Blog

  • Urukiko rw'ikirenga rwatesheje agaciro ikirego ku matora gishyigikiwe na Trump #rwanda #RwOT

    Urukiko rw'ikirenga rw'Amerika rwatesheje agaciro igerageza ritari ryarigeze ribaho mbere ryo kugira impfabusa ibyavuye mu matora muri leta enye ziba ari isibaniro, ryari rishyigikiwe na Perezida Donald Trump.

    Icyo kirego, cyatanzwe muri iki cyumweru na leta ya Texas, cyari kigamije kugira impfabusa ibyavuye mu matora ya perezida muri leta za Georgia, Michigan, Pennsylvania na Wisconsin.

    Perezida watowe Joe Biden yatsinze muri izo leta zose uko ari enye.

    Icyo kirego cyari gishyigikiwe n'abashinjacyaha bakuru ba leta 18 ndetse n'abarepubulikani 106 bo mu nteko ishingamategeko y'Amerika.

    Ariko mu cyemezo kigufi gitesha agaciro icyo kirego, urukiko rw'ikirenga ku wa gatanu rwanzuye ko leta ya Texas idafite ishingiro mu mategeko ryo gutanga icyo kirego.

    Icyo cyemezo cy'urukiko gishegeshe Bwana Trump, mbere wari wavuze — nta gihamya atanga — ko ibyavuye mu matora yo mu kwezi kwa cumi na kumwe bizakiranurwa n'urukiko rw'ikirenga.

    Mu ntangiriro y'iki cyumweru, uru rukiko rwanatesheje agaciro ikindi kirego cyo kuburizamo intsinzi ya Bwana Biden muri leta ya Pennsylvania, rugitesha agaciro mu mwanzuro ugizwe n'interuro imwe.

    Bwana Trump yakomeje kuvuga nta gihamya atanga ko habayeho 'amajwi atemewe n'amategeko', akaba ari yo yatumye adatorerwa manda ya kabiri.

    Kuva amatora yaba, Bwana Trump n'abamushyigikiye batanze ibirego bibarirwa mu macumi, bamagana ibyavuye mu matora. Nta kirego na kimwe muri byo cyageze hafi yo kuba cyaburizamo intsinzi ya Bwana Biden.

    Bwana Biden, wo mu ishyaka ry'abademokarate, yatsinze Bwana Trump ku majwi 306 y'intumwa zitora — uburyo Amerika itoramo perezida — kuri 232 ya Bwana Trump. Ku rwego rw'igihugu, Bwana Biden yarushije Bwana Trump amajwi arenga miliyoni zirindwi y'abaturage.

    Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ukuboza 2020, abagize inteko y'intumwa zitora bahura bakemeza ku mugaragaro Bwana Biden nka Perezida wa 46 w'Amerika.
    Src: BBC

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/12/urukiko-rwikirenga-rwatesheje-agaciro-ikirego-ku-matora-gishyigikiwe-na-trump/

  • Nta kidashoboka ko abantu bakwizihiza Noheli n'Ubunani bari muri Guma mu rugo_ Minisitiri Shyaka #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko Guma mu rugo ishobora kugaruka niba abantu batubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19 igakomeza kwiyongera nk'uko birimo kugaragara ubu.

    Ibi Minisitiri Shyaka yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro yagiranye na Radiyo y'igihugu aho yabajijwe niba bishoboka ko bimwe mu bice by'igihugu byasubizwa mu rugo.

    Ati 'Nta kidashoboka, ikidashoboka ni ugutsindwa na Covid-19 ariko ingamba zose zaba zikenewe kugira ngo iki cyorezo tucyirinde, niba bigaragara ko igisubizo ari icyo ubwo abo bari muri ibyo bice nyine nabyo bibe mu byo bashobora kwitegura.'

    Shyaka yongeyeho ngo ' Twese nidukomeza kurangara igakomeza kwiyongera ubwose uragira ngo hari ikindi tuba dutegereje uretse ko Guma mu Rugo iza ikarudusangamo.'

    Yakomeje avuga ko nta munyarwanda byanezeza kurira iminsi mikuru ya Noheli n'Ubunani muri Guma mu Rugo asaba inzego z'ibanze gufatanya n'abaturage mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kandi zikagerageza kubabera urugero.

