Blog

  • Perezida Museveni yavuze impamvu ikomeye yatunguye abaturage ayoboye ko atanywa inzoga ariko akunda cyane abanywi bazo #rwanda #RwOT

    Ku munsi w' ejo hashize tariki 6 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni yasobanuye uburyo atanywa inzoga ariko agakunda abanywi bazo bitewe n'uko batuma igihugu cyinjiza imisoro.

    Uyu Mukuru w'Igihugu yabitangarije mu mbwirwaruhame, ubwo muri Uganda bizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe mwarimu. Yaboneyeho kuvuga ku cyorezo cya Covid-19 n'ingamba zafashwe mu kucyirinda.

    Ubwo Museveni yavugaga ku mikorere y'utubari muri iki gihe ni bwo yasobanuye uburyo adakunda inzoga, ariko agakunda abazinywa.

    Yagize ati:

    'Ntabwo nywa inzoga ariko nkunda abanywi bazo bitewe n'uko buri cupa ryafashwe, ribarirwa umusoro'.

    Perezida Museveni yavuze ko imisoro ikusanywa muri Uganda yiyongereye, ati:

    'Ikibazo si amafaranga ahubwo ni ukugena ingengo y'imari yayo'.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/07/perezida-museveni-yavuze-impamvu-ikomeye-yatunguye-abaturage-ayoboye-ko-atanywa-inzoga-ariko-akunda-cyane-abanywi-bazo/

  • Sugira Ernest na Bashunga Abouba ku rutonde rw’abakinnyi 24 Rayon Sports izakoresha mu mwaka w’imikino 2020-2021, 9 barasezererwa #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yamaze gutangaza abakinnyi 24 izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021, ni urutonde ruriho Bashunga Abouba wari warasinyiye Mukura VS na rutahizamu Sugira Ernest.

    Iyi kipe itangaje aba bakinnyi mu gihe yari iherutse gutangaza ko mu bakinnyi 43 yasigiwe na Munyakazi Sadate igomba gusigarana 21, 10 bakaguma mu bana ubundi abagera kuri 12 bagasezererwa, gusa amakuru ahari ni uko mu bana hagiyeyo 12 hagasezererwa 9.

    Bigaragara ko iyi kipe yamaze gutandukana n’abakinnyi bagera ku 9 barimo umunyezamu Nsengiyumva Emmanuel Biganza batije muri Etincelles, Niyibizi Emmanuel bari baguze avuye muri Etoile del’Est, Uwiringiyimana Christophe wari wavuye muri Gicumbi FC, Olokwei Commodore, Irakoze Saidi, Niyomwungeri Mike, Tumushime Altijan, Habineza Olivier na Philpe Arthur ukomoka muri Cameroun(bari basanzwe ari abakinnyi ba Rayon Sports)

    Iyi kipe mu bakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021, hagarayemo rutahizamu Sugira Ernest wa APR FC ariko ikaba yaramusabye kwishakira indi kipe.

    Muri uru rutonde kandi hatunguranyemo umunyezamu Bashunga Abouba wari warasinyiye ikipe ya Mukura VS.

    Dore abakinnyi 24 Rayon Sports izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021

    Abanyezamu: Kwizera Olivier, Bashunga Abouba na Hakizimana Adolphe.

    Ba myugariro: Habimana Hussein, Iradukunda Axel, Kayumba Soter, Mujyanama Fidèle, Ndizeye Samuel, Niyigena Clement, Rugwiro Hervé.

    Abakina Hagati: Nishimwe Blaise, Niyonkuru Sadjati, Ciza Hussein, Nizeyimana Mirafa, Nshimiyimana Amran, Sekamana Maxime, Mugisha Gilbert, Manace Mutatu na Oumar Sidibé.

    Ba rutahizamu: Sugira Ernest, Drissa Dagnogo, Mudacumura Jackson, Nihoreho Arsène na Bigirimana Issa.

