Blog

  • Mukaperezida na Evariste batunguranye mu kiganiro barasomana biratinda(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Kwizera Evariste n’umugore we, Mukaperezida batunguranye mu kiganiro na ISIMBI barasomana aho bavuze ko ibyo gusamana nta kibazo kirimo cyane ku bantu bakundana.

    Urukundo rw’aba bombi rwamamaye cyane mu ntangiriro za 2019 ubwo bashakanaga, Mukaperezida Clotolde yari afite imyaka 48 mu gihe Evariste yari afite imyaka 21.

    N’ubwo abantu benshi babaca intege z’uko batazabyara bitewe n’imyaka ya Mukaperezida bavuga ko yacuze atazabyara, gusa muri iki kiganiro bavuze ko biteze ko bazabyara cyane ko urubyaro rutangwa n’Imana.

    Reba ikiganiro na Evariste na Mukaperezida

    Source : http://isimbi.rw/andi-makuru/article/mukaperezida-na-evariste-batunguranye-mu-kiganiro-barasomana-biratinda-amafoto

  • Farumasi zigiye gutanga inkingo no kuboneza urubyaro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi ba NPC
    Abayobozi ba NPC

    Mu nama abahanga mu by’imiti mu Rwanda baza gukora hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatanu, baraganira n’inzego zitandukanye ku ngamba zitandukanye zatuma imiti igera ku baturage kandi bakayifata mu buryo itabateza ibibazo, ahubwo ikabakiza indwara.

    Bimwe mu bibazo Urugaga rw’Abahanga mu by’imiti mu Rwanda (NPC) ruvuga ko bikomereye abaturage, ni ukutabona imiti n’inkingo hafi, ndetse no gufata imiti bitari ngombwa, kutayimara cyangwa kutubahiriza igihe bagomba kuyifatira, bikaba biviramo bamwe ingaruka z’uko hari imiti yatakaje ubushobozi bwo kubavura.

    Mu kiganiro abayobozi ba NPC bagiranye na Kigali today kuri uyu wa kane, bavuze ko abaganga bose atari ko bafite uburenganzira bwo gutanga imiti, ndetse ko nta miti igomba kuba itangirwa kwa muganga keretse igenewe abarwayi baho, yavuye kuri farumasi.

    Perezida wa NPC, Dr. Innocent Hahirwa, yakomeje agira ati “hari imiti ikwiye kwandikwa n’umuganga wihariye ku ndwara runaka, atari umuganga ubonetse wese, kuko iriya miti ivura indwara zandura (ziterwa n’udukoko yitwa anti-biotiques), usanga iri mu byiciro bitandukanye uhereye ku yoroheje, ikomeye gake n’ikomeye cyane.

    Abantu baba bakeneye ko duhera kuri ya miti yo hasi igihe uburwayi bwawe bworoshye, kugira ngo nibinanirana ku muti woroheje, uze kuba ufite undi uwurusha ubushobozi wakuvura.

    Iyo umuntu aguhereye kuri wawundi wa gatatu nyamara hari ibindi byiciro yasimbutse, hari igihe uzagirana ikibazo na wa muti wo ku rwego rwo hejuru, ukaba ufite ibyago by’uko indwara yawe itavurwa”.

    Abahanga mu by’imiti bakomeza bavuga ko nubwo bidakorwa mu Rwanda, ahandi mu bindi bihugu ari bo batanga inkingo, mu rwego rwo kwegereza iyo serivisi abasanzwe babyiganira kwa muganga, rimwe na rimwe bakabura iyo serivisi.

    Dr. Hahirwa yakomeje agira ati “iyi ni imwe mu ntambwe u Rwanda ruri kwifuza gutera, kugira ngo ejo cyangwa ejobundi abahanga mu by’imiti babe batanga inkingo, harimo no gutera inshinge, mu gihe kitari icya kera tuzabona iyo serivisi”.

    Umunyamabanga Uhoraho akaba n’Umwanditsi w’abahanga mu by’imiti muri NPC, Rugambya Patrick yasobanuye ko ibijyanye no gutangira inkingo muri Farumasi bikiri gutegurwa, harimo nko guhugura abazakora uwo murimo, amategeko no gutegura aho bizakorerwa, ariko ko ikiri hafi gukorwa ari ukuhatangira serivisi zo kuboneza urubyaro.

    Rugambya yagize ati “hari umuntu wavuga ngo kubonera iriya serivisi (yo kuboneza urubyaro) kwa muganga birangora, biratinda kandi mfite inshingano nyinshi.

