Blog

  • Karongi: Umugore akurikiranweho kwica umugabo we amuteye ibuye .Intandaro ni iyihe yatumye abikora? #rwanda #RwOT

    Umugore witwa Muhawenimana Claudine wo mu Kagari ka Bukiro, Umurenge wa Murundi mu Karere ka Karongi, arakekwaho kwica umugabo we witwa Kamegeri Joseph amuteye ibuye bitewe n'inshoreke yari yaranze kuvirira.

    Ibyo bikaba byabaye mu ijoro ryo Cyumweru tariki 11 Ukwakira 2020 rishyira kuwa mbere tariki 12 Ukwakira 2020.

    Ibijyanye n'aya makuru y'ubu bugizi bwa nabi yemejwe na Polisi y'u Rwanda. Chief Inspector of Police(CIP) Karekezi ni umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Uburengerazuba. Avuga ko aya makuru yamenyekanye mu ma saa mbiri z'ijoro (20h00) zo ku Cyumweru tariki 11 Ukwakira 2020, aho Muhawenimana yiyiciye umugabo amuteye ibuye hejuru y'ugutwi, bikaba byabereye mu Mudugudu wa Ngoma Akagari ka Nyamushishi barimo bataha. Yagize ati:

    'Akimara kurimutera yahise yikubita hasi umugore n'inshoreke bapfaga bahita biruka, abamusanze aryamye mu nzira ni bo bahuruje abaturanyi barahamukura bamujyana ku mubyeyi we hafi aho. Mu gihe biteguraga kumujyana kwa Muganga yahise ashiramo umwuka'.

    Umuvugizi wa Polisi avuga ko uyu muryango wari ufitanye amakimbirane ashingiye ku busambanyi bw'umugabo ngo bakaba bakundaga kubipfa ariko bagakomeza kurenzaho.

    Muhawenimana wateye ibuye  umugabo we bikamuviramo urupfu yahise atoroka akaba agishakishwa.

    Uyu muryango wagiriwe inama kenshi n'inzego zitandukanye bitewe n'amakimbirane bahoranaga, aho uyu mugabo wishwe atigeze abyumva.

    Amategeko y'u Rwanda ateganya ko ubwicanyi buturutse ku bushake nk'ubu, iyo uregwa abihamijwe n'urukiko, afungwa burundu.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/13/karongi-umugore-akurikiranweho-kwica-umugabo-we-amuteye-ibuye-intandaro-ni-iyihe-yatumye-abikora/

  • Mashami Vincent yagaye bamwe mu bakinnyi b’Amavubi #rwanda #RwOT

    Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Mashami Vincent avuga ko urwego yasanzeho abakinnyi atari rubi gusa ashimingira ko hari abo yasanze barakoze bameze nk’abadafite intego kuko biyongereye ibiro byinshi cyane.

    Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo ikipe y’igihugu yatangiye umwiherero yitegura umukino wa Cape Verde mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022 uzaba mu kwezi gutaha.

    Mu bakinnyi 37 yari yahamagaye ntabwo bose bahise bitabira kuko abakina haze y’u Rwanda bagera 10 bataraza ndetse n’abandi 11 ba APR FC bari mu mwiherero n’ikipe yabo umutoza ntiyahise abarekura.

    Umutoza akaba yaratangiranye umwiherero n’abandi bakinnyi bose basigaye hiyongeraho n’abari ku rutonde rwo gutegereza(waiting list).

    Nyuma y’igihe gito bamaze bakora imyitozo, umutoza yavuze ko muri rusange abakinnyi yasanze urwego bariho atari rubi.

    Ati'Ngira ngo rero icyo dukomeza gukora ni ugukoresha aba basore, ariko ikigaragara ni uko batameze nabi cyane, bari bamaze igihe bakora ku giti cyabo, badakora nk’ikipe. Bakoraga ibintu bidafite igihe bitangirira n’igihe biri burangirire, urabona ko hari abiyongereye ibilo, harimo abataragaruka neza, tumaze iminsi ibiri dukora ibijyanye no kongera imbaraga.'