    Kugeza ku ya 11 Ukuboza 2020, abamaze kwandura Covid-19 mu Rwanda ni 6,428 na ho abayikize ni 5,826 bivuze ko abakirwaye ari 548, ikaba imaze guhitana abantu 54.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/12/nta-kidashoboka-ko-abantu-bakwizihiza-noheli-nubunani-bari-muri-guma-mu-rugo_-minisitiri-shyaka/

  • Guma mu rugo ishobora kugaruka niba abantu bakomeje kurangara Covid-19 ikiyongera – Minisitiri Shyaka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Shyaka avuga ko Guma mu rugo ishobora kugaruka niba Covid-19 ikomeje kwiyongera
    Minisitiri Shyaka avuga ko Guma mu rugo ishobora kugaruka niba Covid-19 ikomeje kwiyongera

    Ibyo arabivuga mu gihe muri iyi minsi umubare w’abandura icyo cyorezo ku munsi wongeye kuzamuka, aho nko kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ukuboza 2020 hagaragaye abanduye 79 kandi mu minsi ishize hari ubwo abandura ku munsi batageraga ku 10.

    Minisitiri Shyaka avuga ko gutsindwa na Covid-19 byo bidashoboka ariko Guma mu rugo yo ishobora kugaruka kugira ngo icyo cyorezo gikumirwe.

    Agira ati “Ikidashoboka ni ugutsindwa na Covid-19 ariko ingamba zose zaba zikenewe kugira ngo iki cyorezo tucyirinde zakoreshwa, niba bigaragara ko igisubizo ari Guma mu rugo, abari mu bice iyo ndwara irimo kwiyongera babyitegure. Icyatuma bitabaho ni uko icyorezo cyagenda kigabanuka, ni uko umuntu wese iki kibazo akigira icye tukagitsinda, na ho ubundi nidukomeza kurangara igakomeza kwiyongera, nta kindi tuzaba dutegereje uretse Guma mu rugo”.

    Ati “Nizera ko nta muntu n’umwe wifuza kujya muri Noheli cyangwa mu Bunani ari muri Guma mu rugo. Kugira ngo bitaba rero ni uko tubikorera, twirinda ndetse turinda n’abandi Covid-19”.

    Minisitiri Shyaka avuga kandi ko hagiye kongerwa ingufu mu kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.

    Ati “Turizera ko Abanyarwanda tubwira bumva, ibyo Minisiteri y’Ubuzima itugaragariza biteye impungenge. Ni yo mpamvu kwirinda tugiye kubyongeramo imbaraga, ahahurira abantu benshi bakaba bake, abatubahiriza amabwiriza bakisubiraho ndetse no gukaza ibyemezo bifatirwa abatubahiriza amabwiriza, byose turaza kubisubiramo hagamijwe kurinda abaturage bacu, kabone n’iyo kubarinda byasaba kujya mu mitsi”.

    Akomeza asaba abantu ko bitarinda bigera aho kujya mu mitsi, kuko mu bijyanye no kwirinda Covig-19, abaturage nta cyo batazi bityo rero ngo si ngombwa kujya mu mitsi.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, avuga ko kuba Covid-19 igenda yiyongera ari uko abantu bishyizemo ko yarangiye kandi atari byo.

    Ati “Impamvu ya mbere iyo ndwara yiyongera ni uko abantu bayiciye amazi nk’uko bivugwa, kubera ko ibintu byinshi byafunguwe bitewe n’uko imibare yari yagabanutse bituma abantu bumva ko indwara yashize. Hari kandi abitiranya Covid-19 n’ibicurane, umuntu akigira muri farumasi akagura ibinini bivura ibicurane ari na ko agenda yanduza abandi, akazajya kwa muganga yarembye wenda no kumuramira bitagishobotse”.

    Asaba abantu kandi kutajenjeka mu kwirinda icyo cyorezo kuko cyatangiye no kwica abakiri bato bitari bisanzwe.

    Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y
    Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze

    Ati “Nk’uko bigaragara iyo virusi iragenda igira ubukana bwinshi, itangiye kwica abantu bakiri bato kandi twari tuzi ko bayirinda. Ni ikibazo rero kuko abantu benshi barwaye hataboneka ubushobozi buhagije bwo kubavura, abantu rero bagomba kumva ko kurwara ntawe ubihitamo ariko nanone ubihitamo kuko iyo utirinze urwara, ari yo mpamvu Leta ifata ingamba hakiri kare iyo habayeho kudohoka imibare ikazamuka, hirindwa ko abantu basubira mu mavuriro”.

