Blog

  • Amakuru Mashya: Kabuga ntabwo akiburaniye i Arusha umucamanza yategetse ko yoherezwa kuburanira i La Haye #rwanda #RwOT

    Umucamanza w'Urwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda, IRMCT, kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020 rwatangaje ko Felicien Kabuga azoherezwa kuburanishirizwa i La Hague mu Buholandi

    Uyu umucamanza w'uru rukiko Iain Bonomy niwe wafashe umwanzuro wo kumwohereza mu Buholandi, umwanzuro watangajwe n'uru rwego.

    Uyu mucamanza wafashe uyu mwanzuro yavuze ko impamvu ikomeye ari 'urugendo rwambukiranya imigabane, no kuba uru rukiko ubu rutazi uko ubuzima bwa Kabuga bwifashe'.

    Mu itangazo ry'umwanzuro we, avuga ko kujyana Kabuga ku kicaro cy'uru rukiko muri Tanzania ari amasaha 11 mu ndege no guhagarara ku bibuga by'indege bitatu. Mu gihe ngo kujya i La Haye 'byoroshye kandi byihuse mu gihe cy'amasaha n'imodoka cyangwa mu isaha imwe n'indege'.

    Mu ntangiriro z'uku kwezi urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga yohererezwa kuri ururukiko rufite ikicaro i Arusha muri Tanzania, rukagira n'ishami i La Haye mu Buholandi.

    Kabuga aregwa ibyaha birimo gutera inkunga y'amafaranga jenoside mu Rwanda, uyu wamaze imyaka irenga 20 yihisha ubutabera agafatwa mu kwezi kwa gatanu, ibyaha aregwa yabyise 'ibinyoma'.

    Ubu afungiye mu Bufaransa aho yafatiwe.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/21/amakuru-mashya-kabuga-ntabwo-akiburaniye-i-arusha-umucamanza-yategetse-ko-yoherezwa-kuburanira-i-la-haye/

  • MTN Rwanda Receives GSMA Mobile Money Certification #rwanda #RwOT

    Speaking about this achievement, MTN’s CEO, Mitwa Ng’ambi said, 'The GSMA Mobile Money Certification is a global industry initiative to bring safer, more transparent, and more resilient financial services to millions of Mobile Money users around the world. MTN Rwanda is extremely proud to be a certified provider as we continue to empower our customers to make more informed choices about their financial services.'

    For the past 10 years, MTN has made significant technological and financial investments to facilitate the development of an inclusive digital economy through Mobile Money. This is in line with Rwanda’s 2020 Vision and the Smart Rwanda Master Plan to become a cashless economy.

    'This year, we are celebrating 10 years of driving financial inclusion in Rwanda with Mobile Money. This is a huge milestone for both MTN and our customers as the certification will ensure a higher quality of service to our customers and give them the comfort that our services are of the highest quality,' said MTN’s Chief Business and Corporate Affairs Officer, Chantal Kagame.

    In order to become certified, Mobile Money providers are assessed against numerous criteria, such as safeguarding customer funds against risk of loss, combating money laundering, terrorist financing and fraud, managing staff, agents, and third parties correctly, communicating fees and information transparently to customers, effectively addressing customer service requests and complaints and protecting customers’ personal data, amongst others.

    'The GSMA’s Mobile Money Certification now reaches over 210 million customers through our certified providers,' said John Giusti, Chief Regulatory Officer, GSMA. 'We intentionly set a very high benchmark for achieving certification, bringing added security and protection to customer funds. We congratulate MTN Rwanda for being the first in the country to take this step'.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/mtn-rwanda-receives-gsma-mobile-money-certification

  • MTN Rwanda Receives GSMA Mobile Money Certification #rwanda #RwOT

    MTN Rwanda has become the first provider in Rwanda to gain the GSMA Mobile Money Certification. The certification scheme, which was launched in April 2018, is a global initiative that relies on an independent assessment of a mobile money provider's ability to deliver secure and reliable services, to protect the rights of consumers and to combat money laundering and the financing of terrorism. These efforts are measured against global industry best practice, and a pass mark of 100% is required. 

    MTN CEO, Mitwa Ng'ambi said the GSMA Mobile Money Certification is a global industry initiative to bring safer, more transparent, and more resilient financial services to millions of Mobile Money users around the world.

