Blog

  • Amakuru mashya : Covid _19 yahitanye abantu bane mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Ukuboza 2020, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda abagabo babiri n'abagore babiri bishwe na Covid_ 19 abo imaze guhitana babaye 63 kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Abishwe na COVID-19 kuri iki Cyumweru ni abagabo babiri b'imyaka 52 (Kigali) n'imyaka 68 (Rubavu) n'abagore babiri b'imyaka 47 na 63 i Kigali.

    Minisiteri y'Ubuzima kandi yatangaje ko ku Cyumweru mu Rwanda habonetse abantu 61 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari babiri.

    Abo barwayi bashya 61 babonetse mu bipimo 3,545 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 6, Rubavu: 25, Muhanga: 13, Huye: 9, Musanze: 4, Gakenke: 2, Kirehe: 1, Nyanza: 1.

    Kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,293 muri bo abamaze gukira ni 6,091 naho abakivurwa ni 1139.

    Kugeza ubu nta muti n'urukingo bya Coronavirus biragera mu Rwanda, hakoreshwa uburyo bwo kuvura ibimenyetso by'iki cyorezo gusa, kugeza umubiri w'umuntu wubatse ubudahangarwa, virus igashira ityo mu maraso.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/21/amakuru-mashya-covid-_19-yahitanye-abantu-bane-mu-rwanda/

  • Rwanda deploys protection force in Central African Republic ahead of polls #rwanda #RwOT

    The Government of Rwanda has deployed force protection troops to the Central African Republic (CAR), under an existing bilateral agreement on defense in the country.

    According to a statement from the military, 'the deployment is in response to the targeting of the Rwanda Defence Force (RDF) contingent under the UN Peacekeeping force by rebels supported by François Bozize.'

    Bozize is a former President of CAR who recently returned to his country.

    On many occasions, Rwandan troops in CAR have been targeted by armed groups in this country.

    'Rwandan troops will also contribute to ensure a peaceful and secure general election scheduled on Sunday 27 December 2020, twenty-two months after the peace agreement which was reached between the government and fourteen armed groups,' RDF underscored in the statement. 

    Currently, the Rwanda Defence Force is one of the largest troop contributor to the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) since 2014.

    Rwanda troops are specifically charged with providing security for high-ranking government officials and securing key state installations. A week to CAR's presidential and legislative vote, Bozize who led CAR between 2003 and 2013 has been barred from running in the election by the country's top court, as the CAR had sought him with an international arrest warrant on charges including murder, arbitrary arrest and torture.

    Meanwhile, the UN mission in the CAR, MINUSCA, said on Friday that its blue helmet forces were on 'maximum alert' to prevent armed groups from disrupting the elections.

    Source: THE NEW TIMES

    57

    The post Rwanda deploys protection force in Central African Republic ahead of polls appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/21/rwanda-deploys-protection-force-in-central-african-republic-ahead-of-polls/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-deploys-protection-force-in-central-african-republic-ahead-of-polls

  • Kagame presents state of nation address today #rwanda #RwOT

    President Paul Kagame will on Monday, December 21, deliver the annual state of the nation address, in an interactive format with the country's leaders, ordinary citizens and the media.

    This is one of the major resolutions made by the cabinet meeting on Monday, December 14.

    The cabinet, chaired by the Head of State, resolved that owing to the current Covid-19 situation, all national events including Umushyikirano are postponed. 

    'Given the current trend of Covid-19, the cabinet has postponed all national events including Umushyikirano,' a statement issued by the Prime Minister's Office (PMO) reads in part.

    However, the statement noted, 'This year, the President will deliver the state of the nation in an interactive format with officials, citizens and media on Monday, December 21.'

     

    87

    The post Kagame presents state of nation address today appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/21/kagame-presents-state-of-nation-address-today/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kagame-presents-state-of-nation-address-today

  • Perezida Kagame arageza ku baturarwanda ijambo rigaragaza uko igihugu gihagaze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame
    Perezida Kagame

    Ni umwanzuro wafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020, iyo nama ikaba yarafashe icyemezo cyo gusubika amakoraniro ahuza abantu benshi ku rwego rw’Igihugu, harimo n’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ari na ho iri jambo ryavugirwaga.