    Hari hashize iminsi imibare y’abandura Covid-19 mu Rwanda yaragabanutse cyane, ariko ubu yongeye kwiyongera, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali.

    Kugeza ku ya 11 Ukuboza 2020, abamaze kwandura Covid-19 mu Rwanda ni 6,428 na ho abayikize ni 5,826 bivuze ko abakirwaye ari 548, ikaba imaze guhitana abantu 54.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/guma-mu-rugo-ishobora-kugaruka-niba-abantu-bakomeje-kurangara-covid-19-ikiyongera-minisitiri-shyaka

  • Rubavu: Polisi yafashe batatu bakekwaho gukwirakwiza urumogi mu baturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Polisi ivuga ko bafatiwe mu Mirenge ya Gisenyi na Rubavu yo mu Karere ka Rubavu, bose hamwe bafatanwa udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 5,504 bari bagiye gukwirakwiza mu Mujyi wa Kigali.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Ntakamaro Laurent na Nyiransabimana Clenie bafatanywe udupfunyika tw’urumogi 504 bafatirwa mu Mudugudu wa Isangano, Akagari ka Bugoyi, Umurenge wa Gisenyi.

    Icyimanizanye Aline we yafatanywe udupfunyika ibihumbi bitanu, afatirwa mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu. Aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    CIP Karekezi yagize ati “Kuri Ntakamaro, abaturage bahaye amakuru ishami ryacu rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, ko acuruza urumogi ndetse ko hari n’uwo agiye kurugurisha. Abapolisi bo muri iri shami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ni bwo bahitaga bajya aho Ntakamaro yagomba guhurira n’uwo yari agiye guha urwo rumogi. Abapolisi babona haje Nyiransabimana arutwaye mu gikapu yaruvanze n’ibirayi, arumuzaniye kugira ngo aruhe uwo yari agiye kurugurisha ngo na we arujyane mu Mujyi wa Kigali”.

    CIP Karekezi akomeza avuga ko Ntakamaro asanzwe akorana na Nyiransabimana mu gukwirakwiza urumogi. Abaturage bavuga kandi ko Ntakamaro asanzwe acuruza urumogi akaba agenda arubitsa ahantu hatandukanye bakarumuzanira agiye kurugurisha.

    CIP Karekezi yavuze ko Icyimanizanye Aline na we yafashwe yari agiye guhura n’uwo yaragiye kugura na we urumogi, abaturage bahita baha amakuru abapolisi bo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bahita bajyayo bamufatira mu nzira atarahura n’uwo yari agiye kuruha. Yari arufite mu mufuka bapfunduye bagasanga harimo udupfunyika ibihumbi bitanu tw’urumogi.

    Abafashwe bahise bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi aho bagiye gukorwaho iperereza n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) ruhakorera.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yibukije abacuruza, abakwirakwiza n’abanywa ibiyobyabwenge ko bakwiye kubizinukwa burundu, kuko nta kiza bibagezaho uretse guhomba, gusigira ubukene imiryango yabo ndetse no gufungwa.

    Yashimiye abaturage badahwema kwerekana imikoranire myiza bafitanye na Polisi y’u Rwanda batangira amakuru ku gihe. Yaboneyeho gusaba n’abandi baturage muri rusange kudahishira abakora ibyaha kuko ibyo byaha bigira ingaruka ku muryango nyarwanda n’igihugu muri rusange.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rubavu-polisi-yafashe-batatu-bakekwaho-gukwirakwiza-urumogi-mu-baturage

  • Leta zunze ubumwe z'Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b'ingabo za Uganda #rwanda #RwOT

    Leta y'Amerika binyuze k'Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n'Amahanga yatangaje ko bari gukurikiranira hafi ibibera muri Uganda ariko ko ababigizemo uruhare bagomba kubibazwa.

    Ibi bije bikurikira ibaruwa yanditswe n'umukuru ushinzwe komisiyo y'ububanyi n'amahanga mu nteko ishinga amategeko y'Amerika, Elliot Angel asaba ko hahita hafatwa ibihano bikakaye bigafatirwa abasirikari bakuru mu gihugu cya Uganda bitewe n'uburyo bahohotera abarwanashyaka ba Bobi Wine.