    Abouba Bashunga yari yaraguzwe na Mukura VS

    Sugira Ernest ari ku rutonde rw’abakinnyi ba Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sugira-ernest-na-bashunga-abouba-ku-rutonde-rw-abakinnyi-24-rayon-sports-izakoresha-mu-mwaka-w-imikino-2020-2021-9-barasezererwa

  • Igihembo cyitiriwe Nobel mu by’ubutabire cyahawe abagore babiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT


    Charpentier na Doudna bakoze uburyo bise “ciseaux Crispr” bwabaye ingirakamaro mu buvuzi kuko budahenda, kandi bworohereza abaganga mu gukata utunyangingo ndangasano twa DNA bashaka gukosora imikorere y’utunyangingo-fatizo (Genes) itameze neza. Ubwo buryo butuma abaganga babasha no kuvura indwara zidakunze kuboneka.

    Ubuvuzi bwariho mbere bwemereraga umuganga gushyira utunyangingo-fatizo tuzima mu mwanya w’utunyangingo turwaye, utuzima tukaba ari two dukora. Ubu buryo bwa Crispr bwo bukosora utunyangingo fatizo turwaye.

    Si cyo gihembo cya mbere bahawe kuko muri 2015 bahawe icyitwa Breakthrough prize, muri uwo mwaka wa 2015 bahawe igihembo gitangwa n’igikomangoma cy’agace ka Asturies ko muri Esipanye gasa n’akigenga, ndetse muri 2018 bahabwa ikindi gihembo cyatangiwe muri Norvege. William Kaelin watwaye igihembo cyitiriwe Nobel mu by’ubuvuzi mu mwaka ushize wa 2019, avuga ko ubu buvumbuzi bwabo ari kimwe mu bizaranga ubuvuzi muri iki kinyejana.

    Abategura igihembo cy’ubuvuzi gitangwa n’Umuryango w’Abibumbye babashyize ku rutonde rw’abashobora na cyo kuzagihabwa.

    Uyu mufaransakazi Emmanuelle Charpentier w’imyaka 51 na mugenzi we Jennifer Doudna w’umunyamerikakazi w’imyaka 56 babaye itsinda rya mbere rigizwe n’abagore gusa rihawe icyo gihembo.

    source https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/ubumenyi/article/igihembo-cyitiriwe-nobel-mu-by-ubutabire-cyahawe-abagore-babiri

  • PAC orders Kamonyi District to recover Rwf 6.9 million fraudulently lost five years ago #rwanda #RwOT

    The order comes after the PAC discovered that Rwf17million meant for payment of medicine supplied was transferred to a private account number in the names of the district official in question.

    Kamonyi district officials explained the at this officer in question doctored the account names of payee from Camerwa- now the Medical Procurement and Production Division (MPPD)) to his personal account.

    The district said they didn’t notice this embezzlement move on time and the suspect managed to withdraw over Rwf6.9million. By the time the fraudulent action was discovered only Rwf10million was remaining on the false account.

    'By the time we realized it he (the accountant) had manipulated the account numbers transferring the money to his account, but the suspect was arrested, and sentenced to three years- which he served and ordered to refund the balance,' said Emmanuel Bahizi, the Kamonyi district Executive Secretary.

    The ES also revealed that for four years now the district has failed to recover the balance even with futile efforts to confiscate the suspect’s property, thus the district council decision in 2019 to write off the debt in their financial reports.

    Just like other PAC members, MP Jean d’Arc Uwimanimpaye was not convinced that officer in question managed to change the original account name and have the OP signed by the district chief budget officer (the Executive Secretary) without notice or involvement of other parties.

    The District ES said that during the prosecution of the suspect, all top district officials connected to the financial transfers were investigated and the culprit came out as the district pharmacy account.

    'The rest of us came out clean but we even found during the investigation that he had done similar fraudulent transactions on other funds,' Bahizi said, adding that after failing to recover the balance, the district council authorized to write of Rwf6.9million as a bad debt.

    PAC Chairman Valens Muhakwa was also not convinced the other officials were not involved and questioned why the council quickly took the decision to write off the money without, to the least, following guidance of the ministry of finance and the Office of the Auditor General on the procedure.

    'For us (parliament) we see this as lost money because these funds can no longer serve the original purpose. We therefore want to know why you took this decision yet this money was stolen as a result of connivance,' Muhakwa said.

    Kamonyi district council Chair Emilien Nyoni and Mayor Etienne Muvunyi tried to defend their 'write off’ decision and exonerate themselves from the fraud but Muhakwa warned them that they should actually be prepared for another court case or return the money immediately.

    This was backed by all PAC members who demanded for a date, month and year when the remaining balance will be returned to Kamonyi district treasury.