    Yakomeje avuga ko ariko hari abakinnyi biyongereye ibiro cyane muri ibi bihe bya COVID-19, bameze nk’abakoraga imyitozo nta ntego bafite.

    Yagize ati'bagerageje kwirwanaho n’ubwo twari mu bihe bitoroshye, urabona ko hari abakomeje gukora bafite gahunda, ariko hari n’abakoze ubona ko nta ntego bari bafite. Ntabwo ari uguhera kuri zero, turahera ku byo bafite, tugire ibyo tubongerera kugira ngo basubire mu bihe bahozemo.'

    Umukino w’u Rwanda na Cape Verde uteganyijwe tariki ya 13 Ugushyingo 2020 muri Cape Verde, mu gihe uwo kwishyura uzaba tariki ya 17 Ugushyingo mu Rwanda.

    Imaze iminsi yibanda ku myitozo ibongerera imbaraga

    Ngo bamwe mu bakinnyi yasanze barabyibushye cyane

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mashami-vincent-yagaye-bamwe-mu-bakinnyi-b-amavubi

  • Murenzi yavuze uko ikibazo cya Rayon Sports na Kimenyi cyacyemutse #rwanda #RwOT

    Perezida w’inzubacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah avuga ko bamaze kumvikana n’uwari umunyezamu wabo, Kimenyi Yves ndetse n’urwandiko rumurekura(release letter) yamaze kuruhabwa.

    Kimenyi Yves yari yasinyiye Rayon Sports mu mpeshyi ya 2019 imyaka 2 ariko ahabwa amafaranga make, bumvikana ko birenze tariki ya 30 Nzeri 2019 atarahabwa asigaye ashobora kwigendera nk’umukinnyi wigenga ariko ikipe ntigire icyo imubaza.

    Muri Gicursi 2020 ni bwo uyu musore yasinyiye Kiyovu Sports, gusa ubuyobozi bwa Rayon Sports bwavuze ko yabikoze binyuranyije n’amategeko maze na we bamwibma urwandiko rumurekura(release letter).

    Uyu musore yitabaje FERWAFA kugira ngo imurenganure atanga ikirego kuko Rayon Sports itarimo yubahiriza amasezerano bagiranye.

    Aganira na Radio Flash, umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yavuze ko ikibazo cya Kimenyi cyacyemutse ndetse n’urwandiko rumurekura barumuhaye.

    Ati“ubuyobozi bwacu ni ubuyobozi bushaka ibisubizo, twahuye na Yves ndetse duhurira muri FERWAFA dusaba umwanya wo kubiganiraho birarangira, byarakemutse Kimenyi Yves twamuhaye release letter.”

    Kimenyi Yves ahawe release letter mu gihe mbere yari yasabwe n’ubuyobozi bwari bufite iyi kipe guhara umwenda wose bari bamufitiye ubundi akongeraho miliyoni miliyoni 2 kugira ngo bamurekure.

    Kimenyi yamaze guhabwa release letter

    Source : http://isimbi.rw/siporo/murenzi-yavuze-uko-ikibazo-cya-rayon-sports-na-kimenyi-cyacyemutse

  • Kuri uya wa mbere tariki 12 Ukwakira2020, inama y' Abaminisitiri yemeje izingamba zikurikira #rwanda #RwOT

    Inama y'abaministiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki 12 Ukwakira 2020 muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje izingamba zikurikira.

    Mu myanzuro yafatiwe muri iyi nama, harimo ko:

    -Isaha ya saa kumi n'imwe z'igitondo(05h00) yakuweho ishyirwa saa kumi(04h00). Ni ukuvugako ingendo zibujijwe guhera saa yine z'ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo aho kuba saa kumi n'imwe nk'uko byari bisanzwe.