    Iyo baruwa yanditswe tariki ya 9 Ukuboza 2020 igaragaza amazina asabirwa gufatirwa ibihano, muri ayo harimo ukuriye ingabo zo ku butaka Maj Gen Peter Elwelu, Ukuriye ingabo zidasanzwe (Special Foreces) Maj Gen James Birungi, Uwari ukuriye ingabo za Uganda  muri Somalia Maj Gen Don William Nabasa na Maj Gen Kandiho ukuriye umutwe ushinzwe iperereza mu gisirikari cya Uganda.

    Urutonde rw'abagomba gufatirwa ibihano rwageze no muri Polisi aho uwungirije umukuru wa Polisi ya Uganda Lt Gen Peter Steven Sabiiti Muzeeyi, nukuriye iperereza Franc Mwesigwa nabo basabirwa ibihano.

    Isi yose ihangayikishijwe nibiri kubera muri Uganda aho abantu benshi bamaze kwica n'inzego z'umutekano zicyo gihugu. Mu gihe cya se, Amerika yigeze gufatira ibihano Gen Kale Kayihura wari ukuriye Polisi. Muri Mata 2017, Lt Gen Elwelu yangiye kwinjira mu nama yahuzaga Amerika n'Afurika aho abakuriye ingabo zo kubutaka bari bateraniye, I Lililongwe muri Malawi kubera ibyo bari bakoreye abaturage barindaga umwami wa Kasese bagera kuri 155 bakicwa. Kugeza uyu munsi abarwanashyaka ba Bobi Wine bagera kuri 54 bamaze kwicwa uhereye tariki ya 18 Ugushyingo

    Ibaruwa yanditswe n'amerika ivuga ibyaha bitandukanye byakozwe n'ingabo za Uganda aho binjiye no mu nteko ishinga amategeko bagasohora abadepite batavugaga rumwe ku itorwa ryo guhindura itegeko maze Perezida Museveni akemererwa kuyobora Uganda kandi arengeje imyaka 75. Bagarutse kandi ku ihohoterwa rya Bobi Wine n'abarwanashyaka be 33 Arua ubwo umushoferi we yicwaga baziko bishe Bobi Wine. Ntawigeze afatwa ngo aryozwe ibi byaha.

    Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko hari abasirikari bakuru mu gisirikari cya Uganda bitandukanyije na Perezida Museveni kubera guhabwa amabwiriza yo kwica abaturage.

    The post Leta zunze ubumwe z'Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b'ingabo za Uganda appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/leta-zunze-ubumwe-zamerika-zasabiye-ibihano-abayobozi-bakuru-bingabo-za-uganda/

  • Shampiyona y' umupira w' amaguru mu Rwanda yahagaritswe kubera Covid_19 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ukuboza 2020, Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yaharitse imikino yose ya Shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda kubera Covid_19.

    Mu ibaruwa isinyweho na Minisiteri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda 'FERWAFA' ryategetswe guhagarika imyitozo n'imikino ya Shampiyona y'umwaka wa 2020-2021.

    MINISPORTS yanditse mu ibaruwa ko impamvu nyamukuru yo guhagarika iyi Shampiyona ari uko abakinnyi ndetse n'abandi bari muri gahunda za Shampiyona batubahiriza uko bikwiye amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ndetse bamwe muri bo bakaba baramaze gufatwa n'icyorezo.

    FERWAFA yategetswe kwishyura amafaranga azakoreshwa hapimwa abakinnyi n'abatoza bari bitabiriye imikino ya Shampiyona mbere y'uko basubira mu rugo. Abakinnyi n'abatoza bamenyeshejwe ko bazasubira mu ngo zabo bamaze gupimwa no guhabwa ibisubizo.

    Muri iri tangazo MINISPORTS yageneye abanyamakuru, Yavuze ko igihe cy'isubukurwa rya Shampiyona, kizatangazwa mu gihe gikwiye.

