Ni nyuma y’inama yabaye mu cyumweru gishize ihuza itsinda ry’u Rwanda n’irya Uganda, hamwe n’abahuza bo muri repubulika ya Demukarasi ya Congo n’abo muri Angola.
Muri iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya video conference, tariki 4 Kamena, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda Sam Kutesa yavuze ko hari abanyarwanda 130 bazarekurwa mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Aba banyarwanda 80, bamaze kugera mu Rwanda barinjira bambaye udupfukamunwa, bakabanza gukaraba intoki hagamijwe kwirinda covid-19.
Abandi 50 basigaye bataragera mu Rwanda nabo bari mu nzira kuko Sam Kutesa yavuze ko bitarenze ku wa Kabili aba Banyarwanda 130 bose bagomba kuba bageze mu Rwanda.
Sam Kutesa avuga ko uretse aba Banyarwanda 130 bagomba kurekurwa, hari abandi 310 Uganda yasanze barakoze ibyaha bagomba gukomeza gufungwa.
Tariki 5 Kamena 2020 nibwo Haji n’abakozi be, bakora mu kigo Haji Enterprise bashyizwe mu kato mu ishuri rya Ecole de Sciences de Nyanza.
Haji aganira na UKWEZI ku mugoroba wo kuri uyu wa 8 Kamena 2020, yagize ati “Twatashye ubu tugeze mu rugo. Mbere y’uko baturekura twaganiriye n’umuntu wo ku bitaro witwa Clement. Ibyo yatubwiye ni byabindi bisanzwe, gukaraba intoki kenshi, kwambara agapfukamunwa, guhana intera igihe bari muri serivise no guhana intera n’abo bari kwakira”.
Haji yakomeje agira ati “Icyemezo cyo kuturekura cyashingiye ko badupimye bagasanga twese turi bazima. Bisinesi ubu yongeye gukora”.
Umuyobozi w’ Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr NSANZIMANA Sabin avuga ko impamvu ari uko hari umushoferi wahahagaze nyuma bikaza kugaragara ko uwo mushoferi yari afite ubwandu bwa covid-19.
Abantu benshi bakora ibikorwa bitandukanye mu rwego rwo gushimishanya hagati y’umugabo n’umugore mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina kugira ngo igende neza. Hari abakoresha uburyo bwo kurigatana ibitsina mu rwego rwo gukomeza gushimishanya muri icyo gikorwa nyamara ubushakashatsi bwerekana ko bifite ingaruka mbi ku buzima bw’umuntu.
Mu bushakashatsi bwakozwe n’impuguke mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere William Jonson wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika agaragaza ko mu bantu batatu barwaye kanseri yo mu muhogo, babiri muri bo bayitewe no kurigata mu gitsina cy’abagore.
Iyi nzobere yavuze ko mu gitsina cy’umugore ari hamwe mu hantu handurira kanseri ifata ibice byo mu kanwa ku buryo budasanzwe, kandi ngo kuri ubu iyi kanseri yibasiye igitsina gabo cyane cyane abazungu bakiri bato ugereranyije n’abagore.
Urubuga rwa yourtango.com dukesha iyi nkuru ruvuga ko isesengura ryagaragaje ko ubu buryo bwo gushaka umunezero bukorwa n’abagabo bakiri bato, bugenda bwiyongera uko bwije n’uko bucyeye.
Uyu William Jonson yagaragaje ko abagabo bafite ibyago byinshi byo gufatwa na Virus ya HPV igihe cyose bakoze igikorwa cyo kurigata mu gitsina cy’abagore.
Yakomeje agaragaza ko abagore bakora imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa n’abagabo batandukanye, bo bafite ibyago bike byo kwandura Virusi ya ‘HPV’
ugereranyije n’abagabo, ibi ngo bikaba biterwa n’ubudahangarwa bw’umubiri wabo.
Banavuze kandi ko imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa yongera ibyago byo kurwara kanseri ifata ibice byo mu kanwa ku kigereranyo cya 22%, ndetse ko yiyongereye kugera kuri 25% mu myaka 20 ishize.
Ntitwakwirengagiza ko nyuma y’ibi byago byo kuba wakwandura iyi Kanseri, imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa ishobora no kuba inzira yo kwanduriramo izindi ndwara zirimo Virusi itera SIDA, Mburugu, Hepatite B n’izindi.
Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kwishyura Omar Sidbe amafaranga yari imusigayemo ubwo yagurwaga, uyu musore yahise agirwa kapiteni wungirije w’iyi kipe.