    Iyo Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yari iteganyijwe gutangira tariki 16 Ukuboza 2020, ariko ikaba yarasubitswe kimwe n’andi makoraniro ahuza abantu benshi, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/perezida-kagame-arageza-ku-baturarwanda-ijambo-rigaragaza-uko-igihugu-gihagaze

  • Igisasu cyatawe cyishe abantu batatu mu murwa mukuru #rwanda #RwOT

    Abantu batatu bapfuye naho abandi batanu barakomereka nyuma yuko igisasu cya grenade cyatawe giturikiye mu murwa mukuru Addis Abeba wa Ethiopia, nkuko polisi ibivuga.

    Cyaturitse kuri iki cyumweru mu gace ka Lideta ko muri uwo mujyi.

    Alemayehu Ayalke, umwe mu bakuru ba polisi, yabwiye igitangazamakuru EBC cya leta ya Ethiopia ko abapfuye bari abantu batagiraga inzu babamo, babaga mu muhanda.

    Nta kimenyetso gihari kigaragaza ko iturika ry'icyo gisasu hari aho ryaba rihuriye n'ibibazo byo muri leta ya Tigray yo mu majyaruguru y'igihugu.

    Imirwano hagati y'ingabo za leta ya Ethiopia n'iz'umutwe Tigray People's Liberation Front (TPLF) yatangiye ku itariki ya 4 y'ukwezi kwa 11, yatumye abagera ku 50,000 bahungira mu gihugu baturanye cya Sudan.

    Mu byumweru bya vuba aha bishize, hagiye hatahurwa ibindi bisasu cyangwa bigaturika i Addis Abeba, polisi nabwo ikavuga ko 'byari byatawe', ariko byinshi muri byo ntabwo byahitanye abantu, nkuko bivugwa n'umunyamakuru wa BBC Kalkidan Yibeltal uri muri uwo mujyi.

    Ibiro ntaramakuru Reuters bitangaza ko polisi yagiye yegeka kuri TPLF byinshi muri ibyo byabaye mbere yaho, ariko nta gihamya yigeze igaragaza yo kwemeza ibyo ishinja TPLF.

    Ku cyumweru ibiro ntaramakuru bya leta ya Ethiopia byatangaje ko 'iperereza rijyanye n'iturika ry'igisasu ubu ririmo kuba kandi rubanda izamenyeshwa ibyarivuyemo nirirangira'.

    Nta kimenyetso gihari kigaragaza ko iturika ry'icyo gisasu hari aho ryaba rihuriye n'ibibazo byo muri leta ya Tigray

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/21/igisasu-cyatawe-cyishe-abantu-batatu-mu-murwa-mukuru/

  • Pelé yavuze amagambo akakaye kuri Lionel Messi azagenderaho kugeza avuye mu mupira w'amaguru #rwanda #RwOT

    Umunya-Brésil wabaye icyamamare mu mupira w'amaguru Edson Arantes do Nascimento uzwi nka Pelé yashimiye bikomeye Messi waciye agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu ikipe imwe, agera ku gahigo ke yari afite wenyine.

    Lionel Messi ibi yabigezeho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020
    , ubwo yatsindiraga ikipe ya FC Barcelona igitego cya 643 mu mukino banganyije n'Ikipe ya Valencia ibitego 2-2.

    Pelé abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yagize ati 'Nkwifurije amahirwe ku gikorwa cy'amateka wandikishije, Lionel (Messi). Gusa hejuru ya byose nkwifurije amahirwe mu bihe byiza ukomeje kugirira mu ikipe ya Barcelona.'

    Uyu musaza w'imyaka 80 washimishijwe n'ibyakozwe na Messi, yunzemo ko bombi bihariye amateka bombi yo gukunda ikipe imwe igihe kirekire, bigaragaza ubudasa mu ruhando rw'umupira w'amaguru.

