Blog

  • Rubavu: Abarinzi b’amahoro bashimiwe guhagarika abinjira mu Rwanda bitemewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bakorana neza n
    Abaturage bakorana neza n’inzego z’umutekano

    Mvano Etienne, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana avuga ko kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 abantu 74 bahagaritswe n’abarinzi b’amahoro bashaka kwinjira mu Rwanda no kwinjiza ibicuruzwa ku buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Agira ati “Twahembye utugari dukora ku mupaka wa Kongo aho bakora ibikorwa by’indashyikirwa byo gufata abinjiza ibicuruzwa mu Rwanda ku buryo butemewe, hamwe n’abashaka kwinjira mu gihugu banyuze inzira z’umukapa zitemewe n’amategeko, twari tumaze gufata 74, kandi abafashwe bapimwe icyorezo cya Covid-19 bashyirwa mu kato”.

    Mvano avuga ko bahisemo kubashimira kugira ngo bakomeze kugira umuhate mu kurinda amarembo y’igihugu, ndetse bashimira n’abaturage b’Utugari twa Rusura na Kageshi duhana imbibe n’umupaka wa Kongo bahora ari maso mu kurinda ubusugire bw’igihugu.

    Bamwe mu barinzi b’amahoro bavuga ko nubwo bitanga bifuza guhabwa impuzankano ibaranga, kugira ngo mu gihe cy’ijoro bari mu kazi batandukanywe n’abandi, cyane cyane nk’inzego z’umutekano ziba zicunze umutekano.

    Abaturage baturiye umupaka uhuza u Rwanda na Kongo cyane cyane abayobozi b’imidugudu, bavuga ko bafite inshingano zikomeye zo kurinda umutekano nk’abantu bari ku marembo y’igihugu, bakaba basaba ko bahabwa telefoni zigendanwa za smart ziborohereza guhanahana amakuru.

    Kuva mu mwaka wa 2010, mu Murenge wa Busasamana hakunze kwibasirwa n’abahungabanya umutekano bakunze kuba mu mutwe wa FDLR hamwe n’ingabo za Kongo (FARDC) bazaga kwiba inka n’imyakka y’abaturage.

    Mvano avuga ko ubu umutekano uhagaze neza ndetse n’ibikorwa by’abinjira mu Rwanda byahagaze kubera inzego z’umutekano n’abaturage bahagurukiye gutanga amakuru


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Rubavu-Abarinzi-b-amahoro-bashimiwe-guhagarika-abinjira-mu-Rwanda-bitemewe

  • Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball yeguye #rwanda #RwOT

    Uwari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball, Vladimir Bosnjak umunya-Serbia yeguye ku mirimo ye, Ni nyuma yo gusoza amajonjora yo gushaka itike ya Afrobasket2021 nta mukino n’umwe atsinze.

    Uyu mugabo yari amaze imyaka ibiri ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball. Ku gicamunsi cy’uyu wa Kane ni bwo federasiyo y’umukino wa Basketball yashyize hanze itangazo rivuga ko uyu mugabo yeguye.

    Iri tangazo rivuga ko uyu munsi ari bwo bakiriye ubwegure bwa Vladimir, nabo bakurikije umusaruro amaze iminsi atanga bakaba babwemeye.

    U Rwanda rwanenzwe uburyo rwitwaye mu majonjora yo mu itsinda D mu gushaka itike ya Afrobasket 2021 izabera mu Rwanda umwaka utaha.

    Iyi mikino y’amajonjora n’ubundi yabereye mu Rwanda muri Kigali Arena mu kwezi gushize, u Rwanda rwari kumwe na Mali, Nigeria na Sudani y’Epfo mu itsinda D, aba basore bari bayobowe na Vladmir bakaba barayisoje nta mukino n’umwe batsinze.

    Vladimir Bosnjak yatangiye gutoza u Rwanda muri Kamena 2018 kugeza ubu tariki ya 3 Ukuboza 2020 yemereye kumanika akavuga ko akazi bamusabye atakegezeho bityo akwiye gutanga umwanya.