Mu minsi ishize ni bwo Rayon Sports yatangaje Rugwiro Herve nka kapiteni mushya w’iyi kipe nyuma y’igenda rya Rutanga Eric wari kapiteni ndetse n’uwari umwungirije, Eric Irambona.
Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, Rayon Sports yatangaje ko yabanje kwishyura ideni yari ifitiye uyu mukinnyi, ndetse akaba ari we kapiteni wungirije.
Yagize ati“ ubuyobozi bwa Rayon Sports bumaze kwishyura Omar Sidibé amafaranga yari yarasigawemo ubwo yagurwaga…agizwe Visi kapiteni mushya wa Gikundiro!!!”
— Official Rayon Sports (@rayon_sports) June 8, 2020
Omar Sidibe ukomoka mu gihugu cya Mali, yinjiye muri Rayon Sports umwaka ushize wa 2019, akaba ari umwe mu bakinnyi bafashije iyi kipe mu bijyanye n’ubusatirizi.
kurira bituma tunoza imibanire yacu n’abandi:
n’ubwo usanga abantu babona ko kurira mu ruhame ari bibi bitewe n’imico yabo, kurira bituma abantu begera umuntu bakamwitaho niba ari ibyo bamuhemukiyeho bakamusaba imbabazi cyangwa bakamuha ubundi bufasha ubwo aribwo bwose.
kurira byoza amaso:
mu mibereho ya buri munsi, ni kenshi amamiliyoni y’imyanda yinjira mu maso yacu ariko mu gihe umuntu arize, byose bivamo bityo za microbes cyangwa imyanda bikavamo.
Munyankindi Leopord yaguye wa mu Mudugudu wa Nyangandika mu Kagari ka Buhoro. Abaturanyi be bavuga ko yari yasuwe n’abashyitsi bamuzaniye inzoga, arabaherekeza, mu gutaha ahitira mu kabari. Akigera muri aka kabari nta minota myinshi irashira yahise yitura hasi arapfa.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Twajamahoro Sylvestre bemeje aya makuru.
Meya Habarurema yagize ati “Amakuru dufite ni uko yapfuye mu buryo busanzwe nta wamukozeho, nta kibazo yahuye nacyo nk’uko iperereza ry’ibanze ribigaragaza. Cyakora ngo yari yanyoye inzoga nyinshi nubwo tutakwemeza ko arizo zamwishe”.
Munyakindi Leopord akigera mu kabari ka Sikubwabo Bosco w’imyaka 36, ngo yahise afatwa n’isereri yikubita hasi ahita apfa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwafashe umwanzuro wo kujya gupima umurambo w’uyu musaza ngo hamenyekane icyamwishe, gusa abo mu muryango we siko babyifuzaga, basabaga ko yashyingurwa hatiriwe hakorwa iperereza.
Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 mu Rwanda avuga ko ibikorwa by’utubari bibujijwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo kimaze guhitana abarenga ibihumbi 400 ku Isi. Gusa hari abihishashisha bakajya mu bikari by’utubari bakanywa inzoga bakinze imiryango yinjiramo.
Iki gikorwa cyatangiye kuri uyu wa 8 Kamena 2020, mu Ishami rya Huye ari naryo rifite umubare munini w’inzu zisakaje amabati yo muri ubu bwoko.
Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye ibinyujije kuri twitter yavuze ko aya mabati azakurwaho ari k’ubuso bwa metero kare ibihumbi 38.
Amabati ya Asbestos yafatwaga nk’ayahendutse ku Isi, yatangiye kubakishwa mu Rwanda mu myaka yo hambere akaba yari yiganje ku nyubako za Leta n’iz’amadini n’amatorero.
Abahanga bavuga ko iri sakaro ryamaze abaturage bo mu bihugu bikize nka Canada ribatera kanseri, yahise itangira urugamba rwo kuyirwanya binyuze mu kuyasimbuza.
Ikibazo cy’aya mabati cyatarutsweho na Perezida Kagame ubwo yasuraga abaturage b’uturere twa Musanze na Nyabihu, bahurira mu kibuga cya Busogo, mu karere ka Musanze muri Gicurasi 2019.
Yavuze ko hashize imyaka hafi 10 hafashwe umwanzuro ko inyubako zisakajwe na asbestos zisimbuzwa ariko uzisanga hirya no hino.
Perezida Kagame yavuze ko ‘Iyo ubajije impamvu bakubwira ko ari ingengo y’imari, n’uwabyibagiwe akavuga ko ikibazo ari ingengo y’imari kandi ari imyumvire yabo’.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Gatete Claver, aheruka kubwira itangazamakuru ko uyu mwaka wa 2020, uzasiga inyubako zose za leta zikuweho amabati ya asbestos, kuko ingengo y’imari yose bisaba yabonetse ndetse iki gikorwa kikaba gikomeje gukorwa n’inkeragutabara.
