source https://igihe.com/amakuru/article/ibintu-biziririzwa-mu-gisirikare-cy-u-rwanda
source https://igihe.com/amakuru/article/ibintu-biziririzwa-mu-gisirikare-cy-u-rwanda

Nubwo barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bakanywa inzoga bitemewe, aba bantu barimo kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi ku izina rya ‘Cungumuntu’.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana, arashimira abaturage bamaze kumva neza amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bagatanga amakuru.
Yagize ati “Hari ku mugoroba nka saa moya umuturage ahamagara abapolisi ababwira ko hari ahantu barimo gupima inzoga kandi bitemewe muri ibi bihe byo kurwanya Coronavirus. Abapolisi bahise bagera muri ako gasantere basanga koko mu nzu huzuyemo abantu barimo kunywa inzoga nta bwiriza na rimwe ryo kurwanya COVID-19 bubahirije”.
CIP Twizeyimana yakomeje avuga ko uko bari 27 ndetse na nyir’akabari bahise bashyikirizwa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze barigishwa, ariko nyir’akabari we yaciwe amande hakurikijwe amategeko.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko icyo kinyobwa bitazwi neza uburyo gikorwa n’ibyo bagikoramo, gusa avuga ko kigira ingaruka ku mutekano w’abaturage ndetse no ku buzima bwabo.
Ati “Umuntu wanyoye kiriya kinyobwa acika intege mu gitondo ntagire umurimo akora, uwakinyoye kandi agira amahane cyane ku buryo giteza ibibazo by’umutekano mu baturage nko kurwana ndetse n’amakimbirane mu miryango”.
Izo nzoga zahise zimenwa. CIP Twizeyimana yasabye abaturage kwirinda bene ziriya nzoga kuko zibangiriza ubuzima, ariko cyane cyane bakomeze kubahiriza amabwiriza yose yo kurwanya no gukumira ikwirakwira rya COVID-19 bambara gapfukamunwa kandi neza, guhana intera aho bari hose, kugira isuku bakaraba mu ntoki n’amazi meza n’isabune cyangwa bagakaraba umuti wabugenewe wica udukoko, ndetse yanabakanguriye kujya bahanahana amafaranga bifashishije uburyo bw ‘ikoranabuhanga.
Yakomeje ashimira abatanga amakuru asaba n’abandi kujya bayatanga bityo bafatanyirize hamwe kurwanya icyorezo cya COVID-19 gicike, ubuzima buzasubire uko bwahoze.

Kugabanya amasaha yo gukora n’ay’ingendo muri rusange bitewe no kwirinda Covid-19 byagabanyije umuvuduko w’ubucuruzi muri rusange kuburyo bamwe mu bacuruzi bo mu mugi wa Kigali bataka igihombo, bakaba bavuga ko kuba abakiliya baragabanutse byatumye nabo batagicuruza uko bikwiye.
Madame Christine twamusanze muri Centre ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro atubwira byinshi kuri byerekeye imibereho y’abagore bacuruza n’uburyo bagezweho n’igihombo biturutse kuri gahunda ya guma mu rugo. Ati 'Ubundi hano (…)
– Ibikorwa
Antoinette Mukamusoni’s business was flourishing and expectations were so high until she heard that the market she was operating in was to be closed to mitigate the spread of COVID-19. She is one of hundreds of women who operated at one of the busiest markets located in Nyabugogo suburb in the area better known as Kwa Mutangana. The market was closed three weeks ago leaving with no option but to become a street vendor which is a risky business as it is illegal to sell products on the street. (…)
– Ibikorwa