Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rukomeje kubona ubujura n'ubushukanyi bukorerwa kuri telefone bugenda bwiyongera, aho bamwe mu babufatirwamo ari abaturage bakomoka mu Karere ka Rusizi. Ni mu gihe RIB isaba abayobozi b'inzego z'ibanze, abaturage n'urubyiruko rwo muri ako karere gufatanya mu gukumira no kurandura iki cyaha gikunze gukorwa mu buryo bwo guhamagara abantu cyangwa kubandikira ubutumwa bubashuka, kugira ngo babasigareho amafaranga cyangwa amakuru y'ibanga.
RIB ivuga ko kugira ngo iki kibazo kiranduke burundu bisaba ubufatanye bwa buri wese, kuko igihe cyose abaturage barebera cyangwa bakagira umuco wo guhishira abakora ibi byaha, bigira ingaruka mbi ku isura y'Akarere ndetse n'Igihugu muri rusange.
Abaturage basabwe kumenya ko icyaha kimwe gikozwe n'umwe mu bo bakomokaho gishobora gufatwa nk'icyaha rusange, bikaba igisebo kiremereye ku muryango wose.
Iri tsinda rikora ibyaha rikunze gukoresha amayeri atandukanye arimo kubeshya abantu ko batsindiye ibihembo, byo kubashuka mu bikorwa by'ubucuruzi bitabaho, cyangwa kubashukisha ubutumwa bw'ibinyoma bugamije kubambura amafaranga.
RIB ya ikomeza isaba buri wese kugenzura neza no kudahubuka mu gusubiza ubutumwa cyangwa guhamagarana n'abantu batabazi neza.
Abayobozi b'inzego z'ibanze baributswa ko bafite inshingano zo kurwanya burundu ibi byaha, bakabikora binyuze mu bukangurambaga no gukurikirana amakuru atangwa n'abaturage. Abafatwa bakomeje kugaragara ari benshi bakomoka muri Rusizi, bityo bigatuma hakenerwa ubufatanye bwihariye mu kugarura isura nziza y'Akarere.
Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rukomeje kubona ubujura n'ubushukanyi bukorerwa kuri telefone bugenda bwiyongera, aho bamwe mu babufatirwamo ari abaturage bakomoka mu Karere ka Rusizi
Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yemeye ko yagiranye ibibazo na bamwe mu bayobozi bafatanya kuyobora iyi kipe umunsi ku munsi ariko ko bicaye bakabiganiraho bigakemuka.
Ni mu kiganiro yatambukije ku muyoboro wa YouTube w’iyi kipe aho yagarutse kuri byinshi byari bimaze iminsi bivugwa muri iyi kipe byanatumye hagenda hatutumba umwuka utari mwiza.
Thaddée yahereye ku nama y’Inteko rusange y’iyi kipe iheruka kuba tariki ya 7 Nzeri 2025, aho yavuze ko yagenze neza nubwo hari utuntu tumwe na tumwe tutagenze ariko bazicara bakadukosora.
Ati 'birumvikana ko mu byo umuntu akora agenda agerageza gukosora, harimo utuntu duto twagiye tugaragaramo kandi koko aho abantu bari hagaragaramo uruntu runtu ariko muri rusange yagenze neza.'
Amakuru avuga ko imyanzuro bafatiye mu Nama y’Inteko Rusange atari yo yabagezeho, ubwo bari bamaze kuyohererezwa basanze hari ibintu bihabanye n’ibyo bayivugiyemo.
Ku ngingo yo kuba yaba afitanye ibibazo na bamwe mu bayobozi bo muri 'Board’ (Inama y’Ubutegetsi) ndetse n’abo bakorana muri Komite Nyobozi, yavuze ko ntazibana zidakomanya amahambe bityo ko bicaye bakabikemura.
Ati 'baravuga ngo ntazibana zidakomanya amahembe ariko na none iyo ziyakomanyije cyane zirakomeretsanya, iyo rero mutangiye gukomeretsanya nibwo mwicara mugatuza, igisubizo rero naguhereza twarabibonye ko habayeho gukomanya amahembe ni yo mpamvu twavuze tuti reka twicare dushyireho amategeko ahamye atuyobora buri muntu munshingano ze.'