    'MTN Rwanda is extremely proud to be a certified provider as we continue to empower our customers to make more informed choices about their financial services,' she said.

    For the past 10 years, MTN has made significant technological and financial investments to facilitate the development of an inclusive digital economy through Mobile Money. This is in line with Rwanda's 2020 Vision and the Smart Rwanda Master Plan to become a cashless economy.

    'This year, we are celebrating 10 years of driving financial inclusion in Rwanda with Mobile Money. This is a huge milestone for both MTN and our customers as the certification will ensure a higher quality of service to our customers and give them the comfort that our services are of the highest quality,' said MTN's Chief Business and Corporate Affairs Officer, Chantal Kagame.

    In order to become certified, Mobile Money providers are assessed against numerous criteria, such as safeguarding customer funds against risk of loss, combating money laundering, terrorist financing and fraud, managing staff, agents, and third parties correctly, communicating fees and information transparently to customers, effectively addressing customer service requests and complaints and protecting customers' personal data, amongst others.

    'The GSMA's Mobile Money Certification now reaches over 210 million customers through our certified providers,' said John Giusti, Chief Regulatory Officer, GSMA.  'We intentionly set a very high benchmark for achieving certification, bringing added security and protection to customer funds.  We congratulate MTN Rwanda for being the first in the country to take this step'.

    The post MTN Rwanda Receives GSMA Mobile Money Certification appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/mtn-rwanda-receives-gsma-mobile-money-certification/

  • Rubavu : Amarira nyuma y’urupfu rwa Tuyishime wafunzwe yakubiswe, intandaro ni amafaranga 100 #rwanda #RwOT

    Nk’uko bivugwa n’abantu batandukanye barimo abaturanyi n’abo mu muryango wa nyakwigendera, uwo musore ngo yari asanzwe akora akazi ko gushyira abagenzi mu modoka, abo bakunze kwita abakarasi. Aho yakoreraga mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu ninaho yaje kugirana ikibazo n’umushoferi wanze kumuha amafaranga 100 yamwishyuzaga nk’igihembo cy’umuzigo yari amaze kumushyirira mu modoka.

    Uko gushyamirana kwaje kuvamo ko yakubise inkokora umushoferi ava imyuna mu mazuru, undi aramwirukankana aramukubita bikomeye hanyuma ajya kumurega agaragaza ko ari we wakubiswe (umushoferi) hanyuma aza gufungirwa mu murenge wa Rugerero ari ahava ajyanwa mu mujyi wa Gisenyi aho yaje kurembera bimuviramo n’urupfu.

    Abo mu muryango we kimwe n’umuyobozi wa IBUKA mu murenge wa Rugerero bavuga ko bitari bikwiye ko anafungwa kuko asanzwe afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe yatewe n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi. Kugeza ubu bagaragaza ko babangamiwe no kuba uwamukubise atarabihaniwe kandi azwi, gusa uyobora IBUKA mu murenge we agahamya ko bazakomeza gukora ubuvugizi n’izindi nzego ubutabera bukaboneka cyane ko n’umurambo woherejwe i Kigali ugapimwa.

    IREBERE VIDEO UKO BABISOBANURA BYOSE HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Rubavu-Amarira-nyuma-y-urupfu-rwa-Tuyishime-wafunzwe-yakubiswe-intandaro-ni-amafaranga-100

  • Polisi yerekanye abiyitaga abapolisi bagakora perimi mpimbano #rwanda #RwOT

    Ubwo berekwaga itangazamakuru ku cyicaro cya polisi yo mu mujyi wa Kigali, uwitwa Kalinijabo Francois yemeye ko afatanyije na bagenzi be bakoraga Perimi mpimbano. Avuga ko ari akazi yashishikarijwemo n’uwitwa Murenzi Hamdun ari nawe wari umuyobozi w’itsinda.

    Yagize ati: “Mu bihe bya COVID-19 igihe abantu bari batangiye kuva mu rugo, nahamagawe na Murenzi Hamdun ambwira ko amfitiye akazi. Yatangiye ambwira ko namufasha gushaka umuntu ukora photocopy ya za Perimi, nahise mpamagara mushuti wanjye Bora Adam niwe wari ufite imashini izikora.”