    Vladimir yeguye ku mirimo yo gutoza u Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-w-ikipe-y-igihugu-ya-basketball-yeguye

  • Democratic Republic of Congo (DRC)'s President H.E Félix Tshisekedi confirmed to deliver the keynote address at Mining Indaba Virtual #rwanda #RwOT

     

    Mining Indaba is renowned for offering a high calibre of speakers, and 2021 is no exception

    LONDON, United Kingdom, December 3, 2020/ — Investing in African Mining Indaba (Mining Indaba) (www.MiningIndaba.com), part of Hyve Group Plc is delighted to announce the first line-up of keynote speakers for Mining Indaba Virtual, which will be held on 2-3 February 2021. Mining Indaba is renowned for offering a high calibre of speakers, and 2021 is no exception.

    The organisers are extremely pleased to confirm that His Excellency, Félix Tshisekedi, President of the Democratic Republic of Congo (DRC) has confirmed his participation at the online conference.

    President Tshisekedi became leader of the DRC in January 2019; it was a landmark moment for the country as the first peaceful and democratic transfer of power. He will be delivering the opening keynote address of Mining Indaba Virtual on 3 February 2021.

    'It's an honour to be able to host His Excellency, President Félix Tshisekedi, at Mining Indaba Virtual. He will be among a group of exceptional speakers we'll be hosting on the virtual stage, discussing issues affecting the mining sector, including improving bilateral trade and economic relations. It is very exciting for us that the online event is attracting so much interest from both Governments and the private sector,' comments Simon Ford, Portfolio Director, Mining Indaba.

    Joining His Excellency on the growing list of speakers are CEOs, government leaders and senior representatives from across the global mining industry. Together they will tackle topics including using mining to reboot national economies, embracing ESG in the boardroom, harnessing the power of automation and the rise of gold during the COVID-19 pandemic.

    First line-up of speakers includes:

    • Mark Cutifani, Chief Executive, Anglo American
    • Bady Baldé, Deputy Executive and Africa Director, EITI
    • Clive Govender, CEO & Founder, CGC Consulting
    • Sabine Dall'Omo, CEO, Southern & Eastern Africa, Siemens
    • Neil Hume, Natural Resources Editor, Financial Times
    • Roger Baxter, CEO, Minerals Council South Africa
    • Neal Froneman, CEO, Sibanye-Stillwater
    • Fortune Mojapelo, CEO, Bushveld Minerals
    • Nick Holland, CEO, Gold Fields
    • Dr. Kwasi Ampofo, Lead Metals Analyst, BloombergNEF
    • Lord Charles Vivian, Director, Tavistock

    The theme for Mining Indaba Virtual is 'Resilience & Regrowth: Adopting the New Mindset for African Mining' to help rebuild and shape the future of the industry. This free to attend online conference features high-level content including pioneering insights, multi-stakeholder strategic conversations, keynote addresses and more.

    Registration for the Mining Indaba Virtual has now opened, the event is free to attend.

    For more information about the programme, visit the website here (https://bit.ly/3ojDyl8).

    53

    The post Democratic Republic of Congo (DRC)'s President H.E Félix Tshisekedi confirmed to deliver the keynote address at Mining Indaba Virtual appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/03/democratic-republic-of-congo-drcs-president-h-e-felix-tshisekedi-confirmed-to-deliver-the-keynote-address-at-mining-indaba-virtual/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=democratic-republic-of-congo-drcs-president-h-e-felix-tshisekedi-confirmed-to-deliver-the-keynote-address-at-mining-indaba-virtual

  • Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n'utundi dutsiko tw'abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside #rwanda #RwOT