    -Ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zizakomeza. Imodoka zifite imyanya y'abagenda bicaye, zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abantu zemerewe gutwara. Naho izitwara abicaye n'abahagaze; abicaye bose 100% zizabatwara, abahagaze zitware 50% byabo.

    Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara 100% by'ubushobozi bwazo bicaye

    Inama y'Abaminisitiri kandi yemeje ko 'abitabira inama, ntibasabwa icyemezo cy'uko bipimishije COVID-19, ariko abategura inama bagomba kubahiriza amabwiriza y'inzego z'ubuzima harimo no kuteranze 50% by'ubushobozi bwo kwakira abantu bw'aho bateranira.

    Dore itangazo ry'ibyemezo by'inama y'abaminisitiri :

    Izi ngamba zizongera kwigwaho mu minsi 15 iri imbere

    Minisiteri y'Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/13/kuri-uya-wa-mbere-tariki-12-ukwakira2020-inama-y-abaminisitiri-yemeje-izingamba-zikurikira/

  • Covid_19 yahitanye umuntu wa 32 mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukwakira 2020, Covid_19 yahitanye umuntu umwe , bituma umubare w'abantu bamaze kwicwa n'icyorezo ugera kuri 32 mu Rwanda. Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko uwo muntu ari Umugabo w'imyaka 51 y'amavuko.

    Minisiteri y' Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko abantu 271 bakize COVID-19, haboneka abarwayi bashya 9.

    Abo barwayi icyenda bashya babonetse mu bipimo 2,149 bakaba barimo 8 babonetse mu Karere ka Nyagatare (abatwara amakamyo), undi umwe aboneka mu Karere ka Kayonza.

    Kugeza ubu mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 4,905 muri bo abamaze gukira ni 3,877 naho abakivurwa ni 996.


    Minisiteri y'Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/13/covid_19-yahitanye-umuntu-wa-32-mu-rwanda/

  • Inama y'Abaminisitiri yemeje ko abagenzi batwarwa 100% mu modoka uko byahoze uretse zimwe #rwanda #RwOT

    Inama y'abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa 12 Ukwakira 2020, iyobowe na Perezida Paul Kagame, hari zimwe mu ngingo zo kwirinda Coronavurus zakuweho. Muri zo, hari no kuba imodoka zitwa abagenzi zemerewe gutwa 100% by'abo zisanzwe zitwara, ariko kuzitwara abagenzi bicaye, abahagaze ngo ni 1/2 cy'abasanzwe.

    Dore mu buryo burambuye ibyemezi inama y'Abaminisitiri yagsyize hanze;

    Munyaneza theogene

    Source : http://www.intyoza.com/inama-yabaminisitiri-yemeje-ko-abagenzi-batwarwa-100-mu-modoka-uko-byahoze-uretse-zimwe/

  • Armed Robbers Storm Zimbabwe Jigh Court, Get Away With Nothing #rwanda #RwOT

    Eight armed robbers stormed the Bulawayo High Court in Zimbabwe early Sunday and gained entry into the court's criminal registry after attacking and disarming police officers manning the premises, state media reported on Monday.

    The incident occurred at about 4 a.m. and the suspects were reportedly armed with pistols. According to the Chronicle newspaper, the robbers left two police officers injured as they tried to break open the registry safe using a grinder. Bulawayo is Zimbabwe's second largest city. Police spokesperson Paul Nyathi confirmed the incident and said investigations are underway. 'We are investigating an armed robbery case which occurred at the Bulawayo High Court (Sunday) morning at 4 a.m. It is said about eight suspects went to the court and attacked two officers who were on duty and these suspects were armed with pistols.'After attacking them, they blindfolded one of the officers. They then tried to force open the court's main safe to the criminal registry's office using a key. After failing, they tried again to use a grinder and, in the process, it is alleged that they were making phone calls,' Nyathi said.He said after failing in their attempts, they tied the hands and legs of one of the police officers. The officer who sustained some serious injuries was taken to hospital. 'They attacked him using their weapons. He is being treated at a hospital in Bulawayo, but we cannot reveal where he is receiving treatment,' Nyathi said. 'These guys had inside information and we want to establish the motive behind the robbery and the attack on the officers,' he said. 'We are therefore leaving no stone unturned in our quest to get to the bottom of this case and apprehend the suspects. The law will definitely take its course.'