    Iyi miti umuntu afata yarangije gukora imibonano mpuzabitsina ikamubuza gusama, muri farumasi abantu bayihabonera mu ibanga kandi bitabagoye, akaba ari muri ubwo buryo kuboneza urubyaro biramutse bigiye muri farumasi byafasha benshi”.

    Urugaga rw’abahanga mu by’imiti (NPC) ruvuga ko rwishimiye kuba imiti myinshi yajyaga iva ahandi igiye gutangira gukorerwa mu Rwanda, aho inganda eshatu ziyikora kuri ubu zatangiye kubakwa i Kigali.

    NPC hamwe n’umuryango uhuza abahanga mu by’imiti ku isi, bihaye insanganyamatsiko muri uyu mwaka yo gutekereza ku ruhare rwabo mu guhindura ubuzima bw’abatuye isi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/farumasi-zigiye-gutanga-inkingo-no-kuboneza-urubyaro

  • U Bubiligi bwahaye u Rwanda imbangukiragutabara 40 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Izo mbangukiragutabara 40 zifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri Miliyari ebyiri zikazahabwa ibitaro by’uturere byo hirya no hino mu gihugu.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, wavuze mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda, yashimye iyo nkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda kuko zizafasha u Rwanda guteza imbere ibyerekeranye n’ubuvuzi no guhangana n’indwara zitandukanye harimo n’ibyorezo.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-bubiligi-bwahaye-u-rwanda-imbangukiragutabara-40

  • Abakinnyi 3 ba Arsenal bise izina abana b’Ingagi #rwanda #RwOT

    Kapiteni w’ikipe ya Arsenal, Pierre-Emerick Aubameyang, Bernd Leno na Hector Bellerin baraye bise izina abana b’Ingagi, umuhango wabaga ku nshuro ya 16.

    Ibi byabaye binyuze ku masezerano y’ubufatanye ikipe ya Arsenal yagiranye n’u Rwanda yo kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.

    Buri mwaka mu Rwanda haba umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi ukabera muri Pariki y’Ibirunga mu Kinigi.

    Kuri iyi nshuro bitewe n’ibihe Isi irimo by’icyorezo cya COVI-19, uyu muhango wabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

    Ku munsi w’ejo ku wa Kane hiswe abana b’Ingagi 24, akaba ari abavutse nyuma y’itariki ya 6 Nzeri 2019.

    Umunya-Gabon akaba na kapiteni w’ikipe ya Arsenal, Pierre-Emerick Aubameyang umwana w’Ingagi yamwise Igitego.

    Myugariro wa Arsenal ukomoka muri Espagne, Hector Bellerin we umwana w’Ingagi yamwise Iriza.

    Umunyezamu wa Arsenal ukomoka mu gihugu cy’u Budage, Bernd Leno, umwana w’Ingagi yamwise Myugariro.

    Urutonde rw’amazina yiswe abana 24 b’ingagi:

    1. Kazeneza

    2. Nkomezamihigo

    3. Uwacu

    4. Murengezi

    5. Duhuze

    6. Cyororoka

    7. Igitego

    8. Indiri

    9. Ubushobozi

    10. Amarembo

    11. Ihogoza

    12. Umusanzu

    13. Nkerabigwi

    14. Impinduka

    15. Myugariro

    16. Isezerano

    17. Iriza

    18. Nyiramajyambere

    19. Ikamba

    20. Amabwiriza

    21. Izabukuru

    22. Ishya

    23. Umuyobozi

    24. Umuganga

    Abakinnyi ba Arsenal bise abana b’Ingangi izina

    Ejo hiswe izina abana b’Ingagi

    Source : http://isimbi.rw/ubukerarugendo/article/abakinnyi-3-ba-arsenal-bise-izina-abana-b-ingagi

  • Reba ibimenyetso simusiga biranga umukobwa ukiri isugi cyangwa utakiri isugi #rwanda #RwOT

    Gupima ubusugi bw'umukobwa ntago bigombera kuryamana nawe cyangwa gukoresha ikindi gipimo, ahubwo hari ibintu byinshi bishobora kukwereka ko umukobwa ari isugi cyangwa ko atakiri isugi.

    Dore ibimenyetso iranga abakobwa batakiri amasugi cyangwa bakiri isugi

    1. Umukobwa utakiri isugi iyo umubajije ko ari isugi ararakara


    Umukobwa utakiri isugi iyo ubimubajije agusubizanya umujinya akakubwira ko bitakureba ndetse akabigira birebire. Nyamara umukobwa w'isugi iyo ubimubajije aramwenyura akakwihorera usanga ntacyo biba bimubwiye kuba wavuga ko ari isugi cyangwa se atakiri isugi.

