Blog

  • Nitwa Karengera Nailla naragumiwe kubera ko abahungu benshi barantinya cyane niyo mpamvu nshaka umuhungu twabana akambera umugabo vuba byihutirwa. #rwanda #RwOT

    Nitwa Nailla Ikuzwe Karengera mfite imyaka 40, kuva kera nkiri muto ababyeyi banjye banyigishije gushaka amafaranga, kuburyo ubu umpaye n’ibyatsi nabishakira abakiriya kandi bikagurwa. N’ubwo mu bucuruzi ndi umuhanga ariko mu rukundo ho ndi umuswa mubi. Mu myaka 20 ishize sinigeze nkundana n’umuhungu. Impamvu yabiteye n’uko njye n’ababyeyi banjye ntabwo twakunze kuba mu gihugu kimwe ngo tukigumemo igihe kinini kuko iyo twajyaga gutura mu gihugu runaka ababyeyi banjye bahatangizaga business yamara gushinga imizi dugahita twimukira mu kindi gihugu kuhatangiza indi gutyo gutyo. Ubwo rero iyo nabaga ntangiye kumenyera ahantu ntangiye kuhagira inshuti byahitaga biba ngombwa ko twimuka. Ubu rero nyinshi muri izo business ninjye nzicunga rero bigatuma ntajya nicara mu gihugu kimwe igihe kinini. Gusa iyo siyo mpamvu yonyine yabiteye ahubwo impamvu nyamukuru yabiteye n’uko abasore bantinya bakanga kunsaba urukundo. Umusore iyo tukimenyana bwa mbere akanyishimira iyo amenye uwo ndiwe ko ndi umukobwa wa Karengera ntiyongera kumvugisha. Bamwe barantinya bakumva ko ntaho bampera bansaba urukundo kuko ubusanzwe baba bamenyereye guteretesha amafaranga, rero bakumva ko nyabarusha bagatekereza ko ntamahirwe bafite yo kuba nabaha urukundo. Abandi nabo bakavuga ngo turamutse dukundanye tukabana sinazigera mbubaha kuko mbarusha amafaranga ngo najya mbasuzugura. Ariko muri njye siko nteye, nubwo nkize ariko sinirata, mu buzima nkunda guca bugufi, ndetse no guha agaciro buri wese. Ubu rero ndashaka umusore wakwemera ko dukundana. Sinzigera mukangisha amafaranga, ndetse sinzayamurutisha, nzamwubaha mu buryo bwose bushoboka, ibyanjye bizaba ibye, ndetse imitungo yanjye yose azayigiraho ijambo. Ikindi mwijeje nuko nta gihugu na kimwe nzajyamo atabishaka, ingendo zanjye zimwe nzazihagarika kugira ngo mpe umukunzi wanjye umwanya uhagije, kandi aho azumva ashaka kumperekeza nta kibazo tuzabyumvikanaho. Uwumva yanyemera akankunda by’ukuri yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    *
    *
    *
    http://dlvr.it/RdrSj3

  • APR FC yatije umunyezamu wa yo #rwanda #RwOT

    Ikipe ya APR FC yamaze gufata umwanzuro wo gutiza umunyezamu wa yo Ntwari Fiacre mu ikipe ya Marines.

    Ntwari Fiacre ni umunyezamu wakuriye mu irerero rya APR FC aza kuzamurwa muri APR FC nkuru muri 2018, gusa ntiyabonye umwanya wo gukina.

    Ni umunyezamu wagaragaza impano dore ko ari n’umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23.

    Nyuma yo kutabona umwanya uhagije wo gukina mu ikipe ya APR FC, iyi kipe yafashe umwanzuro wo kumutiza mu ikipe ya Marines umwaka w’imikino wa 2020-2021 kugira ngo bimufashe kuzamura urwego rwe nk’uko umunyamabanga wa APR FC yabitangarije urubuga rw’iyi kipe. Ntwari Fiacre yatijwe muri Marines
    http://dlvr.it/Rdnp5W

  • Uko ibimenyetso bya Coronavirus bikurikirana mu kugaragara ku wayanduye #rwanda #RwOT

    Abashakashatsi bo muri University of Southern California, basohoye inyigo nshya yerekana uko ibimenyetso bya Coronavirus bigenda bikurikirana mu kugaragara ku muntu wayanduye.
  • Abanyarwanda baba mu Buhinde, Sri Lanka, Bangladesh na Nepal bizihije Umuganura #rwanda #RwOT

