isimbi.rw/igitego-cy-umunyarwanda-mu-bitego-6-byiza-byaranze-fifa-series.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *