Blog

  • Umuhanzi Meddy n’ umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye [AMAFOTO]   #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hari kugaragara amafoto y’ umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy n’umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye.

    Amafoto bashyize kuri Konti za Instagram zabo, yagaragaje ko aba bombi batewe ishema n’urukundo rwabo bamazemo iminsi banarugaragaza ku mbuga nkoranyambaga.

    Ni amafoto agaragara nk’aho aba bombi bari bitabiriye ibirori kubera imyambarire yabo. Meddy yari yambaye isuti nziza mu gihe umukunzi we yari yambaye ikanzu na yo itagira uko isa.

    Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wanazanye uriya mukobwa kumwereka ababyeyi, akunze kugaragaza ko yimariyemo uriya mukobwa mu mafoto bombi bakunze gushyira hanze.

    Reba hano amafoto:
    http://dlvr.it/RgFs7P

  • Umukobwa w’ imyaka 19 yafashwe ku ngufu n’ umushoferi wa ambulance mu gihe yaragiye mu bitaro kwivuza Covid_19 #rwanda #RwOT

    Biravugwa ko umukobwa w’imyaka 19 yafashwe ku ngufu n’umushoferi utwara abarwayi (ambulance) ubwo yamujyanaga mu bitaro nyuma yo gupimwa COVID-19.

    Bivugwa ko uyu mwana w’ingimbi yatewe n’umugabo uzwi ku izina rya V Noufal w’imyaka 29, ubwo yari mu nzira yerekeza mu kigo cy’ubuvuzi cya mbere cya Covid_19 mu karere Kerala, mu Buhinde, mu ijoro ryo ku wa gatandatu, tariki ya 5 Nzeri.

    Ku cyumweru, tariki ya 6 Nzeri, Noufal yatawe muri yombi, nyuma yuko uwahohotewe abwiye abakozi b’ibitaro ibyabaye bivugwa ko yageraga i Pandalam.

    Nyuma yo gufatwa kwe, Polisi yavuze ko atabonye icyemezo cy’icyemezo cy’agateganyo mbere yo kwinjira nk’umushoferi.

    Minisitiri w’ubuzima KK Shailaja yavuze ko ibyabaye ari ‘ubumuntu’ yongeraho ati ‘ntibyari bikwiye kubaho.’

    Umukozi w’ishami ry’ubuzima yabwiye The Indian Express ko ubusanzwe umushoferi yoherezwa wenyine mu gace runaka kugira ngo ajyane abarwayi kugira ngo bagabanye ingaruka z’abakozi b’ubuzima.

    Uyu muyobozi yagize ati:“Icyumba cy’umushoferi cyacitsemo ibice kandi nta bandi bakozi cyangwa umuforomo uherekeza umushoferi igihe bajyana abarwayi mu bitaro”.

    “Ibi ni ukugabanya abakozi bashinzwe ubuzima ku banduye. Mubihe bidasanzwe, niba umurwayi afite uburemere, twohereza umuforomo. Muri uru rubanza, abarwayi bombi bari bahagaze neza”.

    Igitero nicyo giheruka mu ruhererekane rw’ibyaha by’imibonano mpuzabitsina mu Buhinde. Mu cyumweru gishize, umukobwa w’imyaka itatu yafashwe ku ngufu anigwa anizwe mu karere ka Lakhimpur Kher, muri Uttar Pradesh. 

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/umukobwa-w-imyaka-19-yafashwe-ku-ngufu-n-umushoferi-wa-ambulance-mu-gihe-yaragiye-mu-bitaro-kwivuza-covid_19/

  • Umugabo yishwe n’ ifi arimo aserebeka ku nyanja #rwanda #RwOT

    Umugabo wo muri Australia yishwe n’ifi yo mu bwoko bwa Shark ku mwaro w’inyanja uzwi nka Gold Coast muri leta ya Queensland, biba ubwa mbere ifi nk’iyo ikoze ibara nk’iri muri aka gace mu myaka irenga 60 ishize.

    Nick Slater w’imyaka 46, asanzwe ari umuntu uzwi mu byo guserebeka ku nyanja (surfing), ni byo yarimo akora ejo ku wa kabiri ubwo iyi fi yamucakiraga ikamuruma bikomeye cyane akaguru.

    Abandi bakora iyo siporo nka we nyuma bamubonye areremba ku mazi ari iruhande rw’igikoresho bakoresha muri iyo siporo.