     

    Judicial Service Commission spokesperson Rumbidzai Takawira said the commission has deployed a team from Harare to assess the situation. 'We have a team that is going there to ascertain what really transpired and we can only have information tomorrow (Monday),' said Takawira. A legal expert who declined to be named said an exhibit safe room can contain files or prosecution documents for suspects appearing before the courts. 'A crime registry can store exhibits which include weapons used by criminals in committing crimes. The exhibits are very vital in the prosecution process and probably these robbers wanted to steal these exhibits or destroy important documents,' said the expert.

    Source : https://taarifa.rw/armed-robbers-storm-zimbabwe-jigh-court-get-away-with-nothing/

  • RIB irashakisha umugabo wishe umugore we agahita atoroka #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo Nshimiyimana ni uwo mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, akekwaho kwica umugore we tariki 03 Ukwakira 2020.

    Nshimiyimana ushakishwa na RIB yavutse taliki ya 01, Mutarama 1984 akaba ari mwene Mukezangango na Niragire.

    RIB iri gushakisha Nshimiyimana mu gihe igishakisha undi mugabo witwa Zirikana wo ku Gisozi mu Karere ka Gasabo na we akekwaho kwica umugore agacika.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B Thierry taliki 18, Nzeri, 2020 yatangaje ko bagishakisha Zirikana kandi ko bazamufata byatinda byatebuka.

    Icyo gihe yagize ati: “Tuzamushaka kugeza tumubonye. Niyo byasaba imyaka runaka.”

    Abajijwe niba yaba atarihinduranyije isura, yasubije ko ibyo bitabuza ko afatwa kuko n’abitukuza bagasa n’Abazungu bafatwa.

    Source : https://www.imirasire.rw/?RIB-irashakisha-umugabo-wishe-umugore-we-agahita-atoroka

  • WASAC mu nzira yo guca burundu umunuko mu kimoteri cya Nduba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo imyanda ikigera mu kimoteri, abakozi bahita bayivangura, itabora ikavanwamo hagasigara ibora
    Iyo imyanda ikigera mu kimoteri, abakozi bahita bayivangura, itabora ikavanwamo hagasigara ibora

    Ibyo ni ibyatangajwe na Kanangire Olivier, umukozi wa WASAC ushinzwe igenamigambi ry’isuku n’isukura, mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, asobanura ibirimo gukorwa n’ibiteganywa gukorwa mu gihe kiri imbere ngo icyo kimoteri kitazongera kuba imbogamizi ku bagituriye.

    Hashize igihe kinini abaturage baturiye icyo kimoteri giherereye mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, bavuga ko kibabangamiye kubera ikirundo cy’imyanda cyatumaga hanuka bikabije, isazi zikabatera mu ngo ku buryo bahoraga basaba gutabarwa.

    Kugira ngo icyo kibazo gikemuke nubwo kitararangira, Kanangire asobanura ko byasabye imbaraga nyinshi kuko hakozwe imirimo itari isanzwe.

    Agira ati “Iki kimoteri ni kinini, mbere wasangaga imyanda yandagaye ariko ubu icyo twakoze ni uko nyuma yo kuyijonjora dukuramo itabora, isigaye tukayisanza. Nyuma yo kuyisanza turenzaho itaka ubundi tugatsindagira bityo umwanda ntiwongere kugaragara ari byo byakuyeho umunuko yatezaga”.