Muri Kamena umwaka ushize, Minisiteri y’Ibikorwa remezo yatangaje ko Asbestos imaze kuvanwa ku nzu ya Leta yose ari 57%, isigaye ari 43% igomba kuvanwaho. Ku bantu bikorera zari zimaze kuvanwaho ku kigero cya 66%, ubwo izari zisigaye nazo zikeneye kuvanwaho.
Icyo gihe hari hakenewe ingengo y’imari ingana na miliyari zigera kuri 4.3Frw kugira ngo ikibazo gikemuke burundu. Aya mafaranga akaba yarabonetse nk’uko Mininfra ibitangaza.
iyo umuntu akoze ikintu kitari cyiza cyangwa se icyaha, mbere yabo aba yabanje kuyoborwa n’intekerezo ze cyangwa amarangamutima, urugero mbere yo gutuka umuntu, urabanza ukabitekerezaho noneho kamere ikakubwira iti mutuke, icyo gihe iyo ufite umwuka wera arakubuza ariko umwuka wera iyo adahari biba bipfuye byose.
mu gihe turi mu isi dukwiye gukora icyo twaremewe kandi tukamenya ko Imana yaturemye ishoboye byose kandi yaduhaye umwuka wera nk’umuyobozi w’amarangamutima yacu wa mufasha udukebura mu gihe dushatse gutandukira ngo tuve mu nzira y’Imana ahubwo tukayoborwa n’ijambo ryayo.
byongeye kandi nk’abantu bamenye Imana, Bibiliya itubwira ko dukwiye gufata intekerezo zacu tukazigomororera Kristo akaba ariwe utuyobora mu byo dukora byose kuko twe twiyoboye twagenda uko twishakiye, rimwe na rimwe bikangiza imibanire yacu n’Imana.
imbaraga z’Imana zidushoboza guha gahunda amarangamutima yacu:
ubusanzwe gukura mu buryo bw’umwuka ntabwo ari ikintu gipfa kwizana mu buzima bw’umuntu. bisaba guha gahunda umutima wawe hanyuma ugaha agaciro ibyo utekereza hamwe no kubiha umurongo ngenderwaho, icyo gihe Imana iragusanga ikakwigisha uburyo bwo kuyobora amarangamutima ye.
ikintu cy’ingenzi dusabwa ni ukugerageza gushaka icyo Data wo mu ijuru ashima kuko iyo tumaze kwemerera Imana ikagenga ibitekerezo byacu bituma tuba mu buzima bunejeje kandi bwuzuyemo ubutsinzi bw’Imana.
muri macye dukwiye gusaba Imana ikadufasha kuyobora amarangamutima yacu, tukayibwiza ukuri yuko tudakeneye kuyoborwa n’amarangamutima yacu ahubwo ko uko bucyeye kandi bwije dushaka umufasha w’ukuri ariwe mwuka wera kandi dushobozwa byose na Kristo uduha imbaraga.
Colin Powell wahoze ari umunyamabanga wa Leta ya Amerika yanenze bikomeye uburyo Perezida Donald Trump yitwaye ku bijyanye n’imyigaragambyo yo kwamagana irondabwoko, avuga ko “yarenze ku itegekonshinga”.
Bwana Colin Powell, abarizwa mu ishyaka rimwe na Perezida Trump ry’abarepubulikani. Yahoze ari na we musirikare wo ku rwego rwo hejuru cyane muri Amerika, ni we wa vuba aha unenze uburyo Perezida Trump ari kwitwara, harimo no gukangisha ko ingabo zagabwa ngo zisoze imyigaragambyo.
Colin, yavuze ko mu matora ya Perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe azatora Joe Biden, umukandida w’ishyaka mucyeba ry’abademokarate. Perezida Trump utajya aripfana, yasubije avuga ko Bwana Powell “Yiha agaciro karenze cyane adafite”.
Bwana Powell ni we Munyamerika ukomoka muri Afurika wenyine kugeza ubu wabaye umukuru w’ingabo z’Amerika. Yiyongereye ku rutonde rukomeje kuba rurerure rw’abahoze ari abasirikare bo ku rwego rwo hejuru mu ngabo z’Amerika bari kwamagana Perezida Trump ku gikangisho cye cyo kugaba ingabo ngo zisoze imyigaragambyo.