    Yihutanywe ku nkombe ahabwa ubufasha bw’ibanze ariko ntiyarenze aho, yahise apfa.

    Uyu munsi ku wa gatatu abakozi bo ku nyanja bazengurutse hafi y’umwaro muri kajugujugu bashakisha iyo fi, bikekwa ko ari iyo mu bwoko bwa ‘great white shark’ ifite uburebure bwa metero eshatu.

    Ukuriye agace byabereyemo witwa Tom Tate yagize ati: “Nitumara kumenya ko iyo fi itakiri hafi aho, nibwo ubwidagaduriro ku mucanga (beach) bwongera gufungurwa.”

    Ifi zo mu bwoko bwa Great White Shark ziba ari nini cyane kandi zishobora gusagarira abantu

    Avuga ko aribwo bwa mbere bene iyi fi ikoze ibara kuva mu 1958, yongeraho ko bari gukora iperereza ku byabaye.

    Umwe mu bari hafi yabwiye ikinyamakuru Courier Mail ko Bwana Slater iyi fi yamurumye bikomeye ahagana ku itako kandi “ryose urebye ryari ryavuyeho”.

    Jade Parker wahaye ubufasha Bwana Slater avuga ko iyi fi yamukuyeho igice kinini.

    Yabwiye igitangazamakuru ABC dukesha iyi inkuru ati: “Yamukuyeho ahantu hangana n’umuzenguruko w’umupira wa basketball… hari n’iryinyo ryayo ryari ryaheze mu mwenda navanyeho”.

    Gold Coast ni kamwe mu duce dukundwa cyane n’abakerarugendo muri Australia, kubera umucanga mugari wera, n’ibikorwa byo guserebeka ku nyanja bikurura benshi.

    Kuva mu myaka ya 1960, agace kegereye umucanga kari kararinzwe bene aya mafi bashyira hirya mu nyanja inshundura zituma aya mafi atahegera.

    Abategetsi bavuga ko hakiri kare kwemeza niba hakenewe ko ubwo bwirinzi bwongerwa.

    Nyuma y’ibyabaye ubwidagaduriro bwo ku mucanga muri Gold Coast bwahise bufungwa

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/umugabo-yishwe-n-ifi-arimo-aserebeka-ku-nyanja/

  • Coronavirus: Urukingo rwa kaminuza ya Oxford rwari mu igeragezwa, rwateje ikibazo ruhita ruhagarikwa #rwanda #RwOT

    Igeragezwa rya nyuma ry’urukingo rwa coronavirus, rwakozwe n’uruganda rw’imiti AstraZeneca na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza, ryabaye rihagaritswe nyuma yuko umwe mu barugeragerezwagaho mu Bwongereza rumugizeho ingaruka mbi.

    Uruganda AstraZeneca rwavuze ko uko kuba igeragezwa rihagaritswe ari “ibisanzwe” mu gihe habayeho “indwara idasobanutse”. Ibiva mu mageragezwa y’uru rukingo biri gukurikiranirwa hafi mu bice bitandukanye by’isi.

    Urukingo rwa AstraZeneca na Kaminuza ya Oxford rubonwa nk’uruhabwa amahirwe akomeye yo kuba urukingo nyarwo mu nkingo za Covid-19 zibarirwa muri za mirongo zirimo gukorwa mu bice bitandukanye ku isi.

    Hashize igihe hari abafite icyizere cyinshi ko urwo rukingo rushobora kuzaba urwa mbere rwa Covid-19 rugeze ku isoko ry’imiti, nyuma yuko amageragezwa yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri agenze neza.

    Kugera mu cyiciro cya gatatu cy’igeragezwa byabayeho mu byumweru bishize. Muri iki cyiciro nkuko BBC ibitangaza, rwari rurimo kugeragerezwa ku bantu bagera ku 30,000 bo muri Amerika, mu Bwongereza, Brazil n’Afurika y’epfo.

    Amageragezwa y’urukingo yo mu cyiciro cya gatatu akenshi akorerwa ku bantu babarirwa mu bihumbi ndetse ashobora kumara imyaka myinshi.

    Abarukoze bavuze iki?

    Ibikorwa byabaye bihagaze mu bice byose byo ku isi aho urwo rukingo rwarimo kugeragerezwa, mu gihe harimo gukorwa amagenzura yigenga ku bijyanye n’amakuru ku ngaruka ku buzima mbere yuko hafatwa icyemezo niba igeragezwa ryarwo ryakongera gutangira, nkuko umunyamakuru wa BBC Fergus Walsh ukuriye ishami ry’inkuru ku buvuzi abivuga.