'Twaravuze ngo reka dushyireho abanyamwuga mu ikipe, uyu munsi njyewe perezida sinjye mu miyoborere y’icungamari cyangwa ngo njye mu zindi nzego za Rayon Sports zitanandeba ahubwo hajyemo abanyamwuga, ni muri urwo rwego rero, bivuze ngo ayo mahembe nubwo yakomanye ariko turi gushaka ibisubizo.'
Yanagarutse ku mushinga w’Akanyenyeri byagiye bivugwa ko atamera, ibintu yamaganiye kure avuga ko iyo aba atawemera atari kwiyandikisha.
Ati 'ntariyandikisha nibwo naba ntawushyigikiye, naniyandikishije ndi nimero ya mbere. Kwiyandikisha kugira ngo mbe umunyamuryango w’uwo mushinga, aho bigende neza bize gutandukana no kuba umunyamuryango wa Rayon Sports, kuba umunyamuryango wa Rayon Sports bituruka muri Fan Club ntabwo bituruka ku kanyenyeri, icyo cyumvikane neza nacyo.'
'Nk’uko amategeko yubatse kugira ngo ube umunyamuryango biva muri Fan Club, akanyenyeri kadusaba kwiyandikisha nk’abafana kugira ngo tujye tubona uko dutera inkunga ikipe yacu Rayon Sports.'
Yashimangiye ko kuwanga yaba yimennye inda kuko yagize uruhare rukomeye mu kuwubaka no kugera aho ugeze.
Yashimiye uwahoze ayobora Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele kuko nubwo umushinga warangiye ariko ni we watangije Akanyenyeri kubakiyeho byose.
Ati 'Buriya uriya mushinga nubwo twawutangiye ejobundi tugiye mu buyobozi, n’ubundi wari usanzwe uhari kuko akanyenyeri 702 kari gahari karatangijwe na Jean Fidele [Uwayezu], icyo twakoze iyo ugeze mu kintu ntabwo utangira ibyawe uhera ku byo abandi bakoze, ndashimira cyane Jean Fidele watangije uriya mushinga natwe tukaza tukawagura, abazaza nyuma na bo bazaza barebe aho tugejeje n’aho Isi izaba igeze bagure.'
Yavuze ko ari umushinga mwiza warangiye kandi yizeye ko uzatanga umusaruro ku ikipe, yasabye abakunzi b’iyi kipe kwiyandikisha kugira ngo bakomeze bafashe Rayon Sports bihebeye.
Twagirayezu yavuze ko umwuka mubi uvugwa hagati ye n’abandi bayobozi washakiwe igisubizo
Umuhanzi ukunzwe muri Uganda, Weasel yavuze ko akunda cyane umugore we Sandra Teta kandi ubu nta kibazo bafitanye.
Atangaje ibi nyuma y’uko mu minsi ishize uyu mugore we yamugonze akajya mu bitaro.
Mu biganiro yatanze mu bitangazamakuru byo muri Uganda, Weasel yavuze icyaba cyose Teta ari umugore kandi ibyabaye ni impanuka.
Ati “Uko byagenda kose ni umugore wanjye akaba umubyeyi w’abana banjye. Ndamukunda cyane kandi ibyabaye ni impanuka, igikwiye ni uko twitekerezaho buri wese akiga kumva mugenzi we. Tugomba gukomeza ubuzima kuko icy’ingenzi ni uko ngihumeka.'
Agaruka ku byabaye isomo byamuhaye, yagize ati “Ibi bintu byanyigishije gutuza no kuba iwanjye, ntabwo nari narigeze mba iwanjye cyane nk’ubu. Reba ibyabaye, ntekereza ko byandinze byinshi bibera iyo hanze.'
Uyu muhanzi yavuze ko ubu ikimuhangayikishije ari igihe icyuma bamushyize mu kuguru kizaviramo, gusa avuga ko abaganga bamwitayeho ndetse azanakira vuba.
Ahagana ku i saa tanu z'amanywa yo kuri uyu wa 09 Nzeri 2025 mu Mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, hafatiwe Umusore w'imyaka 18 y'amavuko ukekwaho gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 17 y'amavuko. Amezi yari abaye abiri ukekwa yarahunze ariko birangiye afashwe.Â
Amakuru atangwa n'abaturage kandi yemezwa n'Ubuyobozi ni ay'uko Ababyeyi b'uyu mwana wasambanijwe batuye mu Kagari ka Gakingo, Umurenge wa Shingiro ho mu karere ka Musanze.