    Ibaruwa MINISPORTS yanditse

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/12/shampiyona-y-umupira-w-amaguru-mu-rwanda-yahagaritswe-kubera-covid_19/

  • Umunsi umwe bazishyura ibyo bankoreye _ Bobi Wine #rwanda #RwOT

    Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, kugeza magingo aya utishimiye ibimukorerwaho mu bikorwa bye byo kwiyamamariza umwanya w'umukuru w'igihugu, yatangaje ko igihe kizagera buri wese mu bashinzwe umutekano muri Uganda cyo kimwe n'abategetsi ba kiriya gihugu bamuhohoteye bakabazwa ibyo yakoze.

    Ni nyuma y'uko kuri uyu wa Gatanu abashinzwe umutekano bamuhagaritse ku muhanda incuro enye zose ubwo yerekezaga mu bikorwa byo kwiyamamaza.

    Bobi Wine abinyujije kuri Twitter, yavuze ko abakomeje kumuhohotera hari igihe kizagera bakabibazwa.  Ati: 'Iyi ni incuro ya gatatu Polisi idutangiriye uyu munsi. Isi yose iri kureba iri hohoterwa ryose kandi umunsi umwe abari inyuma y'ibi bikorwa by'ubunyabyaha bose bazabibazwa buri wese ku giti cye.'

    Kuva ibikorwa byo kwiyamamaza muri Uganda byatangira, nta munsi Bobi Wine uhagarariye Ishyaka NUP (National Unity Platform) ataratangaza ko yatangiriwe n'abashinzwe umutekano, yemwe hari n'ubwo bacishamo bakamuta muri yombi bya hato na hato ariko nyuma bakaza kumurekura.

    Mu minsi ishize uyu munya-Politiki yatawe yombi ashinjwa kurenga ku mabwiriza agenga ibikorwa byo kwiyamamaza aho yarenzaga umubare w'abantu 200 bemerewe kwitabira ibikorwa byo kwiyamamaza mu rwego rwo kwirinda COVID-19, aza no kugezwa imbere y'ubutabera.

    Itabwa muri yombi rye ryakuruye imyigaragambyo ikomeye muri Uganda yaguyemo ababarirwa muri 50 (n'ubwo we avuga abarenga 200), bari mu bamaganaga ifungwa rye.

    Urukiko rwamurekuye nyuma yo gutanga ingwate, gusa yihanangirizwa ko agomba kubahiriza amabwiriza ya Komisiyo y'amatora na Minisiteri y'Ubuzima; gusa nta na rimwe arasiba kwiyamamariza mu kivunge.

    Bobi Wine ushyigikiwe cyane n'urubyiruko rw'Abagande ari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi mu matora y'umukuru w'igihugu muri Uganda, cyo kimwe na Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/12/umunsi-umwe-bazishyura-ibyo-bankoreye-_-bobi-wine/

  • Covid-19: Shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda yahagaritswe mu gihe kitazwi #rwanda #RwOT

    Muri iri joro rya tariki 11 Ukuboza 2020, Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo ibinyujije kuri Twitter yayo, yasohoye itangazo rihagarika Shampiyona y'umupira w'amaguru 2020-2021 kubera imyitwarire idahwitse mu kwirinda Covid-19. Ni mu gihe FERWAFA yategetswe kwishyura amafaranga yose ajyanye no gupimisha abakinnyi n'abatoza bitabiriye iyi shampiyona, hakaba kandi nta numwe wemerewe kuva aho yari acumbitse ataha iwabo atabanje kwipimisha Covid-19 no kubona ibisubizo.

    Dore uko iri itangazo rya Minisiteri ya Siporo rivuga;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/covid-19-shampiyona-yumupira-wamaguru-mu-rwanda-yahagaritswe-mu-gihe-kitazwi/

  • Kiyovu Sports yerekanye imyenda izakoresha mu mwaka w’imikino 2020-2021(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Kiyovu Sports ku munsi w’ejo yamuritse umwambaro izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

    Ni umwambaro wamuritswe ku munsi w’ejo hashize ku bufatanye n’umufatanyabikorwa w’iyi kipe, Azam Group.

    Uyu muhango wabereye ku ruganda rwa Azam aho Kiyovu Sports yari ihagarariwe n’umunyamabanga wayo, Munyangabe Omar na Hadji Rutikanga Hassan uri mu nama y’Ubutegetsi ya Kiyovu.