    Kalinijabo akomeza avuga ko ariwe wahise aha akazi Bora Adam, ko kujya akora photocopy ya za perime mpimbano. Kalinijabo yabwiye itangazamakuru ko Bora yamuciye amafaranga ibihumbi bitanu kuri photocopy imwe, Kalinijabo yasubiye kwa Murenzi Hamdun amubwira ko Bora yamuciye ibihumbi 10 kuri photocopy imwe.

    Uzamukunda Philomene avuga ko nawe yahawe akazi na Murenzi Hamdun, bakorana yiyita umupolisikazi ufite ipeti rya CIP. Uzamukunda avuga ko Murenzi yamuhamagaraga iyo habaga habonetse umukiriya bagiye guha Perimi mpimbano.

    Yagize ati: “Murenzi yampaye akazi avuga ko icyo nzajya nkora ari ukujya ampamagara njyewe aho ndi nkavuga nti “munyure ku marembo y’inyuma”. Ushaka perime iyo yazaga, Murenzi yampamagaraga anyita afande nanjye nkitaba, nkamubwira nti uwo muntu mubwire anyure ku marembo y’inyuma. Iyo byarangiraga Murenzi yampaga amafaranga ibihumbi 10.”

    Uyu Murenzi wari ukuriye itsinda ni nawe wohererezaga abantu ubutumwa bugufi kuri telefoni z’abo ababwira ko batsindiye impushya zo gutwara ibinyabiziga. Ni nawe wabashakaga bakanamwishyura, iri tsinda ryafashwe rimaze gukorera abantu 42 perimi mpimbano.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yavuze ko bariya bantu bakoze ibyaha bitandukanye birimo gukora impapuro mpimbano, kwiyita abapolisi kandi atari bo no gushuka abaturage bakabambura amafaranga yabo.

    Yakanguriye abaturarwanda kwirinda umuntu wese ubashuka ababwira ko atanga serivisi izo arizo zose nyamara zitangwa n’inzego za Leta zizwi ndetse zinafite uburyo buzwi zitangwamo.

    Yagize ati: 'Bariya bantu bahindanyije isura ya Polisi y’u Rwanda biyita abapolisi batanga impushya zo gutwara ibinyabiziga. Polisi igira uburyo itangamo impushya zo gutwara ibinyabiziga, itanga amatangazo abantu bagakora ibizamini ubitsinze akishyura amafaranga azwi ubundi agahabwa uruhushya rwe.”

    Yasabye abantu kujya bihutira gutanga amakuru hakiri kare igihe cyose bahuye n’abantu nk’abo babambuzi. Yanabibukije ko umuntu wese ufatwa akoresha ibyagombwa by’ibihimbano nawe afatwa nk’umufatanyacyaha mu gukoresha impapuro mpimbano.

    CP Kabera yibukije abantu ko polisi y’u Rwanda itazahwema gukurikirana abantu nka bariya ndetse n’abandi banyabyaha. Yasabye undi wese waba ufite umugambi nk’uwabariya bafashwe kubireka kuko amaherezo nawe azafatwa.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 276 havuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y’ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 279 havuga ko Umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500.000 FRW).

    Ni mugihe ingingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Source : https://www.imirasire.rw/?Polisi-yerekanye-abiyitaga-abapolisi-bagakora-perimi-mpimbano

  • Ozil yijunditse Arsenal #rwanda #RwOT

    Mesut Ozil ntari ku rutonde rw’abakinnyi 25 Arsenal yatanze ngo bazayikinire muri shampiyona ariyo mpamvu kwihangana byamunaniye avuga ko 'ababajwe cyane n’uyu mwanzuro wa Mikel Arteta ndetse avuga ko iyi kipe itari iyo kwizerwa.'

    Kuva Premier League yagaruka mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka,Mesut Ozil ntarakina n’umunota n’umwe muri Arsenal,ariyo mpamvu yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze agenera ubutumwa abafana ababwira ko ababaye ndetse n’umwanzuro wafashwe n’ikipe udakwiriye.

    Yagize ati 'Ubu n’ubutumwa bukomeye bwo kwandikira abafana ba Arsenal maze imyaka mike ishize nkinira.Mbabajwe cyane no kuba ntashyizwe mu bakinnyi bagomba gukina Premier League.