Amakuru atangwa kandi akanemezwa n'Ubuyobozi ni ay'uko icyaha ucyekwa akurikiranyweho yagikoze ku wa 23 Nyakanga 2025 akagikorera mu Kabari k'uwitwa Orivier Niyitugabira w'imyaka 31 y'amavuko. Icyo gihe ukekwa yahise acika, arabura.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyamiyaga, Rafiki Mwizerwa yabwiye intyoza.com ko aya makuru bari barayahawe igihe ukekwa gusambanya uyu mwana ariko agahita ahunga. Ashimangira ko kuba yafashwe ubutabera bugiye gukora akazi kabwo, bugatanga Ubutabera.
Ukekwa watawe muri yombi, yahise ashyikirizwa Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Mugina ari nabo bareberera Umurenge wa Nyamiyaga. Ubwo amakuru yo gusambanya uyu mwana yamenyekanaga, uwahohotewe yahise yoherezwa kuri ISANGE One Stop Center Munyaneza Théogène
Ibyo ni bimwe mu byagarutsweho kuri uyu wa 9 Nzeri ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe ingufu kizarangira ku itariki 12 Nzeri 2025.
Ni icyumweru cyatangirijwe mu nama ngarukamwaka ku ngufu zitangiza ibidukikije itegurwa n'Ihuriro rya ba Rwiyemezamirimo mu by'Ingufu mu Rwanda (EPD).
Iyi nama yari ibaye ku nshuro ya gatanu yitabirwa n'abafatanyabikorwa batandukanye muri urwo rwego barimo inzego za Leta, imiryango itegamiye kuri Leta yo mu Rwanda no mu mahanga na ba rwiyemezamirimo n'abandi bafite aho bahuriye n'ingufu zitangiza ibidukikije.
Baganira ku mikoranire y'izo nzego zose hagamijwe kumenya aho bashyira ingufu no gukemura imbogamizi zigihari mu kuzigeza kuri benshi.
Amb. Uwihanganye yavuze ko u Rwanda rwatangiye gutegura umushinga wo guteza imbere ikoreshwa ry'amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba.
Ati 'Twiyemeje ko nibura ingufu zisubira zizaba zigize hejuru ya 50% by'ingufu zose tuzaba dufite muri icyo gihe u Rwanda ruzaba ari igihugu gifite ubukungu buteye imbere mu 2050. No muri gahunda ya Guverinoma y'imyaka itanu na bwo twagumushijeho urwo ruhare [rwo kuzagera kuri ayo mashanyarazi akomoka ku zuba] atari munsi ya 50%.'
Amb.Uwihanganye yongeyeho ko kuri ubu izo ngufu ari zo zihendutse mu gutanga amashanyarazi kandi ko kuzikoresha bizajyana n'ingamba zo gukoresha ibicanwa bitangiza ibidukikije mu rwego rwo kwimakaza ingufu zisubira mu ngeri zose.
Biteganyijwe ko mu 2026 iyo nyigo izaba yaratanze icyerekezo ku kubona ayo mashanyarazi y'imirasire y'izuba azaba yiyongera ku yo Igihugu kizaba gifite kuko uyu munsi hari 'megawatt' 406,4 aturuka mu nganda ziyatunganya.
Umuyobozi w'Inama y'Ubutgetsi ya EPD, Dr. Twagira Shema Ivan yavuze ko ingufu zisubira kuri ubu ari ikintu gikenewe mu nzego nyinshi by'umwihariko muri iki gihe ikoranabuhanga rirushaho gutera imbere.
Ati 'Uyu munsi ibijyanye n'imbaraga ni ibiryo ku bintu by'ikorababuhanga kuko zidahari ntiwakoresha telefone, mudasobwa na biriya by'ubwenge buhangano byose. Dushaka ko ingufu zisubira ari zo zifata umugabane munini muri ibyo byose.'
Muri iyo nama kandi ba rwiyemezamirimo batandukanye mu ngufu zisubira bamurikaga ibyo bakora bitandukanye.
Uwamahoro Christella ushinzwe iby'ubucuruzi mu kigo kitwa Munyaxco gicuruza imirasire y'izuba yabwiye IGIHE ko kuva mu 2013 batangira, bishimira ko Leta yaborohereje ibijyanye n'imisoro ariko ko bagihura n'izindi mbogamizi.
