Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bane-perezida-kagame-yagize-abasenateri-ni-bantu-ki
Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bane-perezida-kagame-yagize-abasenateri-ni-bantu-ki
WaterAid Rwanda has donated modern permanent handwashing facilities build at four points in Nyamagabe district, one at Nyamagabe Bus Park, and others at Gasaka, Gasarenda, and Kaduha markets.
The donation was made during the celebration at this year's International Handwashing Day (GHWD), on Thursday, October 15, 2020. This year's Global Hand Washing Day was marked at the district level in Southern Rwanda in collaboration with Nyamagabe District.
The donation of handwashing infrastructure was made under the theme: 'Handwashing for All'.
'As WaterAid Rwanda, we are taking this opportunity to remind Rwandans that handwashing is the first line of protection against COVID-19 and other diseases like diarrhea, Ebola, hepatitis, etc,' said Maurice Kwizera- WaterAid Rwanda Country Director.
According to Kwizera, good hygiene behaviors including handwashing should be an essential part of everyone's lives: be at home, accessing education, accessing health care, other parts of our daily lives -public transportation, market places
During the handover ceremony, the Mayor of Nyamagabe District, Bonnaventure Uwamahoro, said that his district has taken strict measures against COVID-19 and he is grateful that partners like WaterAid Rwanda are coming on board to support the initiative in his district.
The COVID-19 pandemic has provided a stark reminder that one of the most effective ways to stop the spread of a disease is also one of the simplest: hand hygiene, especially through handwashing with soap. To beat COVID-19 today and ensure better health outcomes beyond the pandemic, hand hygiene must be a priority now and in the future.
Only 4.4% of households in Rwanda are equipped with facilities that have soap and water to enable the practice of handwashing with soap at critical moments
Globally, 3 billion people are living without somewhere to wash their hands with clean water and soap at home and one in four health centres lack these basic facilities on site. Without clean water, good hygiene and sanitation, health centres, the very places which are supposed to make you better and keep you well, are at high risk of becoming breeding grounds for Covid-19.
Healthcare workers are staring down this disease without the facilities needed to protect themselves and their patients. Despite this, less than 1% of the funding for responding to Covid-19 has been invested in scaling up access to clean water, sanitation and hygiene.

Source : https://taarifa.rw/wateraid-rwanda-builds-handwashing-facilities-in-major-hotspots-of-nyamagabe/
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 15 Ukwakira 2020 nibwo hamenyekanye inkuru y'umugabo wo mu karere ka Gisagara wapfiriye mu mwobo wa metero 25 aho yagiye akurikiye ingurube yari yaguyemo agezemo ahera umwuka.
Abaturage batabaye ubwo byamenyekanaga, bavuga ko aba bagabo ari Sindikubwabo Maquez na Hitimana Jean Damascene wamanutsemo agiye gutanga ubwunganizi. Gusa nyuma yo kugera muri uyu mwobo baje guhura n'icyibazo cyo kubura umwuka haza kwitabazwa inzego z'umutekano aho bahageze Sindikubwabo Maquez yashizemo umwuka.
Umwe mu baturage bageze ahabereye uru rupfu yavuze ko bafataga ibiziriko bashaka kureba uburyo babazamuramo aho bamuhereje ikiziriko ngo yishumike babashe kumuzamura ariko kubera intege nke yari afite ntiyashobora gufata uwo mugozi. Hitimana, we yakuwe mu mwobo agihumeka ariko atabasha kuvuga ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibirizi kugirango yitabweho n'abaganga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umusigire w'umurenge wa Ndora Manirakiza Thierry yemeza iby'urupfu rw'uyu mugabo Maquez, aho yatangaje ko yari afite imyaka 50, akaba ariwe wabanje kujyamo mbere akaza kuba ariwe witaba Imana. Uyu Gitifu, yasabye abaturage gutangira amakuru ku gihe kuko iyo bikorwa kare inzego z'umutekano ziba zashoboye gukiza ubuzima bw'uriya mugabo. Akaba yabasabye gukunda ubuzima bwabo aho kwishora mu bintu byabashyira mu kaga.
Iki cyobo kikaba cyari gipfundikije beto ifite imyenge ibiri, ubwo urwego rwa Polisi y'u Rwanda rwakuragamo aba bagabo babiri, ngo rwasanze uwitwa Sindikubwabo Maquez yahitanwe na gaze yariri muri uyu mwobo(ubwiherero).
Venuste Habineza/Intyoza.com
Source : http://www.intyoza.com/gisagara-yakurikiye-ingurube-mu-mwobo-wa-metero-25-apfiramo/
Kuri uyu wa gatanu tariki 16 Ukwaakira 2020, ashingiye ku biteganwa n'itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 80, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho Abasenateri 4 basimbura abasoje manda yabo.
Aba basenateri bashyizweho ni; Prof Dusingizemungu Jean Pierre wayoboraga Umuryango Uharanira Inyungu z'Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), hari Uwizeyimana Evode wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera, aho yaje gutakaza uyu mwanya azira guhohotera umukobwa w'umusekirite. Abandi basenateri bashyizweho ni Kanziza Epiphanie na Twahirwa Andre.
Uko byatangajwe n'ibiro bya Minisitiri w'Intebe:
Venuste Habineza/Intyoza.com
Mu ijambo rye nk'umuyobozi w'urwego rw'Abanyamakuru bigenzura-RMC, Barore Cleophas ubwo kuri uyu wa 16 Ukwakira 2020 hasozwaga amahugurwa y'iminsi itatu yagenewe Abanyamakuru ku Burenganzira bwa Muntu no gukora inkuru ku butabera, yibukije buri wese mu bayitabiriye by'umwihariko abanyamakuru ko mu rukiko ari ahantu ho kwigengesera kimwe no ku nkiko z'Igihugu.
Barore, avuga ko mbere y'aya mahugurwa benshi mu banyamakuru batumwaga inkuru n'ibitangazamakuru bakorera ku bijyanye n'ubutabera cyangwa se mu nkiko muri rusange ariko ugasanga bose atariko babikora kinyamwuga, ariko guhera kuri aya mahugurwa ngo hagiye kugaragara impinduka.
Avuga ko iyo abanyamakuru bemeye kwicara bakigishwa bumva, ko batajya bumvirana. Yizeza ubufatanye hagati y'abanyamakuru ndetse na Minisiteri y'ubutabera hamwe na LAF ( Legal Aid Forum), bose bagize uruhare mu gutegura aya mahugurwa.
Barore, asaba by'umwihariko Minisiteri y'Ubutabera kimwe n'abandi bafite aho bahurira n'itangazamakuru mu gihe abanyamakuru bakora inkuru zabo ko bajya bihutira gutanga ubufasha bukenewe kandi ku gihe ku munyamakuru ubitabaje.

Mu kazi ka buri munsi k'umunyamakuru, Barore avuga ko gutsitara ku nyuguti byoroshye, ko kunyerera ku ijambo nabyo byoroshye, bityo ko ni hagira uwo bishyikira akagira uwo yitabaza akwiye kugira umwumva. Yasabye kandi ko ingingo yo mu itegeko ivuga ko umunyamakuru asaba uburenganzira bwo gutara inkuru mu rukiko mbere ho amasaha 48 ko rutangira bikwiye guhinduka, ko igihe hazazamuka ibitekerezo bisaba ihinduka ry'iyi ngingo bazabyumva, bakabishyigikira.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Source : http://www.intyoza.com/mu-nkiko-ni-nko-ku-nkiko-kuhagenda-ni-ukwigengesera-barore-cleophas/