Blog
-
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abarenga miliyoni 800 bashobora kuba baranduye COVID-19 #rwanda #RwOT
Nibura umuntu umwe mu bantu icumi birakekwa ko ashobora kuba yaranduye Coronavirus nk'uko Ubushakashatsi bwakozwe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima bubigaragaza. -
Ni irihe herezo ry’urukurikirane rw’ubwicanyi budasiba bukorerwa Abanyamulenge? #rwanda #RwOT
Imyaka ikomeje kwisukirana Abanyamulenge muri RDC bakorerwa ubwicanyi ndengakamere, ndetse ababikurikiranira hafi babyita Jenoside, ariko ntiyitwa yo byeruye kuko hatagaragara uruhare rutaziguye rwa leta mu mahano arimo kuba. -
Nyabihu: Umuturage yafatanywe litiro 1000 z’inzoga yitwa ‘Dunda Ubwonko’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda baravuga ko uwo muturage yafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Segahutu yari yarakoze igisa nk’uruganda iwe mu rugo, kuko ni naho ziriya nzoga zafataiwe.
Yagize ati “Tumaze kumenya ayo makuru twateguye igikorwa cyo kujya iwe kureba, twasanze ahafite igisa nk’uruganda kuko twasanze amaze gukora litiro 1000 ategereje abakiriya be baza kuzirangura. Hari kandi n’ibindi bikoresho bitandukanye yifashisha akora iyo nzoga”.
CIP Karekezi yavuze ko Segahutu iyo akora iriya nzoga yifashisha ibintu bitandukanye birimo isukari ndetse n’umusemburo wa Pakimaya. Yakomeje avuga ko uruvange rw’ibintu yifashisha bitizewe, bikaba ari byo bitera imyitwarire itari myiza ababinyoye.
Yagize ati “Nk’uko inzoga ubwayo yitwa (Dunda Ubwonko) abayinyweye iyo bamaze gusinda bararwana bagakora ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, amakimbirane mu miryango ndetse n’urundi rugomo rutandukanye.
Iriya nzoga kandi ishobora kugira ingaruka ku buzima bw’uwayinyoye akaba yakwitaba Imana cyangwa ikamutera uburwayi kubera umwanda bayikorana”.
Umuvugizi wa Polisi yakanguriye abaturage kwirinda izo nzoga bakajya bihutira gutanga amakuru, anashimira abakomeje gufatanya na Polisi mu kurwanya izo nzoga ndetse n’ibindi byaha batangira amakuru ku gihe.
Inzoga zahise zimwenwa, naho nyirazo Segahutu Yotam ashyikirizwa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze acibwa amande hakurikijwe amategeko.
Si ubwa mbere mu Karere ka Nyabihu hafatirwa abantu bakora inzoga zitemewe, kuko mu kwezi gushize kwa Nzeri, Polisi yakoze igikorwa cyo kurwanya abakora inzoga zitujuje ubuziranenge hafatwa litiro zirenga 1,900.
Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20, ariko atarenze miliyoni 30, ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

-
Mali: Abasirikare bahiritse ubutegetsi mu bahawe imyanya ikomeye muri guverinoma #rwanda #RwOT
Guverinoma nshya yashyizweho na Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Bah Ndaw, igizwe n’abaminisitiri 25 muri bo abagera kuri bane ni abasirikare bagize uruhare rukomeye mu guhirika ubutegetsi muri iki gihugu. -
Ibikorwa by’uburobyi mu kiyaga cya Kivu bwasubukuwe #rwanda #RwOT
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB) cyatangaje ko ibikorwa by’uburobyi mu kiyaga cya Kivu byasubukuwe nyuma y’amezi abiri bihagaritswe.source https://igihe.com/ubukungu/article/ibikorwa-by-uburobyi-mu-kiyaga-cya-kivu-bwasubukuwe
-
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abarenga miliyoni 800 bashobora kuba baranduye COVID-19 #rwanda #RwOT
Nibura umuntu umwe mu bantu icumi birakekwa ko ashobora kuba yaranduye Coronavirus nk’uko Ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima bubigaragaza. -
Ni irihe herezo ry'urukurikirane rw'ubwicanyi budasiba bukorerwa Abanyamulenge? #rwanda #RwOT
Imyaka ikomeje kwisukirana Abanyamulenge muri RDC bakorerwa ubwicanyi ndengakamere, ndetse ababikurikiranira hafi babyita Jenoside, ariko ntiyitwa yo byeruye kuko hatagaragara uruhare rutaziguye rwa leta mu mahano arimo kuba. -
Polisi yataye muri yombi umusaza wafashe abana be ku ngufu #rwanda #RwOT
Umusaza w' imyaka 63 y' amavuko arashinjwa gusambanya abakobwa be babiri bafite imyaka 10 na 12 y' amavuko nk' uko ikinyanakuru The Independent kibuvuga.
Polisi ya Mityana, muri Uganda, yavuze ko yataye muri yombi uwo umusaza ukekwaho icyaha cyo gufata abana be ku ngufu.
Umuvugizi wa Polisi mu Karere ka Wamala, Rachael Kawala avuga ko ukekwaho icyaha ari Muhammad Kimbugwe, utuye mu Mudugudu wa Naama A mu gace ka Busimbi ho muri Mityana.
Nk'uko bitangazwa n'igipolisi, ukekwaho guhohotera abana be bato yabitangiye kuva yatandukana na nyina mu myaka ibiri ishize.
Allen Naluwoza, umwe mu baturage avuga ko imyitwarire ya Kimbugwe ari ikimwaro ku baturage bose kandi bashaka ko yirukanwa mu mudugudu wabo.
Source : https://impanuro.rw/2020/10/06/polisi-yataye-muri-yombi-umusaza-wafashe-abana-be-ku-ngufu/
-
Trump yavuze ijambo rikomeye nyuma yo kuva mu bitaro #rwanda #RwOT
Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, mu buryo butangaje yasubiye mu nyubako akoreramo ya White House kuhakomereza kuvurwa coronavirus, nyuma yo kumara amajoro atatu mu bitaro.