    Imyanda ibora ishyirwa ukwayo mu mifuka yabugenewe
    Imyanda ibora ishyirwa ukwayo mu mifuka yabugenewe

    Ati “Ubu twaciyemo imihanda ku buryo umuntu yinjiramo nta kibazo ndetse n’imodoka zizana imyanda zikabasha kugera aho ziyimena nk’uko byagenwe. Mbere imodoka zarazaga zikabura aho zica noneho zikamena imyanda aho zigeze, ku buryo umushongi wavaga muri iyo myanda watembaga ukagera mu muhanda ari byo byateraga umunuko wakururaga amasazi”.

    Ibyo ngo byagezweho kubera ko habonetse rwiyemezamirimo ufatanya na WASAC n’Umujyi wa Kigali gucunga icyo kimoteri, bituma hongerwamo imbaraga n’ubuhanga, ari na bwo bacukuye ibyobo wa mushongi w’imyanda umanukiramo.

    Icyakora nubwo ubwo buryo bwagabanyije ubukana bw’ikibazo, Kanangire avuga ko harimo gutegurwa umushinga mugari uzarangiza burundu ibibazo byaterwaga n’icyo kimoteri.

    Ati “Hari umushinga turimo gukora uzakemura ikibazo ku buryo burambye, twatangiye gukora inyigo izerekana uko iki kimoteri kizacungwa. Imyanda ibora izakorwamo ifumbire, mu yitabora nka pulasitiki hazakorwamo ‘amapave’, amakarito n’ibindi bipapuro bikorwemo impapuro nzima hakaba n’ibizavamo ibicanwa, iyo nyigo ishobora kuzaba yarangiye mu ntangiriro z’umwaka utaha”.

    Abaturage baturiye icyo komoteri na bo bemera ko umunuko waterwaga n’iyo myanda wagabanutse, ariko bakaba bakibangamiwe n’imyanda iva mu misarani yo muri Kigali na yo imenwa aho i Nduba, nk’uko Musengayire Justine abisobanura.

    Abakozi bo ku kimoteri bari kuvangura imyanda ibora n
    Abakozi bo ku kimoteri bari kuvangura imyanda ibora n’itabora

    Ati “Kuva batangira gushyira itaka ku mwanda, umunuko ndetse n’amasazi yazaga mu ngo byaragabanutse. Ubu noneho ikitubangamiye ni imyanda ituruka mu misarani yo muri Kigali bavidura bakaza kumena mu byobo bicukuye hano, bidapfundikiye, bikaba ari byo ubu biduteza isazi, tukagira impungenge ko n’abana babigwamo, twifuza ko byahavanwa”.

    Kubwimana na we ati “Ugereranyije na mbere, ubu amasazi yaragabanutse ariko ikibazo cy’imyanda yo mu misarani bamena hano cyo kiracyahari. Isazi nubwo atari nyinshi nka mbere ziraza mu ngo zikaduteza umwanda ku buryo abana bacu bahora barwaye inzoka, icyo na cyo twifuza ko cyakemuka”.

    Kuri icyo kibazo, Kanangire avuga ko harimo gukorwa umushinga wo kujyana iyo myanda ahandi hazaba hubatswe ku buryo bugezweho.

    Nyuma yo kuvangura imyanda, ibora bahita bayirenzaho igitaka bagatsindagira, ku buryo nta munuko uza
    Nyuma yo kuvangura imyanda, ibora bahita bayirenzaho igitaka bagatsindagira, ku buryo nta munuko uza

    Ati “Hari umushinga turimo gutegura wo kubaka uruganda i Masaka muri Kicukiro, ruzajya rwakira imyanda yose yo mu misarani ya Kigali, rugakuramo amazi agatunganywa akongera agakoreshwa na ho ibikatsi bigakoreshwa ibindi. Inyigo n’ibijyanye n’amasoko bikaba biri hafi kurangira, gusa hari uruganda ruto tuzaba tuhashyize vuba ruzatangira gukora umwaka utaha, bivuze ko icyo gihe iyo myanda itazongera kumenwa i Nduba”.