Iyo myigaragambyo, yatewe n’urupfu rw’Umunyamerika w’umwirabura George Floyd wari mu maboko ya polisi rwabereye i Minneapolis ku itariki ya 25 Kamena 2010, ubwo umupolisi w’umuzungu yamuryamishaga hasi akamushinga ivi ku ijosi kugeza ashizemo umwuka.
Ejo ku cyumweru tariki 07 Kamena 2020, abantu icyenda muri 13 bagize inama njyanama y’umujyi wa Minneapolis basezeranyije, bari imbere y’imbaga y’abigaragambya babarirwa mu magana, ko bazasesa urwego rwa polisi yaho.
Hagati aho, ingamba z’umutekano zakuweho muri Amerika mu gihe imyigaragambyo itangiye kugenza macye. Ubutegetsi bwa New York bwasoje igihe cy’umukwabu cyari kimaze icyumweru, naho Perezida Trump avuga ko agiye gutegeka inkeragutabara gutangira kuva aho zari zagabwe i Washington DC.
Colin Powell ni iki yavuze?
Avugira kuri televiziyo CNN ku munsi w’ejo ku cyumweru, Bwana Powell yagize ati: “Dufite Itegeko Nshinga. Kandi tugomba gukurikiza iryo tegeko nshinga. Kandi Perezida yarirenzeho“.
Akomoza kuri Perezida Trump, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko uyu Jenerali w’inyenyeri enye ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru yagize ati: “Arabeshya ku bintu runaka, kandi bikarangirira aho kuko abantu batabimuryoza”.
Amagambo ya Colin yakiriwe ate?
Kuri Twitter, Perezida Trump yavuze ko Colin Powell ari “umuntu wa ntawe wagize uruhare rukomeye mu kudushora mu ntambara zatubereye mbi zo mu burasirazuba bwo hagati“.
Aho yavugaga ku ntambara yo mu kigobe yo guhera mu mwaka wa 1990 kugera mu 1993 ndetse n’igitero muri Iraq kiyobowe n’Amerika n’ibihugu by’inshuti cyo mu mwaka wa 2003.
Bwana Biden na we yagiye kuri Twitter mu kwamagana uburyo Perezida Trump ari kwitwara mu guhangana n’iyi myigaragambyo. Yavuze ko “yakoresheje ntacyo yitayeho [amagambo ye nka perezida] mu gushishikariza ibikorwa by’urugomo, kubiba urwango n’ivangura, no kudutandukanya kurushaho“.
Condoleezza Rice wahoze ari umunyamabanga wa Leta y’Amerika yabwiye televiziyo CBS ko yifuza ko Perezida Trump “aba ashyize ku ruhande ho gato ibyo kwandika kuri Twitter” akagira ikiganiro n’Abanyamerika.
Madamu Rice yagize ati: “Ntabwo ari buri wese uzemeranya na buri Perezida wese, n’uyu Perezida uriho, ariko [nka Perezida] ugomba kuvugana na buri Munyamerika, atari gusa abashobora kwemeranya nawe“.
Colin Powell yabaye umukuru w’ingabo z’Amerika kuva mu mwaka wa 1989 kugera mu 1993.
Nemeye Platini wahoze mu itsinda rya Dream Boys usigaye ukoresha izina rya P, yasohoye indirimbo yise Veronika yumvikanamo umusore acyurira umukobwa bahoze bakunda, bikekwa ko yaririmbye inkuru mpamo y’urukundo rwe na Diane.
Muri iyi ndirimbo Platini yumvikana abwira umukobwa ko yibwiraga ko nagenda bazamuseka, ntamenye ko hari igihe azamukumbura kuko iby’Isi ni amabanga.
Akomeza avuga ko atari azi ko na we Isi yamuzengurutsa, akibaza impamvu atakimubona aho abandi bari ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ntabwo akihagaragara.
Platini kandi muri iyi ndirimbo Veronika aba avuga ko uwo mukobwa abamutwaye ntacyo bamurushaga ahubwo bamushutse.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Platini yavuze ko ibyo abantu barimo gutekereza atari ukuri kuko Diane ari umuntu atasebya.
Yagize ati“ntabwo ari ibyo, baribeshya kuko ni umuntu wanjye ntabwo namusebya. Ntabwo wabuza abantu gutekereza ibyo bashaka, gusa ukuri ni uko atari byo.”
Akomeza avuga ko iyi ndirimbo yavuye ku gitekerezo cy’izina Veronika arihawe na Producer Davydenko kuko bumvaga rijyanye na Beat yari afite, bihera aho mu biganiro indirimbo arayikora arayisoza.
Yavuze ko adashobora gusebya Diane n’ubwo batandukanye