    Umuvugizi wa Kaminuza ya Oxford yagize ati: “Mu magerageza akorewe ku bantu benshi, uburwayi bubaho ariko bugomba kugenzurwa mu buryo bwigenga mu kurebana ibi ubushishozi”.

    Ubu bubaye ubwa kabiri igeragezwa ry’urukingo rwa coronavirus rwa Kaminuza ya Oxford ribaye rihagaritswe, nkuko umunyamakuru wa BBC Fergus Walsh akomeza abivuga.
    Ibintu nk’ibyo byo kuba igeragezwa ry’urukingo rihagaritswe bisanzwe bibaho mu magerageza y’inkingo akorewe ku bantu benshi, kandi biba igihe umuntu wo mu bemeye kurugeragerezwaho arwaye akajyanwa mu bitaro kandi icyateye ubwo burwayi bwe kidahise kimenyekana.

    Byibazwa ko amageragezwa y’uru rukingo rwa Kaminuza ya Oxford ashobora kongera gutangira mu minsi iri imbere.

    Urubuga rw’amakuru y’ubuzima, Stat News, rwatangaje iyi nkuru bwa mbere, rwavuze ko amakuru arenzeho ajyanye n’uwo wo mu barugeragerezwagaho mu Bwongereza rwagizeho ingaruka atahise amenyekana. Ariko urwo rubuga rwasubiyemo amagambo y’umuntu waruhaye amakuru avuga ko byitezwe ko uwo muntu akira.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/coronavirus-urukingo-rwa-kaminuza-ya-oxford-rwari-mu-igeragezwa-rwateje-ikibazo-ruhita-ruhagarikwa/

  • Bite bya Rwatubyaye Abdul uri ku musozo w’amasezerano ye? #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda uri ku mpera z’amasezerano ye mu ikipe ya Colorado Rapids mu cyiciro cya mbere muri Amerika ‘MLS’ ariko akaba yaratijwe muri Colorado Springs Switchbacks yo mu cyiciro cya 2, avuga ko ubu ataramenya neza niba azongera amasezerano cyangwa azatandukana n’iyi cyane ko afite andi makipe amwifuza.

    Mu Kwakira 2019 ni bwo Rwatubaye Abdul yongereye amasezerano y’umwaka 1 akinira Colorado Rapids yo mu cyiciro cya mbere muri Amerika, byari byitezwe ko azanakina mu cyicro cya mbere ariko iyi kipe ikaba yaraje kumutiza mu cyiciro cya 2 muri Colorado Springs Switchbacks.

    Aganira na ISIMBI.RW, Rwatubyaye Abdul yavuze ko koko ari ku mpera z’amasezerano ye muri iyi kipe kandi nta n’ibiganiro aratangira kugirana na yo ngo abe yakongera amasezerano.

    Yagize ati“nongereye amasezerano mu Kwakira umwaka ushize ariko kugeza ubu nta biganiro biraba hagati yanjye n’ikipe ariko bidahindutse tuvugana hagati ya Nzeri n’Ukwakira.”

    Yakomeje avuga ko n’iyo atakongera amasezerano afite andi makipe amwifuza atahita atangaza.

    Ati“Bidakunze hari n’andi makipe ariko ntabwo umuntu yahita azivuga aka kanya ntakiraba, ni uko bimeze, ntongereye amasezerano n’ikipe yanjye umuntu yakwicara akareba icyo gukora.”

    Mu ntangiro za 2019 ni bwo Rwatubyaye Abdul yavuye mu Rwanda agiye muri Sporting Kansas City, iyi kipe muri Gicurasi 2019 yafashe umwanzuro wo kumugurana umukinnyi wo hagati we bamutanga muri Colorado Rapids ari na yo afitiye amasezerano n’ubwo yamutije muri Colorado Springs Switchbacks.

    Rwatubyaye Abdul ari ku mpera z’amasezerano ye

    source http://isimbi.rw/siporo/article/bite-bya-rwatubyaye-abdul-uri-ku-musozo-w-amasezerano-ye

  • Rubavu: ADEPR_ Busiza yaciwe amande 150000 Frw kubera kwakira abantu benshi mu bukwe #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’ Akarere ka Rubavu bwahanishije ADEPR_Busiza gucibwa amande y’ibihumbi 150 Frw kuko uru rusengero rwarengeje umubare w’abakristu bagomba kuhateranira ubwo basezeranyaga abageni mu bukwe bwatashywe n’abantu 45 mu gihe ubusanzwe hemewe 30.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert avuga ko ruriye rusengero rwemerewe guteraniramo abantu 30 ariko ko mu mpera z’icyumweru gishize hari hateraniye abantu 45 bari baje mu bukwe.