    2. Bakunda kwigunga

    Abakobwa bose bigunga siko baba batakaje ubusugi, ariko umukobwa iyo aribwo agitakaza ubusugi akunze kwigunga kuburyo ashobora no kumara iminsi ikurikiraho mu nzu atarasohoka.

    3. Umukobwa ukiri isugi ntago akunda kwigaragaza

    Umukobwa ukiri isugi, n'ahantu ari ntago aba ashaka ko hari abamwitaho cyane ngo bamurangarire, umukobwa utakiri isugi akora ibishobora byose kugira ngo aho anyuze buri musore wese arangare.

    4. Umukobwa ukiri isugi akunda kwiyemera

    Umukobwa ukiri isugi akunda kwiyemera akihagararaho ku musore umutereta akamwereka ko ntacyo amukeneyeho, nyamara umukobwa utakiri isugi ni babandi utumira ngo musohokane musangire icyayi, akazana n'inshuti ze zose atanabiguteguje mu rwego rwo kugira ngo bose ubagurire wishyure menshi. Ibi nta mukobwa ukiri isugi wabikora

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/25/reba-ibimenyetso-simusiga-biranga-umukobwa-ukiri-isugi-cyangwa-utakiri-isugi/

  • Sarpong yasabwe gukora ibikomeye muri Yanga #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umunya-Ghana ukinira Yanga yo muri Tanzania, Michael Sarpong wanyuze muri Rayon Sports we na Yacouba Sagne bahawe inshingano n’umutoza w’iyi kipe, Zlatko Krmpotic zo gutsinda igitego buri mukino.

    Ibi uyu mutoza wanyuze mu Rwanda atoza APR FC, yabibwiye abakinnyi be nyuma yo gutsinda ibitego 3 mu mikino 3 ya shampiyona(nabyo harimo 1 cya rutahizamu gusa), akaba abona ubusatirizi bwe budakora akazi nk’uko bikwiye.

    Uyu mutoza yavuze ko afite impamvu iyo ari yo yose yo gusaba ba rutahizamu be barimo Michael Sarpong na Yacouba Sagne gukora ibishoboka byose bakamenya ko buri mukino batsinze ibitego.

    Yagize ati“Rimwe na rimwe, umusaruro ni mwiza kuri twe kuko bidufasha kugera ku ntego n’ubwo tutaragera ku byiza buri wese muri twe yifuza.”

    Yakomeje aira ati“dufite umubare muto w’ibitego twatsinze kuva shampiyona yatangira, ni ikibazo turimo gukoraho kugira ngo twizere neza ko ba rutahizamu bacu(cyane cyane Sarpong na Yacouba) batsinda ibitego bihagaije kuko niba dutsinda umukino ariko nta bitego byinshi bizaba ikibazo mu minsi iri imbere, bigomba guhinduka.”

    Mu mikino 3 ya shampiyona iyi kipe imaze gukina, yatsinzemo imikino2, banganya umwe. Banganyije 1-1 na Tanzania Prisons, batsinda Mbeya City 1-0 banatsinda Kagera Sugar 1-0.

    Muri ibi bitego 3 harimo igitego 1 cya rutahizamu Michael Sarpong cyo ku mukino wa Tanzania Prisons, icyo ku mukino wa Mbeya City cyatsinzwe na Lamime Moro ukina mu bwugarizi, icyo ku mukino wa Kagera Sugar cyatsinzwe na Mukoko Tonombe ukina mu kibuga hagati.

    Sarpong yasabwe n’umutoza Zlatko gutsinda ibitego buri mukino

    Yacouba Sagne yasabwe kwiminjiramo agafu

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sarpong-yasabwe-gukora-ibikomeye-muri-yanga

  • Belgium Donates 40 Ambulances To Rwanda, Worth Rwf2B #rwanda #RwOT

    Rwanda has received a donation of 40 ambulances from the Kingdom of Belgium, through the Belgian development agency — Enabel to boost access to health services.
    The 40 ambulances worth around Rwf 2 billion will be dispatched in district hospitals throughout the  country. The Minister of Health, Dr. NGAMIJE M. Daniel, on behalf of the Government of Rwanda, recognized the support provided by the Kingdom of Belgium, saying that 'the support of 40 ambulances to our health sector contributes to the attainment of the Government of the
    Rwanda National Strategy in the context of Epidemics response such as EVD and COVID19 pandemics to  mention a few.'