    'Give us the timeline, we don’t want to hear anymore excuse since this is already a loss that was caused within you authority of which the law provides that in such misuse of funds, the culprits are held responsible,' MP Beline Uwineza stated.

    After a long debate in which the Mayor said that they had already received administrative punishments for the incident and the 'write off’ was their last resort, PAC members settled on having a roadmap to when this money will be recovered.

    In response, both the Mayor and Council Chair confirmed a commitment to recover the money in the books of accounts as a debt by next year, of which the debts will have been cleared from the books of accounts and find a way of repaying.

    PAC orders Kamonyi District to recover Rwf 6.9 million fraudulently lost five years ago

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/pac-orders-kamonyi-district-to-recover-rwf-6-9-million-fraudulently-lost-five

  • Checkout

    Checkout👇 🍹🍹🍹 @eagle_fruits For more info 0725893128 🏞 @kigaliupdates_official #kigaliupdates #Repost #gainwithsocialitesgallery #iamnairobian #gainwithmtaaraw #rwanda #nairobikenya #gainwithpaula #gainpost #gainwithlarrymemes #fff #kenyamemes #gainwithcarlz #tembeakenya #bellanaija #gainwithmchina #outfitoftheday #publicity254 #gainwithmugweru #streetportrait #gainwithspikes #visitrwanda #portraitstream #gainwithxtiandela #kigali #igerskenya #gaintrick #girl #bbnaija #ignairobi

    Source : https://www.instagram.com/p/CFROR7chIb8

  • Regional Leaders’ summit on peace and security to be held virtually #rwanda #RwOT

    The meeting which is part of the initiative by DRC President Felix Antoine Tshisekedi, to convene a meeting of regional leaders to discuss security matters and the simmering diplomatic and bilateral relations.

    In September, President Tshisekedi invited President Paul Kagame of Rwanda, his Ugandan counterpart, Yoweri Museveni, Burundi’s Evariste Ndayishimiye and Angola’s João Lourenço in what was expected to be a physical meeting of the Heads of State to discuss regional matters.

    However, the meeting has not taken place due to many reasons, mainly surrounding busy schedules of Heads of State as well as the New Coronavirus restrictions which made the organization of the meeting difficult. According to the organizers and hosts, DRC, the meeting will focus on peace, security, diplomatic and political relations.

    The DRC Ministry of Foreign Affairs and International Cooperation confirmed that the meeting which had earlier been scheduled to take place in Goma, Eastern DRC, will take place virtually this time, with all countries expected to be on board.

    The meeting comes at a time when relations between regional countries are not at their best. Rwanda has maintained that it remains ready to work with neighboring countries especially Uganda and Burundi if they are willing to address some of the challenges that have affected their relations.

    Experts say if President Tshisekedi pulls off the meeting, it will be a major step towards fully restoring peace in the Great Lakes Region and could address all the security-related challenges and thaw relations between states.

    Since taking office in January 2019, President Tshisekedi has expressed the willingness to restore relations between Kinshasa and neighbors in an effort to pacify the region and end decades of conflict particularly in the Eastern part of the mineral-rich country which has been ravaged by years of conflict and violence.

    President Tshisekedi has also been crucial in the mending of relations between Rwanda and Uganda, working with President Lourenço on the Quadripartite summit to mend relations between the two countries.

    A meeting attracting regional leaders will bring together the leaders of DRC, Rwanda, Uganda, Burundi and Angola to discuss peace and security in the Great Lakes Region.

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/regional-leaders-summit-on-peace-and-security-to-be-held-virtually

  • Mu Bakinnyi Umutoza w'Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet #rwanda #RwOT

    Mu myiteguro y'Umukino wa Cape Verde Umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 37 

    Ni abakinnyi bahamagawe bagomba kujya mu mwiherero bitegura umukino wo mu itsinda F mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2022 na Cape Verde uzaba mu kwezi gutaha.

    Umutoza Mashami Vincent akaba yahamagaye abakinnyi 37 bagomba bagomba kujya mu mwiherero uzabera La Palisse i Nyamata, aba bakinnyi bakaba bagomba kuzavamo 23 bazakina umukino wa Cape Verde.