    Abanyarwanda baba mu bihugu by’u Buhinde, Sri Lanka, Bangladesh na Nepal, bahuriye hamwe bizihiza umunsi mukuru w’Umuganura, umunsi ukomeye kuva hambere kuko wibutsa Abanyarwanda ko basangiye igihugu, umuco n’indangagaciro.
  • Abasirikare ba Somalia bagaruje Elite Hotel yari yabohojwe na Al-Shabab #rwanda #RwOT

    Itsinda ry’abasirikare kabuhariwe ba Somalia, ryabohoje Elite Hotel yo mu murwa mukuru Mogadishu, yari yagabweho igitero n’intagondwa zigendera ku mahame ya kiyisilamu, Al-Shabab.
  • RDC: Abantu 12 bishwe n’imitwe yitwaje intwaro mu minsi itatu #rwanda #RwOT

    Mu minsi itatu ishize, abantu 12 bishwe n’imitwe yitwaje intwaro mu gace ka Beni ko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
  • Yatabawe na polisi nyuma yo gufungirwa munzu na mukase imyaka7. #rwanda #RwOT

    Polisi yo muri leta ya Kano mu gihugu cya Nigeria yarokoye umusore w’imyaka 30 witwa Ahmed Aminu, ufunzwe imyaka irindwi na mukase afatanije na se umubyara.

    Yakijijwe ku mugoroba wo ku wa kane n’abapolisi n’imiryango imwe iharanira uburenganzira bwa muntu ahitwa Farawa Babban Layi mu gace ka Mariri gaherereye mu gace ka Kumbotso gaherereye mu ntara ya Kano.

    Nk’uko amakuru abitangaza, ababyeyi be bamubohesheje umunyururu bamufunga kubera kunywa ibiyobyabwenge.

    Hateraniye hamwe ko Aminu yagiye iminsi adafite ibiryo n’amazi kandi agomba kugaburira umwanda we n’inkari kugirango abeho.

    Bamwe mu baturanyi bireba muri ako karere bamenyesheje abapolisi n’itsinda ry’uburenganzira bwa muntu ibijyanye na Aminu.

    Amashusho y’uyu mugabo warokowe yagiye ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu i Kano, yerekana uburyo abapolisi bamukuye mu kato yari afungiyemo imyaka irindwi.

    Umuvugizi wa polisi, DSP Abdullahi Haruna, yemeje ibyabaye, avuga ko iperereza ku mpamvu yatumye afungwa ryatangiye.

    Avuga ku byabaye, Shehu Ibrahim uharanira uburenganzira bwa muntu yavuze ko Aminu yafunzwe n’ababyeyi be akekwaho kuba yaratangiye kunywa itabi kandi ko yari anywa ibiyobyabwenge.

    The post Yatabawe na polisi nyuma yo gufungirwa munzu na mukase imyaka7. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/yatabawe-na-polisi-nyuma-yo-gufungirwa-munzu-na-mukase-imyaka7/

  • Tonzi yasohoye indirimbo nshya yise “Gumana Nanjye” #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Uwitonze Clementine uzwi ku izina rya Tonzi akaba yaramamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Gumana Nanjye” ashimira Imana anayisaba kumuba hafi.

    Mu kiganiro yagiranye n’IGIHE,Uyu muhanzikazi yavuze ko yakoze iyi ndirimbo ari nk’isengesho ry’ibyo yifuza mu buzima bwe bwa buri munsi.

    Ati “Ni indirimbo nakoze nshaka guha abantu ubutumwa burimo isengesho nifuza mu buzima bwa buri munsi. Kubana n’Imana, kugendana n’Imana mu byo nkora byose kandi mbyifuriza buri muntu uwo wariwe wese. Ni isengesho ryo kubwira Imana ko ubuzima bwanjye Itarimo ntacyo nakwishoboza.” Umuhanzikazi Uwitonze Clementine (Tonzi)

    Tonzi yari aherutse gushyira hanze indirimbo zirimo iyo yise ‘Isoko’ yahuriyemo n’abandi bahanzi batandukanye ndetse na ‘Dereva’, Uragorora’ n’izindi nyinshi.

    Tonzi ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo z’Imana umaze gushinga imizi haba mu Rwanda ndetse no mu bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

    Ni umwe mu bari bagize Akanama Nkemurampaka ka PGGSS yari ahuriyemo na Lion Imanzi na Aimable Twahirwa. Yamamaye cyane mu ndirimbo zo kuramya Imana cyane mu yitwa ‘Humura’ yakunzwe mu buryo buhambaye.