    Kuva nakongera amasezerano muri 2018,nabereye umwizerwa iyi kipe nkunda ya Arsenal ariko mbabajwe nuko yo itabinkoreye.Icyo nabonye nuko ubudahemuka ari ikintu kigoye muri iyi minsi.Nakomeje kwihangana nizeye ko nzagaruka mu ikipe vuba niyo mpamvu nakomeje guceceka.

    Mbere ya Guma mu rugo,nari nishimiye gukorana neza n’umutoza wacu Mikel Arteta.Twari tumeranye neza ndetse navuga ko n’imikinire yanjye yari ku rwego rwo hejuru ariko ubu ibintu byahindutse ntabwo nemerewe kongera gukinira Arsenal.Ni iki kindi navuga?.London haracyari mu rugo,ndacyafite inshuti mu ikipe ndetse ndacyafitanye umubano mwiza n’abafana.

    Uko byagenda kose,nzakomeza kugerageza amahirwe yanjye kandi sinzemera ko umwaka wanjye wa 8 muri Arsenal urangira nabi gutya.Ndabasezeranya ko uyu mwanzuro wanjye ukomeye utazigera uhinduka.Nzakomeza kwitoza cyane bishoboka kandi uko mbishoboye kose nkoreshe ijwi ryanjye namagana ubunyamaswa,mparanire ubutabera.'

    Mesut Ozil afitanye umubano mubi n’ikipe ya Arsenal bitewe nuko yanze kugabanya umushahara ndetse no gushyamirana n’Ubushinwa akica isoko ry’ikipe ya Arsenal muri iki gihugu.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Ozil-yijunditse-Arsenal

  • Papa Trap, indirimbo ya Mucoma na MNG CoCo irimo umukobwa utigisa amabuno bidasanzwe-Video #rwanda #RwOT

    Ni indirimbo iyo uyumvise irabyinitse kandi ikaba ikubiyemo amagambo abaraperi babigize umwuga bakunda gukoresha ari naho abayumva usanga iryoheye amatwi dore ko ifite n’ibyo twakwita isubirajwi.

    Mucoma asanzwe ari umuhanzi ukunda gukorera indirimbo ze nyinshi inaha mu Rwanda iyo aje mu biruhuko dore ko asanzwe abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari naho akorera imirimo ye ya buri munsi.

    Mucoma na MNG CoCo

    Indirimbo ze akenshi zibanda mu gutanga ubutumwa rubanda rukeneye, haba ubwo guhumuriza ababaye babayeho nabi, abadafite amikoro ariko kandi akateza imbere ururimi rwo kwivuga rukunda kuvugwa mu karere ka Rubavu.

    Imvano y’ubuhanzi bwe akenshi abukomora ku mibereho ye yagiye anyuramo mu myaka itandukanye mbere y’uko yerekeza muri amerika.

    Ubusanzwe amazina ye nyakuri yitwa Nizeyimana Didier wiyise Mucoma kubera ko yigeze gukora akazi ko kotsa inyama mu tubari two muri Kenya, avuga ko yamaze igihe kinini adafite icyizere cyo kubaho, kubera ubuzima bushaririye yagiriye mu muhanda.

    Urugendo rwe rwo gusatira ubuzima ni rurerure, ariko byose byatangiye ubwo yavaga iwabo muri Rubavu n’amaguru ahunga ubukene, akaza gushaka ubuzima i Kigali aho atari azi umuntu n’umwe.

    Byatumye atangira ubuzima bwo kurara mu muhanda no ku mbaraza z’amazu nk’umwana w’umuhanda, ubunyoni bwavuga akabyuka akajya gushaka icyo asamura.

    Ubuzima bwa Kigali bwaranze ahitamo kujya muri Kenya nabwo anyuze mu nzira igoye, kuko yagendaga adafite icyangombwa na kimwe atanafite ifaranga ryamugoboka mu nzira kandi agenda n’amaguru.

    Amaze gukora indirimbo nyinshi zitandukanye zirimo nka ; niguco mbaga,ni ikibazo,nizindi zitandukanye.

    Kanda hano urebe indirimbo Papa Trap
    https://www.youtube.com/watch?v=wFaZOpBX_5A

    Source : https://www.imirasire.rw/?Papa-Trap-indirimbo-nshya-ya-Mucoma-na-MNG-CoCo-irimo-umukobwa-utigisa-amabuno

  • Coronavirus: Brazil igiye gukingiza abantu urukingo CoronaVac rw'Ubushinwa #rwanda #RwOT

    Igihugu cya Brazil kirateganya gukoresha urukingo rwakorewe mu Bushinwa mu mugambi w'igihugu wo gukingira coronavirus, nk'uko abategetsi baho babivuga.
    João Doria, guverineri wa leta ya São Paulo, yavuze ko guverinoma yabo yemeje kugura doze miliyoni 46 z'urukingo rwa CoronaVac.