'Ikindi ni igishoro gito kuko imiryango itegamiye kuri Leta ikora ku bidukikije yo isaba inkunga ariko twe ntitwazibona kuko twaka inguzanyo muri banki ariko ziduha igihe gito cyo kuzishyura.”
Ambasaderi wa EU mu Rwanda, Belen Calvo Uyarra, yashimiye iki gikorwa
Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri RDB, Michelle Umurungi, ni umwe mu bitabiriye iki gikorwa
Iyi nama yahurije hamwe abafite aho bahurira n’urwego rw’ingufu zisubira
Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée yanenze bamwe mu bayobozi bafatanya kuyobora iyi kipe bagenda bagaterera agati mu ryinyo ntibagere ku myitozo y’ikipe.
Ibi yabigarutseho mu butumwa yatambukije ku muyoboro wa YouTube w’iyi kipe aho yavuze ko bakwiye kwisubiraho.
Yavuze ko akunda abafana b’iyi kipe kuko bakunda ikipe yabo, umunsi ku munsi baba baje kureba imyitozo.
Ati “buriya nkunda abafana ba Rayon Sports. Ndi mu bantu bitabira imyitozo ushobora kuba ubizi cyangwa utabizi, ariko iyo mpageze ndeba abafana uburyo baje kureba ikipe.”
Aha ni ho yahise yibaza niba abayobozi bo batekereza ikipe, aho yanavuze ko ubu hari nk’umuyobozi utaragera mu Nzove kuva ikipe yasubukura imyitozo.
“Aho ninenga abayobozi nanjye ndaza kwinenga kuko nanjye ndimo, nibaza ko hari umuntu utaragera ku myitozo kuva turangije umwaka ushize dutangiye uyu ng’uyu. Ntabwo bishimishije niba uri umuyobozi ukaba utarajya mu myitozo n’umunsi wa rimwe ahubwo wibereye mu bindi, mu bindi kandi ku kibuga ari ho bikorerwa byose, rero twisubireho.”
Yakomeje avuga ko uwo muyobozi utaragera ku myitozo na rimwe, ngo arebe uburyo ikipe izahangana, adahangayika ngo agende baganire ntabwo abibona nk’ibintu byiza.
Ntabwo yigeze avuga amazina, ariko amakuru menshi akaba avuga ko ari ubutumwa bureba abayobozi bo muri ‘board’ kuko ngo hari n’abaheruka mu Nzove ku munsi w’amatora.
Twagirayezu Thadée yanenze bamwe mu bayobozi bakorana batereranye ikipe
Kylian Mbappé akomeje kwigaragaza nk'umukinnyi udasanzwe mu mateka y'ikipe y'Igihugu y'u Bufaransa. Uyu mukinnyi ukiri muto amaze kugera ku ntsinzi ikomeye yo gutsinda ibitego 52, ibintu byatumye arusha Thierry Henry wari umwe mu bakinnyi b'Ibigugu mu mateka ya Les Bleus.
Ku mugoroba uheruka, taliki ya 9 Nzeri 2025 nibwo Mbappé yongeye kugaragaza ubuhanga bwe atsinda igitego kimwe ndetse anatanga n'inyunganizi (assist), bikomeza gushyira imbere izina rye mu mubare w'abakinnyi bakomeye ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe abandi bakinnyi benshi bategerezaga imyaka myinshi kugira ngo bamenyekane mu mateka, Mbappé we akomeje kwandika amateka atanga isomo ryo kumenya ko impano iyo ikozweho cyane n'imbaraga n'ubwitange, ivamo igitangaza.
Ubu asigaje ibitego bike gusa ngo yegere, ndetse ashobore no kurusha Olivier Giroud, ari nawe kugeza ubu ufite agahigo ko gutsindira ikipe y'Igihugu y'u Bufaransa ibitego byinshi.