    Mu bakinnyi bakina hanze bahamagawe harimo rutahizamu wa Saint Etienne mu Bufaransa, Kevin Monnet Paquet uhamagawe bwa mbere mu ikipe y'igihugu, ni nyuma y'uko umwaka ushize wa 2019 ari bwo yemeye gukinira u Rwanda.

    Mu bandi bakinnyi bakina hanze bahamagawe, harimo Haruna Niyonzima akaba na kapiteni w'ikipe y'igihugu ukinira Yanga muri Tanzania, Meddie Kagere, Ally Niyonzima, Rwatubyaye Abdul, Nirisarike Salomon, Yannick Mukunzi, Bizimana Djihad, Rubanguka Steve na Muhire Kevin.

    Uretse aba bakinnyi umutoza akaba yashyizeho n'abandi ku rutonde rwo gutegereza(waiting list) bagera kuri 11.

    Biteganyijwe ko umwiherero uzatangira ku wa Gatanu tariki ya 9 Ukwakira 2020 ukazabera La Palisse i Nyamata. Umwiherero uzabanzirizwa no gupima abakinnyi.

    Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba tariki ya 9 Ugushyingo 2020 muri Cape Verde, ni mu gihe uwo kwishyura uzaba tariki ya 17 Ugushyingo 2020 i Kigali mu Rwanda

    Uru ni urutonde rw'abakinnyi bose bahamagawe

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (SC Kiyovu), Kwizera Olivier (Rayon Sports), Ndayishimiye Eric (AS Kigali) na Rwabugiri Umar (APR FC)

    Ba myugariro: Emery Bayisenge (AS Kigali), Manzi Thierry (APR FC), Rwatubyaye Abdul (Colarado Springs Switchbacks, USA), Nirisarike Salomon (Pyunick), Ombolenga Fitina (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Eric Rutanga (Police FC), Mutsinzi Ange(APR FC), Rusheshangoga Michel (AS Kigali) na Rugwiro Herve (Rayon Sports)

    Abakina Hagati: Bizimana Djihad (Waasland-Beveren, Belgium), Mukunzi Yannick (IF Sandvikens, Sweden), Haruna Niyonzima (Yanga SC, Tanzania), Niyonzima Olivier (APR FC), Muhire Kevin (El Gaish, Egypt), Ally Niyonzima (Azam FC, Tanzania), Nshuti Dominique Savio(Police FC),. Ngendahimana Eric (Kiyovu), Twizerimana Martin Fabrice (Police FC), Nsabimana Eric Zidane (AS Kigali), Manishimwe Djabel(APR FC), Niyomugabo Claude (APR FC) na Rubanguka Steve (A.E. Karaiskakis FC)

    Ba rutahizamu: Meddie Kagere (Simba SC, Tanzania), Jacques Tuyisenge (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Kevin Monnet Paquet (Saint Etienne), Byiringiro Lague (APR FC), Sibomana Patrick (Police FC), Bizimana Yannick (APR FC), Hakizimana Muhadjili (AS Kigali), Mico Justin (Police FC) na Iyabivuze Ose(Police FC)Kevin Monnet Paquet Ukinira Ikipe ya Saint Etienne yo mu Bufaransa

    The post Mu Bakinnyi Umutoza w'Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/mu-bakinnyi-umutoza-wamavubi-yahamagaye-harimo-na-kevin-monnet-paquet/

  • U Bufaransa bwamaganye abaganga batanga ‘icyemezo cy’ubusugi’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyemezo cy
    Icyemezo cy’ubusugi mu Bufaransa ntikivugwaho rumwe

    Ni umushinga w’itegeko rirwanya icyo Perezida Emmanuel Macron yise “ubuhezanguni bushingiye kw’idini rya Isilamu” ibi kandi bikaba byamaganwa n’umuryango w’Abibumbye (ONU) usaba ko gusuzuma ubusugi bihagarikwa.

    Ishyirahamwe ryo mu Bufaransa ANCIC ritanga inama mu bijyanye no gukuramo inda rivuga ko guhagarika gukora ibi bipimo by’ubusugi bisaba umurimo ukomeye wo kwigisha abantu.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa avuga ko umushinga w’iri tegeko, kuri ubu utaraganirwaho n’abanyapolitiki b’u Bufaransa, usaba ko umuganga uwo ari we wese uzatanga icyemezo cy’ubusugi azahanishwa gufungwa umwaka wose, agatanga n’ihazabu y’ibihumbi cumin a bitanu by’ama euro.