    Pelé ari mu bakinnyi b'umupira w'amaguru banditse amateka ahambaye ku Isi; yinjiye mu Ikipe ya Santos FC afite myaka 15 y'amavuko mu 1956 asezera muri iyo kipe mu 1974, nyuma yo gutsindira ibikombe bitandatu by'amarushanwa atandukanye muri Brésil hakiyongeraho ibindi bibiri, icya Copa Libertadores n'icy'amarushanwa yo ku Mugabane wa Amerika y'Epfo.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/21/pele-yavuze-amagambo-akakaye-kuri-lionel-messi-azagenderaho-kugeza-avuye-mu-mupira-wamaguru/

  • Ikitakwishe kiragukomeza – Memphis Depay wavuze ububabare bukomeye yagize mu buzima bwe #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umuholandi ukinira ikipe ya Lyon mu Bufaransa, Memphis Depay avuga ko uburibwe yagize bukomeye mu buzima bwe yabutewe n’imvune yagize mu Kuboza 2019.

    Uyu mukinnyi yagize ikibazo cyo mu ivi ry’ibumoso tariki ya 15 Ukuboza 2019 mu mukino wa shampiyona bakinnyemo na Stade Rennes.

    Abaganga bavuze ko uyu mukinnyi w’imyaka 26 agomba kubagwa maze tariki ya 20 Ukuboza 2019 ahita abagwa, akaba yaragarutse mu kibuga muri Kamena 2020.

    Ku munsi w’ejo hashize yari yujuje umwaka abazwe, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yashyizeho amafoto n’amashusho amaze kubagwa avuga ko mu buzima bwe atigeze yumva uburibwe nk’ubwo yumvise uriya munsi abawaga imvune.

    Ati“Uyu munsi umwaka urashize mbazwe. Sinshobora kubeshya, sinigeze mpura n’uburibwe bumeze gutya mu buzima bwanjye. Bajya bavuga ngo ikitakwishe kiragukomeza. Uyu munsi murabona umuntu ukomeye mu buryo bw’umubiri no mu mutwe. Gumya ufunguye amaso, nizera ko Imana izampembera gukora cyane kwanjye.”

    Uyu musore wifuzwa n’amakipe atandukanye arimo FC Barcelona, yakiniye amakipe arimo PSV Eindhoven y’iwabo mu Buholandi na Manchester United mu Bwongereza.

    Yagize ikibazo cy’imvune yo mu ivi

    Amaze kubagwa

    Ubiribwe yatewe n’iyi mvune nibwo yagize bukomeye mu buzima bwe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/ikitakwishe-kiragukomeza-memphis-depay-wavuze-ububabare-bukomeye-yagize-mu-buzima-bwe

  • Les DASSO de Rubavu participent à la reforestation des berges de la rivière Sebeya #rwanda #RwOT

    Il est rapporté que pour la seule journée de ce samedi, ces agents ont planté 2.128 tout le long de cette rivière en Secteur administratif de Rugerero.

    ” Il est attendu un impact positif de cette activité dans la mesure où le son meuble alluvionnaire ne sera plus transporté par le courant de cette rivière en crue au cours des saisons pluvieuses “, a indiqué Dieudonné Tungane, le Coordonnateur de Dsitrict de DASSO ajoutant que les travaux communautaires de ce jour s’étendaient sur 2 ha.

    Il a remercié en passant les habitants de ce Secteur qui ont toujours, durant ces deux derniers mois pluvieux, répondu à l’invitation de DASSO ” pour participer à nos travaux de développement “.

    ” Nous sommes heureux d’entendre des voix appréciant nos activités qui changent positivement les conditions de vie des habitants de ce coin “, a-t-il dit.
    Le Secrétaire exécutif de Secteur Rugerero s’est dit encouragé de cette arborisation des berges de la rivière trouvant que cela luttera contre l’érosion dramatique de ces collines escarpées et très travaillées par la main de l’homme.

    Les Agents de DASSO dans tout le pays auront changé le style de travail de par la mission d’assistance de l’Administration de secteur et de district. Ils ont compris qu’ils doivent participer au solutionnement des défis auxquels sont confrontés les habitants de leurs juridictions. Dans le même district Rubavu (Nord Ouest du Rwanda), ils viennent de construire une maison d’habitation pour un indigent dans le secteur Nyundo. Les Agents DASSO se proposent de terminer leur exercice annuel 2020 en distribuant des denrées alimentaires et des masques anti covid à 20 familles Batwa.