    Speaking at the event, Ambassador of Belgium to Rwanda, Benoit Ryelandt, said that the donation of ambulances was planned as part of the current Belgo-Rwandan cooperation in the health sector. 'The Health sector is one of the components of the current 5-year Belgo-Rwandan cooperation 2019-2024. The 40 ambulances were planned to be delivered throughout the project but with COVID19 pandemic, it is  even more useful to deliver all the ambulances now and at the same time to help contain the spread of the  virus as well as other contagious diseases' said Ambassador Benoit Ryelandt.

    The support of the new ambulances will contribute to improve access to health care and service delivery to  reduce deaths and reach the universal health coverage.

    The ongoing support from the Kingdom of Belgium also include, the construction of Nyarugenge District  hospital and health centres in Kigali as well as many other programs that have been helping the health sector  to improve access to primary health care.

    Source : https://taarifa.rw/belgium-donates-40-ambulances-to-rwanda-worth-rwf2b/

  • Kwita Izina 2020: Perezida Kagame yashimye ubwitange bw’abakozi ba Pariki #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo rye ry’uyu munsi mpuzamahanga wo kwita ku ngagi, umunsi wahuriranye n’uwo kwita izina abana 24 b’ingagi, Kwita Izina bikaba bimaze kumenyerwa haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

    Perezida Kagame yavuze ko ubwitange bw’abo bakozi ari bwo igihugu gikesha kuba haravutse abana b’ingagi 24 biswe amazina kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2020.

    Perezida Kagame yashimiye n’ikipe ya Arsenal nk’umufatanyabikorwa mwiza w’u Rwanda, iyi kipe ikaba yongeye kubigaragaza kuri uyu wa Kane ubwo bamwe mu bakinnyi bayo bagiraga uruhare mu kwita amazina abana b’ingagi.

    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/kwita-izina-2020-perezida-kagame-yashimye-ubwitange-bw-abakozi-ba-pariki

  • Dore ibintu 5 bitari ngombwa ko ubwira umukunzi wawe #rwanda #RwOT

    Iyo ukunda umuntu kandi nawe agukunda,hari ibintu byinshi by'ingenzi ugomba kumubwira kandi nawe aba agomba kukubwira.Gusa hari ibindi rwose usanga abantu bakundana babwirana kandi rwose bitari ngombwa ko mubibwirana.

    Ndagira ngo hano mbanze mbasabe ngo muze kunyumva neza. Aha sinshatse kubashishikariza kubeshya abo mukundana nabo. Ariko nanone hari ibyo ushobora kubwira umukunzi wawe,ugasanga byangije umubano wanyu kandi rwose iyo uza kuba utabivuze ntacyo byakabaye byica.

    1. Kubwira umukunzi wawe ingeso mbi z'iwabo

    N'ubwo byaba bikubangamiye gute,si ngombwa rwose na gato ngo ugende ubwire umukunzi wawe ko hari ingeso mbi runaka wabonye ku bantu bo mu muryango we.

    Kuko inshuro nyinshi nawe uba usanga izo ngeso azizi ko bazifite. Gusa niyo yaba atabizi ntago ari ngombwa kumubwira ibibi byose wabonye ku banyamuryango be,ahubwo wibanda ku byiza.

    2. Kubwira umukunzi wawe umubare w'abasore cyangwa abakobwa waryamanye nabo mbere y'uko aza mu buzima bwawe

    Mukobwa cyangwa muhungu uri gusoma iyi nkuru,niba ufite uwo mukundana,si ngombwa ngo ujye kumubwira umubare w'abakobwa cyangwa w'abahungu waryamanye nabo mbere. Aha cyereka wenda abikubajije.

    Ariko rwose mu gihe atabikubajije,si ngombwa ko umubwira uwo mubare wabo mwaryamanye mbere y'uko aza mu buzima bwawe.

    3. Kubwira uwo mukundana ko umuryango w'iwanyu utamwishimiye

    Niba umukunzi wawe aje kugusura cyangwa se akagira ahandi ahurira n'umuryango wawe ntibamwishimire,ntago aringombwa ngo uhite wihutira kubimubwira.Ushobora kubimubwira bityo ugasanga ahise acika intege arigendeye bityo umubano wanyu ukaba urangiye utyo.

    Ahubwo wowe uramwihorera yazabyibonera ko batamwishimira ukamubwira ko kuba iwanyu batamwishimira bitatuma umureka. Ahubwo ko rwose wowe nta gaciro na gake ubiha kuko urukundo nyarwo rudashingira ku bandi.