    Ati “Murumva ko barengejeho cumi na batanu (15) ari nayo mpamvu twabaciye ariya mande kuko buri muntu yabariwe amande y’ibihumbi icumi (10).”

    Ifoto y’inyemezabwishyu y’ariya mande ya 150 000 Frw yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru gishize.

    Iyi nyemezabwishyu yanditseho ko impamvu ari “Kurenga ku mabwiriza ya Covid-19 -UBUKWE”  yatanzwe ku wa 05 Nzeri 2020

    Mayor Habyarimana Gilbert avuga ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zikwiye kujya mu zindi gahunda abantu basanzwe bakora kandi buri wese akumva ko zimureba.

    Ati “Aha buri wese azaba afite icyizere cyo kutandura ndetse no kutanduza abandi; kandi uwirinze akambara agapfukamunwa neza, agakaraba kandi agatanga intera, n’iyo yahura n’uwanduye ashobora kutandura.”

    Mu karere ka Rubavu, uru rusengero ruri mu Murenge wa Bugeshi ni rwo rubaye urwa mbere mu gucibwa amande yo kurenga ku mabwiriza.

    buri muntu yabariwe amande y’ibihumbi icumi
    http://dlvr.it/RgFhsX

  • Rubavu: ADEPR_ Busiza yaciwe amande 150000 Frw kubera kwakira abantu benshi mu bukwe #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’ Akarere ka Rubavu bwahanishije ADEPR_Busiza gucibwa amande y’ibihumbi 150 Frw kuko uru rusengero rwarengeje umubare w’abakristu bagomba kuhateranira ubwo basezeranyaga abageni mu bukwe bwatashywe n’abantu 45 mu gihe ubusanzwe hemewe 30.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert avuga ko ruriye rusengero rwemerewe guteraniramo abantu 30 ariko ko mu mpera z’icyumweru gishize hari hateraniye abantu 45 bari baje mu bukwe.

    Ati “Murumva ko barengejeho cumi na batanu (15) ari nayo mpamvu twabaciye ariya mande kuko buri muntu yabariwe amande y’ibihumbi icumi (10).”

    Ifoto y’inyemezabwishyu y’ariya mande ya 150 000 Frw yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru gishize.

    Iyi nyemezabwishyu yanditseho ko impamvu ari “Kurenga ku mabwiriza ya Covid-19 -UBUKWE”  yatanzwe ku wa 05 Nzeri 2020

    Mayor Habyarimana Gilbert avuga ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zikwiye kujya mu zindi gahunda abantu basanzwe bakora kandi buri wese akumva ko zimureba.

    Ati “Aha buri wese azaba afite icyizere cyo kutandura ndetse no kutanduza abandi; kandi uwirinze akambara agapfukamunwa neza, agakaraba kandi agatanga intera, n’iyo yahura n’uwanduye ashobora kutandura.”

    Mu karere ka Rubavu, uru rusengero ruri mu Murenge wa Bugeshi ni rwo rubaye urwa mbere mu gucibwa amande yo kurenga ku mabwiriza.

    buri muntu yabariwe amande y’ibihumbi icumi

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/rubavu-adepr_-busiza-yaciwe-amande-150000-frw-kubera-kwakira-abantu-benshi-mu-bukwe/

  • Charles Ndereyehe arrêté en Hollande en attente de son extradition au Rwanda pour ses présumés crimes de génocide #rwanda #RwOT

    Dans un premier temps, disent les sources, il est procédé au retrait de la nationalité hollandaise qu’il avait acquise.

    Il est rapporté que son arrestation vers seize heures et demie a suivi sa convocation à quatorze heures par les services hollandais d’Etat civil qui lui ont fait signer le fait qu’il venait de perdre la nationalité de ce pays-là.

    La Hollande répond aux souhaits des autorités rwandaises qui, le 20 avril 2010, avaient lancé un mandat d’arrêt international contre le monsieur, souhaitant que le pays qui l’héberge prenne ses disposition pour son extradition vers la justice rwandaise où il doit répondre aux sérieuses accusations pour son implication dans le génocide des Tutsi de 1994.