    Ati “Icyakora nk’ibyihuse, ubu tugiye kureba uko twakongera gushyira imiti yabugenewe muri ibyo byobo kugira ngo umunuko ushire bitongera kubangamira abaturage”.

    Kuri ubu ikimoteri cya Nduba cyakira toni zisaga 500 buri minsi z’imyanda ituruka mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Bidukikije (REMA) yasohotse mu Kuboza 2018, yerekanye ko 2% gusa by’imyanda yose yo mu Mujyi wa Kigali ari byo bitunganywa bigakorwamo ibindi bikoresho bifite akamaro bikenerwa mu buzimabwa buri munsi, uwo mubare ngo ukaba ukiri hasi cyane.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/wasac-mu-nzira-yo-guca-burundu-umunuko-mu-kimoteri-cya-nduba

  • Amajyaruguru: Hagiye kubakwa Ingoro y’Umuryango FPR-Inkotanyi izatwara asaga miliyari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Ntara y
    Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru biyemeje kubaka Ingoro y’Umuryango

    Ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru yari yiganjemo abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakora ubucurizi n’abikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, n’abavuka muri iyo ntara batuye i Kigali, yateranye ku cyumweru tariki ya 11 Ukwakira 2020.

    Mu ngingo nyamukuru zigiwe muri iyo nama, hari ukurebera hamwe aho umushinga wo kubaka ingoro y’Umuryango FPR-Inkotanyi ugeze, kurebera hamwe uruhare rw’abikorera b’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakomoka mu Ntara y’Amajyaruguru batuye i Kigali mu guteza imbere aho bakomoka, uruhare rw’abanyamuryango mu guteza imbere abaturage babona ibicuruzwa bifuza mu rwego rwo kubarinda kuba bakoresha imipaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko bajya gushaka ibyo bakeneye, bubaka Umujyi wa Musanze no guteza imbere ubukerarugendo.

    Umushinga wo kubaka icyicaro cy’Umuryango FPR-Inkotanyi wamaze gukorerwa inyigo aho bamaze gukusanya miliyoni zigera kuri 300, mu mushinga uzatwara asaga miliyari imwe nk’uko Chairman wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV yabigarutseho.

    Agira ati “Tuzubaka inzu irengeje agaciro ka miliyari imwe, kandi nitubitekereza neza tuzayubaka ku buryo yabamo ibiro by’umuryango mu Ntara y’Amajyaruguru, ibiro by’umuryango mu Karere ka Musanze, umurenge bizaba byubatsemo, akagari, umudugudu byaba na ngombwa tugashyiramo na serivise zishobora kuba zakora ubucuruzi bwinjiza amafaranga, nic yo cyerekezo turimo”.

    Muri iyo gahunda yo gutangiza iyo nyubako, Chairman Gatabazi yavuze ko icyo gikorwa kigiye gutangira mu minsi iri imbere, aho bashaka kwishakamo ibisubizo bava mu bukode.

    Agira ati “Tumaze kubona miliyoni 300 yo gutangiza, kubera ko imisanzu y’abanyamuryango ikomeje gutangwa, tuzakomeza dukoreshe iyo misanzu. Ubu twamaze gushyiraho itsinda ribikurikirana, inama ya mbere yo kwiga inyigo yarakozwe, Akarere ka Musanze kari gafite icyicaro kaguze ariko mu nzu ishaje, Intara y’Amajyaruguru yari ifite aho ikorera ariko ikodesha, byose tugiye kubivamo tuve muri nyakatsi twubake icyicaro kizima”.

    Umushinga wo kubaka ingoro ya FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru washyigikiwe n’abanyamuryango banyuranye bitabiriye iyo nama, aho biyemeje gukomeza gutangira umusanzu ku gihe, kugira ngo uwo mushinga ugerweho.