    Nk’uko byatangajwe na Televiziyo y’Abafaransa yitwa France3, mirongo itatu ku ijana (30%) by’abaganga bo muri icyo gihugu bavuga ko basabwe izi mpapuro kandi ko benshi muri bo babyanze.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rivuga ko n’ubwo umuntu yaba umuhanga wo gupima akoresheje amaso cyangwa intoki adashobora kwemeza neza niba umugore cyangwa umukobwa amaze gukora cyangwa atarakora imibonano mpuzabitsina. OMS ivuga kandi ko ibi ari uburyo bwo kubangamira uburenganzira bw’abakobwa.


    source https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/u-bufaransa-bwamaganye-abaganga-batanga-icyemezo-cy-ubusugi

  • Ikipe ya Rayon Sport yashyize hanze intwaro izakoresha muri champion 2020/2021 #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa Rayon Sport burangajwe imbere na MURENZI Abdallah bwatangaje ko abakinnyi 24 bazitabazwa muri iyi season ya 2020/21, butangaza ko abandi bakinnyi 10 bakiri bato bazakomeza kwitabwaho kuko bakiri bato ariko bagaragaza akazoza.

    Nyuma y’uko hari kuvugwa ko championa y’uRwanda ishobora kwemerera amakipe kuzakoresha abakinnyi b’abanyamahanga bagera kuri 5, ubu ikipe ya Rayon Sport nk’ibisanzwe iratangaza ko igiye gushaka abakinnyi b’ibikonyozi mpuzamahanga.
    Ibijyanye no kuzana abakinnyi b’abanyamahanga bakaba babyiteze kuri Guy BUKASA umutoza mushya wa Rayon Sport.

    Ubuyobozi bwa Gikundiro barangajwe imbere na MURENZI, buravugako umwuka ari mwiza mu buyobozi bw’iyi kipe kandi ko bishimiye uburyo buri gukorana n’inzego zose z’ikipe uhereye kuri Fan-Clubs.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Ikipe-ya-Rayon-Sport-yashyize-hanze-intwaro-izakoresha-muri-champion-2020-2021

  • Nyagatare:Umuturage yafatanwe magendu y’amabuye y’agaciro ingana n’ibiro 25 #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko ubusanzwe Nyabyenda yari umuzamu ku cyambu kiri Kagitumba ariko akabivanga no kwambutsa amabuye y’agaciro ayinjiza mu Rwanda ayavanye mu gihugu cya Uganda. Yavuze ko ari umuntu yayambukirizaga wamuhaye akazi.

    Yagize ati: “Nyabyenda asanzwe ari umuzamu ku cyambu cya Kagitumba, ariko kuri uyu wa mbere yafashwe arimo kwinjiza mu Rwanda ariya mabuye y’agaciro yo mubwoko bwa Koluta. Yari yavuganye n’abaturage bo hakurya muri Uganda bayamuzanira hafi y’icyambu yarindaga, noneho abapolisi b’u Rwanda bamufata ayikoreye ku mutwe ayinjiza mu Rwanda.”

    CIP Twizeyimana yakomeje avuga ko ubucuruzi bw’amabuye ya magendu ari icyaha gihanwa n’amategeko, yongeraho ko usibye n’ibyo ashobora no kuzana icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda.

    Yagize ati: “Kujya mu bikorwa by’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bitemewe n’amategeko ni icyaha, byogenye Nyabyenda yambutse igihugu mu gihe nyamara muri iki gihe bitemewe kubera kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

    Abaturage bakanguriwe kwinda ibikorwa bitemewe n’amategeko ariko cyane cyane kwirinda kwambuka igihugu ngo bajye mu kindi mu buryo butemewe n’amategeko kuko bashobora kuzana Koronavirusi mu Rwanda. Yasabye abaturage kujya bihutira gutanga amakuru igihe cyose babonye abantu bameze nka Nyabyenda barenga ku mategeko.

    Kuri ubu Nyabyenda yashyizwe mu kato mu kigo gisuzumirwamo COVID-19 nyuma akazashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha. Amabuye yari afite yafatiriwe n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU).

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Nyagatare-Umuturage-yafatanwe-magendu-y-amabuye-y-agaciro-ingana-n-ibiro-25