    Il est rapporté que Charles Ndereyehe vivait tranquillement en Hollande où il poursuivait sa sensibilisation au négationnisme du génocide des Tutsi tout en collaborant avec des mouvements politico militaires de RNC/Rwanda National Congress et des FDLR/Forces Démocratiques de Libération du Rwanda. Il était particulièrement actif dans les FDU-Inkingi/Forces Démocratiques Unifiées où il est cité comme l’un des membres fondateurs.

    De quoi est-il accusé ?
    Il est accusé d’avoir, en 1992, créé le CRP-Cercle des Républicains Progressistes en collaboration avec d’autres intellectuels de l’époque, les Nahimana Ferdinand ; Dr Rwamucyo Eugène ; Dr Nshimyumuremyi Jean Berchmas et les autres. Ce mouvement a sensibilisé les étudiants de l’Université Nationale du Rwanda- Campus de Nyakinama à préparer le génocide des Tutsi de 1994.
    Il a, à son compte aussi, le fait, en 1992, d’avoir activement participé à la création de la CDR, un parti extrémiste hutu par qui le Génocide des Tutsi de 1994 a été rendu possible.

    Alors qu’il était nommé Directeur général de l’ISAR-Rubona/Institut de Sciences Agronomiques, il a encouragé son personnel à haïr puis génocider les agents Tutsi qui y travaillaient.

    Enfin, à l’école des Sous Officiers de Butare, il a été parmi ceux qui ont organisé la milice Interahamwe du coin pour une formation militaire tentant à leur efficacité dans les massacres des tutsi de 1994.

    La CNLG/Commission Nationale de Lutte contre le Génocide qui a investigué sur la criminalité sans borne de cette personne, le retrace en 1993 où fraîchement nommé DG de l’ISAR, il a conçu un plan de décimer toutes les familles tutsi de l’ISAR et de son voisinage. Pour cela, il a créé des comités de criminels dans l’ISAR et dans ses 7 antennes éparpillées dans le pays.

    Pour mieux arriver à ses fins, il a écrit le 21 mars 1993, une lettre au Chef du Personnel de l’ISAR, M. Didace Mugemana, une lettre lui donnant tous les pouvoirs de traiter le personnel à sa guise. Tous les chefs de services ont eu copie de cette lettre.

    Cette carte blanche suffisait à Didace pour créer et coordonner la section des jeunesses Interahamwe au sein de l’ISAR.

    Il est même rapporté qu’au temps où courait le génocide depuis avril 1994, Ndereyehe a ordonné à son personnel de céder une partie de leurs salaires pour constituer un effort à la chasse des Tutsi et les hutu qui n’approuvaient ni ne participaient au projet de génocide des Tutsi.

    Une coopération judiciaire rwando hollandaise active
    La probable extradition au Rwanda de Charles Ndereyehe par la justice hollandaise viendrait suivant celle de deux autres présumés génocidaires Jean Claude Iyamuremye et Jean Baptiste Mugimba qui sont arrivés au Rwanda en 2016. Ils font face à leurs procès par les cours et tribunaux rwandais.

    Contrairement à la France ou la Belgique qui hébergent beaucoup de présumés génocidaires et autres négationnistes, la Hollande ne tolère pas de tels individus. Elle a jugé un certain Joseph Mpambara qui, le 7 juillet 2011 a été reconnu coupable de crimes de génocide des Tutsi et en a écopé une peine de prison à vie. Une certaine Yvonne Basebya Ntacyobatabara a, quant à elle, le 1er mars 2013, écopé d’une peine légère de six ans et huit mois, pour les crimes de génocide avérés commis à Gikondo, au centre sud de la Ville de Kigali.

    Décidément la Hollande force le respect dans son effort de rendre le Rwanda démocratique dans sa tentative d’arrêter les auteurs de crimes de génocide des Tutsi de 1994 au Rwanda. Cette coopération judiciaire ne peut que tendre à la saine et véhémente démocratisation des institutions et de la société rwandaise qui ne doivent pas lutter contre les négationnistes du génocide et autre ethnocentristes extrémistes hutu qui sont sérieusement opposés à toute ouverture démocratique d’une société rwandaise roulant sur des valeurs de la tolérance, compréhension mutuelle et ouverture d’esprit.

    Jovin Ndayishimiye

    source https://fr.igihe.com/Charles-Ndereyehe-arrete-en-Hollande-en-attente-de-son-extradition-au-Rwanda.html