    Sina Gerald ati “Ibyo biroroshye cyane, nta kizatunanira niduhuza imbaraga”.

    Hashinzwe Kompanyi ‘Ubudasa’ mu guca agasuzuguro k’ibihugu u Rwanda ruhahiramo

    Muri iyo nama kandi abo banyamuryango bamuritse Kompanyi baherutse gushinga bise ‘Ubudasa Company LTD’, aho biyemeje guhuza imbaraga baharanira gukemura ikibazo cyajyaga gitera abaturage n’abakora ubucuruzi kwambuka imipaka bajya gushakira ibicuruzwa hanze y’igihugu u Rwanda rushobora kwikorera.

    Impamvu nyamukuru y’iyo Kompanyi, ngo ni mu rwego rwo guca agasuzuguru gaterwa n’ibihugu bituranye n’u Rwanda byajyaga bigurisha ibicuruzwa byabo bahenda, hakiyongeraho ko ibyabaga byujuje ubuziranenge ari mbarwa.

    Mukanyarwaya Donatha uhagarariye abikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, ati “Tugiye guca agasuzuguri k’ibihugu duturanye, abikorera bo mu Ntara y’Amajyaruguru bari bafite akamenyero ko kujya kurangura mu bihugu duturanye bagahendwa bazana n’ibintu bitujuje ubuziranenge, abo hakurya bakadusuzugura bazi ko nta biribwa cyangwa ibicuruzwa dushobora kubona”.

    Arongera ati “Turi mu nzira zo gukemura icyo kibazo kandi Made in Rwanda twarayitangiye, twiyemeje gushyira hamwe aho tugiye gukora ibintu bigaragara ka gasuzuguro ka bya bihugu gacike, ubu mu minsi mike tumaze gukusanya miliyoni 23 ariko twihaye intego yo kubona miliyoni 100 kugira ngo tubone ubushobozi bwo guhaza abaturage, buri wese ufite umugabane wa miliyoni ebyiri yemerewe kuza muri Ubudasa Kampani Ltd”.

    Shirimpumu Jean Claude Visi Perezida w’Abikorera akaba na Visi Prezida w’Umuryango wa FPR muri Komisiyo ngengamyitwarire yunze murya mugenzi we, agira ati “Icyo tuvanye muri iyi nama ni umuco wo gukorera hamwe, kandi twifitemo ubushobozi n’ubuhanga bwo kuba twakwikorera byinshi twavanaga hanze.

    Batugaragarije ko n’aho twajyaga tubivana mu mahanga babivana aho natwe ubwacu twagera, iyi nama mwabonye ko yahuje ibyiciro byinshi, bishatse kuvuga ko ibyiza byose twakora ni ugushyira hamwe dusenyera umugozi umwe, kugira ngo tugere ku iterambere twifuza, kandi nk’uko izina Ubudasa ribivuga ni mu rwego rwo kwishyira hamwe kugira ngo dukore ibintu bidasanzwe bigira akamaro kuri bose”.

    Muri iyo nama, urubyiruko rwagarutsweho cyane aho abanyamuryango bagaragaje impungenge ku rubyiruko rushobora kugira imyumvire inyuranye na gahunda igihugu cyerekezamo, aho usanga urubyiruko rumwe na rumwe rwarayobye aho rwishora mu ngeso mbi zirimo gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi.

    Urubyiruko rugaragaza ko rutazigera rwitesha amahirwe rwagiriwe n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yo gukora no kwiteza imbere, aho rwiteguye kugera ikirenge mu cy’abababanjirije nk’uko byavuzwe na Byiringiro Robert, Perezida w’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku Muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/amajyaruguru-hagiye-kubakwa-ingoro-y-umuryango-fpr-inkotanyi-izatwara-asaga-miliyari