    Ubwicanyi bwabaye mu Burundi mu mwaka w'1993, bwibasiye abaturage bo mu bwoko bw'Abatutsi, bashinjwaga urupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye. Abakoze iyo jenoside ni abayoboke ba FRODEBU, bari barahungiye mu Rwanda kuva mu myaka ya za 72, aho bakomeje kwigishwa kwanga Abatutsi bikomeye, biza kuvamo ingengabitekerezo ya jenocide. Nyuma y'aho Ndadaye(nawe wabaye mu Rwanda) atsindiye amatora, za mpunzi z'Abarundi bo mu bwoko bw'Abahutu zahise zitaha, zijya kugabagabana imyanya mu butegetsi, no guhonyora Abatutsi. Aho Ndadaye apfiriye rero, abo bayoboke b' ishyaka rye, FRODEBU bahise bashyira mu bikorwa amasomo baherewe mu Rwanda rwa Yuvenali Habyarimana, maze si ukwica abatutsi baratsemba. Ibi byanemejwe  na Komisiyo y'Umuryango w'Abibumbye, muri raporo yayo yo kuwa 22 Kanama 1966, ivuga ko muw'1993, mu Burundi habaye Jenoside yakorewe Abatutsi.Ikagaragaza ko iyo Jenoside itatewe n'urupfu rwa Ndadaye, ko ahubwo  yari imaze imyaka myinshi itegurwa, abicanyi bahabwa imyitozo n'intwaro,  urutonde rw'amazina y'abagomba kwicwa rurategurwa, neza neza nk'uko byagenze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

    Nyuma yaho rero FRODEBU yaje gucika intege, maze benshi mu bayoboke bayo bajya muri CNDD-FDD, ari nabo bari ku butegetsi muri iki gihe. Bivuze ko mu butegetsi bwa CNDD-FDD harimo abicanyi babitorejwe mu Rwanda, bacengezwamo amahame ya 'Hutu-power', kimwe n'Interahamwe-mpuzamugambi. Tunibutsa ko  ubwo igisirikari cy'uBurundi cyarwanyije iyicwa ry'Abatutsi, maze benshi mu bicanyi bongera guhungira mu Rwanda. Abo nibo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, umubare minini wabo ukaba uganje ku ngoma ya CNDD-FDD. Nta gitangaje rero ko ubutegetsi buriho mu Burundi butera inkunga FDLR n'indi mitwe y'iterabwoba, kubo bafitanye igihango. Batorejwe hamwe, batozwa bimwe, bakora ibyaha bimwe:Jenoside yakorewe Abatutsi mu Burundi no mu Rwanda.

    Ibimenyetso uBurundi budashobora guhakana bigaragaza ko abajya bagerageza kugaba ibitero mu Rwanda bava mu Burundi, bakubitwa incuro bagahungira mu Burundi.  Birumvikana kandi  kuko baba bisanga mu bavandimwe bahuje byose. Bijya bisetsa iyo abategetsi mu Burundi bashinja uRwanda gucumbikira abatavuga rumwe nayo, birengagije ko aho mu Burundi, no mubutegetsi nyirizina, huzuyemo abasize bamennye amaraso muri Jenoside yakorwe Abatutsi. Abakurikiranye ubwicanyi bwabereye  ahahoze ari Komini Mugina no mu tundi duce tw'Amayaga, bazi neza ibyo impunzi z'Abarundi zahakoze.

    Ubushinjacyaha bw'uRwanda bumaze imyaka myinshi bwarashyikirije Leta y'uBurundi urutonde rw'abakekwaho ibyo byaha ndengakamere, ariko habe n'umwe uroherezwa mu Rwanda, cyangwa ngo baniyerurutse, nibura  umwe rukumbi aburanire mu Burundi. Byabaye nko kurega uwo uregera,kuko abagafashe abo bicanyi, ibiganza byabo nabyo bijejeta amaraso y'inzirakarengane.Ngiyo rero imvano y'ubucuti hagati ya CNDD-FDD, FDLR, FLN n'indi mitwe y'iterabwoba.