Perezida Trump yakuyemo agapfukamunwa ubwo yari ari ku ibaraza rya White House, mu gihe abakozi n'abajyanama benshi bo mu biro bye babasanzemo coronavirus mu minsi micye ishize.Mbere yaho, Bwana Trump yanditse kuri Twitter ati:
'Ndumva meze neza rwose!'
Yakomeje agira ati:
'Ntimugire ubwoba bwa Covid. Ntimutume iganza ubuzima bwanyu'.
Kugeza ubu muri Amerika abantu barenga miliyoni 7,4 bamaze gutangazwa ko banduye coronavirus, muri bo abarenga 210,000 imaze kubica, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins ibigaragaza.
Source : https://impanuro.rw/2020/10/06/trump-yavuze-ijambo-rikomeye-nyuma-yo-kuva-mu-bitaro/
-
Partey muri Arsenal, Cavani muri Man Utd-Uko amakipe i Burayi yitwaye muri Mercato #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Isoko ry’igura n’igurisha ryaraye rifunze amakipe yiguriye abakinnyi andi biranga
Ku i Saa Sita z’ijoro zo kuri uyu wa Mbere tariki 05/10/2020, ni bwo isoko ry’igura n’igurisha ku mugabane w’I Burayi ryari rifunzwe, rirangira ikipe ya Arsenal na Manchester United ari zo zisinyishije abakinnyi mu minota ya nyuma.
Abakinnyi batanu bavuzwe cyane mu basinyishijwe ku munsi wa nyuma
1. Thomas Partey muri Arsenal
Nyuma y’imyaka 8 akinira ari mu ikipe ya Atletico Madrid, umunya-Ghana Thomas Partey w’imyaka 27 yamaze gusinyira ikipe ya Arsenal amasezerano y’imyaka ine, akazajya yambara numero 18 nyuma yo gutangwaho Miliyoni 45 z’amapounds.
-
- Thomas Partey azajya yambara numero 18 muri Arsenal
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yasinyishijwe nyuma y’aho ibiganiro hagati y’amakipe yombi byasaga nk’ibyananiranye bijyanye n’igiciro cy’umukinnyi, biba ngombwa ko Arsenal ifata umwanzuro wo kwemera kwishyura amafaranga yari ari mu masezerano y’uyu mukinnyi.
2. Edinson Cavani muri Manchester United
Ku myaka ye 33 nyuma yo gutandukana na Paris Saint-Germain, umunya-Uruguay Edinson Cavani yamaze gusinyira ikipe ya Manchester amasezerano y’umwaka umwe ushobora kongerwa, akaba yahise anahabwa numero 7 isanzwe ihabwa ibihangange.
3. Eric Maxim Choupo-Moting muri Bayern Munich
Ni rutahizamu w’imyaka 31 ukomoka mu gihugu cya Cameroun, akaba yasinyiye ikipe ya Bayern Munchen amasezerano y’imyaka ibiri avuye muri Paris Saint-Germain, akaba yitezweho kunganira ubusatirizi bw’iyi kipe busanzwe buyobowe na Robert Lewandowski.
4. RafinhaAlcantra muri Paris Saint-Germain
Uyu ni umwe mu bakinnyi batunguranye ku munsi wa nyuma, aho uyu munya-Brasil wari umaze imyaka icyenda muri FC Barcelone, ariko akaba yaragiye atizwa mu makipe arimo Celta Vigo na Inter de Milan, ubu yamaze kugurishwa bidasubirwaho mu ikipe ya Paris Saint-Germain
5. Bouna Sarr wavuye muri Olympique de Marseille yerekeza muri Bayern
Ni myugariro w’imyaka 20 ukomoka i Conakry muri Côte d’Ivoire, akaba yasinyiye ikipe ya Bayern Munchen atanzweho asaga Miliyoni z’amapounds, akazajya yambara numero 20.
Abandi bakinnyi bahinduye amakipe ku mugabane w’I Burayi muri iyi minsi ya nyuma
Chris Smalling – Man Utd > AS Roma
Tiemoue Bakayoko – Chelsea > Napoli
Lucas Torreira – Arsenal > Atletico Madrid
Matteo Guendouzi – Arsenal > Hertha Berlin
Ryan Sessegnon – Tottenham > Hoffenheim
Davy Klaassen – Werder Bremen > Ajax
Eric Maxim Choupo-Moting > PSG to Bayern Munich
Douglas Costa – Juventus > Bayern Munich
Justin Kluivert – Roma > RB Leipzig
Sofiane Boufal – Southampton > Angers
Gerard Deulofeu – Watford > Udinese
Aleix Garcia – Man City > Dinamo Bucharest
Sandro Ramirez – Everton > SD Huesca
Saido Berahino – Zulte Waregem > Sporting de Charleroi

-