    Yavuze ko gahunda yo gukingira ishobora gutangirana n'ukwezi kwa mbere mu 2021. Yahita iba umuhate wa mbere ku isi muri ubu buryo wo kurwanya iki cyorezo. Brazil ni kimwe mu bihugu ku isi byazahajwe cyane na coronavirus. Abantu miliyoni 5.3 barayanduye
    Ni igihugu cya gatatu gifite benshi nyuma ya USA n'Ubuhinde — kandi ni icya kabiri inyuma ya USA mu gupfusha benshi, hafi 155,000 bamenyekanye kugeza ubu, nk'uko bivugwa na Kaminuza y'ubushakashatsi ya Johns Hopkins.

    Uru rukingo, Nirwemezwa n'abashinzwe ubuzima muri iki gihugu, ruzaba ari rumwe mu nkingo ebyiri zishyizwe muri gahunda yo gukingira muri Brazil. Brazil inateganya gutera abantu urukingo ruri gutunganywa na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza ifatanyije na kompanyi ikora imiti AstraZeneca.

    Bwana Doria mbere yari yarashimagije igeragezwa ry'urukingo rw'Ubushinwa, avuga ko ateganya ko ruterwa bamwe mu baturage ba São Paulo.

    Uru rukingo ruri gusuzumwa n'ikigo cy'ubushakashatsi cya leta ya São Paulo
    Ku wa mbere, icyo kigo cyavuze ko ruterwa umuntu ari doze ebyiri, babonye rukora neza mu igeragezwa ku bantu benshi.
    Gusa, iki kigo cyaburiye ko ibyo babonye ari iby'ibanze, ko bakomeje gusuzuma. Ko amakuru arambuye ku buziranenge bwarwo bazayatangaza isuzuma rirangiye.
    Igerageza ry'uru rukingo mbere y'uko ruterwa abantu riri gukorwa kandi muri Turkiya na Indonesia.
    Source:Reuters

    Venuste Habineza/Intyoza.com

     

    Source : http://www.intyoza.com/coronavirus-brazil-igiye-gukingiza-abantu-urukingo-coronavac-rwubushinwa/

  • Kamonyi/Kayenzi: Urubyiruko rurasaba rugenzi rwarwo kugendera kure Amacakubiri n'Ivangura #rwanda #RwOT

    Urubyiruko rw'abasore n'inkumi mu Murenge wa Kayenzi, Akarere ka kamonyi nyuma y'uko kuri uyu wa 20 Ukwakira 2020 bahawe ibiganiro kuri gahunda ya 'Ndi Umunyarwanda', aho bareberaga hamwe uruhare rwabo mu kurwanya Amacakubiri n'Ivangura, biyemeje kuba ku isonga mu kubiharanira no gusaba bagenzi babo kujya mu mujishi umwe, bakamagana uwashaka gusobanya wese.

    Urubyiruko ni imbaraga z'Igihugu kandi zubaka iyo zikoreshejwe neza. Abo mu Murenge wa Kayenzi bahamya ko umuhate n'imbaraga bafite atari ibyo kubyina basobanya, ko intego ari ugufatanya kubaka u Rwanda ruzira Amacakubiri n'Ivangura, no kurwanya uwo ariwe wese washaka kunyuranya n'umurongo wa Politiki nziza z'Igihugu zigamije iterambere rirambye ry'umuturage.

    Cyurishya Willison Serge, umwe mu bahawe ikiganiro akaba atuye mu kagari ka Bugarama, Umurenge wa Kayenzi, avuga ko nk'urubyiruko asanga ko uruhare rwa buri wese ari ukwamagana Amacakubiri n'Ivangura ndetse n'igisa nabyo cyose kuko bazi neza aho byagejeje u Rwanda n'Abanyarwanda, bakaba kandi basobanukiwe n'aho Igihugu kigeze kubera imiyoborere myiza. Intego  ngo ni uguhindura bakubaka amateka meza mu mbaraga n'ubwenge bafite nk'abakiri bato.