    The post Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n'utundi dutsiko tw'abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/nta-kuntu-ubutegetsi-bwa-cndd-fdd-butari-gushyigikira-ibikorwa-bya-fdlr-nutundi-dutsiko-twabicanyikandi-benshi-mu-bagize-iyo-mitwe-yose-baratorejwe-hamwe-ingengabitekerezo-ya-jenosi/

  • APR FC yaraye i Nairobi aho igiye guhatana na Gor Mahia (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 02/12/2020, nibwo ikipe ya APR FC yafashe rutemikirere ya Rwandair yerekeza I Nairobi muri Kenya, aho igiye gukina umukino wo kwishyura na Gor Mahia, mu marushanwa ya CAF Champions League.

    Uyu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze, biteganyijwe ko uzaba ku wa Gatandatu tariki 05/12/2020, ukabera kuri Nyayo Stadium, aho APR FC kugira ngo ikomeze isabwa byibura kunganya, kuko umukino ubanza yari yawutsinze ku bitego 2-1.

    Abakinnyi 23 yajyanye i Nairobi muri Kenya

    Abanyezamu: Rwabugiri Umar, Ahishakiye Herithier.

    Ba myugariro: Omborenga Fitina, Ndayishimiye Dieudonne, Buregeya Prince, Manzi Thierry (Kapiteni), Mutsinzi Ange, Rwabuhihi Aimé Placide, Imanishimwe Emmanuel na Niyomugabo Claude.

    Abakina hagati: Mushimiyimana Mohammed, Ruboneka Jean Bosco, Niyonzima Olivier ‘Seifu’, Nsanzimfura Keddy, Manishimwe Djabel na Bukuru Christopher.

    Ba rutahizamu: Byiringiro Lague, Usengimana Danny, Mugunga Yves, Bizimana Yannick na Tuyisenge Jacques.

    Abakinnyi bava i Shyorongi

    Muri Rwandair berekeza Nairobi

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/APR-FC-yaraye-i-Nairobi-aho-igiye-guhatana-na-Gor-Mahia-AMAFOTO

  • Coronavirus yabasubije inyuma mu myigire, mu mibereho no mu kwishima #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Jean Baptiste Gatari, umuyobozi wa G.S HVP Gatagara ishami rya Nyanza, avuga ko mu bana bafite ubumuga bafite biga banaba mu kigo, hari abagarutse barasubiye inyuma mu myigire, ahanini kubera ko ngo baturuka mu miryango ikennye, ku buryo batabashije gukurikira amasomo kuri radiyo cyangwa kuri televiziyo.

    Ibyo avuga bishimangirwa na Eline Mugiraneza wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ugira ati “Iwacu nta radiyo tugira, ariko n’aho nabyumvaga bavugaga bihuta cyane ntibyumvikane neza. Abana b’abakire babashije gukurikirana amasomo bo hari igihe batwigisha, ukabona barabizi kuturusha”.

    Samuel Sekabandi wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, we ngo aho yagarukiye ku ishuri abona yarasubiye inyuma cyane, ku buryo asigaye aterwa ipfunwe no kuba abandi banyeshuri basigaye basubiza bakanabona amanota meza kumurusha, nyamara mbere yarabarushaga bose.

    Agira ati “Mbere ya Coronavirus narabarushaga, ariko ubu ndi inyuma cyane. Ariko ubu ndimo ndakora cyane kugira ngo ikizamini cya Leta nzagitsinde”.

    Gatari anavuga ko uretse gusubira inyuma mu myigire, hari n’abasubiye inyuma mu kwishima kubera kuba mu buzima badahabwa agaciro nk’iyo bari ku ishuri. Ati “Hari abana bageze ku kigero cyo kwiyahura. Ubu twamaze kumenya babiri. Babiterwaga no kwiheba, bakumva atari abantu, bitewe n’uko bafatwa mu miryango yabo”.

    Sylvie Irakoze wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, yamugaye amaboko ku buryo yandikisha amano. Ni umwe mu bavuga ko bari bararambiwe kuba mu rugo kubera uko mu rugo babafata.