    Ces activités continuent dans tous les secteurs et districts du pays.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Les-DASSO-de-Rubavu-participent-a-la-reforestation-des-berges-de-la-riviere.html

  • Sandvikens IF ya Yannick Mukunzi ihamya ko byayigoye kumwongerera amasezerano #rwanda #RwOT

    Sandvikens IF ikinamo umunyarwanda Yannick Mukunzi mu cyiciro cya 3 muri Sweden, ihamya ko byayigoye kongerera uyu mukinnyi amasezerano kuko yifuzwaga n’andi makipe yo mu byiciro byo hejuru.

    Ku wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020, iyi kipe nibwo yatangaje ko yamaze kongerera uyu mukinnyi mpuzamahanga w’umunyarwanda ukina mu kibuga hagati amasezerano y’imyaka 2.

    Ibinyujije ku rubuga rwayo yagize iti“Yannick Mukunzi yongereye amasezerano.”

    Yakomeje ivuga ko banyuzwe n’uko yitwaye mu myaka 2 yari ayizamazemo ari nacyo cyatumye yongera amasezerano n’ubwo byabagoye kuko yifuzwaga n’andi makipe yo mu byiciro byo hejuru.

    Iti“Yannick yigaragaje nk’umukinnyi mwiza mu gihe amaze hano. Twishimiye kumwongerera amasezerano nubwo hari andi makipe yo mu byiciro byisumbuyeho yamwifuzaga.'

    Uyu mukinnyi usoje imyaka 2 y’amasezerano muri iyi kipe, yayikiniye imikino 51 y’amarushanwa, umwaka w’imikino wa 2019 yatowe nk’umukinnyi mwiza wahize abandi muri Sandvikens, uyu mwaka wa 2020 akaba yarafashije ikipe ye gusoza ku mwanya wa 6 muri shampiyona.

    Yannick Mukunzi uri mu Rwanda, yakuriye muri APR FC yakiniye kugeza mu 2017 ubwo yasinyiraga Rayon Sports akayikinira umwaka umwe n’igice mbere yo gutizwa indi ibiri muri Sweden.

    Yannick Mukunzi yifuzwaga n’amakipe yo mu byiciro byo hejuru

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sandvikens-if-ya-yannick-mukunzi-ihamya-ko-byayigoye-kumwongerera-amasezerano

  • Inama y’ubuzima Rwatubyaye Abdul yagiriwe ikamugirira akamaro nawe akaba ayigira abandi #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda wasoje amasezerano mu ikipe ya Colorado Rapids, Rwatubyaye Abdul, yemeza ko inama yagiriwe ikamugirira akamaro nawe akaba ayigira abandi ari ukutumva abantu cyane cyane abamuca intege mu buzima no gutekereza cyane ku cyemezo agiye gufata.

    Uyu musore ukina mu mutima w’ubwugarizi, ahamya ko mu buzima umuntu ahura n’abantu benshi bamugira inama zitandukanye ku uryo atitonze ngo ashungure neza hari n’izamuyobya.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, Abdul Rwatubyaye yavuze ko inama yagiriwe ikamufasha cyane ari ukutumva abamuca intege.

    Ati“Inama nagiriwe cyane cyane mu buzima ni ukutumva abantu, abantu banca intege, bakubwira icyo udashoboye kandi we wenda yaragikoze cyangwa se we nta n’icyo ashobora gukora.”

    “Kwirinda abaguca intege, kubanza gutekereza ku cyemezo waba ugiye gufata mu buzima bwawe ukagitekerezaho kenshi gashoboka. Niyo nama nagiriwe mu buzima bwanjye yamfashije cyane.”

    Uyu mukinnyi uri mu Rwanda aho atarabona ikipe ashobora akwerekezamo ahamya ko uko uhaye umwanya buri kintu cyose ubwiwe n’umuntu, ariko ubu uri mu bibazo byo kugwa mu mutego.

    Kwirinda inama zabaguca intege niyo nama yagiriwe Rwatubyaye mu buzima ikamufasha cyane

    Source : http://isimbi.rw/siporo/inama-y-ubuzima-rwatubyaye-abdul-yagiriwe-ikamugirira-akamaro-nawe-akaba-ayigira-abandi