    Ni imyenda bigaragara ko ikoze mu buryo butandukanye n’imyenda Kiyovu Sports yari isanzwe yambara.

    Umunyamabanga wa Kiyovu Sports, Munyangabe Omar nyuma yo kumurikirwa iyi myambaro na Azam yagize ati'Azam ni umufatanyabikorwa wa Kiyovu, hari ibyo asabwa kuduha natwe hari ibyo dusabwa gukora kugira ngo tumenyekanishe ibikorwa byabo nk’uko biri mu masezerano, wabonye ko hariho ibirango byayo, bizatuma igaragara cyane mu mikino ya Kiyovu Sports. Turishimye kuko ibashije kubahiriza ibyo twumvikanye.'

    Mu mwaka ushize nibwo Azam Group yasinye amasezerano y’ubufanye na Kiyovu Sports mu gie cy’imyaka 4 kuri miliyoni 136 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Imyenda ya Kiyovu Sports ikozwe mu buryo bushya

    Amakabutura bazajya bambara

    Umunyamabanga wa Kiyovu Sports, Munyangabe Omar(hagati) na we yari ahari

    adji Rutikanga Hassan usanzwe uri mu nama y’Ubutegetsi ya Kiyovu.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kiyovu-sports-yerekanye-imyenda-izakoresha-mu-mwaka-w-imikino-2020-2021-amafoto

  • Ikiguzi cy'inkingo za covid-19 n'igihe zizatangira guhabwa abanyarwanda #rwanda #RwOT

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu ku Isi bihanze amaso urukingo rwa COVID-19 nk'urushobora gutuma ruca ukubiri n'iki cyorezo cyahitanye ubuzima bw'abaturage, kigakenesha igihugu mu ngeri zitandukanye.

     

    Minisitiri Dr Ngamije Daniel yatangaje ko u Rwanda rwubahirije itariki ya 07 Ukuboza 2020 yari yatanzwe nk'igihe ntarengwa ibihugu byose bigomba kuba byatanze ubusabe bw'inkingo za COVID-19, aho ari kimwe mu byemerewe kuzahabwa inkingo 20% by'abaturage bose b'igihugu mu cyiciro cya mbere.

    Izi nkingo zizatangwa n'ihuririo rigamije kwihutisha kugeza urukingo rwa Covid-19 ku bihugu, Covax, ari naryo rizazigura ku ikubitiro rikazisaranganya hirya no hino ku bihugu.

    Mu bazahabwa urukingo mu cyiciro cya mbere harimo abakozi bo kwa muganga, abafite indwara zitadakira nk'umuvuduko w'amaraso, diabète, asthma n'izindi zo mu buhumekero, abakuze bafite hejuru y'imyaka 65, abakora mu nzego zituma bashobora kugira ibyago byo kwandura nko kuri gasutamo n'abandi bahura n'abantu benshi.

    Ubusabe bw'inkingo zibagenewe bwaratanzwe, ubu igihugu cyatangiye imyiteguro yo kureba aho abo bantu baherereye ku buryo binabaye ngombwa hashobora gukorwa urutonde rwabo igihe cyazagera bakaba barateguwe ku buryo bahabwa urukingo.

    Mu kiganiro na IGIHE, Dr Ngamije yatangaje ko muri icyo cyiciro, inkingo zizatangwa ari izishobora guhabwa abaturage 20% muri miliyoni 12,7 batuye u Rwanda.

    Ati 'Nizo dufiteho uburenganzira ubu. 20% gusa ya miliyoni 12,7 by'abaturage ni zo tugomba kubona ariko n'uburyo bwo gushaka amafaranga bukaba burimo kugira ngo tuzabashe kuva kuri 20% tujya kuri 60% nibura.'

    Nta gihe ntakuka kiremezwa cy'igihe urwo rukingo ruzaba rwamaze kugerera mu gihugu, kuko magingo aya rutaremezwa ndetse n'inganda zitaratangira kuzikora ku bwinshi ku buryo zakwirakwizwa hose.

    Ati 'Urukingo rubonetse kuko inganda nazo zigomba gutangira kurukora kandi zihereza ibihugu byose ku Isi, ni ukuvuga ngo nibura abo 20% inkingo twazibona mu mpera z'ukwezi kwa gatatu umwaka utaha hanyuma abandi bakazagenda bakurikira uko inganda zigenda zongera ubushobozi bwazo bwo gukora inkingo. Ntabwo nakubwira itariki ngo abo bandi 40% biyongera ngo ni iki gihe ariko ibyo aribyo byose ni mbere y'uko uriya mwaka wa 2021 urangira.'