    Agira ati “Njyewe mu rugo baba bambwira ko ari bo bagushije ishyano kuko mu murenge w’iwacu ari njyewe wamugaye cyane. Baba bambwira ko no kwiga nandikisha amano nta mumaro bifite, no gusaba ibikoresho uba ubona bigoye cyane. Rimwe na rimwe bambwira ko n’abazima babibuze”.

    Anavuga ko aya magambo abwirwa amubabaza cyane, rimwe na rimwe bigatuma acika intege. Icyakora ngo kuba ku ishuri bamwitaho bimugarurira icyizere.

    Ati “Kubera agaciro hano bampa bakanyumvisha ko meze nk’abandi, bituma ntasubira inyuma. Diregiteri amba hafi, naba ndi mu rugo akampamagara, akabinkuramo nkaza nkiga”.

    Mu zindi ngorane abana biga muri G.S HVP Gatagara bahuye na zo kubera Coronavirus, harimo no kuba hari abana bari basanzwe biga banagororwa ingingo bari basigaye bagenda, ubu bongeye kugendera mu tugare kubera kumara igihe batagororwa.

    Gatari ati “Mu bo tumaze kwakira harimo abana bagera kuri batatu ubona rwose basubiye inyuma. Ni izindi mbogamizi, kuko mu magare twari dufite yafashaga ubu turasabwa gushaka andi”.

    Ubu ngo bari ku rugamba rwo gushakisha uko babona andi magare abo bana bagomba kwifashisha mu gihe batarongera kugororoka.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/coronavirus-yabasubije-inyuma-mu-myigire-mu-mibereho-no-mu-kwishima

  • Ibidasanzwe mu imurikagurisha mpuzamahanga riteganyijwe muri uku kwezi i Kigali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hateguwe urukarabiro rwakira abagera kuri 20 icyarimwe
    Hateguwe urukarabiro rwakira abagera kuri 20 icyarimwe

    Iri murikagurisha (Expo) rizitabirwa n’ibigo byo mu Rwanda ndetse no mu mahanga bisaga 450, mu gihe mu bihe bitari ibya covid-19 babaga basaga 600.

    Kubera gahunda zo gukumira ikwirakwira rya covid-19, hongerewe imiryango abantu binjiriramo ndetse n’iyo gusohokeramo ku buryo abinjira batazajya bagira aho bahurira n’abasohoka. Iki kikazakumira umubyigano wa hato na hato wajyaga ugaragara mu bihe bya expo mu myaka ishize.

    Hubatswe kandi aho gukarabira hahagije hashobora kwakira abagera kuri 20 bahanye intera, ndetse banazirikana abafite ubumuga kuri uru rukarabiro.

    Agace kakiraga imikino y’abana kakuwemo muri uyu mwaka ndetse hashyirwaho itegeko ry’uko iyi expo izitabirwa n’abana bari hejuru y’imyaka 12 . Abandi bazaguma mu rugo.

    Iyi expo kandi ntizagaragaramo ibitaramo nk’uko byari bisanzwe mu myaka ishize mu rwego rwo gukumira ibyahuza abantu benshi, ikazanagaragaramo gusa za resitora, gusa abagana resitora bashobora gukenera icyo kunywa bakaba bazagihabwa.

    Akandi gashya ni uko hazaba harimo abakorerabushake bazaba bakangurira abantu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid-19 hakabamo na za camera zizajya zikurikirana uko amabwiriza yo kwirinda covid-19 akurikizwa ahagaragaye ikibazo bagatumaho ababishinzwe bakabikurikirana.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/ibidasanzwe-mu-imurikagurisha-mpuzamahanga-riteganyijwe-muri-uku-kwezi-i-kigali

  • Ese dushobora kubwira abana bacu ahahise hacu? #rwanda #RwOT

    Mu buzima bwa buri munsi umubabaro ntushobora kubura kuri twe kandi hari amakosa twagiye dukora .Ariko iyo tubwiye abana bacu ahahise hacu tukabereka n’uko turimo kubigenza ngo ibitaratunejeje bihinduke, nibwo nabo babimenya bagasobanukirwa icyerecyezo n’uruhare rwabo mu kubaka ahazaza habo heza.