    Video y’indirimbo “Gumana Nanjye” wayisanga hano:

    Source: Igihe.com

    [email protected]

    source https://agakiza.org/Tonzi-yasohoye-indirimbo-nshya-yise-Gumana-Nanjye.html

  • Umutoza wa Rayon Sports ashobora guhura n’ihurizo rikomeye #rwanda #RwOT

    Guy Bukasa umutoza mushya w’ikipe ya Rayon Sports ashobora guhura n’ihurizo ryo gutoranya abakinnyi 25 iyi kipe izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2020-2019.

    Ku munsi wo ku wa Gatandatu ubwo habaga umwiherero w’ikipe ya Rayon Sports wahuje abakinnyi, abatoza n’ubuyobozi havuzwe ko iyi kipe ifite abakinnyi barenga 40 kandi abagomba gushakirwa ibyangombwa(license) bazakina icyiciro cya mbere ari 25.

    Ibi byatangajwe na Munyakazi Sadate, perezida wa Rayon Sports ubwo yaganiraga na Rwanda Magazine.

    Yagize ati“hano twari duhari turi abakinnyi barenga 41 kongeraho abakinnyi 3 bazaturuka hanze bataraza, kongeraho Soter utabashije kuboneka kubera impamvu yadutangarije, urumva rero ikipe yose irahari ahubwo dufite abakinnyi benshi ni na byo twabwiye abakinnyi hano, abakinnyi 44 gushakamo license z’abakinnyi 25 bizaba ari akazi gakomeye cyane.”

    Ibi bishobora kuzaba ihurizo ndetse n’akazi gakomeye ku mutoza mushya wa Rayon Sports, Guy Bukasa kuba yatoranya abakinnyi 25 mu bakinnyi barenga 40 iyi kipe ifite.

    Si umutoza gusa kuko n’abakinnyi na bo bafite akazi gakomeye cyane ko gukora kugira ngo bazabashe gutoranywa mu bakinnyi 25 iyi kipe izifashisha mu mwaka utaha w’imikino wa 2020-2021 uteganyijwe gutangira mu mpera z’Ukwakira 2020.

    Guy Bukasa ashobora guhura n’akazi katoroshye

    source http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-wa-rayon-sports-ashobora-guhura-n-ihurizo-rikomeye-4294

  • Kigali : Umugore waranguzaga urumogi mu baturage yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Polisi w’umusigire mu karere Nyarugenge, Chief Inspector of Police (CIP) Theogene Kariwabo yavuze ko kugira ngo Musabyimana afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari bafite amakuru ko acuruza urumogi.

    Ati “Abaturage baturanye nawe mu murenge wa Kimisagara mu mudugudu w’amahoro nibo baduhaye amakuru noneho abapolisi bakorana na bamwe mu baturage bajyayo nk’abakiriya bamubwira ko bashaka urumogi, bagezeyo basanga afite udupfunyika 5082.”

    CIP Kariwabo yaboneyeho gukangurira abayobozi mu nzego z’ibanze kujya bashishoza ku baturage bari mu midugudu bayobora kuko uyu wafashwe yari amaze ukwezi kose aba mu mudugudu bitazwi.

    Ati “Uyu mugore avuga ko yavuye mu karere ka Rubavu aza kuba muri Kimisagara mu kagari ka Kimisagara mu mudugudu w’Amahoro. Yahabaga abayobozi batabizi, akaba yacuruzaga utuntu tw’imboga n’imbuto iwe mu rugo mu rwego rwo kujijisha kugira ngo acuruze urumogi. Turakangurira abayobozi ku midugudu, amasibo kujya bagira ikaye y’abashyitsi bakamenya abashyitsi ndetse n’abaje gutura.”

    Musabyimana yavuze ko urumogi yaruzanirwaga n’umuntu warukuraga i Rubavu ariko nawe mu minsi ishize yarafashwe ubu afungiye muri gereza ya Nyakiriba.

    CIP Kariwabo yashimiye abaturage batanze amakuru, asaba n’abandi kujya bafatanya na Polisi mu kurwanya ibyaha.Yabagaragarije ko ibiyobyabwenge aribyo ntandaro y’ibindi byaha byose ndetse bikabaviramo gufungwa.

    Uyu mugore aje akurikira irindi tsinda ry’abantu bakwirakwizaga urumogi mu mujyi wa Kigali baherutse gufanwa ibiro 10 by’urumogi n’udupfunyika 13,200 byose bafatiwe mu karere ka Gasabo.

    Musabyimana yashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kimisagara.

    Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka. irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Kigali-Umugore-waranguzaga-urumogi-mu-baturage-yatawe-muri-yombi