    Dose imwe y'urukingo igura angahe?

    Buri rukingo mu ziri kugeragezwa zashyiriweho igiciro ku buryo bizwi ngo nk'umuntu umuntu atewe inshuro imwe (dose) igura aya mafaranga, hanyuma yaterwa ebyiri, ikiguzi kingana gutya na gutya.

    Nk'urukingo rwa AstraZeneca, nirwo ruhendutse muri zose. Dose imwe igura amdolari ane, ni hafi 4000 Frw. Bisobanuye ko u Rwanda rushatse gukingira abaturage bose b'igihugu bagahabwa dose ebyiri nk'uko biteganywa, wasanga rwakwishyura asaga miliyari 100 Frw.

    Urukingo rwakozwe n'Abanyamerika rwa Moderna rwo rugura amadolari 33 ya Amerika, ni ukuvuga asaga ibihumbi 32 Frw, urwakozwe na Pfizer na BionTech rwo rugura amadolari 20, ni hafi ibihumbi 20 Frw.

    Sputnik V rwakozwe n'ikigo Gamaleya cy'Abarusiya rwo rugura amadolari icumi, ni hafi ibihumbi 10 Frw.

    Ikiguzi kizaterwa n'ubwoko bw'urukingo

    Inkingo igihugu kizabona mu cyiciro cya mbere zizaba ari iz'ubuntu, ntabwo kizazishyura ahubwo icyiciro cya kabiri ari nacyo gifite intego y'uko nibura 60% by'abatuye igihugu baba bakingiwe cyo kugira ngo igihugu kizibone bizasaba kwishakamo ubushobozi kikazigura.

    Minisitiri Dr Ngamije yakomeje avuga ko ubu hataramenyekana neza amafaranga azatangwa n'igihugu muri ibi bikorwa byo gushaka urukingo no gukingira abaturage, kuko kizagenwa hashingiwe ku gaciro k'urukingo igihugu cyabonye.

    Ati 'Hari inkingo utera dose ebyiri, hari izo utera imwe, kandi buri imwe ifite igiciro. Ubu rero kuko tutaramenya urukingo tuzatera, ni ikigereranyo navuga kinini cyane kuko ni hafi miliyoni 15 z'amadolari kuzakingira abo bantu bose 60% by'abaturage ariko bishobora guhinduka, kugabanuka cyangwa bikiyongera bitewe n'urukingo ruzahabwa.'

    'Niba tuzahabwa urukingo utera urushinge rumwe cyangwa niba tuzahabwa urukingo utera inshuro ebyiri kugira ngo umuntu abe akingiye. Ni umubare umuntu yakwita uw'agateganyo.'

    Nyinshi mu nkingo ziri mu cyiciro cya nyuma cy'igerageza zitangwa inshuro ebyiri kugira ngo abantu babe bizeye ko bakingiwe koko.

    Ni uruhe rukingo u Rwanda rushobora gukoresha?

    Nk'inkingo enye ziri mu cyiciro cya nyuma cy'igerageza, zose zifite amabwiriza yihariye ajyanye n'uburyo zibikwamo n'uko zitwarwamo. Urugero nk'urwa AstraZeneca rwakozwe na Kaminuza ya Oxyford mu Bwongereza, ni rwo rwonyine urebye rufite amabwiriza ashobora korohera abantu mu buryo bwo kurutwara no kurubika.

    Rwo rushobora kubikwa mu bubiko busanzwe ahantu hari ubukonje ushobora no kubona muri firigo zikoreshwa mu buzima bwa buri munsi. Ariko nk'urwa Moderna rw'Abanyamerika rwo amabwiriza ni uko rubikwa ahantu hari ubukonje bwa dogere Celsius -20 rukaba rwahamara amezi atandatu.

    Urwa Pfizer na BionTech rwo rwanatangiye gutangwa mu Bwongereza, amabwiriza ni uko rubikwa ahantu hari ubukonje bwa degere Celsius -70 mu gihe urwakozwe n'Abarusiya ruzwi nka Sputnik V narwo rushobora kubikwa kimwe n'urwa AstraZeneca mu bukonje busanzwe bwa firigo.