    4. Kubwira umukunzi wawe amagambo inshuti zawe zimuvugaho

    Ushobora kuba ufite inshuti zitari nziza birumvikana,ndetse nawe ukaba ubibona,hanyuma bakagerekaho kukwangisha umukunzi wawe bamuvugaho amagambo Atari meza.

    Nubyumva utyo uzabigumane muri wowe ariko ntuzihutire kujya kubwira umukunzi wawe ko inshuti zawe zitamuvugaho amagambo meza.Kuko aha bizatuma umukunzi wawe agufata nk'umuntu utagira ibanga,n'ubwo yaba ariwe umeneye iryo banga.

    5. Kubwira umukunzi wawe ku bakunzi waba warakundanye nabo mbere

    Ushobora kujya ubwira umukunzi wawe ku bakunzi wakundanye nabo mbere bigatuma akubona nk'umuntu uvuga menshi ndetse uvuga nibidakenewe.

    Ndetse bigatuma atekereza ko mu gihe wenda nawe muzaba mwaratandukanye,utazamubikira ibanga,ahubwo uzajya ubwira abo muzaba muri kumwe icyo gihe,ingeso mbi ze wamubonyeho igihe mwari kumwe.

    Dusoza

    Nshuti yange urimo gusoma iyi nkuru,menya ko nubwo urukundo rusaba kubwizanya ukuri ndetse no kwizerana atari byiza na gato kuvuga ibyo byose tumaze kurebera hamwe,ubibwira uwo mukundana.

    Inshuro nyinshi usanga inkundo zimwe na zimwe zigenda zisenyuka kandi mu by'ukuri atariko byakagombye kugenda.Muntu umaze gusoma iyi nkuru,gerageza ibi nkubwiye ndabizi bizagufasha gukomeza gusigasira urukundo rwanyu.

    Burya sibyiza kubwira umukunzi wawe ibintu byose mu gihe atabikubajije

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/25/dore-ibintu-5-bitari-ngombwa-ko-ubwira-umukunzi-wawe/

  • AGRA chairman commends RAB commitment to implementing agriculture projects #rwanda #RwOT

    Hailemariam arrived at the RAB headquarters in Rubona in Huye District, visiting activities including the Soil testing and plant pathology laboratories, Gene Bank, and the Banana Field Germplasm Conservation.

    After visiting various research institutes at the RAB, he told reporters that he established that AGRA support towards the development of agriculture in Rwanda is effectively put to use and pledged continued cooperation.

    “One of the countries we are working within Africa is Rwanda, sponsoring seed-breeding and generation and I am happy to say that Rwanda is making good progress. This is very good news,” he said.

    He further added that AGRA will continue to work with Rwanda on various agricultural development activities to ensure that it sustainably develops their livelihoods.

    RAB Director General Dr. Karangwa Patrick said that AGRA has been a major contributor to the development of agriculture and animal husbandry in Rwanda and Africa where since 2008 they have been particularly helpful in empowering Rwandan researchers.

    Dr. Karangwa said that from 2008 to present, seven Rwandan researchers have been assisted by AGRA to study and earn PhD, and some 17 have received a Master’s Degree.

    He added that AGRA has been supporting research activities in Rwanda where it has supported the research on maize seeds and other crops such as soybeans, Irish potatoes, sweet potatoes, among others.

    Apart from AGRA’s funding to the RAB, there are other supportive activities, such as capacity building for seed growers and farmers.

    Hailemariam Desalegn Boshe has been in Rwanda for several days as he attended the International Conference on African Agricultural Development in Africa from 8 to 11 September 2020.

    After the conference, Hailemariam visited various parts of Rwanda including the Volcanoes National Park and Nyungwe National Park where he thanked Rwanda’s efforts to take care of the biodiversity.

    Hailemariam Desalegn Boshe, 55, served as the ninth Prime Minister of Ethiopia from 2012-2018 replacing Males Zenawi. He also previously served as Deputy Prime Minister and Minister of Foreign Affairs from 2010-2012.

    Under his leadership, the country made significant economic progress.

    Hailemariam Desalegn Boshe Visits plant pathology laboratories, Gene Bank, and the Banana Field Germplasm Conservation

    Hailemariam Desalegn Boshe visited the Rwanda Agriculture Board, RAB and pledging to continue with the cooperation

    Elina Jonas Ruzindaza

    Source : https://en.igihe.com/news/article/agra-chairman-commends-rab-commitment-to-implementing-agriculture-projects