    Umunsi umwe hari ku cyumweru mu rusengero, umugabo n’umugore badusangije inkuru itoroshye y’ukuntu umugabo yakoreye umugore we ubugome bwo kumuca inyuma imyaka myinshi. Umugore we amaze kumenya amakuru ateye ubwoba y’uko umugabo amuhemukira, yumvise ahamagariwe n’Imana gushikama mu rushako no gusengera umugabo we akihana.

    Umugore Yasenze imyaka myinshi, nta gucika intege ashaka ko umugabo we yakizwa akareka izo ngeso mbi.

    Icyo gihe abakobwa babo, nabo barababaye cyane bitewe n’ibikorwa bya se, batangira gusenga. Uyu muryango wari ukeneye Imana kugira ngo igarure amahoro mu rushako n’umuryango wabo wasaga nk’aho wacitse intege.

    Uyu muryango wari uri imbere y’iteraniro bagamije kuvuga amateka yabo. Igishimishije, ibi bivuze ko umugabo yamenye ko ibyo yakoraga atari byiza kandi yarihannye asaba imbabzi kubera ibikorwa bibi ndetse yiyemeza kongera kubaka umuryango we.

    Ni iki dukwiye kubwira abana bacu ku bijyanye n’ahahise hacu

    Amakosa n’umubabaro bishobora kutwihererana, ariko abana bacu bakeneye kumva uko twatsinze ibihe bikomeye twanyuzemo. Ibibi twanyuzemo bishobora kuducecekesha ariko ntidukwiye guceceka kuko kubivuga nibyo biha abana bacu icyizere bakamenya ko twahindutse bashya.

    Nyuma yo kudusangiza iyo nkuru, wa mugabo wari warananiye umugore we amuca inyuma yaravuze ati:”Uyu munsi izina ryanjye ryarahindutse sinkitwa umusambanyi ahubwo ndi umugabo ukijijwe”. N’ubwo uyu mugabo yihannye ariko mbere yumvaga afite ipfunwe ry’ukuntu yatinyuka kubivuga abana n’umugore bamwumva.

    Uyu mugabo yasobanukiwe ko mbere atari uwo kwizerwa, yikundaga, yihugiragaho ndetse agatsindwa kuzuza inshingano z’urugo. Ariko amaze gufata icyemezo cyo kwihana yabaye umubyeyi mwiza wo kwizerwa imbere y’umuryango we n’Imana.

    Mubyukuri mu buzima habaho igihe ababyeyi bakoze amakosa, ariko ni ngombwa kuyasabira imbabazi kuko niyo ntambwe ya mbere. Intambwe ya kabiri ni ukwakira imbabazi. Uyu mugabo twabonye yakiriye imbabazi zivuye ku muryango we, ariko nawe yatangiye kwibabarira kubera ubusambanyi yakoze.

    Hatitawe ku mahitamo mabi twakoze cyangwa ibibi twakoreye abandi, iyo tumaze kwihana ntibitinda guhinduka bishya. Ntuterwe ubwoba n’ahahise ahubwo hitamo inzira nziza kugira ngo uyiyobore igisekeru kizagukurikira kandi abana bawe bazabigushimira.

    Source: familylife.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Mu-buzima-bwa-buri-munsi-umubabaro-ntushobora.html

  • Urumogi rwakuwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge bikomeye #rwanda #RwOT

    Uyu mwanzuro witezweho kuzatuma urumogi rutangira kwifashishwa mu bushakashatsi bwinshi bugamije ubuvuzi hirya no hino ku isi.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku rumogi (cannabis consulting firm Global C), Jessica Steinberg, yavuze ko iri tangazo ry’Umuryango w’Abibumbye ari andi mateka yanditswe.