    Agira ati' Urubyiruko rwinshi rwijanditse mu bikorwa by'ivangura n'amacakubiri, benshi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bananirwa kwitandukanya n'ikibi. Uyu munsi twe nk'urubyiruko tugamije kubaka amateka meza, turi ku ruhembe rw'imbere mu kwigisha bagenzi bacu aho dutuye n'aho tugenda, ko bahindura imyumvire, tukubaka amateka mashya, tukajya mu mujishi umwe wo kubaka Igihugu kizira Amacakubiri Ivangura'.

    Dushimimana Musafiri, ahagarariye urugaga rw'Urubyiruko mu Murenge wa Kayenzi. Asanga nk'urubyiruko igikwiye ari uguhuza imbaraga, zigakoreshwa mu byubaka Igihugu. Ko indorerwa buri wese akwiye kubonamo mugenzi we ari Ubunyarwanda gusa.

    Ati ' Gahunda ya Ndi Umunyarwanda ni ukumva ko uri Umunyarwanda muzima, ugendera mu murongo usobanutse wa politiki na Gahunda z'Igihugu, ukarebera buri wese mu ishusho yo kuba Umunyarwanda aho ku murebera mu yandi masura atandukanye'. Akomeza avuga ko uwaba yifitemo ibitekerezo binyuranye n'imirongo migari ya Gahunda ya Ndi Umunyarwanda akwiye guhinduka.

    Uwineza Angelique, umwe mu bakobwa bahuguwe avuga ko byinshi bize mu mashuri ndetse n'ibyo bagiye babwirwa n'Ababyeyi ari uko Amateka y'u Rwanda yabaye mabi kugera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ko nk'urubyiruko intego ari uguhindura ayo mateka mabi yaranze urubyiruko rwababanjirije, bakubaka ameza yubaka Igihugu cyiza bazasiga.

    Avuga kandi ko nk'urubyiruko, bafite amahirwe yo kuba bafite ubuyobozi bwiza, buhora bushakira icyiza buri Munyarwanda. Ibi ngo ni ishema ndetse bikaba bibatera imbaraga zo gukora batiganda kugira ngo baharanire icyiza, bubake Igihugu mu mbaraga zabo. Avuga kandi ko andi mahirwe nk'urubyiruko bafite ashingiye ku kuba hari benshi bafatiraho urugero bari mu nzego zitandukanye z'ubuyobozi no mu byiciro by'ubuzima bitandukanye.

    Angelique, avuga kandi ko uyu munsi nk'urubyiruko bakwiye kwifashisha inzira zose bafite zirimo n'imbuga nkoranyambaga mu kubwira bagenzi babo n'Isi yose ibyiza by'Igihugu, bakarata imiyoborere myiza yo shingiro ryo guca Ivangura n'Amacakuburi. Asaba gabenzi be gushyira imbere Gahunda ya Ndi Umunyarwanda, bagaharanira guca burundu Amacakubiri n'Ivangura.

    Uwababyeyi Diane, atuye mu kagari ka Cubi. Avuga ko aho isi igeze iri ku muvuduko mu bijyanye n'ikoranabuhanga, ko nk'urubyiruko aya ari amwe mu mahirwe bafite mu gukoresha neza iri koranabuhanga, bagakoresha imbuga nkoranyambaga mu kwigisha no gufasha bagenzi babo kuba mu byiza, Gukunda Igihugu no kugikorera.

    Diane, Avuga ko Gahunda ya Ndi Umunyarwanda ibereye buri wese. Ati ' Iyi ni gahunda ya Ndi Umunyarwanda, aho buri wese akwiye kwiyumvamo ko ari Umunyarwanda, wareba mugenzi wawe ukamubonamo Umunyarwanda aho kumubona nk'umunyamahanga cyangwa se ngo umubonemo ubundi bwoko runaka. Ndi Umunyarwanda iratubumbye twese, iraduhuza kurusha ikindi cyose, haba aho dutuye, aho dukorera n'aho tugenda'.

    Urubyiruko rusaga 650 mu Murenge wa Kayenzi nirwo ruri ku isonga mu guhuza imbaraga n'ibitekerezo, bagamije kwigisha no gufasha bagenzi babo, ko imbaraga zabo bakwiye kuziha Igihugu, bagakora ntawe basiganya kuko ngo bimirije imbere kuzasigira abazabakomokaho umurage mwiza w'u Rwanda ruzira Amacakubiri n'Ivangura.

    Ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda mu kurwanya ivangurara n'Amacakubiri mu muryango Nyarwanda, bitanga umwanya wo kwitekerezaho no gutekereza uko buri muntu ku giti cye yakubaka Ubunyarwanda; Ni umwakanya wo gusesengura no komorana ibikokere abaganira batewe n'amateka; Ni umwanya wo kwiyubakamo indangagaciro zirangwa no kwigirira icyizere, gukunda Igihugu, kugiteza imbere no guharanira ko nta cyagisubiza inyuma. Ni ibiganiro kandi bitanga umwanya wo kumenyana byimbitse, kubwizanya ukuri mu bworoherane, kwizerana, gutega amatwi no kumva abandi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-kayenzi-urubyiruko-rurasaba-rugenzi-rwarwo-kugendera-kure-amacakubiri-nivangura/

  • Mesut Özil mu gahinda n’amarira menshi #rwanda #RwOT

    Umudage ukinira ikipe ya Arsenal mu Bwongereza, Mesut Ozil ari mu gahinda gakomeye nyuma y’uko iyi kipe itamutanze ku rutonde rw’abakinnyi izifashihsha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

    Uyu mukinnyi aheruka kongera amasezerano ye muri Arsenal muri 2018 yamugize umukinnyi uhembwa menshi muri iyi kipe ndetse no mu mateka yayo, aho ahembwa £350,000 ku cyumweru.

    Nyuma y’uko Arsenal itangaje abakinnyi 25 izifashisha mu mikino ya shampiyona uyu mwana w’imikino, uyu mukinnnyi yagaragaje ko atishimye na gato kuko atisanze kuri urwo rutonde.

    Mu ibaruwa yuzuyemo agahinda kenshi n’umubababaro, yavuze ko imyaka 8 amaze muri Arsenal atayireka ngo igende ityo kuko agomba guharanira uburenganzira bwe akarwanya ibikorwa bya kinyamaswa.

    Ati' Ubu ni ubutumwa bukomeye bwo kwandikira abafana ba Arsenal nakiniye imyaka mike ishize. Mbabajwe cyane no kuba ntashyizwe mu bakinnyi bagomba gukina Premier League.

    Kuva nakongera amasezerano muri 2018, nabereye umwizerwa iyi kipe nkunda ya Arsenal ariko mbabajwe n’uko yo itabinkoreye. Icyo nabonye ni uko ubudahemuka ari ikintu kigoye muri iyi minsi. Nakomeje kwihangana nizeye ko nzagaruka mu ikipe vuba niyo mpamvu nakomeje guceceka.

    Mbere ya Guma mu rugo, nari nishimiye gukorana neza n’umutoza wacu Mikel Arteta. Twari tumeranye neza ndetse navuga ko n’imikinire yanjye yari ku rwego rwo hejuru ariko ubu ibintu byarahindutse ntabwo nemerewe kongera gukinira Arsenal. Ni iki kindi navuga? London haracyari mu rugo, ndacyafite inshuti mu ikipe ndetse ndacyafitanye umubano mwiza n’abafana.

    Uko byagenda kose nzakomeza kugerageza amahirwe yanjye kandi sinzemera ko umwaka wanjye wa 8 muri Arsenal urangira nabi gutya. Ndabasezeranya ko uyu mwanzuro wanjye ukomeye utazigera uhinduka. Nzakomeza kwitoza cyane bishoboka kandi uko mbishoboye kose nkoreshe ijwi ryanjye namagana ubunyamaswa mparanire n’ubutabera.'

    N’ubwo na mbere bitari bimeze neza, umubano wa Ozil na Arsenal wabaye mubi kurushaho ubwo yangaga ko akatwa umushahara mu gihe cya Coronavirus ubwo amakipe yari yugarijwe n’amikoro atari meza.

    Yinjiye muri Arsenal 2013 avuye muri Arsenal, yayikiniye imikino 184 ya shampiyona ayitsindira ibitego bigera kuri 33.

    Ozil yagaragaje agahinda yatewe na Arsenal

    Source : http://isimbi.rw/siporo/mesut-ozil-mu-gahinda-n-amarira-menshi