Uyu mukinnyi kugeza ubu uri kubarizwa mu ikipe ya Real Madrid yahindutse isoko y'ibyishimo by'abafana b'u Bufaransa, dore ko buri mukino ahinduka umutwaro ku makipe bahanganye. Ntibitangaje rero ko abanyamakuru n'abakunzi ba ruhago bamwita 'umwana w'igitangaza' mu mupira w'amaguru. Iyo uganiriye n'abasesenguzi, bose bahuriza ku kuvuga ko ari we uzaba umuyobozi w'ubutwari mu ikipe y'Igihugu mu myaka iri imbere.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yatsindiye Zimbabwe igitego 1-0 muri Afurika y'Epfo, ni mu mukino w'umunsi wa munani wo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi 2026.
Muri uyu mukino wabereye kuri stade ya Orlando, mu mujyi wa Johannesburg watangiye ku isaha ya saa cyenda zuzuye.
Ni umukino wakinwe, Amavubi asabwa gutsinda ngo yegere imbere ku rutonde rw'Agateganyo rwo mu itsinda C.
Ibi byaje kugenda neza kuko uubwo hari ku munota wa 40 w'umukino nibwo rutahizamu Mugisha Gilbert yaboneye Amavubi igitego rukumbi cyayihaye intsinzi.
Hari ku mupira wari uteretse watewe na Kwizera Jojea, ukagarurwa n'umukinnyi wa Zimbabwe, wasanze Mugisha Gilbert atera ishoti rikomeye ryaruhukiye mu izamu.
Ku ruhande rw'amavubi muri uyu mukino hari habayemo impinduka mu bakinnyi babanjemo harimo impinduka z'abakinnyi batatu.
Muri abo ni Fitina Ombolenga wasimbuwe na Kavita Phanuel, Enzo Harmony wasimbuwe na Muhire Kevin na Nshuti Innocent wasimbuwe na Biramahire Abedi.
Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rw'u Rwanda: Ntwari Fiacre, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Kavita Phanuel, Claude Niyomugabo, Mugisha Bonheur, Djihad Bizimama, Muhire Kevin, Biramahire Abeddy, Kwizera Jojea na Mugisha Gilbert.
U Rwanda rwagize amanota 11 ku mwanya wa gatatu mu Itsinda C ryo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026, rurushwa amanota atanu na Afurika y'Epfo ya mbere.
Amavubi azakira Bénin mbere yo kwakirwa na Afurika y'Epfo, mu mikino ibiri isoza uru rugendo, yombi izaba mu Ukwakira.
Perezida Kagame yakiriye Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed n'itsinda ry'abamuherekeje mu biro bye Village Urugwiro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Nzeri 2025.
Ubutumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Village Urugwiro bugaragaza ko 'ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye mu by'itangazamakuru hagati y'u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, bashimangira uruhare rw'Itangazamakuru mu guteza imbere umubano w'impande zombi no kuwongerera imbaraga.'
Urwego rushinzwe Itangazamakuru (National Media Office) ruyobowe na Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed rwashyizwe ku rwego rwa Minisiteri kuva muri Mutarama 2024.
Rushinzwe iterambere ry'itangazamakuru, guhugura abarikoramo, no guharanira ko amakuru arebana n'igihugu cyabo avugwa ku rwego mpuzamahanga aba ahuye n'uko kibyemera.
Yakomeje avuga ko ibi bibazo bituma Afurika ihorana imyenda kuko ifata amafaranga menshi yo gukoresha mu guhangana n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere, bityo ibihugu bitanga imyuka myinshi ihumanya ikirere bikwiye gufasha Afurika.
Ati 'Turasaba ubufasha n'imikoranire ifatika yo kuziba icyuho cy'imari ikoreshwa mu guhangana n'imihindagurikire y'ikirere, tugafashwa mu guhangana na byo, ndetse tugafashwa mu bikorwa byo guhangana n'ingaruka zacyo biciye mu nkunga aho kuba inguzanyo kugira ngo bitongera imyenda y'Afurika.'
Yavuze ko Afurika ari umugabane mwiza ufite ubutaka bwiza, bwera n'ikirere cyiza, ibituma haba ahantu heza ho gukorera imishinga irengera ibidukikije ndetse n'ihangana n'ihindagurika ry'ikirere.
Ibi yabitangaje mu gihe hategerejwe inama Mpuzamahanga yiga ku bidukikije izaba mu Ugushyinga 2025 muri Brazil.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Bernadette Arakwiye, yavuze ko ibihugu byangiza ikirere cyane ari nabyo bikwiye gufasha Afurika mu guhanga n’ihindagurika ry’ikirere biba byateje