    Ati 'Ikintu nk’iki ntikivuze ko noneho rugiye kwemerwa ku isi yose, ariko mu by’ukuri ni andi mateka yanditswe.'

    Hari ibihugu byinshi byari bisanzwe bidafata urumogi nk’ikiyobyabwenge, hari ibyashyizeho amategeko yemerera ikoreshwa ry’urumogi mu kwishimisha (recleational marijuana), hari n’ahandi henshi bemereye kurukoresha ku mpamvu z’ubuvuzi.

    Nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Leta 15 zamaze kwemerera byemewe n’amategeko, ikoreshwa ry’urumogi ku mpamvu zo kwishimisha, mu gihe izigera kuri 35 zemereye ikoreshwa ry’urumogi ku mpamvu z’ubuvuzi.

    U Rwanda narwo ruherutse kwemeza umushinga wemerera ihingwa ry’urumogi ruzajya rwoherezwa mu mahanga rugakorwamo imiti.

    Inama y’Abaminisitiri ku wa 12 Ukwakira 2020, yemeje amabwiriza yerekeye ihingwa, itunganywa n’iyohereza mu mahanga ry’ibimera byifashishwa mu buvuzi, birimo n’urumogi.

    Icyo gihe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, yagaragaje ko icyatumye u Rwanda rwinjira muri ubu buhinzi, ari ugutanga umusanzu warwo mu bushakashatsi ku miti ndetse no gukomeza gushaka icyateza imbere ubukungu bw’igihugu.

    Ati 'Bimwe muri ibi bimera byifashishwa mu gukora imiti yahangana n’indwara nk’isereri, isesemi, abarwaye kanseri, ababana n’ubwandu bwa SIDA n’ibindi. Ni ibintu kandi byakwinjiriza igihugu bigatanga imirimo. U Rwanda rero ntabwo rwifuza gucikanwa muri uru rwego, atari ugushakamo amafaranga gusa ahubwo bigamije no guteza imbere ubuvuzi.'

    Hari ibihugu bimwe na bimwe ku Isi byamaze kwemeza no gushyiraho amabwiriza akaze yo guhinga no gutunganya urumogi mu bijyanye n’ubuvuzi.

    Nko ku mugabane wa Afurika, ibihugu nka Malawi, Afurika y’Epfo, Zimbabwe, Zambia, Lesotho byamaze gushyiraho amabwiriza agenga ihingwa ry’icyo kimera kigamije koherezwa hanze mu bushakashatsi ku buvuzi.
    Mu bihugu binyuranye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, usanga urumogi rufatwa nk’umuti wifashishwa mu kugabanya ububabare, gufasha abananiwe kurya, mu kuvura indwara zo mu mutwe, igicuri, indwara ya Parkinson n’izindi.’

    Hari n’aho rukoreshwa nk’umuti w’iseseme iterwa n’imiti ivura kanseri no kuruka ndetse runifashishwa mu guhangana no kubura ubushake bwo kurya ku bafite virusi itera Sida cyangwa abarwaye Cancer. Ngo rwanaba umuti w’uburibwe bwo mu mutwe, 'neuropathic pain’.

    Abaruhinga bavuga ko iyo rwabonye urumuri nibura amasaha 14 ku munsi, rukabona intungagihingwa zihagije rutangira kuraba mu byumweru bitatu.

    Mu 1830, Dr William Brooke O’Shaughnessy yavumbuye ko bimwe mu bigize urumogi byakwifashishwa mu kugabanya uburibwe mu gifu ku murwayi wa chorela.

    Amateka agaragaza ko urumogi ruzwi nka 'Marijuana’ cyangwa 'Cannabis’ rwabonetse mu myaka 500 mbere ya Yezu, rwakomotse muri Aziya yo Hagati muri Mongolia na Siberia y’Amajyepfo.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Urumogi-rwakuwe-ku-rutonde-rw-ibiyobyabwenge-bikomeye