    Nubwo urukingo rwa Pfizer na BionTech rwatangiye gukoreshwa, abahanga mu by'ubuzima bagaragaza ko nk'ibihugu bikennye cyangwa ibyo muri Afurika byinshi bishobora kuzahitamo gukoresha urwa AstraZeneca kuko rwo nta mabwiriza menshi rusaba mu kurubika bitandukanye n'izindi zifite umwihariko ukomeye mu bukonje n'ibindi.

    Dr Ngamije yaciye amarenga ko u Rwanda rushobora kuzakoresha urukingo rwakozwe na Kaminuza ya Oxford rwa AstraZeneca kuko uburyo bwo kurwitaho butagoye, ari kimwe n'izindi nkingo zikoreshwa mu gihugu.

    Ati 'Ruriya rwa AstraZeneca ni urukingo rutatuvuna cyane mu buryo bwo kubika inkingo.'

    Ihuriro rikurikirana uburyo inkingo zigera kuri bose (People's Vaccine Alliance) riherutse gutangaza ko ibihugu bikize byamaze kwitegura guhunika inkingo za Covid-19, bityo ko ibihugu bikennye bizagorwa no kubona inkingo ku buryo nk'ibihugu 70 bikennye, bizashobora gukingira 10% gusa y'abaturage babyo bose.

    Mu gihe urukingo ruzaba rumaze kuboneka, irindi hurizo riri mu buryo ruzagezwa ku bihugu kuko kurutwara bisaba amabwiriza akomeye. Mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka, Ishyirahamwe Mpuzamahanga rw'Ubwikorezi mu Ndege (IATA) ryatangaje ko bizasaba indege 8000 zo mu bwoko bwa Boeing 747 mu gukwirakwiza urukingo rwa COVID-19 ku Isi, ndetse ko aribwo butumwa bukomeye buzakorwa n'ibigo by'indege nko muri iki kinyejana.

    Icyo gihe IATA yagaragazaga ko kugeza muri Afurika urukingo rwa Covid-19 rubaye rubonetse 'bitashoboka' kubera ko nta bushobozi buhari bwo gutwara imizigo, ingano y'akarere ka Afurika n'urusobe rw'ibibazo byo kwambuka imipaka.

    IATA isobanura ko ubu bwikorezi buzasaba 'gukorwa neza bijya gusa nk'igikorwa cya gisirikare', ndetse bisabe ko habaho ahantu hahehereye hazabikwa izo nkingo.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yabwiye IGIHE ko ubu bari kureba niba bishoboka ko urukingo rwazatwarwa n'iyi sosiyete mu gihe ruzaba rubonetse.

    Ati 'Turacyakoresha indege zacu zisanzwe mu gutwara imizigo, ndetse n'i Burayi dutwara imizigo mu ndege zisanzwe zitwara abagenzi. Rero igihe cyo gutwara inkingo nikigera, nabyo turi kubirebaho niba tuzashobora gutwara inkingo, uko twabikora dukoresheje indege dusanganywe.'

    'Turacyari kubirebaho, nta kintu kiremezwa ariko ni ibintu bishobora gushoboka kuko urukingo rufite uburyo rutwarwamo mu bijyanye no kugenzura ubushyuhe ariko ntabwo ubu naguha amakuru ahamye. Turi kubyiga bijyanye n'ibisabwa mu gutwara inkingo zitandukanye.'

    Usibye RwandAir, indi sosiyete yo mu Karere yatangiye kureba uburyo bwo gutwara urukingo rwa COVID-19 mu gihe ruzaba rubonetse ni Kenya Airways.

    Kugeza ubu , mu Rwanda abantu 6349 bamaze kwandura COVID-19 mu gihe 53 bo bapfuye bahitanywe n'iki cyorezo kuva ku wa 14 Werurwe ubwo cyagaragaraga mu gihugu bwa mbere.

     

    SOURCE:igihe.com

    The post Ikiguzi cy'inkingo za covid-19 n'igihe zizatangira guhabwa abanyarwanda appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/12/11/ikiguzi-cyinkingo-za-covid-19-nigihe-zizatangira-guhabwa-abanyarwanda/